Kanye West na Bianca Censori Bagaragaye Bari Kuri Dinner muri Espagne, Bisa nk'aho Basubiranye
Kanye West na Bianca Censori basa n'abongeye kugerageza gukomeza urukundo rwabo⦠kuko bari kumwe mu rugendo ndetse bagaragaye bafatanye ifunguro rya nimugoroba muri Espagne.
Reba iyi video igaragaza Kanye na Bianca bari gusangira kuri uyu wa Gatanu muri resitora y'Abahinde iherereye mu birwa bya Balearic⦠byibura ku buryo bigaragara, bisa nk'aho bongeye kwiyunga nyuma y'igihe gito batandukanye.
Kanye na Bianca si nk'abagerageza kwihisha cyangwa guhisha abantu ibyo bari gukora⦠basa n'abishimye kandi banezerewe bari kumwe.
Ibi ni ibintu bihabanye cyane n'ibyari bimaze iminsi bibaho⦠kuko twari twabonye Kanye ari mu rugendo wenyine mu Buyapani mu ntangiriro z'uku kwezi nyuma y'indirimbo yaririmbye avuga ko Bianca yamutaye.
Imirongo ye y'indirimbo yagaragazaga ko umugore we yamuretse kubera ibitekerezo byandikaga ku mbuga nkoranyambaga aho yagaragazaga gushyigikira abanzi b'abantu n'umuyobozi wabo, Adolf Hitler⦠kandi byagaragaraga ko Kanye yashakaga cyane ko asubirana n'umugore we.
Ibyinshi mu bikoresho by'imbaho bikoreshwa mu nzu, ibiro n'amahoteli agezweho byatumizwaga mu Bushinwa, Dubai, u Buhinde, Danmark n'ahandi bigatuma igihugu gikenera amadolari menshi.
Ni mu gihe imibare igaragaza ko buri mwaka u Rwanda rutumiza mu mahanga ibikoresho bikoze mu mbaho bifite agaciro ka miliyoni 300 z'amadolari, ibituma u Rwanda rukenera amadolari menshi bigatera ifaranga ry'u Rwanda kugira intege nke imbere y'idolari.
Umuyobozi w'Uruganda MT Woodtec Solutions, Ndoreyaho Théophile, yavuze ko ruzaba rutandukanye n'agakiriro kubera ko ruzaba rufitemo ikoranabuhanga riri ku rundi rwego, rukagiramo n'imashini zigezweho zihutisha akazi.
Ni uruganda ruri kubakwa n'umushoramari Ndoreyaho uri mu ba mbere bazobereye ibijyanye n'imbaho mu Rwanda akaba arufatanyije n'undi mushoramari w'Umudage.
Ati 'Tuzaba dukora ibikoresho byo mu mbaho birimo 'sale à manger', ibitanda, ameza yo mu biro, intebe, utubati. Abanyarwanda babikeneraga, abenshi babiguraga hanze ariko kubera ko ubushobozi twari dufite tuzaba twabukubye kane bizagabanya ibikoresho by'imbaho u Rwanda rwatumizaga hanze'.
Ni uruganda biteganyijwe ruzaha akazi abakozi 25 bahoraho na ba nyakabyizi bazaba bafite umubare uhindagurika bijyanye n'ubwinshi n'igabanuka ry'akazi.
Ndoreyaho avuga ko uru ruganda ruzaba rufite ikoranabuhanga ritari ahandi hantu na hamwe mu Rwanda ku buryo bizafasha mu bijyanye no guhindura ibijyanye n'iterambere ry'urubaho mu gihugu hose.
Mu byo uru ruganda rwitezeho harimo gufasha abana gufunguka mu mutwe bakabona ko ibintu bishoboka. Abantu bamenyereye ko inganda zubakwa n'abanyamahanga ariko mu gihe bazabona uruganda ruhari, kandi bakabona ni urw'umuntu bazi bizabafasha gufunguka mu mutwe babone ko ari ibintu bishoboka.
Abahabonye akazi bari kwiteza imbere
Uru ruganda rwatangiye kubakwa rukoresha abakozi barenga 100, ariko uko akazi kagenda kagabanuka, ubu rusigaranye abakozi 85.
Ishimwe David uvuga ko yahoze ari ibandi ku muhanda, atega abantu akabambura, ni umwe mu bo uru ruganda rwahaye akazi ko gusudira ibyuma.
