Blog

  • Umukecuru w'imyaka 95 akomeje guca ibintu kubera ibyo akora[AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Uyu mukecuru ugeze mu zabukuru, akunda kugaragaza ko imyaka afite ntaho ihuriye n'imikorere y'umubiri we, ibintu akesha gukora siporo.Ati' Mu maso hanjye hagaragaza ko nshaje ariko umutima wanjye ni uwa gisore.'

    Mu mashusho yashyizwe kuri Twitter kuwa 23 Ukuboza 2020, Johanna agaragara akora siporo zizwi nka 'Gymnastique' aho uyikora aba asabwa gukoresha imbaraga, koroshya umubiri, kugira umuvuduko ndetse no guhinduranya imikoreshereze.

    Ni amashusho yatumye benshi mu bakoreshe uru rubuga bacika ururondogoro, kuko uko aba agaragara n'imvi z'uruyenzi biragoranye kwizera ko yakora ibyo aba akora muri ayo mashusho.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/umukecuru-w-imyaka-95-akomeje-guca-ibintu-kubera-ibyo-akora-amafoto

  • Rusizi: Abagizi ba nabi bateye mu rugo rw'umuturage basiga bamwiciye umugore #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa 27 Ukuboza 2020, Abantu bambaye imyenda ya gisirikare bitwaje intwaro bateye mu rugo rw'uwitwa Bavugamenshi Fidele, mu Mudugudu wa Mpongora, Akagari ka Gatsiro, Umurenge wa Gihundwe ho mu karere ka Rusizi, baramuzirika, barasa isasu umugore we witwa Mukandayisenga Olive waje kugwa mu nzira ajyanwe kwa muganga i Gihundwe.

    Umuturage wahaye amakuru Bwiza dukesha iyi nkuru, yavuze ko aba bagizi ba nabi baje bambaye imyenda ya gisirikare bahishe amasura, basaka inzu, basaba umugabo nyiri urugo kubaha imbunda n'amafaranga ariko ngo ababwira ko nta mbunda atunze.

    Uyu muturanyi wa nyakwigendera, avuga ko uyu mugabo wiciwe umugore asanzwe ari umucuruzi w'amatungo, ko akibabwira ko nta mbunda atunze bamwatse amafaranga, mu gihe atarabasubiza ngo bahise bamuzirika, bajya gusaka mu nzu babona ibihumbi 470, umugore ashaka kurwana nabo ayabaka bahita bamurasa isasu mu rubavu agwa hasi, aho yajyanwe kwa muganga I Gihundwe akagwa mu nzira.

    Uyu muturage, avuga ko baheze mu rujijo kuko batazi niba ari igitero cyagabwe mu Murenge wabo n'abagizi ba nabi, cyangwa se niba ari ubujura busanzwe cyane ko batanamenye irengero ry'aba bagizi ba nabi.

    Kayumba Ephrem, umuyobozi w'Akarere ka Rusizi yemeje ko aya makuru ari impamo, asaba abaturage kudakuka umutima, ko hari gukorwa iperereza ngo hamenyekane iby'ubu bugizi bwa nabi n'ababugizemo uruhare. Avuga ko inyito y'ibyabaye izagaragazwa n'iperereza, ko atakwemeza niba ari igitero cyangwa se ubujura busanzwe.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/rusizi-abagizi-ba-nabi-bateye-mu-rugo-rwumuturage-basiga-bamwiciye-umugore/

  • Rusizi:Abajura bambaye imyenda ya Gisirikare bateye umuturage bamwambura amafaranga banamwicira umugore #rwanda #RwOT

    Aba bagizi ba nabi bateye urugo rwa Bavugamenshi ari batatu, ngo babiri muri bo bari bambaye imyenda isa n'iya gisirikare, naho umwe yambaye bisanzwe.

    Amakuru dukesha IGIHE avuga ko abaturanyi b'uru rugo bavuze ko abo bagizi ba nabi baje bagasaba uwo mugabo usanzwe ari umucuruzi w'amatungo kubaha imbunda, we akavuga ko ntayo afite, nyuma bakamusaba amafaranga.

