Blog

  • Papa Francis yashimagije bikomeye Maradona uherutse kwitaba Imana. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Papa Francis yashimye cyane umunya Argentina Diego Maradona uherutse kwitaba Imana maze avuga ko yari nk 'umusizi' mu kibuga.

    Agaruka kuri nyakwigendera Diego Maradona, Papa Francis yavuze ko uyu mukinnyi wamenyekanye cyane muri Napoli, uko yari atandukanye n'abandi ku buhanga bwe mu kibuga, no hanze yacyo yari atandukanye, kuko yari umuntu mwiza muri rubanda.

    Papa Francis yavuze uko we na Maradona bahuriye mu kirori kiswe icy'amahoro, bombi bafite intego yo gufasha abana mu 2014.Mu kiganiro yagiranye na La Gazzetta dello Sport, Papa Francis yagize ati:

    'Nahuye na Diego Armando Maradona ku bw'amahirwe mu birori by'amahoro mu 2014. Mu byishimo byinshi, ndibuka buri kimwe cyose Maradona yakoreye ikigo cya Scholas Occurrentes, nibyo bikenewe ku Isi hose'.
    'Mu kibuga yari umusizi, umuhanga cyane watanze ibyishimo kuri Miliyoni zitabarika z'abantu, haba muri Argentina ndetse no muri Napoli. Ikindi kandi yari umugabo usabana cyane'.

    Uyu munyacyubahiro yahishuye icyo yifuza mu 2021, agendeye ku mupira Maradona yamuhaye ubwo bahuraga.

    Yagize ati 'Icyo nifuza kiroroshye, ndabivuga mu magambo yanditse ku mupira yampaye: 'Gutsindwa uri inyangamugayo biruta gutsinda mu buriganya n'ubuhemu'. Nibwo buryo bwiza bwo kubaho'.

    Twibutse ko Maradona yitabye Imana tariki ya 25 Ugushyingo 2020 ku myaka 60 y'amavuko, azize indwara y'umutima yari amaranye igihe kirekire.

    Source : https://yegob.rw/papa-francis-yashimagije-bikomeye-maradona-uherutse-kwitaba-imana/

  • Miss Mutesi Jolly yahishuye urutonde rw'indirimbo nyarwanda 10 yakunze cyane muri 2020 – YEGOB #rwanda #RwOT

    Miss Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w'u Rwanda muri 2016 yashyize hanze urutonde rw'indirimbo 10 nyarwanda zamushimishije mu mwaka ushize wa 2020.

    Kuba abantu b'ibyamamare cyangwa se bafite izina rizwi bakora intonde z'indirimbo bakunze, bituma buri muhanzi ushyizwe kuri urwo rutonde akora uko ashoboye kugira ngo n'umwaka utaha azaboneke ku rutonde rw'uwo muntu.Ni muri urwo rwego Jolly na we yagerageje gukora uru rutonde, ndetse arusangiza abandi.

    Urutonde rw'indirimbo 10 Miss Mutesi Jolly yakunze mu 2020:

    1.Katerina ya Bruce Melodie
    2.Vazi ya The Ben
    3.My Love ya Tom Close
    4.Mambata ya Riderman
    5.Nyigisha ya Butera Knowless
    6.Imbaraga ya Charly&Nina
    7.Zoli ya Nel Ngabo
    8.Nahawe ijambo ya Vestine na Dorcas
    9.Dusuma ya Meddy na Otile Brown
    10.Umusaza ya Bull Dogg

    Src:inyarwanda

    Source : https://yegob.rw/miss-mutesi-jolly-yahishuye-urutonde-rwindirimbo-nyarwanda-10-yakunze-cyane-muri-2020/

  • Indirimbo “ Do me ” yahuriyemo Marina na Queen Cha yaciye agahigo – YEGOB #rwanda #RwOT

    Indirimbo Do me yahuriyemo abahanzikazi Marina ndetse na Queen Cha bo muri label ya The Mane yaciye agahigo ko kurebwa n'abantu basaga miliyoni imwe ku rubuga rwa YouTube.

    Nyuma y'amezi 7 indirimbo Do Me imaze kurebwa n'abantu basaga miliyoni imwe ku rubuga rwa YouTube

    Baadrama, umuyobozi wa The Mane yishimiye urwego iyi ndirimbo igezeho rwo kurebwa n'abantu basaga miliyoni nkuko yabitangaje abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram mu magambo akurikira :

    Source : https://yegob.rw/indirimbo-do-me-yahuriyemo-marina-na-queen-cha-yaciye-agahigo/

  • Umusaruro w'ibikomoka ku buhinzi wazamutseho 5%, uw'umuceri n'ibirayi uragabanuka mu 2019/2020 – #rwanda #RwOT

    Ibi bikubiye mu bushakashatsi NISR yashyize hanze mu Ukuboza 2020, bugamije kwerekana ishusho y'uko urwego rw'ubuhinzi rwawusoje ruhagaze. Bukorwa ku bufatanye n'inzego zose zireberera urwego rw'ubuhinzi.

