Blog

  • Tanzania: Abatavuga rumwe na leta bavuga ko habaye uburiganya mu matora butarimo no kugira isoni #rwanda #RwOT

    Amashyaka atavuga rumwe n'ubutegetsi ya ACT-Wazalendo na 'Chama cha Demokrasia na Maendeleo' (CHADEMA) ivuga ko ko habaye uburiganya mu matora yabaye ku munsi w' ejo ku wa Gatatu.

    Mu ruhererekane rw'ubutumwa bwo kuri Twitter ejo ku wa gatatu, Bwana Lissu, umukandida wa CHADEMA, yavuze ko habayeho uburiganya mu matora 'butarimo no kugira isoni'.

    Yatangaje ubutumwa bwari bwatangajwe mbere n'undi muntu (uburyo bwa 'retweet') bwa videwo isa nk'iyerekana abaturage bafashe umufuka wuzuye impapuro z'itora zari zamaze kuzuzwa, zose zatoye CCM.

    Yavuze ko yahawe amakuru yuko ahantu hose hari ibitagenze neza, harimo ko n'indorerezi z'abakandida batavuga rumwe n'ubutegetsi zabujijwe kugera ku biro by'amatora.

    Nk' uko BBC ibitangaza dukesha iyi nkuru ivuga ko Umucamanza Semistocles Kaijage ukuriye akanama k'amatora ka Tanzania, yahakanye ibyo birego, avuga ko nta shingiro bifite.

    Abakoresha internet na bo batangaje ko imbuga nka WhatsApp na Twitter zahagaritswe. Gutora byakozwe mu ituze no mu mahoro, nyuma yuko mu birwa bya Zanzibar ho habaye ibikorwa by'urugomo ku wa kabiri.

    Gutora byarangiye ejo ku wa gatatu, ibyavuze mu matora byitezwe gutangazwa mu gihe cy'icyumweru.

    Perezida John Magufuli wo mu ishyaka 'Chama Cha Mapinduzi' (CCM) riri ku butegetsi kuva ryashingwa mu mwaka wa 1977, arimo guhatanira manda ya kabiri y'imyaka itanu.

    Uw'ingenzi cyane mu bo bahatanye ni Tundu Lissu, mu mwaka wa 2017 warokotse igitero cyari kigamije kumwica.

    Yasubiye mu gihugu mu kwezi kwa karindwi avuye mu Bubiligi, aho yavuriwe ibikomere by'amasasu.

    Bose hamwe, ni abakandida 15 bahatanye muri aya matora — barimo na Bernard Membe wigeze kuba Minisitiri w'ububanyi n'amahanga akaza guhinduka unenga bikomeye Bwana Magufuli, nyuma yo kwirukanwa mu ishyaka CCM.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/29/tanzania-abatavuga-rumwe-na-leta-bavuga-ko-habaye-uburiganya-mu-matora-butarimo-no-kugira-isoni/

  • APR FC yahagaritse Ishimwe Kevin ahita asezererwa mu mwiherero #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwahagaritse Ishimwe Kevin ukina asatira anyuze ku mpande, ni nyuma yo gusuzugura umutoza.

    Mu myitozo yabaye ejo i Shyorongi aho iyi kipe irimo gukorera umwiherero, uyu mukinnyi yaje kugaragaza kutishimira icyemezo cy’umutoza, ni nyuma yo kumusifura ko ari muri offside undi akamubwira nabi.

    Adil akaba yarahise amusohora mu kibuga ndetse nyuma y’imyitozo ahita asezererwa arataha.

    Ubuyobozi bwa APR FC bukaba bwemeje ko umukinnyi wo hagati ufasha abataha izamu wa APR FC Ishimwe Kevin yahagaritswe by’agateganyo n’ubuyobozi bwa APR FC.

    Kevin w’imyaka 25, akaba yahise asezererwa mu mwiherero w’ikipe i Shyorongi mu gihe ubuyobozi bw’ikipe bukiganira ku bihano bizamufatirwa.

    Ishimwe Kevin yaje muri APR FC avuye mu ikipe ya AS Kigali, asinya imyaka ibiri mu ikipe y’ingabo z’igihugu ndetse yerekanwa ku mugaragaro Tariki 04 Kanama 2019.

