Blog

  • Kayonza: Umugabo yagiye gusambanyiriza umukobwa iwabo afatirwayo baramukubita – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Mutarama 2021 ahagana saa sita z’ijoro, bibera mu Mudugudu wa Juru mu Kagari ka Juru mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza.

    Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko uyu mugabo asanzwe ari inshuti mu buryo bukomeye n’umukobwa w’imyaka 30 ariko ukiba iwabo. Mu ijoro ryakeye ngo uyu mugabo yasanze uyu mukobwa iwabo mu rugo ahagana atangira kwiha akabyizi mu rugo rw’ababyeyi b’uyu mukobwa.

    Basaza be bari bamaze iminsi bakeka urukundo hagati y’aba bombi ngo, bashaka ibimenyetso by’uko aba bombi baza gusambanira mu rugo rw’ababyeyi babo maze babagwa gitumo bari kwiha akabyizi niko kumukubita bamugira intere.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahini, Rukeribuga Joseph yabwiye IGIHE ko uyu mugabo yafatiwe muri urwo rugo ahagana saa Sita zijoro ubwo abandi bantu bishimiraga umwaka mushya wa 2021.

    Yagize ati “Uyu mugabo yagiye gusambanya uyu mukobwa, kuko rero abana n’ababyeyi be ariko akaba mu nzu iri hanze niho yamusanze, basaza be rero bari bamaze iminsi babikeka baramurarira barahamufatira baramukubita, bamukomerekeje mu buryo bukomeye mu mutwe nubwo yahise yoherezwa kwa muganga.”

    Gitifu yakomeje avuga ko abo basaza b’umukobwa bakomerekeje uu mugabo bahise baburirwa irengero ariko ngo inzego z’umutekano ziracyabashakisha kugira ngo baryozwe icyaha bakoze.

    Yasabye abaturage kugira umuco mwiza wo kwifata bakirinda guca inyuma abo bashakanye kuko bishobora gusenya umuryango, anasaba abaturage kwirinda kwihanira mu gihe hari uwabakoreye amakosa ahubwo bakajya bitabaza ubuyobozi bubegereye.

    Kuri ubu uyu mugabo w’imyaka 40 asanzwe afite umugore n’abana batatu akaba yajyanwe ku kigo Nderabuzima cya Nyakabungo kuvurwa.

    Ikarita igaragaza umurenge wa Gahini aho byabereye

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-umugabo-yagiye-gusambanyiriza-umukobwa-iwabo-afatirwayo-baramukubita

  • Isoko rya Gisenyi ryeguriwe abikorera bahabwa amezi atandatu yo kuryuzuza – #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y’amasezerano yasinywe kuri uyu wa kane yo guhererekanya yabaye hagati y’ubuyobozi bw’akarere na sosiyete RICO(Rubavu Investiment Company) yashinzwe n’abikorera bo mu karere ka Rubavu.

    Imirimo yo kubaka isoko rya Gisenyi igiye guhita itangira ikazamara amezi atandatu hagakurikiraho imirimo yo kubaka isoko rya kera nayo izamara amezi atandatu.

    Inyubako utaruzura yahawe agaciro ka miliyari 2.18 Frw nk’umugabane w’akarere, mu gihe abikorera bazakoresha miliyari 2.7 Frw nk’umugabane wabo.

    Umuyobozi wa RICO, Twagirayezu Pierre Celestin nyuma yo guhabwa isoko yavuze ko nubwo byatinze kubera inzitizi bagiye kwihutisha imirimo yo kubaka.

    Ati “Byaratinze cyane kuko ubutaka bwari bukiri umutungo wa leta ariko leta yaje kubuha akarere nibwo twatangiye ibiganiro. Nk’abikorera tuzafatanya twiyubakire iri soko. Abacuruzi nibitegure inzitizi zose zivuyeho tugiye kubaka nyuma y’amezi atandatu bagiye kubona aho bakorera heza’’.

    Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Habyarimana Gilbert yashimiye abikorera kuba bemeye kubaka isoko mu mezi atandatu avuga ko rizahindura byinshi harimo no gukangura abifite batinyaga gushora mu mishinga minini.

    Ati “Turashashimira abikorera kuba bateye iyi ntambwe bakemera kubaka iri soko mu mezi atandatu, ni ibikorwa by’iterambere mu karere gafite icyerecyezo cy’iterambere mu bukerarugendo. Rizahindura byinshi harimo gutanga akazi no kongera ubwiza bw’umujyi kandi bigiye gukangura abafite ubushobozi batinyaga gushora mu mishinga minini’’.

    Iri soko ryari ryaratangiye kubakwa n’akarere mu mwaka wa 2010, akarere kaza kunanirwa biturutse ku mikoro nuko rigurishwa Sosiyete ya ABBA Ltd bikaba ari nabyo shingiro ry’iyeguzwa ry’abayoboraga akarere tariki 27 Werurwe 2015.

    Icyo gihe nyobozi y’akarere mu masezerano yari yagiranye na ABBA Ltd yavugaga ko igomba gutanga miliyari imwe na miliyoni zisaga 300, Njyanama y’Akarere itungurwa no kubona imirimo yo kubaka itangira nta na make aratangwa.

    Hakurikiyeho imanza akarere kaburana na sosiyete ABBA Ltd zarangiye akarere gatsinze.

    Amasezerano yasinywe asaba abikorera kuba bujuje isoko mu mezi atandatu

    Imyaka yari ibaye icumi isoko rya Gisenyi kuryuzuza byarananiranye

    Isoko nirimara kuzura byitezwe ko rizongera ishoramari n’ubucuruzi muri Rubavu

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/isoko-rya-gisenyi-ryeguriwe-abikorera-bahabwa-amezi-atandatu-yo-kuryuzuza

  • Mu mwaka wa 2020 bamwe mu bakomeye bashyizwe muri Gereza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umwaka wa 2020 usize umunyemari ukomeye wari warihishe igipolisi cy’isi yose mu gihe kirenga imyaka 20 afashwe, uwari Minisitiri w’Intebe arafungwa akaba agiye kumaramo imyaka itatu.

    Dr Pierre Damien Habumuremyi yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva mu mwaka wa 2011-2014. Nyuma yaho yagizwe Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari, Imidari n’Impeta by’Ishimwe(CHENO).

