Blog

  • Perezida Kagame yitabiriye imikino ya Basketball iri kubera muri Kigali Arena- Amafoto #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yitabiriye iyi mikino ari kumwe na Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju kuri uyu wa Gatanu,tariki 23 Ukwakira 2020.

    Iyi mikino iri kubera muri Kigali Arena, Perezida Kagame yasanze hagezweho umukino wahuzaga REG BBC ndetse na APR BBC.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Perezida-Kagame-yitabiriye-imikino-ya-Basketball-iri-kubera-muri-Kigali-Arena-Amafoto

  • Tonzi yasohoye indirimbo”Shukuru” avuga ko kubaho k’umuntu gushingiye ku Mana #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Uwitonze Clementine (Tonzi) yamaze gushyira hanze indirimbo ‘Shukuru’ irimo amagambo yo gushima Imana ku bwa byinshi byiza yakoze. Ni indirimbo iri mu rurimi rw’Igiswahili akaba yarayikoze asubiramo indirimbo ye ‘Shima Imana’ yakunzwe n’abatari bacye mu gihe cyashize.

    “Ni indirimbo iri mu rurimi rw’Igiswahili, ni indirimbo ivuga ngo shima Imana, ni version y’Igiswahiri ariko y’indirimbo yanjye yitwa Shima Imana. Ni indirimbo yakunzwe n’abantu benshi ariko kubera igihe yakorewe, hashize igihe, ama studio yari ataraza, mbese umuziki ntabwo wari ufite ireme nk’ubungubu”. Aya ni amagambo ya Tonzi ubwo yasobanuriraga INYARWANDA byinshi kuri iyi ndirimbo ye yise ‘Shukuru’.

    Yavuze ko ari indirimbo y’umuntu wese uzi ko kubaho kwe gushingiye ku Mana. Ati “Ni indirimbo y’umuntu wese uzi ko kubaho kwe gushingiye ku Mana”. Yavuze ko iyi ndirimbo ye ifite ubutumwa yifuza ko buri muntu wese yakumva, akaba ari nayo mpamvu yayikoze mu buryo bw’amashusho ashushanyije (Animated video) kuko ari uburyo bwihutisha ubutumwa umuhanzi yatanze binyuze mu ndirimbo.
    Umuhanzikazi Tonzi ni umuhanzi ukunzwe cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana

    Tonzi yavuze ko abantu benshi bagiye bamusaba cyane iyi ndrimbo, aza gufata umwanzuro wo kuyikora mu rurimi rw’Igiswahili yifashishije ababizobereyemo bagendeye ku magambo agize indirimbo ye y’Ikinyarwanda, ‘Shima Imana’. Yavuze ko irimo amagambo buri umwe yafata nk’isengesho by’umwihariko abakristo kuko gusenga Imana kuri bo ari ubuzima.

    Ati “Ni amagambo ya buri munsi, nk’umukristo nzi ko gushima Imana ni ubuzima bw’abizera Imana kuko kubaho, ibyo umuntu ageraho nta kintu na kimwe umuntu yakwishoboza adafite Imana, nawe ni ubuntu wagiriwe kuba ukiriho, ntabwo ari imbaraga zawe, ibyo byose ujye wibuka kubishima kuko iturinda, ntabwo isinzira, nta n’ubwo ihunikira, ihora iturinda iteka, ihora idufitiye imigambi myiza”.

    Tonzi yashimiye umuntu wese wagize uruhare kugira ngo iyi ndirimbo ikorwe. Yashimiye cyane InyaRwanda ishyigikira abahanzi bose nawe arimo, ashimira byimazeyo Alpha Entertainment bamuba hafi buri gihe, Clement The guitalist wamufashje kuyikora nk’uko nawe yabishakaga, ashimira uwamufashije kuyishyira mu Giswahili ari we Jado, anashimira Producer Livingstone ndetse n’uwakoze animation.
    Indirimbo ya Tonzi “Shukuru” wayisanga hano:

    Source: inyarwanda.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Tonzi-yasohoye-indirimbo-Shukuru-avuga-ko-kubaho-k-umuntu-gushingiye-ku-Mana.html

  • Perezida Kagame yarebye shampiyona ya Basketball muri Kigali Arena (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 23/10/2020, Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye imikino yo gusoza shampiyona ya Basketball ya 2020, ikaba iyi shampiyona kimwe n’indi mikino yari yarahagaze kubera icyorozo cya COVID-19.