    Bahise bamuzirika maze basaka inzu ye, aho bamutwaye arenga ibihumbi 400 Frw.

    Mu gusohoka mu nzu batwaye ayo mafaranga, ni bwo nyakwigendera Mukandayisenga Olive yabakurikiye abatakambira abasaba ko byibuze bamusigiraho make, bahita bamurasa mu rubavu.

    Amakuru Ikinyamakuru IGIHE dukesha iyi nkuru cyabonye ni uko uwo mugore yarashwe ntahite apfa, atabarwa n'umuturanyi we amushyira kuri moto ngo amujyanye kwa muganga, ariko igeze inyuma y'urugo ahita ashiramo umwuka.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Kayumba Ephrem, yahamirije IGIHE iby'aya makuru, asobanura ko abateye bigaragara ko ari abajura.

    Yagize ati 'Ni byo koko hari umuturage wacu wishwe n'abajura bitwaje intwaro, bamutwara n'amafaranga arenga ibihumbi 400 Frw.'

    Yakomeje avuga ko hagikorwa iperereza ngo hamenyekane ababa bagize uruhare muri ubwo bugizi bwa nabi.

    Ati 'Ntituramenya abantu baba bagize uruhare muri ubwo bugizi bwa nabi, iperereza riracyakomeje.'

    Kayumba yasobanuye ko ibikorwa nk'ibi bidakunze kurangwa mu karere ke ariko abaturage badakwiye guhungabana.

    Yagize ati 'Nibahumure turacyakora iperereza, ariko barusheho no gukaza ingamba z'umutekano, harimo gutangira amakuru ku gihe mu gihe babonye umuntu batazi neza, cyangwa hari ibikorwa bibi bamukekaho.'

    Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Gihundwe, ari naho waraye.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/rusizi-abajura-bambaye-imyenda-ya-gisirikare-bateye-umuturage-bamwambura

  • Dr Sila Cehreli, impuguke mu by'amateka  akaba n'umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n'ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi #rwan

    Uyu mugore ukomoka muri Turkiya , umuhanga cyane mu mateka , akaba n'umushakashatsi  mu bjyanye na politiki mpuzamahanga, amaze gusohora imbanzirizamushinga y'igitabo yitegura gushyira ahagaragara muri Mutarama 2021, kivuguruza, mu buryo bucukumbuye cyane,ubugome buvanze n'ubuswa umunyakanadakazi, Judi Rever , yandikanye igitabo'L'éloge du sang',gihakana kikanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ku buryo bugaragarira buri wese. Muri iyo  mpanzirizamushinga twashoboye kubonera kopi, Sila Cehreli, aravuga ko icyo agamije ari ukwereka isi yose uburyo Judi Rever yokamwe n'urwango, kugeza n'aho yitiranya  nkana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abayikorewe n'abayihagaritse isi yose irebera. Agendeye ku buhamya bwatanzwe n'abantu bafitiwe icyizere ku rwego mpuzamahanga, ku nyandiko n'ubushakashatsi isi yose yahaye agaciro, Sila Cehreli, aravuga ko azasenya yivuye inyuma ibinyoma bya Judi Reva, we washingiye ibitakaragasi bye ku batangabuhamya batabaho, ku magambo y'abicanyi  bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, n' ay' abahoze muri RPF-Inkotanyi bakaza kuyivamo kubera ubuhemu bunyuranye.

