Blog

  • Farumasi z’uturere zeguriwe RMS, bizafasha abaturage kubona imiti ku gihe kandi ihendutse #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uhereye iburyo, umuyobozi wa RMS , umuyobozi wa Farumasi y
    Uhereye iburyo, umuyobozi wa RMS , umuyobozi wa Farumasi y’Akarere ka Bugesera, hamwe n’umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage

    Icyo kigo gishya kandi kigiye kwegukana za farumasi z’uturere, zihinduke amashami yacyo, bityo n’imikorere isanzwe y’izo farumasi ihite ihinduka, byose bigamije gufasha kwihutisha serivisi zo kubona imiti ku muturage kandi itamuhenze.

    Iyo ngo ni gahunda ya Leta yo kwegurira icyo kigo gishya za farumasi z’uturere zose bitarenze itariki 15 Ugushyingo 2020, Akarere ka Bugesera kakaba kabimburiye utundi gushyikiriza icyo kigo farumasi yako nk’uko bisobanurwa na Ndayisabye Viateur, umuyobozi ushinzwe ubuzima mu Karere ka Bugesera.

    Uwo muyobozi avuga ko kuko ari gahunda igomba gukorwa, ababishinzwe mu Karere ka Bugesera, bateguye ibisabwa byose, kamenyesha RMS, kugira ngo ize bahererekanye farumasi ndetse n’abakozi bayo.

    Tariki ya 12 Ugushyingo 2020 ni bwo habayeho umuhango wo gutanga iyo farumasi y’Akarere ka Bugesera n’abakozi bayo, ubu bakaba babarizwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe imiti.

    Icyo kigo gishya ngo kije guhindura bimwe mu bintu byajyaga bigorana, harimo gutumiza imiti mu mahanga bikozwe n’ishami ribishinzwe ryabarizwaga muri RBC, kuko kuyitumiza byafataga igihe kirekire, kubera ko byabaga ari ugutanga amasoko, hakaba ubwo bashobora gutumiza umuti ukamara amezi atandatu cyangwa anarenga utaraboneka nk’uko bivugwa na Ndayisabye.

    Icyo kigo gishya cyo gifite ubushobozi bwo kwigira kuzana imiti ku nganda ziyikora mu mahanga, kikayizanira mu Rwanda hatajemo ibyo gutuma.

    Hakozwe ihererekanyabubasha rya farumasi y
    Hakozwe ihererekanyabubasha rya farumasi y’Akarere ka Bugesera

    Uko kwigerera ku nganda bizagabanya igihe gutumiza imiti byafataga, kandi n’igiciro ngo kizagabanuka kuko uko byari bisanzwe bikorwa, umuti wajyaga kugera muri farumasi unyuze mu nzira nyinshi kandi aho unyura hose, hakagenda hiyongeraho amafaranga kuko buba ari ubucuruzi.

    Ariko ubu icyo kigo gishya cya RMS, kizajya kivanira imiti ku nganda mu mahanga kiyigeze mu Rwanda, nyuma kiyikwirakwize ku mashami yacyo hirya no hino mu gihugu (izari farumasi z’uturere zizaba ari amashami y’icyo kigo).

    Ibyo ngo bizatuma ibiciro by’imiti biba bimwe mu gihugu cyose kuko ubu ngo buri farumasi yagiraga igiciro cyayo kandi ku muti umwe, bitewe n’impamvu zitandukanye.

    Ndayisabye yagize ati “RMS izakemura ikibazo cy’ibiciro bitandukanye byabaga muri za farumasi z’uturere kuko buri farumasi yagira ibiciro byayo kandi umuti ari umwe. Ugasanga uko umuti runaka ugura muri farumasi y’Akarere ka Bugesera, si ko ugura muri farumasi y’Akarere ka Rusizi. Itegeko rigenga za farumasi rivuga ko nta wemerewe kurenza inyungu ya 20%. Icyo gihe rero wasangaga niba umuti ugura 100Frw, ushyizeho inyungu ya 20% ubwo ni 120Frw, ariko usanga muri farumasi y’Akarere kamwe bawugurisha 118Frw, indi ikawugurisha 110 Frw”.

    Iryo tandukaniro ry’ibiciro muri za farumasi z’uturere ntirizongera kubaho, kuko ubu imiti izajya igezwa ku mashami yose ya RMS mu turere, icuruzwe ku giciro kimwe mu gihugu hose.

    Kandi n’ikibazo cyakundaga kubaho cy’ibura ry’imiti ntikizongera kubaho, kuko ubu ngo icyo kigo gikora imiti igabanya ububabare gusa (Morphine), ariko indi yose bazajya bayikura ku nganda zo hanze ariko iboneke.

    Ikindi icyo kizazamura ni itangwa rya serivisi yihuta, kuko abakozi bari mu mashami ya RMS hirya no hino mu turere (abahoze bakorera za farumasi z’uturere), bazaba bashinzwe gutanga imiti gusa, hatiyongeramo ibyo kujya kuyirangura, harimo ibyo kwakira amafaranga no kuyacunga, kuko ibyo byose bizaba bikorerwa ku cyicaro cya RMS i Kagali.

