Blog

  • Abategetsi bo muri Tigray bategetse abaturage kwambarira urugamba bakarwanya ingabo za Ethiopia #rwanda #RwOT

    Abategetsi bo mu karere ka Tigray mu majyaruguru ya Ethiopia bategetse abaturage baho kwambarira urugamba, bababwira ko bagomba 'kwirwanaho' kubera 'ubushotoranyi bugaragara' bwa leta ya Ethiopia.

    Hakomeje kwiyongera ubwoba ko intambara ishobora gukwira muri iki gihugu cyo mu ihembe ry'Afurika.

    Mbere yaho, Minisitiri w'intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed yari yanze ubusabe bw'abategetsi ba Tigray bw'ibiganiro bigamije amahoro.

    Abantu babarirwa mu magana bamaze kwicwa mu minsi umunani ishize y'imirwano hagati y'ingabo zo muri leta ya Tigray n'iza leta ya Ethiopia.

    Hashize igihe hari ugucikamo ibice gushingiye ku moko muri Ethiopia kubera ko amoko amwe ashaka kugira ubutegetsi bwayo bwihariye akareka kugengwa na leta nkuru ifite icyicaro mu murwa mukuru Addis Abeba.

    Ishyaka Tigray People's Liberation Front (TPLF) ryigeze kumara imyaka ari ryo rikomeye cyane mu gihugu, ni ryo ritegeka akarere ka Tigray.

    Iryo shyaka rifitanye amasinde na Minisitiri w'intebe Abiy wo mu bwoko bwa ba nyamwinshi bwa Oromo kuva yagera ku butegetsi mu 2018 agasezeranya gukora amavugurura atandukanye mu gihugu.

    Mu gihe cya vuba gishize, ishyaka TPLF ryirengagije icyemezo cya leta ya Ethiopia kibuza ko haba amatora mu gihugu mu kwirinda coronavirus.

    Kubera kurenga kuri icyo cyemezo rigakoresha amatora, Bwana Abiy yavuze ko ayo matora yo muri Tigray atemewe n'amategeko.

    Ku wa gatatu w'icyumweru gishize, Bwana Abiy yategetse ko hakorwa igitero cya gisirikare nyuma yuko ikigo cy'ingabo za Ethiopia cyo mu murwa mukuru Mekelle wa Tigray cyigaruriwe n'ingabo za leta y'ako karere.

    Ishyaka Tigray People's Liberation Front (TPLF) ryatangaje ibihe bidasanzwe mu gihugu mu 'kurinda umutekano n'imibereho y'abaturage ba Tigray ndetse n'ubusugire bwabo', nkuko byatangajwe na televiziyo ya leta ya Tigray.

    Televiziyo ya leta ya Tigray yasubiyemo amagambo ya leta yo kuburira ko 'umuntu uwo ari we wese utazabikurikiza azafatirwa ingamba'.

    Abategetsi b'akarere ka Tigray banasubiyemo ibyo bashinja igihugu gituranyi cya Eritrea ko cyivanze muri iyi mirwano, ibyo leta ya Eritrea n'iya Ethiopia byahakanye.

    Abategetsi ba Ethiopia bashimangira ko urugamba rwabo ari urwo kurwanya abategetsi ba Tigray rutagambiriye abaturage ba Tigray.
    BBC

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/12/abategetsi-bo-muri-tigray-bategetse-abaturage-kwambarira-urugamba-bakarwanya-ingabo-za-ethiopia/

  • Camco Clean Energy joins Green Climate Fund's list of accredited entities #rwanda #RwOT

     

    London, 11 November 2020: Camco Clean Energy (Camco) had been approved as an accredited entity by the Green Climate Fund (GCF) at the 27th Board meeting being held this week.

    As an accredited entity, Camco can now put forward proposals to the Fund and then oversee, supervise, manage and monitor these proposals when approved.

    The GCF was set up by the United Nations Framework Convention on Climate Change (UNFCCC) in 2010 and is the world's primary mechanism for helping developing countries reduce their greenhouse gas emissions and enhance their ability to respond to climate change.

    The GCF's second replenishment has recently exceeded US$10 billion of pledges, and the Fund has already committed over US$7 billion for climate action, with accredited entities ranging from the world's largest development banks to micro organisations. According to its accreditation status, Camco will be able to propose private sector projects and programmes based in any developing country that are up to US$250 million in size and are low to medium risk.