    Umuhanga Sila Cehreli ngo ntiyumva uburyo umuntu wiyita umunyamakuru w'igitangaza nka Judi Rever,  yasohora igitabo kizasomwa n'isi yose, ibigikubiyemo ari ibipapirano, bishingiyue gusa ku marangamutima n'urwago afitiye uRwanda , abayobozi barwo bakuru, n'abarokotse Jinoside yakorewe Abatutsi . Mu gitabo we yise 'L'éloge de la Haine',  uyu mushakashatsi  akaba n'umwarimu  muri Kaminuza Mpuzamahanga ya Marmara muri Turkiya, ngo yiteguye kwerekana ,urupapuro ku rundi, ko Judi  Rever nta kindi agendereye uretse gutagatifuza abicanyi, dore ko ngo ibyo yanditse yabibwiwe ahanini n'abo ba rukarabankaba, nka Théoneste Bagosora, Colonel Anatole Nsengiyumva, Eriezel Niyitegeka n'abandi bahamijwe icyaha cya Jenoside n'ibindi byaha ndengakamere byibasiye inyokomuntu, ndetse Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rukabibahanira.

    Madamu Dr  Cehreli ati:'Namwe nimunyumvire abantu Judi Reva akesha ibyo yanditse mu ngirwagitabo ye, mumbwire agaciro bikwiye guhabwa'. Mu mahomvu menshi Judi Reva adahwema gukwirakwiza, agerageza kwerekana ko ubwicanyi  bwakorewe Abatutsi mu bice bitandukanye , bwakozwe n'ingabo za RPF-Inkotanyi, yewe no mu bice byagenzurwaga n'ingabo za Leta y'icyo gihe. Urugero ni nk'aho avuga ko Abatutsi baguye mu Bisesero(Kibuye), bishwe na FPR inkotanyi, yirengagije ko bishwe ako karere k 'uburengerazuba kose kakigenzurwa na EX-FAR ndetse n'abasirikari b'uBufaransa bari  mu cyiswe 'Zone Turquoise'.

    Dr Sila Cehreli asobanura ko ikindi kimenyetso cy' umugambi mubisha wa Judi Rever wo gushaka gusiga icyasha ingabo zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, ari uko hari amafoto yita ay' 'Abahutu bishwe na FPR-Inkotanyi ', kandi abashakashatsi n'abatangabuhamya badafite aho babogamiye, baragaragagaje ko ahubwo ayo mafoto ari ay' Abatutsi bizwi neza ko bishwe n'Interahamwe n'abasirikari ba Leta.Ikindi, ngo hari abo yita Abahutu bishwe na FPR-Inkotanyi, bikaza kugaragara ko bakiriho, abandi bakaba barishwe n'urw'ikirango mu myaka ya za 95-96.

    Ntabwo ari Dr Seli Cehreli  unenga cyane ibivugwa na Judi Rever, kuko  ubu ahanganye  n'Umufaransa Guillaume Ancel wari umusirikari muri 'Opération Turquoise',   abadepite mu nteko zishinga amategeko mu bihugu binyuranye, imiryango mpuzamahanga irwanya Jenoside n'irondabwoko,  iharanira uburenganzira bw'Abahohotewe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abashakashatsi, abanyamateka, n'abandi benshi bashyira mu gaciriro, batumva ukuntu umuntu yakwikora akagorera amateka abantu bose bafiteho ukuri.  Igitabo cya Seli Cehreli cyatangiye kuvugisha amangambure abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kitaranasohoka. Akagabo gahimba akandi kataraza, Judi Rever n'abo basangiye ikinyoma bahame hamwe bajye ku Karubanda!

    The post Dr Sila Cehreli, impuguke mu by'amateka  akaba n'umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n'ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/dr-sila-cehreli-impuguke-mu-byamateka-akaba-numushakashatsi-muri-kamunuza-ya-marmara-muri-turikiya-aragaragaza-ko-abiyita-abahanga-nka-judi-rever-amateka-azabagayira/

  • Rwanda’s economy to grow faster over the next five years -Report #rwanda #RwOT

    'Over the next five years, the annual rate of GDP growth is set to rise to an average of 7.2%. However, between 2026 and 2035, the Centre for Economics and Business Research Ltd (Cebr) forecasts that the average rate of GDP growth will dip slightly to 6.1% per year. In the coming 15 years,' reads in part WELT report.