Munyakazi Aloys, umufundi watangiranye y'imirimo yo kubaka uru ruganda, yavuze ko ari mu itsinda ry'abafundi ryitwa Tuzamurane aho yizigamira ibuhumbi 30 Frw buri byumweru bibiri.
Ati 'Ndateganya ko aka kazi nzakuramo ibihumbi 800 Frw nkongeraho andi nkagura umuririma.'
Uru ruganda rwatangiye kubakwa mu Ukuboza 2024, biteganyijwe ko bitarenze ukwezi kwa Kamena 2025 ruzaba rwatangiye gushyira ibikoresho ku isoko.
Imirimo yo kurwubaka igeze kuri 65%, aho imaze gutwara agera kuri miliyoni 400 Frw mu gihe biteganyijwe ko ruzuzura rutwaye arenga miliyari 1 Frw.
Mu Karere ka Karongi hari kubakwa uruganda rukora ibikoresho byo mu mbaho rwitezweho kugabanya ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga
Imirimo yo kubaka uru ruganda igeze kuri 65%
Biteganyijwe ko uruganda ruzuzura rutwaye arenga miliyari 1 Frw
Umuyobozi w’Uruganda, MT WOODTEC Solutions Ltd, Ndoreyaho Théophile, yavuze ko ruzaba ari urwa mbere mu ikoranabuhanga ry’ububaji mu Rwanda
Ibi babitangaje ku wa 17 Mata 2025, ubwo bibukaga abazize Jenoside muri uyu murenge, cyane cyane abajugunywe muri iki cyuzi.
Hashize igihe ubuyobozi bw'Akarere ka Kayonza bufatanyije na Minisiteri zitandukanye mu gukamya icyuzi cya Ruramira kugira ngo imibiri y'Abatutsi bajugunywemo ikurwemo.
Imashini zageze aho zisaya, hafatwa umwanzuro wo kuhubaka ikimenyetso cy'amateka, ibikorwa byo kugihingamo birahagarikwa. Hari hamaze gukurwamo imibiri 267.
Kabagema Jean Paul warokokeye ku cyuzi cya Ruramira ariko unafite abo mu muryango we bishwe, yavuze ko bibabaje kuba hari abahinga muri iki gishanga babona imibiri ntibayerekane, asaba Leta ko bakumirwa.
Ati ''Turifuza ko abahinzi batasubiramo, guhingamo biteye agahinda ahantu habereye ubwicanyi nka buriya. Ubu hari n'imibiri y'abacu ikihaboneka, abahahinga ntibayitwereke. Nkanjye mfite babyara banjye bahaguye tutari twabona ariko usanga hari n'abandi baturage benshi bafite ababo hariya.''
Musoni Emmanuel yavuze ko kuri iki cyuzi haroshywemo Abatutsi benshi kuva ku itariki ya 8 kugeza ku ya 16 Mata 1994. Yavuze ko mu nkengero z'iki cyuzi naho hiciwe Abatutsi benshi kandi ko imibiri ya benshi itaraboneka.
Ati ''Kiriya gishanga rero iyo bagihingamo hari ubwo babona umubiri w'abacu ntibawugaragaze. Iyo umuntu atawugaragaje usanga bitubangamira kuko nkanjye Data ni ho ari kandi sindabona umubiri we ngo tuwushyingure mu cyubahiro. Icyifuzo cyacu rero ni uko abahahinga n'abaharagira inka bose baba babujijwe.''
Perezida wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Ndindabahizi Didace, yashimiye Leta kuba yarashyize ikimenyetso cy'amateka ku cyuzi cya Ruramira, avuga ko bidakwiye ko hari abakomeza guhinga muri iki gishanga.
Ati ''Hariya twari twarumvikanye ko kiriya gishanga kitazagira ikindi kintu gikoreshwa, turabishima.”
Umuyobozi w'Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yavuze ko mu 1992 ku musozi wa Ruramira hakorerwaga imyitozo y'Interahamwe zari zakuwe muri Rukira, Ruyonza n'ahandi, asobanura ko Jenoside yagiye kuba abaturage benshi baratotejwe mu buryo bugaragara.
Yavuze ko Abatutsi benshi bagiye bahungira ahandi, bakagarurwa kuri uyu musozi, ari naho biciwe tariki ya 16 na 17 Mata, abenshi bajugunywa mu cyuzi cya Ruramira.
Meya Nyemazi yavuze ko iki gishanga kidakoreshwa, bitewe n'uko hubatswe ikimenyetso cy'amateka nk'ahantu hiciwe Abatutsi benshi.
