Blog

  • Reka kumira indogobe, ahubwo yigane #rwanda #RwOT

    Ingamiya ni itungo ritwara abantu n’ibintu, hari byinshi umukristo yakwigira ku ngamiya bikamufasha mu rugendo rujya mu ijuru. Yesu yakunze kuritangaho ingero mugihe yabaga arimo kwigisha: “Mwa barandasi bahumye mwe, mumimina umubu ariko ingamiya mukayimira bunguri” (Matayo 23:24).

    Yesu yavuze incuro ebyiri ku ngamiya, ubwa mbere: Binyuze mu mvugo ishushanya,Yesu yavuze ko abanyamadini baha agaciro gakomeye ibidafite umumaro bakibagirwa ibintu by’ingenzi nk’ubutabera, imbabazi n’ubudahemuka. Iyi myitwarire y’uburyarya igaragaza ko bashyigikiye uburinganire ariko siko biri.Ubu buryo bwo gukora ibintu mu buryarya bushobora gucengera mu bintu byose, harimo n’imitima yacu.

    Bibiliya ikunze kuvuga ingamiya. Ni imvugo rusange ariko ishobora gusobanura ibintu byinshi by’ubwenge

    Mu Isezerano rya Kera, indogobe ivugwa nk’inyamaswa ishobora gutwara imitwaro iremereye mu butayu. Abakurambere bazikikoresheje mu ngendo zabo. Inkuru y’urukundo rw’umugaragu wa Aburahamu wagiye Harani gushaka umugore wa Isaka ni igihamya. (Itangiriro 24.10) Iyi nkuru, kimwe n’iya Yobu 1: 3, itubwira ko gutunga ingamiya byari ikimenyetso cy’ubutunzi. Ingamiya ya ibasha gutwara abantu n’imizigo yabo, igira ubwenge bwinshi kandi hari imigani iyikomokaho Yesu yaciraga abantu , ibasha gutungwa n’biryo bike cyane kandi ibasha kubaho igihe kirekire ahantu hatari amazi kuko iba yarayabitse.

    Ubu buhanga bwose bw’ingamiya butwereka akamaro ko kurwanya, gukomera, no kwihangana mu bigeragezo byacu, nkuko Petero abitwibutsa: ” Murwanye mushikamye kandi mufite kwizera gukomeye, muzi yuko bene Data bari mu isi muhuje imibabaro” (1 Petero 5:9).

    Ubushishozi bwayo ni ikitegererezo duhamagarirwa gukurikiza: “Nuko rero twe gusinzira nk’abandi, ahubwo tube maso, twirinde ibisindisha (1 Abatesalonike 5:6)

    Reka twigane ingamiya, reka dushobore kwikorera imitwaro: “Mwakirane ibibaremerera kugira ngo abe ariko musohoza amategeko ya Kristo” (Abagalatiya 6:2)

    Mu Butumwa bwiza, batubwirwa ko umwambaro wa Yohana Umubatiza wari ukozwe mu bwoya bw’ingamiya. (Matayo 3.4) Gukomera k’uyu mwambaro kwari guhuye n’ikirere Yohana Umubatiza yabagamo. Ubwoya bw’ingamiya bukoreshwa mu kuboha imyenda ikingira, ndetse ikarwanya ubushyuhe bw’izuba. Uku niko Imana itwibutsa ko tutagomba kwambara imitako itangaje, hamwe n’amazina yumvikana cyane, ariko hamwe nintwaro zose z’Imana zishobora guhagarika ibintu byose biteye ubwoba. (Abefeso 6:10-18)

    Isengesho ry’uyu munsi

    Ndagusabye, Mwami, umpe guhagarara nshikamye mugihe nyura mu butayu kandi ikigega cyanjye cy’amazi gihore cyuzuye mbashe kunoza ubusabane bwanjye nawe. Amen!

    Source: www.top.chretien.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Wimira-indogobe-ahubwo-yigane.html

  • Kenya: Bafunguye utubari, amashuri yo akomeje gufungwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Utubari tugomba gukurikiza ingamba zashyizweho, aho abacuruzi babujijwe kutarenza saa yine z’ijoro (22h00) batarafunga.