    The report shows that world’s economy was largely hit by Coronavirus pandemic with estimated $6 trillion gap in 2020.

    Rwanda was also hit by the pandemic where the economy expanded by an estimated 2% against the expected 8% which is below 9.4% GDP growth recorded the previous year.

    The country is however making good strides considering the scale of disruption across neighboring countries affected by the pandemic.

    Rwanda has had a lower incidence of COVID-19 than many other countries, with 56 deaths recorded during the first 11 and half months of 2020. This amounts to less than 1 death per 100,000 people.

    Despite national efforts to prevent the spread of COVID-19, WELT reports that global economic disruptions will also affect Rwanda as a country relying to smooth international trade.

    Deficit in minerals’ trade is among areas that destabilized the economy. Tin, tungsten and tantalum, also known as 3Ts, are Rwanda’s top mineral exports. For years, the country has been one of the world’s leading exporters of these minerals.

    However, the Covid-19 outbreak has hit commodity prices globally, driving a tumble in Rwanda mineral exports particularly 3Ts.

    Statistics show that revenue exports of 3Ts decreased by 30.9 per cent due to the drop in international commodity prices in January and February 2020 compared to the same period in 2019.

    Apart from 3Ts, the tourism sector (one of top contributors to the service sector which took 49% of the country’s GDP last year) was also affected due to COVID-19 preventive measures.

    As of today, some mining activities, restaurants and bars have resumed in adherence with health guidelines but bars remain closed.

    In 2014, Rwanda developed the Meetings, Incentives, Conferences and Events (MICE) strategy that seeks to make the country a top tourism and conference hub.

    In the 2019/2020, Rwanda targeted $88 million in revenues from 147 conferences up from $65$ of last year.

    COVID-19 restrictions has left of many hotels counting losses while some of new hotels have outstanding loans used to sustain operations. As of February 2020 before Coronavirus emerged in Rwanda, outstanding loans of the hotel sector stood at Rwf134 billion for 571 borrowers.

    Domestic taxes were also affected by the lockdown and extended curfew hours that impacted businesses’ income.

    For instance, Rwanda Revenue Authority (RRA) announced to have earned Rwf 1 516 billion against targeted Rwf 1 589 billion due to the pandemic.

    The complexity of challenges emanating from the pandemic left the country seeking loans to mitigate COVID-19 effects and boost national development as well.

    As per WELT report, Rwanda’s positive growth rate in 2020 highlights that the economic fallout from the pandemic has been far more limited than in most other countries.

    Government debt as a share of GDP reached 61.6% in 2020, compared to 51.4% the previous year. This increase is attributable to the impact of the COVID19 pandemic on government spending and tax receipts.

    Despite the pandemic’s effects, Rwanda’s economy is forecasted to grow and surpass the previous rate.

    WELT indicates that Rwanda’s economy will grow faster due to the country’s ambitions to build national economy on promoted investments.

    Rwanda has expended a lot of efforts to make the country a favorable business environment for investors.

    This saw Rwanda becoming 38th in the World Bank’s 2020 Ease of Doing Business Index, indicating that the country’s regulatory environment has made significant strides forward relative to other comparable countries.

    This year, the country has registered investment worth $1.2 billion for 127 projects expected to provide 22,000 job opportunities.

    Apart from attracting new investors, the Government of Rwanda continues to roll out initiatives aimed at supporting businesses hit by the coronavirus pandemic.

    These include efforts to diversify the country’s mineral exports where 17 firms have been recently granted exploration licenses, 13 received mining licenses while six companies were licensed to carry out quarrying activities.

    Among others, the Government will roll out tax incentives, for two years, to help stimulate investments in the manufacturing and the construction sectors as well as speed up business recovery from the Covid-19 effects. The latter is to be effected from January 2021.

    The manufacturing sector is expected to contribute 34% to DGP by 2024.

