Blog

  • Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso ya Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994 #rwanda #RwOT

    Amwe mu matariki yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994

    Nubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe kuva cyera, urupfu rwa Perezida Habyarimana rwabaye imbarutso yo kwica Abatutsi ku mugaragaro. Dore amwe mu matariki yabayeho ubwicanyi bukomeye.

    6 Mata 1994 saa 20:25: Indege yari itwaye Abaperezida Juvénal Habyarimana na Ntaryamira Cyprien yarasiwe i Kanombe mu mujyi wa Kigali ubwo bari bavuye mu nama I Dar es Salam muri Tanzaniya.

    Mu masaha yakurikiyeho ni bwo umutwe w'abasirikari barindaga Habyarimana, abasirikare, abajandarume n'Interahamwe batangiye gushyiraho za bariyeri muri Kigali.

    7 Mata 1994: Minisitiri w'Intebe, Agatha Uwilingiyimana, Perezida w'Urukiko rurinda Itegeko Nshinga, Joseph Kavaruganda barishwe.

    Ni na bwo hatangiye kwicwa Abatutsi urugo ku rugo hanicwa abasirikare 10 b'Ababiligi, abarwaza, abarwayi n'abaganga ba CHK.

    Kuri iyi tariki ni na bwo abasirikare bahoze ari aba FPR Inkotanyi bavuye muri CND batangira kurwana n'abicanyi.

    8 Mata 1994: Ubwicanyi bwatangiye gukwira mu gihugu hose, bamwe mu bayobozi batangira guhungira muri Ambasade y'u Bufaransa mu Rwanda biganjemo Abaminisitiri.

    Abantu barenga 100 biciwe mu ishuri rya Mutagatifu Andereye i Nyamirambo. Koloneli Théoneste Bagosora yateranyije inama yo kugena abayobozi bakuru b'igihugu bari bamaze gupfa.

    9 Mata 1994: Théodore Sindikubwabo yabaye Perezida w'igihugu w'agateganyo, Jean Kambanda agirwa Minisitiri w'Intebe wa Guverinoma y'Abatabazi.

    'Opération Amaryllis' y'Abafaransa yageze mu Rwanda izanye n'iy'Ababiligi yitwaga 'Opération Silverback'.

    Umuryango wa Habyarimana wajyanwe i Bangui muri Repubukika ya Centr'Afrika bahavanwa bajya mu Bufaransa.

    12 Mata 1994: Guverinoma yavuye i Kigali ihungira i Murambi muri Gitarama

    13 Mata 1994: Ingabo z'Ababiligi zafashe icyemezo cyo kuva mu Rwanda zita impunzi z'abatutsi zari zabahungiyeho muri ETO Kicukiro, Interahamwe n'abasirikare bahita batangira kubiraramo,abasigaye babazamura Nyanza ya Kicukiro ari naho babarangirije.

    14 Mata 1994: Ubwicanyi bwakorewe mu bitaro bya Kibeho ku Gikongoro

    15 Mata 1994: Ubwicanyi i Nyarubuye muri Kibungo no muri Paruwasi ya Mubuga ku Kibuye

    16 Mata 1994: Ubwicanyi kuri Paruwasi ya Mugonero ku Kibuye

    18 Mata 1994: Hishwe abari bahungiye muri Sitade Gatwaro (Kibuye).

    20 na 22 Mata 1994: Interahamwe n'abasirikare biraye mu barwayi, abarwaza n'abavuzi bo mu bitaro bya Kaminuza i Butare barabica.

    21 Mata 1994: Ingabo z'Umuryango w'Abibumbye mu Rwanda (MINUAR) zaragabanyijwe ziva ku bihumbi 5,500 zigera kuri 270.

    27 Mata 1994: Papa Jean Paul II yatangaje bwa mbere ko ibyaberaga mu Rwanda ari Jenoside.

    28 Mata 1994: Amerika na yo yemeye ko ibyaberaga mu Rwanda byari Jenoside bisobanurwa n'umuvugizi wayo Christine Shelley.

    30 Mata 1994: Impunzi 250.000 zambutse umupaka zijya muri Tanzaniya bahunga intambara FPR yarwanaga na FAR.

    12 Gicurasi 1994: Umuyobozi wa Komisiyo y'Uburenganzira bwa Muntu muri Loni na we yavuze ko mu Rwanda harimo kubera Jenoside.

    13 na 14 Gicurasi 1994: Ni bwo abasirikare ba Leta y'abatabazi bifatanyije n'abapolisi, Interahamwe n'abaturange bateye abaturage bo mu Bisesero ku musozi wa Muyira bicamo abaturage batabarika bari babashije kwirwanaho mbere.

    Muri Gicurasi 1994 : Umuryango utabara imbabare watangaje ko hamaze gupfa abantu barenga ibihumbi 500.

    22 Gicurasi 1994: Ingabo zari iza FPR Inkotanyi zafashe ikibuga cy'indege mpuzamahanga cya Kanombe.

    27 Gicurasi 1994: Habayeho guhererekanya impunzi hagati ya FPR na FAR biyobowe na MINUAR buri wese agahitamo aho agomba kujya yaba mu gice kiyoborwa na FPR cyangwa na Guverinoma y'Abatabazi.