    Ubu bushakashatsi bubaye ku nshuro ya kabiri bwakozwe hagendewe ku makuru yavuye mu bihembwe byose by'ubuhinzi by'umwaka wa 2019/2020 ni ukuvuga igihembwe cya A (Nzeri-Gashyantare), igihembwe cya B ( Werurwe-Kamena) n'igihembwe cya C kiganzamo ubuhinzi bw'imboga, ibijumba bukorerwa mu gishanga n'ubw'ibirayi bukorerwa mu gace k'ibirunga.

    Ubu bushakashatsi bukubiye muri raporo izwi nka 'Upgraded Seasonal Agricultural Survey annual report' bugaragaza ko ingano y'ahakorerwa ubuhinzi mu 2019/2020 yazamutseho 2% ugereranyije n'umwaka wari wabanje.

    Bugaragaza ko u Rwanda rufite ubutaka buhinzeho n'ubushobora guhingwaho bungana na hegitari miliyoni 1,4 ( bingana na 59% by'igihugu cyose) mu gihembwe A muri ubu butaka ubwahinzweho bungana na hegitari miliyoni 1,14, mu gihe mu gihembwe B hahinzwe ubungana na hegitari miliyoni 1,19.

    Mu 2019/2020 ubutaka bwose bwahinzweho ni hegitari miliyoni 1,1 ( 81% by'ubutaka bwose bushobora guhingwaho) ubu buso bw'ubutaka bwahinzweho bwazamutse ku kigero cya 2% ugereranyije n'ubwari bwahinzweho mu 2018/2019.

    Mu mwaka wa 2019/2020 umusaruro w'ibikomoka ku buhinzi muri rusange wazamutseho 5% ugereranyije n'umwaka ushize, nk'umusaruro w'urutoki wazamutseho 12%, uw'amasaka n'ibigori uzamukaho 7% mu gihe uw'imyumbati wazamutseho 8%.

    Impuzandengo y'ingano y'ibihingwa byagiye byera kuri hegitari imwe igaragaza ko mu mwaka ushize kuri hegitari imwe heze toni 1,5 y'ibigori, hera toni imwe y'amasaka, toni 3,9 z'umuceri, toni imwe y'ingano na toni 14,6 z'imyumbati.

    Ubu bushakashatsi bugaragaza kandi ko kuri hegitari imwe heze ibijumba toni 7,1, ibirayi toni 8,2, ibikoro n'amateke toni 6.5, ibitoki byo guteka toni 18,04 wakongeraho n'ibyo kwenga n'iby'imineke umusaruro wabyo byose kuri hegitari ukangana na toni 9,07.

    Muri uyu mwaka ushize kandi u Rwanda kuri hegitari imwe rwejeje ibishyimbo bingana na toni 0,68, ubunyobwa toni 0,45, soya toni 0,49, imboga toni 9,4 n'imbuto toni 4,96.

    Uko umusaruro wa buri gihingwa uhagaze

    Ibigori: Ubushakashatsi bwa NISR bugaragaza ko mu gihembwe cya A cy'umwaka wa 2020, ubuso bwari buhinzeho ibigori bwanganaga na hegitari 2 221 521, bukaba bwarazamutseho 3% ugereranyije n'ubuso byari bihinzeho mu gihembwe nk'iki mu 2019.

    Muri iki gihembwe kandi umusaruro w'ibigori wazamutseho 7% ugera kuri toni 353 999 ugereranyije n'aho wari uhagaze mu gihembwe A cya 2019. Impuzandego y'umusaruro w'ibigori igaragaza ko muri iki gihembwe kuri hegitari imwe heze toni 1,5.

    Mu gihembwe cya B, ubu bushakashatsi bugaragaza ko ubuso bwahinzweho ibigori butahindutse ugereranyije n'igihembwe cya B 2019, gusa umusaruro wo wazamutseho 5% ugera kuri toni 94 634.

    Ibijumba: Mu gihembwe A cya 2020 ubuso buhinzeho ibijumba bwanganaga na hegitari 89 427, wagereranya n'ubwo byari buhinzeho mu gihembwe nk'iki mu 2019 ugasanga bwagabanutseho 8%, ibi byatumye n'umusaruro wabyo ugabanukaho 6% ugera kuri toni 635,007.