    Perezida Kagame yitabiriye iyi mikino igeze muri ½, aho by’umwihariko yabanje kureba umukino wahuzaga ikipe ye REG BBC ndetse na APR BBC, umukino warangiye REG itsinze APR BBC amanota 75 kuri 68

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/perezida-kagame-yarebye-shampiyona-ya-basketball-muri-kigali-arena-amafoto

  • Urukiko rwemeje ko Rusesabagina akomeza gufungwa by’agateganyo indi minsi 30 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urukiko rwafashe icyo cyemezo uregwa adahari, aho yakurikiranaga imirimo y’urukiko ari muri gereza i Mageragere.

    Urukiko rwatesheje agaciro impamvu Rusesabagina yari yatanze z’uko atari Umunyarwanda kuko hari aho ubushinjacyaha buvuga ko yari yarabyemeye.

    Rusesabagina kandi yari yamaganye ibyo ubushinjacyaha buvuga ko burimo kumusabira gukomeza igifungo cy’agateganyo kubera gushaka ibimenyetso bishya by’ibyaha asangiye n’abo baregwa hamwe, ariko urukiko rwamumenyesheje ko ubushinjacyaha bwemerewe n’amategeko gushaka ibimenyetso by’inyongera mu gihe ibihari bidahagije.

    Ubushinjacyaha buvuga ko impuzamashyaka MRCD yayoborwaga na Paul Rusesabagina mu myaka ya 2018 na 2019, ubwo umutwe wa FLN wigambaga ko urimo kugaba ibitero mu Turere twa Nyaruguru na Nyamagabe.

    Rusesabagina yafatiwe icyemezo cyo gukomeza gufungwa by
    Rusesabagina yafatiwe icyemezo cyo gukomeza gufungwa by’agateganyo hifashishijwe ikoranabuhanga

    Uyu mutwe wabanje kugira umuvugizi witwa Nsabimana Callixte waje gusimburwa na Nsengimana Herman, bombi ubu barafashwe bakaba bari muri gereza mu Rwanda ndetse n’abandi 16 bafatiwe mu mashyamba ya Kongo.

    Mu ntango z’uku kwezi k’Ukwakira, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko buhuje urubanza rwa Rusesabagina n’urwa Nsabimana na Nsengimana ndetse n’abo 16 barimo n’abari abakuru b’umutwe wa FLN.

    Rusesabagina avuga ko umutwe wa FLN wigengaga mu kugaba ibitero i Nyaruguru na Nyamagabe, ariko akemera ko yawuteye inkunga y’amafaranga.


    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/imanza/article/urukiko-rwemeje-ko-rusesabagina-akomeza-gufungwa-by-agateganyo-indi-minsi-30

  • Rugamba uherutse gutsinda muri Hanga Higa yashyize hanze indirimbo ya mbere #rwanda #RwOT

    Rugamba watsinze muri iri rushanwa mu Ukuboza 2019, iyi ni indirimbo ye ya mbere ashyize hanze nyuma y’uko atangiye gufashwa n’iyi Label ya The Boss Papa yashinzwe na Alain Mukuralinda uzwi ku izina rya Alain Muku.

    Iyi ndirimbo yise 'Byaroroshye’ hari aho aririmba ati 'Ukicara ukandika ibarwa ukohereza n’udutima (hari kera) ubu umwandikira ubutumwa ukohereza n’udutima (byaroroshye) mu byukuri.'

    Ni indirimbo yatunganyijwe mu buryo bw’amajwi na Jay P mu gihe amashusho yayo yakozwe na Fayzzo usanzwe ari mu batunganya indirimbo z’abahanzi babarizwa muri The Boss Papa Label.

    Umva hano indirimbo 'Byaroroshye’

    Alain Muku uyobora The Boss Papa, yavuze ko uyu muhanzi yakagombye kuba yarakoze iyi ndirimbo mu bihe byashize ariko icyorezo cya COVID19 gihita kivangamo.

    Yakomeje agira ati 'Korona yadukmye mu nkokora itubuza gahunda twari dufite kandi burya gutinda biruta guhera ngo inkono ihira igihe.'

    Alain Muku avuga ko nyuma y’iyi ndirimbo hakomeje imishinga myinshi y’abahanzi babarizwa muri iyi Label kuko muri Kamena 2021, buri muhanzi azaba afite nibura indirimbo zirindwi zitunganyijwe mu buryo bw’amajwi n’amashusho.

    Uretse uyu Rugamba kandi Label ya The Boss Papa irimo umuhanzi Nsengiyumva Francois uzwi nka Igisupusupu, na Elisha The Gift wanagiye muri East Africa’s Got Talent akaviramo muri ½.