    29 Gicurasi 1994: Guverinoma yahungiye ku Gisenyi ari na ho yavuye igana mu cyahoze ari Zayire.

    2 Kamena 1994: Gitarama na Kabgayi byagiye mu maboko ya FPR Inkotanyi

    16 Kamena 1994: FPR yabohoje impunzi zari zahungiye muri Kiliziya y'Umuryango Mutagatifu i Kigali no muri Saint Paul.

    22 Kamena 1994: Akanama gashinzwe umutekano ku isi kemereye Ingabo z'u Bufaransa kuza muri 'Opération Turquoise'.

    28 Kamena 1994: Umuryango w'Abibumbye wasohoye raporo ivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

    4 Nyakanga 1994: Umujyi wa Kigali na Butare byafashwe na FPR Inkotanyi, Ingabo z'Abafaransa zitangaza ko Kibuye, Gikongoro na Cyangugu zizazicungira umutekano

    13 Nyakanga 1994: Impunzi z'Abanyarwanda zatangiye kwambuka umupaka zijya mu mujyi wa Goma muri Zayire

     

    15 Nyakanga 1994: Umuryango w'Abibumbye wanze kwemera Leta y'abatabazi.

     

    17 Nyakanga 1994: Ingabo zari iza FPR Inkotanyi zafashe Gisenyi na Ruhengeri kandi batangaza ko intambara ihagaze ku mugaragaro.

    19 Nyakanga 1994: Hagiyeho Leta y'Ubumwe bw'Abanyarwanda, Pasteur Bizimungu aba Perezida, Jenerali Majoro Paul Kagame aba Visi-Perezida, Faustin Twagiramungu aba Minisitiri w'Intebe.

    The post Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso ya Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/tariki-ya-6-mata-ijoro-rya-nyuma-ku-baperezida-babiri-yabaye-imbarutso-ya-jenoside-yakorewe-abatutsi-menya-amatariki-mabi-ku-batutsi-mu-rwanda-no-hanze/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=tariki-ya-6-mata-ijoro-rya-nyuma-ku-baperezida-babiri-yabaye-imbarutso-ya-jenoside-yakorewe-abatutsi-menya-amatariki-mabi-ku-batutsi-mu-rwanda-no-hanze

  • Ubushakashatsi bugaragaza ko gukora imibonano mpuzabitsina kenshi bishobora gutuma ugaragara nk'ukiri muto #rwanda #RwOT

    Ubushakashatsi bwakozwe n'impuguke mu by'imitekerereze bugaragaza ko abantu bakora imibonano mpuzabitsina byibura inshuro eshatu mu cyumweru bashobora kugaragara nk'abakiri bato ku isura, bakaba banagira imitekerereze itekanye kandi ifite ibyishimo biruta iby'abakora imibonano gake.

    Nk'uko byagaragajwe na David Weeks, umuhanga mu by'imitekerereze wahoze ari umwe mu bayobozi b'ibitaro bya Royal Edinburgh biri muri Scotland, gukora imibonano mpuzabitsina kenshi bifite akamaro kanini ku buzima bw'umuntu haba ku mubiri ndetse no ku bwonko.

    Uyu muhanga avuga ko umuntu ukora imibonano inshuro hagati ya 3 na 4 mu cyumweru ashobora gusa n'uwurusha imyaka 10 iyo urebye isura ye n'imyitwarire.

    David Weeks ashimangira ko imibonano mpuzabitsina ikozwe neza kandi ku bushake bw'impande zombi ituma umubiri urekura intungamubiri z'ingenzi nka 'endorphins', izifasha kugabanya stress, kurwanya kwiheba no guteza imbere ibitekerezo byiza. Ibi bituma umuntu ahora yishimye, akagira ibitekerezo bituje, ndetse n'uruhu rwe rugahorana itoto.

    David Weeks ashimangira ko imibonano mpuzabitsina ikozwe neza kandi ku bushake bw'impande zombi ituma umubiri urekura intungamubiri z'ingenzi nka 'endorphins'

    Ikindi kandi, iyi mibonano ifasha mu kongera imisemburo y'ibyishimo ndetse no gukomeza umubano mwiza hagati y'abashakanye cyangwa abakundana.

    Ni kimwe mu bituma bagira ubuzima bwiza bw'amarangamutima, bituma na gahunda zindi z'ubuzima babasha kuzigeraho neza.

    Abahanga kandi bavuga ko gukora imibonano kenshi bishobora gufasha mu kongerera umuntu ubudahangarwa ku ndwara zimwe na zimwe, cyane cyane izifata mu myanya y'ubuhumekero.

    Bituma kandi umuntu arushaho kugira umutima ukomeye ndetse n'amaraso agera neza mu bice bitandukanye by'umubiri.

    Nubwo bimeze bityo, abashakashatsi baributsa ko imibonano mpuzabitsina igomba gukorwa mu buryo butekanye, harimo no kwirinda indwara zandurira mu mibonano ndetse no kubahiriza amahame y'umuco n'imyemerere ya buri wese. Kandi ibyo byose bigakoranwa urukundo, icyubahiro, n'ubwumvikane.

    Uyu muhanga asoza avuga ko kugira ubuzima bwiza harimo n'imibonano mpuzabitsina iboneye, ariko by'umwihariko ko iyo ikozwe kenshi kandi neza, ishobora kuba umuti mwiza wo gukomeza kugaragara neza no kumva umuntu akiri muto nubwo yaba ageze mu zabukuru.

