Blog

  • OMS ifite icyuho cy'ingengo y'imari cy'arenga miliyari 2,5$ – #rwanda #RwOT

    OMS yabitangarije mu nama n'abakozi bayo yabaye ku wa 2 Mata 2025, aho yagaragaje ko ibura 45% by'ingengo y'imari yari iteganyijwe mu mwaka w'ingengo y'imari utaha.

    Kimwe mu byateye iki cyuho ni amafaranga Leta Zunze Ubumwe za Amerika itatanze nka kimwe mu bihugu bigira uruhare runini mu gutera inkunga OMS.

    Iri shami rya Loni rigaragaza ku butegetsi bwa Biden Amerika itatanze miliyoni 130$ nk'uko Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ibikorwa muri OMS, Raul Thomas, yabivuze.

    Mu 2024/2025 Amerika yagombaga gutanga miliyoni 260$ icyakora bikaba bigoye kuko Donald Trump yavuze ko Amerika yikuye muri OMS nubwo icyo cyemezo kizatangira gukurikizwa mu 2026.

    Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko hagiye kugabanywa abakozi mu nzego zose uhereye mu z'ubuyobozi, ndetse n'ibikorwa byari kuzakorwa bigabanywe.

    Yagize ati 'Iri gabanywa rizakorwa mu buryo bwitondewe, hibanzwe ku bikorwa by'ingezi bigira akamaro kurusha ibindi kandi bihura n'amafaranga ahari. Dufite gahunda yo gusoza igenzurwa ry'ibikorwa by'ingenzi hagati muri uku kwezi, icyo gihe tuzabamenyesha ibikorwa bizagabanuka ndetse n'uburyo bizakorwamo.'

    OMS yashinzwe mu 1948. Ifatanya n'ibihugu birenga 150 mu kwita ku buzima bw'abaturage. Buri mwaka ikurikirana indwara zirenga 1000 ndetse igakora n'ibindi bikorwa bigamije gusigasira amagara y'abatuye Isi.

    Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yavuze ko bagiye kugabanya abakozi n’ibikorwa kubera amafaranga abura mu ngengo y’imari ya 2026-2027


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/oms-ifite-icyuho-cy-ingengo-y-imari-cy-arenga-miliyari-2-5

  • Abahungabana mu cyumweru cyo kwibuka bagabanyutseho 50% mu myaka 13 – #rwanda #RwOT

    Imibare yashyizwe hanze na RBC ku wa 4 Mata 2025, igaragaza ko kuva mu myaka 13 ishize abagira ihungabana mu gihe cyo kwibuka mu Rwanda bari mu byiciro bine by'ingenzi.

    Birimo icyo kuva mu 2010 kugeza mu 2015 aho imbare y'abagiraga ihungabana mu cyumweru cyo kwibuka yari hagati ya 3000 n'abarenga 4000.

    Mu 2010 abagize ihungabana mu cyumweru cyo kwibuka bari 3.193, mu 2011 bagera kuri 4.363, bigeze mu 2012 baba 4.095.

    Mu 2013 bari 3.702, mu 2014 baba 3.471, bigeze mu 2015 hongera kubarurwa abangana na 3.240 bagize ihungabana.

    Icyiciro cya kabiri cy'abagize ihungabana mu cyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyo kuva mu 2016 kugeza mu 2019. Icyo gihe abagize ihungabana buri mwaka bari hagati 2000 n'abarenga gato 3000.

    Mu 2016 abahuye n'ihungabana mu gihe cyo kwibuka bari 2.554, mu 2017 baramanuka baba 2.043, bigeze mu 2018 bongera kuzamuka baba 2.628. Mu 2019 bongeye kugera ku 3.268.

    Icyiciro cya gatatu cy'iyo mibare kirimo imyaka ibiri yo mu bihe bya Covid-19 aho umubare wagabanutse bitewe n'uko ibikorwa byo kwibuka byakozwe mu buryo budahuza abantu benshi.

    Mu 2020 abahuye n'ihungabana mu cyumweru cyo kwibuka bari 696 bigeze mu 2021 baba 964.

    Icyiciro cya kane cyo kirimo imyaka itatu iheruka ari na cyo kigaragaza ko mu myaka 13 ishize abantu bahungabanaga mu cyumweru cyo kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagabanyutseho ababarirwa mu 2000.

    Mu 2022 abahuye n'ihungabana mu cyumweru cyo kwibuka ni 1.923, bigeze mu 2023 barazamuka baba 2.184 naho mu 2024 mu cyumweru cyo kwibuka bari 2.016.

