Blog

  • Nta gikuba cyacitse ! MINEDUC ivuga kuri Kaminuza eshatu zafunzwe burundu #rwanda #RwOT

    MINEDUC itangaza ibi nyuma yo kwambura uburenganzira bwo gukorera ku butaka bw’u Rwanda Kaminuza eshatu arizo INDANGABUREZI College of Education, Kaminuza ya Kibungo (UNIK) ndetse na Christian University of Rwanda, CHUR.

    Muri Werurwe 2017, nibwo Inama Nkuru y’amashuri makuru na Kaminuza (HEC) yatangiye gufunga amwe mu mashuri makuru na kaminuza nyuma y’ubugenzuzi bwakoze.

    Muri ubu bugenzuzi hagaragaye ibibazo bijyanye n’imiyoborere, ibikoresho bidahagije, ubukungu butifashe neza aho wasangaga zimwe zidahemba abakozi n’abarimu ndetse n’urundi rusobe rw’ibibazo bikoma mu nkokora ireme ry’uburezi n’imyigishirize.

    Icyo gihe HEC yatangaje ko izakomeza kugenzura amashuri makuru yose na kaminuza kugira ngo uburezi koko bube moteri yo kugeza u Rwanda mu bihugu bifite ubukungu bugereranyije (Middle income economy) mu mwaka wa 2035.

    Mu Ukwakira uwo mwaka nibwo Mineduc yahise ifunga burundu Minisiteri y’Uburezi yamaze gufunga burundu Kaminuza ya Nile Source Polytechnic of Applied Sciences (NSPA), Rusizi International University na STES (Singhad ).

    Hari izindi kaminuza zasigaye zikora ariko zisabwa kugira ibyo zikosora ndetse zikajya zitanga raporo kuri HEC kugira ngo harebwe niba koko zarabyujuje.

    Kuri ubu ariko izo kaminuza hari zimwe zari zateye agati mu ryinyo zibagirwa kubahiriza amasezerano zagiranye n’izi nzego zishinzwe uburezi no kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ireme ry’uburezi mu Rwanda.

    Nko mu mpera za 2019 Mineduc na HEC n’abandi bayobozi batandukanye basuye UNIK berekwa uruhuri rw’ibibazo byari biyirimo, mu byavuzwe harimo kuba itagira nyirayo.

    Ku wa Kabiri, tariki ya 30 Kamena 2020, nibwo Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yandikiye izi kaminuza eshatu azibwira ko zafunzwe burundu [bivuze ko zitazongera gukorera ku butaka bw’u Rwanda].

    INDANGABUREZI College of Education yatangaga icyiciro cya mbere cya kaminuza mu bijyanye n’uburezi mu mashami atandukanye.

    Iyi kaminuza hari ibyo yari ifite uburenganzira bw’igihe gito bwo gukora mu gihe yasabwaga kuzuza ibiba biteganyijwe kugira ngo kaminuza ikore byemewe n’amategeko.

    Kaminuza ya Kibungo (UNIK) yamenyekanye mu myaka ishize nka UNATEK, niyo yamenyekanye mbere ko yafunzwe gusa biza gutangazwa ko n’izi ebyiri zafunzwe kuko nazo ziri mu zananiwe kuzuza ibyo zasabwe ngo zemererwe gukora.

    Iyi kaminuza yatangiye mu 2003 ikaza kwibaruka n’irindi shami i Rulindo ryorohereza abatuye mu Burengerazuba n’Amajyaruguru kwiga batarinze kujya i Ngoma, yari imaze gushyira ku isoko abanyeshuri barenga 9500.

    Nta gikuba cyacitse….

    Minisitiri Dr Uwamariya yabwiye RBA ko HEC ikomeje gukora igenzura ngo harebwe niba hari izindi kaminuza zitubahiriza ibisabwa nazo zigafatirwa ibyemezo.

