Blog

  • Gasogi United yashimiye umutoza Casa Mbungo batandukanye, Jimmy Mulisa ari mu muryango winjiramo #rwanda #RwOT

    Gasogi United yashimiye uwari umutoza mukuru wayo, Casa Mbungo, ni nyuma yo kwemeza ko bamaze gutandukana aho agiye kwerekeza muri Kenya mu ikipe ya Bandari FC.

    Muri Nyakanga 2020, nibwo Casa Mbungo yagizwe umutoza wa Gasogi United, tariki ya 1 Mutarama 2020, ibinyamakuru byo muri Kenya bikaba byaratangiye kwandika ko uyu mutoza yamaze kumvikana na Bandari FC yo muri Kenya.

    Ku munsi w’ejo ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter, Gasogi United yemeje ko yamaze gutandukana n’uyu mutoza bamushimira uko babanye ndetse bamwifuriza amahirwe ahandi yerekeje.

    Bagize ati“Ikipe ya Gasogi United turashima umusanzu w’uwari umutoza wacu Casa Mbungo Andre. Tukwifurije ishya n’ihirwe aho uzajya hose.”

    Nyuma yigenda ry’uyu mutoza, amakuru avuga ko iyi kipe igomba kumusimbuza uwahoze ari umutoza wa APR FC ubu akaba nta kazi yari afite, Jimmy Mulisa.

    Gasogi Unite yifurije Casa Mbungo amahirwe ku mirimo mishya agiye kujyamo

    Jimmy Mulisa niwe ushobora kurangizwa Gasogi United

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/gasogi-united-yashimiye-umutoza-casa-mbungo-batandukanye-jimmy-mulisa-ari-mu-muryango-winjiramo

  • Rubavu : Umugabo ufite ubumuga bwo kutabona yafunzwe nyuma y’uko umugore we ucuruza kanyanga atorotse #rwanda #RwOT

    Uyu mugore witwa Mutuyimana Vestine, kuri ubu yamaze gutoroka nyuma y’uko polisi ije kumushakisha imukekaho ko akora ubucuruzi bwa Kanyanga ndetse akaba asanzwe ari umugore wa Munyanshoza.

    Ubusanzwe uyu muryango wari utuye mu Mudugudu wa Rwamikungu, Akagari ka Nyamikoni mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu.

    Abaturage baganiriye na UKWEZI bavuga ko inzego z’umutekano zaje ku wa 30 Ukuboza 2020, zamenyeshejwe ko mu rugo rwa Munyanshoza na Mutuyimana hacururizwa kanyanga zahagera zigasanga Mutuyimana yamaze gutoroka zigahita zitwara umugabo we ufite ubumuga bwo kutabona.

    Umwe muri aba baturage utarifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati 'Abapolice baje bagera mwa Mparigwa bari gucuruza kanyanga babuze umugore we batwara Mparigwa ufite ubumuga bwo kutabona amaranye imyaka 7 kandi kanyanga icuruza umugorewe.'

    Kuri ubu abana b’uyu muryango uko ari batandatu bari mu nzu bonyine nyuma y’uko Se ubabyara atawe muri yombi naho nyina akaba yaratorotse.

    Abaturanyi baka basaba ko bakorerwa ubuvugizi kugirango uyu Munyanshoza (Mparigwa) afungurwe kuko ibikorerwa munzu iwe atabizi cyane ko abana n’ubumuga bwo kutabona umugorewe akaba ariwe ukurikiranwa.

    Mutuyimana usanzwe acuruza ikoyobyabwenge cya kanyanga, kuri ubu uri mu bwihisho ariko akaba akibasha kwitaba telefone yaganiriye na UKWEZI.

    Yavuze ko umugabo we yabanje kujya inama n’umugabo we bakemeranya ko yemera gufungwa nk’aho ariwe ucuruza ibi biyobyabwenge ariko yagera kuri polisi agahindura ibyo bemeranyije akavuga ko atariwe ubicuruza ahubwo ari umugore.

    Yakomeje agira ati 'Mabuso yaramuriye yemeza ko arinjye ubucuruza, twari turi kumwe twembi, njyewe ngezemo bankatira nk’imyaka umunani cyangwa 10. Niyo mpamvu natorotse kuko we baramurekura ndabizi.'

