Blog

  • Casa Mbungo yerekanywe nk’umutoza wa Bandari FC yakinnyemo umunyarwanda #rwanda #RwOT

    Umutoza w’umunyarwanda, Casa Mbungo Andre yerekanywe nk’umutoza wa Bandari FC yo muri Kenya, ni nyuma yo kuyisinyira amasezerano y’imyaka 2.

    Ku wa Gatanu w’icyumweru gushize nibwo byamenyekanye ko Casa Mbungo yamaze kumvikana n’iyi kipe yo muri Kenya.

    Ku munsi w’ejo hashize ku Cyumweru nibwo Gasogi United yatozaga kuva muri Nyakanga 2020 yemeje ko yamaze gutandukana n’uyu mutoza.

    Uyu munsi nibwo iyi kipe yakinnyemo umunyezamu w’umunyarwanda, Bashunga Abouba muri 2018 yerekanye uyu mutoza nk’umutoza wayo mu gihe cy’imyaka 2.

    Casa Mbungo avuga ko yanze kwerekeza muri Gor Mahia cyane ko nayo yamwifuzaga ahitamo Bandari FC bitewe n’uko ari yo yamwerekaga imishinga myiza.

    Ati“Bandari FC yanyeretse ko inkeneye cyane ni yo mpamvu byanyoroheye kuyihitamo imbere ya Gor Mahia. Bandari twajyaga tuvugana.'

    Ni inshuro ya kabiri Casa Mbungo agiye gutoza muri Kenya, ni nyuma y’uko muri 2019 yari yatandukanye na AFC Leopards.

    Iyi kipe iri ku mwanya wa 6 n’amanota 8 mu gihe KCB ya mbere ifite 15. Mu mikino 6 imaze gutsinda 2, inganya 2 itsindwa 2.

    Casa yerekanywe nk’umutoza wa Bandari FC

    Casa Mbungo agiye gutoza Bandari mu gihe cy’imyaka 2

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/casa-mbungo-yerekanywe-nk-umutoza-wa-bandari-fc-yakinnyemo-umunyarwanda

  • REB yahishuye ko abanyeshuri bo mu mashuri abanza basigaye bashobora gutangira kwiga bidatinze. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Uburezi, Dr Alphonse Sebaganwa yahamije ko mu gihe cya vuba hazamenyakana ibijyanye n'itangira ry'abiga mu cyiciro cya mbere cy'amashuri abanza n'incuke ku batarakomorerwa.

    Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 4 Mutarama 2021 nyuma y'aho bamwe mu babyeyi n'abanyeshuri ku mbuga nkoranyambaga bagaragaje ko babangamiwe no kuba batazi amakuru y'itangira.

    Hari abagaragaje ko abana biga mu mu mashuri y'incuke n'icyiciro cya mbere cy'amashuri abanza bibagiranye, mu gihe bagenzi babo biga mu cyiciro kimwe mu mashuri akoresha porogaramu mpuzamahanga ari mu Rwanda bo bageze kure amasomo.

    Ubutumwa bwa REB

    Abinyujije kuri Twitter, Dr Sebaganwa yavuze ko mu minsi ya vuba gahunda y'itangira ry'amashuri kuri abo bana iraba yamenyekanye.

    Yagize ati 'Murakoze kuri izo mpungenge mugaragaje kandi zifite ishingiro. Mineduc na REB turiho turabitegura neza kandi muramenyeshwa gahunda yo gutangira bidatinze.'

    Bamwe bibazaga impamvu amashuri yasigaye adafungurwa.

    Kuri Mineduc,

    Murebe uko abana bo mu kiciro kibanza n’ay’incuke basubira ku Ishuri, ni yo bajyayo inshuro imwe mu Cyumweru. Na ho ubundi mba mbaroga ntabwo muzashobora gusobanura uko bamwe bajyayo abandi ntibageyo. Ni ukuri mubyigeho. Hato abaturage batabakuraho ikizere.