    Mu gihembwe B ubuso buhinzeho ibijumba bwiyongeyeho 4% ugereranyije n'ubwo byari bihinzeho mu gihembwe nk'iki mu mwaka wari wabanje bugera kuri hegitari 84 545, ndetse muri iki gihembwe umusaruro wazamutseho 12% kuko habonetse toni 611 425.

    Imibare y'igihembwe C igaragaza ko ubuso bwari buhinzeho ibijumba bwanganaga na hegitari 5583, bukaba bwarazamutseho 5% ugereranyije n'uko bwanganaga mu gihembwe nk'iki umwaka wari wabanje.

    Kimwe n'ubuso umusaruro w'ibijumba muri iki gihembwe na wo wazamutseho 10%.

    Ibirayi: Imibare y'Igihembwe A cya 2020 igaragaza ko ubuso bwari buhinzeho ibirayi bwazamutseho 4% ugereranyije n'ubwo byari bihinzeho mu 2019 bugera kuri hegitari 51 516, gusa umusaruro wabyo wabonetse muri iki gihembwe wagabanutseho 9% ugereranyije n'uwari wabonetse mu mwaka wari wabanje ugera kuri toni 427 471.

    Imibare yo mu Gihembwe B igaragaza ko ubuso bwari buhinzeho ibirayi bwagabanutse ku kigero cya 11% ugereranyije n'ubwo byari bihinzeho mu gihembwe nk'iki mu 2019. Ubu buso bwageze kuri hegitari 43 950.

    Umusaruro nawo wagabanutseho 17% ugera kuri toni 352 441. Mu Gihembwe C ubuso buhinzeho ibirayi bwarazamutse ku kigero cya 5% ugereranyije n'ubwo byari bihinzeho mu gihembwe nk'iki mu 2019, gusa umusaruro wo wagabanutseho 4% ugera kuri toni 78 609.

    Imyumbati: Imibare y'Igihembwe B igaragaza ko ubuso bwari buhinzeho imyumbati bwanganaga na hegitari 190 447. Ubu buso bwaganutseho 2% ugereranyije n'ubwo yari ihinzeho mu gihembwe nk'iki mu 2019, gusa umusaruro wo wazamutseho 11% ugera kuri toni 578 545.

    Mu Gihembwe cya B ubuso buhinzeho imyumbati bwazamutseho 2% bugera kuri hegitari 192 156, umusaruro nawo wazamutseho 6% ugereranyije n'uko wanganaga mu 2019 ugera kuri toni 701 037.

    Nubwo umusaruro wa byinshi mu bihingwa wazamutse muri uyu mwaka wa 2019/2020, ku muceri, ibirayi n'ibishyimbo ho siko bimeze kuko umuceri wagabanutseho 11%, ibirayi bigabanukaho 12% n'ibishyimbo bigabanukaho 9%.

    Ubu bushakashatsi bugaragaza ko mu 2019/2020 mu Gihembwe A abahinzi 35,2% bakoresheje imbuto y'indobanure, mu Gihembwe cya B ikoreshwa n'abagera kuri 15,6% mu gihe mu Gihembwe C yakoreshejwe n'abagera kuri 30,6%.

    Muri uyu mwaka kandi mu Gihembwe cya A abahinzi 63,6% bakoresheje ifumbire y'imborera, mu Gihembwe B ikoreshwa n'abagera kuri 51,7% mu gihe mu cya C yakoreshejwe n'abahinzi 76,1%.

    Abakoresheje ifumbire mvaruganda mu gihembwe cya A ni 21.2%, abayikoresheje muri B ni 15.3% abayikoresheje muri C ni 64.1%.

    Umusaruro w’umuceri na wo waguye hasi

    Umusaruro w’ibirayi waragabanutse mu gihembwe cya mbere cy’umwaka ushize

    Mu 2019/2020 umusaruro w'ibikomoka ku buhinzi wazamutseho 5%


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umusaruro-w-ibikomoka-ku-buhinzi-wazamutseho-5-uw-umuceri-n-ibirayi-uragabanuka

  • REB yijeje ko iby'itangira ry'amashuri mu mashuri abanza bizamenyekana vuba – #rwanda #RwOT

    Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 4 Mutarama 2021 nyuma y'aho bamwe mu babyeyi n'abanyeshuri ku mbuga nkoranyambaga bagaragaje ko babangamiwe no kuba batazi amakuru y'itangira.

    Hari abagaragaje ko abana biga mu mu mashuri y'incuke n'icyiciro cya mbere cy'amashuri abanza bibagiranye, mu gihe bagenzi babo biga mu cyiciro kimwe mu mashuri akoresha porogaramu mpuzamahanga ari mu Rwanda bo bageze kure amasomo.

