Blog

  • Birasaba ikihe kiguzi, kuba umwigishwa wa Yesu? #rwanda #RwOT

    Kristo avuga ko bishoboka ko umuntu yamukurikira nyamara atari umwigishwa we. Mu yandi magambo birashoboka ko umuntu yaba yarababarirwe ibyaha bye, ariko nta butware afite hejuru y’icyaha. Ikibabaje ni uko abakristo benshi bibereye muri uku kutamenya, ibintu bihabanye cyane n’ubushake bwa Kristo kandi aba ntabugingo baba bateze mu bwami bw’Imana, keretse bemeye guhinduka abigishwa ba Yesu nyakuri atari ukumukurikira gusa. Wari uziko iyi ngingo ireba abakristo bose?

    Umwigishwa umusaruro yitezweho ni uko ahinduka nk’umwigisha we. Mu yandi magambo umwigishwa ni 'ukurikira Kristo’, intego y’umwigishwa ni ukwiga kumera nka Sebuja( Kristo Yesu). Ni ukuvuga ko kuba umwigishwa wa Kristo, ari ugukurikira intambwe z’ibirenge bye. Umwigishwa agomba guhinduka nka Kristo mu kimbo cye.

    Maze Yesu abwira abigishwa be ati ' Umuntu nashaka kunkurikira yiyange, yikorere umusaraba we ankurikire' Matayo 16:24. Kandi ibyo ni byo Imana ishima kandi ibyo nibyo mwahamagariwe , kuko na Kristo yabababarijwe akabasigira ikitegererezo, kugira ngo mugere ikirenge mu cye. 1 Petero 2: 21-22

    https://www.agakiza.org/Kubamba-ingeso-mbi-za-kamere-ku-musaraba.html

    Kuba umwigishwa wa Yesu birasaba iki?

    “Umuntu uza aho ndi ntiyange se na nyina, n’umugore we n’abana be, na bene se na bashiki be ndetse n’ubugingo bwe , uwo ntashobora kuba umwigishwa wanjye. Utikorera umusaraba we ngo ankurikire, ntashobora kuba umwigishwa wanjye. ” Luka 14:26-27.

    Yesu akiri mu isi ntiyigeze akora icyaha. Nta muntu washoboraga kumuhamya icyaha icyo ari cyo cyose. Biroroshye cyane ariko kwemeza ko benshi mu bakristo ari imbata z’ ibyaha , kandi bibwira ko bari mu rugendo rukurikira Yesu. Nta n’umwe muri bo ushobora kuvuga, nka Pawulo, “Mugere ikirenge mu cyanjye nk’uko nanjye nkigera mu cya Kristo.” 1 Abakorinto 11: 1.

    Kamere ya muntu ihitamo gukora icyaha aho kubabazwa. Urugero ruto ni uko uyoborwa na kamere iyo afashwe n’irari, ahitamo gusambana. Benshi mu bantu babaswe n’ibyaha mu buzima bwabo bwa buri munsi, icyoroshye kuri bo ni ukuzigama icyubahiro hamwe nicyo bita ikinyoma cyera. Ariko ikigaragara ni uko icyubahiro cyo guhisha ibinyoma, ntacyo. Bibiliya ivuga ko 'nta mahoro y’abanyabyaha.’

    Niba dushyigikiye ukuri mu kwizera Kristo Yesu, ni tube abanyakuri. Umunyabyaha areke ingeso ze, twikorere umusaraba wacu , nibwo tuba abigishwa ba Yesu.

    Kubara ikiguzi cyo kuba umwigishwa wa Yesu

    Ni nde muri mwe ushaka kubaka inzu y’amatafari ndende, utabanza kwicara akabara umubare w’impiya zayubaka, ngo amenye yuko afite izikwiriye kuyuzuza? , Kugira ngo ahari ataba amaze gushyiraho urufatiro , akananirwa aho atayujuje , maze ababireba bose bagatangira kumuseka bati ' Uyu yatangiye kubaka inzu, ariko ntiyabasha kuyuzuza' Luka 14: 28-30.

    Abakristo ibihumbi n’ibihumbi, batangirira mu Mwuka bakarangiriza mu mubiri. Kubera iki? Biterwa nuko bakurikiye Yesu, ariko ntibatanga ikiguzi cyo kubamba kamere ngo bave mu byaha, bahinduke abigishwa ba Yesu.