    Mutuyimana yemera ko acuruza kanyanga ariko akavuga ko byakorwaga mu izina ry’umuryango kuko amafaranga yakuragamo yayifashishaga mu gukemura ibibazo byo mu rugo birimo no kwishyurira abana mituweri.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze Nyiransengiyumva Monica avuga ko icyo kibazo cy’uwo muryanga atarakimenya ariko agiye kugikurikirana.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Rubavu-Umugabo-ufite-ubumuga-bwo-kutabona-yafunzwe-nyuma-y-uko-umugore-we-ucuruza-kanyanga-atorotse

  • Cristiano Ronaldo yasinye amasezerano mashya y’ubuzima bwe bwose,azakuramo akayabo. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Cristiano Ronaldo yatangiye ibihe byiza by'ubukungu nyuma yo gusinyana amasezerano mashya n'uruganda rwa Nike ku kayabo ka miliyari imwe y'amadorali y'amanyamerika.

    Nubwo muri Juventus Cristiano atagize ibihe byiza mu mwaka ushize kuva atabarabashije gutwara igikombe cya Shampiyona, kuri ubu ari mu bihe byiza ,aho yasinye kuzajya yamamaza ibicuruzwa by'uruganda rwa Nike ubuzima bwe bwose aho . Aya masezerano arenze kure ayo Adidas yagiranye na Lionel Messi ufatwa nka mukeba we .

    Cristiano yahize Messi ajya mu gatebo kamwe na Lebron James na Michael Jordan. 

    Muri ubu buryo, Cristiano Ronaldo atangiye umwaka mushya arenza umutungo Lionel Messi mu bukungu bwe.Usibye kuba afite umutungo urenga miliyoni 450 z'amadolari, afite amasezerano y'ubuzima bwe bwose ahuza n'abakinnyi nka Lebron James cyangwa Michael Jordan. Gusa ikintu Cristiano Ronaldo yabuze ni ukubona ikindi gikombe hamwe muri Juventus.

    Source : https://yegob.rw/cristiano-ronaldo-yasinye-amasezerano-mashya-yubuzima-bwe-bwoseazakuramo-akayabo/

  • Dore amakosa dukora twese iyo turimo koza amenyo n'uburyo bwo kuyakosora – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ku buroso wogesha amenyo ndetse no mu kanwa ni hamwe mu hantu habarurwa mikorobe nyinshi; zigera kuri miliyari 10. Koza amenyo neza niwo muti wo guhangana n'izi mikorobe zose.

    Uburoso ukoresha woza amenyo, bushobora kuba indiri ya mikorobe iryaguye; guhera kuri bagiteri, virusi ndetse n'imiyege. Izi bagiteri zose nizo zitera amenyo yawe kwangirika, kuva amaraso ku ishinya, no kuzana indi myanda ku menyo.

    Reba hano amakosa akunze gukorwa mu koza amenyo, urebe niba hari ayo ukora n'uburyo ushobora kuyakosora

    Amakosa 7 akorwa mu koza amenyo

    1. Gukoresha uburoso bw'amenyo bukomeye

    Mu maguriro atandukanye habonekamo amoko atandukanye menshi y'uburoso bw'amenyo; gusa yose siko ari meza gukoresha ku menyo yawe.

    Igihe ugura uburoso bw'amenyo ni ngombwa guhitamo ubworohereye, kuko ubukomeye bushobora kwangiza ishinya yawe.

    Ikindi ugomba kwitaho n'ingano yabwo; uburinganiye nibwo bwoza mu kanwa uko bikwiye. Ukirinda uburoso bunini cyane.

    Mu gihe ugiye kugura uburoso ni ngombwa kureba ko bwanditseho SOFT.

    1. Kudahindurira uburoso ku gihe

    Hari umuntu ushobora gusanga amaranye uburoso umwaka wose!

    Iri ni ikosa rikomeye cyane, kuko uko ukoresha uburoso igihe kirekire niko byangiza byinshi ku menyo no mu kanwa hawe.

    Ntugomba kumarana byibuze uburoso amezi 3, ukihutira kubuhindura igihe warwaye inkorora, mu muhogo cg se ufite ibicurane bikomeye.

    1. Kutoza amenyo igihe gikwiye

    Abantu benshi ntiboza igihe gikwiriye amenyo; agashyira umuti woza amenyo ku buroso, nyuma y'amasegonda 30 akaba ararangije kuyoza.

