Blog

  • Kigali: Hatangijwe amahugurwa ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu guhangana na ‘Aflatoxine’ #rwanda #RwOT

    Ubumara buzwi nka Aflatoxine bwibasira imyaka cyane ibinyampeke birimo amasaka, ibigori, ubunyobwa n’ibindi, ndetse bushobora no kugira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu zirimo n’urupfu. Ibi byatumye hatangizwa ubushakashatsi mu guhangana n’ubu bumara hifashishijwe ikoranabuhanga rya Aflasafe.
    Ni ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mu 2019, butangira kugeragerezwa mu mirima muri Nzeri 2019.

    Kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2020, hatangiye guhugurwa abashinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu mirenge 100 kugira ngo bazafashe abahinzi gukoresha iri koranabuhanga rya Aflasafe mu myaka bahangana n’ubu bumara bwa Aflatoxine.

    Aflasafe ni ikoranabuhanga ryo gukora ikizwi nk’uruhumbu rwiza rwifashishwa mu kurwanya ubumara bwa Aflatoxine.

    Uru ruhumbu rwomekwa ku masaka, akamishwa mu mirima mbere ho ibyumweru bibiri ngo igihingwa kizane ururabo. Urwo ruhumbu rutuma ubumara bwa Aflatoxine buba mu gihingwa iyo buje budashobora kugira icyo bwangiza.

    Umukozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi RAB ukuriye umushinga ushinzwe kurwanya Aflatoxine mu Rwanda, Niyonshima Alexandre, yavuze ko iyo umuntu ariye ikintu kiriho ubu bumara ashobora guhita apfa cyangwa bikamuteza izindi ndwara zishobora kumuviramo urupfu nka kanseri, kugwingira n’izindi.

    Ngo niyo mpamvu hashyizwe imbaraga mu gukora ubushakashatsi buzifashisha ikoranabuhanga rya Aflasafe irwanya ubu bumara.

    Bamwe mu bahuguwe ku bijyanye no gukoresha iri koranabuhanga bavuga ko rije nk’igisubizo mu guca burundu ubumara bwibasiraga imyaka byatumaga umusaruro uteshwa agaciro ku masoko, bikadindiza iterambere ry’ubuhinzi.

    Umukozi muri RAB ushinzwe ishami ryo kubungabunga no kubika neza umusaruro Geraldine Nyirahanganyamunsi, yavuze ko iri koranabuhanga ryatangiye kugeragezwa mu mirima itandukanye.

    Ati “Iri koranabuhanga twatangiye kurigeragereza mu mirima, umwe tugashyiramo iyi Aflasafe undi ntituyishyiremo, nyuma nibwo tuzagereranya iyi mirima yose ngo tureba ahatewe Aflasafe ubumara bwa aflatoxine bwagabanutse ku kihe kigero, ibi bizadufasha guca burundu ubu bumara bwangiza imyaka n’ubuzima bw’abantu.'

    Mu 2012 RAB ifatanije n’ibindi bigo bireberera iby’ubuhinzi bakoze ubushakashatsi ku gihingwa cy’ibigori, imyumbati n’amasaka basanga igice kinini cyaribasiwe na Aflatoxine, hakazwa ingamba zirimo kwanika no gufata neza umusaruro hanubakwa ubwanikiro.

    Gusa mu 2019 hongeye gukorwa bushakashatsi nk’ubu nabwo ubu bumara bwongera kugaragara, ariho bahereye bakora ubushakashatsi hakoreshwa iri koranabuhanga.

    Kugeza ubu iri koranabuhanga rimaze kugeragerezwa mu mirima 88 mu gihugu hose, aho nibigaragara ko rifite ubushobozi bwo guhangana n’ubu bumara, rizakwirakwizwa mu bahinzi bose, gusa hakazibandwa ku buhinzi bw’ibinyampeke, imyumbati n’ibindi.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Kigali-Hatangijwe-amahugurwa-ku-ikoreshwa-ry-ikoranabuhanga-mu-guhangana-na

  • RDB to launch tourism activities in Gishwati-Mukura National Park and Biosphere Reserve before 2020 ends #rwanda #RwOT

    The Head of Tourism and Conservation Department within Rwanda Development Board, Ariella Kageruka, has announced that tourists will soon start to visit Gishwati-Mukura National Park and Biosphere Reserve as it has to be opened before the end of 2020.

    Gishwati-Mukura National Park which has recently been nominated among UNESCO MAB biosphere reserve is located in Rutsiro and Ngororero Districts in the Western region of Rwanda.

     It became a National Park last year after its restoration process but tourism activities haven't yet started.

    This Thursday, November 12, 2020, the Rwanda Environment Management Authority (REMA) has handed over the Rwanda Development Board, infrastructures and equipment for Gishwati-Mukura National Park and Biosphere Reserve, during an event that took place in Rutsiro District.

    These infrastructures that include the building that will serve as the Park Headquarters, have been installed by LAFREC (Landscape Approach to Forest Restoration and Conservation) project funded by the World Bank under the implementation of Rwanda Environment Management Authority (REMA), since 2016.

    The signing of the handover documents was presided over by the Director General of REMA, Juliet Kabera and the Head of Tourism and Conservation Department within RDB,Ariella KagerukaAriella Kageruka .