    Dr. Pierre Damien Habumuremyi
    Dr. Pierre Damien Habumuremyi

    Iyi mirimo ariko yayikoze anifitiye ubucuruzi bwe ku ruhande ari bwo kaminuza yitwaga “Christian University”, ikaba ari yo yamuteye gusaba abantu amafaranga ariko akabaha sheki zitazigamiye.

    Ku itariki 27 Ugushyingo 2020 nibwo Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwakatiye Dr Pierre Damien Habumuremyi igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 892.

    Umwaka mubi kuri Kabuga Félicien

    Yari amaze imyaka 23 ashakishwa n’Igipolisi cy’isi nyuma yo gushinjwa gutera inkunga Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ariko tariki ya 16 Gicurasi 2020 afatirwa mu nkengero z’umujyi wa Paris mu Bufaransa.

    Ku itariki 26 Ukwakira 2020 Kabuga Félicien yavanywe aho mu Bufaransa ajya gufungirwa i La Haye mu Buholandi mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICT).

    Kabuga Félicien ubwo yari mu rukiko
    Kabuga Félicien ubwo yari mu rukiko

    Ku nshuro ya mbere ubwo yari yitabye urukiko ku itariki 11 z’ukwezi gushize k’Ugushyingo 2020, Kabuga Félicien yavuze amazina ye gusa kuko ngo yumvaga ananiwe.

    Urukiko rwaherukaga kumva ijambo rye rumubaza niba umwirondoro ari uwe koko, maze agira ati “Ndabumva! Nitwa Kabuga Félicien”.

    Nyuma yaho ubushinjacyaha bwamaze iminota myinshi busoma ibyaha Kabuga aregwa, ariko nta kindi we yongeyeho kuko abamwunganira babwiraga urukiko ko atamerewe neza.

    Umwaka wa 2020, umwaku kuri Paul Rusesabagina

    Araregwa gushinga no gutera inkunga umutwe w’iterabwoba wa FLN, wigambye ibitero byahitanye abantu icyenda, bigasahura ndetse bikangiza imitungo y’abaturage mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe mu myaka ya 2018-2019.

    Paul Rusesabagina
    Paul Rusesabagina

    Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko Rusesabagina ukora umwuga wo mu mahoteli akaba atuye mu Bubiligi, yayoboye impuzamashyaka yitwa MRCD ifite umutwe w’ingabo wa FLN, ndetse ko yateye inkunga uwo mutwe kugira ngo ugabe ibitero mu Rwanda.

    Ubushinjacyaha bwasabye inkiko ko urubanza rwa Paul Rusesabagina ruhuzwa n’urw’abari abavugizi b’umutwe uregwa iterabwoba wa FLN, ari bo Nsabimana Callixte na Nsengimana Herman, ndetse n’abandi 17 bahoze muri uwo mutwe.

    Umwaka wa 2020 wafatiwemo benshi baba i Burayi bashinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi

    Umwaka wa 2020 usize abandi Banyarwanda barenga batandatu bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bafatiwe mu bihugu bitandukanye by’i Burayi.

    Aba barimo Jean Paul Micomyiza uregwa gukorera ibyaha i Butare(Huye) akaba yaratawe muri yombi ari mu gihugu cya Suwede ku itariki 17 Ugushyingo 2020.

    Jean Paul Micomyiza yafatiwe muri Suwede
    Jean Paul Micomyiza yafatiwe muri Suwede

    Hari Joseph Mugenzi watawe muri yombi ari mu Buholandi mu mpera z’ukwezi k’Ukwakira k’uyu mwaka, ndetse n’umuhungu we René Mugenzi akaba yarakatiwe n’urukiko rwa Norwich(Norvege) igifungo cy’imyaka ibiri n’amezi atatu azira kurigisa amafaranga y’amapawundi agera ku bihumbi 220 ya Kiliziya yitwa Saint John the Baptist.

    Joseph Mugenzi
    Joseph Mugenzi

    Muri uko kwezi k’Ukwakira 2020 kandi igihugu cy’u Bubiligi cyatangaje ko cyataye muri yombi Abanyarwanda batatu ariko kikaba kitarifuje kuvuga amazina yabo, ndetse na Charles Ndereyehe wafatiwe mu Buholandi ku itariki 08 Nzeri 2020 ariko akaba yarahise arekurwa.

    Umwaka wa 2020 wabaye uw’imanza z’abaregwa Jenoside bafungiwe mu Rwanda

    Umwaka wa 2020 urangiye urubanza rwa Bernard Munyagishari rugeze mu Rukiko rw’ubujurire, aho aburana yemera ibyaha yakoreye ku Gisenyi(Rubavu) nk’uwari umuyobozi wa MRND muri iyo ntara.

    Bernard Munyagishari yafatiwe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) mu mwaka wa 2011, ajyanwa i Arusha, akaba yaraje kugezwa mu Rwanda muri 2013.

    Habayeho kuburana kwa Urayeneza Gérard washinze amashuri n’ibitaro bya Gitwe mu Karere ka Ruhango, akaba aregwa ubufatanyacyaha muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no guhisha amakuru yafatwa nk’ibimenyetso by’iyo Jenoside.

    Urubanza rwa Urayeneza w’imyaka 70 ruracyari mu nkiko mu Karere mu Muhanga aho afungiwe, akaba aburana avuga ko amakuru y’imibiri umunani yagaragaye ku bitaro abereye umuyobozi atari ayazi.

    Leon Mugesera

    Mu kwezi kwa Nzeri 2020 nibwo Urukiko rw’Ubujurire rwatangaje ko rugumishijeho igifungo cya burundu kuri Dr Leon Mugesera wari warajuririye Urukiko rw’Ikirenga nyuma y’Urubanza yaburanye mu Rukiko Rukuru.

    Dr Leon Mugesera ashinjwa kuba mu mwaka wa 1992 yaravugiye imbwirwaruhame (discours) ku Kabaya(Ngororero), inkiko n’ubushinjacyaha bakaba bayifata ko irimo umugambi wo kurimbura Abatutsi, aho yagize ati “Bazanyuzwa iy’ubusamo muri Nyabarongo basubizwe iwabo muri Abisiniya (Ethiopia)”.