    Ishimwe Kevin yahagaritswe muri APR FC

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yahagaritse-ishimwe-kevin-ahita-asezererwa-mu-mwiherero

  • Prosecution Faces Litmus Test In Going 'Fertilizer Saga' As Lawyers Poke Holes In Case #rwanda #RwOT

    On October 22, Theopista Nyiramahoro, a businesswoman from Kirehe district, was waiting to hear the Gasabo Intermediate Court's verdict on her release or sentencing in a case involving several suspects in the ongoing fertiliser scandal.

    The judge had adjourned the case on October 16 and said the verdict would be announced on October 22 at 2 pm.

    Family and friends showed up. At 1:58 pm, the courtroom was empty. At 2 pm, a family friend who had appeared in the court to hear the verdict asked the court clerk what was Nyiramahoro's fate.

    He was told that Nyiramahoro would remain remanded for 30 more days.

    The verdict reads: Today on the 2020-10-22 at 14:00 the TGI Gasabo at Kigali City, Gassbo where it tries criminal cases, has pronounced the RDPA 00279/2020/TGI/GSB Nyiramahoro Theopiste, vs NPPA Gasabo…dismisses her appeal and rules that she remains detained.

    End of story.

    Nyiramahoro is contesting illegal detention since July. During her substantive hearing on October 16, her lawyer, Clement Cyiza, challenged the court to explain why his client was being illegally detained and then forced to face charges before she even contents her detention.

    His submission yielded no positive results.

    His client is accused of conniving with another suspect, Alfred Nkubiri, who is critically ill, to forge lists of fertiliser beneficiaries. Nkubiri has also been in attendance since end June together with other suspects in the same case.

    Before further hearing proceeds, the prosecution repeatedly appealed before the court that these suspects should remain behind bars because it fears they would flee the country and evade justice.

    Defence teams on the other side have been arguing that all provisions regarding detention were abused and their clients' rights being both abused and denied, saying that since July, no single person on the Rwandan territory had the ability and means to move because the country was under lockdown. The court has since dismissed the plea.

    On the morning of October 22, Evariste Nsengiyumva, another suspect appeared before the same court and charged with similar allegations of forgery.

    In a lengthy session where his lawyer battled the prosecution for almost two hours, the judge heard the two sides face-off on both material and logical substance.

    Three subjects dominated the arguments. One, the nature of the alleged forgery in question, two, the process and people involved in the forgery and three, the institutions involved.

    The prosecution contended that the suspect facilitated the creation of ghost lists of farmers who would benefit from subsidised fertilizers and later claim funds from the Ministry of Agriculture that is primarily responsible for extending this benefit to farmers as a national policy to improve agricultural productivity and hence increase household incomes.

    Regarding the process, the prosecution claimed that the suspect hired agro-dealers, who in this case were responsible for distributing the fertilisers, to play a role in the creation of the farmers' list.

    When tasked by the judge to explain further, it was concluded that this is false. After being challenged by the lawyer, both sides agreed before the judge that the list was created by a team of local authorities.

    How? A cell leader together with an expert from the Ministry of Agriculture, would identify a farmer, assess the land and conclude the amount and type of fertiliser to be given to the farmer. The list would be approved by the sector, the district together with a focal point person from the ministry. All lists bare a government stamp and thus can hardly be forged by a mere fertiliser supplier.

    It is from this list that the ministry would determine how much fertilizer a contractor would be given to supply a particular whole district.

    Farmers on the list would show up at the sector with vouchers with their details and QR code only produced by the ministry to collect their fertilisers from a stock managed by an agro-dealer contracted by the ministry.

    The agro-dealer would be allocated a margin between Rwf10 and 15 off the value of a kilogramme. The supplier would earn a fee for the logistics services and a margin from the collections of payments made by farmers to a SACCO account of which authorities had access to.

    To claim their money, the agro-dealer would submit these lists to the supplier as evidence of delivery to the ministry. The list would be verified by local authorities before it is released to the supplier to curtail forgery, manipulation and possible embezzlement or corruption.

    In the event farmers failed to pay for the fertilisers, two conclusions would drown. It would be because of loss of productivity due to pure defaulting or due to bad weather, which would be ascertained by the expert team from the ministry.

    Where is the case?

    Rwanda's economy had experienced limited effects of global economic slowdown due to the 2008 global economic meltdown.

    Under the auspices of the Ministry of Finance and Economic Planning, a Global Financial Crisis Steering Committee had been established to manage the impact on Rwanda of the global financial crisis.