    Commenting on the GCF Board's approval, Geoff Sinclair, Managing Director at Camco, said: 'We are delighted and proud to be welcomed as a GCF accredited entity and are committed to supporting its aim of creating a paradigm shift in climate action and driving forward the goals of the Paris Agreement.

    'It's taken two years and a lot of hard work to get to this point and this marks a huge achievement for us and I would like to thank the GCF Secretariat, Accreditation Panel and Miles Austin at Advisory 42 for working with us. Now it's time to begin work on presenting several exciting and innovative concepts notes for the GCF's consideration, all of which will support the kind of active engagement of the private sector that is critical for catalysing wide-scale climate action.'

    Camco has been providing innovative financial solutions and management services to enable renewable energy development and deploy climate finance for more than 30 years. The company is based in offices in Accra, Helsinki, Johannesburg, London and Nairobi, and has on-the-ground experience and world-leading financial expertise in originating, developing, financing and implementing renewable energy and electrification projects in developing and established markets across the world.

    Since 2015, Camco has been the investment manager of the UK Government-funded Renewable Energy Performance Platform, a £148 million fund to support the growth of small scale, distributed renewable energy in countries across Africa.

    'Being a relatively small company gives us the freedom to be fast-acting and nimble, which are important qualities for developing the small and distributed renewable energy markets in developing countries, which often falls outside the scope of many of the larger GCF-accredited entities,' added Sinclair.

    'Combined with our diverse team's experience in finance and investment, risk management, development, engineering, policy, and sustainability, we have every confidence that we will prove to be a very useful new tool in the GCF toolbox.'

    78

    The post Camco Clean Energy joins Green Climate Fund's list of accredited entities appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/11/12/camco-clean-energy-joins-green-climate-funds-list-of-accredited-entities/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=camco-clean-energy-joins-green-climate-funds-list-of-accredited-entities

  • Muhanga : Une jeunesse pour diverses carrières professionnelles : macons, electriciens, tailleurs, tanneurs #rwanda #RwOT

    Ces jeunes gens sont des jeunes hommes qui allaient nuitamment et illégalement dans les mines avec de nombreuses occasions d’accidents mortels et de jeunes filles qui étaient occupées dans les travaux d’intérieur de maison (boyesses).

    ” J’ai suivi la formation de tannerie et de cordonnerie dans un établissement professionnel conçu à notre intention pour des jeunes déscolarisés. Je suis fier d’en être finaliste et de gagner honnêtement ma vie avec ma nouvelle profession de tanneur’, a confié Emmanuel Uwimpuhwe au journal en ligne Umuseke.rw.

    Meme son de cloche pour les filles lauréates de ce Centre de formation. Elles ont de lointains souvenirs du temps où elles étaient des travailleuses de maisons, qui s’occupaient de la cuisine et des enfants de familles avec un volume horaire de plus de dix huit heures de travail pour un salaire ingrat avec, en plus, de fréquentes grossesses non désirées.

    Marie Jeanne Mutuyimana est de cette première promotion de ce centre d’information qui fabrique des souliers, des sacoches et ceinturons en cuir.
    ” J’ai eu la chance de suivre la formation de cette école. J’ai des revenus confortables à mon niveau car je suis capable de faire une épargne “, a-t-elle confié sachant gré au Syndicat des Travailleurs au Service des Droits Humains, le promoteur de ce programme de formation qui a commencé avec les carrières Electricité, Maçonnerie, Tailleur, Tannerie.

    Depuis 2013, ce Centre de Formation Professionnelle vient d’installer dans leurs carrières quelques 280 jeunes gens.

    IGIHE

    Source : https://fr.igihe.com/Muhanga-Une-jeunesse-pour-diverses-carrieres-professionnelles-macons.html

  • AKWOS yahagurukiye gukemura amakimbirane mu miryango #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abiganjemo urubyiruko bitabira ibikorwa by
    Abiganjemo urubyiruko bitabira ibikorwa by’imikino bitegurwa na AKWOS

    Ni ibikorwa watangije kuva tariki ya 10 Ugushyingo 2020, bihuza club z’amahoro zigasangizanya uburyo zikoresha mu gukemura amakimbirane abera mu miryango ndetse n’aho batuye binyujijwe mu bihangano bitandukanye birimo indirimbo, imivugo, imbyino, amakinamico, inkuru zishushanyije, ubuhamya ndetse n’izindi mpano zitandukanye.