    Ibi byatangajwe na Perezida ubwe Uhuru Kenyatta ubwo yatangarizaga igihugu ku bikorwa bya Guverinoma biherutse gukorwa mu kurwanya COVID-19, no kongera guzahura ubukungu bwa Kenya bwagiye hasi muri aya mezi kubera coronavirus.

    Perezida Uhuru kandi yongereye amasaha yo kugera mu rugo mu gihugu hose aho isaha yo kugera mu rugo ari saa tanu z’ijoro naho iyo kuva mu rugo no gutangira ingendo iba saa kumi za mu gitondo (04h00). Izi mpinduka zose ziratangira gukurikizwa kuri uyu wa kabiri.

    Itangazo ryari ryitezwe kugira icyo ritangaza ku gufungura amashuri ariko ntacyo ryabivuzeho. Ku wa mbere w’iki cyumweru, Minisiteri y’Uburezi yari yategetse abarimu gusubira ku bigo by’amashuri bigishaho, ariko Perezida Kenyatta yavuze ko ibigo by’amashuri bishobora gufungura ari uko umutekano w’abanyeshuri bigaragaye ko ushobora kubahirizwa.

    Kenya imaze kugira abanduye COVID-19 barenga ibihumbi 38. Ku wa Mbere hapfuye abantu icyenda, bituma umubare w’abahitanwa n’icyorezo wiyongera aho bamaze kurenga 700 bitabye Imana bazize coronavirus.

    Habayeho kugabanuka kw’icyorezo gahoro gahoro mu mibare; mu byumweru bishize. Ku wa mbere, hamenyekanye abantu bashya 53 banduye COVID-19, nubwo impuguke mu by’ubuzima zagaragaje ko kwipimisha bikiri ku gipimo cyo hasi.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/muri-afurika/article/kenya-bafunguye-utubari-amashuri-yo-akomeje-gufungwa

  • Ukwakira ni igihe cyo guharanira kurwanya ivangura n’amacakubiri – Fidele Ndayisaba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ndayisaba (uhagaze) avuga ko ukwezi k
    Ndayisaba (uhagaze) avuga ko ukwezi k’Ukwakira ari igihe cyo kurwanya ivangura n’amacakubiri

    Ndayisaba avuga ko ukwezi k’Ukwakira gukwiye kubera buri Munyarwanda igihe cyo kuzirikana ko ari bwo hatangijwe ibikorwa by’urugamba rwo kubohora u Rwanda, ku ya 01 UKwakira 1994.

    Ndayisaba avuga ko Abanyarwanda bakwiye kwihesha u Rwanda ruzira ivangura n’amacakubiri, kugira ngo bace ukubiri n’ingoyi yayo yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, bityo ntihazagire uwasubira kuri iyo ngoyi y’amacakubiri n’ivangura.

    Agira ati “Uko kubohorwa kuri ya ngoyi y’amacakubiri n’ivangura biduha amahirwe angana nk’Abanyarwanda no kwisanzura mu miyoborere myiza ishyira imbere umuturage, kandi ikita ku mibereho ye myiza. Uko ni ko kwibohora k’u Rwanda”.

    Ndayisaba avuga ko Ukwezi k’Ukwakira buri wese akwiye kuzirikana uruhare afite mu kurwanya ivangura n’amacakubiri, kugira ngo Abanyarwanda batazasubira ku ngoyi y’amacakubiri yakuweho habanje kumeneka kw’amaraso y’abana b’Abanyarwanda.

    Agira ati “Ukwakira kudusigira amasomo akomeye yo kumva ko amacakubiri n’ivangura bikwiye kuba ikizira mu bana b’Abanyarwanda”.

    Insanganyamatsika izirikanwa uyu mwaka mu kwezi ko kuzirikana Ubumwe n’Ubwiyunge igira iti “Dufatanyije Twubake u Rwanda ruzira amacakubiri n’ivangura”, ikaba isobanuye ko buri wese mu byo akora n’ubuzima bwe bwa buri munsi, akwiye kwirinda no kurwanya ivangura n’amacakubiri.