    Ubushakashatsi bwakozwe n'impuguke mu by'imitekerereze bugaragaza ko abantu bakora imibonano mpuzabitsina byibura inshuro eshatu mu cyumweru bashobora kugaragara nk'abakiri bato ku isura.

    Source : https://kasukumedia.com/ubushakashatsi-bugaragaza-ko-gukora-imibonano-mpuzabitsina-kenshi-bishobora-gutuma-ugaragara-nkukiri-muto/

  • Papa agaragaye bitunguranye muri St. Peter's Square nyuma y'ibyumweru bibiri avuye mu bitaro #rwanda #RwOT

    Papa Francis yagaragaye bitunguranye muri St. Peter's Square ku cyumweru, mu Misa idasanzwe y'Ububabare yitiriwe abarwayi n'abakora mu buvuzi, ni bwo bwa mbere yagaragaye mu ruhame i Vatikani kuva avuye mu bitaro hashize ibyumweru bibiri, nyuma yo gukira indwara ikomeye ya pneumonia yari ibaye mbi cyane.

    Papa yagaragaye atunguranye atwawe mu igare ry'abafite ubumuga, aramwenyura ndetse asuhuza imbaga y'abakristu bari bahagaze bamukoma amashyi bamwishimiye. Bamwe baravuze bati: 'Ndabona Papa!' ubwo yabonaga ku ishusho nini yerekana amashusho ye yinjira mu muryango wera (Holy Door), mbere y'uko amanikwa ku ruhande rujya ku gicaniro.

    'Ndagira ngo mbifurize icyumweru cyiza,' Papa Francis yavuze, avuga mu ndangururamajwi yayikozagaho inshuro ebyiri kugira ngo arebe niba ikora neza. 'Murakoze cyane.'

    Ijwi rye ryumvikanye rimeze neza kurusha uko ryari rimeze ubwo yavuganaga n'abaje kumusuhuza imbere ya Gemelli Hospital ku itariki ya 23 Werurwe, ku munsi yasohotsemo nyuma y'ibyumweru bitanu ari mu bitaro.

    Yambaye imiyoboro ya 'oxygène' mu mazuru, aho Vatikani yatangaje ko igenda igabanuka uko abaganga babiteganya. Ubwo yasuhuzaga imbaga, nubwo yageragezaga kuzamura amaboko ayifuriza umugisha, ntibyashobokaga cyane — umuganga we yavuze ko bitatewe n'indwara ye, ahubwo n'undi mubabaro utatangajwe yagize mbere yo kujyanwa mu bitaro ku itariki ya 14 Gashyantare.

    Nyuma ya Misa, Papa yasuhuje bamwe mu bayitabiriye, abenshi bamwunamira, banamusoma ku ntoki. Yahavuye anyuze mu muryango wera.

    Papa amaze ibyumweru bibiri muri gahunda y'ikiruhuko cy'ibyumweru bibiri byategetswe n'abaganga, kugira ngo akomeze kuvurirwa ingingo zitandukanye harimo ubuvuzi bw'imyanya y'ubuhumekero, imyitozo ngororamubiri, kuvugurura uburyo avuga, ndetse no gukomeza kwita ku ndwara yo mu bihaha itarakira neza.

    Mu nyigisho yasomwe na Musenyeri Rino Fisichella, wateguye Umwaka Mutagatifu (Holy Year) utegerejwemo abarenga miliyoni 30 bazajya i Roma, Papa yavuze ku byo yanyuzemo mu gihe cy'uburwayi. Yabwiye abarwayi bari aho ati:

    'Muri iki gihe cy'ubuzima bwanjye, nsangiye byinshi: uburwayi, kumva mfite intege nke, gushingira ku bandi kuri buri kintu, no gukenera ubufasha.

    'Si ibintu byoroshye, ariko ni ishuri aho umuntu yiga buri munsi gukunda no kwemera gukundwa, atagira ibyo asaba, atagira ibyo ahakana, aticuza cyangwa ngo acike intege, ahubwo ashimira Imana n'abavandimwe ku byiza ahabwa, yiringira ibiri imbere.'

    Yongeye gusaba abakristu kutirukana abafite intege nke mu buzima bwabo 'nk'uko hari imyumvire imwe ibikora muri iki gihe. Ntitukumire ububabare mu buzima bwacu. Ahubwo tubugire amahirwe yo gukurana ubwuzuzanye, no kubaka icyizere.'

    Mu isabira rusange yo ku cyumweru, Papa yasabiye abaganga, abaforomokazi n'abandi bakora mu buvuzi 'batabasha buri gihe kubona uburyo bukwiye bwo gukora, ndetse rimwe na rimwe bagahura n'ihohoterwa. Umurimo wabo si uworoshye, ugomba gushyigikirwa no kubahwa.'

    Abari aho bagize amarangamutima akomeye kubera kugaragara gutunguranye kwa Papa.

    'Byari byiza cyane, ibintu ntari niteze kuko sinatekerezaga ko Papa ari bugere aho,' yavuze Pasquale Citrolo ukomoka Trapani, i Sicily. 'Ahubwo yatwihereye impano idasanzwe.'

