Blog

  • ABAKOBWA 12 BAREBWA CYANE KUBERA KWA MBARA NEZA MURI AFRICA,MU RWANDA HARIMO UMWE GUSA:AMAFOTO>> #rwanda #RwOT

    MURI AFRICA HABAMO ABAKOBWA BEZA BADASANZWE KANDI BAMBARA BAKABERWA UYU MUNSI TUKUZANIYE ABAKOBWA 12 BO MURI AFRICA NAWE WAREBA UKEMERA KO BAMBARA NEZA KURUSHA ABO USANZWE UZI MU RWANDA N'UMWE GUSA UBONEKA KURUTONDE DUKESHA IKINYAMAKURU KITWA MAZOYEZI.

    UMUNYARWANDAKAZI

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     26 total views,  26 views today

    The post ABAKOBWA 12 BAREBWA CYANE KUBERA KWA MBARA NEZA MURI AFRICA,MU RWANDA HARIMO UMWE GUSA:AMAFOTO>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    Source : https://rwandapaparazzi.rw/2020/11/18/abakobwa-12-barebwa-cyane-kubera-kwa-mbara-neza-muri-africamu-rwanda-harimo-umwe-gusaamafoto/

  • Nyanza: Urukiko Rukuru rwanze ubujurire bw’umubyeyi n’umuhungu we bahamijwe Jenoside #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma y
    Nyuma y’iburanisha ryo ku wa 20 Ukwakira 2020, ku Rukiko Rukuru i Nyanza

    Musabyuwera na Kayihura, bahamijwe icyaha cyo kwica muri Jenoside, abana babiri bo kwa Disi Didace wari utuye mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, nyuma bakabajugunya mu musarane wabo.

    Amakuru y’uko abo bana biciwe mu rugo rwo kwa Musabyuwera bakajugunywa mu musarane, yamenyekanye ubwo abana bo muri uwo muryango (Kayihura na mushiki we) bashyamiranaga, hanyuma Kayuhura akabwira mushiki we ko yamwica akamujugunya mu musarane “bakajya bamunnya jehuru nk’uko bannya hejuru y’abana bo kwa Disi”.

    Uwo mushiki we yahise atanga amakuru, inzego zibishinzwe zirayakurikirana ndetse hanakorwa ibikorwa byo gushakisha iyo mibiri y’abana bo kwa Disi bari barajugunywe mu musarane, icyo gihe havanwamo imibiri ine nk’uko raporo zabigaragaje.

    Nyuma yo kubavanamo, Musabyuwera na kayihura bahise bakurikiranwa ku cyaha cyo kwica abo bana, ariko Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana, rubagira abere, nyuma y’uko uwari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibirizi Habineza Jean Baptiste, wari wahamagajwe n’urukiko nk’umutangabuhamya yari yatanze ubuhamya avuga ko mu musarane wo kwa Musabyuwera havanywemo umubiri umwe, aho kuba ine nk’uko byari byagaragajwe.

    Ubushinjacyaha bwajuririye icyo cyemezo mu Rukiko Rwisumbuye rwa Huye, maze mu rubanza rwasomwe tariki ya 08 Gicurasi 2020, Musabyuwera na Kayihura bahamywa icyaha cya Jenoside, bakatirwa gufungwa burundu.

    Aba na bo baje kujuririra icyi cyemezo mu Rukiko Rukuru rwa Nyanza, maze mu iburanisha ryabaye tariki ya 20 Ukwakira 2020, urukiko rusuzuma niba rushobora kwakira ubujurire bwabo.

    Ku wa Kabiri tariki 17 Ugushyingo ni bwo, rwatangaje ko rwemeje kutakira ubujurire bwa Musabyuwera na Kayihura, rwemeza kandi rutegeka ko urubanza nomero RPA/GEN 00004/2019/TGI/HYE rwaciwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, ku wa 08 Gicurasi 2020 rwajuririwe, rugomba kurangizwa uko rwaciwe.

    Ibi bivuze ko Musabyuwera Madeleine n’umuhungu we Kayihura Cassien, bakomeza igihano bakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, cyo gufungwa burundu.