    Imibare ya RBC kandi igaragaza ko abo 2.016 bahuye n'ihungabana mu cyumweru cyo kwibuka mu 2024, muri bo abagera ku 1.403 bari hejuru y'imyaka 35 mu gihe abandi 464 bari hagati y'imyaka 25 na 35 naho abantu 140 bari hati y'imyaka 15 na 24 mu gihe abantu icyenda bari munsi y'imyaka 15.

    Mu bahuye n'ihungabana mu 2024 kandi higanjemo abagore kuko bihariye 89% bangana n'abantu 1.786 mu gihe abagabo bagize 11% bangana n'abantu 230.

    RBC igaragaza ko ibyo bidasobanuye ko abagabo badahura n'ihungabana cyane ahubwo ko bo badakunda kurigaragaza nk'abagore.

    Dr. Gishoma Darius, Ukuriye ishami ry'ubuzima bwo mu mutwe muri RBC yavuze ko nubwo imyaka ibaye 31 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye ndetse n'imibare y'abahungabana ikaba itakiri nk'iyo mu myaka 13 ishize ariko abahungabana bafite ibikomere bagihari.

    Mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Abaturarwanda basabwa kwirinda ibikorwa bitoneka abarokotse Jenoside kuko bagifite ibikomere, ari na byo bibatera ihungabana ku buryo ibyo bikorwa biba bibongerera ibikomere n'ibya mbere bitarakira.

    Abahungabana mu cyumweru cyo kwibuka bagabanyutseho abantu 2000 mu myaka 13


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abahungabana-mu-cyumweru-cyo-kwibuka-bagabanyutseho-abantu-2000-mu-myaka-13

  • Rifite agaciro k'arenga miliyari 100 Frw: Amahirwe atabyazwa umusaruro ku isoko ry'imari n'imigabane ry'u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro yagiranye na The Long Form na Sanny Ntayombya.

    Rwabukumba yavuze ko abantu bakwiriye gushora imari mu kugura imigabane n'impapuro mpeshwamwenda za leta, aho gushora amafaranga mu bidafite agaciro.

    Yatanze urugero ku mpapuro mpeshwamwenda, avuga ko uwashoye ibihumbi 100 Frw azigura, aba afite inyungu ya 11% ku mwaka.

    Iyo nyungu ya 11% umuntu ahabwa ku mwaka iruta izindi zose zitangwa ku wabikije amafaranga muri banki kuko ibyo bigo by'imari bitanga iri hagati ya 8% na 9%.

    Rwabukumba ati 'Ufite nk'impapuro mpeshwamwenda za miliyoni 1 Frw, buri mezi atandatu ahabwa ibihumbi 55 Frw angana n'ibihumbi 110 Frw buri mwaka. Nyuma y'imyaka itatu uba wamaze kugaruza ya miliyoni 1 Frw yawe.'

    Yatanze urugero rw'umuntu ukiri urubyiruko ukorera ibibumbi 200 Frw, yiyemeje ko buri kwezi yajya ashyira ku ruhande ibihumbi 50 Frw, mu myaka icumi yaba afite miliyoni 6 Frw.

    Mu 2024 RSE yabaye igicumbi cy'impinduka n'iterambere mu rwego rw'imari. RSE yageze ku musaruro wihariye, by'umwihariko mu bikorwa byo gucuruza imigabane ndetse initabirwa n'abashoramari benshi.

    Umusaruro w'iri soko mu 2024 wavuye kuri miliyari 100 Frw, ugera kuri miliyari 129 Frw, bigaragaza ubwiyongere bwa 126% ugereranije n'umwaka wabanje.

    Mu kiganiro na The Long Form na Sanny Ntayombya, yavuze ko umwaka wa 2024, byageze mu Ukuboza 'twarenze miliyari 100 Frw mu bikorwa by'ubucuruzi ku isoko rya kabiri”.

    Ati “Ni ibintu bitigeze bibaho mbere. Kuko twamaraga nk'ukwezi kumwe abiri tutarakora nta bikorwa byo guhererekanya amafaranga dukoze, ariko ubu turabona ibikorwa byinshi.'

    Rwabukumba yavuze ko miliyoni 500$ yoherezwa mu gihugu n'Abanyarwanda baba mu mahanga na yo yagize uruhare runini mu guteza imbere ibikorwa by'Isoko ry'Imari n'Imigabane.

    Ati 'Ni ishoramari rituruka mu baturage bacu. Rishobora kwifashishwa mu mishinga itandukanye y'ibikorwaremezo, nk'imihanda, Ikibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Bugesera n'ibindi bidasabye gutegereza ak'imuhana.'

