Blog
-
Bamwe mu bakinnyi Mukura yari yasezereye bagaruwe mu ikipe ndetse baranapimwa – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT
Umukinnyi Senzira Mansour wari mu bakinnyi batanu basezerewe na Mukura Victory Sport yatumijweho igitaraganya abwirwa ko agomba kugaruka mu bandi. -
Ubushakashatsi: Gufunga umusuzi kenshi bishobora kuba impamvu yo kunuka mu kanwa – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT
Hariho amahirwe menshi abantu babona akababuza amahwemo, ayo atera abantu barenze umwe kwirinda gukorwa n'isoni. Nubwo bimeze bityo, abahanga ntibahwema kwerekana ibishobora kubaho mu gihe umuntu yifashe akanga kurekura umwuka mubi mu ruhame. -
Umucyo Community Radio urakangurira abanyamadini gushishikariza abayoboke babo kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT
Umucyo Community Radio, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa umushinga watewe inkunga n'Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere (RGB), yateguye amahugurwa y'abayobozi 60 b'imiryango ishingiye ku myemerere, bakangurirwa gushishikariza abayoboke babo kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus. -
Itangazo rya cyamunara y’umutungo utimukanwa #rwanda #RwOT
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo cy’Umwanditsi Mukuru cyo kugurisha ingwate cyo kuwa 06/10/2020 muri RDB REF.NO 020-066823 kugira ngo hishyurwe umwenda umukiriya abereyemo Banki; -
Has Egypt Succeeded In Wooing US And Other Western Powers? #rwanda #RwOT
Egyptian diplomatic breakthrough to Western Powers over Grand Ethiopian Renaissance Dam(GERD) that tilted the balance of power regarding Blue Nile Waters in Ethiopian favourâ”,was highlighted by US suspension of $234m development aid to Ethiopia in October. However, for Ethiopia, the main theatre is Africa, whose diplomatic results are still mixedâ¦
Egypt has succeeded in wooing US and other Western powers, by portraying herself as victim of Ethiopian maneuvers. London based, Nature Magazine dated October 16 2020 laid out how GERD with installed capacity could suck in 74 billion cubic meters(bcm).This is the annual flow of  Blue Nile that supplies 85% of Egypt Water requirement.GERD is also capable of reducing Aswan High Dam reservoir from 76bcm to 47bcm,according to the magazine.
Another western agency; Manchester University projected that GERD can cause escalation of Egyptian water deficit from the current 35 bcm to 45bcm.The already water stressed nation of 80m,drastically reduced acreage devoted on rice-a highly water consuming crop-from 1.76m to 750,000 to save 3bcm.Consequently,the mood of this increasingly thirsty nation, borders to water panic, a potentially destabilizing factor.
The Egyptian Establishment considers GERD dam as an existential security threat for which Egypt cannot sit gentlemanly. Muhammed Nasr Eldin Allam,Professor,Faculty of Engineering, Cairo University, and ex-minister of water resources and irrigations explains..
'GERD constitutes an intolerable infringement on Egyptian national security, where Egypt cannot standby as Ethiopia empowers itself to control the destiny of Egyptian people'
Egypt was caught off-guard by Ethiopia that began constructing a dam in 2011 when this 80 million state was engulfed in political upheavals that brought down President Hosni Mubarak. Ethiopia redesigned the project so that its reservoir can hold between 76 and 81 billion cubic meters, according to media reports..
The coming of Al-sisi government found the project going full throttle.
In July 2020 Ethiopia began to fill the reservoir that now holds 3bcm and has expressed desire to fill it as soon as possible..
Egyptian diplomatic focus on Western powers was partly to have Western powers use their financial and political leverage to bear down on Ethiopia. Institutions like the World Bank,IMF and EU take Egyptian concerns seriously. Besides the West put at premium Egyptian strategic importance in Middle East region.
However, Ethiopia is less concerned about what West thinks. After all Ethiopian diplomats in Kampala say GERD was built largely from domestic savings.Morever,Ethiopia regards Africa as crucial in her calcurus.Nile Basin states can also be roused to fight for equity in water sharing and to regard any development aid from Egypt as means of entrapping themâ¦
So Egypt has to debunk the Ethiopian conspiracy theory regarding motivation of Egyptian development aid. Hence Egyptian diplomatic thrust is to approach African states individually,prioritizing those that target those that can have an axe to grind with Ethiopia.