    Abarokotse bo mu muryango wa Disi Didace bavuga ko bashimye ubutabera bahawe ku bantu babiciye abavandimwe.

    Icyakora abagize uyu muryango bavuga ko bagihangayikishijwe no kuba imibiri y’abavandimwe babo imaze imyaka irenga ibiri ibonetse, ariko ikaba itarashyingurwa.

    Inzego z’ubuyobozi zivuga ko ikibazo cy’iyi mibiri kikiri gukurikiranwa n’inzego zibishinzwe, kandi ko uyu muryango uzahabwa ubutabera ukabasha gushyingura abavandimwe babo.


    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/nyanza-urukiko-rukuru-rwanze-ubujurire-bw-umubyeyi-n-umuhungu-we-bahamijwe-jenoside

  • Abanyeshuri barimo kwiga batangiye gupimwa Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyo ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Uburezi Dr Valentine Uwamariya, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa mbere tariki 16 Ugushyingo 2020, ari na bwo igikorwa cyo gupima abo banyeshuri cyatangiye, kigakorwa n’Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE).

    Minisitiri Uwamariya asobanura uko icyo gikorwa kizagenda ndetse akanagaruka ku mibare y’abagomba gupimwa.

    Agira ati “Ni igikorwa twateguye dufatanyije na MINISANTE na RBC, abagomba gupimwa mu gihugu hose ni 3,000 harimo abanyeshuri 2,500 bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye ndetse n’abanyeshuri 500 bo muri za kaminuza zitandukanye. Ntabwo dupima abanyeshuri bose, ni ugufata bake bake ngo turebe uko bimeze”.

    Uwo muyobozi avuga kandi ko mu gihe hagira umwana ugaragara ko yanduye Covid-19, amashuri yose mu gihugu atahita afunga.

    Ati “Igiteganyijwe mu mabwiriza mu gihe twasanga hari umwana umwe cyangwa benshi bari mu kigo baranduye icyo cyoretazo, ntabwo amashuri yose mu gihugu azahita afunga. Ahubwo hazarebwa igikorwa ku hagiye haboneka ikibazo, muzi ko kuri buri shuri hari ibyumba byateguwe bishobora kujyamo abo bana mu gihe bibaye”.

    Ati “Amabwiriza tugenderaho avuga ko niba mu kigo runaka habonetse abana benshi barwaye, abandi bagombaga kujya muri icyo kigo bazaba baretse tubanze dukemure icyo kibazo cyagaragaye. Ntabwo twakohera abana ahantu havutse ikibazo, ubwo ibizakorwa tuzabimenya nyuma yo kubona ibizava mu isuzuma”.

    Gupima abo banyeshuri bivuzwe nyuma y’aho imibare y’abandura Covid-19 yongeye kuzamuka mu Rwanda, cyane cyane ahari abantu benshi nko mu magereza, aho hashize iminsi bigaragara ko muri gereza ya Rwamagana, iya Nyarugenge ndetse n’iya Muhanga zirimo abagororwa benshi banduye, gusa inzego zibishinzwe zivuga ko abahuye n’icyo kibazo bari ukwabo kandi ko barimo kwitabwaho.

    Ahandi hagaragaye abanduye ni mu nkambi y’impunzi ya Mahama yo mu karere ka Kirehe mu Ntara y’Ibirasirazuba, bikaba byaratumye ishuri rya Groupe Scolaire Mahama riri muri iyo nkambi ritemererwa gufungura imiryango nk’ayandi.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard, avuga ko inzego zibishinzwe zirimo kureba uko bimeze ngo iryo shuri na ryo ribe ryafungura.

    Ati “Iryo shuri riri mu nkambi, ntabwo rero twari gutuma rifungura mu gihe hari harimo abantu banduye Covid-19. Minisiteri y’Ubuzima iracyasuzuma uko ikibazo kimeze aho mu nkambi, harebwe niba iryo shuri na ryo ryafungura mu kiciro cya kabiri kizatangira mu cyumweru gitaha”.