    Kuva Rwabukumba yahabwa inshingano zo kuyobora Isoko ry'Imari n'Imigabane ry'u Rwanda, ryateye imbere mu buryo bugaragara, ku buryo ikigo cyashyiraga imigabane yacyo kuri ryo, abayikeneye bakikubaga nka gatatu, atanga urugero rwa Banki ya Kigali yashyizeho miliyoni 100$ na miliyoni 17$ kuri Bralirwa.

    Ati 'Ntabwo twigeze na rimwe tugera mu bihe aho twabaga nta bakiliya dufite bashaka imigabane.'

    Abarenga gato ibihumbi 100 bafatwa nk'abagira uruhare ruhoraho ku Isoko ry'Imari n'Imigabane ry'u Rwanda, ugereranyije na miliyoni zikabakaba 14 z'Abanyarwanda. Rwabukumba yavuze ko ibyo bidindiza iterambere, asaba abantu kwitabira.

    RSE igaragaza ko iri gutegura uburyo bwo gushora imari mu mitungo itimukanwa, (Real Estate Investment Trusts: REITs) abantu bakagira imigabane mu mitungo ifite agaciro kanini n'uburyo bwo gukurura ishoramari ryo mu Burasirazuba bwo Hagati.

    RSE kandi yasohoye inashyira ku isoko ry'imari ibicuruzwa bitatu bishya byatanzwe n'ibigo byigenga mu gihembwe cya nyuma cy'umwaka; isoko ribasha gukusanya byibuze miliyari 51 Frw.

    Muri ibyo bigo, harimo Prime Energy Plc yashyize ku isoko bwa mbere impapuro mpeshwamwenda zirengera ibidukikije zifite agaciro ka miliyari 9,58 Frw zifite igihe cy'imyaka irindwi ku nyungu ya 13,75% buri mwaka.

    Ikindi kigo ni Mahwi Grain Millers Plc cyashyize ku isoko igice cya mbere cy'impapuro mpeshwamwenda zifite agaciro ka miliyari 3 Frw zishyura inyungu ya 15% buri mwaka.

    Umuyobozi Mukuru w’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda, Rwabukumba Pierre Célestin yatangaje ko agaciro k'ibikorwa by'ucuruzi byakorewe kuri iri soko kageze kuri miliyari 100 Frw mu 2024

    Sanny Ntayombya uyobora ibiganiro kuri the Long Form

    Umuyobozi Mukuru w’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda, Rwabukumba Pierre Célestin (ibumoso) ari kumwe na Sanny Ntayombya uyobora ibiganiro kuri The Long Form


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mu-2024-isoko-ry-imari-n-imigabane-ry-u-rwanda-ryakoreweho-ibikorwa-by

  • Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y'umutima #rwanda #RwOT

    Mu Itangazo dukesha Ibiro by'Ubuvugizi bwa Guverinoma y'u Rwanda, OGS, byatangaje ko Alain Bernard Mukuralinda wari Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, yitabye Imana azize uburwayi bwo guhagarara k'umutima.

    Itangazo ryashyizwe hanze na OGS, Mukuralinda yakoreraga, kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Mata, rigira riti 'Tubabajwe no gutangaza urupfu rw'Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, Bwana Alain Mukuralinda. Guverinoma y'u Rwanda yihanganishije umuryango we, inshuti ze ndetse n'abagize amahirwe yo gukorana na we.

    Mukuralinda yapfuye aguye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal.

    Mukuralinda wabaye Umushinjacyaha ndetse akaba n'Umuvugizi w'Ubushinjacyaha, yaguye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal. Yari afite imyaka 55 y'amavuko.

    Uyu mugabo wakundaga kwicisha bugufi, usibye ibikorwa by'ubutabera na politiki, yari azwi kandi mu bijyanye n'imyidagaduro kuko yabaye umuhanzi w'ikirangirire akoresha izina rya 'Alain Muku'.

    Yavutse mu 1970, yiga amashuri abanza mu Rugunga, ayisumbuye ayakomereza i Rwamagana yiga Icungamutungo, aho yavuye ajya muri Kaminuza y'u Rwanda mu 1991 gusa ntiyahamara igihe kinini kuko yahise ajya kwiga mu Bubiligi ibijyanye n'amategeko.

    Mu mirimo ye nk'Umushinjacyaha, yaburanye imanza zikomeye mu gihugu zirimo n'iz'abakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ni umuntu wakundaga gusabana no gutera urwenya. Yakundaga umupira cyane ko yari afite n'ikipe y'abato. Ni we wahimbye indirimbo y'Ikipe y'Igihugu Amavubi yitwa 'Tsinda batsinde' ndetse yahimbye n'izindi zakunzwe z'andi makipe.