    Cyangwa se hari umwami wajya kurwana n’undi , ntabanze kwicara ngo ajye inama yuko yasaba gutabarana n’ingabo ze inzovu imwe , ngo arwane n’umuteye afite izovu ze ebyiri? . Bitabaye bityo , wa wundi akiri kure cyane atuma intumwa ze akamubaza icyo yamuhongera ngo abone amahoro. Luka 14: 31-32.

    Ubukristo ni intambara. Ugomba kwicara buri munsi ukareba niba uhorana imbaraga zirwanya kamere yawe igutera gukora icyaha. Amahoro yavuzwe haruguru, siyo Yesu yaje guha abigishwa be; yatsinze icyaha, Satani, hamwe n’ingabo zose z’umwijima. Yasabye abigishwa be gutsinda icyaha na kamere, nibwo bazabasha kumukurikira bakaba abigishwa be nyakuri. Dukwiye kwita kuri iryo hame.

    Mu buryo nk’ubwo, umuntu wese udashyira imbere Kristo ngo amwigane , hanyuma ibyo afite byose bigengwe nawe ntashobora guhinduka umwigishwa we. Mu Baheburayo 10:34 handitswe ngo: “Kuko mwababaranaga n’imbohe, mukemera munezerewe kunyagwa ibintu byanyu, mumenye yuko mufite ibindi mwabikiwe birusha ibyo kuba byiza bizahoraho.'

    Birashoboka cyane ko Yesu yagutura umutwaro w’icyaha cyakubase. Kuva mu bubata bw’icyaha ni ibintu bishimishije; ariko icyifuzwa kuruta ibindi byose ni uguhinduka abigishwa ba Yesu.

    Abantu bagomba kurekurira Kristo ibyo bafite byose. Ibyo ntibisobanura ko tugomba gutanga buri kintu cyose dutunze, ahubwo ko ibyo dutunze byose bigomba kubahisha Yesu. Ibyacu byose tukabikora tuyobowe n’uUmwuka Wera.

    Inyigisho zifitanye isano n’iyi:

    Kubamba ingeso mbi za kamere ku musaraba

    Uruhare ukwiriye kugira ngo utsinde ingeso za kamere: Izangiza umubiri

    Source: Active Christianity

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Birasaba-ikihe-kiguzi-kuba-umwigishwa-wa.html

  • Nubwo bugira amavuta menshi, ubunyobwa butuma umutima ukora neza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku rubuga https://www.menshealth.com, bavuga ko ubushakashatsi bwakozwe n’abashakashatsi bo muri Leta ya Pennsylvania muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bwagaragaje ko ubunyobwa bufite akamaro ko kurinda umutima w’umuntu.

    Abo bashakashatsi bafashe abantu 15 bafite umubyibuho ukabije ariko nta bundi burwayi bafite, babagabanya mu matsinda abiri, bakajya babagaburira amafunguro akungahaye ku mavuta, ariko nyuma y’igihe gito, bagiye gupima basanze itsinda ryagaburirwaga ibinyamavuta harimo n’ubunyobwa, 32% y’ibinure byo mu maraso byaragabanutse ugereranyije n’itsinda ry’abataraburyaga.

    Gusa nubwo bimeze bityo, kuri urwo rubuga bavuga ko ubushakashatsi bugikomeje kugira ngo hamenyekane ingano y’ubunyobwa umuntu akwiriye kurya, kugira ngo bumugirire akamaro ko gutuma ibinure bigabanuka mu maraso ye ndetse n’umutima we ugakora neza.

    Hari kandi n’ubushakashatsi bwatangajwe mu kitwa ‘JAMA Internal Medicine’ mu mwaka wa 2015, aho abashakashatsi bakurikiranye imirire y’abantu bagera ku 200,000 hirya no hino ku isi, nyuma baza gusanga abantu bakunda kurya ubunyobwa n’ibibukomokaho mu mafunguro yabo bafite ibyago bikeya byo kwicwa n’indwara z’umutima ugereranyije n’abataburya cyangwa se baburya gake gashoboka.

    Ku rubuga https://nuts.com, bavuga ko nubwo hari abafata ubunyobwa nk’ikiribwa kibi kuko kigira ibinure byinshi, ariko ubwoko bw’ibinure biba mu bunyobwa, ngo ni ibinure bikenewe kugira ngo umutima ugire ubuzima bwiza.

    Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Harvard, batangaje ko ubunyobwa ari bwiza ku buzima bw’umutima kuko bwifitemo ibinure byitwa ‘monounsaturated fats’ kandi ibyo bunure ngo bifasha mu gutuma imitsi itembereza amaraso ikora neza.