    Abinyujije kuri Twitter, Dr Sebaganwa yavuze ko mu minsi ya vuba gahunda y'itangira ry'amashuri kuri abo bana iraba yamenyekanye.

    Yagize ati 'Murakoze kuri izo mpungenge mugaragaje kandi zifite ishingiro. Mineduc na REB turiho turabitegura neza kandi muramenyeshwa gahunda yo gutangira bidatinze.'

    Murakoze kuri izo mpungenge mugaragaje kandi zifite ishingiro. Mineduc na REB turiho turabitegura neza kandi muramenyeshwa gahunda yo gutangira bidatinze. Murakoze

    — Dr. SEBAGANWA Alphonse (@DrSebaganwa) January 4, 2021

    Mu Ukwakira 2020 nibwo Mineduc yatangaje ko ku wa 2 Ugushyingo 2020, hagomba gutangira abanyeshuri bo mu mashuri abanza biga mu mwaka wa Gatanu n'uwa Gatandatu. Uwo munsi hatangiye abo mu yisumbuye biga mu mwaka wa Gatatu, uwa Gatanu n'uwa Gatandatu.

    Hatangiye kandi abanyeshuri bo mu mashuri y'Ubumenyi ngiro bari mu mwaka wa Gatatu n'uwa Gatanu ndetse n'abo mu y'Inderabarezi bo mu mwaka wa Mbere n'uwa Gatatu.

    Ikindi cyiciro ni icy'abanyeshuri batangiye igihembwe cya kabiri ku wa 23 Ugushyingo. Muri iki cyiciro hatangiye abanyeshuri biga mu mwaka wa kane w'amashuri abanza, n'abo mu ayisumbuye biga mu mwaka wa mbere, uwa Kabiri n'uwa Kane.

    Ingengabihe ya MINEDUC igaragaza ko abanyeshuri bazatangira igihembwe cya Gatatu ku wa 19 Mata 2021 kikarangira ku wa 9 Nyakanga 2021, nyuma y'uko bagize icyiruhuko cy'igihembwe cya kabiri kizava ku wa 3 Mata 2021 kikageza ku wa 15 Mata 2021.

    Abanyeshuri bari mu myaka ya nyuma isoza, bo biteganyijwe ko bazakora ibizamini mu mpeshyi y'umwaka utaha.

    Ku banyeshuri basoza amashuri abanza bazakora ibizamini bya Leta guhera ku wa 12 Nyakanga kugera ku wa 14 Nyakanga 2021, mu gihe abo mu yisumbuye bazabitangira ku wa 20 Nyakanga 2021 bakabisoza ku wa 30 Nyakanga 2021.

    REB yijeje ko vuba aha iraba yatangaje ibijyanye n’abiga mu mashuri abanza batarasubira ku ishuri


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/reb-yijeje-ko-iby-itangira-ry-amashuri-mu-mashuri-abanza-bizamenyekana-vuba

  • REB ntizongera gukurikirana iby’ibizamini mu mashuri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iby’izo mpinduka byagarutsweho na Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, ubwo yasobanuraga impinduka zitandukanye zabaye mu miyoborere mu nzego z’uburezi ndetse hakaba harabaye n’ihererekanyabubasha ku bayobozi bashya n’abagiye, igikorwa cyabaye mu cyumweru gishize.

    Minisitiri Uwamariya yagarutse ku nshingano z’icyo kigo cya NESA, cyafashe igice cy’inshingano zari iza REB.

    Agira ati “Ikigo cya NESA kizaba gishinzwe ibizamini ku buryo tutazongera kumva ibizamini byakoreshejwe na REB cyangwa ibyakoreshejwe n’Ishyuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro (RP). Kizaba gishinzwe kandi ubugenzuzi bw’amashuri, amasomo n’imikorere muri rusange y’amashuri atari ku rwego rwa kaminuza”.

    Yongeraho ko REB isigaranye inshingano z’ingenzi zirimo gutegura imfashanyigisho, amahugurwa no gukurikirana imyitwarire y’abarimu n’uko batanga umusaruro mu mashuri bigishamo.

    Ibijyanye n’ibizamini ubusanzwe byakurikiranwaga na REB mu gihe iby’ubugenzuzi bw’amashuri byakorwaga na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), ibyo byose akaba ari byo byahawe ikigo gishya cya NESA.

    Uretse icyo kigo hari n’ikindi cyashyizweho cyitwa RTB (Rwanda Technical and Vocational Education and Training Board) kikazita ahanini ku by’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, nk’uko Minisitiri Uwamariya akomeza abivuga.