    Minisiteri y’Uburezi ivuga ko icyo kiciro cya kabiri cy’abanyeshuri nibagera ku ishuri, abana bazajya bicara ku ntebe ari babiri gusa kugira ngo bahane intera ndetse banubahiriza n’andi mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/abanyeshuri-barimo-kwiga-batangiye-gupimwa-covid-19

  • Ingabo na Polisi ku isonga mu nzego zizewe n’abaturage #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abayobozi banyuranye mu Ntara y
    Abayobozi banyuranye mu Ntara y’Amajyaruguru bishimiye ibyavuye muri ubwo bushakashatsi

    Ingabo na Polisi ni zo nzego zaje ku mpuzandengo iri hejuru ya 90%, mu gihe ijanisha rusange ku rwego rw’igihugu ari 71,3%.

    Iyo raporo y’ubushakashatsi ku miyoborere n’imitangire ya serivise yamuritswe n’ubuyobozi bukuru bwa RGB ku wa kabiri tariki 17 Ugushyingo 2020 mu Karere ka Musanze.

    Umunyamabanga mukuru wa RGB Edouard Karisa amurika iyo raporo, yavuze ko mu byegeranyo byose byagiye bikorwa mu myaka yashize no muri uyu mwaka, inzego z’umutekano zihora ku mwanya wa mbere.

    Agira ati “Nk’uko mubibona ku rwego rw’igihugu, ibigereranyo byose byakozwe, umutekano buri gihe uza ku mwanya wa mbere, murabona muri uyu mwaka ku rwego rw’igihugu umutekano uri kuri 91,5%”.

    Icyizere abaturage bagirira inzego z’umutekano ku rwego rw’igihugu, Ingabo na Polisi ziri hejuru y’impuzandengo ya 90% mu gihe Dasso iri hagati ya 80 na 90%.

    Naho ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru, Ingabo ziri ku mpuzandengo ya 98,6% naho Polisi 96% mu gihe Dasso iri kuri 84,5% mu kwizerwa n’abaturage.

    Karisa yasabye ubuyobozi gukura isomo ku nzego z’umutekano, ati “Ya miyoborere ishingiye ku muturage ni yo iteza imbere igihugu, twegere inzego z’umutekano tuzibaze”.

    Arongera ati “Guhera igihe ubushakashatsi bwakorewe, kubera iki umutekano uhora uza ku isonga abaturage bawushima? Ese ni uko gucunga umutekano ari byo byoroshye kurusha ibindi? Tuzafatanya twese tuganire turebe impamvu icyo cyiciro gihora kiza imbere kuva ubushakashatsi bwatangira gukorwa, aya masomo tugomba kujya tuyigiraho kugira ngo tubashe gukuraho imbogamizi ziri ahandi”.

    Muri ubwo bushakashatsi, Intara y’Amajyaruguru ni yo yaje ku mwanya wa mbere ku mpuzandengo ya 79%, mu gihe ku rwego rw’igihugu impuzandengo iri kuri 71,3.

    Mu turere 10 twa mbere, Intara y’amajyaruguru ifitemo uturere tune, aho ku rwego rw’igihugu akarere kaza ku isonga ari Rulindo, uturere twose tugize iyo ntara tukaba turi ku mpuzandengo iri hejuru ya 70%.

    Umuyobozi w’iyo Ntara Gatabazi JMV, yishimiye umwanya wa mbere w’intara ayoboye, ariko asaba abayobozi kongera imbaraga intara igakomeza kwitwara neza.

    Yagize ati “Twishimiye umwanya wa mbere twagize muri ubu bushakashatsi bwa RGB, aho akarere ka mbere ari Rulindo, Gakenke iya gatatu, Musanze iya gatanu, Gicumbi iya karindwi mu gihe Burera ari iya 18, biragaragara ko twakoze neza ariko ahanini ni uko twashyize imbaraga mu gukemura ibibazo by’abaturage, hatangwa n’izindi serivise zijyanye n’ubuhinzi, ubucuruzi bw’ibirayi bwarimo ibibazo birakemuka, ibikorwa remezo birubakwa, imishinga igaragaza ubudasa mu guhindura amateka yacu nk’uruganda rwa sima rwubatswe, umujyi ugenda uba mwiza ariko cyane cyane imikoranire myiza na JADF”.