    Yakomeje agira ati “Kaminuza nyinshi zifite ibibazo ariko mu nshingano za HEC harimo gukora igenzura rihoraho muri za kaminuza, ubugenzuzi burakomeje kandi aho bizagaragara ko badakosora cyangwa batubahiriza ibisabwa ubwo naho bizaba ngombwa ko hafatwa ikindi cyemezo.”

    “Ariko ibyo bibazo byose bigomba gukemuka mbere y’uko amashuri yongera gutangira muri Nzeri 2020.”

    Dr Uwamariya yavuze ko umwuga w’uburezi ugendera ku ndangagaciro ari nayo mpamvu ababishinzwe baba bagomba kuba maso kandi izo kaminuza zifungwa zibanza kugaragarizwa ibitagenda neza.

    Ati “Icyo twabwira abanyarwanda ni ukudacika intege ahubwo bagaragarijwe ibibazo Bihari kugira ngo babone kubyirinda kandi babone ko hari abandi babareberera.”

    Christian University of Rwanda nayo iri muri izi zafunzwe yashinzwe muri Gashyantare 2017, yatangije ishami i Kigali muri Centre Pastoral Saint Paul aho byoroheye buri wese kuza kuhigira dore ko ari mu Mujyi wa Kigali rwagati.

    Mbere yo kuza gukorera mu Mujyi wa Kigali yari imaze imyaka isaga ibiri ikorera mu mu Karere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba aho yanditse amateka yo kuba ariyo ya mbere yahageze bwa mbere.

    Muri CHUR hatangirwagamo amasomo arimo itangazamakuru n’itumanaho, icungamutungo n’ibaruramari, uburezi n’ibindi.

    Kuva mu 2018, iyi kaminuza yatangiye kuvugwamo ibibazo birimo kudahemba abarimu n’abakozi ndetse bamwe bakaba baragiye bitabaza itangazamakuru ariko ntibigire icyo bitanga

    Abayobozi bazo batawe muri yombi….

    Ku Cyumweru tariki 5 Nyakanga 2020, nibwo hamenyekanye amakuru y’itabwa muri yombi rya Dr Habumuremyi Pierre Damien wigeze kuba Minisitiri w’Intebe ndetse akaba kuri uyu yari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari, imidari n’impeta by’ishimwe (Chancellery for Heroes, National Orders and Decorations of Honor).

    Uyu mugabo uzwi cyane muri politiki y’u Rwanda by’umwihariko akaba inzobere mu bijyanye n’uburezi niwe washinze Christian University of Rwanda ndetse yari ayibereye Umuyobozi w’Icyubahiro.

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwemeje aya makuru ruvuga ko Dr Habumuremyi yatawe muri yombi ku wa Gatanu tariki 2 Nyakanga, aho akurikiranyweho ibyaha bibiri birimo gutanga sheki itazigamiye ndetse n’ubuhemu.

    Bivugwa ko Dr Habumuremyi ibyo aregwa yabikoze mu myaka itandukanye kuva yashinga iriya kaminuza mu 2017, ariko ko byakajije umurego cyane ubwo iri shuri ryatangiraga kujya mu bibazo by’amikoro, kubera kubura aho akura amafaranga yo kuribeshaho, agahitamo kujya atanga sheki zitazigamiye ndetse rimwe na rimwe agahitamo kujya ashaka inguzanyo zizwi nka “Lambert”

    Prof Egide Karuranga wari Umuyobozi wa Kaminuza ya Kibungo (Vice Chancellor) wayoboraga Kaminuza ya Kibungo, kuva mu Ukwakira 2017, nawe byemejwe ko yatawe muri yombi.

    Umuvugizi w’agateganyo wa RIB Dominique Bahorera yavuze ko yatawe muri yombi akekwaho ibyaha byo gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro ndetse n’icyaha gishingiye ku cyenewabo.