    Abafatanyabikorwa ba Komisiyo y’Igihugu y’Ubuwmwe n’Ubwiyunge bagaragaza ko intandaro y’amacakubiri mu Rwanda yatewe n’amateka u Rwanda rwanyuzemo kuva igihe cy’ubukoloni agashinga imizi mu bihe bya Repuburika ya mbere n’iya kabiri.

    Umuhuzabikorwa w’Umuryango wita ku bikorwa by’Isanamitima (AMI) Bizimana Jean Baptiste, avuga ko amacakubiri yahawe umwanya munini yigishwa Abanyarwanda ari yo agitera n’ingaruka zikigaragaza uyu munsi, ari na yo mpamvu uwo muryango wiyemeje gushyiraho gahunda z’isanamitima zifasha Abafunguwe ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’abacitse ku icumu rya Jenoside, bityo bakongera kugana inzira y’iterambere.

    Agira ati “Abantu ntibashobora gutera imbere igihe cyose barangwa n’ibikorwa by’ivangura n’amacakubiri, kuko aragenda agafata muri bya bitekerezo by’uyafite akagenda akwirakwira kugera kuri ba bantu benshi bigatuma badindira mu bikorwa, ariko iyo bumvikana bakomeza gufatanya bakabasha guhindura ubuzima”.

    Umuyobozi wungirije w’Umuryango wita ku isanamitima ‘Prison Fellowship’ Jean Paul Ntwari, avuga ko gahunda zo kurwanya amacakubiri zikwiye gushyirwamo imbaraga, ibiganiro bigahuriza hamwe abantu mu byo bakora.

    Ati “Izo gahunda zihuriza hamwe abantu mu matsinda yabo no mu makoperative zikwiye gukomeza kugezwa hose mu midugudu, kugira ngo nibura amacakubiri n’ivangura birusheho kugabanuka”.

    Ushinzwe ibikorwa by’isanamitima mu itorero ADEPR Mbabazi Emmanuella, we avuga ko kugira ngo ivangura n’amacakubiri bicike burundu, ari ngombwa kurwanya ihezwa, itonesha no gusumbanya abantu.

    Agira ati “Ntibikwiye ko abantu bamwe bimwa uburenganzira cyangwa ngo bamwe bazamuke kurusha abandi, duharanire gushyira hamwe nk’Abanyarwanda kandi buri wese ashyigikirwe mu byo akora, buri wese azamuke tugire ihame ry’ubudasa turishyigikire buri wese mu mpano ye tutitaye aho aturuka, mbese ‘Ndi Umunyarwanda’ ishinge imizi hagati yacu”.

    Ukwezi ko kuzirikana Ubumwe n’Ubwiyunge gutangirana n’iya 01 Ukwakira, muri uyu mwaka wa 2020 kuzizihizwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge ikaba isaba Abanyarwanda kubahiriza amabwiriza barindana kuko Umunyarwanda muzima agomba no kurinda mugenzi we kwandura icyo cyorezo.

    Ibiganiro bizagezwa ku Banyarwanda bikaba bizaca mu buryo bw’itangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga, aho buri wese asabwa kubikurikirana kugira ngo impanuro zirimo zimufashe kurwanya amacakubiri n’ivangura.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/ukwakira-ni-igihe-cyo-guharanira-kurwanya-ivangura-n-amacakubiri-fidele-ndayisaba

  • Ntibisanzwe: Abasore b'ingimbi bagira umuhango wo gusimbuka ibimasa kugirango bagaragaze ko bamaze kuba abagabo bo kurongora [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Nkuko hirya no hino mu bihugu bya Afurika bagira imico n'imigenzo yabo yihariye, ni nako mu gihugu cya Ethiopia hari agace kamwe gafite imigenzo idasanzwe ndetse itangaje.