    Linda Elezi, wo mu ntara y'inyanja ya Ancona, yavuze ko yakorogoshewe n'iyo 'mpano itunguranye.'

    'Turamusabira buri munsi, na we aradusabira, adusabira amahoro n'isi yose, kuko ni wo butumwa bw'uru rugendo twatangiye uyu munsi: Kuzana amahoro ku isi yose,' yavuze.

    Papa Francis Yagaragaye Bitunguranye muri St. Peter's Square, I Nyuma yo Gukira Pneumonia

    Source : https://kasukumedia.com/papa-agaragaye-bitunguranye-muri-st-peters-square-nyuma-yibyumweru-bibiri-avuye-mu-bitaro/

  • Ibyamamare byo muri Uganda nka Sheilah Gashumba, Ava Peace, Joshua Baraka byaraye binezerewe muri East Side Tour #rwanda #RwOT

    Abahanzi barimo Sheilah Gashumba, Denesi, Ava Peace, Joshua Baraka na Rickman Manrick

    Abahanzi bo muri Nigeria, Magixx, Bayanni na Boy Spyce, basize Abanya-Uganda bifuje kongera kubabona nyuma y'igitaramo cya East Side Tour cyabereye kuri Ndere Cultural Center ku wa Gatandatu.

    Aba bahanzi batatu basanzwe bakorana na Mavin Records bageze muri Uganda mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, bakora isuzuma ry'amajwi ku manywa mbere y'uko bifungurira abantu bose guhera saa kumi z'umugoroba.

    Magixx, Bayanni na Boy Spyce

    Iki gitaramo cyateguwe na Talent Africa Group cyitabiriwe n'abakunzi b'ibyidagaduro benshi, bageraga ku kibuga hakiri kare kugira ngo batazacikanwa n'ibihe byose by'akataraboneka.

    Sheilah Salta na DJ Tony ni bo batangije igitaramo bashyiramo akanyamuneza, mbere y'uko abandi bahanzi barimo Sheilah Gashumba, Denesi, Ava Peace, Joshua Baraka na Rickman Manrick bafata urubyiniro.

    Icyamamare cya mbere cyageze ku rubyiniro ni Bayanni, akurikirwa na Magixx, hanyuma Boy Spyce ni we wasoje. Bose bakoze ibishoboka byose baririmba indirimbo zabo zakunzwe cyane, maze imbaga y'abantu ibasubiriramo amagambo ku buryo bushimishije.

    Aly Allibhai, Umuyobozi Mukuru wa Talent Africa Group,

    Aly Allibhai, Umuyobozi Mukuru wa Talent Africa Group, yashimiye byimazeyo buri wese waje kwitabira East Side Tour, agaragaza ko imbaraga n'akanyamuneza byagaragajwe n'abafana ari byo byatumye igitaramo kigenda neza.

    Yongeyeho ko ubufatanye n'umutima umwe mu ruganda rw'imyidagaduro ari byo bizana ibisubizo byiza, ashimangira ko icyo gitaramo cyari ikimenyetso cy'ubumwe n'urukundo mu buhanzi.

    Source : https://kasukumedia.com/ibyamamare-byo-muri-uganda-nka-sheilah-gashumba-denesi-ava-peace-joshua-baraka-byaraye-byaraye-binezerewe-muri-east-side-tour/

  • Elon Musk, nyiri Tesla na SpaceX, amaze kubyara abana 14 baturutse ku bagore bane batandukanye. #rwanda #RwOT

    Elon Musk

    Nyiri kompanyi za Tesla na SpaceX, Elon Musk, amaze kugira abana 14 avuye ku bagore bane batandukanye, ibintu bituma benshi bavuga ko ari kubaka 'isi ye bwite.' Menya byinshi ku babyeyi b'abo bana.

    Nubwo Elon Musk atari kujya ahantu hatigeze hagerwa n'abandi, umubare w'abana yabyaye umaze kugera aho n'umukobwa we Vivian Jenna Wilson atakibara.

    'Nakubwira ko ntazi umubare nyawo w'abavandimwe mfite, niba twabariyemo n'abo twavukanye ku mubyeyi umwe,' Vivian—umwe mu bana batandatu Elon yabyaranye n'umugore we wa mbere Justine Wilson—yabwiye Teen Vogue mu kiganiro cyo muri Werurwe. 'Ni ibintu byiza byo kuvuga mu mukino wa 'ibintu bibiri ari ukuri n'icyo ari ikinyoma'.'

    Ashley St_ Clair

    Kugeza ubu, abana bazwi ni 14, nubwo Musk yavuze ko atizeye 100% niba umwana w'amezi 7 wa Ashley St. Clair, umunyamakuru w'uruhererekane rwa 'conservative,' ari uwe.

    'Simfite gihamya ko uwo mwana ari uwanjye cyangwa atari uwanjye, ariko sinanze kubimenya,' Musk w'imyaka 53 yanditse ku rubuga X (rwahoze ari Twitter) ku wa 31 Werurwe. 'Ntihakenewe icyemezo cy'urukiko.'

    Yakomeje agira ati: 'Nubwo ntizeye neza, nahaye Ashley miliyoni $2.5 z'amadolari, kandi ndamwoherereza $500,000 buri mwaka.'