    Guverineri Gatabazi yasabye abayobozi kwirinda kwirara bagaharanira gufasha abaturage
    Guverineri Gatabazi yasabye abayobozi kwirinda kwirara bagaharanira gufasha abaturage

    Arongera ati “Icyo abaturage bakeneye ni ukubasobanurira bagahabwa umwanya ukabereka ibyo Leta ishoboye gukora kandi ibyo idashoboye na byo ukabereka igihe bizakorerwa kuko ntabwo bishobora gukorerwa umwaka umwe. Nubwo twabaye aba mbere mu gihugu, inzira iracyari ndende kuko amanota 79 n’ibice ntabwo twayita meza cyane, ni aya mbere muri make kuko niba abaturage bafitiye icyizere Nyakubahwa Perezida wa Repubulika hejuru ya 99% inzego z’umutekano zikagira 98 n’ibice ku ijana, kuki inzego zacu zitagera kuri ibyo bipimo”?

    Akarere ka Rubavu ni ko kazamutse mu mpuzandengo kurusha utundi aho kiyongereyeho 6,7%, uyu mwaka ubushakashatsi bukaba bwarakozwe ku byiciro 16 mu gihe umwaka ushize byari 15 aho hiyongereyeho icyiciro cy’ikoranabuhanga.

    Kuri buri cyiciro uko ari 16, mu mutekano akarere ka mbere ni Bugesera akanyuma ni Gasabo, ku iyubahirizwa ry’amahame y’imiyoborere n’icyizere ku nzego, Kicukiro ni iya mbere Nyagarare ikaba iya nyuma, Rulindo ni iya mbere Gasabo ikaza inyuma, ku ruhare rw’abaturage mu bibakorerwa, Nyabihu ni iya mbere Nyarugenge iya nyuma.

    Ku bworozi, Ruhango ni iya mbere Kicukiro iya nyuma, isuku Musanze ni iya mbere Nyamagabe iya nyuma, imibereho y’umuryango Rulindo ni iya mbere Kayonza iya nyuma, ku buzima Rulindo ni iya mbere Gasabo iya nyuma, kuzamura imibereho no kwita ku batishoboye Nyanza ni iya mbere Nyarugenge iya nyuma, serivise zitangwa n’inzego z’ibanze Musanze ni iya mbere Nyaruguru iya nyuma.

    Ubutaka n’ibidukikije Kicukiro ni iya mbere Kamonyi ikaza inyuma, ku ikoranabuhanga n’itumanaho Kicukiro iza imbere Nyagatare ikaza inyuma, ku rwego rw’abikorera Rulindo iraza imbere Kirehe ikaza inyuma, uburezi Rulindo ni iya mbere Nyagatare inyuma, mu bikorwa remezo Nyarugenge ni iya mbere Nyamagabe inyuma, ubuhinzi Karongi ni iya mbere Kicukiro iya nyuma.

    Nubwo urwego rw’ubuhinzi byagaragaye ko rwazamutse mu mpuzandengo hagendewe ku mwaka washize, urwo rwego ruracyagaragara ko rukiri hasi mu mitangire myiza ya serivise aho iyo raporo igaragaza bimwe mu bibazo bidindiza ubuhinzi birimo ibura ry’imbuto.

    Ku rwego rw’igihugu, ubushakashatsi bukorerwa ku ngo zirenga ibihumbi 11, aho batoranywa ku buryo bwa tombola kandi bakaba bagomba kuba barengeje imyaka 18. Ababajijwe ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru ni 1,709 bagiye bagabanyije mu turere tugize iyo ntara.