    Ndayisabye avuga ko ubu ikigo nderabuzima gikeneye imiti runaka kizajya gikora urutonde rw’imiti gikeneye, rugezwe ku ishami rya RMS mu karere icyo kigo nderabuzima giherereyemo, nyuma kishyure amafaranga kuri konti ya RMS nyuma bitegereze kugezwaho imiti batumije.

    Mu ijambo rye kuri uwo munsi wo guhererekanya farumusi y’Akarere ka Bugesera, Harerimana Pie, Umuyobozi wa RMS yagize ati “Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti kiracuruza kizakora ibishoboka ku buryo imiti iboneka ku gihe kandi n’ibiciro bibe bimwe mu gihugu”.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/farumasi-z-uturere-zeguriwe-rms-bizafasha-abaturage-kubona-imiti-ku-gihe-kandi-ihendutse

  • Waba uzi imbaraga z’Imana zikorera muri wowe? #rwanda #RwOT

    Ubusanzwe abantu biyemeje kubwiriza ubutumwa bwiza, bagendana izindi mbaraga z’Imana zikorera muri bo zigakora imirimo n’ibitangaza bityo izina ry’Imana rikubahwandetse n’abataramenya Imana bakayimenya.

    Kandi none Mwami Mana reba ibikangisho byabo, uhe abagaragu bawe kuvuga ijambo ryawe bashize amanga rwose, ukiramburira ukuboko kwawe kugira ngo gukize, gukore n’ibimenyetso n’ibitangaza mu izina ry’Umugaragu wawe wera Yesu (Ibyakozwe n’intumwa 4:29-30).

    Nkunda cyane iki gice cyo mu Byakozwe n’Intumwa kitwereka neza uko abigishwa basobanuraga ubutumwa bwiza bizeraga. Hano biragaragara neza ko kuri bo kuba abizera bisobanura “kuvuga Ijambo” kandi ko imbaraga zigaragara binyuze mu bitangaza.

    Byamenyekanye cyane mu myumvire yabo y’ubukristo ko ubutumwa bwiza butari ubutumwa gusa, ahubwo ko ari n’ibikorwa biherekezwa n’imbaraga z’Imana.

    Nshuti, ndashaka kukongeramo imbaraga uyu munsi, nkubwira ko Yesu atadusigiye amagambo gusa, cyangwa uburyo bwo kubaho gusa. Oya! Buri wese muri twe afite imbaraga y’Imana ishaka kwigaragaza. Kuberako imbaraga zihora zemeza ubutumwa. Ku bigishwa, byaragaragaye, ubutumwa bwiza bwari ubutumwa buherekejwe n’ibimenyetso by’ibitangaza.

    Buri wese muri twe afite imbaraga z’Imana ishaka kwigaragaza

    Gukuraho ibikorwa bifatika by’Imana mu byo twamamaza, ni ugukuraho umurage Kristo yadusigiye. Ni ukwemera ko kwizera kwacu guhinduka idini rimwe gusa mu yandi.

    Mwibukiranye amasezerano:”Kandi ibimenyetso bizagumana n’abizera ni ibi:bazirukana abadayimoni mu izina ryanjye, bazavuga indimi nshya, bazafata inzoka, kandi nibanywa ikintu cyica nta cyo kizabatwara na hato, bazarambika ibiganza ku barwayi bakire”. Mariko 16:17-18

    Igikorwa cy’umunsi

    Muhindukire, ibitangaza birabakurikira kuko birahari. Imana ishimangira ijambo ryayo, ishyigikira izina ryayo. Ntutinye rero gusengera umuntu, shyira ukwizera kwawe mu bikorwa , amamaza ubutumwa bushyitse. Ububasha bw’Imana buzagushyigikira.

    source: www.top.chretien.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Waba-uzi-imbaraga-z-Imana-zikorera-muri-wowe.html

  • Ku isoko rya magendu i Nairobi, umwana aragura amafaranga ibihumbi 500 by'u Rwanda #rwanda #RwOT

    Abana baribwa bakajyanwa ku isoko rya magendu aho bagurishwa. Ishami Africa Eye rya BBC ryinjiriye aba bacuruza abana ku mafaranga ashobora no kugera ku 300,000Frw.

    Inkuru ya Peter Murimi, Joel Gunter, na Tom Watson.

    Ahantu ari, umwana w'umuhungu wa Rebecca ubu agize imyaka 10. Ashobora kuba ari i Nairobi aho na nyina aba, cyangwa se ahandi. Ashobora no kuba atakiriho. Ubwa nyuma amubona umwana we w'imfura Lawrence Josiah, yari afite umwaka umwe.

    Rebecca yari afite imyaka 16. Hari ahagana saa munani z'ijoro mu kwa gatatu 2011 yari yataye ubwenge kubera guhumeka lisansi. Rebecca yahumekaga lisansi kugira ngo bimufashe gutinyuka gusabiriza ku nzira.

    Ubwo yari afite imyaka 15, nyina wa Rebecca ntiyari akibasha kumutunga no kumuha ibyangombwa nkenerwa, yavuye mu ishuri ajya ku mihanda. Yahahuriye n'umugabo wamwijeje kumushaka nk'umugore, ariko amutera inda ubundi arabura. Umwaka wakurikiyeho Rebecca yabyaye umwana amwita Lawrence Josiah, yamureze umwaka umwe n'amezi, kugeza umunsi yasinziriye akangutse aramubura.