    Baragahoranye Alex ni umunyonzi mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu. Avuga ko yari asanzwe agirana amakimbirane n’umugore we bitewe n’ubusinzi, ariko nyuma yo gukurikirana ibiganiro bya AKWOS yiyemeje gushyira hamwe n’umugore we.

    Baragahoranye yagize ati “Biterwa n’inzoga n’ibitabi tuba twanyoye, nkanjye iyo nabisomye ndataha twaserera nkamushyiramo rumwe, gusa nkurikije ibiganiro numvise aha nsanze nihombya. Ngiye kubihagarika nite ku mugore wanjye.”

    Mu Murenge wa Nyamyumba abaturage bavuga ko ibikorwa by’amakimbirane byiyongereye kubera icyorezo cya COVID-19, aho abagabo n’abagore bagumye mu ngo badafite imirimo.

    Rwemarika Félicité, umuyobozi wa AKWOS aganira n
    Rwemarika Félicité, umuyobozi wa AKWOS aganira n’abitabira ibiganiro

    Kayiganwa Janvière uhagarariye Inama y’Igihugu y’Abagore mu Murenge wa Nyamyumba, avuga ko amakimbirane yiyongereye ashingiye ku mutungo hamwe n’andi yashinze imizi kubera ko abagore bari bamenyereye gutunga imiryango babikesheje kwambuka imipaka none bikaba byarahagaze, bagatangira gusaba abagabo.

    Ni amakimbirane agira ingaruka ku bana, mu miryango ndetse no mu rubyiruko kuko ababibona bituma batinya gushinga ingo batinya kuzahura na yo.

    Undi musore witwa Habanishaka utuye mu Murenge wa Nyamyumba ukomoka mu Karere ka Karongi avuga ko iyo abonye abafitanye amakimbirane bimutera amakenga.

    Yagize ati “Amakimbirane mu miryango agira ingaruka zitandukanye zirimo kudindiza iterambere, ariko nkatwe urubyiruko amakimbirane atuma dutinya gushaka kuko iyo ubonye umuryango ufitanye ibibazo wibaza niba nawe bitazakubaho.”

    Bamwe mu bana baganiriye na Kigali Today bavuga ko amakimbirane mu miryango agira ingaruka ku bana cyane cyane abakobwa.

    Bagaragaje uburyo amakimbirane ateza umutekano muke mu muryango
    Bagaragaje uburyo amakimbirane ateza umutekano muke mu muryango

    Hari abagize bati “Amakimbirane agira ingaruka ku bana bose, ariko umwana w’umukobwa bikarusha kuko iyo iwabo bakimbirana bimuviramo kuva mu ishuri agakora imirimo yo mu rugo harimo kurera barumuna be, kandi iyo avuye mu ishuri ahura n’ibishuko bituma aterwa inda itateganyijwe. Naho ku wiga iyo ageze mu ishuri atangira gutekereza ku bibera iwabo ntakurikire. “

    Mudoge Ezechiel ni umusaza w’imyaka 70 utuye mu mujyi wa Gisenyi. Ubwo yaganirizaga abo mu Murenge wa Nyamyumba, yavuze ko yagiranye amakimbirane n’umwana we ndetse ashaka kumwirukana mu rugo ariko ahuye n’umuryango wa AKWOS urabunga.

    Ati “Njye ndashima uyu muryango kuko washoboye kunyunga n’umwana wanjye twari dufite amakimbirane ndetse nifuza guhamagara ubuyobozi kuko yatahaga yasinze iminsi yose ndetse agateza umutekano muke mu rugo. Nageze ku Kagari numva ibiganiro bya AKWOS mbagezaho ikibazo cyanjye bemeye kuza mu rugo baratuganiriza none tubanye neza. “

    Gukemura amakimbirane no kubaka ubumwe bw’umuryango binyuze muri siporo ni bimwe mu bikorwa bya AKWOS byishimirwa n’abaturage.