    Aka gace gatuyemo ubwoko bwitwa 'Hamar Tribe' bagira imigenzo yabo badasangiye n'abandi bitewe n'urukundo ndetse n'icyubahiro baha inka zabo bahoze borora kuva na cyera, Iyi migenzo iba mu minsi itatu, aho buri musore ugeze mu gihe cy'ingimbi yitegura gushinga aba agomba kugaragaza ko yiteguye kuba umugabo agasimbuka ibimasa by'amaboko biba byarakuze bitirondereza, Buri musore aba ategetswe gusimbuka ibimasa bigera kuri 15 bigabanyije mu bice bipanze ari 5 kuri 5, Aha iyo hagize uwica ntabikore neza ategekwa kudakora ubukwe mu gihe cy'umwaka wose ubwo yongera guhabwa amahirwe yo gusimbuka mu mwaka ukurikiyeho, Ubashije kubikora neza we yemererwa kurongora umukubwa yahitiwemo n'ababyeyi ndetse akaba agaragaje ko yiteguye kuba umugabo mu rugo no kurinda inka z'umuryango.

    Iyi mihango ikunda kuba mu y'ukwa 10 na 11, aho abagabo baba barakoze iyo migenzo mbere hose ariko ntibashake abagore bagira uruhare mu itegurwa ry'ibi birori, naho abana b'imyaka 5 bagakora akazi ko kuzenguruka mu ngo zose bazimenyesha igihe ibirori bizabera cyane ko muri aka gace batajya bakoresha mubazi (Calendar) mu kubara iminsi, Mu bwoko bwa 'Hamar' kandi bagira indi migenzo yihariye aho nanone abasore bageze mu gihe cy'ingimbi bambara ubusa bakivuruguta mu musenyi baba bahanaguweho ibyaha byabo ndetse bagahabwa imbaraga zidasanzwe zibarinda guhura n'ibyago ibyo aribyo byose, Abana b'abahunga bato bakanogoshwa imisatsi.

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/29/ntibisanzwe-abasore-bingimbi-bagira-umuhango-wo-gusimbuka-ibimasa-kugirango-bagaragaze-ko-bamaze-kuba-abagabo-bo-kurongora-amafoto/

  • Miliyoni 120 z'ibipimo bya Coronavirus bigiye guhabwa ibihugu bikennye #rwanda #RwOT

    Ishami ry'Umuryango mpuzamahanga ryita ku buzima-OMS, rivuga ko ibipimo byihuta bigera kuri miliyoni 120 by'icyorezo cya Coronavirus biteganijwe kugira ngo bihabwe ibihugu bifite amikoro make/bikennye, mu gihe Isi irimo gusatira abantu miliyoni imwe bapfa bazize iki cyorezo.

    Umuyobozi mukuru wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yabwiye abanyamakuru i Geneve kuri uyu wa mbere tariki 28 Nzeri 2020 ko gupima umuntu umwe bizatwara munsi y'amadolari atanu.

    Dr Tedros, yavuze ko inganda zitunganya imiti, Abbott na SD Biosensor, zirimo gukorana n'ishyirahamwe ry'umuherwe w'umunyamerika, Bill na Melinda Gates, kugira ngo batange ibyo bipimo bya Covid 19 byihuta mu gihe cy'amezi atandatu.

    Kaminuza Johns Hopkins yo muri Amerika, yatangaje kuri uyu wa mbere ko isi isatira abantu miliyoni imwe bamaze guhitanwa n'iki cyorezo. Iyo kaminuza, ivuga kandi ko abarenga miliyoni 33 bamaze kucyandura ku isi.

    Igihugu cy'Ubuhinde nkuko Ijwi ry'Amerika ribitangaza, cyemeje ko kuri uyu wa mbere cyujuje umubare w'abantu miliyoni esheshatu bamaze kwandura, nyuma ya Leta zunze ubumwe z'Amerika, aho abanduye barenze miliyoni 7 mu cyumweru gishize.

    Umugabane w'Uburayi, urimo uragira imibare myinshi y'abandura iki cyorezo bashyashya, bituma zimwe muri Leta z'ibihugu kuri uyu mugabane zongera gusubizaho ingamba zo kwirinda ku baturage no ku mirimo muri rusanjye.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/miliyoni-120-zibipimo-bya-coronavirus-bigiye-guhabwa-ibihugu-bikennye/

  • Umwarimu yakatiwe kwicwa kubera kuroga abanyeshuri ku ishuri ry'incuke #rwanda #RwOT

    Umwarimu w'Umushinwa wigisha mu ishuri ry'incuke yakatiwe igihano cy'urupfu nyuma yo guhamwa no kuroga abana 25 akicamo umwe. Amakuru avuga ko Atari ubwa mbere aroze.