    Arwana n'amarira, ati: 'Nubwo ubu mfite abandi bana, niwe wari imfura, niwe wangize umubyeyi. Nashakiye mu bigo byose by'abana, sinigeze mubona'.

    Rebecca aracyaba ku mihanda i Nairobi. Ni umugore muto w'imisatsi migufi. Ubu afite abandi bana batatu b'abakobwa b'imyaka umunani, itandatu n'ine. Uyu w'umuhererezi nawe bigeze kumumwambura nk'uko abivuga, bikozwe n'umugabo ukunze kuba ari aho. Uwo mugabo ngo yamubwiraga ko uwo mwana yari amubwiye ngo amugurire icyo anywa. Rebecca abakurikiye ngo yabonye umugore hirya wari utegereje mu modoka.

    Biroroshye cyane kumva inkuru nk'izi kuri iyi mihanda aho Rebecca aba, kimwe n'abandi nkawe batagira aho baba i Nairobi. Umwana w'umuhungu w'imyaka itatu wa Esther yabuze mu kwa munani 2018.

    Esther ati: 'Sinigeze ngira amahoro kuva nabura umwana wanjye. Naramushakishije kugera n'i Mombasa.

    Ubu hashize imyaka itanu Carol nawe yambuwe umwana we w'umuhungu hagati mu ijoro. Ati: 'Ndamukunda cyane, nabagirira imbabazi baramutse bamunsubije'.

    Aba bagore badafite kirengera barahigwa i Nairobi kugira ngo bahe isoko rya magendu abana bakenewe nk'ibicuruzwa. Mu gihe cy'umwaka, ishami rya BBC rikora inkuru zicukumbuye Africa Eye, ryabonye ibimenyetso ku bana bamburwa ba nyina batagira aho baba kugira ngo bagurishwe agatubutse.

    Africa Eye yabonye ubucuruzi bw'abana bibwa ku mihanda, n'abana bibwa mu bitaro bikuru bya leta.

    Mu muhate wo kugaragaza abakoresha ububasha bwabo nabi, Africa Eye yigize nk'umuguzi w'umwana watawe mu bitaro agurishwa n'umukozi wo kwa muganga, uyu akoresha impapuro mpimbano ko ari we ufite uwo mwana byemewe mbere y'uko amugurisha.

    Aba biba abana, baratandukanye, kuva ku babikora nko kwiboneramo inyungu ntoya gusa, kugera ku babikora mu buryo buteguwe cyane kandi buhoraho — kenshi bombi barakorana.

    Abagore babikora babonamo inyungu ntoya nka Anita, umusinzi ukomeye kandi ukoresha ibiyobyabwenge ndetse nawe uba ku muhanda, bahora bashakisha abana bo kwiba bari munsi y'imyaka itatu.

    Africa Eye yamenye ibya Anita kubera inshuti ye, wifuje ko adatangazwa. Iyo nshuti ye, wifujwe kwitwa Emma, avuga ko Anita afite amayeri menshi yo kwiba abana ku mihanda.

    Ati: 'Rimwe na rimwe abanza kuvugana na nyina, ngo arebe niba yamenya umugambi afite, ubundi se agaha ibiyobyabwenge nyina, nk'ibinini bisinziriza cyangwa lisansi.

    Anita afite uburyo bwinshi abona abana.

    Yigize nk'umuguzi w'ingenzi, Africa Eye yateguye gahunda yo guhura na Anita mu kabari kari hagati mu mujyi i Nairobi kajyamo abacururiza ku mihanda. Anita yatubwiye ko ari ku gitutu cya 'boss' we ngo yibe abana benshi, ndetse atubwira ku wo aheruka kwiba.

    Ati: 'Nyina yari mushya ku mihanda, wabona byaramucanze atazi ibiri kuba. Yaranyizeye ampa umwana, ubu ndamufite'.

    Anita avuga ko 'boss' we ari umucuruzikazi wa hano ugura abana bibwe n'aba babikora batoya, we akabacuruza ku nyungu nini. Bamwe mu baguzi ni 'abagore batabyara, kuri bo rero uwo aba ari nk'uwe. Abandi babakoresha nk'ibitambo'.

    Arakomeza ati: 'Yego, babakoresha nk'ibitambo. Aba bana barabura, ntushobora kongera kubabona'.

    Hari ikintu nanone twumvanye Anita, ariko na Emma yari yatubwiye. Ko hari abagura abo bana 'babajyana kubatangaho ibitambo'. Ubundi Anita iyo amaze kugurisha umwana nta byinshi amenya ku bizamubaho.

    Abagurisha na wa mugore yita 'boss', 50,000 Ksh ku mukobwa na 80,000 Ksh ku muhungu (hafi 800,000Frw) nk'uko abivuga, icyo nicyo giciro urebye cy'umwana wibwe ku muhanda i Nairobi.

    Emma ati: 'Uwo boss ntajya avuga business akoresha abo bana, nabajije Anita niba we yaba azi icyo abakoresha, ambwira ko ibyo atabyitaho niba abajyana mu barozi cyangwa ahandi, ko icyo apfa ari uko amuha amafaranga ibindi ntacyo amubaza'.