    — KARANGWASewase🇷🇼 (@KARANGWASewase) January 3, 2021

    Source : https://yegob.rw/reb-yahishuye-ko-abanyeshuri-bo-mu-mashuri-abanza-basigaye-bashobora-gutangira-kwiga-bidatinze/

  • Beyonce yakoze benshi ku mutima kubera amafoto yashyize hanze ari kumwe n'abana be ku mucanga #rwanda #RwOT

    Uyu muhanzikazi w'imyaka 39 yafotowe ari mu mucanga ari kumwe n'aba bana be bambaye ingofero mu rwego rwo kwizihiza isabukuru ye.

    Beyonce yafotowe ari kumwe n'abana be b'impanga Sir na Rumi,bafite imyaka 3 y'amavuko ariko we yirunzeho umucanga hejuru.

    Beyonce ntiyari kumwe n'umugabo we Jayz bamaranye imyaka 12 babana gusa ibinyamakuru bivuga ko ashobora kuba nawe yari ahari ariko atashatse kugaragara muri aya mafoto.

    Hari indi foto ari wenyine afashe ikirahuri kirimo wine yambaye imyenda isa.Aya mafoto yayashyize ku rubuga rwe rwa Internet aho yanasangije abakunzi be amashusho y'ibihe byiza yagiye anyuramo.







    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/umuziki/article/beyonce-yakoze-benshi-ku-mutima-kubera-amafoto-yashyize-hanze-ari-kumwe-n-abana

  • Cassa Mbungo yahishuye impamvu yerekeje muri Bandari FC agatera umugongo Gor Mahia y'ubukombe muri Kenya #rwanda #RwOT

    Cassa Mbungo wahiriwe na Kenya ubwo yatozaga AFC Leopards nubwo yayivuyemo imwambuye amezi 5,yavuze ko Bandari FC ariyo baganiriye ikamugera ku mutima nubwo na Gor Mahia ikomeye kurusha izindi muri iki gihugu nayo yamwifuzaga.

    Cassa Mbungo André yagize ati 'Nishimiye kuza muri Bandari FC, ni ikipe umutoza wese yakwifuza gutoza. Ndi hano ngo ntwarane ibikombe na Bandari. Ndashaka kuzamura impano nyinshi ziri hano muri Mombasa.

    Ni icyemezo cyanyoroheye guhitamo Bandari, yanyeretse umushinga wayo ndanyurwa.'

    Bandari FC yanyeretse ko inkeneye cyane ni yo mpamvu byanyoroheye kuyihitamo imbere ya Gor Mahia. Bandari twajyaga tuvugana.'

    Cassa Mbungo watozaga Gasogi United, yumvikanye na Bandari FC ku wa Gatanu w'icyumweru gishize ndetse yagombaga kwerekanwa ku wa Gatandatu, ariko bisubikwa n'uko yatinze kujya muri Kenya kubera ko yabanje gutegereza ibisubizo bya COVID-19.

    Cassa Mbugo ugiye gutoza iyi kipe ihereye muri Mombasa mu gihe kingana n'imyaka 2, asimbuye Ken Odhiambo wagiye muri Sofapaka FC.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/cassa-mbungo-yahishuye-impamvu-yerekeje-muri-bandari-fc-agatera-umugongo-gor

  • Muhanga – Covid19: “Aho byagaragaye ko hari amakosa akorwa nkana ibihano twarabiremereje” #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Shyaka avuga ko amande hari aho yaremerejwe mu rwego rwo gukangara abakora amakosa nkana (Ifoto yo mu bubiko)
    Shyaka avuga ko amande hari aho yaremerejwe mu rwego rwo gukangara abakora amakosa nkana (Ifoto yo mu bubiko)

    Ayo mande ashyizweho nyuma y’uko abarenga ku mabwiriza bagahanwa bakomeje kwijujutira ibihano bidafite aho byanditse n’amabwiriza abigena, ahanini byashoboraga kubangamira cyangwa korohereza uhanwa.