    'We are grateful to the World Bank for having supported the activities of restoring Gishwati-Mukura National Park, collaborative efforts invested in its restoration led to its nomination among UNESCO MAB biosphere reserve', Kageruka said.

    'We will keep collaborating with the communities around Gishwati-Mukura National Park and Biosphere reserve to ensure its sustainability as it will soon start generating revenue. As you may know, the Park is not open for tourism as we were dealing with its restoration but we are to open it for tourists soon before the end of this year', she added.

    The Director General of REMA, Juliet Kabera(left), Head of Tourism and Conservation Department in RDB,Ariella Kageruka, signing the handover documents

    The Director General of REMA, Juliet Kabera has welcomed the efforts and role  of every part in all activities that led to the success of LAFREC project and pledged that the collaboration will continue.

    'We have been waiting for this day for a long time. We are handing over infrastructures, but we are not certainly handing over the MoU, as we still have a long journey together in the process of ensuring the sustainable management Of Gishwati-Mukura National Park and Biosphere Reserve', she said.

    The park is home to a variety of flora and fauna species. The main animals found in Gishwati-Mukura National Park include chimpanzees, golden monkeys and blue monkeys. There are more than 130 bird species with over 15 endemic ones. Different plant species that include 'Umushwati', on which the park was named, are found there, according to Abel Musana, the Park Director.

    This forest occupies an area of about 35.4 kilometer square. Last year, the Rwanda Government confirmed that Gishwati-Mukura forest reserve has become the country's forth National Park.

    It is expected to help boost the tourism business in the country and act as a resource for researchers, conservationists therefore help in the environment and the ecosystem preservation or protection.

    Currently, RDB has allocated more than Rwf300 million to the revenue sharing program in communities around Gishwati-Mukura National Park.

    The building that will be used as the Headquarters for Gishwati-Mukura National Park and Biosphere Reserve was handed to RDB

    By Kanamugire Emmanuel

     

     

    17

    The post RDB to launch tourism activities in Gishwati-Mukura National Park and Biosphere Reserve before 2020 ends appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/11/13/rdb-to-launch-tourism-activities-in-gishwati-mukura-national-park-and-biosphere-reserve-before-2020-ends/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rdb-to-launch-tourism-activities-in-gishwati-mukura-national-park-and-biosphere-reserve-before-2020-ends

  • Jackie Nirere yateguye ikiganiro cy’abashakanye kigamije guhashya gatanya #rwanda #RwOT

    Jackie Nirere Mukabaramba,Umuvugabutumwa wasohoye igitabo cyakunzwe yise “Izahabu ihishe mu muryango”, yahurije mu kiganiro kimwe abagabo batatu bavuga ku cyo babona cyakorwa kugira ngo umugore n’umugabo bashinge urugo rukomere mu bwuzuzanye no mu bwubahane.

    Mu 2018, ni bwo Jackie Mukabaramba Nirere yamuritse igitabo cye cya mbere yise 'Izahabu ihishe mu muryango’ mu muhango wabereye muri Kigali Convention Centre witabiriwe na Umuyobozi wa Evangelical Restoration Church mu Rwanda, Apôtre Ndagijimana Joshua Masasu, abahanzi b’indirimbo zihimbaza Imana barimo: Aime Uwimana, Patient Bizimana n’abandi.

    Uyu mugore asanzwe ari Umuyobozi wa The River Ministries (Umuryango wa Gikirisito ukora ubujyanama no gutanga ubufasha bw’ibifatika mu ngo zibanye mu makimbirane n’abana bagizweho ingaruka n’ubwo bizima).

    Jackie Nirere umubyeyi w’abana bane afite intego yo gukorera ibiganiro kuri Irere TV, bigamije kubaka no gukomeza umuryango n’ivugabutumwa. Ndetse atumira abantu batandukanye bagasangiza ubutumwa n’ubuhamya bwubaka buganisha ku iterambere ry’umwuka, ubugingo ndetse n’umubiri.

    Mu gitabo cye, avugamo ubuzima bw’umuryango we n’ukuntu abana bagomba gukura batozwa indangagaciro za Gikirisito; kandi umugore n’umugabo bakabana mu rukundo rudasaza biyambaza Imana mu buzima bwabo bwa buri munsi.

    Iki gitabo kandi kirimo inama zafasha urubyiruko guhitamo neza abo bazarushinga n’uko bazabana kugira ngo ingo zabo zirambe buri wese anezererewe undi kandi ingo zabo zuzuyemo urukundo.

    Nk’umurongo yihaye wo gufasha mu mibanire y’ingo, mu mpera za Nzeri 2020, yakoze ikiganiro cyerekana ko guha umugore ibihambaye bidaherekejwe n’urukundo, ntacyo bimara mu gusigasira kubana akaramata nk’uko mwabyiyemeje.

    Ubu, yahurije mu kiganiro kimwe abarimo umugabo we James Nirere bavuga byinshi byakorwa mu rwego rwo guhangana n’umubare w’agatanya ukomeza kwiyongera uko bucyeye n’uko bwije.

    Raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR), iherutse kugaragaraza ko mu 2019, imiryango 8941 yemerewe n’inkiko gutandukana mu buryo bwemewe n’amategeko; umwe aca inzira ze. Jackie M Nirere ari kumwe n’umugabo we

    Uwimana Emmanuel wari umwe mu batumirwa mu kiganiro cyitsaga ku cyo abagabo basaba abagore mu gutuma ingo ziramba, yagaragaje ko abagabo bakenera abagore kugira ngo babuzuze mu iterambere ryabo umunsi ku munsi.

