Blog

  • Uko ‘Mobile Banking’ ya BPR iguhesha amafaranga na serivisi z’ubuntu utavuye aho uri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uramutse ufite amafaranga muri BPR kugeza ubu ibyakujyanayo byaba ari bike cyangwa ari ntabyo, kuko serivisi wifuza ushobora kuzihabwa ako kanya ukanze muri telefone *150#, cyangwa ugashyira (download) muri telefone ikoranabuhanga (app) ukura muri Play Store (ku bantu bafite smart phone).

    Iyo umaze kwinjira muri BPR ukoresheje uburyo bumwe muri ubwo bwombi (USSD ituma ukanda *150# cyangwa App), ushobora gufunguza konti utiriwe ujya kuri banki, ndetse ugahita wiyandikisha kugira ngo ujye ukoresha ubwo buryo bwa Mobile Banking.

    Ushobora no kureba amafaranga ufite kuri konti yawe uko angana, bakanaguha raporo ngufi cyangwa irambuye, ushobora kwiyoherereza amafaranga uyakura kuri konti imwe uyohereza ku yindi hagati ya BPR na BPR cyangwa hagati ya BPR n’andi mabanki, ndetse ukayavana kuri BPR uyohereza kuri Mobile Money/Airtel Money.

    Umuntu ukoresha Mobile Banking ya BPR abasha kubitsa no kubikuza amafaranga ku mashini zitwa ATM nta karita yo kubikuza afite, aho akanda muri telefone bakamuha imibare yandika muri iyo mashini igahita isohora amafaranga.

    Iri koranabuhanga rya telefone kandi rifasha umuntu kwishyura imisoro yose ya Rwanda Revenue Authority, kwishyura amafaranga y’ishuri, kwishyura ifatabuguzi rya televiziyo (Star Times na DSTV na Canal+) ndetse no kuzigama muri Ejo Heza.

    Ni ikoranabuhanga rifasha kandi kwishyura no kugura amazi n’amashanyarazi, hamwe no kugura amayinite ya MTN na Airtel. Rinafasha gusaba no kwishyura agatabo ka sheki n’ikarita ya ATM yo kubikuza (Debit Card).

    Mu byiza umuntu yungukira mu gukoresha Mobile Banking ya BPR, hari ukuba bimurinda kujya gutonda umurongo muri banki, guhabwa serivisi nta kiguzi ndetse no kugira ikoranabuhanga ririnda umutekano w’urikoresha.

    Banki y’Abaturage ikomeza ivuga ko muri serivisi zitangwa nta kiguzi gisabwe harimo iyo kuvana amafaranga kuri konti yo muri BPR uyashyira ku yindi yo muri BPR, kuyakura kuri konti muri BPR ayohereza kuri Mobile Money na Airtel Money.

    Izindi serivisi zitishyurwa zirimo iyo kugura amayinite yo guhamagara, kwishyura ifatabuguzi rya televiziyo, kwishyura umuriro n’ibindi.

    Banki y’Abaturage ishima uburyo abakiriya bayo bitabiriye gukoresha ikoranabuhanga cyane cyane mu gihe cya Covid-19, igasaba ko bakomeza kugira uwo muco.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/uko-mobile-banking-ya-bpr-iguhesha-amafaranga-na-serivisi-z-ubuntu-utavuye-aho-uri

  • Polisi yamaganye abiyita abakozi b’Imana bavuga ko basengera abantu bagakira indwara #rwanda #RwOT

    Abakurikirana ibitangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga ntabwo bajya batera kabiri batumvise cyangwa ngo babone uvuga ko ari umuhanuzi ukiza indwara zitandukanye cyangwa ukora ibitangaza.

    Ni ibintu bitavugwaho rumwe n’ubwo abavuga ko babikora akenshi bemeza ko babikora mu izina ry’Imana ibaha izo mbaraga zo gukiza abarwayi no gukora ibitangaza.