    Amande akaba yacibwaga hakurikije itegeko rihana uwanze gukurikiza gahunda za Leta riteganya ko ahanishwa amande ya 10.000frw mu gihe aya mande yagiyeho icyorezo cya COVID-19 kitaraduka.

    Inama Njyanama na yo yemera ko ayo mande hari aho yashoboraga kubangamira umuturage kuko nko kujugunya agapfukamunwa ahatemewe washoboraga gucibwa 10.000frw ariko ubu hakaba hemejwe ko ukoze iryo kosa acibwa 1.000frw gusa.

    Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, Shyaka Theobald, avuga ko amande menshi ari azacibwa amahoteli yarenze ku mabwiriza agacuruza utubari aho yashyizwe ku bihumbi 400frw.

    Agira ati, “Aho byagaragaye ko hari amakosa akorwa nkana ibihano twarabiremereje kugira ngo duhindure imyumvire y’abaturage kuko byagaragaye ko ayo makosa akorwa ku bushake akomeza kwiyongera ushaka ku bushake kutagwa muri ibyo bihano bigamije kumurinda ko yagwamo ni yo mpamvu uko amakosa asumbana ari na ko ibihano bisumbana”.

    Ku kijyanye no kuba Akarere ka Muhanga karakererewe gushyiraho ibihano ku barenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 bikaba byagaragara nk’uburangare, Shyaka avuga ko habanje gukurikizwa itegeko risanzwe ariko byagera mu mpera z’umwaka n’intangiro z’undi hagashyirwaho ingamba zikaze zirimo n’amande mashya.

    Avuga ko ku kijyanye n’uburemere bw’amakosa nibura hakozwe urutonde rw’agera kuri 25 buri kosa rikaba rifite igihano cyaryo bivuze ko hari abatazongera guhanwa mu kajagari cyangwa abandi bagacibwa amande adakwiranye n’ikosa bakoze.

    Shyaka avuga ko amande yashyizweho mu mpera z’Ukuboza 2020 yahise atangira gukurikizwa kuko byihutirwaga n’ubwo ubundi bisaba ko umwanzuro wa Njyanama ubigena ubanza gushyikirizwa Intara y’Amajyepfo na yo ikagira icyo iwuvugaho.

    Amwe mu makosa ashobora kuzaba akomeye ahanirwa amande menshi harimo gufungura utubari, no gukoresha ibirori mu buryo butemewe n’amategeko. Icyakora ngo ikigambiriwe si uguhana kurusha kwigisha.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-covid19-aho-byagaragaye-ko-hari-amakosa-akorwa-nkana-ibihano-twarabiremereje

  • Barasaba ko kwishyura imisoro n’amahoro muri Mutarama byongererwa igihe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu maduka abagura baza umwe umwe
    Mu maduka abagura baza umwe umwe

    Abafite iki cyifuzo ni abacururiza mu masoko atandukanye yo mu Karere ka Musanze harimo iryitwa Goico Plaza mu mujyi wa Musanze. Muri iyi minsi ngo ntibabasha kubona abaguzi uko bikwiye, bitewe n’ingamba zashyizweho harimo n’izirebana n’igihe ntarengwa isoko rigomba kumara rikinguye.

    Umwe mu babibwiye Kigali Today yagize ati: “Uku kwezi k’Ukuboza kwatangiye twamaze kurangura ibicuruzwa byinshi kuko twari twiteze abaguzi muri iyi minsi mikuru. Uretse kuba nta baguzi bahahira ibirori kubera ko byahagaritswe; bake b’abaguzi twacungiragaho bahaha mu masaha y’umugoroba guhera saa kumi bavuye mu kazi kabo, izo saha ziri kugera benshi dutanguranwa no kwanura ibicuruzwa, abandi bakinze imiryango kubera gucunganwa na ya saha ya saa moya z’ijoro yo kuba abantu bageze mu rugo; bityo umucuruzi ntabe agikoze ku ifaranga. Byatumye dutangira kubunza imitima twibaza aho imisoro dusabwa kwishyura izava byatuyobeye”.

