Blog

  • Cristiano Ronaldo yatowe nk'umukinnyi w'ikinyejana mu birori byaryohejwe n'umukunzi we wari wambaye ikanzu ishotorana [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Juventus, Cristiano Ronaldo,usanzwe ukunda cyane n'Abarabu ndetse nabo bakabimwereka,yatowe nk'umukinnyi w'ikinyejana imbere y'abarimo Messi,Zidane,Ronaldinho n'abandi.

    Mu birori byabereye mu mujyi wa Dubai,uyu mukinnyi watwaye Ballon d'Or 5 yatowe nk'umukinnyi mwiza kuva 2001-2020.

    Iki gihembo kije gikurikira icya Golden Foot nacyo aherutse guhabwa ahigitse ibihangange.Iki gihembo cyatangijwe muri 2003 gihabwa umukinnyi ufite imyaka 28 kuzamura ndetse umuntu agitwara rimwe mu buzima bwe.

    Nubwo amaze imyaka 20 akina umupira w'amaguru, Cristiano Ronaldo yahawe igihembo cy'imyaka 100 arenga ku bakinnyi bose bamenyekanye mu myaka 100 ishize.

    Umutoza wa Manchester City witwa Pep Guardiola niwe wahawe igihembo cy'umutoza w'ikinyejana kubera ibyo yakoze mu makipe 3 amaze gutoza arimo Barcelona,Bayern Munich na City.

    Ushakira amakipe Cristiano Ronaldo Jorge Mendes yatowe nk'uhagarariye abakinnyi w'ikinyejana mu gihe Robert Lewandowski yatowe nk'umukinnyi w'umwaka atsinze Ronaldo na Messi.Bayern Munich yabaye ikipe y'umwaka.

    Nubwo afite imyaka 35,Cristiano Ronaldo ntahagarika gutsinda ibitego kuko mu mwaka w'imikino ushize yatsinze ibitego 44 mu mikino yose yakinnye.Uretse Robert Lewandowski nta wundi wamuruhije ibitego.

    Uko ibihembo byatanzwe muri Globe Soccer awards:

    Player of the Year – Robert Lewandowski
    Club of the Year – Bayern Munich
    Coach of the Year – Hans-Dieter Flick
    Player of the Century – Cristiano Ronaldo
    Club of the Century – Real Madrid
    Coach of the Century – Pep Guardiola
    Agent of the Century – Jorge Mendes
    Player Career Award – Gerard Pique, Iker Casillas





    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/cristiano-ronaldo-yatowe-nk-umukinnyi-w-ikinyejana-mu-birori-byaryohejwe-n

  • Yesu ni Data wa twese uhoraho. Ese wahindutse kuba umwana w’ Imana cyangwa uri umuntu w’Imana? #rwanda #RwOT

    Yesu yavuze ijambo rikomeye ati'Byose nabihawe na Data kandi ntawe uzi Umwana w’Imana keretse Se. Kandi ntawe uzi Se keretse Umwana w’Imana , n’umuntu wese uwo Mwana ashatse kuyimenyesha'. Matayo 11: 27

    Turi kugaruka ku nyigisho z’ibanda ku buhanuzi bwa Yesaya, aho yavuze ko Umwami Yesu azavuka , avuga amazina azitwa n’indangagaciro zizamuranga. Ubu noneho turavuga ku izina 'Data wa twese uhoraho’. Pasiteri Habyarimana Desire ni we wabisobanuye mu kiganiro 'Ubutumwa bukiza’ kinyura kuri Agakiza Tv.

    'Nuko umwana yatuvukiye duhawe umwana w’umuhungu, ubutware buzaba ku bitugu bye. Azitwa igitangaza, umujyanama, Imana ikomeye, Data wa twese uhoraho, Umwami w’amahoro'. Yesaya 5: 9.

    Imana itubera Data ryari?

    Kuva kera iri jambo ' Data wa twese’ ryarakoreshwaga, ariko Yesu ni we waje guhishura Data muby’ukuri. Iyo tuvuze Data, duhita twumva isano ry’umwana na papa we. Kugira ngo Imana mugirane iri sano ry’amaraso ni uko haba habayeho kubyarwa, aho Bibiliya ivuga ngo ' Icyakora abamwemeye bose bakizera izina rye, yabahaye ubushobozi bwo kuba abana b’Imana' Yohana 1:12.

    Aba bana rero si abana bavutse kubw’umubiri ahubwo babyewe n’amaraso ya Kristo Yesu. Igihe Yesu yajyaga ku musaraba yateye ibise abyara itorero kandi ni ikintu cyo kwishimira cyane!.

    Abantu benshi ni abantu b’Imana ariko si abana b’Imana, kuko kugira ngo ube umwana w’Imana hagomba kuba isano yo kubyarwa. Umuntu agomba kuba yarabyawe abizi neza ko yavutse kandi uburyo bwo kuvuka burazwi, turabizi ko umuntu atwita akabyara. Yesu yatwise itorero araribyara abo bantu yabyaye ni bo bitwa abana b’Imana.