    Apotre Joseph Yongwe ni umwe mu bavuga ko akiza indwara zananiranye

    Itangazo ryanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga za Polisi y’igihugu rivuga ko 'Polisi irihanangiriza abantu biyita ko ari abahanuzi basengera abantu bakabakiza indwara, bikaba byatuma abaturage batagana amavuriro iyo barwaye, ibi ni ukuyobya abaturage.'

    Polisi irashishikariza abaturarwanda kudaha agaciro inyigisho nk’izi, ahubwo bakajya bagana ivuriro igihe cyose barwaye.

    Itangazo rikomeza rigira riti 'Abatanga ubutumwa nk’ubu buyobya abaturage ntabwo bazihanganirwa.'

    #RwandaPolice cautions self-proclaimed prophets who mislead the public claiming they can cure diseases. This is dangerous and can result in sick people not seeking much needed medical help.
    1/2

    — Rwanda National Police (@Rwandapolice) November 11, 2020

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Iyobokamana/article/Polisi-yamaganye-abiyita-abakozi-b-Imana-bavuga-ko-basengera-abantu-bagakira-indwara

  • Nirere Madeleine yagizwe Umuvunyi Mukuru asimbuye Anistase Murekezi #rwanda #RwOT

    Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu yashyize mu myanya abayobozi bashya mu nzego zitandukanye zirimo n’inshya ziheruka gushyirwaho nyuma y’ibigo byakuweho hanyuma bigahuzwa.

    Mu mpinduka zakozwe, Nirere Madeleine yagizwe Umuvunyi Mukuru asimbuye Murekezi Anastase wari umaze imyaka isaga itatu kuri uyu mwanya.

    Murekezi wabeye Minisitiri w’Intebe hagati ya Nyakanga 2014 na Kanama 2017, yari yagizwe Umuvunyi Mukuru ku wa 30 Kanama 2017, asimbuye Aloysie Cyanzayire wari uwuriho kuva mu 2012.

    Nirere Madeleine wagizwe Umuvunyi Mukuru azwi cyane mu kurengera uburenganzira bwa muntu ndetse yayoboye Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu kuva ku wa 17 Mata 2012. Nyuma yo gusoza manda ebyiri z’imyaka umunani ku wa 8 Gicurasi 2020, Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 16 Kamena 2020 yemeje Mukasine Marie Claire nk’umusimbura we.

    Mu bandi bayobozi bahawe inshingano barimo Dr Christian Sekomo Birame wahawe kuyobora Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA).

    Dr. Birame azwi cyane muri Kaminuza y’u Rwanda aho mu Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga mu Ishami ry’Ubutabire. Kuri uyu mwanya yasimbuye Mukeshimana Claire wari umuyobozi w’agateganyo wari washyizweho asimbuye Kampeta Sayinzoga wagizwe Umuyobozi Mukuru wa Banki Nyarwanda Itsura Amajyambere (BRD).

    Muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Aimable Twahirwa usanzwe amenyerewe mu bikorwa by’imyidagaduro n’abahanzi yagizwe Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry’Umuco mu gihe Tetero Solange yagizwe Umuyobozi ushinzwe kubaka Ubushobozi bw’Urubyiruko.

    Inama y’Abaminisitiri kandi yemeje ko Mukandasira Caritas yongererwa manda ku mwanya w’Umuyobozi wungirije w’Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’Ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu Iterambere (GMO).

    Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 11 Ugushyingo 2020 pic.twitter.com/aGWf6F0r8U

    — Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) November 11, 2020

    Dr Anitha Asiimwe yahawe kuyobora Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no kurengera Umwana mu gihe Munyemana Gilbert amwungirije.

    Usibye inzego zisanzweho, hari n’ibigo bishya byahawe abayobozi. Ambasaderi Masozera Robert wayoboraga Ikigo cy’Igihugu cy’Ingoro z’Umurage w’u Rwanda yagizwe Umuyobozi w’Inteko y’Umuco mu gihe Uwilingiyimana Jean Claude yagizwe Umuyobozi wungirije ushinzwe Ururimi no kubungabunga Iterambere ry’Umuco.

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Ikirere mu Rwanda cyahawe umuyobozi [Chief Strategy Officer], umwanya washyizweho Lt Joseph Abakunda. Iki kigo cyashyizweho mu gukomeza kwimakaza intambwe u Rwanda rwateye mu ikoranabuhanga ry’ibijyanye n’ikirere.