    Umva hano indirimbo 'Byaroroshye’

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Rugamba-uherutse-gutsinda-muri-Hanga-Higa-yashyize-hanze-indirimbo-ya-mbere

  • MINEDUC yamaganye amashuri ateganya gusaba abakobwa ibyangombwa by’uko badatwite #rwanda #RwOT

    Ni ibintu Minisiteri y’Uburezi igeraranya n’ivangura ndetse ridafite ishingiro n’ubwo byari bisanzwe bikorwa mu bigo bimwe na bimwe by’umwihariko ibyigenga.

    Mu bagaragaje ko bapima abakobwa bagiye kwinjira mu masomo, harimo ikigo Blue Lakes International School giherereye i Nyamata mu Karere ka Bugesera, cyigisha hagendewe kuri porogaramu mpuzamahanga y’amasomo.

    Mu butumwa umuyobozi wungirije w’iri shuri Bhumika Saxena yahaye ababyeyi mbere y’uko abana basubira mu masomo bigira imbere ya mwalimu nyuma y’igihe bakoresha ikoranabuhanga, harimo kubashimira ubufatanye bagaragaje mu bihe bikomeye bya COVID-19.

    Gusa yakomeje ati “Ubuyobozi bw’ishuri burasaba abanyeshuri b’abakobwa kugaragaza icyemezo cy’uko badatwite cyatanzwe n’umuganga wemewe mu gihe bazaba bagaruka ku ishuri.”

    Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwa Twitter, iyi Minisiteri yagize iti 'Igikorwa cyo gusaba abanyeshuri b’abakobwa icyemezo kigaragaza ko badatwite kugira ngo bemererwe kwiga ni ivangura kandi nta shingiro bifite.'

    'MINEDUC iri gukora ubugenzuzi mu mashuri kugira ngo aho bikorwa bihagarare.'

    Nyuma y’uko Minisiteri y’Uburezi yamaganya iki cyemezo, abakoresha imbuga nkoranyambaga nabo bagaragaje ko gupima abakobwa ko badatwite bishobora kubangamira abana b’abakobwa bashobora kuba batwite, mu gihe atari bo bitera izo nda.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/MINEDUC-yamaganye-amashuri-ateganya-gusaba-abakobwa-ibyangombwa-by-uko-badatwite

  • Ntiducirane imanza! #rwanda #RwOT

    Uhereye none twe gucirana imanza mu mitima, ahubwo tugambirire iki: ko umuntu adashyira igisitaza cyangwa ikigusha imbere ya mwene Se Abaroma 14:13

    Buri gihe hari ubwo dukora amakosa yo gucirana imanza mu buzima bwacu. Ni muri ubwo buryo iyi ngingo abakristo bakwiye kuyitaho kandi bakirinda gucirana imanza.

    Rimwe mu makosa akomeye dushobora gukora ni ugucira imanza abadukikije , nyamara tutabanje kwigenzura mu mitima yacu. Tugomba kubanza kumenya ko mu mitama yacu tutari intungane.

    Aha mu gitabo cy’Abaroma, Pawulo araduhamagarira kubanza kwimenya. Twese twisanga muri ibyo bihe by’intege nke zo gucirana imanza mu buzima bwacu, ariko dusabwa kugira umutima w’imbabazi kandi wigenzura mbere yuko tugenzura abandi.

    Yesu ntiyigeze atwemerera gucirana imanza

    'Mwigisha, uyu mugore bamufashe asambana, kandi Mose mu mategeko

    yadutegetse kwicisha amabuye abakoze batyo. None wowe uravuga ngo iki?'.

    Yohana 8: 1-11

    Bakomeje kumubaza arunamuka arababwira ati 'Muri mwe udafite icyaha, abe ari we ubanza kumutera ibuye.'

    Aha ni igihe Yesu yari muri nibature, maze Abanditsi n’Abafarisayo bakamuzanira umugore bafashe asambana kugira ngo amucire urubanza akurikije amategeko ya Mose (Gutegeka kwa kabiri 22.20-22), na bo babone aho bahera bamurega;

    Ariko Yesu akimara kubasubiza ririya jambo, bose bahise bisuzuma maze ibyaha byabo na bo birabarega, bituma babura ikindi bongeraho, baramureka barigendera;

    Burya umuntu ajya yihutira kurega mugenzi we ibyaha runaka, atabanje gusuzuma mu mutima we ngo arebe koko niba na we ubwe yaba yarabinesheje, ahubwo ugasanga arabikora mu buryo bwo gusebanya

    Ni yo mpamvu mbere yo kwatura amagambo ucira mwene so urubanza, ukwiye kujya ubanza ukisuzuma, ukamenya neza koko niba nawe Yesu akurebye yagushima, kuko we areba ibihishwe mu mutima;

    Ese ubundi ko wowe Yesu ataguciriye urwo gupfa, ahubwo akakubabarira kandi wari umunyabyaha, kuki wowe warucira mugenzi wawe?