    Iki si igihe gihagije ngo ube ukoze isuku ihagije mu kanwa hawe.

    Ugomba koza amenyo byibuze iminota 2
    Koza amenyo 2 ku munsi, kandi ukoza byibuze iminota 2

    Inama zitangwa n'abaganga b'amenyo; ni ngombwa koza amenyo byibuze iminota 2 kandi ukabikora 2 ku munsi.

    1. Kwibagirwa koza ururimi

    Nkuko twatangiye tubivuga mu kanwa haba mikorobe zingana na miliyari 2!

    Uburoso bwagenewe koza n'ururimi buba buteye gutya

    Birumvikana ko izi mikorobe ziba ziri mu kanwa hose, utibagiwe no ku rurimi.

    Mu gihe woza amenyo ukibagirwa koza ururimi; nibyo usanga bitera amenyo yawe kubora no kunuka mu kanwa kenshi.

    Niba urangije koza amenyo ntugomba kwibagirwa no gucisha ku rurimi, hari uburoso bwabigenewe, usanga bufite agace inyuma kagenewe koza neza ururimi, uzabushake.

    1. Kurya isukari n'ibiryohera byinshi

    Si wowe wenyine ukunda isukari, na bagiteri ziyikunda birushijeho!

    Bagiteri zifashisha isukari cyane mu kororoka no gukora acide. Iyi aside niyo yibasira amenyo ikayatera kumungwa no gucukuka.

    Ni ngombwa kwirinda isukari nyinshi, no kurya ibiryohereye cyane, kugira ngo urinde amenyo yawe kwangirika.

    Mu gihe udashobora koza amenyo nyuma yo kurya ibiryohereye bitandukanye, ushobora kurya nka pome, cg se ukunyuguza amazi mu kanwa kugira ngo ugabanye iyi sukari. Gusa inama nziza, ni uguhita woza amenyo nyuma yo kunywa cg kurya ibiryohera.

    1. Koza amenyo mu buryo bubi

    Ntugomba koza amenyo utya

    Benshi boza amenyo bameze nk'abagenda bazengurutsa cg bajya hirya no hino. Iri ni ikosa rikomeye kuko uretse kutoza amenyo neza, binatera ishinya kwangirika kenshi.

    Inama zitangwa n'abahanga mu by'amenyo ni ukoza umanura uzamura, kandi ukagera mu kanwa hose. Yaba inyuma ndetse n'imbere ku menyo, ndetse naho uhekenyera. Kandi ntugomba gukoresha ingufu cyane.

    Uburyo bukwiye bwo koza amenyo

    1. Kutogesha amenyo neza kwa muganga

    Kubera ubwinshi bwa mikorobe ziboneka mu kanwa, uzasanga bigoye uko waba woza kose, kugira mu kanwa hasa neza; hatarangwa imyanda ku menyo. Niyo mpamvu ari ingenzi cyane kugana ivuriro ryita ku menyo ukisuzumisha niba mu kanwa hawe hasa neza uko bikwiye, ukanahogesha neza.

    SRC:UMUTIHEALTH

    Source : https://yegob.rw/dore-amakosa-dukora-twese-iyo-turimo-koza-amenyo-nuburyo-bwo-kuyakosora/

  • Inyungu ku bitabiriye Expo 2020 yaragabanyutse kubera ingaruka za Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ibi ngo byatumye Imurikagurisha ry’uyu mwaka ritagira icyashara nk’icyari gisanzwe, ndetse abacuruzi babishingira kuba hari ibikorwa bimwe na bimwe byakumiriwe kandi byari muri bimwe byatumaga babona ababagana, hakiyongeraho no kuba isaha ya saa kumi n’ebyiri yari yashyizweho yo kuba bamaze gufunga ibikorwa byabo yarabakomye mu nkokora igakumira bamwe mu bakiriya babagana.

    Kalisa Umri ni Umunyarwanda witabiriye Imurikagurisha rya 2020, aho yamurikaga ibijyanye n’imitako, yavuze ko amasaha yari yagenwe yo guhagarika ibikorwa yakumiriye ababagana kuko igihe ababagana bagakwiye kuza bava mu kazi basangaga imiryango ifunze.