    Growth projections had been revised downwards to 6% in 2009 to reflect the dampening effects of the slowdown on investment outlays and faltering export performance.

    The negative impact had been taken into account by Rwanda, and reflected in limited spending and additional programs in the agriculture sector, for example, the restructuring of the crop intensification program and a voucher system for fertilizer for smallholders.

    The risks remained, however, on the downside and additional financing needs that arose during 2009 to cope with the downturn of the global economy.

    Given the limited scope to increase arable land, vulnerability to shocks, and a high rate of
    population growth, the emphasis was put on increasing agricultural productivity through improving water management, controlling soil erosion, intensifying the use of fertilizer, integrating livestock development into crop farming, and enhancing extension services.

    These programs provided the opportunity to address some of the fundamental constraints to agricultural growth in the country.

    This plan had a name: The Poverty Reduction Strategy Support Programme ((PRSSP). This plan was under another 5-year grand plan, the Economic Development and Poverty Reduction Strategy (EDPRS).

    The buzz around EDPRS II was everywhere: on a t-shirt in a gym, in several conference rooms and most importantly, in the news.

    The government pumped in billions of francs, with support from development partners such as the African Development Bank.

    The magic worked.

    On February 7, the results of the 3rd Rwandan Household Living Conditions Survey, EICV 3 were released.  Rwanda had pulled off a 'hat trick' of rapid growth, sharp poverty reduction and reduced inequality, according to one expert in development.

    About 1.2 million Rwandans had been uplifted from poverty, thanks to the programs and the various partners who played a role including suppliers of fertilizers.

    However, through the years, these programs were characterised malpractice such as embezzlement of funds, corruption, misappropriation of funds and poor management of contracts.

    In some cases, fertilisers would be stolen and sold to neighbouring countries.

    The auditor general would report about these cases every year until recently when President Paul Kagame asked concerned institutions why the case of fertilisers has never been dealt with.

    Arrests were quickly made and charges filed against over a dozen suppliers and distributors.

    Legalities vs justice

    In the process, legal aspects, according to experts, were ignored. The issue has since become a hot political potato and everyone involved is scared of finding themselves falling short in resolving the matter.

    Prosecutors and investigators are being accused of abusing their powers to coverup for government officials and instead of throwing suppliers under the bus.

    The ministry of agriculture compiled dossiers and unsubstantiated testimonies to pile blame against contractors and save officials from any liability.

    Some suspects have since July been contesting illegal detention without trial and fabricated charges.

    At first, the ministry of agriculture filed a lawsuit against suppliers accusing them of embezzling funds, forging lists and vouchers.

    Investigators made interrogations, filed charges and submitted dossiers to prosecution.

    A case of embezzlement was later dropped along the way because it was identified that it is actually the government that owes suppliers money in unsettled arrears totalling over Rwf9 billion. 

    Lawyers have told Taarifa that suspects were blackmailed and forced to pay sums of money equivalent to what government owed them to secure their release.

    Some paid the money others didn't. Not everyone who paid was released either. For example, one Evariste Rukumba paid Rwf7 million and has never been released yet another suspect, Eugene Rwibasira paid Rwf50 million and was released.

    Taarifa has learnt that local authorities have been running up and down mobilising farmers who had arrears to clear them as soon as possible so that they [officials] can get away with the failure to assist suppliers to recover their pending payments which was at first regarded as embezzled money when they were being arrested.

    Trials 

    The judiciary is still navigating tough waters of the case. One of the suspects, CEO of Top Service LTD, Ladislus Biguma Mwitende, who is serving a jail term for conniving with ministry staff to swindle hundreds of millions of fracs, also appeared on the list, but no charges have been laid against him.

    Sources say he is the king pin of fertiliser mafia network in the country. Ironically, he went down alone. No official has faced trail in this whole saga. Even in the ongoing trails, no official has been summoned nor brought to court to answer any charges.

    Meanwhile, today the Gasabo court will pronounce it's verdict on Evariste Nsengiyumva and Laurent Rugerinyange whose cases were heard on October 22.

    Their lawyers appealed to the court that apart from their clients being detained illegally, the production has not provided any evidence pin them.

    Sources confirmed to Taarifa yesterday that Nkubiri, who is critically ill, will appear before court this Friday to contest his detention, while his co-accused, Theopiste Nyiramahoro, remains behind bars as she awaits an appeal against her detention pending further hearing into her alleged charges.