'Ibyo bavuga ni ibinyoma bisekeje': Senateri Theresa Hatathlie yahakanye uruhare rwe mu itegeko rigenga amacumbi y'abashaka gukira ibiyobyabwenge
Senateri Theresa Hatathlie wo muri leta ya Arizona, ukomoka mu gace ka Tuba City, yikomye bagenzi be mu Nteko Ishinga Amategeko, abashinja kumuvuga nabi no kumushyira mu itegeko atigeze agizemo uruhare, rigamije gucunga neza ibikorwa by'amacumbi afasha abantu bifuza kuva mu biyobyabwenge.
Ibi yabivuze ku wa 16 Mata, ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko ya Arizona, mu gihe cy'ibiganiro ku itegeko SB1308. Iri ni itegeko ryari rishyigikiwe cyane na Depite Matt Gress na Senateri Frank Carroll, rikaba rigamije kurushaho gucunga no kugenzura ibyo bigo bivura abantu bafite ibibazo by'ubumuga bwo mu mutwe cyangwa ubusinzi.
Senateri Hatathlie yagaragaje ko yatunguwe n'uko izina rye ryavuzwe nk'iry'umwe mu bateguye iri tegeko. Mu ijwi ryuzuyemo uburakari, yagize ati: 'Ni ibinyoma byambaye ubusa. Iyo ibi biba ari ukuri, bari kuba baratumiwe imbere y'inteko bakabazwa ibyo batangaje. Ibyo bavuga byose ni agasuzuguro gakabije.'
Uyu munsi ukurikiyeho, ku wa 15 Mata, iri tegeko ryemejwe n'abadepite 42 kuri 10, nubwo bamwe barimo Myron Tsosie na Mae Peshlakai batari bahari. Itegeko ryavugaga ko Minisiteri y'Ubuzima izajya igenzura ibi bigo, ikareba niba hatabamo ibiyobyabwenge cyangwa ibisindisha, ndetse inafite ububasha bwo kubihagarika igihe binyuranyije n'amategeko.
Impamvu iri tegeko ryatowe n'Inteko nubwo Hatathlie atarishyigikiye
Iri tegeko rishingiye ku mpungenge zatangiye kugaragazwa guhera mu 2019, ubwo hasozwaga iperereza ku bibazo by'abantu bo mu moko y'Abasangwabutaka baburirwa irengero cyangwa bicwa. Hagati aho, Hatathlie yari yaranatanze ibaruwa y'akababaro ashimira umwuzukuru we wapfuye ari mu kigo nk'icyo, avuga ko ibyo bigo bikomeje guteza igihombo gikabije Leta, kirenga miliyari $2 kubera uburiganya bukorerwa muri gahunda ya Medicaid.
SB1308 kandi iteganya ko abazajya bakorera muri ibyo bigo bose bazajya bafotorwa intoki, ndetse ihazabu ku bigo bisuzugura amategeko ikazamuka iva kuri $500 ikagera kuri $1,000.
Ukutumvikana hagati ya Hatathlie na Gress
Hatathlie yavuze ko mu mwaka ushize, Gress â” wahoze ari umujyanama wa Andy Tobin, wahoze ari Komiseri wa Arizona Corporation Commission (ACC) â” ari we wahagaritse itegeko yari yateguye kuko yanze ko habamo ibivuga ku bubasha bwa ACC. Hatathlie yashakaga ko ACC igira ijambo rikomeye mu guha ibi bigo uburenganzira bwo gukora.
Imiryango itandukanye yashyigikiye SB1308 nubwo Hatathlie atari muri bo
Nubwo hari abadepite bo mu ishyaka rya Democratic bari bafite impungenge kuba Hatathlie atarafatanyije na Carroll mu itegurwa ry'iryo tegeko, nk'uko byatangajwe na Depite Mariana Sandoval na Quantá Crews, barivuguruje barishyigikira nyuma yo kubona ko ryashimangiwe n'imiryango myinshi y'Abasangwabutaka ndetse n'ishyirahamwe ry'imijyi n'uturere.
Ku wa 17 Mata, Umuyobozi w'Umujyi wa Chandler akaba na Perezida w'iri shyirahamwe, Kevin Hartke, yasohoye itangazo asaba Guverineri Katie Hobbs ko yasinyira iryo tegeko agira ati: 'Ni ngombwa cyane ko iri tegeko risinywa, kuko hari abatekamutwe bakomeje kwihisha inyuma y'amazina y'ibigo bivura, bagakoresha abantu bafite intege nke, bakabashyira mu kaga. SB1308 izaha Leta ubushobozi bwo kubahashya.'