    Inzobere mu bijyanye n’Uburezi zigaragaza ko ikibazo cy’amikoro make muri kaminuza n’amashuri makuru byigenga mu Rwanda ubu kiri guterwa ahanini n’igabanuka [kubera impamvu zinyuranye] ry’umubare w’abanyeshuri baza kwigamo, mu gihe inyinshi muri zo ahanini ari ku mafaranga y’ishuri atangwa n’abazigamo zakuraga amikoro.
    Minisitiri Dr Uwamariya yavuze ko HEC ikomeje igenzura aho nihaboneka izindi kaminuza zishobora kuba zitujuje ibisabwa zizafatirwa ibyemezo

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Nta-gikuba-cyacitse-MINEDUC-ivuga-kuri-Kaminuza-eshatu-zafunzwe-burundu

  • Mu mafoto: Ishusho y’icyumweru u Rwanda rwizihijemo imyaka 26 rumaze rwibohoye #rwanda #RwOT

    Icyumweru cyo ku wa 29 Kamena kugeza ku wa 5 Nyakanga 2020, cyabaye ikidasanzwe kuko Abanyarwanda bacyizihijemo imyaka 26 bamaze babohowe mu maboko y’ubutegetsi bubi bwagejeje igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yakorewe Abatutsi, yahitanye abasaga miliyoni.

    source https://igihe.com/amafoto-1922/article/mu-mafoto-ishusho-y-icyumweru-u-rwanda-rwizihijemo-imyaka-26-rumaze-rwibohoye

  • Ishimwe rya Nduwayesu warokowe n’Inkotanyi muri gereza ya Ruhengeri, habura amasaha make ngo yicwe #rwanda #RwOT

    Tariki 20 Mutarama 1991, uwari umugaba w’ingabo za RPA zabohoye u Rwanda, Maj Gen Kagame Paul yakoresheje inama abari abayobozi bakuru b’ingabo, bafata umwanzuro wo kugaba igitero umujyi wa Ruhengeri no kubohoza imfungwa zari muri gereza ya Ruhengeri.

    source https://igihe.com/kwibohora26/article/ishimwe-rya-nduwayesu-warokowe-n-inkotanyi-muri-gereza-ya-ruhengeri-habura

  • Nyabihu: Hamenwe litiro zirenga 4,500 z’inzoga zitujuje ubuziranenge #rwanda #RwOT

    Polisi ikorera mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Rugera, ku wa Gatandatu yamennye inzoga zitujuje ubuziranenge zirenga litiro 4,500. Ni inzoga zafatiwe mu bikorwa bimaze iminsi byo kurwanya inzoga zitemewe zinyuzwa mu mirenge ya Rugera na Shyira.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyabihu-hamenwe-litiro-zirenga-4-500-z-inzoga-zitujuje-ubuziranenge

  • Mu mafoto: Ishusho y’icyumweru u Rwanda rwizihijemo imyaka 26 rumaze rwibohoye

    Icyumweru cyo ku wa 29 Kamena kugeza ku wa 5 Nyakanga 2020, cyabaye ikidasanzwe kuko Abanyarwanda bacyizihijemo imyaka 26 bamaze babohowe mu maboko y’ubutegetsi bubi bwagejeje igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yakorewe Abatutsi, yahitanye abasaga miliyoni.
  • Ishimwe rya Nduwayesu warokowe n’Inkotanyi muri gereza ya Ruhengeri, habura amasaha make ngo yicwe

    Tariki 20 Mutarama 1991, uwari umugaba w’ingabo za RPA zabohoye u Rwanda, Maj Gen Kagame Paul yakoresheje inama abari abayobozi bakuru b’ingabo, bafata umwanzuro wo kugaba igitero umujyi wa Ruhengeri no kubohoza imfungwa zari muri gereza ya Ruhengeri.
  • Nyabihu: Hamenwe litiro zirenga 4,500 z’inzoga zitujuje ubuziranenge

    Polisi ikorera mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Rugera, ku wa Gatandatu yamennye inzoga zitujuje ubuziranenge zirenga litiro 4,500. Ni inzoga zafatiwe mu bikorwa bimaze iminsi byo kurwanya inzoga zitemewe zinyuzwa mu mirenge ya Rugera na Shyira.
  • Mu marira n’agahinda abana 4 bishwe na nyina ubabyara umunsi 1 bashyinguwe #rwanda #RwOT

    Mu gihugu cya Kenya, mu gace ka Kinangop, abaturage bashyinguranye agahinda n’akababaro abana 4 bishwe banizwe na nyina ubabyara, Beatrice Mwende, kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.