Take Kenya for instance that endured disaster of Ethiopian unilateralism in constructing Gibe Hi Dam across Omo river.
Egypt has also focused on DRC and fully backed President Felix Tshisekedi to become next AU Chairman in January 2021. DRC has the potential to generate power and can become counterweight to Ethiopia in exporting power to regional states.
And Egyptian diplomatic effort has ensured that the 2010 Entebbe Agreement does not become a binding document. Though six states of the 11 agreed in principle the issue of water equity among the NBI states, only four have ratified the treaty. It requires six for it to become a binding document. This is where the Agreement has stalled.
Egypt, thus is giving diplomatic effort a chance, and whose results are increasingly becoming visible.
So far issues of common agreement between Ethiopia and Egypt are emerging. Ethiopia has agreed to Egyptian position of extending filling of reservoir from three years to seven. Ethiopia also agreed not to use GERD reservoir for consumptive purposes.
Both sides are also approaching the methodology in tackling sticking issues in a cautious manner.
Whilst Egypt prefers to resolve all issues related to the Dam like water sharing modalities and conflict resolution mechanism resolved in a single agreement,. Ethiopia wants on a case by case basis.
Source : https://taarifa.rw/has-egypt-succeeded-in-wooing-us-and-other-western-powers/
-
Congo: Abantu bagera 30 biciwe mu gitero mu burasirazuba bw'igihugu #rwanda #RwOT
Abantu bagera 30 biciwe mu gitero mu burasirazuba bwa Republika ya Demokrasi ya Congo, n'inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF wo muri Uganda, nyuma y'ibitero zagabye mu gace ka Bambuba-Kisiki no muri Parike y'Igihugu ya Virunga ho muri Terirwari ya Beni mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru.
Ni ibyatangajwe n'ubuyobozi bw'Intara ya Kivu y'Amajyaruguru, mu itangazo bwashyize ahagaragara mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, nyuma gato y'igitero ziriya nyeshyamba zagabye mu giturage cy'ahitwa Kokola kikagwamo abantu batandatu.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Kivu y'Amajyaruguru, yamaganye buriya bwicanyi anihanganisha imiryango y'abapfuye.
Intumwa ya Guverineri wa Kivu y'Amajyaruguru mu gace ka Eringeti kagabwemo igitero, Sabiti Mbafumoja, yavuze ko ingabo za Congo Kinshasa zatangiye gushakisha abagabye igitero bahise bahungira mu ishyamba riri mu Burasirazuba bwa Kokola nk'uko Radio Okapi yabitangaje.
Source : https://impanuro.rw/2020/11/17/congo-abantu-bagera-30-biciwe-mu-gitero-mu-burasirazuba-bwigihugu/
-
Umugabo w’imyaka 78 abaye umuntu wa 46 mu Rwanda wishwe na COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
Abo barwayi bashya 16 babonetse mu bipimo 3,051 bakaba barimo ababonetse i Kigali:3, Kirehe:2, Muhanga:1, Nyagatare:3, Rubavu:4, Rusizi:2, Rwamagana:1.
Kugeza kuri uyu wa Kabiri mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,507 muri bo abamaze gukira ni 5008, naho abakivurwa ni 453.
Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 46, uwapfuye kuri uyu wa Kabiri akaba ari umugabo w’imyaka 78 y’amavuko.


-
Muhima: Icupa rya Gaz riraturitse #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Abantu batangajwe n’iturika ry’iyo gaz, aha barebaga ibisigazwa by’icupa yari irimo
Ababibonye babwiye Kigali Today ko ari umukozi wari uvuye kugura gaz yo guteka (yo mu gicupa gifatanye n’ishyiga), ageze mu rugo aracana atangiye guteka, abona gaz itangiye gucumba umwotsi.