    Abacururiza mu masoko basabwa kwishyura buri kwezi amafaranga y’ubukode bw’aho gucururiza (iseta cyangwa ikibanza), n’amahoro y’isuku rusange. Hiyongeraho umusoro w’ipatante umucuruzi yishyura muri Mutarama buri mwaka. Kuba muri iyi minsi ababagurira ibicuruzwa atari benshi, babiheraho basaba ko ababishinzwe bareba uko babyigaho, bakongera igihe ntarengwa abacuruzi bazatangiraho imisoro n’amahoro.

    Aha ni imbere y
    Aha ni imbere y’amaduka mu isoko rya Goiko Plaza

    Yagize ati: “Ubu muri Mutarama buri mucuruzi asabwa kwishyura ipatante, amahoro y’isuku rusange n’imisoro y’aho umuntu acururiza. Kandi ubu ni nako tuba duhanganye n’ubundi bukode bw’aho dutuye n’ibindi bibazo bisaba umuntu amafaranga; bamwe muri twe twafashe inguzanyo ngo ducuruze, ubwo na banki niko ziducanyeho. Dusaba ababishinzwe ko badufasha, igihe cyagenwe cyo gusora muri uku kwezi dutangiye bacyirengagize, bacyegeze inyuma, barebe n’uko bazadukuriraho amande y’ubukererwe, kugira ngo tubanze twisuganye tuyashakishe”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze avuga ko mu byagaragara ko iki ari ikibazo rusange ubuyobozi bushobora kucyigaho, aho bibaye ngombwa bukaba bwagikorera ubuvugizi.

    Nuwumuremyi Jeannine yagize ati: “Ubundi ibijyanye n’imisoro bifite amategeko abigenga, ntabwo Akarere kakwicara ngo gafate icyo cyemezo kuko hari inzego zibifite mu nshingano. Ubundi ibipimo by’amahoro byigwaho kandi bikemezwa na Njyanama y’Akarere. N’imisoro hari ibiba byaragendeweho ishyirwaho n’inzego zibifite mu nshingano. Mu gihe abacuruzi babona ari ikibazo kibakomereye bashobora gukora ubusabe bwabo, izo nzego zikaba ari zo zibyigaho, noneho nk’akarere tukabishyira mu bikorwa. Ariko ntibibujije ko natwe babidushyikirije nk’Akarere, twabisesengura neza, noneho tukabakorera ubuvugizi”.

    Mu isoko riri muri Gare ya Musanze na ho abacuruzi baranguye ibicuruzwa byinshi ariko abakiriya ngo ntibaza neza
    Mu isoko riri muri Gare ya Musanze na ho abacuruzi baranguye ibicuruzwa byinshi ariko abakiriya ngo ntibaza neza

    Abacuruzi bavuga ko badashobora kwirara kuri gahunda yo gusora, kuko bamaze gusobanukirwa ko utanze umusoro ku gihe aba agize uruhare mu iterambere ry’igihugu; gusa bakifuza ko muri iki gihe bahanganye n’ingaruka za Covid-19 zituma gahunda nyinshi zihinduka bya hato na hato, ngo Leta ibongereye iminsi yo kwishyuriraho imisoro ikanabakuriraho amande y’ubukererwe ngo yaba ibagobotse, kuko ayo bagakoresheje bayashoye mu kurangura ibyo bari bitezeho kugurisha mu minsi mikuru ariko abaguzi bakaba batabihaha nk’uko bari babyiteze.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/Barasaba-ko-kwishyura-imisoro-n-amahoro-muri-Mutarama-byongererwa-igihe

  • Aragira inama abadafite amatungo gufumbiza imvamabuno #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ntivuguruzwa yerekana ko gufumbiza imvamabuno bitanga umusaruro mwinshi
    Ntivuguruzwa yerekana ko gufumbiza imvamabuno bitanga umusaruro mwinshi

    Uwitwa Ntivuguruzwa Celestin ari mu bahinze ibigori mu kabande kari mu mudugudu wa Byimana mu kagari ka Musezero mu murenge wa Gisozi akarere ka Gasabo, ariko umurima we ugaragara ko utandukanye cyane n’iy’abandi badikanyije.