    Yagize ati ”Amasaha abakiriya bakabaye baza bagahaha cyangwa bakareba n’ibyo bicuruzwa ni bwo bataha mu ngo zabo”.

    Yongeyeho ati ”Mu by’ukuri iyi ni yo Expo itaragenze neza ugereranyije n’izindi zabanje. Abacuruza mu buryo bwo kwishyura ikibanza cyo gukoreramo (Stand) barahombye cyane kuko niba wenda barateganyaga gukuramo nka miliyoni 10 Frw, ugakuramo nk’ebyiri, ikibanza waragikodesheje nka miliyoni zirindwi, urumva ni ikibazo gikomeye”.

    Manirareba Theophile ukorera Ikigo gicuruza telefoni cya TECHNO nawe yavuze ko kuba barafungaga saa kumi n’ebyiri byatumye abitabira bagabanuka.

    Ati ”Muri rusange ubwitabire bwabaye buke ariko kugeza ubu ababashije kuza barebye ibyo dukora bamwe baranahaha. Ntabwo byagenze neza nk’umwaka wari wabanje, ariko ntabwo twavuga ko byagenze nabi ugereranyije n’ibihe twari turimo”.

    Yongeyeho ko kuba hari bimwe mu bikorwa by’imyidagaduro byakururaga abaryitabira byakumiriwe, biri mu byatumye rititabirwa uko bikwiriye.

    Ati ”Abantu benshi bakunda imyidagaduro, tujya ahantu ari byo tugiye kureba kenshi, urumva kuba imyidagaduro itari irimo cyangwa imikino y’abana byatumye wa mubare wazaga, ukajya n’ahandi kureba abaje kumurika, uwo mubare ntabwo waje nk’uko byari byitezwe”.

    N’ubwo aba bacuruzi bagaragaza imbogamizi zitandukanye, bishimira imbaraga zashyizwe mu gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavrus.

    Umuvugizi w’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF, Ntagengerwa Theoneste, we ntiyemeranya n’abavuga ko bahuye n’igihombo ku buryo babishyira ku rugaga rw’abikorera, akavuga ko hari bamwe batahombye ndetse ko hari bamwe batangiye kugura imyanya y’imurikagurisha ry’umwaka utaha.

    Ati ’’Nkurikije n’abo twaganiriye n’uburyo byagenze, ntawavuga ko hari abahombye bavuga ko bava mu bucuruzi kuko n’ubwo mu minsi ya mbere hari abavugaga ko nta bantu barimo bacuruza, nk’ubu ugeze mu masaha ya nyuma hari ibyo usanga byashizeho [kuko] byaguzwe“.

    Yakomeje agira ati ”Abagize ibibazo ni abari mu myidagaduro n’ibyo kunywa, ariko na bo twagiye dukorana bose twaraganiriye ntawe ufite ikibazo cyo kuba yarahombye ngo PSF yaramuhombeje. Ashobora kuba yarungutse make ariko ntabwo yahombye”.

    Imurikagurisha rya 2020 ryitabiriwe n’abamurika bagera kuri 382, barimo 73 baturutse mu mahanga, rikaba ryarabaga ku nshuro ya 23. Ryasojwe tariki 31 Ukuboza 2020 nyuma y’ibyumweru bitatu ryari rimaze riba.

    Abitabiriye ibikorwa bya Expo 2020 bavuga ko icyashara cyari hasi ugereranyije n’imyaka yabanje

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abitabiriye-expo-2020-barataka-ibihombo

  • Uwaririmbye “You’ll Never Walk Alone” ya Liverpool yapfuye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku rubuga rwa Twitter rw’ikipe ya Liverpool bagize bati “Dufite agahinda kenshi kubera inkuru y’urupfu rwa Gerry Marsden, amagambo ye tuzahora tuyibuka.”

    Gerry wavukiye i Liverpool, yaririmbaga mu itsinda ryitwa Gerry and the Pacemakers ryaje kuririmba iyi ndiririmbo ya You’ll never walk alone yari yaranditswe na Rogers na Hammerstein mu 1945.

    You’ll never walk alone bisobanura ntuzigera ugenda wenyine mu kinyarwanda ya Gerry yakunzwe n’abafana b’umupira w’amaguru cyane cyane ab’ikipe ya Liverpool ikaza kuba nk’ikirango.