    Yatanze urugero avuga ko umusore ashobora kuba imyaka 10 mu kazi ahembwa neza, ariko akajya gushaka nta kibanza aragura, agitega moto, nta televiziyo agira mu nzu n’ibindi bikoresho nkenerwa mu buzima bwa buri munsi.

    Uwimana ati 'Ariko reba umwaka umwe nyuma yo gushaka, ubuzima buhita buhinduka.Nubwo twakwigira bande, abagore turabakeneye'.

    Uyu mugabo akomeza avuga ko umugore ari ingenzi mu buzima bw’umugabo. Agatanga urugero rw’uko iyo hari akazi yagiyemo, ibintu bidogera mu rugo. Ati 'Mudufatiye runini rwose, mufite impano nyinshi, mufite ibintu byinshi bibarimo'.

    Uko ari batatu bahurije ku kuvuga ari ngombwa ko umugore yubaha umugabo nk’umutwe w’urugo, ariko hakaba aho biba imbogamizi iyo umugore ari we usa n’utunze urugo arusha umugabo kwinjiza byinshi.

    James Nirere kuri iyi ngingo yagize ati 'Uwo mudamu n’ubwo yahembwa ibya mirenge, iyo yageze muri urwo rugo, aba ari ay’uwo muryango. Ibyo umugore azanye ni iby’urugo, icyubahiro cyose yaba afite, mu rugo akwiye kugandukira umugabo'.

    Yungamo ati 'Twagiriwe ubuntu bwo kuba umutwe, ariko atari impamvu yo gukandamiza. Amafaranga uko yaba angana kose umugore ayakorera ni ay’urugo. Iyo ageze mu rugo bafatanya kuyapangira, bagamije kwiteza imbere, nta kwiremereza'.

    Ku kibazo cy’uko hari abagabo bataganiriza abagore babo cyangwa ngo bababwire amagambo y’urukundo. James agaragaza ko ibyo bitagakwiye kuba intandaro yo gusenya urugo, kuko hari abafite muri kamere yabo kutavugisha amagambo, ahubwo bagakora ibikorwa.

    Rubangura Patrick, we asaba abagore kumenya icyatumye bashaka, bakibuka ko bagomba guhora basa neza imbere y’abagabo babo, ariko bitari ukwiyoberanya.

    Yavuze ati 'Umugabo icyo ashaka ni uko umenya ko uri umugore we. Mu cyumba mugendane. Umugore agomba guhora asa neza, mu rwego rwo gukurura umugabo'.

    Yungamo ati 'Icyo twabasaba, abagabo bakunda abagore b’ingeso nziza, kandi bitari ukwiyorobeka, ahubwo ibiri ku mutima bisesekare inyuma'.

    Nirere M Jackie wari uyoboye ikiganiro, we yasabye abagore kugerageza kugandukira abagabo, bagaha ibyishimo imiryango yabo kandi batibagiwe gusenga Imana.

    Iyi mibare yo mu 2019 itanga ishusho y’uko gatanya ziyongereye mu Rwanda, kuko mu 2018 imiryango yemerewe gutandukana ari 1311.

    Iyi ngingo y’itumbagira rya gatanya, umuhanzi Yverry aherutse kuyiririmbaho mu ndirimbo yise 'Love you more’, aho asaba umwe mu bashakanye kugira umutima utanga imbabazi ku mukunzi we kurusha uko yihutira gufata icyemezo cyo gutandukana nawe.

    Uyu muhanzi aririmba avuga ko abakundana bakwiye guhana imbabazi inshuro zirenze 1000 mu rwego rwo gusigasira urukundo rwabo, aho kugira ngo batandukanye.

    Yverry avuga ko bitumvikana ukuntu wananirwa kubana n’uwo mwasezeranye ariko ugakomeza gukururana n’uwo mutasezeranye kubana igihe cyose.

    Ikiganiro wagikurikira hano ku buryo bw’amashusho:

    source: inyarwanda.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Jackie-Nirere-yateguye-ikiganiro-cy-abashakanye-kigamije-guhashya-gatanya.html

  • Ishimwe Kevin wahagaritswe na APR FC yirukanywe burundu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Tariki 29/10/2020 ni bwo ikipe ya APR Fc yatangaje ko yahagaritse by’agateganyo umukinni Ishimwe Kevin kubera imyitwarire itari myiza yamuranze, aho yahise anirukanwa mu mwiherero w’ikipe ubera I Shyorongi.

    Ishimwe Kevin yirukanwe muri APR FC burundu
    Ishimwe Kevin yirukanwe muri APR FC burundu

    Ku munsi w’ejo mu kiganiro twagiranye n’umutoza wa APR FC Adil Mohamed nyuma y’umukino bakinnyemo na Sunrise, yadutangarije ko uyu mukinnyi yirukanwe burundu nyuma yo kumuragoza kenshi kubera imyitwarire ariko bikanga.

    Yagize ati “Niba nta kinyabupfura gihari, niba nta guhuza guhari, nta mwanya uhari muri APR mu by’ukuri. Oya, nta kugaruka. Icyemezo cyafashwe hari byinshi byihanganiwe, twarabibonaga tugakosora, tukabibona tugakosora, ariko nyuma y’igihe birarambirana.”