    Related articles 

    https://www.google.com/amp/s/taarifa.rw/kagames-intervention-needed-to-dismantle-fertilizer-mafia-network/amp/

    Verdict Excpected Today On Co-accused In Fertilizers Case Involving Tycoon Nkubiri

    The post Prosecution Faces Litmus Test In Going 'Fertilizer Saga' As Lawyers Poke Holes In Case appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/prosecution-faces-litmus-test-in-going-fertilizer-saga-as-lawyers-poke-holes-in-case/

  • Irebere umurundo w' amafoto yaciye ibintu hirya no hino ya Barack Obama yashyize hanze mu gihe yari ku buyobozi #rwanda #RwOT

    Perezida Barack Obama, wayoboye Leta Zunze Ubumwe za Amerika waje gusimburwa na Donald Trump kuri uyu mwanya, ni umwe mu bakuru b'ibihugu byabo bagiye bagaragara bakora ibintu bisekeje bitamenyerewe ku banyacyubahiro.

    Barack Obama, yagaragayeho cyane urukundo rudasanzwe akunda abana. Ni kenshi yagiye agaragara akina n'abana, yirukankana nabo, asekana nabo ubona ko bishimye, kuburyo atari buri wese wapfa gutekereza ko ibi yabikora.

    Abana b'abakobwa babiri afite bamaze gukura, ariko ntibyamubujije kugaragaza ko yikundira n'utwana duto cyane tw'impinja.

    Perezida Obama kandi, yagiye agaragara yishimana n'abantu batandukanye, akinana nabo umukino wa Basket, anakora ibindi bintu bitandukanye birimo ibitangaje ku muntu nk'uyu ariko hakabamo n'ibisekeje cyane.

    Reba amafoto yiwe menshi yagiye ashyira hanze mu bihe yanyuzemo akiri perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika:

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/29/irebere-umurundo-w-amafoto-yaciye-ibintu-hirya-no-hino-ya-barack-obama-yashyize-hanze-mu-gihe-yari-ku-buyobozi/

  • RDC: Abantu 8 barimo 6 bo mu muryango umwe bishwe n'abantu bitwaje intwaro batamenyekanye #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuwa Kabiri rishyira ku wa Gatatu, tariki 28 Ukwakira, mu giturage cya Katoro, mu birometero nka 5 uvuye ahitwa Kiwanja, muri Teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo abantu 8 barimo batandatu bo mu muryango umwe bishwe n'abantu bitwaje intwaro batamenyekanye.

    Sosiyete sivile yo muri iki gice iravuga ko abo bantu babanje kwicisha amasasu n'imipanga abantu batandatu bo mu muryango umwe, ababyeyi babiri n'abana bane, bakomereza mu nzu baturanye bahica abandi bantu babiri bakomeretsa abandi babiri mbere yo kuburirwa irengero.

    Ubu bwicanyi ngo bukaba bwabaye nyuma y'iminsi ibiri habaye ubundi bwakozwe ku Cyumweru, nabwo bwahitanye abantu batandatu muri iyi Teritwari ya Rutshuru.

    Depite ku rwego rw'intara watorewe muri iyi zone witwa Bonaventure Shirimpuwe, asanga hakwiye kugira igikorwa mbere y'uko ibintu birushaho kuba bibi nk'uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga.

    Yagize ati: ' Biteye impungenge cyane, ejo twashyinguye abantu batandatu, none uyu munsi turavuga umunani bapfuye. Mu kwezi gushize nabwo twabonye ibintu nk'ibi bibabaje i Kinyandoni aho twaririye na none urupfu rw'abantu barindwi bo mu muryango umwe. I Kiwanja, baracyabikora mu gihe turi mu karere hamwe n'inama y'umutekano y'intara yose. Ndatekereza ko umuntu ukwiye gufata ikimasa ku mahembe ari guverinoma nkuru igomba guhagarika izi nkuru.'

    Ubwicanyi bwo ku cyumweru gishize bwaguyemo abantu batandatu, bivugwa ko bwatewe n'ubushyamirane hagati y'abaturage bo mu bwoko bw'Abahutu n'abaturage bo mu bwoko bw'Abanande, hafi ya Rutshuru rwagati.