    Nyuma gato yo guhura bwa mbere, Anita yaraduhamagaye ngo twongere duhure. Tuhageze, twasanze afite umwana w'umukobwa atubwira ko afite amezi atanu kandi ari bwo akimuhabwa na nyina, nyuma yo kumwizera. Ati: 'Nibwo akimumpa, mpise mwirukankana'.

    Anita yavuze ko afite undi muguzi ushobora kumuha 50,000Ksh (hafi 500,000Frw). Emma, uwaduhuje na Anita, yashatse kwinjira mu kugereka, avuga ko hari umuguzi azi ushobora kwishyura 80,000Ksh. Anita ati: 'Aho ni sawa. Reka gahunda tuyirangize ejo'.

    Gahunda yari uguhura saa kumi n'imwe. Ariko kuko ubuzima bw'uyu mwana bwari mu kaga, Africa Eye yahise imenyesha polisi, nayo itegura uburyo bwo gufata Anita no kurokora uwo mwana, umuguzi we akimugeraho. Bwari bwo buryo bwa nyuma bushoboka bwo kurokora uyu mwana mbere y'uko aburirwa irengero.

    Gusa Anita ntiyigeze aza, ndetse nyuma y'iminsi tugerageza kumubona twaramubuze. Hashize ibyumweru, Emma yabashije kumenya aho ari. Atubwira ko Anita yahise abona umuguzi utanga menshi, ndetse yayakoresheje mu kubaka ibyumba bibiri, akazu gato k'amabati mu tujagari twa Nairobi. Umwana yari yagiye. Polisi iracyafite dosiye ifunguye ya Anita.

    'Uwabikora tukareba'

    Nta mibare izwi y'ubucuruzi bw'abana muri Kenya — nta raporo za leta cyangwa ibarura ribikorwaho. Ibigo bikora ibyo gushaka abana babuze no gukurikirana igurishwa ryabo, nta bushobozi bifite kandi bifite abakozi bacyeya. Kimwe mu bigo abagore bibwe abana bagana ni Missing Child Kenya, ikigo cyigenga gikuriwe na Maryana Munyendo. Mu myaka ine kimaze, cyakoze ku bibazo nk'ibi 600 nk'uko Munyendo abivuga.

    Ati: 'Iki ni ikibazo gikomeye muri Kenya ariko ntikivugwaho. Hano muri Missing Child Kenya tumaze urebye gukora akantu gato cyane kuri cyo kuko si ikibazo ababishinzwe baha agaciro'.

    Urebye ni uko abagirwaho ingaruka na cyo ari abantu boroheje cyane, badafite kirengera cyangwa ijwi ryumvwa n'abategetsi n'itangazamakuru, nka Rebecca,
    Ikindi gitiza umurindi iri soko magendu ry'abana ni umuco mubi wo kunnyega ubugumba. Munyendo ati: 'Ubugumba ni ikintu kibi ku mugore mu rushako muri Africa.

    Uba witezweho kubyara kandi akaba ari umuhungu. Iyo bidashobotse, ushobora no kwirukanwa. Babigenza bate rero? Bamwe biba abana'

    Umugore uri muri icyo kibazo kenshi ahuzwa n'umuntu ucuruza abana nka boss wa Anita, nawe ukoresha abantu b'intege nke nka Anita bakiba abana ku muhanda. Cyangwa se bakaba bakorana n'umuntu wo kwa muganga.

    Iperereza rya Africa Eye ryabonye ko hari ibikorwa byo kugurisha abana bikorwa cyane mu bitaro bya leta.

    Duciye ku wundi muntu, yaduhuje na Fred Leparan, umukozi ku bitaro bya Mama Lucy Kibaki hospital. Leparan ashinzwe kurengera abana bari mu kaga bavukiye kuri Mama Lucy. Ariko uwamutugejejeho yatubwiye ko Leparan akora n'ubwo bucuruzi. Uyu yateguye uko duhura na Leparan, amubwira ko hari umugore ubabaye cyane ushaka kugura umwana kuko we atabyara.

    Leparan yaramusubije ati: 'Mfite umwana mu bitaro, hashize ibyumweru bibiri bamutaye, ntibagarutse'.
    Uwaduhaye amakuru avuga ko atari ubwa mbere Leparan agiye mubyo kugurisha umwana.

    Ubwo twahuraga, Leparan yagize ati: 'Ubwo mperuka kubikora byanteye ubwoba'. Africa Eye yamufataga amajwi n'amashusho atabizi, yongeraho ati: 'Ibi nitubikora, ndashaka ko bitazanzanira ibibazo nyuma'.

    Abana batawe, nk'uyu Leparan yashakaga kugurisha, bagomba gushyirwa mu bigo bya leta byita ku bana aho bashobora guhabwa ababyeyi mu buryo bwemewe n'amategeko babanje gusuzuma niba bazashobora kubitaho. Iyo bagurishijwe gutya n'abantu nka Fred Leparan, nta muntu mu by'ukuri umenya irengero ryabo n'aho baba.

    Yagiye nk'umugore witwa Rose, umunyamakuru wa Africa Eye wiyoberanyije yahuye na Leparan mu biro biri hafi y'ibi bitaro. Leparan yamubajije Rose ibibazo bicye kuri we. Amubwira ko afite umugabo ariko yananiwe gusama kandi ari ku gitutu cy'umuryango w'umugabo we ngo abyare.