    AKWOS ni umuryango nyarwanda wita guteza imbere umugore binyuze muri siporo
    AKWOS ni umuryango nyarwanda wita guteza imbere umugore binyuze muri siporo

    Kayiganwa uhagarariye Inama y’Igihugu y’Abagore mu Murenge wa Nyamyumba, avuga ko bakora siporo bafite ishyaka ryo gutsinda ku buryo n’abafite amakimbirane iyo bahuriye mu itsinda batanga gukina ngo ni uko bafitanye amakimbirane.

    Ati “Siporo iradufasha kuko iyo abantu bafitanye amakimbirane bayihuriyemo bitababuza gukomeza, niba ari ugukina umupira w’amaguru umuntu aguhaye umupira ntiwawanga ngo ni uko uwuhawe n’uwo mutumvikana ahubwo muba mufite ishyaka ryo gutsinda, ikindi iyo murangije gukina mwishimye muraganira mugashobora no kurenga ibibatanya. “

    Ubuyobozi bwa AKWOS buvuga ko butateza imbere umugore agihura n’amakimbirane mu muryango ikaba ari yo mpamvu bashyize imbere kuyakemura ndetse banakoresheje ba bagore kugira ngo barusheho kwigirira icyizere kandi banatinyuke barengere uburenganzira bwabo bakoresheje amatsinda y’amahoro mu midugudu.

    Uwitwa BANA SINZI Aurore we avuga ko uretse no kuba siporo yifashishwa nk’umuyoboro mwiza mu kubaka amahoro no gukemura amakimbirane, bifasha abagore n’abakobwa gutinyuka no kwigirira icyizere, bikabakura mu bwigunge ndetse kandi bikabarinda indwara za hato na hato bigatuma bagira ubuzima bwiza.

    Bana Sinzi Aurore umukozi wa AKWOS aganira n
    Bana Sinzi Aurore umukozi wa AKWOS aganira n’abatuye mu Murenge wa Nyamyumba

    Umuyobozi wa AKWOS, Rwemarika Félicité, avuga ko kwigisha abantu uburyo bwo gukemura amakimbirane bidahagije ahubwo bisaba ko abigishijwe bajya no mu baturage bagatanga ubutumwa bukagera kuri benshi.

    Avuga ko aho banyuze bigisha abaturage bagaragaje ko bafite ikibazo cy’ibiribwa kandi bagira ibyo babagezaho, avuga ko ikigiye gukurikiraho ari ugushakira abaturage igishoro kugira ngo bagire icyo bakora mu gihe umupaka benshi bakuragaho ibibatunga utarafungurwa.

    Umuryango AKWOS ukorera mu turere twa Kirehe, Rulindo, Musanze na Rubavu mu bikorwa byo guteza imbere abagore binyuze muri siporo hamwe no gufasha abakobwa batewe inda zitateganyijwe bagashobora gusubira mu ishuri no kubaka ubuzima aho gutereranwa n’imiryango yabo.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/akwos-yahagurukiye-gukemura-amakimbirane-mu-miryango

  • Shaddyboo uko abantu bamuvuga si ko ari – Platini P #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Platini P na Shaddyboo
    Platini P na Shaddyboo

    Mu minsi ishize hagaragaye amafoto ya Platini P, ari kumwe na Shaddyboo bituma abantu benshi bibaza niba nta kindi kiri hagati yabo. Platini yavuze ko ari akazi kabahuza n’umubano usanzwe.

    Ati “Shaddyboo ikiduhuza ni akazi n’izindi gahunda zitandukanye ariko nta z’urukundo zirimo nk’uko abantu babiketse kubera amafoto”.

    Platini avuga ko Shaddyboo ari umuntu mwiza, bitandukanye n
    Platini avuga ko Shaddyboo ari umuntu mwiza, bitandukanye n’abamufata ukundi

    Abajijwe ku bivugwa kuri Shaddyboo, Platini yavuze ko ibyo bavuga ntaho bihurira n’uwo ari we. Ati “Shaddyboo ni umuntu mwiza ugira ikinyabupfura, ucisha make ndetse ukunda gusabana. Abamuvuga ukundi ni uko baba batamuzi, na we ubwe ibyinshi bamuvuga ntaba abizi, yewe n’ingero bamutangaho ntazo aba azi”.