    The post Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y'umutima appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/alain-mukuralinda-yitabye-imana-azize-umutima/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=alain-mukuralinda-yitabye-imana-azize-umutima

  • MTN Center Yaba yibasiwe n’inkongi y’umuriro?

    Kuri twitter ya Bank ya Kigali hasowe itangazo rivuga ngo

    Official Statement: Fire Incident Update

    We would like to inform our customers and the public that there has been a fire incident in the MTN center. We are closely monitoring developments and will keep you informed of any important updates. 

    Thankfully, no one was injured, our branch remains safe, and security personnel alongside the Rwanda National Police are on-site managing the situation.

    Thank you for your continued trust and understanding.

    Bank of Kigali

    Ntabwo turabasha kugerayo ngo twikirikiranire aya makuru

    Ifoto : Chat GPT

    Source :

     https://x.com/BankofKigali/status/1908235682101027123?t=DkJzpZl2VKFsEcHI8GpqSw&s=19

  • Cristiano Ronaldo yatsinze ibitego bibiri Al Hilal, bituma ageza ibitego 931 mu mwuga we! #rwanda #RwOT

    Cristiano Ronaldo yongeye kwerekana ko akiri mu cyiciro cy'abakinnyi bakomeye ku isi, nyuma yo gutsinda ibitego bibiri mu mukino wahuje ikipe ye ya Al Nassr na Al Hilal, byatumye agera ku bitego 931 amaze gutsinda mu rugendo rwe rw'umupira w'amaguru.

    Uyu mukino wari ukomeye ndetse wari uhanzwe amaso na benshi mu bakunzi ba ruhago, aho Al Nassr yashakaga kwihimura kuri Al Hilal isanzwe ibarusha cyane amanota muri shampiyona ya Saudi Pro League.

    Ronaldo, wahoze akinira amakipe akomeye nka Manchester United, Real Madrid na Juventus, yerekanye ko ubunararibonye bwe n'ubuhanga mu gutsinda bugikenewe cyane.

    Ibitego yatsinze byatumye agira 20 muri shampiyona y'uyu mwaka, bikaba ari inshuro ya 15 mu buzima bwe ageze kuri uyu mubare w'ibitego mu mwaka umwe wa shampiyona ibintu bidashoborwa n'umukinnyi uwo ari we wese usanzwe.

    Ibi byerekana urwego rwo hejuru amaze kugumaho mu gihe kingana n'imyaka irenga 20 ari ku rwego mpuzamahanga.

    Ni urugero rukomeye rw'ubwitange, imyitozo ihoraho, ndetse n'irari ry'umutsinzi. Ronaldo w'imyaka 40 y'amavuko akomeje kwandika amateka, ndetse abasesenguzi benshi bavuga ko azarenza ibitego 950 mbere y'uko asezera umupira w'amaguru.

    Mu bitego 931 amaze gutsinda, harimo ibitego yatsinze mu makipe yose yakiniye, mu marushanwa atandukanye, haba muri shampiyona, ibikombe by'igihugu, imikino ya UEFA Champions League, ndetse no mu ikipe y'igihugu y'u Buperesi bw'Ibihugu (Portugal).

    Ku bakunzi ba ruhago, kubona Ronaldo agikina ku rwego rwo hejuru ni umugisha, ndetse bitanga icyizere ko azakomeza gutanga ibyishimo byinshi mbere y'uko asezera umupira w'amaguru burundu.

    Mu bitego 931 amaze gutsinda, harimo ibitego yatsinze mu makipe yose yakiniye, mu marushanwa atandukanye, haba muri shampiyona, ibikombe by'igihugu, imikino ya UEFA Champions League, ndetse no mu ikipe y'igihugu y'u Buperesi bw'Ibihugu (Portugal).
    Ibi byerekana urwego rwo hejuru amaze kugumaho mu gihe kingana n'imyaka irenga 20 ari ku rwego mpuzamahanga.
    Ronaldo, wahoze akinira amakipe akomeye nka Manchester United, Real Madrid na Juventus, yerekanye ko ubunararibonye bwe n'ubuhanga mu gutsinda bugikenewe cyane.

    Source : https://kasukumedia.com/cristiano-ronaldo-yatsinze-ibitego-bibiri-al-hilal-bituma-ageza-ibitego-931-mu-mwuga-we/

  • Jamal Musiala yagize imvune ikomeye nyuma yo kuvanwa mu kibuga kubw'imvune ya 'hamstring' #rwanda #RwOT

    Mu mukino ukomeye Bayern Munich yatsinzemo igitego cy'intsinzi, Jamal Musiala ni we wigaragaje nk'intwari ubwo yatsindaga igitego cy'ingenzi cyane. Ariko ibyishimo byasimbuwe n'impungenge nyuma y'uko uyu musore w'imyaka 21 y'amavuko asohowe mu kibuga afite imvune y'ukuguru, izwi nka hamstring injury.