    Abasesenguzi mu by’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi bakomeza bahera kuri iki kimenyetso hamwe n’ibindi bavuga ko iyo Jenoside yateguwe kuva kera, itatewe n’ihanurwa ry’indege y’uwari Perezida Habyarimana, nk’uko bamwe babivuga.

    Undi urukiko rwahamije ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse akaba yarakatiwe igifungo cya burundu ku itariki 28 Gicurasi 2020, ni Ladislas Ntaganzwa wari Burugumestiri wa Komine Nyakizu mu Karere ka Nyaruguru.

    Imanza z’abaregwa iterabwoba no guhungabanya umutekano w’Igihugu zambukiranyije umwaka wa 2020

    Umwaka wa 2020 mu nkiko za gisirikare z’u Rwanda na ho haburaniye Ubushinjacyaha n’Abarwanyi b’umutwe wa P5, bivugwa ko ukorera mu Karere k’Ibiyaga bigari u Rwanda rubarizwamo, bakaba barangajwe imbere na Maj Habib Mudhatiru wabaye mu ngabo z’u Rwanda.

    Kugeza ubu urubanza rukomeje kuburanishwa mu mizi, aho abaregwa barimo abari abarwanyi bo muri RNC baturuka mu Rwanda, mu Burundi na Uganda ndetse n’abari abasirikare b’u Rwanda, bose bafatiwe mu burasirazuba bwa Kongo Kinshasa.

    Inkiko za gisirikare kandi zaburanishije abasirikare batanu baregwaga gufata abagore ku ngufu muri Kangondo(Nyarutarama), ariko byageze mu kwezi kwa Gicurasi batatu muri bo bararekurwa, abandi bahita bahabwa igifungo cy’agateganyo bategereza urubanza mu mizi.

    Uwahoze akuriye abarinda Umukuru w’Igihugu, Tom Byabagamba na we n’ubwo yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka 21 azira gusebya Leta no kugambirira kugirira nabi Ubutegetsi buriho, yongeye kugaruka mu nkiko kenshi muri uyu mwaka, aho arimo kuburana ku byaha byo kwiba telefone kugira ngo imufashe gutoroka gereza.

    Abayobozi baregwa ruswa no kunyereza umutungo (bitwa ibifi binini) barafashwe, baraburana baranafungwa

    Uretse Dr Pierre Damien Habumuremyi wahamijwe ibyaha byo gutanga sheki zitazigamiye (twigeze kuvugaho), hari n’abandi bayobozi bagejejwe mu nkiko barimo Dr Isaac Munyakazi wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye.

    Ku wa 16 Ukwakira 2020 Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Dr Isaac Munyakazi igifungo cy’imyaka 10 no gutanga ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 10, nyuma yo kumuhamya ibyaha byo kwakira ruswa no gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite.

    Na none umwaka wa 2020 ntabwo wahiriye uwahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi(MINECOFIN), Caleb Rwamuganza na bagenzi be baregwa guhombya Leta arenga miliyari ebyiri, bakaba bashinjwa kugura inzu ihenze kugira ngo asaguka bayagabane.

    Rwamuganza ari muri gereza hamwe na Christian Rwakunda wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Serubibi Eric wahoze ayoboye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (RHA), ndetse na Kabera Godfrey wari ushinzwe igenamigambi muri MINECOFIN.

    Aba bose hamwe n’umunyemari Rusizana Aloys (nyiri inzu yaguzwe) ndetse n’umugenagaciro witwa Munyabugingo Bonaventure, bakomeje gufungwa by’agateganyo mu gihe bagitegereje urubanza ruzaburanishwa mu mizi muri uyu mwaka wa 2021.

    Inkiko z’u Rwanda kandi zakiriye n’imanza ziregwamo abayobozi b’inzego z’ibanze barimo uwari Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Ndabereye Augustin wakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga miliyoni imwe mu kwezi kwa Gashyantare 2020, kubera gukubita no gukomeretsa ndetse no guhoza ku nkeke uwo bashakanye.

    Na none mu kwezi kwa Kamena 2020 uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze wari umaze iminsi avuye muri gereza kubera gukubita no gukomeretsa umuturage, yongeye kugezwa mu maboko y’ubugenzacyaha ashinjwa ruswa no gushaka gutoroka ubutabera.

    Muri uko kwezi nabwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru, Serge Ruzima n’Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange muri aka Karere (Division Manager) Innocent Nsengiyumva.

    Icyo gihe RIB yavuze ko abo bayobozi bakurikiranyweho gutanga amasoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kwakira ruswa, gukoresha inyandiko mpimbano, gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite no kunyereza umutungo wa Leta.

    Abitabye Imana bashakishwaga cyangwa bari bafunzwe

    Umwaka wa 2020 wavuzwemo impfu z’Abanyarwanda bashakishwaga n’ubutabera mpuzamahanga, ndetse no mu gihugu imbere hari abapfuye bari bafungiwe mu magereza cyangwa muri kasho.

    Ku itariki 17 Gashyantare 2020 Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu rukerera rwo kuri uwo munsi, uwari umuhanzi n’umuririmbyi Kizito Mihigo wari ufite imyaka 38 akaba yari afungiwe muri kasho i Remera, yapfuye yiyahuye.

    Mu bari bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi babitswe muri 2020 ko bapfuye, harimo Augustin Bizimana wari Minisitiri w’Ingabo muri Guverinoma yiyise iy’Abatabaazi, nk’uko byatangajwe tariki 22 Gicurasi 2020 n’Urwego IRMCT rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda(ICTR).

    Urwego IRMCT rwavuze ko Bizimana Augustin wari ku rutonde rumwe na Kabuga Félicien ndetse na Mpiranya Protais mu bashakishwaga n’igipolisi mpuzamahanga, ngo yaguye mu gace ka Pointe Noire, muri Repubulika ya Kongo (Brazaville) muri Kamena umwaka wa 2,000.

    Undi washakishwaga kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ni Karemera Edouard wari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Leta ya Juvenal Habyarimana ishinjwa gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ibitangazamakuru binyuranye byavuze ko Karemera yaguye muri gereza yo mu gihugu cya Senegal ku wa kabiri tariki ya 01 Nzeri 2020.

    Ubutabera n’inkiko mu mwaka w’icyorezo Covid-19

    Muri kasho, mu nkiko no mu magereza ni hamwe mu hantu Leta y’u Rwanda yafatiye ingamba nshya mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo Covid-19.