    Mu mihigo ngarukamwaka ubuyobozi bw’uturere dusinyana na Perezida wa Repubulika, icyiciro cy’uburyo abaturage babona imiyoborere ku mitangire ya serivise gihabwa 10% naho 90% igaharirwa imihigo akarere kaba karahize.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/ingabo-na-polisi-ku-isonga-mu-nzego-zizewe-n-abaturage

  • TUBAJE KWISENGURA KU BASOMYI BACU KUBERA GUTINDA KUBAHA UDUKURU TURYOSHYE: DORE AMAFOTO ATANGAJE TWABAZANIYE:AMAFOTO>> #rwanda #RwOT

    NKUKO TWARI DUSANZWE TUBAGEZAHO UDUKURU DUSHYA TUBA DUFITE AMAFOTO ADASANZWE TWAGARUTSE NDETSE TUBIJEJE KO TUGIYE KONGERA KUGARURA UDUSHYA TWARANZE WEEKEND NYUMA Y'IGIHE KI NINI MUTABONA UDUSHYA TWA WEEKEND,

    UYU MUNSI TWIFUJE KUBAGEZAHO AMWE MU MAFOTO ATANDUKANYE ARIMO KUBONEKA KURI IG HAMWE NA TIK TOLK GUSA ICYO TWABIBUTSA NUKO HARIMO NA BANYARWANDA NABO TUBAGEZAHO AMAFOTO YABO HARIMO NA BAKINNYI BA FILME UBUTUMWA BUGUFI IYI NI SERIES IRIMO KUZAMUKA CYANE BITEWE NA BAKINNYI BAYIRIMO N'UDUSHYA BAGENDA BAZANA UMUNSI KUWUNDI.

    AKINYI BA FILME UBUTUMWA BUGUFI

    AMA ADORES FROM GHANA

    OLGA FROM RWANDA

    ELLA FROM ETHIOPIA
    JACKY FROM UGANDA

    CONGO BLAZAVILE, BRANDINE

    FROM RWANDA LEAILA

    BENITHA FROM BUJUMBURA

    POSTED BY KABANDA JOSEPH KURI RWANDAPARAZZI.RW/TV

     20 total views,  20 views today

    The post TUBAJE KWISENGURA KU BASOMYI BACU KUBERA GUTINDA KUBAHA UDUKURU TURYOSHYE: DORE AMAFOTO ATANGAJE TWABAZANIYE:AMAFOTO>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    Source : https://rwandapaparazzi.rw/2020/11/18/tubaje-kwisengura-ku-basomyi-bacu-kubera-gutinda-kubaha-idukuru-turyoshye-dore-amafoto-atangaje-twabazaniyeamafoto/

  • Umubare w'abana basambanyijwe mu mwaka wa 2018-2019 na 2019 _2020 uhagaze gute? Ese Sena yafashe iyihe myanzuro? #rwanda #RwOT

    Inteko rusange ya Sena y'u Rwanda yasabye Guverinoma ko  hajya hatangazwa mu ruhame urutonde rw'abahamwe burundu n'icyaha cyo gusambanya abana  kandi mu mihigo y'inzego z'ibanze hagashyirwamo uburyo bwo gukumira iki cyaha.

    RBA dukeshya iyi nkuru ivuga ko bamwe mu bayobozi b'inzego z'ibanze nko mu tugari n'imidugudu ndetse n'abaturage muri rusange bagaragaza ko  gusambanya abana no guterwa inda abangavu kikiri ikibazo gikomeye.

    Bavuga ko  gisaba ubukangurambaga mu muryango nyarwanda bakumvako bigira ingaruka ku mwana, umuryango n'igihugu muri rusange kuko no kugerageza kugaragaza uruhare rwabo bahura n'imbogamizi yo  kubona amakuru.

    Ngo hari n'igihe ababyeyi babibafashamo abana ku mpungenge z'ingaruka zirimo nk'imibereho mibi n'ibindi. Hari n'abavuga ko gufunga ababateye inda biteza ibindi bibazo kurushaho.

    Mu gusesengura raporo ya komisiyo y'imibereho myiza n'uburenganzira bwa muntu muri Sena, hari indi myanzuro abasenateri bemeje ko bazashyikiriza guverinoma.