Ese iryo tegeko rizasinwa koko?
Guverineri Hobbs yatangaje ko agiye guhagarika gushyira umukono ku mategeko mashya mu gihe hataraboneka ubwumvikane ku bijyanye no gutanga inkunga yihutirwa mu Kigo gishinzwe abafite ubumuga bwo mu mutwe (Division of Developmental Disabilities). Ariko, yavuze ko iryo hagarikwa ritareba amategeko azamugeraho mbere y'iyo tariki, bityo bikaba bishoboka ko SB1308 rizasinywa.
Abanyeshuri bashya bakiriwe ku wa 17 Mata 2025, baziga muri gahunda y'amanywa.
Umuyobozi Mukuru Wungirije Ushinzwe Amasomo muri ILPD, Dr. Sezirahiga Yves, yababwiye ko bagiye kwiga ubunyamwuga mu mategeko, kuko mbere bigaga amategeko mu buryo bw'amagambo.
Ati ''Ubu mugiye gushyira mu bikorwa ya magambo, kuko hano dutanga impamyabushobozi mbonezamwuga mu mategeko. Mugomba kuva hano mufite ubumyenyi buhagije mu bijyanye n'amategeko ariko mu mirimo mukora mukajya mutanga ubutabera burimo ubumuntu. Aho mwize babigishije ko muri imbata z'amategeko, ariko ibyo ntibikwiye kubabuza gutanga ubutabera burimo ubumuntu.''
Yifashishije urugero rw'urubanza, yagaragaje ko umuntu akwiye gutanga gihano ku mubyeyi ariko bakazirikana ko aba asize abana mu rugo.
Ati ''Ibihano bisubitse bitari ibyo kujya muri gereza amategeko arabyemera. Turashaka kurema abanyamwuga bava mu bihano bifunga mu gihe atari ngombwa tugakoresha n'ibindi bihano bidakoreshwa ariko biri mu mategeko yacu.''
Yongeyeho ko ubu amagororero yo mu Rwanda afite ubucucike kandi ibyo bituruka ku byemezo biba byafashwe n'abanyamategeko, kuva ku bagenzacyaha, abashinjacyaha n'abacamanza.
Kayiranga Anicet yabwiye IGIHE ko yarangije muri Kaminuza y'u Rwanda mu 2018 mu masomo ya politike, ahita abona akazi muri 'Cabinet d'Avocat', ibyatumye akunda amategeko ndetse anasubira kuyiga muri UNILAK. Nyuma yaho yahise ashinga umuryango wita ku bana n'urubyiruko.
Ati 'Niteze gukura ubunyamwuga hano muri ILPD, buzampa gukora akazi neza ngahangana ku isoko mpuzamahanga ndetse no mu gihugu cyanjye. Iyi Kaminuza nabonye ari nziza cyane, ifite abayobozi beza batwakiranye urugwiro, banadusobanurira amavu n'amavuko yayo, icyo igamije ndetse natwe batubwira icyo badukeneyeho.''
Abatangiye aya masomo, ni abaziga ku manywa kandi amasaha yose (Day Program), bakaziga mu gihe cy'amezi atandatu.
Umwuzukuru wa Dr. Oz yikubise hasi muri Oval Office ubwo Perezida Trump yavugaga ijambo
Umwuzukuru wa Dr. Oz yikubise hasi muri Oval Office⦠Mpora niteguye gufasha!!!
Akazi ka Dr. Oz ntikigira ikiruhuko⦠kuko umwe mu bazukuru be yikubise hasi ubwo habaga umuhango wo kurahira kuri we mu Ngoro y'Umukuru w'Igihugu ┠bituma ahita yitabazwa!!!
Ugomba kureba ayo mashusho⦠Perezida Donald Trump yari mu kiganiro n'abanyamakuru ku bijyanye n'igihugu cya Iran muri Oval Office, ari kumwe na Dr. Oz na Robert F. Kennedy Jr. bari inyuma ye, ubwo ako kanya habayeho urusaku mu cyumba byose bihagarara.
Wumvana umukobwa wa Dr. Oz witwa Daphne asakuza ati: 'Phil yikubise hasi, Phil yikubise hasi, Papa, genda'⦠maze ahita yihutira kugana umwuzukuru we, Philomena Bijou.