    Ubucucike bukabije muri za kasho bwatumye Guverinoma ifungura abantu bagera ku 2,855 mu kwezi kwa Mata na Gicurasi uyu mwaka, kubera kwirinda Covid-19.

    Hashyizweho n’ingamba z’uko umuntu ugiye gufungirwa muri gereza ajyana icyangomwa cy’uko yapimwe Covid-19, bakamushyira mu bandi ari uko basanze nta bwandu afite, ndetse imanza nyinshi zatangiye kuburanishwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Minisiteri y’Ubutabera(MINIJUST) ivuga ko irimo gutegura uburyo imfungwa n’abagororwa benshi bazarekurwa bagafungirwa hanze hifashishijwe ibikomo cyangwa gukora imirimo nsimburagifungo.

    Raporo yakozwe na Sena y’u Rwanda ku bucucike mu magereza yerekana ko mu mfungwa 57,482 zari mu magereza 14 y’u Rwanda muri 2015 icyo gihe ubucucike bwari ku rugero rwa 99.6%.

    Raporo ya Sena igakomeza ivuga ko ubucucike bwaje kugabanuka kugeza kuri 66.9% muri 2016 ariko buza kongera gutumbagira kugera kuri 102% muri 2017, bukomeza kuzamuka bugera ku 114% muri 2018, na none burazamuka bugera ku 124.8% mu mwaka wa 2019.


    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/imanza/article/mu-mwaka-wa-2020-bamwe-mu-bakomeye-bashyizwe-muri-gereza

  • Mu mashyamba ya Centrafrique! RDF yaciye ibirindiro (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Ubuhangange bw’Ingabo za RDF ushaka kubumenya neza yahera no mu Rwanda atagiye kure, akareba amateka yaranze igihugu, uko zagiye zikubita inshuro abashakaga guhungabanya umutekano wacyo.

    Si ibintu bizwi mu Rwanda gusa, nubwo wenda hari bamwe baba bambaye ikirezi ariko batazi ko cyera. Mu Kinyarwanda gikomeye cya Bamporiki niwe ukunda kuvuga ko u Rwanda rwanda, ni ukuvuga ko rwaguka, kwaguka kwarwo si mu mbibi ahubwo ni mu ntekerezo, rugakuza igitinyiro n’igikundiro imahanga.

    Kötä zo [Soma: Kotazo] iri ni ijambo rikoreshwa mu rurimi rw’Igi-Sango, rukoreshwa muri Repubulika ya Centrafrique, mu gifaransa risobanura “Chef”, niko uhamagara umuntu ushaka kugaragaza ko umwubashye cyane. Ni nka kumwe uhura n’umuntu mu muhanda ukamubwira uti Komera Nyakubahwa, hano ho baravuga ngo “Tongana nye Kötä zo”.

    Ba Kötä zo” rero, Abanya-Centrafrique bafitanye umubano ukomeye n’Ingabo z’u Rwanda. Hafi y’Ikigo cy’Ingabo z’u Rwanda mu Mujyi wa Bangui kiri nko muri kilometero imwe uvuye ku Kibuga cy’Indege cya Bangui-M’poko, uhageze rimwe na rimwe ushobora kugira ngo uri mu Rwanda.

    Mu gace ka M’poko, abantu benshi baho bazi Ikinyarwanda kubera imyaka myinshi bamaze babana n’Ingabo z’u Rwanda. Bazi gusuhuzanya mu Kinyarwanda ngo Amakuru, urakomeye, ijoro ryiza n’andi nk’ayo.

    Iyo ugeze mu masoko y’i Bangui cyane acururizwamo imyenda ya caguwa imwe itemewe mu Rwanda, usangamo abantu bazi Ikinyarwanda ku buryo guciririkanwa bitagombera Igifaransa niba utakizi. Bisaba gusa kumubwira ko umuha 2000, akakubwira ati “Oya, Kötä zo 3500”. Uko mbyanditse niko babivuga mu Kinyarwanda.

    Ikindi byaba bigoye umaze iminota itanu uzenguruka mu Mujyi wa Bangui [dore ko ari na muto, ufite imihanda itanu y’ingenzi kandi yose irahura] utarahura n’Ingabo z’u Rwanda.

    Aho zinyuze hose usanga abaturage baba bazisuhuza, bazishimire, kuko usibye kubacungira umutekano, zubatse umubano ukomeye bituma zisangwamo.

    Mu Mujyi wa Bangui, Ingabo z’u Rwanda nizo zifite inshingano zo gucungira abaturage umutekano

    Zirinze Perezida, abagore be babiri n’inyubako nyinshi zikomeye

    Guhera ku Ngoro y’Umukuru w’Igihugu, urugo rwa Perezida ruherereye mu Mujyi wa Bangui n’uruherereye mu gace ka Damara ku ivuko rye, Ingabo z’u Rwanda nizo ziharinda. Umurinzi wa Perezida uba uzwi nka “Number 1”, ni umunyarwanda, umwe uhora amugenda ku ruhande.

    Ku rundi ruhande, zirinda abagore be babiri Brigitte Touadéra na Tina Touadéra zikanabaherekeza aho bagiye hose. Amakuru ahwihwiswa mu bantu ni uko ngo Perezida Touadéra yahisemo gushaka umugore wa kabiri kuko uwa mbere batashakaga kubona urubyaro.

    Iyo ugeze muri Perezidansi ya Centrafrique, wakeka ko ugeze ku Kacyiru, usibye ibintu bimwe na bimwe bitaba mu Rwanda nk’isuku nke n’aho urebye ku rutugu rw’abo usanga wagira ngo uri i Kigali, kuko ari ibendera ry’u Rwanda riba ritambukamo gusa.

    Uhereye ku muntu ufungura amarembo makuru, uyu munsi iyo utahasanze umusore ejo uhasanga umukobwa w’Umunyarwandakazi, wagera imbere ku basaka bose ni abanyarwanda, kugeza ku bakwinjiza aho utegerereza Perezida. Icyakora sinabashije kubaza niba biriya byuma basakisha byo bitaraturutse mu Rwanda.

    -  Zazanye uburyo bushya bwo gucunga umutekano

    Mu bihugu icumi bifite ingabo muri Minusca, nta na kimwe gifite imikorere nk’iy’Ingabo z’u Rwanda mu bijyanye no gucunga umutekano. Bifite ishingiro ni narwo rushinzwe kurinda umutekano w’Umukuru w’Igihugu byakozwe hashingiwe ku bushobozi rwagaragazaga.