    Uyu mwarimu witwa Wang Yun yatawe muri yombi mu mwaka ushize nyuma yuko abana bo ku ishuri ry'incuke ryo mu mujyi wa Jiaozuo bihutishirijwe ku bitaro bamaze kunywa igikoma cya mu gitondo.

    Urukiko rwavuze ko uwo mwarimu w'umugore yashyize ikinyabutabire cya 'sodium nitrite' (nitrite de sodium) — gifite ikirango cya NaNO2 — mu ifunguro rya mu gitondo ry'abanyeshuri ba mugenzi we, nk'uburyo bwo kwihorera kubera gushwana hagati yabo.

    Urukiko rwavuze ko Madamu Wang ari 'umuntu wo kwangwa kandi w'umugome'.

    Ibyo yabikoze ku itariki ya 27 y'ukwezi kwa gatatu mu mwaka ushize, bituma Ubushinwa bugwa mu kantu ndetse bigarukwaho mu bitangazamakuru bitandukanye ku isi.

    Icyo gihe byari byatangajwe ko abana 23 bahise batangira kuruka no kwitura hasi ubwo bari bamaze gufata ifunguro rya mu gitondo.

    Hahise hatangira iperereza rya polisi nyuma y'ibirego byuko umwarimu yari yabaroze. Ejo ku wa mbere, urukiko rwo mu mujyi wa Jiaozuo rwakatiye Madamu Wang igihano cy'urupfu.

    Mu itangazo rwasohoye rwavuze ko 'yashyize 'nitrite' mu gikoma cy'abanyeshuri b'undi mwarimu… nyuma yuko bari bagiye impaka ku bibazo bijyanye no kwita ku banyeshuri'.

    'Sodium nitrite' ni ikinyabutabire akenshi gikoreshwa mu kongera ubushake bwo kurya inyama z'imiranzi, ariko gishobora kuba uburozi iyo kiri ku kigero cyo hejuru.

    Urukiko rwavuze ko butari bubaye ubwa mbere Madamu Wang aroze abantu, ruvuga ko hari n'ubwo yaguze 'nitrite' ku rubuga rwa internet akayirogesha umugabo we bikamuviramo gukomereka byoroheje.

    Umwe muri abo bana barozwe yapfiriye mu bitaro mu kwezi kwa mbere, aho yari amaze amezi 10.

    Urukiko rwavuze ko Madamu Wang ari 'umuntu wo kwangwa kandi w'umugome, ndetse ingaruka z'ibyaha bye zikomeye cyane, akaba akwiye guhanwa bikomeye'.

    Nubwo Ubushinwa bwanga gutangaza umubare w'abo bwica bakatiwe igihano cy'urupfu, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko bwica ababarirwa mu bihumbi buri mwaka.

    Iki gihano cy'urupfu gishyirwa mu bikorwa batera umuntu urushinge rw'ingusho cyangwa akaraswa urufaya n'itsinda ry'abashinzwe umutekano.

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/29/umwarimu-yakatiwe-kwicwa-kubera-kuroga-abanyeshuri-ku-ishuri-ryincuke/

  • Nzaramba wigeze kugira akabyiniro kitwaga Black & White, wanabaye umujyanama wa The Ben yasohoye indirimbo igarura abantu ku Mana #rwanda #RwOT

    Nzaramba Olivier umaze imyaka itandatu aririmba indirimbo zihimbaza Imana yashyize hanze indirimbo yise 'Arakomanga’ irimo ubutumwa bwo kubwira abantu ko Yesu yifuza ko bamufungurira imitima yabo , akabaha agakiza.

    Uyu mugabo w’imyaka 45 yabwiye IGIHE ko yatekereje iyi ndirimbo ashaka gutanga ubutumwa bwiza bwa Yesu bwo kubatura abantu ingoyi y’ibyaha.