    Hari abantu benshi b’iyitirira Imana

    Kuba dufite insengero zuzura buri cyumweru ntabwo bivuze ko abo bantu bose ari abana b’Imana. Hari abantu benshi b’injiye itorero bahinduka abayoboke b’abantu, bahinduka abayoboke b’amadini ariko batahindutse kuba abana b’Imana.

    Iyo umuntu yavutse aba abizi, ese wajyenda mu muhanda abagabo bose muhuye ukabita papa wawe?, ntabwo bishoboka kuko na bo batakwiyumvamo nk’umwana. Ariko umwana iyo ahamagaye papa bafitanye isano y’ukuri, yewe niyo yaba ari umwana wakiriwe mu muryango ahita yumva ko ari papa w’ukuri.

    'Ntawe uzi Umwana w’Imana keretse Se. Kandi ntawe uzi Se keretse Umwana w’Imana , n’umuntu wese uwo Mwana ashatse kuyimenyesha'

    Birumvikana ko kugira ngo umenye ko Imana ari so, bisaba ihishurirwa. Kugira ngo umuntu avuke habanza kuba agahinda gatera kwihana kuticuzwa. Ese kubera iki umuntu w’umugabo agira agahinda akarira?, ni uko aba yahishuriwe ko ari umunyabyaha kandi akamenya ko ibihembo by’ibyaha ari urupfu, impano y’Imana ari ubugingo buhoraho.

    Akamenya ko akwiriye kwakira Kristo, akamenya ko ibyaha bye ari byo byashyize Yesu ku musaraba akagira agahinda akiyemeza guhindukira no kubivamo. Icyiba gisigaye ni ukwizera amaraso ya Yesu nk’igitambo kizima hanyuma ukatura ibyaha wakoze icyo gihe uba ukijijwe. Ibi bikorwa n’Umwuka Wera, ni Yesu ubitanga nta muntu ushobora kubitanga.

    Buri wese akwiye gusenga Imana ikamwihishurira bitari ukumwiyitirira gusa. Bibiliya ivuga ko mu minsi y’imperuka abakobwa 7 bazafata umugabo umwe bamubwire ngo ' Tuziyambika, twirishe nta kindi tuzagusaba turashaka kwitirirwa izina ryawe gusa’. Umugore cyangwa umukobwa asobanura itorero naho umugabo ni Kristo.

    Dufite abantu benshi bitirirwa Yesu ku cyumweru ariko ntababeshejeho, babeshya nk’abandi, bashugurika nk’abandi. Ubuzima babaho ni nk’ubw’abandi bose ntibafite imyitwarire nk’iya Yesu, ntibahinduka ku ngeso baramwiyitirira gusa. Abo ntabwo bavuga ngo ni ‘Data wa Twese’, ni abantu b’Imana ariko si abana b’Imana.

    Yesu yigishije abigishwa be gusenga

    Ati' Nuko musenge mutya muti ' 'Data wa twese uri mu ijuru, Izina ryawe ryubahwe, Ubwami bwawe buze, Ibyo ushaka bibeho mu isi, Nk’uko biba mu ijuru. Uduhe none ibyokurya byacu by’uyu munsi, Uduharire imyenda yacu, Nk’uko natwe twahariye abarimo imyenda yacu. Ntuduhane mu bitwoshya, Ahubwo udukize Umubi, Kuko ubwami n’ubushobozi n’icyubahiro ari ibyawe, None n’iteka ryose. Amen.” Matayo 6: 9-13

    Ugomba kwitoza kubaho ubuzima bwubaha Imana. Hanyuma ukwiye kumenya ko icyo waremewe ari ukwamamaza Ubwami bwayo. Nyuma yaho ukwiye kumenya ko hirya yo kwamamaza Ubwami bwayo ubushake bw’Imana bukwiye kuba mu buzima bwawe.

    Abantu benshi uzumva bavuga ngo 'Ubushake bw’Imana burasharira, busharirira kamere!, ubushake bw’Imana ni bwiza. Ifi iyo iri mu mazi ni bwo buzima bwiza bubaho kuri yo, iyo ivuye mu mazi iba ipfuye. Iyo Imana yakubereye so ukabaho ubuzima bumwubaha, ubushake bw’Imana biba ari nk’ifi iba mu mazi uba uri ahakwiriye ukora ibyo wakagombye gukora.

    Umwana w’ikirara yari mu muryango nta kibazo, igihe kiza kugera arivumbura yumva arashaka kwibeshaho. Arajyenda Bibiliya ivuga ko igihe yajyaga kuragira ingurube yifuje gusangira nazo ibyo biryo ntabone ubimuha. Ikindi gihe ngo yisubiramo arahaguruka yigira inama yo gusubira kwa se.