    Muri yo harimo gukora ubukangurambaga ngiro buhoraho bwegereye ingo mu midugudu, mu isibo no mu mashuri bugamije gukumira isambanywa ry'abana no gutegura imfashanyigisho yihariye yifashishwa muri ubwo bukangurambaga.

    Harimo kandi no gushyira mu mihigo y'ingo no mu mihigo y'inzego z'ibanze ingamba zo gukumira, kurwanya no kurandura burundu icyaha cyo gusambanya abana. Abasenateri bagaragaje ko koko icyo kibazo gikomeye gisaba ubufatanye bwa buri wese kuko kigira ingaruka ku muryango n'igihugu muri rusange.

    Abasenateri bagaragaje ko umubare w'abana basambanywa ugenda wiyongera kuko nko mu mwaka wa 2018-2019 abana basambanijwe 3,215 muri bo 97,5% ari abakobwa, aho 28,9% bari munsi y'imyaka 10 y'amavuko. Muri 2019-2020 hasambanijwe abana 4,265 muri bo harimo 97,4% ari abakobwa n'abahungu 111 bangana na 2,6%.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/18/umubare-wabana-basambanyijwe-mu-mwaka-wa-2018-2019-na-2019-_2020-uhagaze-gute-ese-sena-yafashe-iyihe-myanzuro/

  • Perezida Kagame yakiriye intumwa za Ethiopia, akomoza ku mirwano iri kubera muri iki gihugu:INKURU>> #rwanda #RwOT

    Perezida wa Repubulika Paul Kageme, kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ugushyingo 2020, yakiriye intumwa zirimo Minisitiri w'Intebe wungirije wa Ethiopia akaba na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga Demeke Mekonnen, baganira ku biri kubera muri icyo gihugu.

    Ni nyuma y'uko hashize iminsi Guverinoma ya Ethiopia ihangane na Leta ya Tigray, imwe mu zigize icyo gihugu.

    Mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Demeke Mekonnen, yasabye ko habaho kugarura amahoro muri icyo gihugu mu buryo bwihuse.

    Perezida w'Intara ya Tigray aherutse gutangaza ingabo zayo zarashe ibisasu bya rokete ku kibuga cy'indege cyo muri Eritrea, ibi bikaba byarongereye ahabera imirwano muri aka karere.

    Perezida Debretsion Gebremichael yashinje ingabo za Leta ya Ethiopia kwifashisha icyo kibuga cy'indege mu kugaba ibitero kuri leta ya Tigray.

    Mu butumwa bwo kuri Twitter, Minisitiri w'Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed, we yahakanye ko ingabo za Leta zirimo gukorana n'iza Eritrea, avuga ko Ethiopia ifite ubushobozi burenze ubukenewe bwo kugera ku ntego z'iki gikorwa cya gisirikare yo ubwayo.

    Imirwano hagatiya y'Ingabo za Leta ya Ethiopia n'ishyaka riri ku butegetsi muri Tigray, imaze iminsi 15.
     

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     2 total views,  2 views today

    The post Perezida Kagame yakiriye intumwa za Ethiopia, akomoza ku mirwano iri kubera muri iki gihugu:INKURU>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    Source : https://rwandapaparazzi.rw/2020/11/18/perezida-kagame-yakiriye-intumwa-za-ethiopia-akomoza-ku-mirwano-iri-kubera-muri-iki-gihuguinkuru/

  • Rayon Sports yasinyishije rutahizamu mushya w’umunya-Nigeria (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha rutahizamu w’umunya-Nigeria Sunday Jimoh Oni amasezerano y’imyaka ibiri azageza mu wa 2022.

    Mu cyumweru gishizeni bwo uyu rutahizamu yageze mu Rwanda avuye muri Nigeria, akaba yarumvikanye na Rayon Sports nyuma y’aho ibya Moussa Camara bari bizeye bipfiriye.