    Leparan aramubaza ati: 'Wagerageje gushaka uwo urera byemewe n'amategeko?'
    'Twarabitekereje ariko tubona ni ibintu bisa n'ibigoranye' — Rose arasubiza.
    Leparan yaremeye. Igiciro cyagombaga kuba 300,000Ksh (ni hafi 3,000,000Frw).

    'Ibi nibirangira, bigomba kuba hagati yacu batatu gusa — wowe nanjye nawe' — Leparan avuga yerekana n'uwaduhuje. Yongeraho ati: 'Ndavuga ko kwizera umuntu ari ibintu bikomeye. Bintera ubwoba'. Yavuze ko azatuvugisha nyuma tukarangiza gahunda.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/ku-isoko-rya-magendu-i-nairobi-umwana-aragura-amafaranga-ibihumbi-500-byu-rwanda/

  • Nyarugenge youth volunteers reignite security and development activities #rwanda #RwOT

    The congress presided over by Nyarugenge District Executive Administrator (DEA) Emmy Ngabonziza, brought together youth coordinators from cell to district level in Nyarugenge.

    Present was also the national youth volunteers coordinator, Abdallah Murenzi, as well as the Police, the army and the National Youth Council representatives.

    There are about 9,553 members of youth volunteers in Nyarugenge District. Countrywide, the youth group has over 300,000 members.
    While speaking during the congress, the Nyarugenge DEA thanked them for taking the lead in building their country.

    “Everything you do has an impact to the direct beneficiaries and a channel to further build your country. You are setting the tone for other young people to follow,” Ngabonziza said.

    Nyarugenge youth volunteers dedicated the month of October to community security and development activities.

    Thus, their activities focused on raising awareness against lawlessness, community education on healthy feeding, environmental protection, welfare and community development, among others.

    They also built two houses and renovated two others as well as 11 toilets for disadvantaged families; constructed 480 organic gardens to fight poor feeding and educated 741 families on healthy feeding; and planted about 1200 trees.

    Currently, they are also constructing three other houses for less privileged families in Nyarugenge.

    Fighting COVID-19

    During the youth volunteers’ month, they donated about 600 facemasks and conducted awareness campaign on government directives and safety practices for the pandemic containment.

    So far, about 370 youth volunteers in Nyarugenge are stationed at 21 sites in markets, bus terminals, stations and in other public places. They support Rwanda National Police in monitoring the implementation of practices meant to prevent further spread of COVID-19 such as physical distancing, hand washing and wearing face masks, among others.

    The national youth volunteers coordinator, Abdallah Murenzi, said that countrywide, the youth volunteers activities in the month of October are worth over Frw500 million with over Frw12 in Nyarugenge District alone.

    “You cannot equate the value of volunteerism. The value of what you do is found in how it contributes to our country’s progress on security and development fronts,” Murenzi said.

    He urged them to be defined by the values of discipline, patriotism, fighting corruption and influencing positive behavioral change.

    “Changing the criminal behaviors of drug dealers and abusers, subscribing to health insurance, healthy feeding and healthy living… all spearhead peer teaching and learning. This is what you should strive to do as youth volunteers.

    You would not be pleased if wrangles in your communities become fatal or if young people there become drug addicts,” said Murenzi.

    The District Political and Civil Education Officer (DPCEO) for Nyarugenge, Inspector of Police (IP) Shadrack Munyakazi lauded the role of youth volunteers in crime prevention activities.

    “Your activities have set roots in fighting and preventing crimes through awareness and information sharing on wrongdoers,” IP Munyakazi said.

    He added: “Your spirit of volunteerism defines a disciplined and patriotic young people. This is a culture that should be inherited by generations to create a solid branch of our country’s sustainable security and development.”

    He urged them to give much emphasis to fighting drugs, GBV, child abuse and corruption, among others.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/nyarugenge-youth-volunteers-reignite-security-and-development-activities

  • Ingo mbonezamikurire y’abana bato zigiye kongera gufungura #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi ni ibyavugiwe mu nama nyunguranabitekerezo yateguwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana, yabereye mu Karere ka Musanze ku wa kane tariki 12 Ugushyingo 2020.

    Iyo nama yitabiriwe n’abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, Abanyamabanga Nshingwabikorwa mu turere n’abahagarariye serivise z’ubuzima muri utwo turere. Intego y’iyo nama yari ukuganira ku buryo ingo mbonezamikurire zakongera gufungurwa.

    Muri iyo nama, baganiriye ku ngingo zinyuranye aho bagiye bareba ibikenewe kugira ngo izo ngo zongere gufungura, biga ku mbogamizi zihari ndetse hemezwa ko hari amatsinda y’abantu bagiye guhugurwa hirya no hino mu gihugu ku bijyanye no kwirinda COVID-19 n’uburyo bagomba kwakira abana, ndetse bakazahugurirwa n’uburyo raporo zitangwa ku bana bafite ibibazo by’igwingira, zihuzwa n’ukuri.

    Iyo nama yayobowe n’Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imikurire no kurengera Umwana, Dr Asiimwe Anita. Yabwiye abitabiriye iyo nama ko mu bikorwa byihutirwa harimo kureba uburyo gahunda z’ingo mbonezamikurire y’abana bato(ECDs) zakongera gusubukurwa.