    Mu kiganiro na KT Radio yagiranye na Platini P, yari arimo asobanura indirimbo ye aherutse gushyira hanze yitwa ‘Atansiyo’. Avuga ko atari indirimbo y’ubutumwa bwihariye ahubwo ari iyo kwishimisha kurusha ibindi.

    Platini P yavuze ku ndirimbo ye
    Platini P yavuze ku ndirimbo ye ‘Antansiyo’

    Ati “Uyumvise irimo injyana ibyinitse kurusha uko wakumva ikindi, ariko mvugamo n’umusore ukunda agakabya”.

    Iyi ndirimbo yakorewe amashusho n’umusore Cedric Dric, ikorerwa i Dubai mu butayu. Mu mashusho yayo hagaragaramo umukobwa witwa Cycy.


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/shaddyboo-uko-abantu-bamuvuga-si-ko-ari-platini-p

  • Igitego cya Sarpong cyatumye umufana wa Simba SC yitaba Imana #rwanda #RwOT

    Ku mukino w’abakeba uhuza amakipe abiri akomeye muri Tanzania, Simba SC na Yanga, umufana wa Simba SC yitabye Imana nyuma y’uko Yanga yabonye penaliti yatsinzwe na rutahizamu Michael Sarpong.

    Ni ibintu bitamenyerewe cyane muri Tanzania cyangwa muri Afurika y’Iburasirazuba kumva ko umufana yitabye Imana kubera ko ikipe ye itsinzwe, uyu we ntiyanategereje ko iminota 90 irangira.

    Ibi byabaye ku mukino wahuje Yanga Simba SC ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ubwo amakipe yombi yanganyaga 1-1.

    Umufana witwa Shaban Balwe akaba n’umunyamuryango w’iyi kipe wari utuye Mwanza yagize ikibazo cy’umutima ku munota 31 ubwo myugariro Onyango yategaga Tuisila Kisinda maze umusifuzi agahita atanga penaliti yinjijwe neza na Sarpong.

    Umunyamabanga mukuru w’amatsinda y’abafana ba Simba SC muri Mwanza, Philbert Kabago yahamirije aya makuru ibinyamakuru byo muri Tanzania ko uwo mufana yitabye Imana umukino ukirimo kuba.

    Ati'nibyo umunyamuryango wacu Shaban Balwe yitabye Imana ku wa Gatandatu umukino wacu na Yanga ukirimo kuba. Ni amakuru yatubabaje ariko byose ni gahunda z’Imana.'

    Yasobanuye uko byagenze, ati'ibi byose byabaye ubwo umupira wari ugeze ku munota wa 31 Yanga ibonye ipenaliti yatsinzwe na Sarpong. Shaban yahise agira ikibazo cyo kwikanga k’umutima kubera iyo penali. Nyuma yo kugira icyo kibazo ubuzima bwe bwakomeje kujya habi hashikishwa uburyo yajyanwa kwa muganga ariko yitaba Imana ari mu nzira ajyanywe kwa muganga kuvurwa. Ukuri byaratubabaje ariko nta yandi mahitamo.'

    Uyu mukino waje kurangira ari 1-1, ni nyuma y’uko Joash Onyano wari wakoze ikosa ryavuyemo penaliti, ku munota wa 85 yaje kwishyurira Simba SC n’umutwe ku mupira wari uvuye muri koruneri.

    Ikosa ryavuyemo penaliti yatumye umufana wa Simba SC yitaba Imana

    Sarpong yahise ayinjiza neza

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/igitego-cya-sarpong-cyatumye-umufana-wa-simba-sc-yitaba-imana

  • Ya saha igezweho (Smart Watch) irimo telefone n’ibindi byinshi yongeye yabonetse #rwanda #RwOT

    Nyuma y’iminsi zarashize kubera ubwinshi bw’ababa bazishaka, ya saha nziza cyane yo mu bwoko bwa X6 Smart Watch yongeye yagarutse. Iyi ni isaha nziza cyane yo kwambara ariko yifitemo ikoranabuhanga rihambaye, kuko ushobora gushyiramo Simcard ukayikoresha nka telefone ukitaba ukanahamagara, irafotora, wayumvaho umuziki kuko ijyamo na memory card, ifite bluetooth, wayikoreshaho internet, wayikoreshaho facebook n’izindi mbuga nkoranyambaga. Iracagingwa kandi uyibonye ntiwahita ukeka ko irimo ibyo byose.