    Gutana no kujya kure bibaho kuko turwana n’isi na Satani n’umubiri ariko ni byiza ko umuntu yiga kwisubiramo. Ese ubukristo bwawe wumva bumeze bute, ese usabana na Data wa twese?, wumva ufite ishema ko Imana ari so? Umwana w’ikirara iyo yisubiramo agakomeza kuragira ingurube ntacyo byari gutanga, ahubwo yarahagurutse.

    Gukizwa ni uguhindukira ukavuga ngo’ Mfashe ikemezo ngiye gukora ibyo Data ashaka’, ngiye gusubira mu busabane bwanjye n’Imana. Wigeze gukizwa none ubu waracogoye, ntabwo ukiri mu busabane na Data wa twese, ntukiri mu rukundo nawe, ntabwo ukiri aho Imana ishaka. Inkuru nziza ni uko Data, Imana yakongera ikakwakira kandi mukabana.

    Reba hano inyigisho yose

    Source: Agakiza Tv

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Yesu-ni-Data-wa-twese-uhoraho-Ese-wahindutse-kuba-umwana-w-Imana-cyangwa-uri.html

  • AMAFOTO: Miss Yasipi n'abo bahanganye muri Miss Africa Calabar 2020 bakorewe ibirori biryoheye ijisho. #rwanda #RwOT

    Uwihirwe Yasipi Casmir uhagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Miss Africa Calabar 2020 na bagenzi be bakorewe ibirori byo kwakirwa mu Mujyi wa Calabar mbere y'uko barushanwa bagatangaza uwegukanye ikamba.

    Mu Cyumeru gishize nibwo Uwihirwe Yasipi Casmir yahagurutse i Kigali yerekeza muri Nigeria aho yagiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa rya Miss Africa Calabar 2020.

    Iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya gatanu rihuje abakobwa 20 baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane w'Afurika.

    Kuri iki cyumweru tariki 27 Ukuboza 2020 aba bakobwa bakorewe ibirori byo kwakirwa mu mujyi w'ubukerarugendo wa Calabar byaranzwe n'akarasisi n'imbyino zo muri Nigeria.

    Biteganyijwe iri rushanwa rizasozwa tariki 30 Ukuboza 2020, ubwo hatangazwa Miss Africa Calabar 2020 n'ibisonga bye bibiri.

    Uyu mukobwa uzaba wahize abandi azahemba ibihumbi $50 ndetse n'imodoka yo mu bwoko bwa SUV.

    Azaba asimbuye umunyakenyakazi Irene Ng'endo Mukii wambitswe iri kamba mu mwaka ushize.

    Mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 iri rushanwa rizaba nta bantu benshi bahari, ahubwo rizerekanwa biciye ku rubuga rwa interineti rwaryo.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/28/amafoto-miss-yasipi-nabo-bahanganye-muri-miss-africa-calabar-2020-bakorewe-ibirori-biryoheye-ijisho/

  • Rwanda Media High Council seeks to increase number of Journalists who use Sign Language #rwanda #RwOT

    A group of Rwandan journalists has spent about two months learning sign language in a short course organized by the Media High Council (MHC) in collaboration with the umbrella of Deaf in Rwanda.
     
    After the short course they have visited deaf  people in Rubavu District as part of practical course on the Sign Language Course to make sure they  know it.
     
    The Journalists visited Ubumwe Community Center where students mostly deaf were very pleased with the knowledge they had gained from the opportunity to talk and even said that once the journalists got to know it it would help deaf people to know  various News and articles that would go through the media from which they came.
     
    Deaf people said that it is usually difficult to know the information and what was said in the news because almost all media outlets had no sign language interpreter other than National Television.
     
    They go on to say that at least it would be better if all the media had an interpreter to help them understand the various information and conversations.
     
    The fact that there were no translators to help them understand what was being said makes them feel no need to watch TV and choose to read only to those who know the information and sometimes take it from others which probably mislead them.
     
    Olivier, One of the students we spoke to who is also deaf  said that in addition to the training provided by the school, deaf students also help their colleagues to know  sign language and all the students can speak it at home, although not all at home know it.
     
     Zachalie Dusingizimana, Director of Ubumwe Community Center, said the parents' perceptions were initially a challenge since they were not understanding how children with disabilities could learn together in school with the use sign language.
     
    He added that so far the rest of the parents are happy because their children are learning all the languages ​​including the sign language.

     
     
     
    'Sign language is a language like any other. So since it is a language that is not widely known in our schools we have chosen to include talented teachers who translate for the deaf  so that they can attend all classes and teach it to all other students with disabilities.'
     
    'This year we have 32 children with hearing and speech impairments. The problem with them is mainly the ability to communicate with others in sign language so that even when they get home in their families they are not helped,' he said.
     