    Rwanda’s economy is projected to grow faster over the next five years.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/rwanda-s-economy-to-grow-faster-over-the-next-five-years-report

  • Une industrie de lait en poudre pour bientôt à Nyagatare (Est du Rwanda) #rwanda #RwOT

    ” La direction d’INYANGE Industries nous a écrit pour solliciter un espace de 15 hectares où sera érigée cette usine. Nous avons donné notre accord de principe sous réserve que d’autres conditions exigées seront remplies “, a indiqué à Kigali Today, Stephen Rurangwa,Vice Maire de District en charge d’Affaires économiques qui annonce que dans le cadre de l’éextension de la zone industrielle de la ville de Nyagatare, le District vote chaque année un budget alloué à l’expropriation des terres du périmètre urbain.

    ” Nous avons déjà pour cette année exproprié un espace de 25 hectares que nous avons offert à deux usines, une minoterie de farine de maïs et une fabrique de combustibles à partir de déchets de riz “, a-t-il ajouté souhaitant vivement la bienvenue de cette usine de lait en poudre dans un district qui accuse une forte production de lait de vache. Seize millions de litres de lait ont été produits dans l’an 2019 et 20 millions en 2020 d’après les statistiques de l’Association des Eleveurs de Nyagatare.

    Il est rapporté que presque toute cette production a été achetée par INYANGE Industries. Comme cette usine de transformation du lait en poudre est la filiale d’Inyange industries, tout porte à croire que l’expertise est assurée.

    ” Nous pouvons promettre une assez grande production laitière à cette usine. Nos éleveurs ont planté beaucoup de fourrage pour bétail au point que même durant la période de la saison sèche, la production ne cessera de s’accroître. Pour 2021, nos projections vont jusqu’à 24 millions de litres de lait “, a dit le Maire de District souhaitant la bienvenue à cette industrie du lait qui, espère-t-il, changera les conditions de vie, de travail et de penser de ses gouvernés.

    IGIHE

    Source : https://fr.igihe.com/Une-usine-de-lait-en-poudre-pour-bientot-a-Nyagatare-Est-du-Rwanda.html

  • Ese birakwiriye ko tujya gufasha abakene tukitwaza itangazamakuru? #rwanda #RwOT

    Bimaze kumenyerwa ko mu Ukuboza mu bihe bya Noheli n’Ubunani aribwo abantu benshi ku giti cyabo, imiryango ya gikirisitu n’amatorero bajya gutanga ubufasha ku bakene, abarwaye, impfubyi n’abapfakazi.

    Abenshi babasura babashyiriye ibiribwa, ibikoresho by’isuku cyangwa ubufasha mu kwivuza nka mituweli n’ibindi.

    Ugarukiye aha iki gikorwa bakora ni cyiza ariko birababaje gukora icyiza ukakigerekaho ikibi kizasiga amateka mabi kigatera igikomere n’ipfunwe abazakomoka ku bo wafashije.

    Gufasha ni byiza ariko bitanga isura mbi iyo ababikoze bitwaje itangazamakuru bakagerekaho gushirya abo bafashije ku karubanda, bagafotora ibiryo n’abo babihaye kuva bivuye mu modoka, byinjira mu nzu kugera bitetswe bikajya mu gifu.

    – Ese iyi migirire iterwa n’iki?

    Abantu benshi bafite ibirarane byo kubahwa, guhabwa agaciro bitewe n’imiryango bavukamo cyangwa uko sosiyete yabafashe, aba iyo bagize aho bagera bishakira icyubahiro no kumenyekana bityo ibyo bakora byose bifuza kubyubahirwa, batanga ikiguzi cyose cyatuma bagera kuri iyo ntego nubwo babyitirira gufasha.

    Abakirisitu bo n’abanyamadini iyo bakoze ibyo babyita umurimo w’Imana ariko mu by’ukuri ntabwo ariwo ahubwo ni ukwivura ibikomere by’amateka banyuzemo. Burya impamvu idutera gukora ibyo dukora iruta cyane ibyo dukora ubwabyo.

    – Ese muri ibi bikorwa harimo ubumuntu?

