Ni amasezerano yasinyiwe i Doha muri Qatar, ku wa 17 Kanama 2025, ashyirwaho umukono n'umuyobozi Mukuru wa LABOPHAR, Gatete Pascal ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru ku ruhande rwa Philex, Waseem Hamad.
Ni amasezarano u Rwanda rufata nk'intambwe ikomeye mu kuzamura serivisi z'ubuzima ndetse n'ubufatanye muri uru rwego hagati y'u Rwanda na Qatar nyuma y'uko basanzwe bafatanya muri byinshi birimo ibikorwaremezo, ubwikorezi n'ibindi.
Ibi bibaye mu gihe LABOPHAR yari yatangiye ibikorwa byo kwagura no kunagura imikorere yayo, imirimo yashowemo asaga miliyari 27 Frw.
Umuyobozi wa LABOPHAR, Gatete Pascal aherutse kubwira IGIHE ko mu mikorere mishya yabo, bazaziba icyuho mu miti imwe n'imwe yatumizwaga mu mahanga, bagahaza isoko ry'u Rwanda na Afurika.
Yavuze ko mu miti bazakora harimo iy'amazi izwi nka 'syrops' ikunze guhabwa abana, imiti y'uruhu, ibinini n'indi.
Mu gusubukura imikorere, ku ikubitiro bahereye ku miti ya cancer yihutirwaga cyane, aho kuva muri Nyakanga 2025, uru ruganda rwatangiye gukora imiti ifasha mu kugabanya ububabare bwa cancer izwi na 'morphine', mu gihe gahunda yo gukora imiti mu buryo bwagutse, yo izatangira mu Ukuboza 2025, bikazanakomeza hongerwamo indi mu 2026.
LABOPHAR, ni Uruganda Nyarwanda rwubatswe mu 1983, mu Mujyi wa Huye, mu marembo ya Kaminuza y'u Rwanda, Ishami rya Huye ndetse rukaba ruhana imbibi na NIRDA.
Uru ruganda rwakunze kugira ibizazane mu mikorere ndetse ruza guhagarara, ariko Leta irwegurira abikorera mu 2024.
Rwongeye kubura ibikorwa byarwo mu 2025, aho rwitezweho guteza imbere urwego rw'imiti imbere mu gihugu no mu karere u Rwanda ruherereyemo.



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/labophar-yinjiye-mu-mikoranire-na-philex-yo-muri-qatar

Ni nyuma yo gutsinda
Muri uyu mukino, agace ka mbere karangiye Kepler iyoboye ku manota 16â”15, ariko mu gace ka kabiri APR yarushikwe bigaragara kuko yakozemo amanota atatu gusa, bituma Kepler ijya kuruhuka iyoboye ku manota 29â”18.
Mu gace ka gatatu, Kepler yongereye ikinyuranyo ku manota 16â”13, hanyuma mu gace ka nyuma itsinda 27â”16, isoza umukino mu buryo butayigoye cyane ku manota 72â”47.
Ku ruhande rwa Kepler, abakinnyi batanu batangiranye umukino bose bageze mu manota menshi ni,
Ku mukino wa nyuma ikipe ya Kepler WBBC izahura na
Biteganyijwe ko umukino wa nyuma uzakinwa mu mikino irindwi (