    N'ubwo byifashe bityo, St. Clair—wabonetse mu mashusho ya Daily Mail asubiza imfunguzo za Tesla ye ya $100,000—yavuze ko agiye gukomeza wenyine.

    'Nteganya kurera umwana wacu mu buryo busanzwe kandi butekanye,' uyu mwanditsi w'ibitabo by'abana yavuze ubwo yatanze ikirego asaba uburenganzira busesuye bwo kurera umwana mu kwezi kwa Gashyantare. 'Ni yo mpamvu nsaba abanyamakuru kubaha ubuzima bwite bw'umwana wacu.'

    Ariko se uwo mwana si na we muto Elon afite—mu kwezi kwa Gashyantare, impuguke mu bwenge bw'ubukorano (AI), Shivon Zilis, yemeje ko yabyaranye na Elon undi mwana wa kane witwa Seldon Lycurgus, akurikiye impanga Strider na Azure b'imyaka 3 na Arcadia w'umwaka umwe.

    'Mu kwizihiza isabukuru ya Arcadia, twatekereje ko byaba byiza gusangiza abantu n'inkuru y'umuhungu wacu w'agatangaza Seldon Lycurgus,' Zilis yanditse kuri X. 'Yubatse nk'umunyembaraga, afite umutima wa zahabu. Ndabakunda cyane.'

    Kandi, nk'uko bisanzwe, Seldon afite abavandimwe benshi b'inkwakuzi. Dore ukuntu Musk yubatse 'itsinda rye' ry'abana.

     

    Source : https://kasukumedia.com/elon-musk-nyiri-tesla-na-spacex-amaze-kubyara-abana-14-baturutse-ku-bagore-bane-batandukanye/

  • Rayon Sports yahagaritse umutoza w’abanyezamu… – #rwanda #RwOT

    Kuwa Gatandatu ni bwo Marine FC yari yakiriye Rayon Sports mu mukino wo ku munsi wa 23 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda. ‎‎Uyu mukino ukaba wararangiye amakipe yombi anganyije ibitego 2-2. 

    Mu bitego ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe ntabwo byavuzweho rumwe aho benshi berekanye ko ari amakosa y’umunyezamu, Khadime Ndiaye by’umwihariko ku gitego cya 2.

    ‎‎Nyuma y’ibi amakuru avuga ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bwafashe umwanzuro wo kuba buhagaritse by’agateganyo umutoza w’abanyezamu, Mazimpaka André. ‎‎Bivugwa ko na Khadime Ndiaye ashobora nawe guhagarikwa. 

    ‎‎Kunganya uyu mukino, byatumye Murera ihita itakaza umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona ufatwa na APR FC n’amanota 48 mu gihe yo ifite amanota 47.

    ‎

    Rayon Sports yahagaritse Mazimpaka André 

    ‎ABAFANA BAGANIRIYE NA INYARWANDA TV NABO BASHINJE MAZIMPAKA N’UMUTOZA UYU MUSARURO NKENE

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/154348/rayon-sports-yahagaritse-umutoza-wabanyezamu-nyuma-yo-kunganya-na-marine-fc-154348.html

  • Iyo Abanyaburayi badasenya ubumwe bw'Abanyarwanda, Jenoside ntiyari kuba- Dr. Donald Kaberuka #rwanda #RwOT

    Dr. Donald Kaberuka, umwe mu bahanga mu by'ubukungu n'imari mpuzamahanga, yagaragaje ko mu mwaka wa 1994, Leta y'u Rwanda yari ifite umwenda wa miliyari imwe y'Amadolari y'Abanyamerika (1,000,000,000 USD), umwenda wari warafashwe mu gihe cy'imyaka ine yari ishize, mbere y'uko Jenoside yakorewe Abatutsi iba.

    Uwo mwenda, benshi mu batuye Isi bagiye bagaragaza ko adakwiye kwishyurwa, cyane cyane kubera ko hari igice kinini cyawo cyari cyarafashwe hagamijwe kugura intwaro no gutera inkunga ibikorwa byari bigamije guhohotera uburenganzira bwa muntu.

    Icyakora icyo gihe Leta y'u Rwanda yabonaga ko uwo mwenda ikwiye kuwishyura nk'igihugu gifite icyubahiro n'umurongo ngenderwaho w'imiyoborere ishingiye ku mategeko, nubwo byari bigoye cyane mu gihe igihugu cyari kimaze kunyura mu bihe bikomeye cyane, birimo gusenyuka kwa gahunda zose za Leta, ubukungu bwazahaye n'ibikorwa remezo byangiritse.

    Dr. Kaberuka yavuze ko buri mwaka, u Rwanda rwatangaga nibura miliyoni 3.3 z'Amadolari y'Abanyamerika kugira ngo rwishyure imyenda rwari rufite, haba iy'imbere mu gihugu ndetse n'iy'amahanga.

    Ibi byasabaga Leta gukora ibishoboka byose mu kugabanya amafaranga agenewe izindi gahunda z'iterambere kugira ngo hubahirizwe inshingano mpuzamahanga, ndetse no gukomeza kugumana isura nziza ku rwego rw'isi.