    Kuri urwo rubuga bavuga ko ubunyobwa bwigiramo urugero rw’ibyitwa ‘Antioxidants’ rungana n’urwa divayi itukura (Red Wine/vin rouge), izo ‘antioxidants’ zigira akamaro ko kurinda utunyangingo (cells) tw’umubiri w’umuntu kwangirika.

    Ubunyobwa kandi bwigiramo ubutare bwa ‘Copper’, iyo copper ikaba igira akamaro ko kugenzura imisemburo iba mu mubiri w’umuntu ituma agira imbaraga. Iyo copper kandi ifasha imitsi gukora neza. Kubura ubwo butare bwa Copper mu mubiri w’umuntu ngo ni impamvu y’indwara zitandukanye.

    Ku rubuga https://www.rowingnews.com, bo bavuga ko ubunyobwa ari ikiribwa cyiza cyane ku bantu bakora siporo. Bavuga ko uretse kuba ubunyobwa buryoha, ngo ni n’ingirakamaro ku buzima bw’ababurya kuko butuma bagira ubuzima bwiza kandi bagahorana imbaraga.

    Nko ku bantu bakunda gukora amarushanwa yo kwiruka (athletes), bakwiriye kurya ubunyobwa kenshi gashoboka, haba kuburya babuhekenya bisanzwe, kuburya butetse mu byo kurya, cyangwa se n’iyo bajya bafata ibyitwa ‘peanut butter’ bisigwa ku migati n’ibindi.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/urusobe-rw-ubuzima/article/nubwo-bugira-amavuta-menshi-ubunyobwa-butuma-umutima-ukora-neza

  • Kwiyerekana mu myenda y’imbere mu marushanwa ya Miss Africa Calabar ntibivugwaho rumwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kimwe mu byiciro by’aya marushanwa harimo aho abakobwa barushwanwa bagomba kwiyerekana bambaye imyenda y’imbere, ikintu kitavugwaho rumwe na benshi.

    Izi impaka zakunze kugaragara iyo habayeho amarushanwa y’ubwiza bisaba ko abayitabira bigaragaza bambaye imyenda yo kogana (bikini). Abategura aya marushanwa bavuga ko ari kimwe mu bisabwa ku rwego mpuzamahanga atari mu Rwanda gusa.

    Tariki 25 Ukwakira 2020 nibwo amajojonjora yabaye hagasigara abakobwa batanu bazavamo umwe uzakomeza. Aba bose biyerekanye bambaye bikini ariko abenshi barenzaho agatambaro. Ku mbuga nkoranyambaga abenshi berekanye ko batabyishimiye.

    Uwitwa Lydie Mutesi Mwambali yanditse ati “Mumpugure,harya ubwiza bw’umukobwa bubonwa ari uko ashyize hanze ubwambure akiyereka? Hanyuma se muri aya marushanwa y’ubwiza bagenzi babo b’abahungu ko ntarabona amafoto yabo nk’aya bo ntibibareba?” Ingabire Immaculée yamusubije ko ubusa ari ubusa nyine kandi ubwiza butareberwa mu busa.

    Abandi baganiriye na Kigali Today bavuga ko ari ikibazo cy’imyumvire. Uwitwa Safari Damien avuga ko ababyita umuco bakarebye uko imyambarire yagiye ihinduka mu myaka ishize. Yagize ati “Guhera kera mu Rwanda bambaraga utuntu twahishaga imyanya y’ibanga gusa ku mukobwa, ibi byo kwambara bita kwikwiza ni umuco w’abazungu twitije. Rero kugeza ubu ababyita umuco bakarebye ko umuco mu myambarire wagiye uhinduka, kubona abana b’abakobwa bambara kuriya nta gitangaza kirimo.”

    Ababyeyi bo ntibabikozwa. Muhimpundu Claudine ufite abana b’abakobwa babiri avuga ko ntaho abizi, yewe bidakwiye. Ati “Njyewe uko narezwe ntaho nabonye umukobwa yambara ubusa ngo ni ukwerekana ubwiza, mbonye umwana wanjye aje akambwira ko ashaka kujya muri bene ayo marushanwa ntago nabyemera.”

    Nyamara undi mubyeyi we siko abyumva kuko avuga ko yamushyigikira. Secumi Richard avuga ko yanamuherekeza. Ati “Umukobwa wanjye aje akambwira ko ashaka kujya muri ayo marushanwa namushyigikira nkanamuherekeza yewe. Kuko n’ubundi aba yajya ku mazi akambara uko nyamara hariya afite kuba anakorera amafaranga n’ibindi byinshi.”