    Igisubizo cyanjye kiroroshye, ni oya. Umuntu w’impfura, warezwe kandi ufite indangagaciro, yewe niyo ataba umukirisitu ntiyatinyuka gushyira ku karubanda abo yagaburiye cyangwa abakene yafashije.

    Abantu benshi bakomotse ahantu habi ndetse u Rwanda rwahuriyemo abantu bafite amateka avangavanze, bamwe babaye impunzi imyaka myinshi abandi bahunze igihe gito, abandi bavuka mu miryango ikennye, abize bigoranye n’ibindi.

    Kuba waranyuze aho hose ntibibuza kwiyubaha no kubaha bagenzi bawe, iyo warezwe ugahabwa indangagaciro nzima kuko kuvukira mu buzima bubabaje si amahitamo yawe ntabwo ukwiriye kuzishyura ikiguzi cyabyo ubuzima bwose, igihe wowe n’abazagukomokaho uzaba ureba amafoto n’amashusho ari ku karubanda.

    Itangazamakuru ni ryiza ridufasha muri byinshi ariko tunibuke ko abarikoramo bazi kubika ibyo bakoze ku buryo nyuma y’imyaka mirongo itatu umwana w’umwe mu bafashijwe nagirwa Ministiri abanyamakuru bazagarura agafoto ka se apfukamye ashimira umuterankunga wamuhaye umufuka wa kawunga n’umuceri. Ese bizamuhesha ishema cyangwa bizamuzanira ipfunwe we n’umuryango we?

    Ikibazo mbaza abajya gufasha bakitwaza itangazamakuru, ese abaye ari so, nyoko, bashiki cyangwa basaza bawe bakaba babayeho ubuzima bubi bw’ubukene wakwishimira ko babagaburira bitwaje itangazamakuru bagashyira amafoto n’amashusho yabo ku karubanda?

    Ku bemera Bibiliya Yesu yaravuze ngo ukuboko kw’iburyo nigukora ikintu ukw’ibumoso ntikuzabimenye. Nonese ibibitse kuri Google n’ahandi byatangarijwe Isi yose ubwo bizagarukira he?

    Nsoza nagira inama abanyamadini n’amatorero n’abantu ku giti cyabo bifuza gufasha abakene; gufasha ni igikorwa cyiza ariko banza urebe impamvu igutera kubikora, hanyuma urebe niba birimo ubumuntu, unatekereze ku mutekano w’abo ugiye kugaburira niba bitazabasigira igikomere cy’iteka ryose kandi wowe wari uzi ko ugize neza.

    Pastor Desire Habyarimana

    Source : https://agakiza.org/Ese-birakwiriye-ko-tujya-gufasha-abakene-tukitwaza-itangazamakuru-7556.html

  • Ese birakwiriye ko tujya gufasha abakene tukitwaza itangazamakuru? #rwanda #RwOT

    Bimaze kumenyerwa ko mu Ukuboza mu bihe bya Noheli n’Ubunani aribwo abantu benshi ku giti cyabo, imiryango ya gikirisito n’amatorero bajya gutanga ubufasha ku bakene, abarwaye, impfubyi n’abapfakazi.

    Abenshi babasura babashyiriye ibiribwa, ibikoresho by’isuku cyangwa ubufasha mu kwivuza nka mituweli n’ibindi.

    Ugarukiye aha iki gikorwa bakora ni cyiza ariko birababaje gukora icyiza ukakigerekaho ikibi kizasiga amateka mabi kigatera igikomere n’ipfunwe abazakomoka ku bo wafashije.

    Gufasha ni byiza ariko bitanga isura mbi iyo ababikoze bitwaje itangazamakuru bakagerekaho gushirya abo bafashije ku karubanda, bagafotora ibiryo n’abo babihaye kuva bivuye mu modoka, byinjira mu nzu kugera bitetswe bikajya mu gifu.

    Ese iyi migirire iterwa n’iki?