    Yongeyeho ko imiryango mpuzamahanga yari ikwiye kwerekana ubushishozi, ikabona ko igihugu cyari cyarahuye n'amage adasanzwe ku buryo cyari gikwiye kugaragarizwa imbabazi no gusonerwa uwo mwenda, ariko ibyo ntibyigeze bikorwa. Imfashanyo nyinshi u Rwanda rwabonaga muri icyo gihe zari nke ugereranyije n'uburemere bw'ibibazo igihugu cyari gifite.

    Mu gusoza ijambo rye, Dr. Kaberuka yagarutse ku kibazo cy'umutekano mucye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho yatangaje ko atangazwa no kubona ibihugu bimwe byo ku mugabane w'u Burayi byihutira kwigaragaza nk'ibifite ibisubizo ku bibazo by'ingutu byo mu karere, kurusha uko abahatuye ubwabo baba babifitiye ubushobozi cyangwa ubushake bwo kubikemura.

    Yemeje ko iyo myitwarire ishobora gutuma ikibazo kirushaho gukomera aho kugikemuka, bitewe n'uko ibisubizo bikomoka hanze y'akarere kenshi bitajyana n'ukuri kw'ibibera mu baturage bahatuye.

    Yagaragaje ko ari ngombwa ko akarere ubwako gashakisha ibisubizo birambye, kishingikirije ubushobozi bwako, ubufatanye bw'ibihugu bihana imbibi, n'ubushake bwa politiki buva imbere aho kubiharira amahanga.

    Yongeyeho ko imiryango mpuzamahanga yari ikwiye kwerekana ubushishozi, ikabona ko igihugu cyari cyarahuye n'amage adasanzwe ku buryo cyari gikwiye kugaragarizwa imbabazi no gusonerwa uwo mwenda.

    Source : https://kasukumedia.com/iyo-abanyaburayi-badasenya-ubumwe-bwabanyarwanda-jenoside-ntiyari-kuba-dr-donald-kaberuka/

  • Amabanga ya American Idol yashyizwe ahagaragara #rwanda #RwOT

    Abacamanza Carrie Underwood, Lionel Richie na Luke Bryan

    Mu gihe American Idol yinjira mu mwaka wayo wa 23, abacamanza Carrie Underwood, Lionel Richie na Luke Bryan barimo gufata ibyemezo bikomeye. Reka turebe ibyo bamwe mu bahatanye mu myaka yashize batangaje ku bijyanye no guhatana muri iri rushanwa.

    Hari abahanzi, hari n'abamamaye…ariko hari n'ibibazo byinshi abantu bibaza ku kuba umuhanzi muri American Idol.

    Mu myaka irenga makumyabiri, iri rushanwa rya televiziyo ryatambutswaga kuri ABC ryafashije abahanzi benshi kugera ku rwego rwo hejuru rw'ibyamamare, barimo Kelly Clarkson, Jennifer Hudson, Adam Lambert, Carrie Underwood, Fantasia Barrino, Katharine McPhee, Jordin Sparks, ndetse n'uwegukanye igikombe vuba aha, Abi Carter, n'abandi benshi.

    Hari ikintu gituma iri rushanwa rikomeza gukundwa cyane n'abarireba.

    'Ni ikirango abantu bizeye,' nk'uko umuhuzabikorwa mukuru Megan Michaels Wolflick yabibwiye GoldDerby muri Kamena. 'Numva mu bitekerezo byanjye ko ari nka NFL mu marushanwa y'abaririmba — abantu baza hano kuko bizeye uburyo bikorwa. Ni gahunda ireba cyane abahatana, si iy'ibyamamare. Ni inkuru ya Cinderella ibaho mu buzima nyabwo.'

    Iri rushanwa rimaze kugera ku mwaka waryo wa 23, abandi bantu benshi baracyaririmo bizeye ko inzozi zabo zizasohora. Bamaze kubona amatike y'umuringa cyangwa, ku bantu bake cyane, ay'ifeza bahawe n'abacamanza Lionel Richie, Luke Bryan na Carrie Underwood, abahatana bakomeje guhatana mu cyumweru kizwi nka Hollywood Week.

    'Noneho tugeze mu kibuga cya #americanidol,' nk'uko umushyushyarugamba Ryan Seacrest yabitangaje ku mbuga nkoranyambaga ku wa 31 Werurwe, 'aho ibintu bitangira gukomera.'

    Ariko se wigeze wibaza uko biri mu by'ukuri kuba muri American Idol? Nko mu ipiganwa ry'ijonjora ryo gutoranya abahatana, ese bahembwa? Abatarengeje imyaka 18 bategerezwa kujya ku ishuri igihe barimo guhatana? Ese iyo umuntu asezerewe biba bite?

    Nk'uko abahatanye babivuga, inzira yo kugera kuri American Idol irarambiranye. Ntibitangirira imbere y'abacamanza nka Lionel Richie, Luke Bryan cyangwa Carrie Underwood. Aho bitangirira ni mu buryo bwitwa open call auditions, aho abantu benshi bo hirya no hino batanze amajwi yabo binyuze kuri internet cyangwa mu biganiro byihariye.

    Umuhanzi wigeze guhatana witwa David Archuleta, wabaye uwa kabiri mu mwaka wa 2008, yavuze ko 'gutambuka mu cyiciro cya mbere bidasaba gusa kuba uririmba neza, ahubwo bisaba no kugira umwihariko ugutandukanya n'abandi.'