    Aba bana bari batarageza ku myaka y’ubukure, ni Melody Warigia w’imyaka 8, Willy Macharia w’imyaka 6, Samantha Njeri w’imyaka 4 na Whitney Nyambura w’imyaka 2, bose bakaba bashyinguwe mu mva imwe.

    Nyina w’aba bana, Beatrice Mwende, ufunze mu gihe hagikorwa iperereza ku cyamuteye ubu bwicanyi akurikiranweho, avuga ko ibyo yakoze yabitewe n’abadayimoni ndetse n’uwahoze ari umukunzi we hakiyongeraho n’ibibazo by’amafaranga.

    Ubwo yagezwaga imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Naivasha, uyu mugore w’imyaka 42 yavuze ko asabira imbabazi icyaha yakoze ariko ko yiteguye gufungwa. Uyu mugore yavuze kandi ko umukunzi we baherutse gutandukana umwaka ushize, yakundaga kumusaba gukora ibintu biteye ubwoba nk’ibi.

    Mwende yavuze ko buri tariki 26 za buri kwezi, yakundaga kuzirwa n’amadayimoni amusaba ibintu we atabasha kwitaho akoresheje ubwenge n’imbaraga ze. Yakomeje avuga ko ubwo yamaraga kwica aba bana, yagiye i Naivasha aho umukunzi we akorera gusa ntiyahamusanga, amusigira ibaruwa.

    Ku Cyumweru, Polisi yagaragaje ibaruwa uyu mugore yandikiye umuhungu we mukuru, Alex, amusobanurira impamvu yatumye yica abavandimwe be. Alex yarokokanye na murumuna we muto witwa Bravo batajyaga basigana, bakaba batari bahari ubwo ubwicanyi bwabaga.

    Mwende mu ibaruwa yasobanuye ko yamenye amakuru ko umukunzi we yari afite undi mugore ndetse bishimisha mu mitungo ya Mwende yari yarahaye uwo musore, akemeza ko icyamuteye kwihekura ari ibibazo by’ubukene no guhemukirwa n’uwari umukunzi we. Yagize ati:

    Birababaje cyane kuba uzi neza ko abana bawe bagiye kubaho mu buzima bubi byaraguturutseho. Narabakundaga cyane, nkumva ntifuza kubabona bandagara. Iyo nza kuba mfite akazi gahoraho, sinari kwiyicira abana.

    Urubanza ruregwamo Mwende hagamijwe gufata umwanzuro ku cyaha yakoze ndetse yiyemerera, ruzasubukurwa ku wa 6 Nyakanga 2020.

    source https://www.hillywood.rw/?p=74626

  • Ibimenyetso 10 bikwereka ko uwo mukundana agukurikiranyeho amafaranga gusa #rwanda #RwOT

    Buri muntu w’igitsina gore akunda umugabo w’umukire; oya!!! Reka mbivuge neza mu bundi buryo; buri kiremwamuntu cyifuza gukira. Kandi buri muntu agira uburyo bwe bwo gushaka amafaranga; abantu bamwe baragoka bakavunika cyane ngo babone ifaranga mu gihe abandi bicira inzira y’ubusamo ngo bigwizeho akababaje umugabo kakamurenza impinga.