    Musiala wari wagaragaje umukino mwiza cyane, yatangiye kugaragaza ububabare mu gice cya kabiri, bituma umutoza Vincent Kompany afata icyemezo cyo kumukuramo mu rwego rwo kumurinda kugira imvune ikomeye kurushaho.

    Ibi byateye impungenge abafana ba Bayern ndetse n'ikipe muri rusange, cyane ko bamaze igihe kinini bahanganye n'ikibazo cy'imvune zitandukanye z'abakinnyi b'ingenzi.

    Musiala yinjiriye mu rutonde rurerure rw'abakinnyi ba Bayern bamaze iminsi bavunitse barimo Alphonso Davies, Dayot Upamecano, Kingsley Coman, Serge Gnabry, Manuel Neuer ndetse na Sacha Boey.

    Kuba ikipe ikomeje gutakaza abakinnyi b'ingenzi muri ibi bihe by'ingenzi by'imikino ya Bundesliga n'andi marushanwa, bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mikinire y'iyi kipe.

    Iyi mvune ya Musiala iza mu gihe Bayern yitegura imikino ikomeye mu cyumweru gitaha, harimo n'iya UEFA Champions League.

    Abafana barasaba ko ubuyobozi bw'ikipe bwashyira imbaraga mu kuvura no kwita ku bakinnyi babo, kugira ngo babashe kwitwara neza mu mikino isigaye.

    Biteganyijwe ko Musiala azakorerwa isuzuma ryimbitse kugira ngo hamenyekane igihe azamara hanze y'ikibuga, ndetse n'ubukana bw'imvune. Abakunzi ba Bayern n'abakurikiranira hafi ruhago y'i Burayi bose barimo kwibaza niba iyi mvune itazatuma uyu mukinnyi w'umuhanga amara igihe kinini hanze, ibintu byaba ari igihombo gikomeye ku ikipe.

    Mu mukino ukomeye Bayern Munich yatsinzemo igitego cy'intsinzi, Jamal Musiala ni we wigaragaje nk'intwari ubwo yatsindaga igitego cy'ingenzi cyane.
    Musiala wari wagaragaje umukino mwiza cyane, yatangiye kugaragaza ububabare mu gice cya kabiri, bituma umutoza Vincent Kompany afata icyemezo cyo kumukuramo mu rwego rwo kumurinda kugira imvune ikomeye kurushaho.
    Biteganyijwe ko Musiala azakorerwa isuzuma ryimbitse kugira ngo hamenyekane igihe azamara hanze y'ikibuga.
    Iyi mvune ya Musiala iza mu gihe Bayern yitegura imikino ikomeye mu cyumweru gitaha, harimo n'iya UEFA Champions League.
    Musiala yinjiriye mu rutonde rurerure rw'abakinnyi ba Bayern bamaze iminsi bavunitse barimo Alphonso Davies, Dayot Upamecano, Kingsley Coman, Serge Gnabry, Manuel Neuer ndetse na Sacha Boey.
    Abafana barasaba ko ubuyobozi bw'ikipe bwashyira imbaraga mu kuvura no kwita ku bakinnyi babo, kugira ngo babashe kwitwara neza mu mikino isigaye.

    Source : https://kasukumedia.com/jamal-musiala-yagize-imvune-ikomeye-nyuma-yo-kuvanwa-mu-kibuga-kubwimvune-ya-hamstring/

  • Mats Hummels myugariro w'Ubudage yasezeye gukina umupira w'amaguru nk'uwabigize umwuga #rwanda #RwOT

    Mats Hummels, umwe mu bakinnyi bakomeye mu mateka y'umupira w'amaguru w'Ubudage, yatangaje ko asezeye burundu umupira w'amaguru nk'uwabigize umwuga. Uyu mukinnyi w'imyaka 36 y'amavuko yamamaye cyane nka myugariro ukomeye mu makipe atandukanye ndetse no mu ikipe y'igihugu y'Ubudage, aho yegukanye igikombe cy'isi mu mwaka wa 2014.

    Hummels wanyuze mu makipe akomeye nka Bayern Munich na Borussia Dortmund, aheruka gukinira AS Roma yo mu Butaliyani muri shampiyona y'icyiciro cya mbere Serie A.