    Ku wa Kabiri, intumwa za komite ishinzwe umutekano mu ntara ziyobowe na visi guverineri wa Kivu y'Amajyaruguru, Marie Lumoo, zari muri Rutshuru aho zari zagiye kugerageza guturisha amakimbirane.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/29/rdc-abantu-8-barimo-6-bo-mu-muryango-umwe-bishwe-nabantu-bitwaje-intwaro-batamenyekanye/

  • RIB yataye muri yombi Mutangana Jean Bosco ukurikiranweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano #rwanda #RwOT

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko ruheruka guta muri yombi Mutangana Jean Bosco wigeze kuba Umushinjacyaha Mukuru w'u Rwanda ukurikiranweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

    Muri 2004 nibwo Mutangana yagizwe Umushinjacyaha ku rwego rw'Igihugu, aho yagiye ahagararira Ubushinjacyaha mu manza zitandukanye yaba mu Rukiko Rukuru ndetse no mu Rukiko rw'Ikirenga.

    Itabwa muri yombi rye ryemejewe na Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w'Umusigire wa RIB.

    Dr Murangira yavuze ko 'Tariki ya 26 Ukwakira 2020, RIB yafunze Mutangana Jean Bosco akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano', yongeraho ko afungiye kuri Station ya RIB ya Remera.'

    Umuvugizi wa RIB yavuze ko iperereza rikomeje mu gihe dosiye iri gukorwa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Yavuze ko icyaha Mutangana akurikiranyweho giteganywa n'ingingo ya 276 y'itegeko riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, igena ko aramutse abihamijwe n'urukiko, yahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka itanu ariko kitarengeje imyaka irindwi n'ihazabu y'amafaranga atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu.

    Muri Nyakanga uyu mwaka Mutangana watawe muri yombi, yari yinjiye mu Rugaga rw'Abavoka ndetse anatangiza cabinet y'abunganizi mu mategeko yise 'Mutangana & Partners'.

    Afite uburambe bw'imyaka irenga 20 akora mu bijyanye n'amategeko mu Rwanda kuko yabaye Umushinjacyaha Mukuru, umwanya yamazeho imyaka itatu uhereye mu 2016 kuko yasimbujwe mu Ugushyingo 2019.

    Yabaye kandi Perezida w'Ihuriro ry'Abashinjacyaha bo muri Afurika y'Uburasirazuba hagati ya 2016 na 2018.

    Mbere yaho, yabaye Umushinjacyaha wa Repubulika mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu, Umutara no mu Mujyi wa Kigali. Afite icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters) muri Criminal Law and Criminology yavanye muri Kaminuza ya Groningen yo mu Buholandi hagati y'umwaka wa 2010 na 2011.

    Mutangana yanabaye Umuvugizi w'Ubushinjacyaha, anahabwa kuyobora agashami ko gukurikirana abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi bihishe mu mahanga.

    RIB yataye muri yombi Mutangana Jean Bosco ukurikiranweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/29/rib-yataye-muri-yombi-mutangana-jean-bosco-ukurikiranweho-icyaha-cyo-gukoresha-inyandiko-mpimbano/

  • Abafaransa basubijwe muri 'Guma mu rugo' ku nshuro ya kabiri #rwanda #RwOT

    Perezida Emmanuel Macron w'Ubufaransa kuri uyu wa 28 Ukwakira 2020 yaraye atangaje ingamba za 'guma mu rugo' mu gihugu hose ku nshuro ya kabiri, kugeza nibura mu mpera y'ukwezi kwa cumi na kumwe.

    Perezida Macron yavuze ko bijyanye n'izi ngamba nshya, zitangira ejo ku wa gatanu tariki 30 ukwakira 2020, abantu bazemererwa gusa kuva mu rugo bagiye ku kazi k'ingenzi cyane cyangwa ku mpamvu zijyanye n'ubuvuzi.

    Ubucuruzi butari ubw'ingenzi cyane — nka za 'restaurants' n'utubari — buzafunga, ariko amashuri n'inganda bizakomeza gufungura imiryango.
    Imibare y'abicwa na Covid-19 ku munsi mu Bufaransa muri iki gihe ni yo ya mbere iri hejuru cyane ibayeho kuva mu kwezi kwa kane.

    Ku wa kabiri, mu Bufaransa hatangajwe abantu bashya 33,000 banduye coronavirus.
    Kugeza ubu mu Bufaransa hamaze gutangazwa abantu barenga miliyoni 1,2 bose hamwe banduye coronavirus, muri bo abarenga 35,000 imaze kubica nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.