Amahirwe ni uko Phil yahise yongera guhagarara nta gihe kinini bitwaye⦠maze asohokana na nyina mu cyumba, mu gihe Dr. Oz yasigaye hamwe na Perezida Trump.
Dr. Oz yari akimara kurahizwa nka Muyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Ubwishingizi mu kwivuza ku baturage (Centers for Medicare and Medicaid Services), arahizwa na Robert F. Kennedy Jr., Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubuzima.
Dr. Oz
Uwo mugabo ahora ahari igihe gikwiye⦠muri Kamena 2024, yafashije umuntu wari uri mu ndege wari ufite ikibazo gikomeye cy'ubuzima⦠naho muri Werurwe 2021, yagaragaje ubutwari bukomeye ku kibuga cy'indege cya Newark, akoresheje imashini izura abarwaye umutima (defibrillator) ku mugabo wari umaze kugwa hasi.
Perezida yanze no kwiyemeza gukomeza gushyigikira ingabo za Ukraine mu gihe ibintu byakomeza kugorana â”
Perezida Donald Trump yatangaje ku wa Gatanu ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora kwivanaho burundu mu biganiro bigamije kurangiza intambara hagati ya Russia na Ukraine, ashimangira ibyo Umunyamabanga wa Leta Marco Rubio aherutse gutangaza.
Mu kiganiro n'abanyamakuru cyabereye mu biro bye bya White House, Trump yagarutse ku bushake bwe bwo kubona intambara yo muri Ukraine irangiye vuba na bwangu, gahunda ubutegetsi bwe bumaze igihe bushyize imbere kuva yajya ku butegetsi. Ariko ibyo biganiro ku guhagarika imirwano hagati y'izo mpande byamaze kugwa mu mazi nk'uko Russia yongeye kuzamura ibikorwa byayo bya gisirikare muri iyo ntambara ari na yo yayitangiye.
Trump yunze mu ry'umufatanyabikorwa we, Marco Rubio, avuga ko afite ukuri mu kuvuga ko igihe impande zombi zakomeza kudashyira hamwe ngo habeho uburyo bwo guhagarika intambara, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizabihagararaho ntizikomeze kuba hagati mu gushaka amahoro â” atavuze niba ari Russia cyangwa Ukraine ibibangamiye.
Abahagarariye ubutegetsi bwa Trump baherutse guhura na Perezida wa Russia, Vladimir Putin, baganira kuri iyo ngingo.
Trump ariko yakomeje agaragaza icyizere ku wa Gatanu, yongeraho ati: 'Ntekereza ko dufite amahirwe meza yo gukemura iki kibazo.'
Yirinze kwiyemeza ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika izakomeza gutera inkunga igisirikare cya Ukraine mu gihe ibiganiro by'amahoro byaba bihagaze. 'Simbishaka kuvuga ubu,' Trump yavuze, 'kuko ntekereza ko tuzabigeraho.'
Rubio wavuganye n'abanyamakuru nyuma yo guhura n'abafatanyabikorwa ba Amerika i Paris yavuze ko ubutegetsi bwa Trump buri hafi gufata umwanzuro niba koko impande zombi zishaka kugera ku masezerano.
'Ndavuga ko biri mu minsi mike cyane, niba koko ibi bishoboka mu byumweru biri imbere,' Rubio yavuze. 'Niba bishoboka, turimo. Niba bidashoboka, dufite ibindi byihutirwa twakwitaho.'
Rubio, ari kumwe n'abahagarariye Amerika Steve Witkoff na Keith Kellogg, bahuye n'abayobozi b'i Burayi barimo na Perezida w'u Bufaransa Emmanuel Macron kugira ngo baganire ku bisobanuro birambuye by'umushinga wo guhagarika imirwano by'agateganyo.
Rubio yanavuganye n'Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Mark Rutte, kuri uwo mushinga, amubwira ko we na Trump bizeye ko uwo mushinga uzatera imbere, nk'uko ibiro bya Leta ya Amerika byabitangaje nyuma y'iryo teraniro.
'Umunyamabanga yashimangiye ko nubwo igihugu cyacu cyiyemeje gufasha kurangiza iyi ntambara, igihe inzira igaragara y'amahoro itabonetse vuba, Leta Zunze Ubumwe za Amerika izasubira inyuma mu bikorwa byo kuyobya ibiganiro,' nk'uko byatangajwe n'umuvugizi wa Departema ya Leta, Tammy Bruce.