    Iyo rero umunyabyaha yageze imbere ya Yesu Kristo ntibishoboka ko yapfa kandi Kristo ari we buhungiro bw’abanyabyaha (Yesaya 1.18)

    Kuko icyamukuye mu mahoro, no mu cyubahiro cyinshi yari afite mu ijuru akaza muri iyi si mbi, kwari ukugira ngo abone uko akiza abanyabyaha, nk’uko ijambo ry’Imana rivuga (1Timoteyo 1.15)

    Iri jambo ni iryo kwizerwa rikwiriye kwemerwa rwose, yuko Kristo Yesu yazanywe mu isi no gukiza abanyabyaha, muri bo ni jye w’imbere,no mu gihe kandi Yesu yari yararitswe na Simoni w’Umufarisayo ngo basangire maze umugore w’umunyabyaha akahamusanga, akahamusigira amavuta y’igiciro cyinshi (Luka 7.36).

    Nta kindi abantu bihutiye gutekereza, uretse gusa kwibaza ko Yesu yaba atari umuhanuzi, kuko atabashije kurondora umutima w’uwo mugore ngo amenye ko ari umunyabyaha !

    Ariko kuba Yesu yararetse uwo mugore akamwegera si uko yari ayobewe ko ari umunyabyaha, ahubwo ni uko bene nk’abo ari bo batumye aza mu isi *(Luka 19.10).

    Si byiza rero guciraho iteka umunyabyaha, ahubwo ujye umushyikiriza Yesu,

    Kuko nta kundi wazana umunyabyaha kuri Kristo, uretse kumwerera imbuto nziza no kumubwira ijambo ry’Imana.

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Uhereye-none-twe-gucirana-imanza-mu-mitima.html

  • Igihe cyo kugura no gusinyisha abakinnyi mu Rwanda cyongerewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu ngengabihe iheruka gutangazwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Ferwafa yari yatangaje ko kwandikisha abakinnyi bizatangira tariki 16/08/2020, kugeza ejo tariki 24/10/2020.

    Kugeza ubu FERWAFA yatangaje amatariki mashya yashyizweho na FIFA yo kwandikisha abakinnyi mu cyiciro cya mbere, aho bigomba kuva tariki 16/08/2020, kugera tariki 07/11/2020, bivuga ko hakiri ibyumweru bibiri birenga byo kuba amakipe yagura abakinnyi akanabandikisha muri Ferwafa.

    Biteganyijwe kandi ko isoko ryo kugura no kwandikisha abakinnyi rizongera gufungurwa tariki 15/03/2021, kugera tariki 29/03/2021, mu gihe mu cyiciro cya kabiri ho kwandikisha abakinni bizatangira tariki 27/11/2020 kugera tariki 30/01/2021.

    Rwanda Footballing Season dates and their respective registration Periods as amended by FIFA. #TuriRuhago pic.twitter.com/2JEDMxF7Dn

    — Rwanda FA (@FERWAFA) October 23, 2020

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/igihe-cyo-kugura-no-gusinyisha-abakinnyi-mu-rwanda-cyongerewe

  • President Kagame urges new senators to double efforts in promoting national interests #rwanda #RwOT

    The six new Senators include two who were nominated by political parties, namely Mugisha Alex and Mukakarangwa Clotilde and four who were nominated by the President; Prof. Jean-Pierre Dusingizemungu, Epiphanie Kanziza, André Twahirwa, and former Minister of State in charge of Constitutional Affairs, Evode Uwizeyimana.

    Speaking at the first physical swearing-in ceremony at Parliamentary Building since the covid-19 outbreak in March, President Kagame said that the new Senators come in office when the challenge the country has to deal with doubled due to the pandemic which has a major impact on the economy.

    'The kind of task at hand for us, in our context as a country, requires us to have the right mindset and sacrifice. It requires us to deliver to the highest expectations possible. Our past left us with challenges which we must address. These include the welfare of Rwandans which we must improve, economic challenges, justice and many more, which we need to work on for us to develop. We have come from far but we know we still have a long way to go. The expectations therefore are very clear,' President Kagame said.