    Ibigori bya Ntivuguruzwa biratoshye kandi buri giti kigiye gihetse ibigori bibiri cyangwa bitatu kandi binini, mu gihe iby’abandi bisa n’ibihishiye kandi bifite ikigori kimwe kimwe cyangwa nta biriho.

    Ntivuguruzwa yagize ati “Nawe amaso araguha urabona uburyo ibi bigori ari byiza kurusha iby’abandi, nakoresheje ifumbire bakunze kwita imvamabuno kuko ikomoka ku byo abantu bitumye.”

    Uyu muhinzi avuga ko yagiye ku muturanyi we amusaba ubwiherero bwari bumaze kuzura, undi abumuha yishimye kuko yabonaga bamukijije umwanda.

    Ntivuguruzwa yirinze kugira iseseme ajya kuyora wa mwanda wari umaze nk’ukwezi kumwe abantu batakijya kuwitumaho, awurunda ahantu, awurinda imvura n’izuba, nyuma yawufumbije ibigori mu murima muto cyane utarengeje metero 40 kuri 30.

    Uwo murima ariko n’ubwo ari muto, ngo ugomba kumuviramo byibuze umufuka umwe upima kilogarama 100 z’imvungure z’ibigori byumye akabijyana ku isoko kandi agasagura n’ibyo afungura mu rugo iwe.

    Ntivuguruzwa yagize ati “hari benshi badafite inka cyangwa irindi tungo, nakwifuza ko inzego zibishinzwe zabashakira ifumbire ikomoka ku bantu kuko ishobora kuba ari nayo ikora neza kurushaho”.

    Ntivuguruzwa avuga ko umusaruro abaturanyi be bateganya kuzabona ubwo ibigori bizaba byeze mu mirima ingana nk’uwe, we yiteze kuwukuba inshuro zirenga eshatu.

    Icyakora ntabwo na we arageza ku musaruro uteganywa na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI), kuko ifite gahunda y’uko buri hegitare imwe y’ibigori yajya itanga toni zibarirwa hagati ya 6-9, mu gihe umusaruro wa Ntivuguruzwa wo utarenga toni imwe kuri hegitare.

    Muri rusange Leta ifite gahunda y’uko mu mwaka wa 2050 umusaruro w’ubuhinzi uboneka kuri buri hegitare imwe y’ubutaka, wazaba wikubye inshuro 13 ugereranyije n’uboneka kugeza ubu.

    Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Geraldine Mukeshimana mu kwezi kwa Nzeri k’umwaka ushize wa 2020, ubwo yari yagiye gutangiza umushinga wo kurwanya amapfa mu karere ka Kayonza.

    Dr Mukeshimana yagize ati “Tugomba gukuba inshuro 13 umusaruro kuri hegitare dufite uyu munsi, cyangwa umukamo w’inka tubona uyu munsi, ni tutabikora Abanyarwanda ntibazabaho, ntibazabasha kurya”.

    Mu buryo Leta ivuga ko izifashisha harimo gukoresha inyongeramusaruro (imbuto z’indobanure n’ifumbire) ndetse n’imiti cyangwa ingufu za “nuclear” zirwanya iyangirika ry’ibiribwa byaba bikiri mu murima cyangwa byasaruwe.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/aragira-inama-abadafite-amatungo-gufumbiza-imvamabuno

  • Col Mukeshimana Fabien wari Umuyobozi muri FLN birakekwa ko yishwe n’ingabo z’u Burundi – #rwanda #RwOT

    Intandaro y’iyi mirwano ni ibikorwa bya gisirikare byatangijwe n’ingabo z’u Burundi mu ishyamba rya Kibira, bigamije guhiga bukware imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bw’icyo gihugu, iki gikorwa kikaba kimaze icyumweru cyose.