    Inama y’Abaminisitiri yateranye yagumishijeho ingamba zafashwe mu kwirinda Coronavirus, aho ingendo zizakomeza gukorwa hagati ya saa Yine z’ijoro na saa Kumi za mu gitondo.

    Abanyarwanda bibukijwe ko ari ngombwa 'kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 harimo gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, kwambara agapfukamunwa no gukaraba intoki’ ndetse abatazabyubahiriza bazahanwa.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Nirere-Madeleine-yagizwe-Umuvunyi-Mukuru-asimbuye-Anistase-Murekezi

  • Aimable Twahirwa wamamaye mu bakemurampaka ba Primus Guma Guma yahawe akazi na Perezida Kagame #rwanda #RwOT

    Iyi nama yateranye ku wa 11 Ugushyingi 2020, muri Village Urugwiro yari iyobowe na Perezida Kagame niyo yashyize mu nshingano abayobozi barimo na Aimable Twahirwa wamamaye ubwo yari umwe mu bagize Akanama Nkemurampaka katangaga amajwi muri Primus Guma Guma Super Star.

    Aimable Twahirwa yahawe umwanya muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco asanzwe ari umuhanzi ubimazemo igihe kuko yanabyigiye.

    Ni umwe mu bakunze kugaragara ahabera ibitaramo afasha ababiteguye mu migendekere myiza yabyo.

    Yagiye akorana hafi n’ubuyobozi bwa EAP isanzwe itegura ibitaramo bikomeye hano mu Rwanda, aho kenshi wasangaga ari umwe mu bashinzwe gukurikirana imigendekere yabyo.

    Aimable Twahirwa yize mu ishuri rizwi cyane mu bijyanye n’ubuhanzi 'Ecole Internationale de théâtre Jacques Lecoq' ry’i Paris mu Bufaransa.

    Anafite impamyabumeyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho.

    Twahirwa yabaye umuyobozi wa National University Center of Arts and Drama (UCAD), ikigo cyitaga ku buhanzi, ubugeni n’amakinamico muri Kaminuza y’u Rwanda.

    Yanabaye Umuyobozi Mukuru w’Ihuriro ry’Urubyiruko rya Kimisagara, aho umuziki wari kimwe mu bigize ubuzima bwe bwa buri munsi.

    Muri icyo gihe kandi Twahirwa yayoboye kimwe mu bigo Mpuzamahanga bitagengwa na Leta cy’Abadage cya 'La Benevolencija HTF'. Aimable Twahirwa yagizwe umuyobozi ushinzwe umuco muri Minisiteri y’Umuco n’Urubyiruko

    Yateguye ibitaramo byinshi by’umuco, aho yanatoje abaririmbyi, ababyinnyi n’abakina amakinamico mu Itorero rya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda y’i Butare ryitwa Indangamuco.

    Yitabiriye amaserukiramuco atandukanye arimo '’Festival Interuniversitaire des Arts de Butare (FIAB)”, Pan African Festival for Dance (FESPAD) na The East African Festival of Arts and Culture (JAMAFEST).

    Twahirwa ni umwe mu bahanzi bake b’Abanyafurika batorewe kuba mu bagize akanama nkemurampaka mu marushanwa mpuzamahanga y’ubuhanzi (Arts Competitions) yiswe 'Jeux de la Francophonie/2013'. Yabereye i Nice mu Bufaransa.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Aimable-Twahirwa-wamamaye-mu-bakemurampaka-ba-Primus-Guma-Guma-yahawe-akazi-na-Perezida-Kagame

  • Huye: Abagabo babiri barakekwaho kwambura umuturage bamuha impapuro bazita Amadolari #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nteziryayo na Mugiraneza bakekwaho gushaka guha umuturage impapuro bazise amadolari (Ifoto:RNP)
    Nteziryayo na Mugiraneza bakekwaho gushaka guha umuturage impapuro bazise amadolari (Ifoto:RNP)

    Ku rubuga rwa Polisi bavuga ko Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire, yavuze ko bariya bagabo bari bafite inoti ijana z’amadorali imwe ifite agaciro k’idorali rimwe, bayahereyeho bashaka kwambura umuturage wo mu Karere ka Huye mu Murenge wa Ngoma mu Kagari ka Butare, bamubwira ko bagiye kumuvunjira akabaha amanyarwanda yari avuye kubikuza muri banki.