    Ati 'Guhimba indirimbo byaturutse ku ijambo ry’Imana riri muri Matayo 28, rivuga riti mugende mubwirize ubutumwa bwiza. Nanjye ifite icyo ivuze kuri njye nk’umuntu wabaye mu byaha nkaza kubivamo. Ni ukubwira abantu ko Yesu afunguye imiryango kuri buri wese ukeneye agakiza.'

    Nzaramba aherutse kubwira IGIHE ko impano yo kuririmba mu muryango we atari we wenyine uyifite kuko hari mushiki we uririmba. Afite indirimbo 11.

    Uyu mugabo kuva mu 2009 aba mu Bwongereza kubera ko ariho umufasha we yari atuye basezerana kubana akaramata. Ariko ubu ari mu Rwanda.

    Aheruka gushyira hanze indirimbo yise 'Humura’ irimo ubutumwa bugamije guhumuriza abihebye.

    Nzaramba yavuze ko igitekerezo cyo kuyikora cyaje mbere ya Coronavirus ariko iki cyorezo cyamara kugariza Isi akabona aricyo gihe cyiza cyo kuyishyira hanze.

    Iyo yivuga yigaragaza nk’umuntu wabaye cyane mu bihe bitandukanye n’iby’agakiza arimo uyu munsi.

    Ati 'Nabanje kuba mu myidagaduro y’indirimbo zisanzwe, nagize akabari ka mbere mu 2002 aho bitaga mu 'Gicopain', benshi bari banzi nka Olivier Nigga hanyuma nza kugira akabyiniro kitwaga Black & White kategurirwagamo ibitaramo. Rero mu 2010 naje gufata umwanzuro wo kwinjira mu by’agakiza.'

    Arongera ati 'Kugira ngo nkizwe sinavuga ko hari impamvu runaka yabiteye ahubwo nkeka ko buri muntu wese agira igihe cye kuko nibuka ko natangiye kugira umuhate mu by’Imana mu 2009 ubwo nageraga mu Bwongereza aho mba ubu.'

    'Nahoraga ndeba imiterere myiza y’utubyiniro twa hariya numva hari igihe nzahagatangiza nkatwika (nk’uko ab’ubu babivuga) ariko birangira niyeguriye Imana. Umugore wanjye yanjyanye ahantu yasengeraga ngenda muherekeje bihita bituma nkizwa mu buryo ntateguye.'

    Avuga ko we wa kera atarakizwa na Nzaramba w’ubu nyuma yo kwakira agakiza ari ibintu byuzuzanya cyane mu buzima abamo, iyo abisobanuye avuga ko ari 'ubuhamya’.

    Ngo kugira ngo aririmbe byaturutse ku kuba n’ubundi ari ibintu yari asanzwe yiyumvamo ariko atabikora cyane.

    Ati 'Ndibuka mu gihe hajyaga habaho ibitaramo by’urubyiruko najyaga mfasha abahanzi mu kuririmba, nkayobora ibitaramo. Ninjiye mu kuririmba rero biturutse kuri couple twari tuziranye yimutse ikava mu mujyi yari irimo ijya mu wundi, ndibuka ko najyaga nkora utuntu duto two kuririmba.'

    Avuga ko kubera kuba mu ruganda rw’imyidagaduro yagiye aba inshuti cyane z’abari barurimo mu gihe cye, ndetse hari n’abo yagiye areberera inyungu mu muziki (Music Management) barimo The Ben na Kitoko.

    Reba Video y’indirimbo ‘Arakomanga’

    Source: Agakiza

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Nzaramba-wabaye-umujyanama-wa-The-Ben-yasohoye-indirimbo-igarura-abantu-ku-Mana.html

  • Njyanama ya Rubavu yasabye ubuyobozi guha isoko rya Gisenyi abikorera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iri soko rizaba rifite umwanya indege ihagararaho mu gihe cy
    Iri soko rizaba rifite umwanya indege ihagararaho mu gihe cy’ubutabazi

    Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu ivuga ko amasezerano yegurira isoko rya kijyambere ikigo cy’urugaga rw’abikorere azagengwa n’uko abikorera bazitwara, kuko nyuma y’ukwezi ntagikozwe Akarere kazarisubirana kakariha abandi bikorera cyangwa kakaryubaka kakarirangiza.