    Abantu benshi bafite ibirarane byo kubahwa, guhabwa agaciro bitewe n’imiryango bavukamo cyangwa uko sosiyete yabafashe, aba iyo bagize aho bagera bishakira icyubahiro no kumenyekana bityo ibyo bakora byose bifuza kubyubahirwa, batanga ikiguzi cyose cyatuma bagera kuri iyo ntego nubwo babyitirira gufasha.

    Abakirisito bo n’abanyamadini iyo bakoze ibyo babyita umurimo w’Imana ariko mu by’ukuri ntabwo ariwo ahubwo ni ukwivura ibikomere by’amateka banyuzemo. Burya impamvu idutera gukora ibyo dukora iruta cyane ibyo dukora ubwabyo.

    Ese muri ibi bikorwa harimo ubumuntu?

    Igisubizo cyanjye kiroroshye, ni oya. Umuntu w’impfura, warezwe kandi ufite indangagaciro, yewe niyo ataba umukirisitu ntiyatinyuka gushyira ku karubanda abo yagaburiye cyangwa abakene yafashije.

    Abantu benshi bakomotse ahantu habi ndetse u Rwanda rwahuriyemo abantu bafite amateka avangavanze, bamwe babaye impunzi imyaka myinshi abandi bahunze igihe gito, abandi bavuka mu miryango ikennye, abize bigoranye n’ibindi.

    Kuba waranyuze aho hose ntibibuza kwiyubaha no kubaha bagenzi bawe, iyo warezwe ugahabwa indangagaciro nzima kuko kuvukira mu buzima bubabaje si amahitamo yawe ntabwo ukwiriye kuzishyura ikiguzi cyabyo ubuzima bwose, igihe wowe n’abazagukomokaho uzaba ureba amafoto n’amashusho ari ku karubanda.

    Itangazamakuru ni ryiza ridufasha muri byinshi ariko tunibuke ko abarikoramo bazi kubika ibyo bakoze ku buryo nyuma y’imyaka mirongo itatu umwana w’umwe mu bafashijwe nagirwa Ministiri abanyamakuru bazagarura agafoto ka se apfukamye ashimira umuterankunga wamuhaye umufuka wa kawunga n’umuceri. Ese bizamuhesha ishema cyangwa bizamuzanira ipfunwe we n’umuryango we?

    Ikibazo mbaza abajya gufasha bakitwaza itangazamakuru, ese abaye ari so, nyoko, bashiki cyangwa basaza bawe bakaba babayeho ubuzima bubi bw’ubukene wakwishimira ko babagaburira bitwaje itangazamakuru bagashyira amafoto n’amashusho yabo ku karubanda?

    Yesu yaravuze ngo ukuboko kw’iburyo nigukora ikintu ukw’ibumoso ntikuzabimenye. Nonese ibibitse kuri Google n’ahandi byatangarijwe Isi yose ubwo bizagarukira he?

    Nsoza nagira inama abanyamadini n’amatorero n’abantu ku giti cyabo bifuza gufasha abakene; gufasha ni igikorwa cyiza ariko banza urebe impamvu igutera kubikora, hanyuma urebe niba birimo ubumuntu, unatekereze ku mutekano w’abo ugiye kugaburira niba bitazabasigira igikomere cy’iteka ryose kandi wowe wari uzi ko ugize neza.

    Inyigisho ya Pasiteri Desire Habyarimana

    Source: Igihe.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Ese-birakwiriye-ko-tujya-gufasha-abakene-tukitwaza-itangazamakuru.html

  • Messi yavuze byinshi ku hazaza he anongera guhishura ukuntu yemera cyane Cristiano Ronaldo #rwanda #RwOT

    Uyu munya Argentina watanze ibyishimo mu mupira w'amaguru,yemerewe gutangira kuvugana n'andi makipe guhera mu kwezi kwa mbere uyu mwaka cyane ko amasezerano ye azarangira mu mpeshyi itaha.