    The President advised the senators that they should expect challenges along the way and they should be ready to confront them, citing the impact of the pandemic on Rwanda and the world as one the challenges they will start with, to ensure that the country comes out of it as soon as possible.

    He added that the pandemic put the country and the citizens in a difficult position where the decisions made to contain the virus, such as lockdowns, curfew and others disrupted the lives of Rwandans economically but they were unavoidable.

    'It disrupted us, it disrupted our lives, our economy, our development goals and ambitions, adding to the already existing challenges we were working to address.

    This means that our challenges doubled. It also means that we need to double our efforts to deal with these challenges. Whatever we were doing, we must multiply and increase the momentum. As leaders we are expected to do even more to overcome these challenges,' President Kagame considered.

    President Kagame urges new senators to double efforts in promoting national interests

    Nicole Kamanzi M.

    Source : https://en.igihe.com/news/article/president-kagame-urges-new-senators-to-double-efforts-in-promoting-national

  • Col Rugema, commandant en Chef des RUD-Urunana, abattu à bout portant par ses camarades #rwanda #RwOT

    Le Col Fayida qui aurait commandité le meurtre de son camarade Rugema sous prétexte que c’est un Tutsi qui a gravi les échelons dans la structure des RUD

    est rapporté que ce commandant à été assassiné par Fayida en complicité avec le capitaine Gavana. Le mobile du crime ? Prendre le commandement suprême de RUD, poste vacant depuis que les FARDC ont tué le Commandant-en-chef de ce mouvement armé illégal rwandais, le colonel Kagoma. Il avait remplacé le Gén. Jean Michel Afrika, lui aussi tué par les FARDC dans leur opérationn Solkola II en 2019.

    Un mauvais climat régnait entre les deux colonels qui, chacun de son côté, multipliaient beaucoup de coups bas contre son adversaire pour se hisser au haut commandement du mouvement. Il est dit que Fayida avait trouvé une attaque imparable. Lui et ses camarades avaient commencé à accuser Rugema d’être un tutsi qui s’était faufilé dans les rangs du RUD.

    Il est rapporté que ce colonel Rugema était entré dans les RUD-Urunana sur le Ticket de RNC/Rwanda National Congress du Général dissident rwandais Faustin Kayumba Nyamwasa qu’il représentait.

    Les informations qui parviennent à IGIHE disent que ce colonel venait à peine de passer un mois au sein de RUD après une mission à Kampala/Uganda où il venait de participer à une réunion de coordination des activités des RNC, RUD et la CMI/Chieftancy of Military Intelligency ugandaise.

    C’est donc dire que les déclarations ugandaises de bonnes intentions de reprise des bonnes relations rwando ugandaises dans l’esprit des Accords de Paix de Luanda sont bel et bien fausses.

    Le Col Rugema bivouaquant dans le lieudit GASHARU a vu venir de KIGARIGARI, à travers champs des fermiers, une colonne dans combattants RUD commandée par le lieutenant Théodore. Celui-ci a ordonné à ses combattants d’abattre à bout portant le Colonel Rugema. Trois balles mortelles ont perforé son corps.

    Le colonel Emmanuel Rugema alias Mikwege Mupfuwishyamba abattu sur ordre de son concurrent Col Faida

    La femme du décédé, Rosine Mapendo, de sa résidence de Kampala, a dit à la presse que cela faisait un bon bout de temps que le Col. Fayida traquait son mari en complicité avec le Capt Gavana Nshimiyimana.
    Cette femme s’est engagée à venger son mari “à moins que la justice ugandaise prenne la chose en main”, a-t-elle ajouté.

    Le colonel décédé Rugema Emmanuel alias Mikwege Mupfuwishyamba était le coordinateur très soutenu par la CMI ugandaise de quatre mouvements armés contre le Rwanda que sont les RNC, FDLR, RUD-Urunana et le FPP. Il était entré dans le RUD-Urunana en 2005 pour rapidenment devenir le symbole d’un RUD qui ne ségrègue pas ethniquement ses combattants. Très expérimenté, Rugema avait fait la guerre de libération du Rwanda au sein de l’APR/Armée Patriotique Rwandaise.
    Il avait des entrées faciles au sein des organes de sécurité ugandais et était rôdé dans la coordination et la diplomatie de cette coalition de mouvements armés rwandais activement soutenu par Kampala.

    IGIHE

    Source : https://fr.igihe.com/Col-Rugema-commandant-en-Chef-des-RUD-Urunana-abattu-a-bout-portant-par-ses.html