    The center was launched to help people with disabilities as they were found to be marginalized and now accommodate all students and people with various disabilities.
     
    Although the number of sign language users is increasing, those who teach it still have the problem that there are no sign language manuals in Kinyarwanda, and that a child who knows sign language in English would not tell it in Kinyarwanda.
     
     KAYIHURA Frederic, a teacher and sign language translator, said, 'The challenges we face in teaching sign language are that children often go up without basic knowledge of sign language and even when they start learning they start from English signs but now the problem is to take them out of the English sign and take them to the Kinyarwanda sign language '
     
    'For a child who has studied English sign language to take the Kinyarwanda test is very difficult, there is a need for advocacy so that there is a Kinyarwanda sign language textbook,' he added.

     
    Isabella Iradukunda Elisabeth
     

     

     

    83

    The post Rwanda Media High Council seeks to increase number of Journalists who use Sign Language appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/28/rwanda-media-high-council-moves-to-increase-number-of-journalists-who-use-sign-language/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rwanda-media-high-council-moves-to-increase-number-of-journalists-who-use-sign-language

  • Ubunani burageze tugiye kwishimira ko twarangije umwaka, ibyo COVID19 ntabwo ibizi- CP Kabera #rwanda #RwOT

    Urugamba rwo kurwanya ikwirakwira rya COVID19 rumaze amezi agera ku Icyenda ,aho abanyarwanda imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yerekana ko kuva umurwayi wa mbere wa COVID-19 agaragaye mu Rwanda ku wa 14 Werurwe 2020, abantu 7970 bamaze kwandura mu bipimo 716 933.

    Minisante igaragaza kandi ko abagera kuri 6289 bamaze gukira iki cyorezo mu gihe abakirwaye ari 1607 naho abitabye Imana bamze kugera ku 74.

    Ubwandu bushya bwa Coronavirus bukomeje kwiyongera by’umwihariko muri iyi minsi isoza umwaka wa 2020, ibintu inzego zibishinzwe zivuga ko biterwa n’uko abaturage badohotse ku kubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Kabera yavuze ko inshingano zabo nk’uru rwego ari ukwigisha no kugenzura ko amabwiriza yo kwirinda aba yashyizweho n’inzego zirimo iz’ubuzima yubahirizwa.

    Ubwo yari mu kiganiro ku Isibo TV, yavuze ko mu baturage harimo igice cy’abantu bumvira bakubahiriza n’amabwiriza, muri bo hakabamo igice cy’abagaragaza ibitagenda bakanatanga amakuru kuho amabwiriza atari kubahirizwa.

    Hari ikindi cyiciro cy’abantu bagaragaza ko bageze igihe cyo kwirinda ariko uko igihe kigenda gishira bakadohoka, ari nabo Polisi ifite inshingano zo gukomeza kubibutsa amabwiriza yo kwirinda. Hari ikindi gica cya gatatu cy’abantu bavuga ko COVID19 ari igihugu gishingiye kuri politiki.

    CP Kabera ati 'Ikintu rero gikomeye cyane ni uko inzego zishinzwe izo gahunda zose zaba izo dukorana yaba Polisi iri ku isonga mu kugenzura uko amabwiriza yubahirizwa, ni ukudatezuka, ni uko itagomba kurambirwa, ni uko itagomba kuruha.'

    Yakomeje agira ati 'Niyo mpamvu kuva tariki 21 Werurwe, gahunda ya Guma mu Rugo yatangira kugeza uyu munsi Polisi itagomba kurambirwa, icyo cyo kirakomeye… burya buri gihe turabivuga ariko niko bimeze ntabwo wareka kuvuga ukuri guhari.'

    Afande CP Kabera avuga ko uru rugamba rwo kurwanya COVID19 rusaba kutarambirwa ariko rugasaba ko buri Muturarwanda agira inshingano zo kuyirwanya.

    Ati 'Ibi turabivuga tukongera tukabivuga, wenda abantu bakibaza ngo kubera iki, ariko ntabwo wareka kuvuga ukuri guhari, ntabwo wareka kuvuga ko COVID19 idahari kandi buri munsi yica abantu.'

    CP Kabera avuga ko imyitwarire y’abaturage mu bijyanye no kubahiriza amabwiriza iteye ikibazo ndetse igaragaza ko uru rwego avugira rugifite akazi ko gukora no kwibutsa abaturage.

    Yakomeje agira ati 'Noheli irageze, ubwo baravuga ngo tugiye kwishimisha ariko COVID19 wenda hari ukundi yabigenza. Ntako yabigenza yo ntabwo ibizi, Ubunani bugiye kugera twishimira ko twarangije undi mwaka, ibyo ntabwo ibizi.'

    'Iyo Coronavirus iza kuba yumva, ukuntu mu Rwanda cyangwa ahandi bayamaganye iba yaragiye.'