    Uramutse uyishaka wadusanga kwa Rubangura muri etage ya kabiri mu muryango wa 206. Waduhamagara cyangwa ukatwandikira kuri 0788542538 kandi ntugire impungenge ntihenda kuko igura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi cumi n’umunani gusa (18.000 Frw) ubundi ukagendana n’ibigezweho.

    Source : http://www.ukwezi.rw/gura/article/Isaha-igezweho-Smart-Watch-ifite-whatsapp-ifotora-irimo-telefone-n-ibindi-byinshi-kuri-macye-cyane

  • Amwe mu masomo akomeye ku buzima film yitwa 'KADENANG GINTO' isigiye abantu bose bayirebye #rwanda #RwOT

    Film y'uruhererekane y'abanyafiripine yitwa 'Kadenang Ginto' ikomeje gufasha benshi bitewe n'amasomo akubiyemo afite aho ahuriye n'ubuzima busanzwe ashobora gusana imitima ya benshi ndetse n'ingo zubatse ku binyoma.

    Ni mu gihe igihugu cya Filippine gikataje mu iterambere rya Cinema, Nyuma ya filime nyinshi zagiye zikorwa muri iki gihugu ndetse zigakundwa n'Isi yose, Aha twavuga nka 'Wild Flower, Forevermore, Bridge of love, Killer Bride n'izindi nyinshi.

    Kadenang Ginto ishingiye ku rwango rujya ruvuka mu miryango nyamara bitewe n'impamvu z'amafuti zirimo 'Ishyari, umutima mubi n'ibindi, Nubwo ariko iyi filime igaragaza iyi mico mibi ku rundi ruhande igaragaza abandi bafite imico myiza buri wese yakabaye agenderaho, Bityo tukaba twavuga ko igizwe n'intambara hagati y'ikibi n'ikiza, Ukuri n'ikinyoma ariko nkuko bisanzwe iteka ryose biratinda ariko ukuri kugatsinda ikinyoma, Iyi firimi yaranzwe n'urwango uwitwa Daniella yagiriye umugore wa se Romina nyamara amuziza ubusa, Ahabwo ari urwango ruvanzemo imico mibi twavuze haruguru irimo n'ishyari, Uyu Daniella imico ye ayitoza umukobwa kugeza ubwo nawe aba nkawe mu mico, Gusa ku rundi ruhande umuryango wa Romina ni umuryango uba ubayeho mu munezero ndetse wubakiye ku kuri gusesuye, Benshi mu barebye iyi filime bakunze cyane umwana ukinamo witwa Cassandra Mondragon ukina yitwa 'Cassie' bitewe n'imyitwarire ye yuje ikinyabupfura gihambaye, urukundo n'ubumuntu, Bakunze kandi Romina utari atandukanye cyane n'umukobwa we.

    Muri rusange iyi filime igaragaramo abakinnyi batandukanye barimo Romina, Cassandra, Robert, Benard, Daniella, Carlos Bartolome, Marigarithe Bartolome, Alvin, Hector, Bonita, Niel, Kristoff Kulas, Jude n'abandi benshi tutarondora, Ntitwasobanura uko iyi filime 'Kadenang Ginto' yose yagenze ngo tubivemo, Ahubwo icy'ingenzi twagarukaho ni amasomo y'ubuzima bwa buri munsi yasigiye abayikurikiye bose, Iyi filime yagaragaje ko uko ukuri kwahishirwa kose, birangira uwarenganye arenganuwe, Yagaragaje ko uko umuntu yakwanga kose akagambirira guhora aguhemukira, iherezo nawe abyishyurira ndetse akabyicuza, Kadenang yigisha ko mu buzima bwa muntu habamo impinduka cyane, uko wakishyira hejuru kose ubangamira bagenzi bawe, Ejo ushobora kwisanga ari wowe biri kubaho ibyo wakoreye abandi, Kadenang Ginto kandi yigisha ko uko mugenzi wawe agize nabi atariko uba ufite kumwitura iyo nabi yakugiriye ahubwo wakarushijeho kumubabarira kuko akenshi bitamuturukaho ahubwo ari Satani, Yagaragaje ko icyubahiro kitagurwa cyangwa ngo gisabwe ahubwo ko gikorerwa kigahabwa uwakoze ibikorwa by'indashyikirwa.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/12/amwe-mu-masomo-akomeye-ku-buzima-film-yitwa-kadenang-ginto-isigiye-abantu-bose-bayirebye/