    Abandi bahatanye bavuze ko mbere yo kubonana n'abacamanza bazwi, ubanza kunyura imbere y'itsinda ry'abatunganya gahunda (producers), ari bo bemeza niba ushobora gukomeza cyangwa udategerejwe.

    Ese Abahatana Bahembwa?

     

    Yego, abahatana bahembwa nyuma yo kugera muri Hollywood Week. Nk'uko byatangajwe na The Blast, abahatana bahembwa hagati ya $1,000 na $1,500 buri cyumweru igihe bagumye mu irushanwa. Iyo hari ibikorwa bya televiziyo byihariye cyangwa ibikorwa byo gusubira mu rugo (home visits), bishobora kongerwaho amafaranga.

    Ariko na none, aya mafaranga ajya mu bikorwa byinshi byabo bya buri munsi: imyambaro, amafunguro, n'ibikoresho bifashisha mu irushanwa. Si amafaranga menshi cyane, ariko aba afasha.

    Iyo bageze i Hollywood, abahatana baba mu nzu imwe, ahantu hagenwe na American Idol. Hari abayihamya nk'aho haba huzuyemo akanyamuneza n'ubucuti, ariko hari n'abavuga ko kumara igihe kirekire ufashe inzu n'abandi bantu benshi bishobora guteza umunaniro cyangwa kutumvikana.

    Umwe mu bahatanye mu myaka yashize yavuze ati: 'Hari igihe tubanaga nk'abavandimwe, ariko hari n'igihe wumva ushaka kwigira kure gato.'

    Yego rwose. Abari munsi y'imyaka 18 bafite amasomo bagomba gukomeza. American Idol ibateganyiriza abarimu baje kubigisha igihe batari mu myitozo cyangwa ku rubyiniro. Biba bigoye kubihuza, ariko ni ngombwa kugira ngo inzozi zabo ntizibangamire uburezi.

    Iyo umuhanzi asezerewe muri American Idol, ashobora gusubira iwabo cyangwa agahabwa amahirwe yo gukomeza gukora umuziki binyuze mu bufatanye n'abatunganya umuziki cyangwa abandi baterankunga. Hari benshi bananiwe kwegukana irushanwa ariko bagakomeza kubaka izina rikomeye mu muziki, nka Jennifer Hudson cyangwa Adam Lambert.

    Benshi mu bahatanye bemeza ko n'ubwo American Idol ari irushanwa rikomeye, riba ari n'ishuri rikomeye ry'ubuzima.

    'Biragoye, ariko ni ibintu ntashobora kwicuza,' umwe yagize ati. 'Byaranyubatse, byanyigishije byinshi ku ndoto, ku kwihangana no ku kuba umuhanzi nyawe.'

     

    Source : https://kasukumedia.com/amabanga-ya-american-idol-yashyizwe-ahagaragara/

  • Hailey Bieber akomeje guhamya ubudacogora bwe mu rugo rwa Justin nubwo ibihuha bikomeje #rwanda #RwOT

    Mu gihe ibihuha bikomeje kuvuga ko urugo rw'umuririmbyi Justin Bieber n'umugore we Hailey Bieber ruri mu bibazo bikomeye by'imibanire, Hailey akomeje kugaragaza ko ari inkingi ya mwamba, umugore wihagazeho kandi udacogora mu kugaragaza urukundo n'inkunga aha umugabo we.

    Nubwo hari amakuru akomeje kuvugwa mu binyamakuru byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko aba bombi bashobora kuba bari mu nzira y'uburangare mu rukundo, Hailey yakomeje kwitwara nk'umugore w'intangarugero.

    Ntahwema kwitabira ibikorwa bitandukanye, akagaragaza ko akomeye mu mutima no mu mibanire, atitaye ku bitangazwa n'abantu cyangwa imbuga nkoranyambaga.

    Mu minsi ishize, Hailey yitabiriye ibirori byahuriyemo ibyamamare birimo na Kendall Jenner, inshuti ye magara. Muri ibyo birori, aba bombi baririmbanye indirimbo ya NLE Choppa na Lil Wayne, bafatanye mu biganza, banasangira akanyamuneza kagaragaza ubucuti bwabo bukomeye.

    Iyo mibanire ya hafi hagati ya Hailey na Kendall ni kimwe mu bimufasha kuruhuka no gukomeza kwisanzura mu buzima busanzwe, cyane cyane mu gihe arimo kunyura mu bihe bigoye by'ubuzima bwite.

    Nubwo hari amakuru akomeje kuvugwa mu binyamakuru byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko aba bombi bashobora kuba bari mu nzira y'uburangare mu rukundo, Hailey yakomeje kwitwara nk'umugore w'intangarugero.

    Ikinyamakuru People Magazine giherutse gutangaza ko Hailey akunze kugaragara ari kumwe n'inshuti ze za hafi, zirimo Kendall Jenner, Gigi Hadid n'abandi banyamideri b'inararibonye, mu gihe Justin we amaze igihe adakunze kugaragara mu ruhame ndetse ntanaboneka kenshi mu bikorwa by'imyidagaduro n'ibirori nk'uko byahoze.