    Izi mpaka ntizirangira kuko buri wese avuga ibye, gusa amarushanwa y’ubwiza ategurwa mu Rwanda kwiyerekana muri iyi myambaro ntabwo bibamo. Urugero rw’irushanwa rizwi cyane muri ayo abera mu Rwanda ni iryo guhitamo Nyampinga w’u Rwanda (Miss Rwanda). Abitabira iri rushanwa biyerekana mu makanzu n’imyenda y’umuco, ababaha amanota bakagendera ku bwiza, ubwenge n’umuco.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/kwiyerekana-mu-myenda-y-imbere-mu-marushanwa-ya-miss-africa-calabar-ntibivugwaho-rumwe

  • Gatsibo: Nta mpungenge z’inzara bafite nubwo bahuye n’ibibazo by’izuba n’ibyonnyi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Manzi Theogene, avuga ko nta mpungenge z
    Manzi Theogene, avuga ko nta mpungenge z’inzara bafite mu Karere ka Gatsibo

    Igihembwe cy’ihinga 2021A mu Karere ka Gatsibo hahujwe ubutaka buhingwaho igihingwa kimwe bungana na hegitari 16,154 ku bigori, hegitari 1,291 ku muceri, hegitari 2,702 ku bishyimbo, hegitari 208.8 kuri soya na hegitari 443 ku myumbati.

    Ubu buso bwose bwaratewe ndetse bunarenga ubwari buteganyijwe ku kigero cya 128.5%. Habonetse imbogamizi y’imvura cyane ku bahinzi b’ibigori mu Mirenge ya Nyagihanga na Ngarama, ariko by’umwihariko mu Murenge wa Gatsibo aho hegitari 387 zatewe imbuto ntive mu butaka.

    Muri rusange muri iyi mirenge uko ari itatu, hegitari 390.5 ni zo zatewe ibigori ntibyamera.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu Manzi Theogene, avuga ko aho ibigori bitameze ubu hatewe ibishyimbo kandi imvura yabonetse ku buryo byameze.

    Ati “Koko byarabaye ariko aho imvura igwiriye twagiriye inama abahinzi guhita bateramo ibishyimbo kandi ubu byamaze kumera. Iyo bongera guteramo ibigori twajyaga gukererwa igihembwe cy’ihinga B”.

    Uretse imirenge yatinze kubona imvura imyaka yatewe ntimere, Imirenge ya Rwimbogo, Rugarama, Murambi na Gatsibo, hegitari 53.8 zatewemo imyaka iramera ariko igaragaramo udusimba bita imikondo y’inyana (Milliapodes).

    Manzi Theogene avuga ko hatewe imiti ariko na yo bigaragara ko itatwica, abaturage bagirwa inama yo kudutoragura mu mirima. Avuga ko uko imvura igenda yiyongera dupfa, ku buryo bizeye ko tuzashira.

    Agira ati “Twafatanyije n’abaturage gutoragura utwo dusimba mu mirima, ariko na RAB yaradufashije yohereza inzobere mu kurwanya ibyonnyi mu myaka turafatanya haterwa n’imiti, ariko bigaragara ko itatwica, ariko aho imvura igwiriye turimo gushira kuko iratwica ubwayo”.

    Akomeza avuga ko ubu barimo gukurikirana aho twagaragaye kugira ngo barebe ko twashize, ndetse no kugenzura ko nta handi twaba twarafashe imyaka.

    Uyu muyobozi yizera ko hamwe n’izi ngamba nta mpungenge z’inzara abaturage bazahura na yo, kuko buri kiza cyashakiwe igisubizo.

    Ati “Oya nta mpungenge z’inzara twagira kuko niba twarahinze hegitari zisaga ibihumbi 19, ikindi aho imyaka itameze bakaba barabibyemo indi ndetse n’udusimba turwanywa nta mpungenge twagira rwose. Gusa ni ugukomeza tukarwanya ibyo byonnyi kandi icyizere kirahari twatangiye kubona imvura”.