    Ati “Hari inshingano zimwe zahawe RTB zivuye muri RP ndetse hakaba hari n’izavuye mu cyari Ikigo cy’Igihugu cyita ku myuga n’ubumenyingiro (WDA). RP ubundi ni ishuri rikuru ariko ni na ryo ryarebereraga amashuri mato y’imyuga n’ubumenyingiro agereranywa n’amashuri yisumbuye, urumva ko hari harimo icyuho”.

    Ati “Nk’uko tureba REB mu mashuri y’ubumenyi rusange ni ko tureba RTB mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, ni no muri ayo mashuri hajya hiyongeraho no guhugura abantu mu masomo y’igihe gito ndetse n’imishinga itandukanye, ibizwi nka NEP Kora wigire. Ibyo byose ni RTB izajya ibikurikirana hanyuma RP ireberere amashuri makuru y’imyuga n’ubumenyingiro (RPCs) gusa”.

    Kugeza ubu ikigo cya NESA ntikirabonerwa umuyobozi ariko ngo ababishinzwe barimo kumushaka mu gihe ikigo cya RTB kiyoborwa na Paul Umukunzi.

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/reb-ntizongera-gukurikirana-iby-ibizamini-mu-mashuri

  • REB yijeje ko iby’itangira ry’amashuri mu mashuri abanza bizamenyekana vuba – #rwanda #RwOT

    Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 4 Mutarama 2021 nyuma y’aho bamwe mu babyeyi n’abanyeshuri ku mbuga nkoranyambaga bagaragaje ko babangamiwe no kuba batazi amakuru y’itangira.

    Hari abagaragaje ko abana biga mu mu mashuri y’incuke n’icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza bibagiranye, mu gihe bagenzi babo biga mu cyiciro kimwe mu mashuri akoresha porogaramu mpuzamahanga ari mu Rwanda bo bageze kure amasomo.

    Abinyujije kuri Twitter, Dr Sebaganwa yavuze ko mu minsi ya vuba gahunda y’itangira ry’amashuri kuri abo bana iraba yamenyekanye.

    Yagize ati “Murakoze kuri izo mpungenge mugaragaje kandi zifite ishingiro. Mineduc na REB turiho turabitegura neza kandi muramenyeshwa gahunda yo gutangira bidatinze.”

    Murakoze kuri izo mpungenge mugaragaje kandi zifite ishingiro. Mineduc na REB turiho turabitegura neza kandi muramenyeshwa gahunda yo gutangira bidatinze. Murakoze

    — Dr. SEBAGANWA Alphonse (@DrSebaganwa) January 4, 2021

    Mu Ukwakira 2020 nibwo Mineduc yatangaje ko ku wa 2 Ugushyingo 2020, hagomba gutangira abanyeshuri bo mu mashuri abanza biga mu mwaka wa Gatanu n’uwa Gatandatu. Uwo munsi hatangiye abo mu yisumbuye biga mu mwaka wa Gatatu, uwa Gatanu n’uwa Gatandatu.

    Hatangiye kandi abanyeshuri bo mu mashuri y’Ubumenyi ngiro bari mu mwaka wa Gatatu n’uwa Gatanu ndetse n’abo mu y’Inderabarezi bo mu mwaka wa Mbere n’uwa Gatatu.

    Ikindi cyiciro ni icy’abanyeshuri batangiye igihembwe cya kabiri ku wa 23 Ugushyingo. Muri iki cyiciro hatangiye abanyeshuri biga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza, n’abo mu ayisumbuye biga mu mwaka wa mbere, uwa Kabiri n’uwa Kane.

    Ingengabihe ya MINEDUC igaragaza ko abanyeshuri bazatangira igihembwe cya Gatatu ku wa 19 Mata 2021 kikarangira ku wa 9 Nyakanga 2021, nyuma y’uko bagize icyiruhuko cy’igihembwe cya kabiri kizava ku wa 3 Mata 2021 kikageza ku wa 15 Mata 2021.

    Abanyeshuri bari mu myaka ya nyuma isoza, bo biteganyijwe ko bazakora ibizamini mu mpeshyi y’umwaka utaha.

    Ku banyeshuri basoza amashuri abanza bazakora ibizamini bya Leta guhera ku wa 12 Nyakanga kugera ku wa 14 Nyakanga 2021, mu gihe abo mu yisumbuye bazabitangira ku wa 20 Nyakanga 2021 bakabisoza ku wa 30 Nyakanga 2021.