    Bya bindi tujya tubona saa cyenda z’i Kigali aho abasirikare baba bazenguruka ku muhanda bacunze umutekano, ubu byimukiye mu Mujyi wa Bangui. Ntabwo byari bisanzwe kubona abasirikare ku muhanda bacunze umutekano, Ingabo z’u Rwanda nizo zibikora gusa.

    Mu ijoro ry’umunsi wa nyuma w’umwaka wa 2020, IGIHE yazengurutse mu Mujyi wa Bangui, mu duce twose cyane ahakunze kuba hari utubari, hari abasirikare b’u Rwanda bacunze umutekano intambwe ku yindi ndetse n’ibifaru bya karahabutaka biri kuzenguruka umujyi wose.

    Hari amakuru ko abasirikare bongerewe by’umwihariko muri iri joro ry’umwaka mushya mu kwirinda ko hagira umuntu witwikira ibirori byawo maze akarasa ku baturage. Batayo ebyiri, ni ukuvuga abagera kuri 300 nibo IGIHE yabashije kumenya nk’abakoze uburinzi mu Mujyi rwagati wa Bangui.

    Guhera saa yine z’ijoro mu Mujyi wa Bangui hari hatangiye ibirori byo kwinjira mu mwaka mushya, ibirumbeti, amafirimbi n’ibishashi by’ibyishimo byavugaga cyane mu mujyi bikungikanya n’urusaku rw’amasasu yarasagwa mu kirere.

    Bivugwa ko amasasu yaraswaga n’abasirikare b’aba-FACA bari basinze, kuko aho baba bari hose no mu ngo zabo baba bafite imbunda.

    Umutwe w’Ingabo zidasanzwe uherutse koherezwa muri iki gihugu nawo wahise utangira akazi. Kugenda n’amaguru abasirikare bacunze umutekano ntibimenyerewe, bikorwa n’Ingabo z’u Rwanda gusa

    -  Zateze mu mashyamba aho umwanzi yamenera hose

    Mu bice bya P15, ni ukuvuga mu bilometero 15 uvuye mu Mujyi wa Bangui, Ingabo z’u Rwanda zakambitse ahantu mu ishyamba ziryamiye amajanja ku buryo imitwe yitwaje intwaro ishobora guturuka muri icyo cyerekezo yavunirwa umuheto mbere y’uko igera mu Mujyi wa Bangui.

    Uvuye muri PK15 ukigira imbere gato muri PK23, naho ingabo zarakambitse, ijoro n’amanywa ziba ziryamiye amajanja aho mu mabwiriza zifite harimo ko mu gihe zabona umwanzi zamuhashya zikanamenyesha izindi ziri inyuma ko umugizi wa nabi ashaka kwinjira mu mujyi rwagati.

    IGIHE yageze muri iryo shyamba rikambitsemo abasirikare b’u Rwanda, abasore bazi icyabazanye, baba bari maso umunota ku wundi, bahanahana amakuru ku cyombo, imbunda zabo nini za Machine Gun ziregeye ndetse n’izirasa bya bisasu bya rutura bazifite ku rutugu.

    Ku rundi ruhande, muri ako gace zahashyize bariyeri zikoranaho n’abasirikare ba Centrafrique bitwa FACA. Baba bacunga umuntu wese winjira mu Mujyi ku buryo adashobora kubaca mu rihumye ngo umwanzi abinjirane.

    Ni bimwe bya Kinyarwanda ngo u Rwanda ruraterwa ntirutera! Nabo ntibashaka umuntu ubatera, ahubwo bo baramutanga bakamukubita inshuro agasubirayo kibuno mpamaguru.

    Amakuru IGIHE yabonye ni uko ibyo birindiro byashyizwe muri PK15 mu kwirinda ko iyo mitwe yitwaje intwaro yakwinjira mu Murwa Mukuru bityo hakaba haba imirwano kuko yakomerekeramo abaturage.

    -  Loni yanyuzwe n’umusanzu w’Ingabo z’u Rwanda

    Lt Gen Daniel Sidiki Traoré ukomoka muri Burkina Faso akuriye Ingabo za Loni ziri mu butumwa, yabwiye IGIHE ko ashima umuhate w’Ingabo z’u Rwanda hamwe n’izindi zo mu bihugu bitandukanye ziri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Centrafrique ariko yitsa cyane ku mwihariko wazo.

    Ati “Ziri gukora akazi neza, yewe nanavuga ko ari mu buryo bw’intangarugero, kuva zagera hano kandi zishinzwe kurinda Perezida, ntabwo twigeze twumva ikibazo cy’umutekano muke wa Perezida.”

    “Ni byo bituma mvuga ko ntekereza ko zikora akazi neza, kandi ziri mu bikorwa by’ingenzi byo kugarura amahoro muri iki gihugu kandi tuzakomeza kuzishingiraho, ndabizi ko ku inararibonye zifite zizakomeza kugira uruhare mu kugarura amahoro arambye muri iki gihugu no gutuma inzego n’abayobozi b’igihugu bagira umutekano.”

    -  Abanyarwanda bizerwa kurusha izindi ngabo

    Muri Centrafrique, Ingabo z’u Rwanda zifite izina rikomeye yaba mu ngabo ngenzi zazo ahanini bishingiye ku mateka y’igihugu mu bijyanye n’umutekano no kuba zifite inararibonye ituruka mu bundi butumwa zagiye zijyamo kandi zikitwara neza.

    Umwe mu basirikare b’u Rwanda waganiriye na IGIHE yagarutse ku buryo amasomo aba yaravuye mu bundi butumwa baba baragiyemo, imyitozo ikomeye ya gisirikare, impanuro z’Umugaba Mukuru w’Ikirenga ari bimwe mu bituma akazi kazo karushaho kuba keza.

    Adjudant-Chef, Mbando Dede, ni umusirikare wa FACA, Ingabo za Centrafrique. IGIHE yamusanze kuri bariyeri iri mu muhanda ugana ahitwa Damara ukanakomeza werekeza ahitwa Sibut. Yishimira kuba muri ako gace afatanya n’ingabo z’u Rwanda gucunga umutekano. Ati “Dukorana neza, nta kibazo.”