    Abagore bamwe na bamwe bakwiye gushimirwa ndetse bakubahwa kubera uburyo bakora cyane kugira ngo binjize amafaranga ntawe bayasabye. Gusa abagore bose si bamwe, hari abo ukwiye gutinya, ukwiye kwikengera; ba bandi batazi indi banki uretse mu mufuka w’umugabo ndetse ibyo gushora imari basa n’abatabikozwa, icyo bashora cyonyine kikaba ari intoki bashora n’ubundi mu mifuka y’abagabo.
    Abari bamwe ntibashaka gukora ngo bavunikire ayabo, icyo bashaka ni ugusimburanya abagabo bava kuri umwe bajya ku wundi ngo bibonere amaramuko n’amaronko . Mbega umurimo!!!

    Abari bamwe bateye batya baba buje uburanga, ari beza mbese basa n’amazi yo ku iteke gusa ugasanga ni ‘abaganga b’amenyo’ babi cyane. Ni byo, muri kamere, nta mugabo udakunda umugore mwiza (wabona bake cyane batabyumva kimwe nanjye aha), rero ntukwiye kugira uwo usekera ko yaguye mu ngoyi z’ikizungerezi cyishakira ifaranga.

    Abasore benshi bakoze ikofi, mbese b’abakire usanga muri ibi bihe batinya gutereta kuko bitoroshye na gato gutahura no gutandukanya mu by’ukuri umwari ugukunda by’ukuri n’uwishakira ikiri mu itokomoni yawe.

    Iyi nkuru yanditswe bwa mbere kuri Elcrema, urubuga rwandika ku mibanire. Igenewe by’umwihariko ba basore bafite konti zo muri banki zibyibushye zikurura abagore benshi ndetse na ba bandi bakora cyane ngo biteze imbere mu buzima ariko bakaba bifuza gukunda by’ukuri no kubaho imibanire y’urukundo mizima iganisha ku kubana n’uwo bakundana mukarambana.

    Biragoye koko gutahura abo bakuzi b’ibyinyo mu bandi kuko Umunyarwanda yaciye umugani ati “Intasi y’impyisi yabira maka” mu gihe nta myaka ibiri yashira uwitwa Hakizimana Amani uzwi cyane nka Ama G The Black aririmbye ati “Umuntu si inyama n’amagufwa [oya], umuntu ni ikimwihishemo.” Icyakora nizeye ko nyuma yo gusoma iyi nkuru, uzabasha kumenya umwari ugukunda by’ukuri ndetse n’undi udafite ikindi agushakaho kitari ifaranga.

    Turakugezaho ibimenyetso 10 bigufasha gusobanukirwa kurushaho, umwali nk’uwo ndetse n’icyo wakora ngo umutahure. Ubwo ni wowe uzamenya icyo gukora nyuma kandi ibi kugira ngo ubigereho biragusaba gufata ingamba zikakaye na zo ugomba kwifashisha gutahura umwari nk’uwo:

    1. GENZURA ICYO ABONA NK’IBIHE BYIZA

    Niba ushobora kumenya itandukaniro hagati y’ibihe bye byiza bimushimisha ndetse n’ibihe bye bisanzwe, aho ushobora noneho kumenya niba ashimishwa nawe ubwawe cyangwa ikofi yawe. Gusa abari b’abaryi na bo ni ba gaheza, bashobora kukwishushanyaho ariko nawe nk’umuntu mukuru, nushishoza, indyarya uzayivumbura bitakugoye.

    Ese uyu mwali aba yishmye bizira imbereka iyo muri kumwe mwembi cyangwa yishima kurushaho iyo mujyanye mu maduka guhaha (gushopinga)? Ese ni umuntu uterwa ibyishimo no kumarana nawe igihe? Nimvuga igihe hano, ntunyumve nk’aho mvuze agasaha kamwe cyangwa tubiri; niba agukunda KOKO akunda WOWE, yakagombye kwishimira kumarana igihe gihagije NAWE. Nimvuga kumarana igihe NAWE, ndavuga kukimarana NAWE nyine, bitari ukukimarana mu iduka cyangwa ‘supermarket’, simvuga kumarana igihe mugura imitako ye yo kwirimbisha n’ibindi byararuye abari bamwe b’ubu, na ko n’aba kera bakundaga ibintu n’ababibaha!!! Niba ubasha kwibwira neza igishimisha uwo mwana w’umukobwa, ubwo wakabaye umenya neza umwari ugukunda cyangwa ukunda ikofi yawe.