    Inama zigirwa abaturage harimo kuhira imyaka aho bishoboka no gufatira ibihingwa ubwishingizi kugira ngo nihaboneka ikiza bareke guhomba burundu.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/gatsibo-nta-mpungenge-z-inzara-bafite-nubwo-bahuye-n-ibibazo-by-izuba-n-ibyonnyi

  • Sobanukirwa byinshi ku burwayi bwo munda buterwa no kurya amafunguro ahumanye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubu burwayi bubaho akenshi nyuma yo kunywa cyangwa se kurya ibyagiyeho bagiteri (udukoko dutera indwara) cyangwa se n’ibiduturukamo (des substances sécrétées par les bactéries), inzoka ndetse na virus. Nanone kandi bushobora guterwa no kurya ibiryo byifitemo uburozi karemano nk’ibihumyo bitaribwa.

    Muri Canada imibare igaragaza ko miliyoni 11 z’abantu bahura n’ubu burwayi byibuze inshuro imwe mu mwaka.

    Abanyakanada bibasirwa cyane n’ubu burwayi ni abana b’imfura, abagore batwite, abana bato n’impinja ndetse n’abantu barwaye indwara za karande nka Sida, diyabete n’indwara z’umwijima.

    Tukivuga ku mpamvu zitera uku guhumana, ikinyamakuru ressourcesante.ca, kivuga ko inzira zo guhumana kw’ikiribwa zishoboka mu byiciro byose kinyuramo. Ni ukuvuga ko cyahumana mu gihe cyo kugitera mu butaka, mu isarura, kugitunganya, mu ihunika ndetse no mu gihe cyo gutegura ifunguro.

    Ibimenyetso by’uburwayi bwo mu nda buterwa no kurya ibihumanye

    Ibi bimenyetso bikunze kugaragara nyuma y’amasaha 72 umuntu afashe amafunguro yahumanye.

    Ibikunze kugaragara ni:

    Umuriro

    Kuruka no guhitwa

    Kuribwa mu nda

    Kugira umwuma

    Kumva unaniwe no kugira imbeho

    Kubura ubushake bwo kurya no kugira isesemi

    Ibi bimenyetso bishobora kuba byoroheje cyangwa se bikomeye bitewe n’umuntu ndetse n’impamvu yabiteye.

    Abantu benshi iyo bahuye n’ubu burwayi babanza kubyitiranya n’indwara y’igifu, kubera ko ibimenyetso bijya kuba bimwe. Kugira ngo umuntu avurwe neza kandi ku gihe, bisaba ko agana kwa muganga bakaba ari bo basuzuma bakamenya ko yarwaye uburwayi buturutse ku mafunguro ahumanye hatabayeho kubwitiranya n’izindi ndwara zo munda nk’igifu, bityo ahabwe imiti yabigenewe.

    Icyakora nanone hari ubwo bugaragaza ibimenyetso bidakanganye ku buryo bwikiza umuntu atarinze guhabwa imiti.

    Hari ibiryo bikunda guhumana vuba kurusha ibindi

    Inyama z’ubwoko bwose (izitukura n’izera), amafi, imbuto, amata n’ibiyakomokaho, amagi, ibiryo bikoze mu ifarini bidahiye neza, ibirungo by’ifu, ndetse n’ibindi biryo byatunganyijwemo ifu cyangwa byumishijwe.

    Ibyafasha kwirinda ko habaho ibihumanya amafunguro

    Gukaraba intoki mu gihe cyagenwe, kugira isuku mu gikoni no ku bikoresho byaho byose, kumenya urugero rw’ubushyuhe amafunguro ahiraho, Kumenya kubika amafunguro ku kigero cy’ubukonje cyangwa cy’ubushyuhe gikwiye.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/sobanukirwa-byinshi-ku-burwayi-bwo-munda-buterwa-no-kurya-amafunguro-ahumanye

  • Election Shooting, Arrests & Detention In Zanzibar #rwanda #RwOT

    Although election observers said on Wednesday that the Tanzanian general elections were largely peaceful, shooting and massive detention of opposition supporters was reported in semi-autonomous  Zanzibar island.

    In a statement early on Tuesday, the ACT-Wazalendo party said its veteran candidate for Zanzibar's presidency, Seif Sharif Hamad, was detained at a polling station after going to cast his ballot in advanced voting.

    It also said nine people had been shot dead by security forces since Monday. Eight died on the island of Pemba, it said, after clashes between security forces and people who had been trying to stop the army distributing ballot boxes on Monday which they suspected contained pre-ticked votes.

    ACT-Wazalendo said police fired tear gas at the demonstrators and then 'resorted to live ammunition'.

    The Police however, said they had no information about any deaths.