    Uyu rutahizamu wanyuze mu makipe arimo Abi Warriors yo muri Nigeria ari nayo aje avuyemo ndetse akaba yaranayitsindiye ibitego bitandatu muri uyu mwaka w’imikino ushize, akaba yaranakiniye Ifeanyi Ubah nayo yo muri Nigeria.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/rayon-sports-yasinyishije-rutahizamu-mushya-w-umunya-nigeria-amafoto

  • Inzego nkuru z’igihugu ni zo zizasubiza ikibazo cy’imisoro ku bakora 50% – Guverineri Kayitesi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guverineri Kayitesi avuga ko inzego nkuru z
    Guverineri Kayitesi avuga ko inzego nkuru z’igihugu ari zo zizafata umwanzuro wo kugabanyiriza imisoro abakora 50%

    Ibyo bitangajwe mu gihe abakora 50% mu masoko ya Muhanga na Huye bakomeje gutakamba basaba ko basoreshwa hakurikijwe iminsi bakora, kuko bakomeje guterwa igihombo no gusora no kwishyura ubukode bw’aho bakorera amafaranga menshi.

    Abacururiza mu masoko ya Muhanga na Huye bavuga ko kuva bakomorerwa gukora bakomeje kwishyuzwa imisoro ya buri kwezi nta kubagabanyiriza kandi bakora iminsi 15 gusa mu kwezi.

    Abakorera muri aya masoko kandi bakomeje no kwishyura ibibanza bakoreramo nk’uko byari bimeze mbere ya COVID-19, bakifuza ko bagabanyirizwa kuko bijejwe igihe kirekire gukemurirwa ikibazo baraheba.

    Umwe mu bacuruzi mu isoko rya Muhanga kimwe na bagenzi be, avuga ko yumva neza akamaro k’imisoro ku buryo kuyitanga nta mpungenge babibonamo nk’uko basanzwe babikora, icyakora kubera COVID-19 ubucuruzi bakoraga bwagizweho ingaruka.

    Abacururiza mu isoko bavuga ko bakwiye kugabanyirizwa imisoro kuko bakora iminsi mike
    Abacururiza mu isoko bavuga ko bakwiye kugabanyirizwa imisoro kuko bakora iminsi mike

    Agira ati “Umuntu yakoraga iminsi 30 none ubu dukora 15, hari n’igihe umuntu ataha nta kintu abonye kuko abakiriya bacu hari igihe baza bakatubura tutakoze. Akamaro k’imisoro turakumva kandi twayitanga, ariko igatangwa nk’uko tuba twakoze byaba byiza badusoresheje iminsi tuba twakoze”.

    Ubuyobozi na bwo bwakomeje kwizeza abakora amasaha make ko ikibazo cyabo cyumvikana kandi kiziganwa ubushishozi kikabonerwa umuti, ariko byakomeje gusa nk’ibinanirana kuko igisubizo bakomeje guhabwa n’ubundi cyakomeje kubabwira kwihangana bagategereza ko hafatwa umwanzuro.

    Ni nde uzafata umwanzuro kuri iki kibazo?

    Perezida w’urugaga rw’abikoprera mu Karere ka Muhanga Kimonyo Juvenal, avuga ko kugeza ubu ikibazo cy’abakorera mu isoko rya Muhanga basaba kugabanyirizwa imisoro cyashyikirijwe inzego nkuzu z’igihugu ngo abe ari zo zikigana ubushishozi kuko ari ikibazo cyigaragara hirya no hino mu gihugu.

    Kimonyo avuga ko na we yumva abakorera mu masoko basimburana bakwiye gusora bigendanye n’uko bakoze, kuko imisoro n’ubundi igenwa hakurikijwe imiterere y’akazi kaba kakozwe.

    Kimonyo avuga ko abakora 50% bakwiye gusora 50%
    Kimonyo avuga ko abakora 50% bakwiye gusora 50%

    Agira ati “Ku giti cyanjye numva niba bakora kuri 50% n’imisoro ikwiye kumanuka ikajya kuri 50% kuko ntahandi iva usibye mu kazi bakoze, ariko turizera ko inzego nkuru z’igihugu zizagifatira umwanzuro kandi igisubizo kizaza ari cyiza”.