    2. MUBWIRE KO ‘WAKUBISWE’

    Yego, ntiwanyumvise nabi; wibuke ko nakubwiye ko ukwiye kwitegura gufata ingamba zikakaye, rero iyi yo kubwira umukobwa mukundana ko washiriwe cyangwa ‘wakubiswe, agatara kakwakiye’ (nkuko abubu babivuga ) umugani wa ba bandi ni imwe muri izo ngamba.

    Umunsi umwe uzatahe cyangwa umuhamagare umubwire ko ibintu byazambye ku kazi cyangwa muri bwa bushabitsi wikorera, ndetse ko ubona ugeze ku buce ku buryo ubona ubukene bukomanga ku muryango wawe. Umwali ugukunda azakomeza akunambeho mu gihe uwikundira ikotomoni yawe azakwitarutsa buhoro buhoro igihe cyose azaba abona nta kigwa mu biganza bye gihanutse mu ikofi yawe.

    Umwali ukugendaho kubera ifaranga ntashobora kwihanganira kubana nawe ukennye nyamara uwifuza by’ukuri kwibanira nawe ntacyo bizaba bimubwiye, ibiri amambu ahubwo, azashishikarira gushaka uko yagufasha uko ashoboye kose ngo wivane mu kangaratete k’ubukene, ashobora guhitamo kukugira inama zagufasha kubonera ibisubizo ibibazo ufite ndetse azabirenga akore igishoboka cyose ngo wongere usubirane isheja ryawe mu bandi.

    3. YABA YARIGEZE AKUBURIRA KU BURYO UKORESHAMO AMAFARANGA YAWE ?

    Umwali utakwitayeho na gato nta n’icyo biba bimubwiye kuba wakoresha amafaranga yawe yose kuri we nyamara ugukunda akaba anashaka ko ahazaza muzahabana azajya akuburira anagucyaha ku buryo ukoreshamo amafaranga.
    Ikimuraza ishinga si uko amafaranga yawe yose wayamutakazaho, yabikubuza anaguha gasopo ahubwo; niba uri umuntu waya bikabije amafaranga ku bintu by’iraha risa, ushobora kumva ukumva arakubwiye ati “Genza gake muhu…” Ahubwo agashmishwa n’uko ukoresha amafaranga yawe ku bindi bintu by’agaciro kandi ntashobora kwifuza ko yaba ubwe cyangwa bandi bantu batekereza ko icyo yitayeho gusa ari amafaranga yawe. Nyamara umukobwa watakayemo kubera amafaranga, icyo abandi batekereza ntabwo kiba kimuciriye ishati.

    4. YIGEZE AGUSHISHIKARIZA GUSHORA IMARI ?

    Umwali wifuza kuzabana nawe mu buzima bw’eho hazaza yakabaye agushishikariza gukora ishoramari rifatika; yakabaye yifuza kumenya uko ‘business’ yawe iri kugenda cyangwa niba uri kwitwara neza aho ukora. Umwari ugushakaho ifaranga na we ashobora kwifuza ko ushora imari yawe ariko icyo aba yishakira ni uko wayamushoraho ari we. Ntacyo bimubwiye rwose nubwo ashobora gukora uko ashoboye kose ngo akwereke ko yita ku buzima bwawe bw’ejo. Umwari ugukunda yagashatse ko ukora uteganyiriza ejo hazaza; uko ukoresha amafaranga ku bintu by’ingenzi kurusha ibindi ni ikintu cy’agaciro kuri we mu gihe ‘umukuzi w’ibyinyo’ we icyo areba ari we, we wenyine.