    Umunsi umwe buri bucye ngo habe amatora, abasirikare batatu b’u Burundi biciwe mu gace ka Dekoa mu buryo bw’agashinyaguro n’imitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe na Perezida François Bozizé.

    Amakuru yizewe IGIHE yabashije kubona ni uko Ingabo z’u Rwanda zari hafi aho arizo zatabaye, zikumira abo barwanyi zinabambura imodoka bari basahuye. Umwe mu bahaye amakuru IGIHE yagize ati “N’Abarundi barabizi ko ari Ingabo z’u Rwanda zabatabaye, bagenda babivuga ahantu hose kuko aba-FACA bari birutse kare”.

    Usibye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro, u Rwanda ku wa 21 Ukuboza 2020 rwohereje umutwe udasanzwe mu butumwa bwihariye muri Centrafrique. Perezida Touadéra yatangaje ko ariwe wasabye Perezida Kagame kumuha ubufasha.

    Ati “Nitwe twabisabye [kohereza ingabo] kuko twabonaga ibintu bikomeye. Byabaye ngombwa ko dusaba ibihugu by’inshuti ko bidutera ingabo mu bitugu mu kubungabunga amahoro muri aya matora kuko ari igikorwa cy’ingenzi mu buzima bwa demokarasi y’igihugu cyacu.”

    Yakomeje agira ati “Ingabo zaje hano, murabizi ko hari ibyiciro bibiri by’Ingabo z’u Rwanda ziri hano, umutekano wanjye ucungwa n’izo ngabo, ndanyuzwe cyane. Ndashimira kandi Umutwe udasanzwe uri hano, bacunze umutekano muri Bangui, mwabonye izo ngabo z’umutwe udasanzwe z’u Rwanda zicunze umutekano w’Umujyi wa Bangui kugira ngo abaturage babashe kujya gutora batekanye.”

    Mu bice bitandukanye by’igihugu uhasanga abasirikare biteguye kuburizamo umugambi uwo ariwo wose wo guhungabanya umutekano

    Muri P15, Ingabo z’u Rwanda zafashe ibirindiro ahantu mu ishyamba

    Hari imbunda ishobora guhashya umwanzi ikamukumira kwinjira mu Mujyi wa Bangui uri mu bilometero 15

    Abasore b’u Rwanda ntibaryama, amanywa n’ijoro baba bari maso

    Muri ibi birindiro, abasirikare barimo baba bahana amakuru n’abandi bari kuri Bariyeri hamwe n’abari muri PK23

    Ziratera ntiziterwa!

    Kugera saa cyenda z’ijoro, Ingabo z’u Rwanda zari zikiri kuzenguruka mu Mujyi wa Bangui

    Mu Mujyi wa Bangui, ibirumbeti, amafirimbi, ibishashi by’umwaka mushya n’amasasu byari bivanze mu kirere

    Abasirikare b’u Rwanda ubwo bari barinze imodoka ya Perezida Touadéra

    Usibye umusirikare umwe wa FACA, abandi baba bari iruhande rwa Perezida ni abasore bo mu Rwanda

    Muri Perezidansi, Abanyarwanda baba bari iruhande rwa Perezida

    Kuba abaturage bagiye mu muhanda bagakesha ni ikimenyetso cy’umutekano uhari, abazi iki gihugu basobanura ko iyo ibintu bitameze neza nta muntu uba utamba

    Intore yishakira inzira no mu ishyamba ry’inzitane

    Abasirikare b’u Rwanda bakoze akazi gakomeye mu bihe by’amatora Centrafrique iherutsemo

    Lt Gen Daniel Sidiki Traoré ukomoka muri Burkina Faso akuriye Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique, yatangaje ko Ingabo z’u Rwanda zikora akazi keza ku kigero ntagereranywa

    Amafoto: Philbert Girinema – Bangui


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mu-mashyamba-ya-centrafrique-rdf-yaciye-ibirindiro-amafoto

  • Dore inama 5 z' ingenzi umugore yakurikiza kugirango arinde urugo rwe gusenyuka #rwanda #RwOT

    Si mu Rwanda gusa, ku Isi hose ubushakashatsi bugaragaza ko gatanya zirimo kwiyongera.
    Byaboka ko byaba biterwa n' uko urukundo ari nk' akarabo gatoha none ejo kagahonga ariko inzobere mu by' inkundo hari inama eshanu zashyize ahagaragara umugore yakurikiza bikarinda urugo rwe gusenuka.

    1. Kunda umugabo wawe: Ntabwo umuntu ashaka umuntu adakunze, gusa birashoboka ko nyuma yo gushyingiranwa hari ibishobora guhinduka bitewe n' imyitwarire y' umugabo wawe, gusa urukundo rwihanganira byose, kandi urushako rufite ikirungo kitwa urukundo ntirupfa.

    2. Menya kandi wubahirize inshingano zawe: Hejuru yo gukunda umugabo wawe hazaho no kumenya inshingano zawe. Zirimo guha care abana n' umugabo, kumenya ibibazo bafite no gutanga umusanzu mu kubikemura. Umugabo agushaka adateganya ko ushobora kuzigira ntibindeba ahubwo aba atekereza ko uzuzuza inshingano zawe, nawe akuzuza ize urugo rwanyu rugatera imbere.

    3. Irinde gutanga ibisobanuro bidashinga: Umugabo wawe si umutagatifu ku buryo yahora afata imyanzuro myiza. Aho kugira ngo usenye umwanzuro yafashe garagaza impamvu zifatika zituma ubona ko umwanzuro yafashe atari wo mwiza aho kunenga ibyo yakoze. Umugore n' umugabo bashakana kugira ngo babe abafatanyabikorwa ntabwo bashakanye kugira ngo bahangane.

    4. Ba umunyabwenge mu gufuha: Gufuhirana ni kimwe mu bintu bisenya ingo. Gufuha si ikibazo ahubwo ikibazo ni ugufuhira umugabo wawe utabanje gushaka ibimenyetso bigaragaza impamvu zituma umufuhira. Ntuzibeshye ngo uhungabanye urukundo rw' umugabo wawe wiha ibyo kumufuhira igihe cyose udafite gihamya.