    Perezida Macron yavuze ko igihugu gifite ibyago byo 'kurengerwa ubushobozi muri iyi nkubiri ya kabiri y'ubwandu mu buryo budashidikanywaho izaba mbi cyane kurusha iya mbere'.

    Hagati aho, Ubudage bugiye gushyiraho 'guma mu rugo' yihutirwa itazaba ikaze cyane nk'iyi yo mu Bufaransa, ariko irimo gufunga za 'restaurants', inzu z'imyitozo ngororangingo ndetse n'inzu za cinema.

    Kuki Ubufaransa bubikoze ubu?

    Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo ejo ku wa gatatu, Perezida Macron yavuze ko Ubufaransa bugomba 'gufata za feri [freins/brakes] n'imbaraga' mu kwirinda ko 'burengerwa n'ukwiyongera kw'icyorezo'.

    Yagize ati: 'Virusi irimo kuzenguruka ku muvuduko n'uburyo bw'iteganya ryo hasi cyane butigeze buteganya'.

    Yongeyeho ko kimwe cya kabiri cy'ibitanda bivurirwaho indembe mu bitaro byose byo mu Bufaransa ubu byose biryamyeho abarwaye Covid-19 gusa.
    Perezida Macron yavuze ko bijyanye n'izi ngamba nshya, abantu bazajya basabwa kuzuza inyandiko basobanura impamvu bashaka kuva mu rugo, nkuko byari bimeze mu gihe cya 'guma mu rugo' ya mbere yo mu kwezi kwa gatatu.

    Guteranira hamwe kw'abantu birabujijwe.

    Perezida Macron yagize ati: '…Muzashobora kuva mu rugo ari uko gusa mugiye ku kazi, guhura na muganga, gufasha mwene wanyu, kugura ibicuruzwa by'ingenzi cyane cyangwa kugenda n'amaguru hafi y'urugo'.

    Ariko yasobanuye ko serivisi za rubanda n'inganda bizakomeza gufungura imiryango, yongeraho ko ubukungu 'butagomba guhagarara cyangwa kuzahara'. Yongeyeho ko gusura abari mu nzu zita ku bageze mu zabukuru — byari bibujijwe muri 'guma mu rugo' ya mbere yatangiye mu kwezi kwa gatatu ikamara amezi abiri — ubu none byemewe.

    Izi ngamba nshya nkuko BBC ibitangaza, zizakurikizwa kugeza ku itariki ya mbere y'ukwezi kwa 12 kandi zizajya zongera gusuzumwa buri byumweru bibiri. Yavuze ko agifite 'icyizere ko imiryango izashobora kongera guhura kuri Noheli'.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/abafaransa-basubijwe-muri-guma-mu-rugo-ku-nshuro-ya-kabiri/

  • Covid_19 : Ingamba zikakaye zafatiwe abaturage b' Ubufaransa #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuwa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Ukwakira 2020 , Perezida Emmanuel Macron w'Ubufaransa yaraye atangaje ingamba za 'guma mu rugo' mu gihugu hose ku nshuro ya kabiri, kugeza nibura mu mpera y'ukwezi kwa cumi na kumwe.

    Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo ejo ku wa gatatu, Bwana Macron yavuze ko Ubufaransa bugomba 'gufata za feri [freins/brakes] n'imbaraga' mu kwirinda ko 'burengerwa n'ukwiyongera kw'icyorezo'.Yagize ati:

    'Virusi irimo kuzenguruka ku muvuduko n'uburyo bw'iteganya ryo hasi cyane butigeze buteganya'.

    Yongeyeho ko kimwe cya kabiri cy'ibitanda bivurirwaho indembe mu bitaro byose byo mu Bufaransa ubu byose biryamyeho abarwaye Covid-19 gusa.

    Perezida Macron yavuze ko bijyanye n'izi ngamba nshya, abantu bazajya basabwa kuzuza inyandiko basobanura impamvu bashaka kuva mu rugo, nkuko byari bimeze mu gihe cya 'guma mu rugo' ya mbere yo mu kwezi kwa gatatu.

    Guteranira hamwe kw'abantu birabujijwe.

    Bwana Macron yagize ati: '…Muzashobora kuva mu rugo ari uko gusa mugiye ku kazi, guhura na muganga, gufasha mwene wanyu, kugura ibicuruzwa by'ingenzi cyane cyangwa kugenda n'amaguru hafi y'urugo'.