  • Gucuruza amafi agihumeka byafashije abatinya kurya ayavuye muri firigo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Amafi akiri mazima uyakeneye barayakurobera
    Amafi akiri mazima uyakeneye barayakurobera

    Ibyo bishoboka kubera ikoranabuhanga rikoreshwa n’abazicuruza, rituma zishobora kubona umwuka mwiza zihumeka, kuko ziba ziri ahantu hafunganye ugereranyije no mu kiyaga aho ziba zaraturutse.

    Uwizeyimana Cecile, ushinzwe ibijyanye n’ubworozi bw’amafi mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), avuga ko ayo mafi acuruzwa akiri mazima, aba ari meza cyane kurusha ayo bacuruza bayakura muri firigo aho akonjesherezwa.

    Impamvu ngo ni uko ayo abikwa muri firigo ashobora kwangirika mu buryo bworoshye, mu gihe ubukonje buhindaguritse bitewe n’ibura ry’umuriro cyangwa ugabanutse.

    Ubundi ngo abacuruza amafi bagirwa inama yo kuyashyira muri firigo, akagumana ubukonje buri ku rwego rumwe budahindagurika, kuko nk’uko Uwizeyimana abisobanura, iyo ubukonje bugabanutse muri firigo, amafi ahita ajyaho za mikorobe zituma amafi yangirika vuba.

    Uko kuba amafi yangirika vuba kurusha izindi nyama ngo bituma hari abantu batinya kuyarya, bavuga ko nta cyizere bagirira ifi basanze muri firigo kuko ishobora kuba yangiritse, bityo bayirya bikabagiraho ingaruka.

    Abenshi muri abo bavuga ko batinya kugura ifi basanze muri firigo, ubu ngo harimo abasigaye bazirya kuko hari iryo koranabuhanga ryo kuzigeza aho zicururizwa zikiri nzima ndetse zigakomeza kwitabwaho ari nzima zihumeka, kugeza ubwo umukiriya aziye bakazimurobera ahari.

    Ushaka ifi nzima barayimurobera
    Ushaka ifi nzima barayimurobera

    Uwizeyimana ati “Iryo koranabuhanga rirasanzwe ahandi ni uko mu Rwanda ari bishya, gusa usanga abantu benshi bakunda izo babarobera bahari kurusha izo basanze muri firigo. Ibyo bituma nanahamya ko umubare w’abarya amafi wariyongereye, nkurikije uko Abanyarwanda benshi barimo kwitabira gushora imari mu bworozi bw’amafi kandi yose akaba atabura isoko, mu gihe mbere twategerezaga ayo mu biyaga gusa”.

    Yongeraho ko ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’ibarurishamibare mu 2016, bwagaragaje ko Umunyarwanda arya nibura ibiro bibiri n’igice by’amafi ku mwaka. Ibyo rero ngo bishobora kuba byariyongereye kuko abatinyaga kurya amafi bavuga ko batayizeye, ubu barayarya kuko hari uburyo bwo kuyageza aho acururizwa agihumeka yoga mu mazi nk’uko yaba ari aho yororerwa.

    Iryo koranabuhanga kuko rikiri rishya ngo ntiriragera hose, ariko muri Kigali mu bice bitandukanye hari ahacururizwa amafi akiri mu mazi ahumeka, mu Karere ka Rubavu, mu Karere ka Rwamagana ndetse no mu Karere ka Bugesera, ariko ngo n’ahandi rizagenda rihagera kuko abantu bagenda bitabira ubworozi bw’amafi cyane.

    Hari n
    Hari n’abahitamo kugura amafi ya Tomusoni aba yashyizwe muri firigo

    Uwizeyimana ati “Ubworozi bw’amafi mu Rwanda burazamuka cyane, ubundi amafi yororerwaga mu biyaga no mu byuzi muri za kareremba, ariko ubu abantu ku giti cyabo basigaye bashora muri ubwo bworozi ku buryo bigabanya n’ingano y’amafi yatumizwaga hanze. Nko mu gihe cya ‘lockdown’ (muri guma mu rugo), Abanyarwanda baryaga amafi yororerwa mu Rwanda gusa. Ubu mu Karere ka Rusizi dufite umworozi ugeza ku musaruro wa toni 15 z’amafi mu cyumweru, kandi n’ubu akomeje kwagura ubworozi bwe kuko afite ahantu hahagije”.