    Muri iki kiganiro, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu yanavuze kandi ko amaze imyaka igera kuri 30 mu bijyanye no gucunga umutekano ariko akaba yarinjiye muri Polisi mu 2009, ubwo yari avuye mu Ngabo z’u Rwanda, icyo gihe ngo yari afite ipeti rya Majoro [Major].

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Ubunani-burageze-tugiye-kwishimira-ko-twarangije-umwaka-ibyo-COVID19-ntabwo-ibizi-CP-Kabera

  • Uganda: Abanyarwanda 2 batwawe n'abataramenyekana mu modoka yijimye #rwanda #RwOT

    Abanyarwanda babiri; Mathew Nsabimana na George Bazatoha bafashwe n'abantu bambaye gisiviri bataramenyekana, babatwara mu modoka zijimye.

    Ibinyamakuru birimo Virunga Post byagarutse kuri iyi nkuru bivuga ko aba bafashwe kuwa Kabiri aho Nsabimana ari mu kazi aho yari asanzwe ate akabari kazwi nka Bahamas bar and rounges gaherereye mu gace ka Rubaraga maze bamutegeka kurira Imoda ite ibirahuri byijimye.

    Kuri uwo munsi kandi hafashwe undi Munya-Uganda ute inkomoko mu Rwanda witwa George Bazatoha na we ajya gufungirwa ahatazwi. Bivugwa ko aba bombi bashobora kuba baratawe muri yombi n' Urwego Rushinzwe Ipererereza mu gisirikare cya Uganda (CMI).

    Uru ruzwiho gufata, gukorera iyicarubozo Abanyarwanda batari bake, rubashinja kuba intasi, ibirego bakunze guhakana bivuye inyuma.

    Uku gutabwa muri yombi ni nako kwatumye u Rwanda rusaba abaturage barwo kuba baretse kujya muri Uganda.

    Bwiza.com

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/28/uganda-abanyarwanda-2-batwawe-nabataramenyekana-mu-modoka-yijimye/

  • Sobanukirwa inama zagufasha kurinda amenyo urubobi #rwanda #RwOT

    Abantu benshi bahangayikishwa n’uko amenyo yabo aba atari umweru uko babyifuza ndetse hari abafata inzira bakajya kuyacongesha kugira bigabanuke abandi bagakoresha imiti kugira ngo barebe ko bagira amenyo afite ibara ry’umweru, nyamara ntibamenye ko iyo aba ari intangiriro y’ifumbi n’izindi rwara zifata amenyo.

    Ifumbi ni indwara ifata amenyo, ibara ryayo rigahinduka cyane cyane aho atereye mu ishinya ndetse n’aho atandukanira, iyi ni indwara kandi ihangayikishije abatari bacye mu isi. Hari ikinyamakuru cyavuze ko ifumbi iri mu ndwara zo mu kanwa (International Dental Journal). Cyongeyeho ko iyo ndwara igira ingaruka zikomeye ku muntu ku giti cye no ku bandi bantu muri rusange bitewe n’uko ibabaza uyirwaye, akananirwa kurya kandi igatuma atishimira ubuzima.

    Gusobanukirwa iby’iyo ndwara yogeye, bishobora kugufasha kwirinda akaga gaterwa na yo.

    Iyo ndwara iza mu byiciro bitandukanye. Iyo umuntu agifatwa, ishinya irabyimba hanyuma igatangira kuva amaraso. Ibyo bishobora kuba mu gihe umuntu yoza amenyo, cyangwa amaraso akava nta mpamvu igaragara ibiteye. Nanone iyo umuntu yisuzumisha ishinya akava amaraso bishobora kugaragaza ko yamaze gufatwa n’ifumbi y’amenyo.

    Iyo ibyo birangiye, ishinya n’urwasaya bitangira kwangirika. Umurwayi ashobora kutagaragaza ibimenyetso by’iyo ndwara, kugeza igihe izaba imaze kumurenga. Iyo igeze kuri urwo rwego, amenyo atangira gucukuka, agakuka, hagati yayo hakaza imyanya, umuntu akanuka mu kanwa, ishinya igatandukana n’amenyo bigatuma asigara yanamye n’ishinya ikava amaraso.

    Ibintu bitandukanye bishobora gutera indwara y’ifumbi.

    Iyo ndwara iterwa ahanini na za mikorobe zigenda zihoma ku ryinyo. Iyo zitavanyweho, zishobora gutuma ishinya ibyimba.

    Uko igihe gihita, ishinya itangira gutandukana n’iryinyo, ibyo bigatuma za mikorobe zitangira kororokera hagati y’iryinyo n’ishinya, maze amaherezo zikayangiza, zikangiza n’urwasaya.