    Yanasabye abitabiriye iyo nama kubishyiramo imbaraga no kubitegura neza hirindwa ikwirakwizwa rya COVID-19, aho yemeza ko bizatangira mu minsi mike.

    Atangiza iyo nama, Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi JMV, yavuze ko imikurire y’abana bato igomba kwitabwaho mu buryo bw’umwihariko nk’intara ifatwa nk’ikigega cy’ibiribwa by’amoko atandukanye kandi bihagije.

    Avuga ko nta mwana wo mu Ntara y’Amajyaruguru ukwiye kugwingira, aho yasabye abitabiriye inama gukomeza ubukangurambaga kugira ngo abaturage basobanukirwe neza indyo yuzuye.

    Mu gihe ubuyobozi bwemeza ko Intara y’Amajyaruguru ikungahaye ku biribwa bifite intungamubiri, haracyagaragara umubare munini w’abana bagwingiye aho muri raporo za Minisiteri y’Ubuzima z’imyaka ishize byagaragaye ko uturere tunyuranye tugize Intara y’Amajyaruguru twagiye tuza ku isonga mu kugira umubare munini w’abana bagwingiye n’abagaragaza indwara zituruka ku mirire mibi.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/urusobe-rw-ubuzima/article/ingo-mbonezamikurire-y-abana-bato-zigiye-kongera-gufungura

  • Japan's Royal Princess Suspends Plans To Marry Commoner #rwanda #RwOT

    In Japan when a royal member chooses to marry a commoner, they are immediately stripped off their royal status and become commoners too.

    The current Princess of Japan Princess Mako is only 28- she studied in Edinburgh, Dublin and Leicester where she met her boyfriend Kei Komuro  a commoner in Japan.

    According to sources, the pair announced their engagement in 2017 but this would mean that if they went ahead and officially married, Princess Mako would lose her royal status. She then suspended the marriage plans.

    But after already delaying her wedding once in 2017, it has been announced that the plans for her to wed Komuro are on hold yet again, despite it being over two years since they originally postponed their big day.

    The Japanese royal told how, while the couple is 'irreplaceable to each other', there are still no 'concrete plans' of when they will eventually tie the knot, and that it's difficult to tell 'anything about the future' at the moment.

    'For us, a marriage is a necessary choice to live and honour our hearts,' said Mako in a statement on Friday, released by the Imperial Household Agency. 'We are irreplaceable to each other, and we can lean on each other in happy times and in unhappy times.

    'It is difficult to tell anything concrete regarding our future plans and others at the moment.' Japan's imperial law requires a princess to leave the royal family after marrying a commoner.

    Princess Mako's aunt, Princess Sayako, became the last royal to be stripped of her status when she wed a Tokyo city official in 2005.

    The couple met while both students at Tokyo's International Christian University. Komuro proposed over dinner in December 2013, and the pair kept their their long-distance relationship under wraps while Mako studied for her master's degree in the UK.

    Princess Mako announced her intention to marry Mr Komuro, who works at a law firm, in 2017. Shortly afterwards it was announced the pair would wed in November 2018.

    The wedding was later postponed until 2020, with an official statement saying the couple needed more time to plan.

    However reports have since emerged suggesting Mr Komuro's family is involved in a financial dispute of which his in-laws disapprove.

    Source : https://taarifa.rw/japans-royal-princess-suspends-plans-to-marry-commoner/

  • Ghana, African Development Bank Group sign Memorandum of Understanding (MOU) for 2021 Annual Meetings #rwanda #RwOT

     

    The 56th Annual Meetings of the African Development Bank and the 47th Annual Meeting of the African Development Fund are scheduled to take place from 24 to 28 May 2021

    ACCRA, Ghana, November 16, 2020/ — 'We promise to champion African excellence and deliver a befitting event. We will leave no stone unturned to ensure that this is a seminal event.' — Kenneth Ofori-Atta

    I would like to assure you of the Bank's full commitment and availability to accompany the Government of Ghana on this journey — Vincent O. Nmehielle

    Ghana, the host country of the African Development Bank Group's 2021 Annual Meetings (AfDB.org), signed a Memorandum of Understanding with the institution on Friday, marking an important milestone in preparations for the event.

    The 56th Annual Meetings of the African Development Bank and the 47th Annual Meeting of the African Development Fund are scheduled to take place from 24 to 28 May 2021, in Ghana's capital city, Accra.

    Ghanaian Finance Minister Kenneth Ofori-Atta, the current chair of the Bank's Boards of Governors, signed the MOU on the country's preparedness to host the event at a ceremony held at the Ministry of Finance office in Accra. Prof. Vincent O. Nmehielle, African Development Bank Group Secretary General, signed on behalf of the Bank Group.

    The meeting began with a minute of silence in honour of former Ghanaian president Jerry John Rawlings, who died on Thursday 12 November, with both signatories paying their respects.

    In remarks following the signing, Minister Ofori-Atta said he had carefully reviewed the MOU and found it satisfactory. 'The signing is yet another indication of our strong commitment to delivering on all the requirements for hosting of the 2021 AGM. As a country, our interest in this event has not diminished. At the highest level, the commitment is visible,' he said.

    'We promise to champion African excellence and deliver a befitting event. We will leave no stone unturned to ensure that this is a seminal event.'