    There were youths who started violence when we were offloading ballot boxes; they started throwing stones,' Tanzanian police chief Simon Sirro told reporters.

    US Ambassador Donald Wright expressed concerns that there were 'reports from Zanzibar and elsewhere of violence, deaths and detentions'.

    'Security forces must show restraint, and the NEC (National Electoral Commission) & ZEC (Zanzibar Electoral Commission) must carry out their duties with integrity,' Ambassador Donald Wright said in a Twitter post.

    'It appears thousands of polling agents have either been prevented from accessing polling stations or been kicked out of the polling stations after voting started,' said main opposition challenger, Lissu of the Chadema party.

    The leading opposition candidate Lissu called on Tanzanians to reject any unfair outcome. 'If the integrity of the elections is undermined or jeopardized, the people should take mass democratic action and protest country-wide.'

    Zanzibar, an Indian Ocean archipelago, is a semi-autonomous state of the East African country of Tanzania and both have held polls to elect their presidents and lawmakers in Wednesday's election.

    The post Election Shooting, Arrests & Detention In Zanzibar appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/election-shooting-arrests-detention-in-zanzibar/

  • Little Known Kingdom Of Eswatini, Africa's Last Absolute Monarchy #rwanda #RwOT

    Eswatini, officially the Kingdom of Eswatini and formerly known in English as Swaziland, is a landlocked country in Southern Africa. It is bordered by Mozambique to its northeast and South Africa to its north, west, and south.

    The capital cities are Mbabane and Lobamba. This kingdom seats on a territorial size with Area: 17,364 km² with a Population: 1.136 million. Their currency is known as: Swazi lilangeni. For example 1000 Swazi lilangeni= U$61.16.

    Mswati III aged 52, (full names Makhosetive Dlamini ) is the king of Eswatini and head of the Swazi Royal Family. He was born in Manzini in the Protectorate of Swaziland to King Sobhuza II and one of his younger wives, Ntfombi Tfwala.

    Artifacts indicating human activity dating back to the early Stone Age have been found in the Kingdom of Eswatini. Prehistoric rock art paintings date from c. 25,000 B.C. and continuing up to the 19th century can be found in various places around the country.

    The area that is now eSwatini has been inhabited for millennia, and human-like remains possibly dating back as far as 100,000 years have been discovered around the Lebombo Mountains in eastern eSwatini.

    However, today's Swazis trace their ancestors to much more recent arrivals. By around AD 500, various Nguni groups had made their way to the region as part of the great Bantu migrations.

    One of these groups settled in the area around present-day Maputo (Mozambique), eventually founding the Dlamini dynasty. In the mid-18th century, in response to increasing pressure from other clans in the area, the Dlamini king, Ngwane III, led his people southwest to the Pongola River, in present-day southern eSwatini and northern KwaZulu-Natal.

    This became the first Swazi heartland. Ngwane's successor, Sobhuza I, established a base in the Ezulwini Valley, which still remains the centre of Swazi royalty and ritual.

    Next came King Mswazi (or Mswati), after whom the Swazi take their name. Despite pressure from the neighbouring Zulu, Mswazi succeeded in unifying the whole kingdom. From the mid-19th century, eSwatini attracted increasing numbers of European farmers in search of land for cattle, as well as hunters, traders and missionaries.

    Over the next decades, the Swazis saw their territory whittled away as the British and Boers jostled for power in the area. In 1902, following the Second Anglo-Boer War, the Boers withdrew and the British took control of eSwatini as a protectorate.

    Struggle for Independence Swazi history in the early 20th century centred on the ongoing struggle for independence.

    reed dance

    Under the leadership of King Sobhuza II (guided by the capable hands of his mother, Lomawa Ndwandwewho, who acted as regent while Sobhuza was a child), the Swazis succeeded in regaining much of their original territory. This was done in part by direct purchase and in part by British government decree.

    This was a major development, as Swazi kings are considered to hold the kingdom in trust for their subjects, and land ownership is thus more than just a political and economic issue.

    Independence was finally achieved — the culmination of a long and remarkably nonviolent path — on 6 September 1968, 66 years after the establishment of the British protectorate.

    The first Swazi constitution was largely a British creation, and in 1973 the king suspended it on the grounds that it did not accord with Swazi culture.

    Four years later parliament reconvened under a new constitution vesting all power in the king. Sobhuza II died in 1982, at that time the world's longest-reigning monarch.

    In 1986 the young Mswati III ascended the throne, where he continues today to represent and maintain the traditional Swazi way of life and to assert his pre-eminence as absolute monarch.