    Iyo mikorobe zikomeje kwirundanya ku ryinyo cyangwa munsi yaryo, zikora urubobi ku ryinyo. Kubera ko urwo rubobi ruba rutwikiriwe na za mikorobe, rukomeye kandi rufashe ku ryinyo, ntirupfa kurivaho nk’uko bimeze kuri za mikorobe ziba zihomye ku ryinyo. Ibyo bishobora gutuma izo mikorobe zikomeza kwangiza ishinya.

    Hari ibindi bishobora gutera indwara y’ifumbi.

    Muri byo harimo isuku nke y’amenyo, imiti igabanya ubushobozi umubiri ufite bwo kwirinda indwara, indwara ziterwa na virusi, imihangayiko, kurwara diyabete ntukurikize amabwiriza ya muganga, kunywa inzoga nyinshi n’itabi ndetse n’ihinduka ry’imisemburo y’umubiri bitewe no gutwita.

    Indwara y’ifumbi ishobora guteza ibindi bibazo. Kubabara mu kanwa cyangwa gukuka amenyo bitewe n’ifumbi, bishobora gutuma udakanjakanja ibyo kurya neza ngo wumve bikuryoheye. Nanone iyo ndwara ishobora gutuma kuvuga bikugora cyangwa ikakwangiriza isura. Ubushakashatsi bwagaragaje kandi ko indwara zo mu kanwa zigira ingaruka ku buzima bw’umuntu muri rusange.

    Wabwirwa n’iki ko urwaye ifumbi?

    Ushobora kuba ufite bimwe mu bimenyetso twamaze kuvuga. Mu gihe usanze ubifite, byaba byiza ugiye kwisuzumisha ku muganga w’amenyo ubizobereye kugira ngo asuzume neza ishinya yawe.

    Ese indwara y’ifumbi iravurwa igakira?

    Iyo umuntu ayivuje hakiri kare ishobora gukira. Ariko iyo ishinya n’urwasaya bitangiye kwangirika, abaganga bihutira kubivura kugira ngo bidafata indi ntera. Abaganga b’inzobere mu kuvura amenyo bagira ibikoresho byabigenewe bibafasha kuvanaho burundu urubobi ruba rwarafashe ku menyo, haba inyuma ku ishinya cyangwa hagati yayo n’amenyo.

    N’ubwo waba udashobora kubona abaganga b’amenyo babizobereye cyangwa bakaba badakunze kuboneka, uburyo bwiza bwo kurwanya iyo ndwara idahita igaragaza ibimenyetso ariko iteza akaga, ni ukuyirinda. Koza amenyo buri gihe kandi kuri gahunda ni bwo buryo bwiza bwo kwirinda ifumbi.

    Src:www.santeplusmag.com, inyarwanda.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Sobanukirwa-inama-zagufasha-kurinda-amenyo-urubobi.html

  • Ibintu 9 ukwiye kwitaho mbere yo kwinjira mu rushako #rwanda #RwOT

    Urushako ni umugisha ukomeye bikaba akarusho iyo rushingiye ku bwami bw’Imana ariko kandi ni indorerwamo umuntu areberamo imyitwarire ye bwite mu buryo budasanzwe kuko haba habayeho guhuza imico hagati y’umugore n’umugabo. Niyo mpamvu bikwiriye ko umuntu ategura umutima we mbere yo kwinjira mu rushako.

    Ni muri urwo rwego tugiye kurebera hamwe ibintu 9 ukwiye kwitaho mbere yo gufata umwanzuro wo gushaka

    1. Tangira gusengera uwo muzabana

    Urushako rugomba kuba rushingiye ku rukundo. Nta gitangaza kuba umukobwa cyangwa umusore w’umukristo yatangira gusengera uwo bazabana hakiri kare, ashobora guhera mu kigereo cy’ubwangavu n’ubugimbi asenga aragiza Imana uwo bazabana n’ubwo aba ataramumenya.

    Bene iri sengsho rirafasha cyane kuko riragenda rigategura umutima w’uwo muzabana hanyuma igihe cyo guatngira kurambagiza (dating) kigera yaramaze gutegurwa mu buryo bw’umwuka kandi Yesu aba yarabarinze mugihe cy’ubuto bwanyu mukabasha gutsinda ibishuko by’uburyo butandukanye.

    2. Kwegera igihe cy’irambagiza nk’igikorwa kiyobowe n’Umwuka Wera

    Nkiri muto, niyemeje ko ntazarambagizanya igihe kirenga umwaka umwe ntari namenya byimbitse ko nzamarana na we ubuzima bwanjye bwose. Imana yabishyize mu mutima wanjye kudatakaza igihe cyanjye n’umuntu ntizeye ko tuzamarana ubuzima bwose.

    Izi ni ingamba nashyizeho ubwanjye ntabwo ari itegeko ryo kugera ku butsinzi, ariko ikintu buri mubano ushingiye ku kurambagiza uhura na cyo, ni ukubona urufunguzo rwo kwiyemeza kubana n’umuntu ubuzima bwawe bwose.