    Nyuma y'imyaka irenga 15 akina ku rwego rwo hejuru, yemeje ko igihe kigeze ngo afate undi mwanzuro, yitegura igice gishya cy'ubuzima cye atari mu kibuga.

    Mats Hummels, umwe mu bakinnyi bakomeye mu mateka y'umupira w'amaguru w'Ubudage, yatangaje ko asezeye burundu umupira w'amaguru nk'uwabigize umwuga.

    Mu butumwa yashyize hanze, Hummels yagize ati: 'Umupira w'amaguru wambereye ubuzima, wampaye byinshi kandi ndabishimira cyane. Ariko ubu ndumva nishimiye gusezera ku buryo bunoze, nkibuka ibyiza byose nagezeho. Ni igihe cyo kugenda.'

    Uyu mukinnyi yakiniye ikipe y'igihugu y'Ubudage inshuro zirenga 70, ayitsindira igitego cy'ingenzi mu gikombe cy'isi cyabaye muri Brazil, aho batsinze Ubufaransa mu mukino wa ¼.

    Abafana benshi ku isi hose bakomeje kumuhereza ubutumwa bw'ishimwe, bamushimira uburyo yitangiye amwe mu makipe yakiniye, imyitwarire myiza ndetse n'umurava wamurangaga mu kibuga.

    Abatoza batandukanye, barimo Jürgen Klopp ndetse na Joachim Löw, bemeje ko Hummels yari umwe mu bakinnyi bizerwa kandi batanga icyizere igihe cyose bari kumwe.

    Uyu mukinnyi w'imyaka 36 y'amavuko yamamaye cyane nka myugariro ukomeye mu makipe atandukanye ndetse no mu ikipe y'igihugu y'Ubudage, aho yegukanye igikombe cy'isi mu mwaka wa 2014.

    Nyuma yo gusezera, haravugwa ko Hummels ashobora kwinjira mu by'ubutoza cyangwa ubuyobozi bw'imikino, dore ko asanzwe afite ubumenyi n'ubunararibonye bukomeye.

    Hari n'abandi bemeza ko ashobora kuba yajya mu bijyanye no gusesengura imikino cyangwa indi mirimo ijyanye n'itangazamakuru.

    Urugendo rwa Mats Hummels rurangiye, ariko amateka ye azahora yibukwa nk'umwe mu bakinnyi b'intangarugero mu gihe cye. Uretse kuba yaratsindiye ibikombe bikomeye, yanagize uruhare mu kubaka ikipe y'igihugu y'Ubudage yakangaga buri wese mu myaka icumi ishize.

    Urugendo rwa Mats Hummels rurangiye, ariko amateka ye azahora yibukwa nk'umwe mu bakinnyi b'intangarugero mu gihe cye.

    Source : https://kasukumedia.com/mats-hummels-myugariro-wubudage-yasezeye-gukina-umupira-wamaguru-nkuwabigize-umwuga/

  • RBC yakebuye abanyamakuru n'abakoresha imbuga nkoranyambaga mu bihe byo kwibuka – #rwanda #RwOT

    Ibi byagarutsweho ku wa 4 Mata 2025 ubwo RBC yagaragazaga uburyo ubuzima bwo mu mutwe n'ihungabana bihagaze mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri RBC, Ntirenganya Jean Bosco, yavuze ko mu gihe cyo kwibuka abanyamakuru n'abakoresha imbuga nkoranyambaga bakwiye kwita by'umwihariko ku ngingo zo gutanga amakuru no kwigisha.

    Yagize ati 'Icyo bagomba kwibandaho ni amahame agenga itangazamakuru bakumva ko nubwo bigenga kandi bafite ubwisanzure hatabaho ikintu cyangiza umuryango mugari kibaturutseho.[…].Mu gukora inkuru mu gihe cyo kwibuka abanyamakuru bagomba kwitwararika ni umurongo (angle) bahisemo ukajyana neza n'ibirimo ariko bakita no ku magambo bakoresha.'

    Agaruka ku mbuga nkoranyambaga, Ntirenganya yavuze ko hari igihe abantu bazifata nk'ikintu kiri hariya gusa, agaragaza ko bidakwiriye kuko ari nk'indorerwamo y'umuryango mugari.

    Ati 'Ni nk'ikibuga kitagira umusifuzi uko umuntu abitekereje ni ko abyandika. Kwigisha biriho kandi bizahoraho kuko ni ho ducaho dutanga ubutumwa ariko dushobora kuzikoresha twerekana amakuru yubaka.'

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Ishyirahamwe ry'Abanyamakuru mu Rwanda, Habumuremyi Emmanuel, yashimangiye ko abanyamakuru bakwiye gutara inkuru zubaka umuryango mugari mu gihe cyo kwibuka ariko agaragaza ko na bo hari ubufasha bakeneye.