    REB yijeje ko vuba aha iraba yatangaje ibijyanye n’abiga mu mashuri abanza batarasubira ku ishuri

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/reb-yijeje-ko-iby-itangira-ry-amashuri-mu-mashuri-abanza-bizamenyekana-vuba

  • Amateka ya Nancy Pelosi wongeye gutorerwa kuyobora umutwe w'Abadepite muri USA #rwanda #RwOT

    Mu gihe Kamala Harris ubu agiye kuba visi perezida wa mbere w'umugore mu mateka ya Amerika, Pelosi ntabwo azakomeza kuba ari we mugore ukomeye muri politiki ya Amerika.

    Gusa uyu mugore w'imyaka 80 azagira uruhare rukomeye mu gutuma gahunda za perezida mushya zigerwaho.

    Ugereranyije na manda ishize, Pelosi ubu ntabwo yatowe ku bwiganze busesuye kandi ubu agiye kuyobora inteko irimo ubwiganze bwagabanutse bw'abademokarate.

    Yakuriye mu muryango w'abanyepolitiki

    Abarepubulikani bamwita “San Francisco liberal” kubera kutaripfana mu kurwanya zimwe muri politiki zabo mu buryo bukomeye.

    Yakuriye mu muryango uba muri politiki ari umwana muto mu bana barindwi iwabo muri Baltimore muri leta ya Maryland aho se yari Mayor.

    Yize muri kaminuza i Washington hafi y'iwabo ari naho yahuriye n'umugbao we Paul Pelosi ukora mu by'imari.

    Bimukiye i Manhattan, nyuma mu rundi ruhande rw'uwo mugabane i San Francisco aho Nancy yatangiye akora akazi ko mu rugo.

    Yabyaye abana batanu – abakobwa bane n'umuhungu umwe – mu gihe cy'imyaka itandatu.

    Intangiriro y'ikintu kinini

    Mu 1976 nibwo yahuye na politiki, akoresha abantu bari baziranye n'umuryango we mu gufasha guverineri wa California Jerry Brown gutsinda muri leta ya Maryland ubwo yiyamamarizaga kuba perezida.

    Nyuma yaje kuzamuka mu myanya mu ishyaka ry'abademokarate, amaherezo ararikurira maze anabona umwanya mu nteko ishinga amategeko mu 1988.

    Ageze mu nteko naho ntiyatinze kuzamuka. Kuko yari ahagarariye umujyi ufite abaturage benshi, anashyira imbaraga mu bushakashatsi kuri SIDA.

    Mu 2001, yatangiye kwiyamamariza imyanya y'ubutegetsi mu nteko ya Amerika.

    Kugera ku gasongero

    Yari umwe mu bantu bakomeye, bavugaga cyane bamagana ibitero bya Amerika muri Iraq mu 2003.

    Mu 2006 ibi bitekerezo byahaye umusaruro abademokarate ubwo batsindiraga ubwiganze mu mutwe w'abadepite ku nshuro ya mbere mu myaka 12.

    Pelosi ishyaka rye ryahise rimutorera kuyobora uyu mutwe, aba umugore wa mbere ugeze kuri uyu mwanya mu mateka ya Amerika.

    Hashize imyaka ine, abademokarate batakaje ubwiganze muri uyu mutwe.

    Nubwo bitari bimworoheye, Madamu Pelosi yabashije gutsinda yongera gutorerwa uyu mwanya.

    Umukuru w'abadepite akora iki?

    Uyu mwanya ni umwe mu ivugwa n'Itegekoshinga rya mbere rya USA. Ni umuntu wa gatatu ukomeye inyuma ya perezida na visi perezida.

    N'ibiro bya rutura akoreramo biri ku musozi wa Capitol aho aba yitegeye Washington Monument, bishimangira ubukaka bw'uwo mwanya.

    Ubwiganze bw'ishyaka runaka mu nteko ya Amerika nibwo bugena ibijyanye no kwemeza, kwanga no guhindura amategeko.

    Iyo umukuru w'uyu mutwe w'abadepite afite ubwiganze bw'ishyaka rye mu nteko, bahinduka nk'abafite ubutegetsi bw'igihugu mu ntoki.

    Kuva mu 2009 kugeza mu 2011, inteko ikuriwe na Pelosi niyo yemeje ingengo y'imari ya miliyari $840 zo kuzahura ubukungu bwa Amerika bwari bwazahajwe n'ihungabana ryabwo rya 2008.

    Yanakoze ibishoboka inteko yemeza Itegeko ku bwishingizi mu buzima, ryaje kumenyekana cyane nka Obama Care rinamufasha Obama gutsindira indi manda.

    Ibihe bikomeye bya Pelosi

    Yahuye n'ibihe bigoye ubwo yari agarutse kuba umukuru w'umutwe w'abadepite mu 2018.

    Kugeza ubwo, yari umuntu abategetsi b'abarepubulikani bagaragarizaho umujinya wabo muri politiki zitandukanya zabo zitagenze uko babyifuza agihari.