    Mubyukuri kurambagiza ni igikorwa gikwiriye kuyoborwa n’Umwuka Wera, ni ahantu ho kwitoreza ubuzima bwo mu rushako. Umusingi w’urushako ruhamye ni ibikorwa biganisha ku kwiyemeza kuba buri weae yakwitangira mugenzi we.

    3. Kwitoza kuba incuti nziza

    Mugihe urimo guhitamo uwo wifuza ko muzashakana, mbere ya byose ugomba guhitamo uwo ushaka ko azakubera incuti nziza ubuziraherezo.Urushako ruhamye rugomba kuba rushingiye ku rukundo rurimo kwizerana, naho ibindi ni inyongera.

    Ese incuti nziza iba imeze gute? Incuti nziza ni umuntu ugutega amatwi, akagusangiza ubuzima bwe, mugihe umukeneye ukamubona kandi mukishimira kubaka ubucuti igihe cyose mukiri bazima.

    4. Kwiyigaho wowe ubwawe mugihe ugitegereje

    Niba uri mugihe cyo gutegereza, ndagushishikariza kwiyigaho wowe ubwawe. Ni byiza kwiga ku mitekerereze yawe, icyizere n’inzozi zawe by’ahazaza, kwiga kumenya ibyiza n’ibibi byawe mu mibanire yawe n’uwo mukundana.

    Kumenya byimazeyo uwo uri we bishobora kugufasha kumenya ifoto y’uwo uzaba uri we mugihe uzaba warabaye umugore cyangwa umugabo. Bishobora kandi kugufasha gukura byihuse mugihe utaratangira gukora nk’uwo wifuza kuba we.

    5. Baho ubuzima bwuzuye

    Urushako ntabwo ariyo ntangiriro y’ubuzima! Abantu b’ingaragu nabo babaho ubuzima bwuzuye ndetse bafite igihe nk’impano Imana yabahaye kugira ngo kibafashe kunezerwa no kugera ku ntego n’inzozi zabo.

    Mu gitabo cy’Umubwiriza haranditse ngo wa musore we wishimire ubusore bwawe… Bishatse kuvuga ko umuntu adakwiye kwanga ikigero cy’ubusore ngo usange avuga ko azanezerwa ari uko yabaye umugore cyangwa umugabo, Reka da! Birakwiye ko ubaho ubuzima bwuzuye mugihe ugitegereje kwinjira mu rushako.

    6. Fatira amasomo ku zindi nshako

    Tangira gufatira amasomo ku bandi bantu uzi bashakanye kandi babanye neza. Wigane ubushishozi imbaraga babishyiramo, wige inkuru zanditswe ku bashakanye bakuzengurutse. Niba ababyeyi bawe bafite urushako rushimishije ushaka kwigana, bishyire mu bitekerezo byawe mu gihe utangiye gukundana n’uwo utegenya ko muzabana.

    Niba ababyeyi bawe baragize intambara, reba abandi bashobora kukubera icyitegererezo cy’urushako wifuza kuzagira. Biragoye kubaka ikintu udafite igishushanyo mbonera ureberaho. Ukwiye gutegura, ukagira umusingi mwiza kugira ngo ubashe kubaka ubuzima buhamye.

    7. Kubaho ubuzima bw’ingaragu

    Imana yaremye igitsina (sex) kugirango kibe ikimenyetso cyo guhura k’umugabo n’umugore (Itangiriro 2:23-24). Twongera kandi kubibona mu Isezerano Rishya (1Abakorinto 7:2) ko imibonano mpuzabitsina igenewe abashakanye ni ukuvuga hagati y’umugabo n’umugore. Igitsina cyashyiriweho guhuriza hamwe abantu babiri (umugabo n’umugore).

    Bibiliya itubwira yeruye ko yashyizeho igitsina nk’ikimenyetso cy’urukundo no kwiyemeza kubaho ubuzima bw’urushako. Nk’abakurikiye Kristo dukwiriye kwiyemeza gutegereza kugeza ku munsi mukuru wo gushaka. Tugomba kwizera Imana, tukamenya ko yaremye igitsina kugira ngo kizakoreshwe mugihe gikwiriye.

    8. Guhitamo uwo muzabana witonze

    Nta buryo buhari bwo kumenya buri cyose ku muntu uteganya ko muzabana mbere yo kurushinga. Inkuru y’uwo umuntu ariwe ni isomo rikomeza ubuzima bwanyu bwose. Bishatse kuvuga ko abantu bahura n’ibibazo bitandukanye batigeze gutekereza mbere. Aha ubuntu bw’Imana burahagije kubayizera.

    Bivuze ko kugira igitekerezo cy’imiterere y’umuntu ushaka ko muzabana bishobora kugufasha kureka kurwazwa umutwe n’urugendo rurerure rw’ubuzima. Ni byiza kureba umuntu ubaho mu buzima bwo kwera imbuto z’umwuka mu miberho ye.