Umuturanyi wabonye ibyo biba yagize ati: “Yacanye bisanzwe agira ngo ateke, ariko abona habanje kuza umwotsi mwinshi, agiye kuzimya gaz biranga, noneho ahamagara umukozi wa REG baturanye amutabaza undi aramubwira ngo ashake igitambaro arambikeho ariko ntibyagira icyo bitanga. Abonye bikomeje gucumba yigira inama yo gusohora igicupa cya gaz akijugunya hanze gihita giturika”
Igicupa cyaturitse gihinduka ubushwange ndetse cyangiza igipangu cy’abaturanyi ku buryo bukomeye ku buryo ubona ko cyari gifite imbaraga (pressure) nyinshi.
Aho cyaturikiye ni mu nzira icamo abantu ariko ku bw’amahirwe nta muntu wari uri muri iyo nzira.
Polisi yahise itabara isanga nta bibazo bikabije byabaye, usibye ibikuta by’ibipangu byasenyutse kuko gaz yaturikiye hanze aho umukozi yayijugunye.

source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/muhima-icupa-rya-gaz-riraturitse
-
-
U Rwanda rurakira icyiciro cya kane cy’impunzi zivuye muri Libya ku wa Kane #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Bamwe mu bagize impunzi zavuye muri Libiya zaje mu Rwanda mu bihe bishize
Gutuza izi mpunzi mu buryo bw’agateganyo mu Rwanda, biteganyijwe mu masezerano yiswe “Emergency Transit Mechanism – ETM”, yo gucumbikira impunzi mu gihe gito, yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda, n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), ndetse n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
Guverinoma y’u Rwanda, igomba kwishingira umutekano ndetse n’imibereho myiza y’izo mpunzi, mu gihe hategerejwe igisubizo kirambye. Ibi ni ibyatangajwe na Minisiteri ishinzwe Ibiza mu Rwanda, ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter.
Izo mpunzi, zizacumbikirwa mu nkambi “Emergency Transit Center”, iherereye i Gashora mu Karere ka Bugesera.
U Rwanda, rumaze kwakira impunzi, ndetse n’abandi basaba ubuhungiro bahunga intambara zibera mu duce tumwe twa Eritrea, Sudan, Somalia ndetse na Ethiopia, bagera kuri 306. Muri bo, abagera kuri 121 bakaba baramaze koherezwa mu bihugu nka Sweden na Canada, naho abagera ku 185 bakaba bakiri mu nkambi i Gashora. Iyi nkambi, ifite ubushobozi bwo kwakira abagera kuri 500.
Mu mwaka wa 2017, Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye kwakira impunzi zigera ku bihumbi 30 ku buryo bw’agateganyo, mu gihe Umuryango w’Ibihugu bya Afurika yunze Ubumwe ugishakisha igisubizo kirambye.
Mu kwezi kwa Kamena 2020, UNHCR yashimiye Leta y’u Rwanda ndetse n’abaturage bayo, ku bufatanye n’ubumuntu bagaragaje, ku mpunzi zisaga ibihumbi 150 bakiriye.

-
-
Perezida Trump agiye gutegeka ko zimwe mu ngabo ziri muri Iraq na Afghanistan zicyurwa #rwanda #RwOT
Igisirikare cy'Amerika cyiteze ko Perezida Donald Trump ategeka ko abandi basirikare bakurwa muri Afghanistan no muri Iraq, nkuko abategetsi bo mu biro bikuru by'ingabo z'Amerika babibwiye ibitangazamakuru byo muri iki gihugu.
Abo muri Afghanistan bazagabanywa bave kuri hafi 5,000 bagere ku 2,500 bitarenze hagati mu kwezi kwa mbere, nkuko abo bategetsi babivuze. Muri Iraq, bazagabanywa bave ku 3,000 bagere ku 2,500.
Mbere, Perezida Trump yari yaravuze ko ashaka ko abasirikare 'bose' b'Amerika baba bamaze gusubira iwabo bitarenze kuri Noheli y'uyu mwaka.
Arimo kwanga kwemera ko yatsinzwe na Joe Biden mu matora ya perezida yo ku itariki ya 3 y'uku kwezi kwa 11 uyu mwaka wa 2020.
Ibitangazamakuru byo muri Amerika byavuze ko uko gucyura ingabo byagombye kuba byarangiye bitarenze ku itariki ya 15 y'ukwezi kwa mbere, habura iminsi ngo habe umuhango w'irahizwa rya Bwana Biden nka Perezida wa 46 w'Amerika.