    SP Kanamugire yagize ati “Bariya bagabo bari biriwe hafi y’imwe muri banki zo mu Mujyi wa Huye, babonye umuturage abikuje amafaranga y’u Rwanda menshi baramukurikira bamwumvisha ko abaha amafaranga avuye kubikuza bakamuha amadorali bafite, ubwo bamwerekaga inoti nzima z’amadorali bari bafite bakamubwira ko ari ibihumbi 20 by’amadolari ya Amerika”.

    SP Kanamugire akomeza avuga ko umuturage yumvise igiciro bashaka kumuvunjiraho yahise agira amakenga ko bashaka kumwambura, yashatse uko atanga amakuru ari na bwo bahise bafatwa.

    Ati “Bamubwiraga ko idolari rimwe barimuvunjira ku mafaranga y’u Rwanda 600 ariko bakaza kugira indi nyungu nkeya bamusigiramo. Umuturage yahise yibuka ko idolari rya Amerika rimwe ririmo kuvunjwa amanyarwanda arenga 900. Yahise agira amakenga ko bashaka kumwambura ababwira ko agiye kwitaba abayobozi be kuri telefoni naho yari agiye guhamagara Polisi”.

    Umuvugizi wa Polisi akomeza avuga ko umuturage akimara guhamagara Polisi, abapolisi bahise bahagera basanga barimo guciririkanya uko bamuvunjira, uwitwa Mugiraneza yari arimo kumuha ibahasha irimo impapuro zikase neza nk ‘amadolari ndetse inyuma y’iyo bahasha bari bometseho inoti imwe y’ijana y’amadorali ya Amarika mu rwego rwo kumwizeza ko n’imbere harimo amadorali mazima kuko bari banabanje kumwereka inoti 100 z’amadorali ya Amerika nzima.

    SP Kanamugire yashimiye uriya muturage kuba yagize impungenge akihutira gutanga amakuru bariya bagabo bagafatwa. Yasabye n’abandi baturage kujya bagira amakenga ku bantu babizeza ibitangaza kandi bakihutira gutanga amakuru mu rwego rwo gukumira icyaha kitaraba.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Ngoma kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 174 ivuga ko umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/Huye-Abagabo-babiri-barakekwaho-kwambura-umuturage-bamuha-impapuro-bazita-Amadolari

  • Urubanza rwa Munyagishari rwasubitswe kubera kutaba hamwe n’umwunganira #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Munyagishari yari yicaye mu cyumba cya gereza i Mageragere, kirimo ikoranabuhanga rituma arebana kandi yumvana n’abacamanza, ubushinjacyaha hamwe n’umwunganira, bo bari bicaye mu cyumba cy’iburanisha cy’Urukiko rw’Ubujurire ruri ku Kimihurura i Kigali.

    Umucamanza yabanje kubaza Bernard Munyagishari niba arimo kumva neza ibivugirwa mu cyumba cy’iburanisha, we avuga ko arimo kumva neza ariko ku ruhande rw’urukiko amajwi ntabwo yumvikanaga neza bigatuma bamusubirishamo.

    Umwunganizi wa Munyagishari, Me Shoshi Bizimana Jean Claude yakomeje agaragaza imbogamizi y’uko kutaba hamwe n’umukiriya we bituma kwisobanura bishobora kuzamo imbogamizi.

    Me Bizimana yagize ati “biratugora kumvikana na we, bizasaba ko we aza hano cyangwa jyewe nkamusangayo”.

    Urukiko rwamaze kwihererera rwagarutse rutangaza ko urubanza rwimuriwe ku itariki 17 Ugushyingo 2020 saa tatu za mu gitondo, kandi Munyagishari akazaba ari kumwe n’umwunganira.