    Si ikipe ya Liverpool yakunze gukoresha iyi ndirimbo gusa kuko andi makipe nka Celtic, Feyenoord na Dortmund bagiye bakoresha iyi ndirimbo.

    Iyi kandi yari yarayisubiyemo muri 2020 ayiririmbira abaganga b’Abongereza bavuraga abarwayi muri iki gihe cya Covid-19.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Uwaririmbye-You-ll-Never-Walk-Alone-ya-Liverpool-yapfuye

  • Miss Mutesi Jolly yavuze indirimbo 10 zamunyuze muri 2020 #rwanda #RwOT

    Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly yatangaje indirimbo 10 zamufashije bituma asoza umwaka wa 2020 neza.

    Mu ndirimbo zamushimishije muri 2020, ni indirimbo zose z’abahanzi nyarwanda nta n’imwe y’inyamahanga irimo.

    Yifashishije urukuta rwe rwa Twitter, yagaragaje izi ndirimbo, akaba ari indirimbo n’ubundi zisanzwe zikunzwe, zaririmbwe n’abahanzi b’ibyamamare nyarwanda.

    Ni urutonde rugaragaraho abahanzi nka The Ben, Bruce Melodie, Meddy, Riderman, Knowless n’abandi.

    Indirimbo 10 z’abahanzi nyarwanda zakunzwe na Miss Mutesi Jolly

    1:katerina by @BruceMelodie
    2:vazi by @TheBen250
    3:my love by @tomclosetweets
    4:mambata by @RidermanRiderzo
    5:nyigisha by @Knowless1butera
    6:Zoli by @nel_ngabo7:nahawe ijambo by vestine and Dorcas
    8:Dusuma by @Meddyonly ft @OtileBrown
    9:umusaza by bulldog
    10:imbaraga by @charlynanina_rw

    Miss Mutesi Jolly yaryohewe n’indirimbo nyarwanda

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/miss-mutesi-jolly-yavuze-indirimbo-10-zamunyuze-muri-2020

  • Inyungu ku bitabiriye Expo 2020 yaragabanyutse kubera ingaruka za Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ibi ngo byatumye Imurikagurisha ry'uyu mwaka ritagira icyashara nk'icyari gisanzwe, ndetse abacuruzi babishingira kuba hari ibikorwa bimwe na bimwe byakumiriwe kandi byari muri bimwe byatumaga babona ababagana, hakiyongeraho no kuba isaha ya saa kumi n'ebyiri yari yashyizweho yo kuba bamaze gufunga ibikorwa byabo yarabakomye mu nkokora igakumira bamwe mu bakiriya babagana.

    Kalisa Umri ni Umunyarwanda witabiriye Imurikagurisha rya 2020, aho yamurikaga ibijyanye n'imitako, yavuze ko amasaha yari yagenwe yo guhagarika ibikorwa yakumiriye ababagana kuko igihe ababagana bagakwiye kuza bava mu kazi basangaga imiryango ifunze.

    Yagize ati 'Amasaha abakiriya bakabaye baza bagahaha cyangwa bakareba n'ibyo bicuruzwa ni bwo bataha mu ngo zabo'.

    Yongeyeho ati 'Mu by'ukuri iyi ni yo Expo itaragenze neza ugereranyije n'izindi zabanje. Abacuruza mu buryo bwo kwishyura ikibanza cyo gukoreramo (Stand) barahombye cyane kuko niba wenda barateganyaga gukuramo nka miliyoni 10 Frw, ugakuramo nk'ebyiri, ikibanza waragikodesheje nka miliyoni zirindwi, urumva ni ikibazo gikomeye'.

    Manirareba Theophile ukorera Ikigo gicuruza telefoni cya TECHNO nawe yavuze ko kuba barafungaga saa kumi n'ebyiri byatumye abitabira bagabanuka.

    Ati 'Muri rusange ubwitabire bwabaye buke ariko kugeza ubu ababashije kuza barebye ibyo dukora bamwe baranahaha. Ntabwo byagenze neza nk'umwaka wari wabanje, ariko ntabwo twavuga ko byagenze nabi ugereranyije n'ibihe twari turimo'.

    Yongeyeho ko kuba hari bimwe mu bikorwa by'imyidagaduro byakururaga abaryitabira byakumiriwe, biri mu byatumye rititabirwa uko bikwiriye.