Ariko iyo gahunda yatangajwe ko Bwana Trump afite, mu buryo butamenyerewe irimo kunengwa n'umurepubulikani mugenzi we â” senateri Mitch McConnell ukuriye abarepubulikani muri sena.
Senateri McConnell yaburiye ko intagondwa 'zashimishwa' n'icyo gitekerezo. Avugira muri sena ejo ku wa mbere tariki 16 Ugushyingo 2020, uyu senateri wa leta ya Kentucky yagize ati: 'Turimo kugira uruhare ruto ariko rw'ingenzi mu kurinda umutekano w'Amerika n'inyungu z'Amerika tubirinda abakora iterabwoba bakwifuza ko ingabo zikomeye cyane zigamije ineza ku isi zizinga ibyazo zikajya iwabo. Ibyo [abakora iterabwoba] babyishimira'.
Trump asanzwe abivugaho iki?
Perezida Trump amaze igihe asaba ko ingabo z'Amerika zisubira iwabo ndetse yanenze ibikorwa byo kohereza ingabo z'Amerika mu mahanga avuga ko ibyo bitwara amafaranga menshi kandi nta musaruro.
Mu mpera y'icyumweru gishize, abakuru b'igisirikare cy'Amerika babwiwe iby'uko gucyura ingabo biteganyijwe kuba, nkuko bivugwa n'abategetsi bavuganye n'ibiro ntaramakuru Associated Press.
Harimo gutegurwa itegeko-teka ariko ntabwo rirohererezwa abakuriye ingabo, nkuko abo bategetsi bakomeje babivuga.
Mu kwezi kwa cyenda, ibiro bikuru by'ingabo z'Amerika â” Pentagon â” byatangaje ko bigiye gucyura abarenga kimwe cya gatatu cy'ingabo z'Amerika muri Iraq mu gihe cy'ibyumweru â” bakava hafi ku 5,200 bakagera ku 3,000.
Icyo gihe, Jenerali Kenneth McKenzie ukuriye ingabo z'Amerika mu karere k'uburasirazuba bwo hagati yavuze ko abasigaye bazakomeza kugira inama no gufasha ingabo za Iraq 'guhumbahumba aba nyuma basigaye' bo mu mutwe w'intagondwa wiyita leta ya kisilamu (IS).Kuki izi ngabo zagiye muri Afghanistan na Iraq?
Mu 2003 ni bwo urugaga rw'ingabo z'amahanga ziyobowe n'Amerika zateye Iraq zigamije guhirika uwari Perezida Saddam Hussein, zivuga ko zigiye gushakisha intwaro kirimbuzi muri Iraq, byarangiye bigaragaye ko ntazari zihari. Ingabo z'Amerika ziri muri Afghanistan guhera mu 2001.
Urugaga rw'ingabo z'amahanga ziyobowe n'Amerika zahiritse ku butegetsi Abatalibani hashize ibyumweru habaye ibitero muri Amerika byo ku itariki ya 11 z'ukwa cyenda mu 2001, byakozwe n'umutwe wa al-Qaeda, wari ufite icyicaro muri Afghanistan.
Abatalibani bongeye kwisuganya baba umutwe w'intagondwa, kuburyo kugeza mu 2018 wakoreraga aharenga bibiri bya gatatu by'igihugu cyose cya Afghanistan.
Mu ntangiriro y'uyu mwaka ni bwo Amerika yatangiye gutahukana ingabo zayo izikura muri icyo gihugu, bijyanye n'amasezerano y'amahoro n'Abatalibani.
Gucyura ingabo cyari icyo Abatalibani bari basabye muri ayo masezerano yanditse amateka, yashyizweho umukono n'Amerika n'izo ntagondwa ku itariki ya 29 y'ukwezi kwa kabiri uyu mwaka wa 2020.
Ariko abakuru b'ingabo, barimo na Jenerali McKenzie, nkuko BBC ibitamgaza, mu gihe cyashize baburiye ko ibiganiro by'amahoro hagati y'Abatalibani n'abategetsi ba Afghanistan bishobora gukomwa mu nkokora no kuhakura ingabo z'Amerika bikozwe mu buryo buhutiweho.
Munyaneza Theogene intyoza.com