    Ati 'Ibi byose byabaye n'abanyamakuru byatugezeho. Hari abanyamakuru bagera ahari kubera ibikorwa byo kwibuka cyangwa na bo ubwabo icyo gihe cyagera bagatangira gusubira muri bya bihe baciyemo na bo bagahungabana.'

    Mugisha yavuze ko basabye ko hazabo gahunda igenewe abanyamakuru kugira ngo na bo mu gihe ihungangabana ryaba ribabayeho, bashobore kwitabaza inzego zitandukanye.

    Umukozi ushinzwe ibikorwa by'isanamitima n'ubudaheranwa muri IBUKA, Umulisa Aimée Josiane yasabye Abanyarwanda muri rusange kwirinda imvugo n'ibindi bikorwa bitoneka abarokotse Jenoside.

    Yagize ati 'Turacyabona ingengabitekerezo ya Jenoside aho usanga hirya no hino hari ababwirwa amagambo mabi. Biriya byose birabakomeretsa. Tugerageze gukumira icyakongera kubasubiza inyuma.'

    Icyumweru cyo Kwibuka kizatangira ku wa Mbere w'icyumweru gitaha ku itariki ya 7 Mata 2025 kugeza ku itariki 13 nk'ibisanzwe, ariko ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi bikomeze mu gihe cy'iminsi 100.

    RBC yagaragaje ko itangazamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyamabga bakwiye kwitwararika mu gihe cyo kwibuka


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rbc-yakebuye-abanyamakuru-n-abakoresha-imbuga-nkoranyambaga-mu-bihe-byo-kwibuka

  • RFK Jr. yatangaje ko HHS izasubizaho zimwe muri porogaramu n'abakozi bakuweho bibeshye #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gutangaza ko akuyemo imirimo ibihumbi 10 mu Ishami ry'Ubuzima n'Ubuzima rusange muri iki cyumweru, Umunyamabanga Robert F. Kennedy Jr. yabwiye ABC News ko zimwe muri izo porogaramu zizasubizwaho kuko zakuwemo bibeshye.

    'Turi kuvugurura izi nzego. Turashaka ko zikora neza mu nyungu z'ubuzima rusange, zigakorera Abanyamerika,' Kennedy yavuze.
    'Mu gihe twari muri urwo rugendo, hari ubushakashatsi bwinshi bwari bukwiye kugumaho bwakuwemo, none twabisubijeho. Hari n'abakozi batagombaga kwirukanwa ariko birukanywe — nabo turi kubasubizaho, kandi ni byo byari biteganyijwe.'

    Ku bijyanye n'abo bakuweho, Kennedy yavuze ko hari abo bazasubizaho kuko batari muri za nshingano z'ubutegetsi Ishami rishinzwe Kunoza Imikorere ya Leta (Department of Government Efficiency — DOGE), riyobowe na miliyoneri Elon Musk, ryari rigamije gukuraho. Abo barimo abakozi bashinzwe itumanaho n'ab'abakozi (HR), hamwe n'abashakashatsi, bose bikaba byarabaye impanuka bakajyanwa mu kugabanya abakozi ku bwinshi.

    Ibi Kennedy yabivuze asubiza ku kibazo cyavuzwe kuri rimwe mu mashami y'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Kurwanya Ibyorezo (CDC), risuzuma urwego rw'ubwandure bw'icyuma cya 'lead' mu bana no kugenzura uburyo bwo kukirinda mu gihugu hose. Iyo porogaramu yakuweho ku wa Kabiri.

    'Zari porogaramu zimwe zakuweho ariko zigiye gusubizwaho, kandi nemera ko iriya iri muri zo,' Kennedy yavuze.
    Nta makuru yandi yatanze kuri porogaramu zishobora gusubizwaho cyangwa igihe bizabera.

    'Nk'uko twabivuze kera kuri DOGE, turi gukora igereranya rigera kuri 80% ryo kugabanya, ariko muri iryo, 20% bizagenda bigaragara ko byari amakosa tugomba gusubiramo,' Kennedy yavuze.
    'President Trump yavuze neza ko niba habayeho amakosa, tuzayemera kandi tuyakosore, kandi iryo ni rimwe muri ayo makosa,' Kennedy yakomeje avuga, yerekeza ku ishami rya CDC ryakurikirana ikibazo cya 'lead'.

    Nubwo yemeje ko hari porogaramu zakuweho ku mpamvu zitari zo, Kennedy yahamije ko 'serivisi z'ingenzi' n'imirimo 'y'imbere mu rugamba' zitazagirwaho ingaruka n'ivugurura rikomeye rya HHS.