    Ati 'Abantu benshi bakunda imyidagaduro, tujya ahantu ari byo tugiye kureba kenshi, urumva kuba imyidagaduro itari irimo cyangwa imikino y'abana byatumye wa mubare wazaga, ukajya n'ahandi kureba abaje kumurika, uwo mubare ntabwo waje nk'uko byari byitezwe'.

    N'ubwo aba bacuruzi bagaragaza imbogamizi zitandukanye, bishimira imbaraga zashyizwe mu gukumira ikwirakwira ry'icyorezo cya Coronavrus.

    Umuvugizi w'Urugaga rw'abikorera mu Rwanda PSF, Ntagengerwa Theoneste, we ntiyemeranya n'abavuga ko bahuye n'igihombo ku buryo babishyira ku rugaga rw'abikorera, akavuga ko hari bamwe batahombye ndetse ko hari bamwe batangiye kugura imyanya y'imurikagurisha ry'umwaka utaha.

    Ati ''Nkurikije n'abo twaganiriye n'uburyo byagenze, ntawavuga ko hari abahombye bavuga ko bava mu bucuruzi kuko n'ubwo mu minsi ya mbere hari abavugaga ko nta bantu barimo bacuruza, nk'ubu ugeze mu masaha ya nyuma hari ibyo usanga byashizeho [kuko] byaguzwe'.

    Yakomeje agira ati 'Abagize ibibazo ni abari mu myidagaduro n'ibyo kunywa, ariko na bo twagiye dukorana bose twaraganiriye ntawe ufite ikibazo cyo kuba yarahombye ngo PSF yaramuhombeje. Ashobora kuba yarungutse make ariko ntabwo yahombye'.

    Imurikagurisha rya 2020 ryitabiriwe n'abamurika bagera kuri 382, barimo 73 baturutse mu mahanga, rikaba ryarabaga ku nshuro ya 23. Ryasojwe tariki 31 Ukuboza 2020 nyuma y'ibyumweru bitatu ryari rimaze riba.

    Abitabiriye ibikorwa bya Expo 2020 bavuga ko icyashara cyari hasi ugereranyije n’imyaka yabanje


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abitabiriye-expo-2020-barataka-ibihombo

  • Twasuye Nsengiyumva ‘IGISUPUSUPU’ n’umugore we mu nzu nziza baguze – VIDEO #rwanda #RwOT

    Nsengiyumva Francois, mu ndirimbo yaririmbye zamenyekanye cyane harimo iyitwa Rwagitima, aho yaririmbye ahantu yakuriye akanahagirira amateka atazibagirwa. N’ubwo muri aka gace bamuzi nk’umwana bareze, ubu yarahavuye ajya mu wundi murenge, ubu akaba atuye mu murenge wa Kiziguro ho mu karere ka Gatsibo.

    Twamusuye aha atuye, agace naho bamuzi cyane nk’icyamamare, ndetse akaba azwi nk’umukire kuburyo nawe ubwe yivugira ko we n’umugore we baha imirimo abaturanyi babo. Yivugira ko ubuzima bwahindutse ndetse ko atabona uko ashimira Alain Muku wamuvanye aho yaririmbaga ku muhanda akorera amafaranga 100 cyangwa 200, ubu akaba yarateye intambwe ishimishije. Yanavuze ko inzu yaguze yabifashijwemo n’uyu mujyanama we kuko ngo atareba ibya muzika gusa ahubwo anareba n’iby’ubuzima bw’umuryango we muri rusange.

    Urebye uburyo inzu babamo ari nziza ndetse iri mu zihagazeho mu gace batuyemo, ukumva n’uburyo uyu mugabo ashimangira ko mbere babaga mu nzu iciriritse bakodeshaga amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bitatu (3000 Frw), wakumva neza uburyo ibyabaye kuri uyu muryango ari nko gukabya inzozi zihambaye.

    REBA VIDEO IGARAGAZA UBUZIMA ABAYEMO HANO :

    Ibyo Nsengiyumva Francois avuga, binashimangirwa n’umugore we Musabyimana Henriette nawe twagiranye ikiganiro ubwo twabasuraga. Ni umugore bigaragara ko yivugira macye ndetse n’iby’umuziki ntacyo ubona bimushishikajeho cyane. Gusa avuga ko ubuzima bwabo bwahindutse, agashimangira ko kubona uburyo ashimira Alain Muku bigoye kubera ibyo yabakoreye ndetse n’ubu akibakorera.