    Bernard Munyagishari wayoboye MRND ku Gisenyi, aregwa guha amabwiriza urubyiruko rw’Interahamwe yo kwica Abatutsi, ndetse no kubashakira imihoro n’amagerenade byo gukora ubwo bwicanyi.

    Icyaha cyo guhohotera abagore no kubasambanya yabanje kuregwa urukiko rwakimuhanaguyeho.

    Ubwo Urukiko Rukuru rwari rumaze kumukatira igifungo cya burundu muri 2017, Munyagishari yahise ajuririra mu Rukiko rw’Ikirenga (kuko urw’ubujurire rutari rwagashyizweho), akaba yaravugaga ko yahawe abunganizi atemera kandi ko ibyaha aregwa byari bigikeneye gukorwaho iperereza.

    Nyuma yaho ariko Munyagishari yaje kubwira Ubushinjacyaha ko azaburana yemera icyaha, ubu akaba arimo gusaba kugabanyirizwa igihano.

    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/urubanza-rwa-munyagishari-rwasubitswe-kubera-kutaba-hamwe-n-umwunganira

  • Umwana watewe inda ntakwiye kwamburwa uburenganzira n’agaciro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Humanity and Inclusion irimo kugirana ibiganiro n
    Humanity and Inclusion irimo kugirana ibiganiro n’inshuti z’umuryango kugira ngo abana bahohoterwa bitabweho aho gutuma bagira ihungabana

    Abitangaje mu gihe inshuti z’umuryango zivuga ko hari ababyeyi bananirwa kwakira ibyabaye ku bana babo bigatuma bamwe babirukana, nyamara ari bwo bakabaye bitabwaho bagatozwa kwitegura kuba ababyeyi.

    Inshuti y’umuryango mu murenge wa Rwempasha, Akarere ka Nyagatare Mohamed Kamanzi, avuga ko abana bavuka ku bana b’abangavu batewe inda bakunze kutandikwa mu bitabo by’irangamimerere, ahanini kubera ihungabana ba nyina baterwa no kutihanganirwa n’imiryango bakomokamo.

    Avuga ko impamvu imiryango y’abo bana itabyakira ibiterwa ahanini n’icyo bari bateze muri abo bana kidindiye.

    Agira ati “Ababyeyi bamwe ntibakira kuba abana babo batwaye inda kubera ibyo bari babitezemo nko kwiga ndetse no gushyingirwa akamuhesha ishema nk’umubyeyi. Bituma bamwe babirukana bafite n’inda ugasanga bamwe bagiye kuzikuramo, hari abo zihitana. Mbese usanga aba bana bahozwa ku nkeke ari na yo mpamvu batandikisha abo babyaye mu bitabo by’irangamimerere”.

    Umuhuzabikorwa wungirije w’Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Nyagatare Mutegwaraba Egidia, avuga ko umwana watewe inda aba afite ihungabana bitewe ahanini n’ihohoterwa yakorewe kandi rishobora kumugiraho ingaruka mbi mu buzima bwe bwose.

    Avuga ko igihe umwana ahuye n’icyo kibazo aba akwiye kwegerwa agategurwa kuba umubyeyi no kwita ku mwana azabyara.

    Furere Wellars avuga ko umwana watewe inda aba agifite uburenganzira ndetse n
    Furere Wellars avuga ko umwana watewe inda aba agifite uburenganzira ndetse n’agaciro mu muryango bityo agomba kwitabwaho

    Ati “Dushishikariza ababyeyi kwegera abana batewe inda, bafashwe ku ngufu, bakabaganiriza bakabategura kuba ababyeyi, uko azafata umwana azabyara, uko azamwandikisha mu bitabo by’irangamimerere, urabona aba akiri umwana, ubwenge bwe buba butarakira ko agiye kuba umubyeyi”.

    Umuhuzabikorwa w’umushinga wo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Mpuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe, Furere Wellars, avuga ko ku bufatanye na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), barimo gutegura inyandiko igaragaza uko umwana wahohotewe agaterwa inda agomba gufatwa mu muryango.