    “Ubuyobozi bwa APR, umuryango wa APR wafashe icyemezo kidakuka, ni icyemezo cya nyuma. Nta kugaruka guhari, oya oya. Dukora kinyamwuga, hano dukeneye abakinnyi bafite imyitwarire ya kinyamwuga, y’ikipe kandi bitwara neza muri APR. Niba icyemezo cyafashwe, cyafashwe. Rimwe guteranyaho rimwe bingana na kabiri.”

    Ishimwe Kevin wari umaze umwaka umwe muri APR FC, yayigiyemo avuye muri AS Kigali, akaba yaranayuze mu makipe ariko Rayon Sports ndetse na Pepiniere yatozwaga n’umutoza Kayiranga Baptiste


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/Ishimwe-Kevin-wahagaritswe-na-APR-FC-yirukanywe-burundu

  • Kigali: Ibihano ku batubahiriza amabwiriza y’isuku bigiye kwiyongere #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kigali ngo igomba gukomeza kurangwa n
    Kigali ngo igomba gukomeza kurangwa n’isuku

    Ibyo ni ibyatangajwe na Mukangarambe Patricie, umuyobozi w’ishami ry’ubuzima rusange n’ibidukikije mu Mujyi wa Kigali, ubwo yari mu kiganoro ‘Ubyumva Ute’ kuri KT Radio kuri uyu wa Kane tariki 12 Ugushyingo 2020, ikiganiro cyibanze ku isuku muri uwo mujyi.

    Muri Kigali ahanini ikibazo cy’umwanda ahambere kiva ni mu nyubako nini zisohora amazi mabi mu masaha y’ijoro akanyura mu mifurege isanzwe agateza umunuko, abamena ibishingwe ku muhanda cyangwa muri za ruhurura bitwikiriye ijoro, abarunda ibikoresho by’ubwubatsi ku mihanda n’abajugunya ibintu runaka aho babonye.

    Mukangarambe avuga ko abakora ibyo baba banyuranya n’amategeko, bityo ko abafatwa n’ubundi bari basanzwe babihanirwa ariko noneho ngo ibihano bigiye kongerwa.

    Agira ati “Nko ku baturage barenga ku mabwiriza y’isuku ibihano birimo kuvugururwa, ubundi amabwiriza twagenderagaho dutanga ibihano ni uko amande yavaga ku 5,000 akagera ku 10,000 by’amafaranga y’u Rwanda. Ariko twaje gusanga abantu bayafata nk’aho ari make none ubu Njyanama irimo kubivugurura ku buryo ashobora kuzava ku bihumbi 10 akagera muri miliyoni 3.5”.

    Ati “Ndaburira abantu rero, bareke guteza umwanda mu Mujyi wa Kigali ahubwo bongere isuku hato bitazarinda bigera aho bahanwa”.

    Ku bafite inyubako nini na bo bafite umuco mubi wo kwitwikira ijoro bakohereza amazi mabi mu miferege isanzwe bigateza umunuko, amande abihana na yo arahari nk’uko Mukangarambe abisobanura.

    Ati “Ku bantu basohora amazi yanduye akanyuzwa mu nzira zisanzwe z’amazi y’imvura, itegeko ry’ibidukikije riteganya amande ya miliyoni eshanu. Uretse gucibwa ayo mafaranga, ikigo cyangwa inyubako ishobora no gufungwa kugira ngo ba nyirabyo babanze bakemure icyo kibazo, ni ngombwa rero ko buri muntu ubonye igikorwa nk’icyo yatubwira ku isaha iyo ari yo yose tukahagera kuko bibangamiye abantu bose”.

    Uwo muyobozi avuga ko ahandi hagaragara umwanda mwinshi ari mu bibanza ba nyirabyo batarubaka, akanasobanura uko hagombye kuba hameze.

    Mukangarambe avuga ko ibihano ku barenga ku mabwiriza y
    Mukangarambe avuga ko ibihano ku barenga ku mabwiriza y’isuku bigiye kwiyongera

    Ati “Ahandi hagaragara umwanda ni mu bibanza bitubatse, ugasanga ikibanza kiri aho nticyubatse noneho abaturage barakigize indiri yo kumenamo imyanda. Hari aho usanga nyir’ikibanza yarakirindishije umuntu na we akajya yitereramo ibishyimbo, ibyo ntibyemewe, icyemewe ni ugufata cya kibanza ukagiteramo ubusitani bwiza, kuhahinga rero ntibyemewe”.

    Akomeza asaba abaturage kugira ubufatanye mu kwimakaza umuco w’isuku, bakayinoza kurushaho bityo bakava ku rwego bari bariho bakajya ku rwisumbuyeho.


    source https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/article/kigali-ibihano-ku-batubahiriza-amabwiriza-y-isuku-bigiye-kwiyongere

  • Kigali: Ibihano ku batubahiriza amabwiriza y’isuku bigiye kwiyongera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kigali ngo igomba gukomeza kurangwa n
    Kigali ngo igomba gukomeza kurangwa n’isuku

    Ibyo ni ibyatangajwe na Mukangarambe Patricie, umuyobozi w’ishami ry’ubuzima rusange n’ibidukikije mu Mujyi wa Kigali, ubwo yari mu kiganoro ‘Ubyumva Ute’ kuri KT Radio kuri uyu wa Kane tariki 12 Ugushyingo 2020, ikiganiro cyibanze ku isuku muri uwo mujyi.