    Uwizeyimana avuga ko ubucuruzi bw’amafi buhagaze neza mu Rwanda, ariko aho bugenda cyane ari mu Mujyi wa Kigali kubera ko hari abantu benshi ndetse no mu turere tw’u Rwanda duherereye ku mupaka n’igihugu cya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo nka Rusizi na Rubavu.

    Muri utwo turere ngo haba harimo aborozi b’amafi kandi bakaba ari n’abacuruzi bayo, ikindi gishya cyaje mu bucuruzi bw’amafi, ngo ni uko umuntu ashobora kugura amafi ari i Kigali, uyamugurishije ari i Rusizi akayapakira mu modoka yabugenewe akayamugezeho akiri mazima.

    Rubera Ivan, acuruza ayo mafi agurishwa akiri mazima bakayarobera umukiriya ahageze, avuga ko usanga abantu benshi bakunda ayo mafi babarobera bahibereye kurusha ayo basanga abitswe muri firigo.

    Agira ati “Hano tugira amafi tugurisha ari mazima, umukiriya yahagera tukamurobera bijyanye n’ibiro yifuza, tukagira n’andi aba ari muri firigo, ariko ayo tugurisha ari mazima agurwa vuba kurusha ayo aba yashyizwe muri firigo”.

    Rubera avuga ko bacuruza izo fi nini zitwa ‘Tilapiya’ ziba zikiri mu mazi ari nzima, bakagira na Tilapiya ziba ziri muri firigo, n’izitwa ‘Tomusoni’ ndetse n’izindi bacuruza zibaze ari ‘imihore’ gusa.

    Amafi ya Tilapiya na yo ari muri firigo hari abayakunda
    Amafi ya Tilapiya na yo ari muri firigo hari abayakunda

    Uko bacuruza izo fi ziri mu byiciro bine bitandakanye, ni na ko ibiciro byazo biba bitandukanye kuko izo ziba ziri mu mazi ari nzima, ikilo ngo kigura 4,000Frw, iza Tilapiya zo muri Firigo ngo kuko ziba ari nini cyane zikoreshwa cyane n’abazotsa mu tubari, ikilo kigura 4,500Frw, ikilo cya Tomusoni cyo kigura 2,500Frw, naho izigurishwa zibaze, ngo kuko zitandukanye (filet ntoya n’inini), ikilo cya ‘filet’ ntoya ngo ni 5,000Frw mu gihe ikilo cya filet nini ari 5,500Frw.

    Impamvu y’icyo giciro kiri hejuru ugereranyije n’igiciro cya tilapiya zo mu biyaga byo mu Karere ka Bugesera, ngo ni uko bazikura mu Kiyaga cya Muhazi, igiciro cy’ubwikorezi kugira ngo zigere i Nyamata, ndetse n’amashanyarazi atuma akamashini gafasha izo fi kubona umwuka mwiza mu mazi (oxygen) gakora n’ibindi.

    Ifi ikiri nzima mu mazi, itegereje kugurwa
    Ifi ikiri nzima mu mazi, itegereje kugurwa

    Nubwo ibiciro bihagaze bityo, ahacururizwa izo fi zigurishwa zikiri nzima zoga mu mazi, ahacururizwa izindi fi za tilapiya zituruka mu biyaga byo mu Bugesera nka Rweru na Cyohoha, ho usanga ibiciro bya Tilapiya n’ibya Tomusoni ari bimwe, kuko ikilo cya Tilapiya bakigurisha 2,500Frw n’icya Tomusoni kikagura 2,500Frw nk’uko bivugwa n’umubyeyi uzicuruza.

    Yagize ati “Ikilo tukirangura ku mafaranga 2,300 kandi turazitegera kugira ngo zitugereho, ni yo mpamvu tuzigurisha 2,500Frw ku kilo”.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/gucuruza-amafi-agihumeka-byafashije-abatinya-kurya-ayavuye-muri-firigo