    Avuga ko umwana watewe inda afite uburenganzira ndetse n’agaciro mu muryango bityo adakwiye gutereranwa.

    Agira ati “Umwana watewe inda aba akiri umuntu afite uburenganzira n’agaciro mu muryango, ikindi turabegeranya tukabibutsa uburenganzira bwabo kugira ngo batongera gushukwa bagaterwa inda”.

    Furere Wellars asaba imiryango y’abana bahohotewe bagaterwa inda kubitaho, kugira ngo na bo biyakire bityo babashe no kwandikisha abana mu irangamimerere.

    Avuga ko kwandikisha umwana mu irangamimerere bitagombera ababyeyi bombi ahubwo n’umwangavu wamubyaye yamwandikisha cyane ko se aba ataramwemera cyangwa yarahunze cyangwa akurikiranwa mu mategeko.

    Ibiganiro bigamije kurinda abana ihohoterwa no kubamenyesha uburenganzira bwabo birimo guhabwa abafite aho bahuriye no kurinda abana ihohoterwa mu karere ka Nyagatare harimo n’inshuti z’umuryango, bikaba bitangwa ku bufatanye bwa Pro-Femmes Twese Hamwe ndetse n’umuryango ‘Humanity and Inclusion’.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/umwana-watewe-inda-ntakwiye-kwamburwa-uburenganzira-n-agaciro

  • RRA Commissioner General Visists Businesses In Taxpayer's Appreciation Campaign #rwanda #RwOT

    'It is our mandate to listen to taxpayers and identify anything that can hinder their business growth and tax compliance more especially in this period of Covid 19,' said Rwanda Revenue Authority (RRA) Commissioner General, Bizimana Ruganintwali Pascal during his visit to Shema Power Lake Kivu Ltd on Tuesday, November 10, 2020. 

    As RRA conducts the Taxpayers Appreciation Month launched on 4th November, one of the key activities for this month is the visit to taxpayers at their premises to understand the nature of their business, discuss tax related issues if any, and take note of their recommendation to improve services delivered to them and tax procedures for a business friendly environment. 

    Ruganintwali asserted that this year, the Taxpayers Appreciation Month is celebrated under the theme 'Support Business for economic resilience' and this support starts by listening, to identify areas of weakness and provide guidance. 

    Alex Karera Kabuto, the Chief Executive Officer of Shema Power Lake Kivu welcomed RRA's support and the initiative of reaching out to taxpayers and listening, discussing and advising where necessary. 

    'The tax administration has for instance facilitated this project by exempting all our imported machinery and other raw materials. On our end, we strive to comply with tax laws and procedures and when a misunderstanding arises, they provide a team to help us to solve the issue,' said Karera.

    The execution time for SPLK is estimated to be 36 months. For the last 12 months, the project has paid around Rwf 4 billion in taxes.

    Karera states that when the project becomes operational, it will be generating an estimated Rwf 5 billion monthly income, with 56 megawatts produced regularly. 

    Taxpayers' visits started in Kigali City with BAKHRESA GRAIN MILL (AZAM), VOVA PRODUCTS (Matelas Dodoma), and SPERANZA, then extended in Eastern province when the management visited IMANA Steel.

    These visits are intended to strengthen relations between the revenue body and taxpayers and thereby improve on the level of tax compliance.  

    All activities comprised in the Taxpayers Appreciation Month will be concluded by celebrations at the National level on 20th November, 2020 at Kigali Convection Center. 

    Source : https://taarifa.rw/rra-commissioner-general-visists-businesses-in-taxpayers-appreciation-campaign/

  • Ntibisanzwe! Benshi baguye mu kanu barimo n'ababyeyi be kubona umwana wabo w' imyaka umunani yibarutse umwana #rwanda #RwOT

    Nkuko byatangajwe n'itangazamakuru ryo muri Afurika y'epfo dukesha iyi nkuru, ngo umwana w'umukobwa ufite imyaka umunani y'amavuko witwa Luleka Mzizi ukomoka muri iki gihugu (South Africa), yibarutse umwana ubwo yajyanwaga kwa muganga n'ababyeyi be batungurwa bikomeye cyane n'uku kubyara.