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice, na we yemeza ko igisubizo cyo kugabanya imisoro ku bakora igihe gito kizaturuka mu nzego nkuru z’igihugu, kandi hari umurongo ziri kuganiraho zizaha icyo kibazo.

    Isoko rya Huye na bo bakora 50%, barasaba kugabanyirizwa imisoro
    Isoko rya Huye na bo bakora 50%, barasaba kugabanyirizwa imisoro

    Guverineri Kayitesi avuga ko abakora 50% koko badakora neza kuko badakora iminsi yose kandi koko bakomeje gusaba kwishyurira no gusorera iyo 50%, kandi ko icyo kibazo cyashyikirijwe inzego nkuru z’igihugu ngo zigifateho umwanzuro.

    Agira ati “Icyo tubasaba ni ukwihangana kandi ntiducike intege twese tukaguma mu rugamba rwo gukomeza kwirinda, kuko serivisi zose ntizirafungura, ntabwo ari ukubananiza ikibazo cyabo kiri kuganirwaho n’inzego nkuru z’igihugu kandi kizabonerwa igisubizo”.

    Isoko rya Muhanga
    Isoko rya Muhanga

    Ku bijyanye n’abafungiwe utubari na bo basaba gukomorerwa wenda bagashyirirwaho amabwiriza bakurikiza, Guverineri Kayitesi asanga na bo bakwiye gukomeza gutegereza imyanzuro igenda ifatwa bitewe n’uko icyorezo kitwara.

    Icyakora anasaba abakoraga utubari kuba aho bakoreraga bashobora kuhahindurira imiterere bagakoreramo ibindi bintu nka resitora n’ubundi bucuruzi aho gushaka gukora gusa ibintu bimwe.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/inzego-nkuru-z-igihugu-ni-zo-zizasubiza-ikibazo-cy-imisoro-ku-bakora-50-guverineri-kayitesi

  • Urararikwa kuri uyu munsi wo gusengera abakristo batotezwa bazira kuva muri Islamu #rwanda #RwOT

    Umwe mu miryango ya gikristo ikomeje kwaguka byihuse hirya no hino ku isi ugizwe n’abahoze ari abayoboke b’idini ya Islamu baza kubivamo bayoboka Kristo (Muslim background believers). Wateguye igikorwa cyo gusengera abatotezwa bazira kwizera Yesu.

    Communio Messianica, minisiteri ikorera hirya no hino ku isi, itangaza ko mu bihugu bigizwe ahanini n’idini ya Islamu, hagenda haboneka abantu babatizwa bakakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza w’ubugingo bwabo.

    Abo bantu bahindutse abakristo bahura n’itotezwa rikomeye, bagahabwa akato ndetse bakicwa bazira kwizera Kristo. Niyo mpamvu Kuwa 18 Ugushyingo 2020, ari umunsi minisiteri yiyemeje kwifatanya n’isi yose mu gusengera abahoze ari abayoboke b’idini ya Islamu bahindutse abakristo.

    Ubutumwa bwo kuri uyu munsi buragira buti:”Nturi wenyine”.

    Mu kiganiro CBN yagiranye na Harun Ibrahim ku bijyanye n’uyu munsi w’isengesho. Yatangiye asobanura uburyo bikomeye kuva mu idini ya Islamu.

    Harun Ibrahim yagize ati:”Islamu ni idini ritemerera abantu kurihindura cyangwa kurivamo, rero iyo utaye Islamu urahanwa. Uhabwa iminsi itatu nk’amahirwe yo kugaruka. Iyo utagarutse uricwa”.

    Yakomeje asobanura ati:”Mu bihugu bimwe ntibabica, ariko hariho ibihugu bibica. Usanga abantu bamwe batakaza imirimo yabo, imiryango yabo, abana babo, abagore babo n’imiryango yabo n’ubuzima bwabo muri rusange”.

    Source: CBN

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Urararikwa-kuri-uyu-munsi-wo-gusengera-abakristo-batotezwa-bazira-kuva-muri.html