    9. Iga kuyobora umutima n’intekerezo byawe

    Mu muco habaho igitutu gikomeye ku buzima bw’urubyiruko ku bijyanye n’urukundo, imibonano mpuzabitsina n’ibindi nk’ibyo. Usanga rimwe na rimwe bigisha abantu kwigenga cyangwa kwisanzura muri byose ariko dukwiye gusaba Imana ikaduha ubushobozi bwo kuyobora imitima n’intekerezo zacu tuyobowe na Bibiliya.

    Muri macye nk’abantu bakurikiye Yesu birakwiye kubanza kugira ubumenyi n’indangagaciro za gikristo mbere yo gufata icyemezo cyo kubaka urugo. Nitwubahiriza inama tumaze kubona, bizatuma tugira umuryango uzira amakimbirane kandi wubaha Imana.

    Source: crosswalk.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Ibintu-9-ukwiye-kwitaho-mbere-yo-kwinjira-mu-rushako.html

  • Padiri Rutsindintwarane wayoboraga Paruwase Katedarare ya Byumba yitabye Imana #rwanda #RwOT

    Amakuru y’urupfu rwa Padiri Rutsindintwarane yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ukuboza 2020.

    Bivugwa ko uyu mupadiri yafashwe n’ibicurane ku wa Gatandatu noneho ajya kwa muganga kwipimisha ngo barebe niba yaba arwaye Coronavirus, nyuma agezeyo basanga ni ibicurane bisanzwe ahabwa umuti.

    Gusa ngo yaratashye ageze aho yabaga nubundi yongera kuremba aribwo bamujyanaga kwa muganga bahita bafata icyemezo cyo kumujyana mu Bitaro byitiriwe Umwami Faysal ari naho yaguye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.

    Umushumba wa Diyosezi ya Byumba, Musenyeri Nzakamwita Servilien yabwiye UKWEZI ko bari mu gahinda ko kubura Padiri wari ukiri muto kandi akorera Imana uko bikwiye.

    Ati 'Dutegereje raporo yo kwa muganga, uburwayi bwo ntabwo yari asanganywe, kuri Noheli yari afite ibicurane ajya kwamuganga kwipimisha Coronavirus basanga ari Negatif bamuha imiti isanzwe ejo nimugoroba bamujyana kwa muganga.'

    Musenyeri Nzakamwita yavuze kandi ko 'Tugize ibyago yari umupadiri wari mwiza cyane niwe wari mukuru wa . Imana iraguha yagera igihe igasarura umurima wayo nta kundi Imwakire mu ntore zayo.'

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney uvuga ko yabanye na Padiri Rutsindintwarane ahitwa I Burehe mu 1990, yavuze ko ababajwe n’urupfu rwe.

    Mu butumwa yanyujije kuri Twitter yagize ati 'Twihanganishije Umuryango wa Mgr Nzakamwita na Kiliziya Gatolika Diocese ya Byumba kubera urupfu rutunguranye rwa Padri Mukuru wa Paruwasi Cathedral Byumba Padri Emmanuel Rutsindintwarane RIP.'

    Yakomeje agira ati 'Yari imfura cyane, umukozi, umugabo nyamugabo,twabanye kuva 1990 Burehe. Agiye kare.'

    Padiri Emmanuel Rutsindintwarane yabaye Umuyobozi Mukuru wa Karitasi ya Diyosezi ya Byumba imyaka myinshi akaba yari amaze imyaka igera kuri itanu ari Padiri Mukuru wa Paruwase Katedarare ya Byumba.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Iyobokamana/article/Padiri-Rutsindintwarane-wayoboraga-Paruwase-Katedarare-ya-Byumba-yitabye-Imana

  • Itangazo rya cyamunara ya mashini 'Generator AKSA 110KVA iherereye ku ruganda rw'isukali rwa Kabuye. #rwanda #RwOT

    Umuhesha w'inkiko w'umwuga aramenyesha abantu bose babyifuza ko kuwa gatatu taliki 06/01/2021 saa tanu za mu gitondo (11h00) hazaba cyamunara ya mashini 'Generator AKSA 110KVA iherereye ku ruganda rw'isukali rwa Kabuye kugira ngo hishyurwe umwenda TED MER LTD ibereyemo Kabuye Sugar Works

    Cyamunara ikaba izabera aho umutungo uherereye ku ruganda rw'isukali rwa Kabuye ruherereye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Jabana, Akagali ka Kabuye Umudugudu w'Amasangano. Niba ukeneye ibindi bisobanuro wasoma itangazo riri hano hasi cyangwa se ugahamagara kuri Tel igendanwa ya Me Nyilishema Alain:0788276402.

    Source : http://umuryango.rw/amatangazo/article/itangazo-rya-cyamunara-ya-mashini-generator-aksa-110kva-iherereye-ku-ruganda-rw