    Ni umwanzuro wafashwe n’Inama Njyanama nyuma y’uko komisiyo y’ubukungu igaragaje ibiganiro yagiranye n’abikorera kugira ngo bemererwe guhabwa isoko.

    Iyi mishyikirano yari imaze iminsi itari mike, yemejwe nyuma y’uko urugaga rw’abikorera rwemeye ko Akarere kazagira imigabane ingana na 10% ry’imigabane, mu gaciro k’isoko kangana na miliyari ebyiri na miliyoni 13 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bukaba buvuga ko ikigo cy’ubucuruzi cy’urugaga rw’abikorera Kivu Investment Group (KIVING) kizemererwa kubaka igice cya mbere cy’isoko mu mafaranga yacyo, bamara kucyuzuza bakabona guhabwa aho kubaka icyiciro cya kabiri.

    Nubwo ubuyobozi bw’abikorera bwirinze kugira icyo butangaza kuri iri soko bagiye guhabwa, Kigali Today iheruka gukora inkuru yo kwitegura guhabwa isoko kwa KIVING.

    Fiat Felin umuyobozi wa Kivu Investment Group, ikigo cyashinzwe n’abikorera mu Karere ka Rubavu kugira ngo bazegurirwe kubaka iri soko, yavugaga ko rizuzura ritwaye miliyari ebyiri na miliyoni 700 (2, 700, 000, 000 Frw) z’amafaranga y’u Rwanda.

    Iri soko rimaze igihe ryubakwa ariko ryanze kuzura
    Iri soko rimaze igihe ryubakwa ariko ryanze kuzura

    Fiat yagaragazaga ko bamaze gukora inyigo y’isoko n’ibisabwa kugira ngo ryubakwe, ndetse ko bamwe mu banyamuryango bamaze gukusanya amafaranga agera kuri miyoni 270 zingana na 10% z’ayo bashaka.

    Mu kwezi kwa Gashyantare uyu mwaka, ubuyobozi bwa KIVING bwari mu bikorwa byo gushishikariza Abanyarubavu gushora imari mu bikorwa by’isoko rya Gisenyi kuko bizababyarira inyungu, kandi bikaba mu gutunganya umujyi wabo.

    Kwinjira muri muri KIVING umugabane wari washyizwe ku bihumbi 540 uvuye ku bihumbi 100.

    Kubaka isoko rya Gisenyi ni kimwe mu bikorwa byatuma Umujyi wa Gisenyi ushobora gutunganywa, kuko abacuruza mu muhanda bavuga ko babura aho gukorera bahabona, ibi bikaba byafasha n’abatuye mu Mujyi wa Gisenyi gutunganya umujyi bahereye ku nyubako ziwubonekamo kuko inyinshi zikorerwamo zishaje.

    Rukanika Gasana Leonard, umuyobozi wa sosiyete sivile mu Karere ka Rubavu, avuga ko nubwo Akarere kemerera abikorera kubaka isoko katagomba kujya kure yabo.

    Agira ati “Simbona ko ubuyobozi bw’Akarere bwakwitandukanya na ririya soko, kuko kagomba kuba hafi y’abikorera kugira ngo ibikorwa bive mu mvugo ahubwo bijye mu ngiro”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe ubukungu Nzabonimpa Deogratias, avuga ko bateganya gusinya amasezerano n’urugaga rw’abikorera mu cyumweru kimwe, kugira ngo imirimo ishobore gutangira vuba.

    Ati “Twagize igihe kinini cyo kuganira kandi twizeye ko ibiganiro no gusinya bizagenda neza, twizeye neza ko ibintu bizagenda neza kandi uzaba umwanya mwiza ku bikorera gutangira gutekereza kunoza imiturire y’umujyi wabo”.