    Muri Kigali ahanini ikibazo cy’umwanda ahambere kiva ni mu nyubako nini zisohora amazi mabi mu masaha y’ijoro akanyura mu mifurege isanzwe agateza umunuko, abamena ibishingwe ku muhanda cyangwa muri za ruhurura bitwikiriye ijoro, abarunda ibikoresho by’ubwubatsi ku mihanda n’abajugunya ibintu runaka aho babonye.

    Mukangarambe avuga ko abakora ibyo baba banyuranya n’amategeko, bityo ko abafatwa n’ubundi bari basanzwe babihanirwa ariko noneho ngo ibihano bigiye kongerwa.

    Agira ati “Nko ku baturage barenga ku mabwiriza y’isuku ibihano birimo kuvugururwa, ubundi amabwiriza twagenderagaho dutanga ibihano ni uko amande yavaga ku 5,000 akagera ku 10,000 by’amafaranga y’u Rwanda. Ariko twaje gusanga abantu bayafata nk’aho ari make none ubu Njyanama irimo kubivugurura ku buryo ashobora kuzava ku bihumbi 10 akagera muri miliyoni 3.5”.

    Ati “Ndaburira abantu rero, bareke guteza umwanda mu Mujyi wa Kigali ahubwo bongere isuku hato bitazarinda bigera aho bahanwa”.

    Ku bafite inyubako nini na bo bafite umuco mubi wo kwitwikira ijoro bakohereza amazi mabi mu miferege isanzwe bigateza umunuko, amande abihana na yo arahari nk’uko Mukangarambe abisobanura.

    Ati “Ku bantu basohora amazi yanduye akanyuzwa mu nzira zisanzwe z’amazi y’imvura, itegeko ry’ibidukikije riteganya amande ya miliyoni eshanu. Uretse gucibwa ayo mafaranga, ikigo cyangwa inyubako ishobora no gufungwa kugira ngo ba nyirabyo babanze bakemure icyo kibazo, ni ngombwa rero ko buri muntu ubonye igikorwa nk’icyo yatubwira ku isaha iyo ari yo yose tukahagera kuko bibangamiye abantu bose”.

    Uwo muyobozi avuga ko ahandi hagaragara umwanda mwinshi ari mu bibanza ba nyirabyo batarubaka, akanasobanura uko hagombye kuba hameze.

    Mukangarambe avuga ko ibihano ku barenga ku mabwiriza y
    Mukangarambe avuga ko ibihano ku barenga ku mabwiriza y’isuku bigiye kwiyongera

    Ati “Ahandi hagaragara umwanda ni mu bibanza bitubatse, ugasanga ikibanza kiri aho nticyubatse noneho abaturage barakigize indiri yo kumenamo imyanda. Hari aho usanga nyir’ikibanza yarakirindishije umuntu na we akajya yitereramo ibishyimbo, ibyo ntibyemewe, icyemewe ni ugufata cya kibanza ukagiteramo ubusitani bwiza, kuhahinga rero ntibyemewe”.

    Akomeza asaba abaturage kugira ubufatanye mu kwimakaza umuco w’isuku, bakayinoza kurushaho bityo bakava ku rwego bari bariho bakajya ku rwisumbuyeho.


    source https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/Kigali-Ibihano-ku-batubahiriza-amabwiriza-y-isuku-bigiye-kwiyongera

  • Kaminuza y’u Rwanda yiteguye gukemura ibibazo by’abagiye gusubira kwiga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaza muri resitora barakirwa
    Abaza muri resitora barakirwa

    Bimwe mu bibazo abanyeshuri bibaza ni ibijyanye n’amafaranga ya buruse basanzwe bahabwa ashobora kutabagereraho igihe, ikibazo cy’amacumbi, ikibazo cy’amakarita yo kuriraho, kwigira kuri mudasobwa n’ibindi bijyanye n’isubukura ry’amashuri nyuma y’amezi arindwi barasubitse amasomo kubera icyorezo cya COVID-19.

    Abanyeshuri hafi ibihumbi 14 biga mu wa mbere n’uwa kabiri ni bo bateganyijwe kuba basubiye muri Kaminuza y’u Rwanda gusubukura amasomo, ku itariki ya 30 Ugushyingo 2020.

    Bimwe mu bibazo byibazwa ku bijyanye no kwakira abanyeshuri hirindwa icyorezo cya COVID-19, ni aho kaminuza ivuga ko imyanya mu byumba by’amashuri idahagije bityo ko bamwe bazajya bakomeza kwiga hakoreshejwe ikoranabuhanga umunyeshuri arebana na mwarimu ku ikoranabuhanga.

    Kaminuza y’u Rwanda kandi igaragaza ko imyanya yo kuryamamo ishobora kuzaba idahagije bityo ko bamwe mu banyeshuri bazicumbikira, icyakora abari baramaze kwishyura ibyumba bakaba bazakomeza kubiryamamo ari na bo bazaherwaho babihabwa, bitandukanye na mbere byavugwaga ko abanyeshuri bose bazacumbikirwa.