    Ibyo byatangaje Erik Svendsen, umuyobozi w'ishami ryakurikiraga Porogaramu yo Kurwanya Ikwirakwira rya Lead mu Bana muri CDC, wabwiye ABC News ko ibikorwa byahagaze burundu. Yemeje ko nta makuru yigeze ahabwa ko iyo gahunda izasubizwaho cyangwa igakomeza mu rindi shami rya CDC.

    Nyuma yaho, HHS yatanze itangazo rishya rivuga ko porogaramu ya CDC ishinzwe kugenzura 'lead' itazasubizwaho.
    'Abakozi bo muri iryo shami uko rimeze ubu ntabwo bazasubizwaho. Akazi kazakomereza ahandi muri HHS. Turi guhuza porogaramu zimeze kimwe kugira ngo zikorere hamwe,' nk'uko umwe mu bayobozi ba HHS yabivuze.

    Amagambo ya Kennedy ku bijyanye no gusubizaho abakozi si ubwa mbere ibi biba nyuma y'ibikorwa bya DOGE. Mu cyiciro cya mbere cy'abakozi birukanywe, cyibandaga ku bo batari bakiri mu gihe cy'ibizamini by'akazi (probation), amagana y'abakozi ba CDC n'Ikigo gishinzwe Ibiribwa n'Imiti (FDA) nyuma bongeye gusubizwaho.

    Ishami rya CDC ryakurikirana ikibazo cya 'lead' ryateraga inkunga gahunda zo mu gihugu hose, ku rwego rw'uturere n'intara, zishinzwe ubuzima rusange. Banakurikiraga n'izindi mpumuro cyangwa imyuka yangiza ikirere nk'iy'imiriro cyangwa imirasire yangiza.

    'Niba gahunda yacu isubijweho, ni inkuru nziza cyane. Ibi birakenewe mu gihugu cyacu. Birakenewe cyane ku bana bose mu gihugu,' Svendsen yavuze. 'Niba tudahari, nta rindi shami ku rwego rwa leta ririho rishobora gufasha [ibigo by'ubuzima by'ibanze] gukora ibyo bagomba gukora.'

    Mu bihe bya vuba, itsinda ry'i North Carolina ryari muri CDC ryagaragaje ikibazo cy'ibiryo by'abana birimo 'lead' — byari ari utubuto twa 'applesauce' twagenewe abana. Ibyo biribwa byaje kugaragara ko byateje ikibazo ku bana barenga 500 bafite urwego ruri hejuru rwa 'lead' mu maraso yabo. CDC yakoranye n'FDA kugira ngo ibyo biribwa bikurwe ku isoko mu gihugu hose.

    Mu byumweru biri imbere, bamwe mu bagize itsinda rya CDC ryakurikirana ikibazo cya 'lead' bari biteguye kujya Milwaukee, aho abana basanzwe bafite urwego rwo hejuru rwa 'lead' mu mashuri menshi ya leta. Uru rugendo rwahagaritswe ku wa Kabiri ubwo ibyo kugabanya abakozi byari bigera henshi muri HHS.

    Mike Totoraitis, umuyobozi w'ubuzima rusange muri Milwaukee, yabwiye ABC News ko itsinda rya CDC ariryo bari bagenderaho cyane mu gufasha abana bagizweho ingaruka n'iyo 'lead' no gukurikirana ikibazo. Yatunguwe kumenya ko iryo tsinda ryose ryakuweho.

    'Nakubwira ko ibi bifite ingaruka mpamo hano i Milwaukee mu guhangana n'ikibazo gikomeje cy'uruhurirane rwa 'lead' mu mashuri yacu, kandi biragoye kubyumva,' Totoraitis yavuze.

    Totoraitis yavuze ko 'yizeye buhoro' ko iryo tsinda rizasubizwaho, ariko agaragaza ko hari n'ibindi bibazo by'ubuzima rusange igihugu cye gishingiraho kuri leta, nabyo byakuweho.

    'Iki ni kimwe mu bibazo bigira ingaruka ku buzima bw'abaturage b'Abanyamerika, si 'lead' gusa. Hari n'izindi nzego nyinshi muri CDC zakuweho kandi tukirimo kugerageza gusobanukirwa uko bizagira ingaruka ku kazi dukora hano ku rwego rw'ibanze,' Totoraitis yasobanuye.

    Source : https://kasukumedia.com/rfk-jr-yatangaje-ko-hhs-izasubizaho-zimwe-muri-porogaramu-nabakozi-bakuweho-bibeshye/