    Abasesenguzi bavuga ko iyi myitwarire ya Hailey ikomeje kwerekana ko nubwo urugo rwabo rushobora kuba ruri mu bibazo, yihaye intego yo kutarwitaho buhumyi cyangwa ngo areke kubaho neza ku giti cye. Ahubwo arashaka gukomeza kwiyubaka, kugumana icyizere no gushyigikira umugabo we mu buryo butuje.

    Ku rundi ruhande, hari abemeza ko impamvu Justin atakigaragara cyane mu birori n'ibikorwa rusange ari uko yaba arimo kwivuriza ibibazo bijyanye n'ihungabana rishingiye ku mitekerereze, bikaba byaramuteye kureka ibikorwa by'imyidagaduro byamurangwagaho.

    Nubwo ibihuha bikomeje kwiyongera, nta n'umwe muri bombi uragira icyo atangaza ku mugaragaro ku by'aya makuru y'ubwumvikane buke.

    Gusa uko iminsi igenda ihita, Hailey arushaho kugaragaza ko ari umugore uhamye, wifuza gukomeza kurwana ku rukundo rwe nubwo yaba ari wenyine muri urwo rugamba.

    Hari abemera ko Hailey ari urugero rwiza rw'umugore uharanira amahoro n'urukundo mu rugo rwe, ndetse bagasaba ko yakomeza kugendera ku muco wo kwihangana no kuba hafi y'uwo bashakanye, nubwo hari ibihe bigoranye bitabura mu mibanire y'abantu bose.

    Abasesenguzi bavuga ko iyi myitwarire ya Hailey ikomeje kwerekana ko nubwo urugo rwabo rushobora kuba ruri mu bibazo, yihaye intego yo kutarwitaho buhumyi cyangwa ngo areke kubaho neza ku giti cye.

    Source : https://kasukumedia.com/hailey-bieber-akomejeguhamya-ubudacogora-bwe-mu-rugo-rwa-justin-nubwo-ibihuha-bikomeje/

  • Swizz Beatz yahishuye ibanga ry'urugo rwe n'umugore we Alicia Keys, mu myaka 15 bamaranye #rwanda #RwOT

    Umuraperi akaba n'umuhanga mu gutunganya umuziki, Swizz Beatz, yatangaje ko amaze imyaka 15 abana n'umuhanzikazi Alicia Keys ariko nta na rimwe baratongana, ibintu avuga ko ari ryo banga ryatumye urugo rwabo ruhoramo ituze n'urukundo.

    Mu kiganiro aherutse kugirana n'itangazamakuru, Swizz Beatz yavuze ko gukomera k'urugo rwabo bishingiye cyane ku kumvikana hagati yabo, aho bavuga ko ari inshuti magara kandi bahora baganira ku byo batumvikanaho aho gutongana.

    Yagize ati: 'Iyo dutandukanye ku bitekerezo, turicara tukabiganiraho, buri wese akavuga uko abibona mu bwubahane. Ntihagomba kubamo guhangana cyangwa gutongana, kuko ibyo ntacyo byubaka.'

    Yongeyeho ko iyo abantu batongana baba barimo gusakuza gusa, ntawe wumva undi, bikaba bigoye gukemura ikibazo mu gihe buri wese ashaka gutsinda mugenzi we aho gukemura ikibazo cyabaye.

    Umuraperi akaba n'umuhanga mu gutunganya umuziki, Swizz Beatz, yatangaje ko amaze imyaka 15 abana n'umuhanzikazi Alicia Keys ariko nta na rimwe baratongana.

    Swizz Beatz yavuze ko kuba we na Alicia Keys barabashije kuramba muri urwo rugo imyaka isaga 15 nta ntonganya, bishingiye ku gushaka gukomeza kuba inshuti mbere yo kuba abagabo n'abagore. Ati: 'Iyo dufite icyo tutumvikanaho, dufata umwanya tukaganira, tugashyira imbere urukundo n'ubwubahane. Iyo inshuti magara itumvikanye n'indi, ntiba ihita iyisezerera, ahubwo iraganira kugeza bumvikanye.'

    Swizz Beatz na Alicia Keys bashakanye mu mwaka wa 2010, kuva ubwo bakaba barabaye icyitegererezo cy'urugo ruhamye muri showbiz mpuzamahanga.

    Bagaragaza kenshi ko bakundana, babinyuza mu butumwa bwabo ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu bikorwa bitandukanye by'ubugiraneza.

    Uretse kuba bombi ari abahanzi bakomeye ku rwego mpuzamahanga, banakora ibikorwa by'urukundo bifasha abatishoboye, ndetse barera abana babo mu rukundo n'indangagaciro zubaka umuryango.

    Ubutumwa bwa Swizz Beatz ni isomo rikomeye ku bashakanye n'abateganya kurushinga, aho yerekana ko urugo ruhamye rushingira ku bucuti, kuganira no kubahana aho kwitana ba mwana cyangwa gutongana.

    Swizz Beatz yavuze ko kuba we na Alicia Keys barabashije kuramba muri urwo rugo imyaka isaga 15 nta ntonganya, bishingiye ku gushaka gukomeza kuba inshuti mbere yo kuba abagabo n'abagore.

    Source : https://kasukumedia.com/swizz-beatz-yahishuye-ibanga-ryurugo-rwe-numugore-we-alicia-keys-mu-myaka-15-bamaranye/