    Uyu mukinnyi yavuze ko nashaka kugenda azabitangariza ikipe ndetse ko aticuza kuba yarasezeye ikipe mu mezi ashize ashaka kwigendera nubwo byarangiye bimwangiye.

    Mu kiganiro yagiranye na La Sexta yatangiye agira ati 'Bwari uburyo bwo kugaragaza ibyiyumvo byanjye.Ninjye wabwiye ikipe ko nshaka kugenda,numvaga ko natanze ibyo nasabwaga kandi cyari cyo gihe cyiza cyo gutandukana n'ikipe yampaye byinshi.Nifuzaga gutwara ibikombe ndetse no guhatanira Champions League numvaga aricyo gihe cyo guhindura.Perezida yatangiye kubyangiza ndetse anatangira kunsiga icyasha.

    Byari bingoye cyane gufata icyemezo cyo kuva mu ikipe.Umuryango wanjye wifuzaga ko mpaguma,hariya niho mu rugo iwabo ariko njye numvaga nshaka kugenda.

    Kugenda kwa Luis Suarez ntaho byari bihuriye n'icyemezo cyanjye cyo kugenda ariko numvise ari ubusazi uburyo yarekuwemo ndetse Barcelona yaramurekuye ajya mu ikipe duhanganye.

    Yagendeye Ubuntu,yishyurwa amafaranga yari asigaye ku masezerano ye anajya mu ikipe ihora ifite intego nk'izacu.Ntabwo byumvikana.'

    Ku bijyanye no kuva muri FC Barcelona,Messi yagize ati 'Reka dutegereze turebe uko bizagenda ariko nzatangaza ahazaza hanjye mu mpeshyi.Ikipe iri guca muri byinshi bikomeye ku bijyanye n'ubukungu byagorana kuzana Neymar Jr.'

    Messi yavuze ko iyo ajyana mu nkiko FC Barcelona mu mezi ashize kugira ngo imurekure agende yari kuyitsinda ariko ngo yanze kuyivamo nabi.

    Messi avuga aho yifuza kujya,yagize ati 'Nakwishimira kuzakina muri US nkaba mu buzima bwa hariya ndetse ngakina na shampiyona yaho ariko nkazagaruka muri FC Barcelona mfite ubumenyi.

    Ntabwo ndatangira gutekereza cyane ku biri imbere ahubwo ndashaka kureba uko umwaka w'imikino uzarangira.'

    Messi abajijwe uko abona Cristiano Ronaldo,yagize ati 'Hari abakinnyi bakwiriye guhabwa icyubahiro. Rafa Nadal, Federer, LeBron James.Mu mikino yose haba hari umukinnyi uwuhagarariye akanashimirwa ibyo yakoze.

    Cristiano ahagarariye umupira w'amaguru.Hari abakinnyi bahagaze neza mu byo bakora batanga ibyiza gusa.'

    Messi yavuze ko aterwa imbaraga cyane n'abahungu be kurusha abandi bose kuko ngo nibo bamubyutsa ngo ajye mu kazi.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/messi-yavuze-byinshi-ku-hazaza-he-anongera-guhishura-ukuntu-yemera-cyane

  • Itangazo: Uwitwa Uwamariya Marie Anitha yasabye guhindura amazina akitwa Uwamariya Anitha #rwanda #RwOT

    Uwitwa Uwamariya Marie Anitha yasabye guhindura amazina mu buryo bwemewe n'amategeko akitwa Uwamariya Anitha mu bitabo by'irangamimerere.

    Impamvu atanga zituma asaba guhindura amazina akaba ari uko ari izina ababyeyi bamwise ariko ntiyandikwa mu bitabo by'irangamimerere.
    Ingingo z'ingenzi yashingiyeho asaba inzego zibishinzwe guhindura amazina zikaba ziri hano hasi:

    Source : http://umuryango.rw/amatangazo/article/itangazo-uwitwa-uwamariya-marie-anitha-yasabye-guhindura-amazina-akitwa