    5. Gisha inama inzobere: Birashoboka ko hari aho ushobora kugera ukumva byakurenze, nibyiza ko mbere yo gusenya uganira n' inzobere mu by' uruko n' imibanire bakakugira inama aho kwihuta ufata icyemezo kwaka gatanya.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/01/dore-inama-5-z-ingenzi-umugore-yakurikiza-kugirango-arinde-urugo-rwe-gusenyuka/

  • Kayonza: Umugabo yagiye gusambanyiriza umukobwa iwabo afatirwayo baramukubita – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Mutarama 2021 ahagana saa sita z'ijoro, bibera mu Mudugudu wa Juru mu Kagari ka Juru mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza.

    Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko uyu mugabo asanzwe ari inshuti mu buryo bukomeye n'umukobwa w'imyaka 30 ariko ukiba iwabo. Mu ijoro ryakeye ngo uyu mugabo yasanze uyu mukobwa iwabo mu rugo ahagana atangira kwiha akabyizi mu rugo rw'ababyeyi b'uyu mukobwa.

    Basaza be bari bamaze iminsi bakeka urukundo hagati y'aba bombi ngo, bashaka ibimenyetso by'uko aba bombi baza gusambanira mu rugo rw'ababyeyi babo maze babagwa gitumo bari kwiha akabyizi niko kumukubita bamugira intere.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gahini, Rukeribuga Joseph yabwiye IGIHE ko uyu mugabo yafatiwe muri urwo rugo ahagana saa Sita zijoro ubwo abandi bantu bishimiraga umwaka mushya wa 2021.

    Yagize ati 'Uyu mugabo yagiye gusambanya uyu mukobwa, kuko rero abana n'ababyeyi be ariko akaba mu nzu iri hanze niho yamusanze, basaza be rero bari bamaze iminsi babikeka baramurarira barahamufatira baramukubita, bamukomerekeje mu buryo bukomeye mu mutwe nubwo yahise yoherezwa kwa muganga.'

    Gitifu yakomeje avuga ko abo basaza b'umukobwa bakomerekeje uu mugabo bahise baburirwa irengero ariko ngo inzego z'umutekano ziracyabashakisha kugira ngo baryozwe icyaha bakoze.

    Yasabye abaturage kugira umuco mwiza wo kwifata bakirinda guca inyuma abo bashakanye kuko bishobora gusenya umuryango, anasaba abaturage kwirinda kwihanira mu gihe hari uwabakoreye amakosa ahubwo bakajya bitabaza ubuyobozi bubegereye.

    Kuri ubu uyu mugabo w'imyaka 40 asanzwe afite umugore n'abana batatu akaba yajyanwe ku kigo Nderabuzima cya Nyakabungo kuvurwa.

    Ikarita igaragaza umurenge wa Gahini aho byabereye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-umugabo-yagiye-gusambanyiriza-umukobwa-iwabo-afatirwayo-baramukubita

  • Isoko rya Gisenyi ryeguriwe abikorera bahabwa amezi atandatu yo kuryuzuza – #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y'amasezerano yasinywe kuri uyu wa kane yo guhererekanya yabaye hagati y'ubuyobozi bw'akarere na sosiyete RICO(Rubavu Investiment Company) yashinzwe n'abikorera bo mu karere ka Rubavu.

    Imirimo yo kubaka isoko rya Gisenyi igiye guhita itangira ikazamara amezi atandatu hagakurikiraho imirimo yo kubaka isoko rya kera nayo izamara amezi atandatu.

    Inyubako utaruzura yahawe agaciro ka miliyari 2.18 Frw nk'umugabane w'akarere, mu gihe abikorera bazakoresha miliyari 2.7 Frw nk'umugabane wabo.

    Umuyobozi wa RICO, Twagirayezu Pierre Celestin nyuma yo guhabwa isoko yavuze ko nubwo byatinze kubera inzitizi bagiye kwihutisha imirimo yo kubaka.

    Ati 'Byaratinze cyane kuko ubutaka bwari bukiri umutungo wa leta ariko leta yaje kubuha akarere nibwo twatangiye ibiganiro. Nk'abikorera tuzafatanya twiyubakire iri soko. Abacuruzi nibitegure inzitizi zose zivuyeho tugiye kubaka nyuma y'amezi atandatu bagiye kubona aho bakorera heza''.

    Umuyobozi w'akarere ka Rubavu, Habyarimana Gilbert yashimiye abikorera kuba bemeye kubaka isoko mu mezi atandatu avuga ko rizahindura byinshi harimo no gukangura abifite batinyaga gushora mu mishinga minini.

    Ati 'Turashashimira abikorera kuba bateye iyi ntambwe bakemera kubaka iri soko mu mezi atandatu, ni ibikorwa by'iterambere mu karere gafite icyerecyezo cy'iterambere mu bukerarugendo. Rizahindura byinshi harimo gutanga akazi no kongera ubwiza bw'umujyi kandi bigiye gukangura abafite ubushobozi batinyaga gushora mu mishinga minini''.

    Iri soko ryari ryaratangiye kubakwa n'akarere mu mwaka wa 2010, akarere kaza kunanirwa biturutse ku mikoro nuko rigurishwa Sosiyete ya ABBA Ltd bikaba ari nabyo shingiro ry'iyeguzwa ry'abayoboraga akarere tariki 27 Werurwe 2015.

    Icyo gihe nyobozi y'akarere mu masezerano yari yagiranye na ABBA Ltd yavugaga ko igomba gutanga miliyari imwe na miliyoni zisaga 300, Njyanama y'Akarere itungurwa no kubona imirimo yo kubaka itangira nta na make aratangwa.

    Hakurikiyeho imanza akarere kaburana na sosiyete ABBA Ltd zarangiye akarere gatsinze.