    The ceremony was witnessed by Finance Ministry officials, a representative of the Bank of Ghana, African Development Bank Acting Country Manager Sebastian Okeke and representatives from the Bank's headquarters in Abidjan.

    Thanking Minister Ofori-Atta for his leadership in the preparations, Prof.  Nmehielle said Ghana had been selected to host the meetings in 2016 during the Annual Meetings in Lusaka, Zambia, following the country's expression of interest.

    The Secretary General said due to the unpredictable evolution of the COVID-19 pandemic, the MOU provided three scenarios for the conduct of the meetings: a full-fledged meeting as per the Bank's normal practice, limited Annual Meetings, focusing only on statutory matters, and virtual Annual Meetings.

    'I am delighted that we are here today to sign the MOU. I would like to assure you of the Bank's full commitment and availability to accompany the Government of Ghana on this journey,' Prof. Nmehielle said.

    While the situation on the ground would determine which scenario would be adopted as they got closer to the event, 'it is heartwarming to learn that Ghana is working on preparations for the full-fledged Annual Meetings,' Prof. Nmehielle said.

    The Bank Group's Annual Meetings are the most important annual statutory event, at which the Boards of Governors of the Bank and the African Development Fund meet and review Bank Group activities over the previous year.  

    The 2020 Annual Meetings were held virtually for the first time in the Bank's history, due to the ongoing COVID-19 pandemic. The highlight of the scaled-back meetings was the election of Bank President Akinwumi Adesina, for a new five-year term.

    The meetings usually draw some 3,500 participants, including finance ministers, governors of central banks, policy makers, civil society groups, heads of international organisations and business leaders from the Bank Group's member states.

    Ghana has been a member of the Bank Group since its inception in 1963.

    32

    The post Ghana, African Development Bank Group sign Memorandum of Understanding (MOU) for 2021 Annual Meetings appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/11/16/ghana-african-development-bank-group-sign-memorandum-of-understanding-mou-for-2021-annual-meetings/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=ghana-african-development-bank-group-sign-memorandum-of-understanding-mou-for-2021-annual-meetings

  • US, Moroccan Generals launch planning for African Lion 21 #rwanda #RwOT

     
    U.S. Army Africa
    Southern European Task Force
    Public Affairs
    November 13, 2020

    Leaders from Moroccan and U.S. armies met today to discuss plans for conducting next year's African Lion, the largest military training exercise on the continent, amidst the uncertainty created by the COVID-19 pandemic.

    Maj. Gen. Andrew Rohling, the U.S. Army Southern European Task Force commanding general and U.S. Army Europe-Africa deputy commanding general, met with Moroccan Gen. Belkhir El Farouk, the Royal Moroccan Armed Forces Southern Zone commander. Both agreed that the African Lion exercise, scheduled for June, represents a chance to show the continued strong strategic partnership between the United States and Morocco, even as both countries face the COVID-19.

    'It was a pleasure meeting General Farouk in person for the first time,' Rohling said. 'Judging by the caliber of his character and understanding of the strategic environment, I can only imagine how great an experience it will be for U.S. service members to train alongside Moroccan military professionals in African Lion 21.'

    Farouk welcomed Rohling and took him on a visit to the main facilities of the Southern Zone Headquarters. The Moroccan host expressed his willingness to work closely with Rohling to ensure the successful completion of exercise African Lion 21.

    Plans for African Lion 21 build on African Lion 20, which was curtailed last spring during the new coronavirus outbreak.

    'We clearly understand the importance of protecting our forces: U.S., Moroccan, and others anticipated to participate, from the pandemic,' Rohling said. 'Our staffs are carefully and deliberately planning African Lion 21 with this in mind.'

    Farouk and Rohling also discussed regional defense and security topics, force readiness issues and COVID-19 challenges.

    'We have a number of shared mutual challenges,' Rohling said. 'I'm confident that we will continue to build upon our already very strong relationship to meet these challenges.'

    32

    The post US, Moroccan Generals launch planning for African Lion 21 appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/11/16/us-moroccan-generals-launch-planning-for-african-lion-21/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=us-moroccan-generals-launch-planning-for-african-lion-21

  • Abatuye Umudugudu wa Murora babangamiwe no kutagira irimbi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umudugudu w
    Umudugudu w’icyitegererezo wa Murora mu Kagari ka Gakoro

    Abo baturage bubakiwe uwo mudugudu, ni abari batuye mu birwa by’ikiyaga cya Ruhondo aho bimuwe mu rwego rwo kurushaho gusigasira icyo kiyaga nyuma y’uko bigaragaye ko cyari gitangiye gukama kubera abaturage bahingaga ku nkombe zacyo abandi ari ho batuye.

    Uwo mudugudu utuwe n’imiryango isaga 60 wubakishije amatafari ya Ruliba, inzu imwe ituwemo n’imiryango ine (four in one) ariko ikaba ifite inkuta zitandukanya iyo miryango.

    Ubwo basurwaga n’intumwa za Rubanda mu cyumweru gishize, bazakirije ikibazo cyo kutagira irimbi by’umwihariko muri uwo mudugudu no mu duce twose dukikije uwo mudugudu, bakaba ngo babura aho bashyingura mu gihe bapfushije.