    Ubukarabiro bugenda bwubakwa
    Ubukarabiro bugenda bwubakwa

    Umukozi wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe inozabubanyi no guhuza abanyeshuri biga muri kaminuza Ignatius Kabagambe, avuga ko kaminuza yakomeje kwitegura ibijyanye no kwirinda COVID-19 harimo no kubaka ubukarabiro buhagije mashami yose ya UR.

    Avuga kandi ko hari abanyeshuri bari barasubukuye amasomo ubu bagiye mu imenyerezamwuga, ku buryo bazatanga imyanya ku bandi bikazoroshya ibibazo by’imyanya ku bagomba kugaruka kwiga.

    Naho ku banyeshuri bafite ibikoresho by’ikoranabuhanga, ngo bazakomeza gukurikira amasomo ku ikoranabuhanga rya interineti (Blended learning) hanyuma babe bajya ku mashuri igihe biri ngombwa mu masomo asaba kuba uri kumwe na mwarimu nko muri raboratwari.

    Abageze kuri campus bahuye n’ibibazo byatanze isomo ku bagiye kuza

    Kabagambe avuga ko nyuma yo kwakira icyiciro cya mbere cy’abanyeshuri bo mu myaka ya gatatu iya kane n’iya gatanu hari byinshi babonye byabahaye isomo, ku buryo abagiye kuza bo nta kibazo bazagira.

    Amacumbi yagejejwemo amazi ku buryo nta kibazo cy
    Amacumbi yagejejwemo amazi ku buryo nta kibazo cy’isuku kizagaragara muri UR Huye

    Urugero ni nko kubakurikiranira ibijyanye n’amafaranga bahabwa ya buruse aho batinze kuyabona kubera impinduka zo gukora intonde nshya zigenderwaho hirindwa ko ayo mafaranga yahabwa n’abatazagaruka ku ishuri.

    Agira ati “Habaye impinduka mu gutegura amalisiti y’abanyeshuri bagarutse n’abahuye n’ibibazo byo kudahita bagaruka, abo ntibagombaga guhabwa amafaranga bituma hari abakererewe batagaragaye vuba kuri ayo malisiti, ariko byaduhaye isomo”.

    Arongera ati “Byaduhaye isomo ryo kunoza ayo malisiti ku buryo n’utarabona amafaranga ashobora kuyabona none cyangwa ejo, ariko ibyo byatumye twitegura neza abagiye kuza kugira ngo batazatinda kubona amafaranga ya buruse”.

    Bamwe mu banyeshuri bageze bwa mbere muri Kaminuza ishami rya Huye, bagaragaje ko batishimiye kuba barongeye kwishyuzwa amafaranga yo kurya kandi hari ayo bari barasigaje bajya gutaha, babibaza ngo bakabwirwa ko bazagabana igihombo n’ushinzwe kubagaburira kuko hari ibyo kurya byangiritse basize batariye kandi byaraguzwe.

    Kujya gufata ibyo kurya ni ukubahiriza intera hagati y
    Kujya gufata ibyo kurya ni ukubahiriza intera hagati y’umunyeshuri n’undi

    Bavuga ko ibyo bitari bikwiye kugabana icyo gihombo kuko batazi ingano y’ibyangiritse, bityo ko bakwemererwa kurya amafaranga bari barasigajemo.

    Kuri iyi ngingo Kabagambe avuga ko hari ibihombo byabaye koko ariko kaminuza izakemura buri kibazo cyose abanyeshuri bazagira kuko ari cyo ishinzwe.

    Agira ati “Usibye no kuba hari abagomba kurira ku makarita yabo ya resitora hari n’abishyuye amacumbi, kaminuza y’u Rwanda Campus zose icyenda abayobozi bazo biteguye kwakira neza ibibazo by’abanyeshuri buri kimwe uko giteye”.

    Ati “Ibyo bibazo bizakemukira kuri za Campus zabo kandi ubuyobozi bwa Kaminuza burizeza abanyeshuri ko ntawe uzahomba, ntawe uzaba yarishyuye ikintu mbere ngo naza areke kukigiraho uburenganzira”.

    Ku bijyanye no kuba ikoranabuhanga rya interineti riri ku gipimo cyo hasi bikaba byagora abanyeshuri bazigira ku ikoranabuhanga, Kabagambe avuga ko abatekinisiye bari kubyigaho kuko ikoranabuhanga ari kimwe mu byagaragaje ko ryafasha byinsi mu masomo.

    Ubwiherero bwaravuguruwe
    Ubwiherero bwaravuguruwe

    Naho ku bijyanye n’abanyeshuri bategereje ko babona mudasobwa basinyiye ariko zikaba zitaraza, ngo kaminuza yasanze hari nyinshi zitujuje ubuziranenge zari zaratanzwe bituma ihagarika ibanza gushaka mudasobwa nziza zizagirira abanyeshuri akamaro.

    Ku bamaze gufata izo zitujuje ubuziranenge kandi ngo bazafashwa kubona inziza igihe izo bahawe zaba zidakora neza.