    5. NI IKI AKUBWIRA BURI ITEKA MURI KUMWE ?

    Ikintu uwo mukobwa akunda kukubwira cyane kurusha ibindi ni ingenzi cyane; ukwiye kugira ugutwi kumva, ugutwi abagabo benshi batagira. Niba icyo akunda kukubwira ari imigambi ye, uwo ni umwari w’inyangamugayo, arifuza kugira ibyo ageraho mu buzima bwe mufatanije. Gusa niba ahora mu maganya yinuba akubwira amagorwa n’ibibazo bye bisa, musore, uwo mwari muhunge, hunga vuba nk’uhunga umuriro wakongoye Sodomu na Gomora, kandi nuhunga wiruka, uramenye utazatuma mwirukankana, bitari ibyo , mushobora gukomeza kwirukankana amaguru yawe agasigara mu nzira nka ka gashwiriri cyangwa akaguta ku gasi.

    6. MUHE IKARITA UBIKURIZAHO AMAFARANGA

    Aha ho ushobora kuvugira mu matamatama uti “Noneho uyu mwanditsi arasaze.’’ Hoya, sinasaze sinanasinze rwose. Ni ngombwa ko umenya umwari wihebeye gusa ifaranga ryawe hakiri kare mbere y’uko umwimariramo ukamuha umutima wawe hanyuma, ukazabyicuza; icyo gihe watangira kubogoza amazi yararenze inkombe. Uramutse uhaye umukobwa ugukunda by’ukuri ikarita yawe, yagira ubwoba bwo gukoresha amafaranga yawe menshi nyamara umukuzi we azayarya ativuye inyuma ku buryo mu gahe nk’ako guhumbya wasanga konti yawe iguhamagara. Umukobwa ugukunda by’ukuri azitondera gukoresha amafaranga yawe nabi kuko agufitiye umutima n’umugambi mwiza ariko utagukunda ntazagira ubwoba bwo kwimara inyota y’ifaranga akoresheje iryawe. Gusa bavandimwe, mbere y’uko umuha ikarita yawe , uzashyireho amafaranga make kandi ube witeguye ko ashobora gukora ibibi birenze ku mafaranga yawe. NI UKWITONDA CYANE KURI IYI NGINGO.

    7. NIBA AZANA INSHUTI ZE BURI GIHE MUHUYE CYANGWA MWASOHOTSE

    Hari akantu gasekeje na ko kababaje nabonye ku bari, iyo umwari atagukunda, ntacyo biba bimubwiye ko inshuti ze zaza zigasogongera ku biceri byawe na zo; mbese amafaranga yawe aba ATM yabo. Nyamara umwari ugukunda by’ukuri, azagutwama nabona ushaka kwangiza amafaranga yawe cyane ngo umushimishirize inshuti, ni we ubwe uzashyiraho umupaka ntarengwa ku mafaranga utakaza ku nshuti ze ndetse bizamutera agahinda nabona udashaka kubigabanya.

    8. MUSABE AMAFARANGA

    Saba uwo mwari mukundana amafaranga, yego wowe bikore; uko azitwara nukora ibi bizaguha ubutumwa bukomeye. Niba umukobwa aguha amafaranga ubona rwose ko abikuye ku mutima, nshuti yanjye, uwo mukobwa aragukunda by’ukuri. Ariko niba abanza kwinuba akayaguha yiciraguraho, ukwiye kugira amakenga. Umwari ugukunda ntacyo biba bimubwiye kuba yakwihera ibyo atunze byose mu gihe ugushakaho amafaranga we aba yumva nta n’ikibiriti yakugurira. Umwari utagukunda aba arajwe ishinga no guhabwa, si ugutanga; iby’imigisha iva mu gutanga ntubimubaze, uzabijyane ahandi. Niba umwari agukunda, we ubwe azakugurira impano ariko ugushakaho ifaranga we ntashobora kugutakazaho n’amafaranga yo guhamagara, uzamugurira ikarita, yange akomeze akubipe.