    Ndagijimana Jean Pierre, ati “Baratwubakiye twarashimye, ariko ikibazo dusigaranye kidukomereye ni irimbi, urapfusha ukabura aho ushyingura ugasanga uririrwa winginga abaturiye uyu mudugudu ngo baguhe metero ebyiri ushyinguramo uwawe, kubona uhaguha bikagorana”.

    Mugenzi we ati “Leta ikwiye kudufasha ikadushakira aho gushyingura, kuko irimbi riri kure cyane iyo za Mukungwa, umuntu arapfusha gushyingura bikaba ikibazo”.

    Uretse abo baturage bo muri uwo mudugudu wa Murora, n’abandi batuye mu nkengero z’uwo mudugudu, ntiborohewe n’icyo kibazo cyo kubura aho bashyingura.

    Umwe muri bo ati “Birazwi ko gushyingura mu ngo bibujijwe ariko ino ni byo dukora, Leta itanze irimbi byadufasha kuko dukomeje guhura n’ibibazo byo kubura aho dushyingura”.

    Mu gusubiza icyo kibazo cy’abo baturage, Hon Murekatete Marie Thérèse yabwiye Kigali Today, ati “Ni ikibazo tugiye kuganira n’akarere, kuko ntabwo wakubakira abantu inzu nziza nka ziriya ukabaha inka, ukabaha ibisabwa byose, ariko ntubahe aho gushyingura, icyo tugiye kukivugana n’akarere gishakirwe umuti”.

    Barasaba ko babona irimbi ryo gudhyinguramoa ababo bitabye Imana
    Barasaba ko babona irimbi ryo gudhyinguramoa ababo bitabye Imana

    Mu kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga kuri icyo kibazo, Kigali Today yegereye Twizerimana Clement, umukozi w’Akarere ka Musanze ushinzwe imiyoborere, agira ati “Ikibazo cy’irimbi kirakomeye cyane, ariko tugiye gukorana n’aba baturage turebe uburyo bworoshye bwadufasha kubona iryo rimbi”.

    Uretse irimbi abo baturage bifuza, barashaka ko muri uwo mudugudu hagezwa umuriro n’amazi bikabafasha mu mibereho myiza no kuba babyifashisha mu gukora ibikorwa byabafasha kurushaho kwiteza imbere, dore ko abenshi bavuga ko badafite amasambu yo guhinga.

    Ubuyobozi bw’akarere buravuga ko bari gukora ibishoboka byose kugira ngo uwo mudugudu ubone amazi n’umuriro nk’uko Twiserimana Clement akomeza abivuga.

    Ati “Turaganira na WASAC na REG dushakire umuti icyo kibazo, ngira ngo nta muntu wakwishimira kugira umudugudu nk’uyu utarimo amazi n’amashanyarazi, turakomeza ubuvugizi kandi nijeje abaturage ko barabona ibisubizo byiza vuba”.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abatuye-umudugudu-wa-murora-babangamiwe-no-kutagira-irimbi

  • AMAFOTO: Amarangamutima ya Diane wamenyekanye muri City Maid nyuma yo gukorerwa Bridal Shower #rwanda #RwOT

    Bahavu Jeannette Usanase wamenyekanye muri filime y’uruhererekane ya City Maid, yashimiye Imana ku byo ikomeje kumukorera, ni nyuma yo gukorerwa ibirori byo gusezera ubukumi bizwi nka Bridal Show.

    Uyu mukobwa ukunzwe cyane muri Sinema nyarwanda aho yanatangiye gukina filime ye bwite yitwa ‘Impanga Series’, ku wa Gatanu tariki ya 17 Nyakanga 2020 yambitswe impeta n’umukunzi we Ndayikengurukiye Fleury uzwi nka Legend, ni mu birori byahuriranye n’isabukuru y’uyu mukobwa byabereye kuri Scheba Hotel mu Kiyovu.

    Mu mpera z’icyumweru gishize ku wa Gatandatu akaba yarakorewe ibirori byo gusezera ku bukumi bizwi nka Bridal Shower, aho byitabirwa n’igitsina gore gusa.

    Muri ibi birori umukobwa yigishwa uko azubaka urugo, akagirwa inama n’abakuru baba baramubanjirije gushaka bamubwira uko rwubakwa.

    Nyuma yo gukorerwa ibi birori, abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Diane yashimiye Imana uburyo ikomeje kumuba hafi.

    Ati“Uwiteka ushimwe muri byose ndakubona ntujya uba kure burya. Mrs Ndayirukiye atewe ishema no kuba uwawe mwami wanjye.”

    Akorewe ibi birori mu gihe ubukwe bwabo buzaba tariki ya 17 na 20 Ukuboza 2020, bakaba bagiye kubana nyuma y’imyaka irenga 3 bakundana.

    Ababyeyi batandukanye bari baje kumuha impanuro

    Nyina umubyara na we yari ahari

    Nicole ukina muri City Maid ari mama Ben yari kumushyigikira

    Umuvundimwe we Bahavu Passy na we yari ahari

    Yigishijwe uko azajya ategurira umugabo we amafunguro

    Ibyo yakorewe byamurenze

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/amafoto-amarangamutima-ya-diane-wamenyekanye-muri-city-maid-nyuma-yo-gukorerwa-bridal-shower