    Abarwanyi ba FLN bari bamaze kwirukanwa n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), FARDC, mu bice bya Nakipupu, Baraka na Sange maze bahungira muri iryo shyamba rya Kibira rihana imbibi n’u Rwanda, ariko basanga ingabo z’u Burundi ziryamiye amajanja zihita zibarasaho.

    Col. Mukeshimana usanzwe ari mubyara wa Gen. Hakizimana, yari amwungirije nyuma y’uko Gen. Hakizimana yari amaze igihe agiranye amakimbirane na Col. Guado, waje no kuvanwa mu nshingano aho nawe ari kwihisha ingabo z’u Burundi ziri kumuhigisha uruhindu.

    Biravugwa ko Col. Mukeshimana yishwe mu gihe habaga kurasana bitatinze hagati ya FLN n’ingabo z’u Burundi, akaba yahise apfana n’abandi barwanyi batatu, abandi benshi bagakwira imishwaro.

    Bivugwa ko muri Kamena 2020, ingabo z’u Burundi zimaze guta muri yombi abarwanyi bagera muri 60, ndetse ngo igisirikari cy’u Burundi kirajwe ishinga cyane no gufata Gen.Hakizimana, kuri ubu bivugwa ko ari gukoresha amazina ya Lt. Gen. Alexis.

    Mukeshimana Fabien akomoka mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Kanjongo. Uyu mugabo yinjiye mu gisirikari mu mwaka wa 1999, yinjirira mu cyahoze ari ALIR, cyaje kuba FDLR, icyo gihe akaba yarahawe ipeti rya sergeant.

    Mu mwaka wa 2000 yaje koherezwa mu ishuri rikuru rya gisirikare rya ESM rya FDLR ryari i Kamina ariko aza gutsindwa arataha.

    Ahagana mu mwaka wa 2005 yongeye guhabwa amahirwe, asubira muri ESM, avayo arangiza muri 2005. Mu mwaka wa 2015 yazamuwe mu ntera ahabwa ipeti rya Liyetona.

    Ubwo CNRD UBWIYUNGE yavukaga mu mwaka 2016, Mukeshimana yagizwe Major, agirwa Umuhuzabikorwa wa FLN mu gihugu cy’u Burundi.

    Mu mwaka wa 2019 yahawe inshingano z’ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri FLN, ariko ibi byose akaba yarabikeshaga kuba ari mubyara wa Gen. Hakizimana.

    Ingabo z’u Burundi zimaze iminsi zirwana n’inyeshyamba za FLN zahungiye muri iri shyamba rya Kibira

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/col-mukeshimana-fabien-wari-wungirije-gen-bgd-hategekimana-mu-nyeshyamba-za-fln

  • Ruhango: Bane barimo Mudugudu bakurikiranyweho kwica umusore bamuziza 300 Frw – #rwanda #RwOT

    Niyongira Zabulon w’imyaka 22 yishwe kuwa 3 Mutarama 2021, nyuma yo gukubitwa.

    Abakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwe barimo Ntakirutimana Edison w’imyaka 42 usanzwe ari Umuyobozi w’Umudugudu wa Kinama, Akagari ka Nyamagana, Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango; Nyabyenda Philbert w’imyaka 20, Gatoya Jacques ufite 22 na Ntakirutimana Jackson, ucuruza butike.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko intandaro y’ubu bwicanyi ari uko Ntakirutimana Jackson na Niyongira Zabulon bagiranye amakimbirane, ashingiye ku mafaranga 300 Frw.