    Culture and Customs

    The Kingdom of Eswatini is also renowned for its wealth of culture. With ceremonies and festivities (like the famous 'reed dance' and the Marula Festival) taking place all year long.

    In eSwatini, it's customary for women to not eat the head or feet of a cow. It is believed that if a woman eats the brains of a cow, she will become intelligent; if she eats the tongue, she will talk back to her husband; and if she eats the feet, she will run away. For the same reason, Swazis say that you should never buy your wife a pair of shoes.

    Dance is key to the Swazis' cultural identity, and every single member of the community is expected to participate during cultural celebrations. Every year, 10,000 young women perform for the Queen Mother at the Umhlanga (Reed Dance Festival), while the men get their turn before the king at the Incwala, which takes place during the summer solstice. Not surprisingly, the dancers were the most important part of the 50:50 celebrations.

    eSwatini's kings are polygamous. Mswati III has 15 wives and his father, Sobhuza II (the longest reigning monarch in history) had 70. That makes for a huge number of princes and princesses. You can generally spot a member of the royal family in a crowd because they are entitled to wear red feathers in their hair.

    The post Little Known Kingdom Of Eswatini, Africa's Last Absolute Monarchy appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/little-known-kingdom-of-eswatini-africas-last-absolute-monarchy/

  • Magufuli In Early Lead Of Tanzania Election #rwanda #RwOT

    Incumbent President John Pombe Magufuli was reportedly leading the Poll tally early Thursday as the National Electoral Commission started announcing provisional results.

    Tanzania has tightly controlled the internet during this period making several online platforms inaccessible except for some state leaning outlets.

    According to the preliminary results from 16 constituencies announced NEC's Chairman retired Judge Semistocles Kaijage, the CCM candidate Magufuli was leading, followed by opposition party Chadema's candidate Tundu Lissu.

    The National Electoral Commission announced results from 12 and Magufuli was leading other 14 presidential candidates.

    In General Elections held on Wednesday October 28, the heads of the Election Observation Missions said that since their arrival in Tanzania, they said, 'We confirm that the process has been largely peaceful'.

    'We therefore wish to encourage the People of the United Republic Tanzania, all political parties, candidates and their supporters to continue upholding the long-enduring peace, security and stability of the country at the forefront, the observer team said.

    Observer team includes; the Heads of the Election Observation Missions to the United Republic of Tanzania's 28 October General Elections, H.E. Sylvestre Ntibantunganya, former President of Burundi, East African Community (EAC) Mission; H.E. Goodluck Jonathan, former President of Nigeria, the African Union (AU) Mission and Advocate Pansy Tlakula, former Chairperson of South Africa's Independent Electoral Commission, and the Electoral Institute for Sustainable Democracy in Africa (EISA) Mission.

    The post Magufuli In Early Lead Of Tanzania Election appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/magufuli-in-early-lead-of-tanzania-election/

  • Mu Bufaransa basubijeho Guma mu Rugo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Macron yatangaje ingamba zikomeye zigamije guhangana n
    Perezida Macron yatangaje ingamba zikomeye zigamije guhangana n’icyorezo cya Coronavirus cyadutse mu isura nshya

    Iki cyemezo gifashwe nyuma y’aho muri iki gihugu hakomeje kugaragara ubwiyongere buri ku rwego rwo hejuru bw’abandura COVID-19. Kuri ubu ibitaro mu Bufaransa byongeye kurengerwa n’umubare munini w’abanduye covid-19 barenga ubushobozi bw’ibitaro mu minsi mike gusa.

    Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko iki cyorezo cyongeye gukwira mu gihugu ku muvuduko udasanzwe ndetse urenze uwari witezwe.

    Akomeza avuga ko ingamba zari zafashwe mu byumweru bibiri bishize zo kubuza urujya n’uruza cyane cyane mu masaha ya nijoro mu murwa mukuru i Paris no mu yindi mijyi ikomeye, ntacyo byafashije mu guhagarika ubwandu bushya bwiswe igice cya kabiri cy’icyorezo cyongeye kugaruka.

    Abafite utubari batangiye kubika ibikoresho muri iyi guma mu rugo izamara ukwezi
    Abafite utubari batangiye kubika ibikoresho muri iyi guma mu rugo izamara ukwezi

    Guhera mu ijoro ryo kuri uyu wa kane, utubari, amazu y’ubucuruzi, amaguriro, amasoko, hamwe n’imirimo inyuranye biraba byafunzwe ariko ku banyeshuri bo bazakomeza amasomo ku mashuri nk’ibisanzwe.