    Amasezerano yasinywe asaba abikorera kuba bujuje isoko mu mezi atandatu

    Imyaka yari ibaye icumi isoko rya Gisenyi kuryuzuza byarananiranye

    Isoko nirimara kuzura byitezwe ko rizongera ishoramari n’ubucuruzi muri Rubavu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/isoko-rya-gisenyi-ryeguriwe-abikorera-bahabwa-amezi-atandatu-yo-kuryuzuza

  • I Wuhan aho COVID-19 yatangiriye bakoze ibirori by'akataraboneka byo gusoza umwaka wa 2020 (AMAFOTO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu mujyi wa Wuhan ho mu bushinwa aho icyorezo cya COVID-19 cyatangiriye baraye bakoze ibirori by'akataraboneka byo kwishimira umwaka mushya wa 2021. Iyi ni inkuru yagiye itangaza abantu benshi ndetse abenshi banacika ururondogoro kubona mu mujyi wabaye imbarutso ya COVID-19 abantu baraye babyina mu gihe ahandi ku isi abantu barangirije umwaka bari mu ngo zabo.
    AMWE MU MAFOTO YUKO BYARI BYIFASHE MU MUJYI WA WUHAN:

     

    Source : https://yegob.rw/i-wuhan-aho-covid-19-yatangiriye-bakoze-ibirori-byakataraboneka-byo-gusoza-umwaka-wa-2020-amafoto/

  • Nana wamamaye muri City Maid yahishuye ko har… – #rwanda #RwOT

    Nana kuri Instagram akurikirwa n'abarenga ibihumbi 100. Igihe cyose agize icyo ashyiraho usanga abatari bake bamubwira ko bamukunda ndetse hakaba n'abamusaba ko bahuza urugwiro. Ati: ''Unyandikiye ndamusubiza ariko mu gihe mbona ko ari ngombwa, ariko hari abansaba urukundo kandi ndi umubyeyi wiyubaha, ikindi ku mbuga nkoranyambaga siho basabira urukundo''.

    Uyu mubyeyi w'imyaka 28 y'amavuko bitewe n'ukuntu yiyitaho umubonye wese akeka ko akiri umukobwa nyamara afite umwana w'imyaka 11 banakunze kwifotozanya cyane dore ko anavuga ko amukunda cyane. Ati: “Umwana wanjye yizihiza isabukuru namujyanye i Dubai, yanantegetse kumugurira imbwa ndabikora kuko ndamukunda cyane”.

    Nana amaze kwegukana ibihembo by'umukinnyi mwiza w'umwaka

    Nana akina ibyo yize mu ishuri rya Kigali Film. Yatangiye gukina by'umwuga mu 2014 muri City Maid. Ati: “Najyaga ndota gutwara ibihembo noneho mu 2015, 2016 na mu 2017 natwaye ibihembo bya ‘Best actress’ mu Ishusho art, muri Rwanda Movie awards. Nana avuga ko yakundaga gukina cyane ku buryo gutwara ibyo bihembo byamweretse ko ibyo ari gukora bimuhamiriza ko ari mu nzira nziza.

    REBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA NANA

    Umujyi arota gutembereramo

    Nana ageze I Dubai yabaye nk’urota kuko yasanze ibintu byaho biteguye ku rwego rurenze urwo yari asanzwe abonaho ibintu. Yagiyeyo ari mu rugendo rwo kwizihiza isabukuru y'umwana we. Umujyi yifuza kuzakandagiramo akaba ageze ku ndoto ze ni Hollywood yo muri Amerika akifotoreza ku bimenyetso bishushanyijemo inyenyeri bisobanura ibyamamare byakoze uduhigo.

    Nana mu Rwanda ahantu akunda gutemberera ni mu Mujyi wa Rubavu/Gisenyi ku Kiyaga cya Kivu kuko akunda amazi n’ubwo atazi koga. Ati: “Jyewe iyo ndeba amazi numva nishimye ariko sinatinyuka kuyegera kuko ndayatinya”.

    Ijambo yageneye abafana be risoza umwaka wa 2020 rigatangira uwa 2021

    Ati “Kuri uyu munsi nsezeye 2020 yatumye twiga byinshi, abafana banjye ndabashimira. Abantu bose bankunda mbifurije Amahoro y'Imana ibyo bazakora byose bizabera umugisha. Ibyo muzakoresha intoki zanyu muzabigereho urukundo rwanyu ni rwo rudutera imbaraga. Urukundo rwanyu ni urw'agaciro''.


    Nana yahishuye ko hari abagabo bamwibeshyaho bakamusaba kuryamana nawe

     

     

     

    Source : http://inyarwanda.com/inkuru/102018/nana-wamamaye-muri-city-maid-yahishuye-ko-hari-abamusaba-kuryamana-na-we-batazi-ko-ari-umu-102018.html

  • NKORE IKI: Mfite imyaka 39 simbyara! Maze gut… – #rwanda #RwOT

    Yakomeje ati 'Ngewe ndi umugabo wagize amateka mabi rwose mu by'urukundo, ku myaka 26 narashatse kuko ntari mfite umuryango unyitaho, mu myaka 3 gusa madamu twaratandukanye kubera ikibazo cy’urubyaro, ariko ni njyewe ufite ikibazo.

    Nyuma y'imyaka 6 narongeye ndashaka ariko nyuma y'imyaka hafi 3, ndongera ndasenya, biturutse ku rubyaro nanone ndetse nari maze no gukena nsigaye mpembwa amafaranga macye rwose n'akazi gasigaye ari ibiraka.

    Nyuma y'umwaka 1 hari umukobwa nakubitanye nawe tuba turakururanye byihuse, mufasha mu bibazo yari afite dusa nk’ababana amezi 3 ariko bitaraba ku mugaragaro, amaze kumenya ko nta mafaranga ngifite, nasanze yapakiye ibishoboka arigendera.

    Inama ngisha ni iyi: “Ese koko ubu nkeneye kongera gushaka? Ese ko numva nta cyizere nkifitiye igitsinagore namba, kugira ngo nongere kwizera igitsinagore byaza bite? Ese kwizera ko uwo muntu we atazangenza nk’abandi nabibwirwa n’iki?

    Na cyane ko nta n’amafaranga nkigira, nta kazi keza mfite, nta nzu nta modoka, ndi umuntu uri aho ushakisha imibereho nk'abandi, kandi ngeze ku myaka y'ubukure hafi 39 bivuze ko maze imyaka 13 muri izo ntambara. Murakoze'. 

    Muhe inama niba nawe ukeneye kugisha inama cyangwa kuduha ikindi gitekerezo twandikire unyuze ahatangirwa ibitekerezo cyangwa kuri Email: [email protected]

    Source : http://inyarwanda.com/inkuru/102019/nkore-iki-mfite-imyaka-39-simbyara-maze-gutandukana-nabagore-3-kubera-icyo-kibazo-ubu-nara-102019.html