    Bivugwa ko Niyongira yagombaga kwishyura Ntakirutimana Jackson ariko amafaranga yari amufite aburaho 300 Frw bitera kutumvikana ndetse birangira Ntakirutimana yitabaje abandi bantu baramukubita arapfa.

    Umwe mu babonye biba yagize ati “Yahise agwa aho ngaho. Ntasanzwe ahatuye, yari yaje kuhanywera. Bamukubise bamwita igisambo, kugeza apfuye.’’

    Umuvugizi w’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, yemereye IGIHE ko abo bagabo batawe muri yombi ndetse bari gukurikiranwa.

    Yakomeje ati “Abo bagabo bafungiye kuri sitasiyo ya Ruhango mu gihe iperereza rikiri gukorwa kugira ngo dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha. Hari no gushakishwa abandi babigizemo uruhare.’’

    Dr Murangira yasabye abaturage kwitabaza inzego mu gihe bagize ibibazo bitandukanye.

    Ati “Abaturage barasabwa kwirinda urugomo cyangwa kwihanira. RIB irashishikariza abaturage kwitabaza inzego z’ibanze igihe cyose hari ubangamiwe. Abayobozi b’inzego z’ibanze na bo barasabwa gufasha abaturage igihe cyose hari ugiriwe nabi, ku buryo uwahohoteye abandi yohererezwa RIB kugira ngo amatora yubahirizwe.’’

    Yakebuye abayobozi b’inzego z’ibanze bijandika mu bikorwa rimwe na rimwe bihungabanya ituze ry’abaturage.

    Ati “Muri ino minsi hari abayobozi b’inzego bamwe na bamwe barimo abanyerondo, ba mudugudu, abanyamabanga b’utugari n’imirenge, bamaze iminsi bagaragara mu bikorwa by’urugomo byo gukubita abaturage ndetse bikabaviramo urupfu. Ibi bintu bikwiye guhagarara bigasigara mu 2020.’’

    Dr Murangira yavuze ko RIB itazihanganira umuntu wese uhutaza umuturage kuko agomba kubahwa.

    Yakomeje ati “Igihe cyose umuyobozi yahawe inshingano zo kuyobora abaturage, abe intangarugero. Abaturage na bo rero bubahe abayobozi babo, birinde ibintu byose bibaganisha mu makimbirane.’’

    Ingingo ya 140 y’itegeko riteganya ibyaha b’ibihano muri rusange, ivuga ko kwica umuntu ubishaka byitwa ubwicanyi kandi bihanishwa igifungo cya burundu.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-bane-bafunzwe-bakurikiranyweho-kwica-umusore-bamuziza-300-frw

  • Perezida Trump akomeje urugamba rwo gushaka gusisibiranya ibyavuye mu matora #rwanda #RwOT

    Hasohotse amajwi ya Perezida wa Amerika Donald Trump, ari kubwira umutegetsi ushinzwe amatora muri leta ya Georgia ngo 'amushakire' amajwi akenewe kugira ngo atsinde Biden.

    Trump yumvikanye abwira Brad Raffensperger ushinzwe ububanyi n'amahanga muri iyi leta, kandi w'umurepubulikani, ati: 'Ndashaka gusa amajwi 11,780'.

    Muri aya majwi y'iminota ine yatangajwe na Washington Post, Raffensperger yumvikana asubiza Perezida Trump ko ibyavuye mu matora muri Georgia ari ntamakemwa.
    Joe Biden yatsinze muri leta ya Georgia n'amajwi 306 y'inteko itora kuri 232 ya Trump.

    Kuva ku munsi w'amatora tariki 03 z'ukwa 11 umwaka ushize wa 2020, Trump yakomeje kuvuga ko amatora yaranzwe n'uburiganya n'ubwo nta kimenyetso cyabyo atanga.

    Kugeza ubu inkiko muri leta zitandukanye za Amerika zimaze kwanga ibirego 60 bitambamira intsinzi ya Biden.