    Iri soko niryuzura rizaba rigezweho rifashe no gutunganya umujyi
    Iri soko niryuzura rizaba rigezweho rifashe no gutunganya umujyi

    Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu Nyirurugo Come de Gaule, na we yemeza ko hari icyizere cy’ibikorwa by’abikorera nyuma yo kwegurirwa isoko, akavuga ko nibamara ukwezi ntacyo bakoze kandi barahawe isoko bazaryamburwa.

    Agira ati “Mu masezerano hari ingingo izaba ivuga ko bamaze ukwezi batagize icyo bakora bazaryamburwa, ibi bizatuma bihuta mu bikorwa byabo”.

    Akarere ka Rubavu kari mu mijyi yunganira Umujyi wa Kigali idafite isoko rya kijyambere, nyamara ni ko karere ka mbere muri iyi mijyi katangiye kubaka isoko rya kijyambere mbere, ariko kubera ibibazo by’amakimbirane ntiryashobora kuzura.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/njyanama-ya-rubavu-yasabye-ubuyobozi-guha-isoko-rya-gisenyi-abikorera

  • Covid_19: Amashuri azakomeza gufungwa , utubari twafunguwe #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa kabiri , muri Kenya utubari twongeye gufungura , nyuma y'amezi atandatu dufunzwe mu kwirinda ikwirakwira ry'ubwandu bwa coronavirus. Ariko za 'restaurants' zo zari zakomeje gutanga inzoga ku bakiliya kugeza ibyo nabyo bihagaritswe mu kwezi kwa karindwi.

    Ariko amasaha yo gucuruza yagabanyijwe kuko tugomba gufunga saa yine z'ijoro zaho, ni ukuvuga saa tatu z'ijoro ku isaha yo mu Rwanda.

    Ibi byatangajwe na Perezida Uhuru Kenyatta ku munsi w'ejo ku wa mbere, ubwo yagezaga ijambo ku baturage ku ngamba za Leta zo gukomeza guhangana n'icyorezo cya coronavirus.

    Yongereyeho iminsi 60 ku gihe cyari gisanzweho cy'umukwabu abantu bagomba kuba bageze mu rugo.

    Bijyanye n'amasaha mashya y'umukwabu, ubu abaturage bagomba kuba bageze mu ngo zabo saa tanu z'ijoro (aho kuba saa tatu z'ijoro zari zisanzweho), bakahava bitari mbere ya saa kumi za mu gitondo.

    Izi mpinduka zatangiye kubahirizwa kuri uyu wa kabiri.

    Ibyari byitezwe byo kongera gufungura amashuri ntibyabaye.

    Minisitiri w'uburezi yari yategetse abarimu kongera gusubira ku mashuri ku wa mbere, ariko Perezida Kenyatta yavuze ko amashuri yakongera gufungura ari uko gusa umutekano w'abanyeshuri wamaze kwizerwa.

    Bwana Kenyatta yagize ati: 'Niba twaratsinze urugamba rumwe kuri Covid-19, ntabwo turatsinda intambara'.

    Kugeza ubu muri Kenya hamaze gutangazwa abantu barenga 38,000 banduye coronavirus, muri bo abarenga 700 imaze kubica.

    Utubari two muri Kenya twari twafunzwe mu kwezi kwa gatatu nk'imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwira ry'ubwandu bwa coronavirus.

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/29/covid_19-amashuri-azakomeza-gufungwa-utubari-twafunguwe/

  • Impinduka mu ndwara zibasira abagore n’abana kubera ingamba zo kurwanya muri Covid 19 #rwanda #RwOT

    Ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid19 cyateye impinduka zidasanzwe mu bijyanye n’ubuzima bw’ababyeyi ndetse n’abana. Ingamba ijyanye no gukaraba mu ntoki, ndetse n’ingamba ijyanye no kuguma mu rugo no kugabanya ingendo byazanye impinduka zitari zisanzwe.
    Ku ruhande rumwe habaye impinduka nziza kubera isuku idasanzwe yo gukaraba mu ntoki, kudakorana mu ntoki abantu basuhuzanya ndetse no kutegerana cyane, byatumye zimwe mu ndwara zaterwaga n’umwanda zigabanuka. Nkuko Mukagatare Anamariya, (…)

    Kwiyitaho

    Source : http://agasaro.com/spip.php?article4343