    Aba bombi, bavuga ko badatunzwe n’ubuhanzi bwa Nsengiyumva gusa kuko ngo banafite amasambu bahingamo, kandi ngo ntibafata isuka ahubwo batanga imirimo abaturanyi bakabahingira nabo bakabahemba.

    REBA IKIGANIRO N’UMUGORE WA GISUPUSUPU HANO :

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Twasuye-Nsengiyumva-IGISUPUSUPU-n-umugore-we-mu-nzu-nziza-baguze-VIDEO

  • Nyagatare: Polisi yataye muri yombi umubyeyi wahannye umwana we by'indengakamere #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 02 Mutarama 2021 Polisi y'u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare mu Muremge wa Mimuli mu Kagari ka Mahoro yafashe uwitwa Uwamahoro Evangeline w'imyaka 34 akurikiranweho guhana umwana we by'indengakamere.

    Uyu Uwamahoro tariki ya 01 Mutarama yakubise umwana we witwa Twagirimana Innocent ufite imyaka 6, yamukubise mu maso akoresheje urusinga rw'amashanyarazi biviramo  umwana gukomereka mu jisho no ku matwi.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko ubu bugizi bwa nabi bwamenyekanye ari uko abaturanyi bumvise umwana ataka cyane bagatabaza Polisi.

    Yagize ati 'Tariki ya 01 Mutarama uriya mwana w'imayaka 6 ngo yari yasigaye ku rugo noneho haza umuturanyi gutira bimwe mu bikoresho byo mu rugo. Umwana yarabimutije noneho nyina aho agarukiye abibuze afata urusinga arumukubita ahantu hose ariko cyane cyane mu maso biviramo umwana kubyimba mu maso ndetse basanze umwana yabyimbye mu maso hari n'ijisho  ryatukuye n'ugutwi kwakomeretse.'

    CIP Twizeyimana yashimiye abaturage batabaye hakiri kare ndetse bakabimenyesha Polisi, yagaye bamwe mu babyeyi bagihohotera abana bikagera n'aho babahanisha ibihno by'indengakamere. Yabibukije ko  hari itegeko rirengera abana ndetse rigahana  umuntu wese uhohotera umwana bene kariya kageni kabone n'iyo yaba ari umwana we yibyariye.

    Ati  'Umwana ushobora kumubwira neza amakosa yakoze kugira ngo atazayasubiramo wenda byaba na ngombwa ukamucishaho akanyafu byorohoje, ariko birababaje gufata urusinga rw'amashanyarazi ukarukubita umwana kugeza aho akomereka. Kabnone n'iyo yaba ari umuntu mukuru urusinga ni ikintu kibi iyo kigeze ku muburi w'umuntu.'

    Iyi nkuru Impanuro.rw ikesha Polisi y'u Rwanda iravuga ko Polisi yahise ijyana umwana kwa Muganga kwitabwaho n'abaganga  naho nyina  ajyanwa ku Rwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorero muri sitasiyo ya Polisi ya Mimuli kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko n°71/2018 ryo ku wa 31/08/2018 ryerekeye kurengera umwana mu ngingo ya 28 ivuga ko bitabangamiye ibihano birushijeho gukomera biteganywa n'andi mategeko, umuntu wese uhoza umwana ku nkeke cyangwa umuha ibihano biremereye cyangwa bitesha agaciro harimo n'ibyo ku mubiri, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi y'ibihumbi magana abiri (200.000 FRW) ariko atarenze ibihumbi magana atatu (300.000 FRW).

    Bitabangamiye ibihano birushijeho gukomera biteganywa n'andi mategeko, iyo icyaha kivugwa mu gika cya mbere cy'iyi ngingo kiviriyemo umwana ubumuga, igihano kiba igifungo kitari munsi y'imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW). Iyo icyaha kiviriyemo umwana urupfu, igihano kiba igifungo cya burundu.

    Src : RNP

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/04/nyagatare-polisi-yataye-muri-yombi-umubyeyi-wahannye-umwana-we-byindengakamere/