    Macron yagiranye inama idasanzwe n’Abaminisitiri mu ntangiriro z’icyumweru; nyuma y’inama zatanzwe n’abakora mu rwego rw’ubuvuzi basabye ko hakongera gusubizwaho guma mu rugo kugira ngo iyi virusi igabanye umuvuduko iriho.

    Iyi gahunda ya guma mu rugo ishobora kongera gusubizwaho mu bihugu by’i Burayi nk’uko umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi ubitangaza ngo bitewe n’uko iki cyorezo kiri gukwira mu buryo bushya muri ibi bihugu, aho uwo muryango uvuga ko abantu barenga miliyoni 6 n’ibihumbi 500 by’Abanyaburayi bamaze kwandura Coronavirus yadutse mu yindi sura.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/mu-bufaransa-basubijeho-guma-mu-rugo

  • Hatanzwe ibiti bya avoka byo gutera, biba nk’agatonyanga mu nyanja #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage babanje kwerekwa uko ibiti bahawe biterwa
    Abaturage babanje kwerekwa uko ibiti bahawe biterwa

    Umuryango AEE wabitanze ku baturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, no mu Murenge wa Ngera ndetse n’uwa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru. Byahawe abaturage bakeya batoranyijwe n’inzego z’ubuyobozi.

    Abatuye muri Mukura no muri Ngera bagiye bahabwa igiti kimwe buri wese, naho muri Ngoma bo bahabwa ibiti bitatu buri wese.

    Osée Dusengimana uhagarariye Umuryango AEE watanze ibi biti, avuga ko nubwo byifuzwaga na benshi bikababana bikeya, muri Ngoma hatanzwe bitatu ku muntu kuko byari bigenewe abatuye mu mudugudu wa Mutima w’urugo.

    Umudugudu wa Mutima w’urugo ni uwo batoranyije uri inyuma y’iyindi haba mu mibereho no mu myumvire, uri kwitabwaho n’Inama y’Igihugu y’Abagore ngo na wo utere imbere.

    Patricie Musabyemariya, umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore uri gukurikirana uyu mudugudu, ashima ababateye inkunga kuko ngo n’abatuye muri uyu mudugudu batangiye kumva ko gutera ibiti by’imbuto ari ngombwa.

    Agira ati “Twababwiye imihigo ya mutima w’urugo, tubabwira ko harimo n’uwo gutera ibiti by’imbuto ziribwa. Hari abari batangiye, ukabona yateye umwembe, avoka se. Mbega ubu bufasha bahawe bari babukeneye”.

    Abahawe ibiti barabyishimiye kuko ngo batangiye kwibona mu myaka ibiri iri imbere barya avoka bataguze, ndetse bakanagurishaho bakikenura.

    Bosco Shimiryayo n’ibiti bye bitatu mu ntoki, yagize ati “Bampaye ibiti bitatu bya avoka, ndarara mbiteye”.

    Anavuga ko ngo yagiye agerageza gutera avoka ariko zikuma. Ariko noneho ngo yasobanuriwe uko azatera eshatu yahawe, ku buryo azanazibungabunga zikera neza.

    Joséphine baturanye we ngo arazitera hafi y’urugo kugira ngo azabashe kuzikurikiranira hafi.

    Mbere yo guhabwa ibiti babanje gusobanurirwa uko biterwa
    Mbere yo guhabwa ibiti babanje gusobanurirwa uko biterwa

    Ati “Kubera ko mu murima igiti bashobora kucyangiza igihe nagiye gukorera kure y’urugo, ndazitera hafi y’urugo, nzubakire kugira ngo zitangirika. No mu gihe cy’izuba nzajya mbivomerera”.

    Umushinga Sead Project wa AEE ni wo watanze ibi biti ku nkunga y’umuryango Tearfund. Muri Huye wahatanze ibiti bya avoka 1,472 tariki 27/10/2020, muri Nyaruguru uhatanga 608 tariki 28/10/20. Ubu uri gushaka n’ibindi uzatanga muri Gisagara.

    Gutanga ibiti by’imbuto ziribwa biri no mu murongo watanzwe na Minsitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, w’uko buri rugo rwo mu Rwanda rwagira nibura ibiti bitatu by’imbuto ziribwa.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/hatanzwe-ibiti-bya-avoka-byo-gutera-biba-nk-agatonyanga-mu-nyanja