Ibihugu byinshi byo mu Burayi byakomeje kugaragaza ubushake bwo gushyigikira Ukraine mu gihe ikomeje guterwa n'agasuzuguro ka Russia.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zisanzwe zishyigikiye Ukraine kugeza ubwo Trump yinjiriye ku butegetsi mu ntangiriro z'uyu mwaka, kuva icyo gihe akaba yaranenze Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelenskyy kenshi rimwe amwita 'umutegetsi w'igitugu wiyitirira amatora,' ndetse amucyurira mu buryo bukomeye ubwo yari muri Oval Office.
Rubio yongeyeho ko ubutegetsi bwa Amerika bwiteguye gukomeza gushaka igisubizo igihe cyose impande zombi zicaye hamwe ku meza y'ibiganiro. Visi Perezida JD Vance na we yavuze ko yizeye ko iyi ntambara izarangira, ubwo yavuganaga n'abanyamakuru ari i Roma ku wa Gatanu.
'Nta n'umwe uri gukina n'undi,' Trump yavuze. 'Tugiye kureba niba dushobora kubigeraho. Dufite amahirwe menshi yo kugera ku mwanzuro, kandi ibintu biri ku rugero rwiza cyane ubu.'
Urupfu rw'uyu mugore n'umugabo rwamenyekanye mu masaha y'igicamunsi cyo ku wa 17 Mata 2025. Bombi bari batuye mu Mumurenge wa Gataraga, Akagali ka Rubindi, mu Mudugudu wa Gacondo.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyaruguru, SP. Jean Bosco Mwiseneza yabwiye IGIHE ko bikekwa ko umugore ari we wishe umugabo amutemye hanyuma na we akiyahura.
Ati 'Bikekwa ko yishwe n'umugore we [â¦], biracyakekwa ko uyu mugore yishe umugabo we mu ijoro ryo kuwa 16 Mata 2025 amutememye, nyuma na we yimanika mu mugogozi mu cyumba abana bararamo.'
SP. Jean Bosco Mwiseneza yavuze ko umwana wabo w'imyaka umunani ari we watanze amakuru y'urupfu rw'ababyeyi be.
Magingo aya hatangiye iperereza ku cyateye uyu mugore kwica umugabo we na we akiyahura.
Ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gatwaro hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 117 y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, hongera gusabwa umusanzu mu kugaragaza ahari imibiri igitabye mu myobo.
Ni igikorwa cyahuriranye no kwibuka ku nshuro ya 31 Abatutsi biciwe muri Sitade ya Gatwaro, kuri Home Saint Jean, I Nyamishaba no kuri Paruwasi Gatolika ya Saint Pierre Kibuye.
Mu gihe cya Jenoside uwari Perefe wa Kibuye, Kayishema Clement yasabye Abatutsi kwerekeza muri Sitade ya Gatwaro ababeshya ko ari uburyo bwo kubarindira umutekano nyamara aganije kubakusanyiriza hamwe ngo byorohe kubica.
Ibi byatumye Umujyi wa Kibuye wicirwamo Abatutsi benshi barimo n'abari bavuye mu karere ka Rutsiro.
Ubuhamya bw'abarokotse ibitero bagabweho n'Interahamwe ubwo bari muri Sitade ya Gatwaro bugaragaza ko hari imibiri y'abiciwe muri aka gace itaraboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro bikanashimangirwa n'uko hari imibiri iherutse kuboneka hakorwa umuhanda Karongi-Kiziba, no nkengero z'ikiyaga cya Kivu.
Muhayimana Aloys Bosco washyinguye abantu babiri bo mu muryango we yavuze ko mu mibiri 117 yabonetse 18 gusa ari yo yabashije kumenyekana.
Abandi 99 bataramenyekana bivuze ko abo mu miryango yabo batamenye ko yabonetse cyangwa imiryango yabo yarazimye kubera ko Karongi ari yo ifite imiryango myinshi yazimye.
Ati 'Imyaka 31 irashize abantu bahinga hejuru y'imibiri y'abacu. Na byo ni ingengabitekerezo ya Jenoside. Bazagumya guceceka ni byo, ariko imisozi izavuga. Imibiri yabonetse bari gukora imihanda hari n'iyabonetse kubera igiti cyakundutse. Abantu bari hano batahigwaga nimudufashe mutuvure, muturangire aho imibiri y'abacu iri tuyishyingure mu cyubahiro.'
Perezida wa Ibuka mu Karere ka Karongi, Ngarambe Vedaste yavuze ko mu mibiri yashyinguwe harimo iyabonetse kubera ibiza n'imyuzure.