    Nubwo 2018 yatsinze amatora yo kongera kuyobora inteko, intambamyi ze zari Perezida Donlad Trump na Mitch McConnell ukuriye abarepubulikani biganje muri sena.

    Bityo itegeko ryose ryatorwaga mu badepite ntiryarengaga aho.

    Ibyakwiriye hose, ni amashyi yo kunnyega yakomeye Perezida Trump mu gihe yariho avuga ijambo hashize ukwezi kumwe Pelosi atangiye akazi. N'ubu iracyari gif ikoreshwa na benshi bannyega abakeba babo.

    Hejuru y'ibyo, imbere ya za camera Pelosi uwo mugoroba yaciye impapuro zanditseho ijambo Trump yari amaze kuvuga. Ashinjwe agasuzuguro, yavuze ko ibyo perezida yavugaga ari “ibinyoma”.

    Guhangana na Trump

    Pelosi yabanje kugenza macye mu nkubiri yo gushaka kweguza Perezida wa Amerika.

    Ariko uko hakomeje kwiyongera amakuru ku bikorwa bya Trump na Ukraine, yaje guhaguruka avuga ko Trump yakoresheje nabi ubutegetsi mu buryo butakwirengagizwa.

    Yarahagurutse ayobora ibikorwa byo kugerageza kweguza Trump. Ndetse ahangana na politiki ya Trump yo kubaka urukuta ku mupaka na Mexico.

    Ubu, ubwiganze bw'abademokarate bwagabanutseho imyanya irenga 12 mu mutwe w'abadepite, umunyamakuru wa BBC Anthony Zurcher avuga ko iyi manda ishobora kuzagora cyane Pelosi.

    Ati: “Biramusaba ko mu matora yo kuwa kabiri abademokarate bagira ubwiganze muri sena, cyangwa se akareshya abarepubulikani bamwe badatsimbaraye ku mahame ya cyera bakajya bamushyigikira”.

    BBC

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/amateka-ya-nancy-pelosi-wongeye-gutorerwa-kuyobora-umutwe-w-abadepite-muri-usa

  • Ivan Rakitic yahishuye inzira ikomeye yanyuzemo kugira ngo umugore we wabanje kumwanga amwemere [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Rakitic w'imyaka 32 ukomoka muri Croatia,yahishuye ko yakunze umugore we Raquel Mauri akimubona aho yacuruzaga ikawa.

    Rakitic yahuye n'uyu mugore ubwo yari amaze gusinyira Sevilla avuye muri Schalke 04 mu mwaka wa 2011.

    Uyu mukinnyi yavuze ko yajyaga kunywa ikawa buri gihe aho uyu Mauri yakoraga kugira ngo amubone.

    Rakitic yavuze ko yabanje kugorwa no kuvugisha Raquel Mauri kuko atari azi ururimi rw'icyesipanyole.

    Rakitic yagize ati 'Ntabwo nzi uko nabisobanura.Hari igihe uhura n'umuntu ibyiyumvo byawe byose bigahinduka.

    Igihe cyose namubonaga numvaga ari nka Bombe bateye imbere mu mubiri wanjye.
    Uko icyumweru cyahitaga ikindi kigataha,nagendaga menya amagambo y'icyesipanyole n'iyo byangoraga nakoreshaga ikiganza cyanjye ngakora ibimenyetso kugira ngo musobanurire ibyo nshaka kumubwira.

    Nanywaga ikawa nyinshi,byari bitangaje.Namusabye kumbera umugore inshuro nka 20-30.

    Rakitic yakomeje agira ati 'Urabizi,ntabwo nari umusore mwiza kurusha abandi ku isi.Nakundaga gutekereza ko ambona agatekereza ko ntazaba umukinnyi mwiza ku buryo Sevilla yangurisha ikangurisha mu mpeshyi.

    Kimwe mu byanteraga imbaraga iyo najyaga mu myitozo,kwari ugushaka uko mba mwiza mu ikipe hanyuma nkazabona uburyo nsangira n'uyu mukobwa turi twenyine.Byantwaye amezi 7 yose.'

    Rakitic yashoboye gusohokana uyu mukobwa hanyuma urukundo rwabo rurakomera kugeza babanye.Ubu aba bombi bafitanye abana 2 barimo uwitwa Althea na Adara.




    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/ivan-rakitic-yahishuye-inzira-ikomeye-yanyuzemo-kugira-ngo-umugore-we-wabanje

  • Uretse kuba tungurusumu ari umuti ukomeye ku buzima bw'umuntu ,wari uzi ko yirukana imibu n’utundi dukoko? – YEGOB #rwanda #RwOT

    Tungurusumu ni ikimera kibarizwa mu muryango umwe n'ibitunguru, ikaba ishobora kwera mu bice bitandukanye by'isi, ikaba ikoreshwa n'abantu batandukanye nk'ikirungo mu gihe bateka, kuko ihumura neza kandi ikaba inatuma ibyo kurya biryoha kurushaho.