    9. NTUKAMUHE AMAFARANGA IGIHE KIREKIRE

    Ubundi nta mpaka zakavutse hano niba umwana w’umukobwa agukunda koko. Impaka zivuka kuri iyi ngingo gusa iyo uwo mwari yikundira ‘cash’, yishakira inoti zawe nyine , bityo nutazimuha azamera nk’aho afite uburenganzira bwo kubisha ace ibiti n’amabuye ngo ntumwitaho, ngo ntuzi gutanga ‘care’ n’ibindi…Umukobwa utagukunda nta gihe bizamufata gucaho akigendera igihe cyose abona wagabanije umurego wo kumuha amafaranga ye kandi ari ayawe, mbese amafaranga wavunikiye aba yumva ari aye kandi yumva yanayagiraho uruhare kukurusha. Umukobwa ugukunda ashobora no kutamenya ko wagabanije kumuha amafaranga. Icy’ingenzi hano, umwari wese winuba ngo umuha amafaranga y’intica ntikize nk’aho yayabyiniye uramwitondere muvandi…

    10. NIBA NTA MIGAMBI Y’ITERAMBERE RY’EJO HAZAZA AGIRA

    Umukobwa utagira intego n’imigambi y’iterambere ry’ejo hazaza ni uwo kwitondera cyane; ni uwo kwitondera cyane kuko intego ye ni ikofi yawe ndetse na konti yawe ya banki. Umwari ufite gahunda yo kwiteza imbere mu by’umwuga cyangwa undi murimo aba arajwe ishinga n’iby’akazi ke bitari ugusarura amafaranga ku bagabo kandi atazi imvune bagira ngo bayabone, umukobwa w’umukozi wifuza kwigira no kugira uruhare mu guteza imbere urugo rwe yiha agaciro kandi akumva atewe ishema no kuba hari ibyo yigejejeho atarinze gutegereza ibiva ku basore, mu gihe umukobwa nk’umwe abaririmbyi ba UTP Soldiers bise ‘Black Angel, Muganga w’Ibyinyo’ we intego ye nkuru ari ukubona umugabo wamuha icyo ari cyo cyose icye kikaba kwicara no koza akarenge.

    Utu tunama turakora kandi twagufasha gutahura abari bagenzwa n’ifaranga gusa dore ko ari na BO BENSHI muri iki gihe. Ugomba kumenya ko bitoroshye gutahura abari nk’aba; bamwe bazi kwambara uruhu rw’intama kandi ari ibirura nka kimwe cyariye Bwiza. Ugomba kuba inyaryenge nawe rero. NI UMUGISHA kandi BIRAKWIYE ko umusore abona mu buzima umwari umukundira uko ari bitari icyo afite

    source https://www.hillywood.rw/?p=74632

  • Mu mafoto irebere ubwiza bwa Deborah Tushima, Umukobwa wapfuye ku Isabukuru ye. #rwanda #RwOT

    Umukobwa ukomoka mu gihugu cya Nigeria yapfuye nyuma yuko inshuti ye magara bivugwa ko yamuroze kubera impano y’amavuko ya iPhone 11.

    Yamenyekanye nka Deborah Tushima , Umuhanzi wo kwisiga akaba n’umunyeshuri wa Microbiology ku rwego rwa 300 muri kaminuza ya Leta ya Benue, Makurdi .

    Amakuru avuga ko Deborah Tushima yapfuye nyuma gato yo kwakira iPhone 11 nk’impano y’amavuko.

    Byaravuzwe ko inshuti ye yamugiriye ishyari iramuroga kubera impano y’amavuko ya iPhone 11.

    Mbere y’urupfu rwe rubabaje, Deborah Tushima yashyize ahagaragara amafoto y’amavuko atangaje kuri Facebook kugirango yizihize umunsi we udasanzwe hamwe n’inshuti.

    Yanditse; “Ibintu byinshi byo gushimira, igikuru nimpano YUBUZIMA!
    Isabukuru nziza kuri njye, asaba abakunzibe kobamwifuriza isabukuru y’amavuko.”

    Irebere Hano amafoto ya nyakwigendera Deborah Tushima…

    source https://www.hillywood.rw/?p=74610