    Ku kijyanye n’abanyeshuri benshi bibaza igihe abasabye kwiga muri Kaminuzay’u Rwanda bashya bazajya kwigiraho, Kabagambe avuga ko ubu abari ku mashuri bagiye kurangiza umwaka bagataha, bityo abandi bakimuka abo mu wa mbere bakabona imyanya yo kwigiramo bityo ko baba bategereje nko mu mezi atatu.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/kaminuza-y-u-rwanda-yiteguye-gukemura-ibibazo-by-abagiye-gusubira-kwiga

  • APR: Ishimwe Kevin yeretswe umuryango usohoka mu ikipe y'ingabo kubera imyitwarire mibi yagaragaweho #rwanda #RwOT

    Tariki 28 Ukwakira 2020, uyu mukinnyi Ishimwe Kevin yahagaritswe by'agateganyo n'ubuyobozi bwa APR FC azira gusuzugura umutoza we.

    Ishimwe Kevin w'imyaka 25, akaba yarahise asezererwa mu mwiherero w'ikipe i Shyorongi icyo gihe ubuyobozi bwavugaga ko bugiye kumufatira ibihano.

    Umutoza mukuru wa APR FC, Adil Mohamed Erradi yatangaje ko Ishimwe Kevin bamwirukanye atari umukinnyi wa APR FC.

    Ati 'Niba nta kinyabupfura gihari, nta mwanya uhari muri APR mu by'ukuri. Oya, nta kugaruka. Icyemezo cyafashwe hari byinshi byihanganiwe, twarabibonaga tugakosora, tukabibona tugakosora, ariko nyuma y'igihe birarambirana.'

    Avuga ko 'umuryango wa APR wafashe icyemezo kidakuka, ni icyemezo cya nyuma. Nta kugaruka guhari, oya oya. Dukora kinyamwuga, hano dukeneye abakinnyi bafite imyitwarire ya kinyamwuga, y'ikipe kandi bitwara neza muri APR. Niba icyemezo cyafashwe, cyafashwe. Rimwe guteranyaho rimwe bingana na kabiri.'

    Ishimwe Kevin yaje muri APR FC avuye mu ikipe ya AS Kigali, asinya imyaka ibiri mu ikipe y'ingabo z'igihugu ndetse yerekanwa ku mugaragaro tariki ya 05 Kanama 2019.

    Ishimwe Kevin yirukanywe muri APR FC, kubera kugirana ibibazo n'umutoza nyuma ya rutahizamu Sugira Ernest wagaritwe amezi abiri adakinira Ikipe y'Ingabo z'Igihugu nyuma na we bivugwa ko afite imyitwarire itari myiza bikaza kurangira uyu mukinnyi atagarutse muri APR ikomeje kumutiza

    The post APR: Ishimwe Kevin yeretswe umuryango usohoka mu ikipe y'ingabo kubera imyitwarire mibi yagaragaweho appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2020/11/13/apr-ishimwe-kevin-yeretswe-umuryango-usohoka-mu-ikipe-yingabo-kubera-imyitwarire-mibi-yagagaweho/

  • Gisagara : Imiryango 200 yasenyewe n’umuhanda ibayeho nabi, bamwe barara banyagirwa #rwanda #RwOT

    Umuhanda wa kaburimbo Huye-Gisagara ufite ibirometero 14. Imirimo yo kuwukaba yararangiye. Ba nyiri amazu uyu muhanda wagonze barishyuwe kimwe n’abo wanyuriye mu masambu.

    Abasigaye batarishyurwa ni abo imashini zakoze uyu muhanda zatigishirije amazu agasenyuka andi agasatagurika.

    Bamwe ibikuta by’amazu yabo byaraguye abandi ibikuta by’amazu yabo byarasataguritse. Aya mazu nyuma yo gutigiswa n’izi mashini zitsindagira umuhanda arava kuko hafi ya yose yari asakaje amategura. Amategura yagiye arekurana.

    Umwe mubafite iki kibazo batuye mu kagari ka Muzenga yabwiye UKWEZI ko inzu yabo yari imeze neza mbere y’uko imashini zikora umuhanda zitangira kuyitigisha. Nyuma igikuta cyayo kimwe cyaje kugwa n’amategura ararekurana none arara anyagirwa.

    Yagize ati 'Ikibazo dufite ni uko imashini z’Abashinwa zadusenyeye inzu. Baraje baratubarira batwara n’ibyagombwa by’ubutaka batubwira ko bazadusanira turategereza turaheba. Naje gusubirayo njya kubaza nti ese impamvu batatwishyuye ni ukubera iki cyangwa ngo badusanire, ngo nimutegereze ntabwo igihe cyanyu kiragerwaho'.

    Sebufenge Yohani, avuga ko imashini zikora umuhanda zikimara gutigisa inzu ye igikuta kimwe kikagwa yagiye ku karere, bamubwira ko basamusura bakareba. Abayobozi b’akarere nyuma baramusuye barapima bamubwira ko ibye byuzuye bazamusanira.

    Yagize ati 'None amaso yaheze mukirere. Gusenyuka kwayo ni za modoka z’Abashinwa cyakindi gitigisa cyaraje kiratigisa mbona igikuta cyo hepfo kiraguye'.

    Sebufenge avuga ko uretse igikuta cyaguye n’amategura yarekuranye akaba asigaye arara anyagira. Ati 'Iragwa nkegama nka hariya mu nguni, naho yahanyagira nkongera nkajya ahandi, gutyo ndara ntaragurikaaa ! Nkarinda ubwo imvura numva ihise'. Abaturage basizwe iheruheru n’ikorwa ry’uyu muhanda barasaba akarere kumva ugutakamba kwabo

    Aba baturage ikindi kibazo bafite ni uko ubuyobozi bw’akarere buri kubasaba kuvugurura amazu bubabwira ko adakwiriye kuba ku muhanda, nyamara ntibubahe amafaranga bwabemereye yo gusana.

    Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Gisagara ushinzwe iterambere ry’ubukungu Jean Paul Habineza asaba ko aba baturage bakomeza gutegereza bihanganye. Abizeza ko bazishyurwa vuba gusa ntabwo atanga igihe.

    Avuga ko babanje kwishyura abo amazu yabo yagonzwe n’umuhanda, bakurikizaho abo amasambu yabo yagonzwe n’uyu muhanda, ikiciro cya gatatu nibwo ngo hazishyurwa abo amazu yabo yangijwe n’imashini zakoze umuhanda.

    Yagize ati 'Icyiciro ya gatatu ni iyo ikorwa ry’umuhanda hari imashini zitigisa, inzu zari zishaje zikaba zarangiritse rwose biri vuba aha turabishyura'.

    Habineza yavuze ko mu minsi mike iri imbere azajya guhura n’abayobozi b’ikigo gishinzwe ibyubakire y’imihanda n’ibiraro RTDA ngo azongera yibutse iki kibazo cy’aba baturage.

    Ati 'Umufatanyabikorwa ni RTDA niyo yagombaga kwishyura, ubuvugizi bwarakozwe, igisigaye ni uguhuza imibare, umuturage akishyurwa kuko n’ubundi ibi byose dukora tubikora ku neza y’abaturage nta kibazo gihari rwose twabahumuriza, bashonje bahishiwe'.

    Akarere ntabwo katubwiye umubare w’amafaranga yose hamwe aba baturage bishyuza, gusa kavuga ko abasigaye batarishyura bagera kuri 200.

    Ubuzima bw’aba baturage buri mu kaga kuko n’abari barakodesherejwe kubishyurira byahagaze basubira mu bizu birangaye. Ibikuta bisigaye bitaragwa bafite ubwoba byazabagwa hejuru mu gihe batasanirwa vuba.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Gisagara-Imiryango-200-yasenyewe-n-umuhanda-ibayeho-nabi-bamwe-barara-banyagirwa

  • US: Abashinzwe amatora bamaganye ibirego bya Trump ko yibwe #rwanda #RwOT

    Abategetsi bashinzwe amatora ku rwego rwa Amerika bavuze ko amatora ya perezida ya 2020 ariyo 'matora yizewe kurusha ayandi mu mateka ya Amerika' — batesha agaciro ibivugwa na Trump ko yaranzwe n'uburiganya.

    Ibiro byo muri 'minisiteri' y'umutekano byari bishinzwe gucunga uburyo bukoreshwa mu gutora ku itariki 03 z'uku kwezi, byasohoye itangazo ejo kuwa kane.

    Komite yabyo yitwa Cybersecurity and Infrastructure Security Agency (Cisa) yagize iti:

    'Mu gihe tuzi ko hari ibirego bidafite ishingiro no gutanga amakuru atariyo ku matora yacu, twabizeza ko dufite ikizere gikomeye cy'umutekano n'ubudakemwa by'amatora yacu, namwe mukwiye kugira.

    'Iyo ufite ibibazo, wegera abashinzwe amatora nk'abantu bizewe mu gihe bari kugenzura amatora.'

    Ukuriye komite ya CISA Christopher Krebs yavuze ko yiteguye kwirukanwa na Trump, nk'uko bivugwa n'ibiro ntaramakuru Reuters.

    Kuwa kane, Bwana Krebs yatangaje ubutumwa bwari bwatangajwe mbere n'inzobere mu mategeko y'amatora bugira buti: 'Rwose mwitangaza ibintu bidafite ishingiro ku mashini z'itora, nubwo byaba byatangajwe na perezida'.

    Umutegetsi wungirije wa CISA we ejo kuwa kane yareguye. Ni nyuma y'uko mu ntangiriro z'iki cyumweru White House isabye ko yegura, nk'uko Reuters ibivuga.

    Aba bavuze ibi nyuma y'uko Perezida Donald Trump atangaje ko hari amajwi miliyoni 2.7 yari aye 'yasibwe' n'imashini z'itora mu cyumweru gishize.

    Nk' uko BBC dukesha iyi inkuru ivuga ko umubare muto uri kwiyongera w'abakuru mu ishyaka ry'Abarepubulikani, uri gusaba ko Joe Biden ahabwa raporo y'ubutasi ihabwa perezida buri munsi.

    Lindsey Graham ni umwe mu bashyigikiye ko Biden ahabwa raporo ya buri munsi y'ubutasi, ariko akomeje kuba ku ruhande rwa Trump

    Senateri Chris Coons w'Umudemokarate yabwiye televiziyo ya CNN ko hari bagenzi be b'Abarepubulikani bamusabye gushimira mu izina ryabo Biden ku ntsinzi kuko bo batabivuga ku mugaragaro.

    Bwana Trump kugeza ubu ntaremera ko Joe Biden ari we biteganywa ko yatsinze amatora.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/13/us-abashinzwe-amatora-bamaganye-ibirego-bya-trump-ko-yibwe/