    Tariki 06 z'uku kwezi kwa mbere 2021, inteko ishinga amategeko ya Amerika izemeza mu buryo bw'umuhango ibyavuye mu matora. Biteganyijwe ko Joe Biden, umudemokarate watowe, azarahirira kuyobora Amerika tariki 20 z'uku kwezi kwa mbere.

    Abatora muri leta ya Goergia kuwa kabiri bazatora abasenateri babiri b'iyi leta. Ibizavamo bishobora kugena uko ibintu bizaba bimeze muri sena.

    Niba abahatana b'abademokarate batsinze, muri sena hazaba hari umubare ungana w'abarepubulikani n'abademokarate, bityo umudemokarate visi perezida Kamala Harris — ari we ubusanzwe uba ukuriye sena — azabe afite ijwi rifata icyemezo.

    Abademokarate nibo basanganywe ubwiganze mu nteko ishinga amategeko umutwe w'abadepite.

    Mu yandi makuru, abantu 10 bahoze ari ba minisitiri b'ingabo muri Amerika, banditse igitekerezo bahuriyeho muri Washington Post, basaba Trump kurekera aho kwanga ibyavuye mu matora.

    Iri tsinda rivuga kandi ko Trump atagomba gushyirwa mu biganiro bya gisirikare, igitekerezo bamwe mu bamushyigikiye nabo bakomojeho.

    Ni iki kiri muri ayo majwi ya Trump?

    Trump yumvikana ahinduranya kuguyaguya no gushyira ku gitutu ushinzwe ububanyi n'amahabwa wa leta ya Georgia. Ashimangira ko ari we watsinze amatora muri Georgia kandi akabwira Raffensperger ko 'nta kibi kiri mu kuba wavuga ko mwongeye kubara amajwi'.

    Raffensperger aramusubiza ati 'Ikibazo ufite Bwana Perezida ni uko amakuru ufite atari yo'. Nyuma muri icyo kiganiro kuri telephone, Trump avuga ko ibihuha bivuga ko muri iyi leta hari aho imashini zibara zahinduwe n'amajwi amwe akanyongwa — ibyo Raffensperger ahakana ko bitabaye.

    Trump abwira uyu mugabo ko ibyo bishobora kuzamugiraho ingaruka mu nkiko. Ati: 'Uzi ibyo bakoze kandi nturi kubivuga. Ibyo ni icyaha gihanirwa. Ntabwo ukwiye gutuma biba. Icyo ni ikibazo gikomeye kuri wowe n'umunyamategeko wawe'.

    Yaje kumusaba kumushakira amajwi 11,780 yari gutuma agira amajwi yose hamwe 2,473,634 muri iyi leta, akarusha Biden wabonye 2,473,633.

    Yaramubwiye ati: 'Mwabisubiramo, ariko mugakorana n'abantu bashaka ibisubizo, ntimukorane n'abadashaka ibisubizo'.

    Raffensperger yaramusubije ati: 'Bwana Perezida, ufite abatanze amakuru natwe turabafite, bizajya imbere y'urukiko rufate umwanzuro. Duhagaze ku mibare yacu, twizeye ko ari iy'ukuri'.

    Kuri iki cyumweru nkuko BBC ibitangaza, Trump yanditse kuri Twitter ko Raffensperger atatanze amakuru ahagije kubyo yamubwiye byo kwiba amajwi. Ati: 'Nta kintu abiziho!'. Raffensperger yahise amusubiza kuri Twitter ati: 'Mu cyubahiro, Bwana Perezida: Ibyo uvuga si ukuri. Ukuri kuzajya hanze'. Ibiro bya White House ntacyo biratangaza kuri aya majwi ya Trump yatangajwe.

    Munyaneza Theogene intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/perezida-trump-akomeje-urugamba-rwo-gushaka-gusisibiranya-ibyavuye-mu-matora/