    Icyakora nk'uko amateka abigaragaza, mu gihe cya kera tungurusumu yakoreshwaga nk'umuti gusa. Iryo koreshwa rya tungurusumu nk'umuti, turisanga mu mateka y'ibihugu bitandukanye, ibyo bita 'civilization',harimo civilization y'Abanya- Egypte, iy'Abanya-Babylon, iy'Abagiriki , iy'Abaromani n'Abashinwa.

    1.Abahanga mu bya siyansi, ubu bazi ko tungurusumu ifite ibyiza byinshi ku buzima bitewe n'ubutare bwa 'sulfur' yifitemo iboneka iyo bayisekuye ari mbisi, bayiseye cyangwa se bayihekenye. Iyo 'sulfur' ifasha mu ikorwa rya poroteyine umubiri ukenera.Sulfur iva muri Tungurusumu ijya mu mubiri, nyuma y'uko umuntu ayiriye, igifu kikayisya,ubundi igakwira mu mubiri wose.

    2.Tungurusumu igira intungamubiri nyinshi, ariko ntibyibushya kuko yigiramo ibyitwa 'Calories' nkeya. Ahubwo ikungahaye kuri Vitamine C, Vitamine B6 na manganese ikagira n'izindi ntungamubiri zinyuranye.

    3.Tungurusumu irwanya indwara zirimo n'ibicurune cyangwa se umuntu yaba yamaze gufatwa na byo, igafasha mu kubyoroshya .

    4.Tungurusumu ishobora kugabanya umuvuduko w'amaraso mu gihe umuntu afite umuvuduko uri hejuru cyane. Umuntu ufata urugero ruhagije rwa tungurusumu, byafasha umuntu ugira ikibazo cy'umuvuduko w'amaraso uri hejuru (hypertension), kimwe n'uko indi miti yamufasha.

    5.Tungurusumu igabanya ibinure bibi mu mubiri, bityo bigafasha umutima gukora neza, bikanawurinda indwara zitandukanye.

    6.Tungurusumu yifitemo ibyitwa 'Antioxidants' birinda utunyangingo 'cells' kwangirika, bikanarinda umuntu gusaza vuba, ndetse bikanarinda umuntu ibyago byo kurwara indwara yitwa 'Alzheimer' irangwa no kwangiza imikorere y'ubwonko, igatuma umuntu yibagirwa ibyo yari azi byose.

    7.Ku rubuga http://www.selection.ca na ho bavuga ibyiza bitandukanye bya tungurusumu harimo kuba yakoreshwa mu kuvura udusebe duterwa n'umuriro n'ibindi.Hari ubwo umuntu abyuka afite uduheri ku munwa tumeze nk'uturimo amazi, cyangwa se tumeze nk'udusebe duto, bakavuga ko aba yatwitswe n'umuriro wa malaria. Iyo ashyizeho tungurusumu itwumisha vuba.

    8.Tungurusumu kandi irwanya udusimba twangiza ibimera cyangwa twangiza indabo mu busitani. Udusimba twinshi twangiza indabo cyangwa ibindi bimera bimwe na bimwe, ntidukunda tungurusumu, ni yo mpamvu hari abakora umuti w'umwimerere wica udukoko turya indabo n'ibimera bimwe na bimwe, bifashishije tungurusumu, amavuta batekesha, amazi n'isabune y'amazi, bakabishyira hamwe mu ipompo, ubundi bakawutera mu bimera udusimba tugapfa.

    9.Tungurusumu yirukana imibu. Abahanga baracyakora ubushakashatsi kugira ngo bamenye ikintu kiba muri tungurusumu kirukana imibu. Gusa ikizwi ni uko imibu idakunda tungurusumu. Ubushakashatsi bwakorewe mu Buhinde bwagaragaje ko abantu bisize tungurusumu ku maboko no ku maguru, imibu ibahunga.

    Umuntu ashobora kwikorera umuti w'umwimerere wo kurwanya imibu,yifashishije amavuta ya tungurusumu akavanga n'amavuta ya 'Vaseline', akongeramo ibishashara by'ubuki bitunganyije, akabyisiga imibu ikamuhunga.

    Source : https://yegob.rw/uretse-kuba-tungurusumu-ari-umuti-ukomeye-ku-buzima-bwumuntu-wari-uzi-ko-yirukana-imibu-nutundi-dukoko/