    Ariko yasobanuye ko serivisi za rubanda n'inganda bizakomeza gufungura imiryango, yongeraho ko ubukungu 'butagomba guhagarara cyangwa kuzahara'.

    Bwana Macron yongeyeho ko gusura abari mu nzu zita ku bageze mu zabukuru — byari bibujijwe muri 'guma mu rugo' ya mbere yatangiye mu kwezi kwa gatatu ikamara amezi abiri — ubu none byemewe.

    Izi ngamba nshya zizakurikizwa kugeza ku itariki ya mbere y'ukwezi kwa 12 kandi zizajya zongera gusuzumwa buri byumweru bibiri.

    Perezida Macron yavuze ko agifite 'icyizere ko imiryango izashobora kongera guhura kuri Noheli'.

    Imibare y'abicwa na Covid-19 ku munsi mu Bufaransa muri iki gihe ni yo ya mbere iri hejuru cyane muri iki gihugu ibayeho kuva mu kwezi kwa kane.

    Ku wa kabiri, mu Bufaransa hatangajwe abantu bashya 33,000 banduye coronavirus.

    Kugeza ubu mu Bufaransa hamaze gutangazwa abantu barenga miliyoni 1,2 bose hamwe banduye coronavirus, muri bo abarenga 35,000 imaze kubica nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.

    Abaturage bongeye gusubira muri guma mu rugo ya kabiri

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/29/covid_19-ingamba-zikakaye-zafatiwe-abaturage-b-ubufaransa/

  • Downtown Kigali Rwanda…#rwanda #visitrwanda #rwanda

    Downtown Kigali Rwanda. . . #rwanda #visitrwanda #rwanda🇷🇼 #rwandan #kigalirwanda #rwandanbeauty #rwandaupdates #rwandaful #congo #kinshasa #remarkablerwanda #kenya #nairobi #rwandalicious #rwandagirls #girls #burundi #tanzania #uganda #kampala #rwandabeauty #missrwanda #rwandangirl #rwandalight #africa #kigali #quotes

    Source : https://www.instagram.com/p/CC1dPjHhw_2

  • Cabinet raises number of worshippers, weddings and funeral celebrants #rwanda #RwOT

    The decision was taken on Tuesday, October 27, as the cabinet decided that the measures intended to contain the spread of COVID-19 remain as they were reviewed until October 12 except for few changes.

    The cabinet decided that 'services at places of worship will increase to 50% of venue capacity.'

    Earlier on, in a church of 3000 sitting capacity, some 250 people would be allowed in a single service. There was also a space of 2 hours between services to allow sanitizing.

    The cabinet increased the number of those to participate in wedding ceremonies to 75 people up from 30 people. The cabinet further said that COVID-19 tests will not be required with wedding receptions including fewer than 75 guests.

    Meanwhile, funeral services 'should not exceed 75 people', which is also another improvement compared to a maximum of 30 people initially.

    The cabinet increased the number of civil services in offices from the initial 30% of offices capacity to 50% meaning that they will continue to work on rotational basis; these are joining the private sector offices who have been allowed to operate to this capacity for a couple of months now.

    It was also decided that gaming operators will resume gradually upon fulfilling COVID-19 prevention requirements and inspection to be conducted by the Ministry of Trade and Industry.

    On these measures that are expected to be reviewed after 15 days, the cabinet made a reminder to the general public to continue to observe COVID-19 measures including wearing a face mask, keeping social distance, and washing hands regularly.

    In other decisions that are not related to COVID-19, three advisors were appointed and they include; Uwonkunda Claudette, advisor to the Speaker of Parliament, Bideri Ntagozera Rina-advisor to the Minister of Trade and Industry and Wanyana Denise-Advisor to the Minister of State in charge of Primary Health Care in the Ministry of Health.

    The cabinet meeting approved the Presidential order establishing the Rwanda Atomic Energy Board and Prime Minister order determining responsibilities of the national civil aviation security committee, its members, and functioning.

    Also approved was a Prime Minister order determining responsibilities of the airport security committee, its members and functioning.

    A ministerial order relating to the appeal committee in Civil Aviation was also approved, together with Ministerial order on court fees in civil, commercial, labor administrative and criminal matters.

    The cabinet has allowed places of worship to increase the number of people to attend worship places, weddings and funerals.

    Nicole Kamanzi M.

    Source : https://en.igihe.com/news/article/cabinet-raises-number-of-worshippers-weddings-and-funeral-celebrants