    Uyu mwana w'umukobwa waciye agahigo ko kwibaruka umwana muzima kandi ameze neza ku myaka ye umunani, yari amaze igihe ababyeyi be babona ari kwiyongera mu biro ndetse afite umuvuduko udasanzwe mu kubyibuha ariko ngo bakibwira ko ari uko bari kumugaburira amafunguro meza.

    Luleka yatangiye kwinubira ububabare bwo munda ndetse n'ubwo mu mugongo, bigeze nijoro ububabare butangiye kuba bwinshi, ababyeyi be bafata umwanzuro wo kumujyana kwa muganga gushaka ubufasha.
     
    Bageze mu bitaro, umukobwa yarasuzumwe niko guhabwa igitanda, nyuma ababyeyi be babwirwa uko ameze, kuva uwo munsi bamenya ko umukobwa wabo atwite kandi afite ibimenyetso byo kubyara.

    Nyuma yo kugorana kw'ababyeyi batiyumvisha uburyo umwana wabo yasamye inda, nibwo umuganga yahitaga abasanga hanze abamenyesha ko umukobwa wabo yibarutse umwana muzima kandi wuzuye.

    Nubwo uyu mwana yabyaye umwana muzima we yahise agwa muri koma amaramo igihe kitari gito.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/12/ntibisanzwe-benshi-baguye-mu-kanu-barimo-nababyeyi-be-kubona-umwana-wabo-w-imyaka-umunani-yibarutse-umwana/

  • Rwanda: United States donates more Medical Supplies to fight Covid-19 #rwanda #RwOT

    Kigali—On Thursday, November 12, the United States donated more than 200 million Rwandan francs worth of medical supplies to Rwanda to protect doctors, nurses, other medical workers, and their patients from COVID-19.  U.S. Ambassador Peter H. Vrooman led a handover of a portion of the supplies at Nyamata Hospital, delivering boxes of N95 and surgical masks, surgical and non-surgical gloves, and gumboots.

    The new protective medical supplies were funded by the U.S. Department of Defense and handed over to the USAID Ingobyi Project, which works with the Ministry of Health in Rwandan district hospitals, health centers, and at the community level.  The supplies, known collectively as Personal Protective Equipment — or PPE — are critical for Rwanda's frontline healthcare workers to stop the spread of COVID-19.  The PPE allow healthcare workers to protect themselves and their patients, including those who need routine or emergency medical care during the global COVID-19 pandemic.

    The handover event took place at the Nyamata Hospital in Bugesera district, one of eight hospitals where USAID has funded isolation units designed to treat patients with highly infectious diseases like COVID-19. 

    Ambassador Vrooman was joined at the event by the Ministry of Health's Director General of Clinical and Public Health Services, Dr. Zuberi Muvunyi, as well as Nyamata Hospital officials and representatives from USAID Ingobyi, USAID Rwanda, and the U.S. Department of Defense.

    The donation was supported by the U.S. Department of Defense's Overseas Humanitarian Disaster Assistance and Civic Aid (U.S. OHDACA) funding.  This funding is a unique humanitarian assistance program that builds Rwanda's Ministry of Heath effectiveness to prepare and respond to COVID-19.  U.S. OHDACA funding to Rwanda demonstrates and advances the strong U.S. commitment to health in Rwanda.

    Today's U.S. donation of medical supplies is part of the more than 11 billion Rwandan Francs that the United States has contributed to the COVID-19 response in Rwanda.  This support includes the construction of handwashing stations in districts across Rwanda; support for public communications to fight COVID-19; vehicles to support contact tracing; medical equipment such as 100 state-of-the-art ventilators, patient monitors, hospital beds, and intensive care units; and other medical supplies such as biohazard bags, alcohol, hand washing soap, and personal protective equipment.

    39

    The post Rwanda: United States donates more Medical Supplies to fight Covid-19 appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/11/12/rwanda-united-states-donates-more-medical-supplies-to-fight-covid-19/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rwanda-united-states-donates-more-medical-supplies-to-fight-covid-19