Blog

  • Bite bya Emery Bayisenge wa Rayon Sports wavuye mu kibuga acumbagira? #rwanda #RwOT

    Nyuma yo kuva mu kibuga acumbagira kubera imvune, Emery Bayisenge byibuze afite icyumweru hanze y’ikibuga adakina.

    Emery Bayisenge yaraye avunikiye mu mukino wa gicuti na Vipers FC bayitsinzemo 4-1 kuri Kigali Pele Stadium.

    Ubwo haburaga iminota mike ngo igice cya mbere kirangire, Emery Bayisenge yicaye hasi biba ngombwa ko abaganga bajya kumwitaho ndetse byanarangiye asimbuwe atagarutse mu kibuga.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko yagize ikibazo ku nyama zo mu itako bizwi nka ‘Hamstring’ akaba agomba kumara hanze y’ikibuga byibuze icyumweru ataratangira imyitozo.

    Ku ruhande rwa Emery Bayisenge we avuga ko atari ikibazo gikomeye yagize mu minsi ya vuba azaba yagarutse mu kibuga.

    Emery Bayisenge ntabwo azagaruka mu kibuga mbere y’icyumweru

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11758

  • Nyabihu: Bamwe mu baturage babuze iyo bakinga umusaya, barasaba ubufasha bwo gusanirwa inzu zabaguyeho #rwanda #RwOT

    Mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu, hari abaturage bavuye muri Tanzaniya n'abandi bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo batuzwa mu Mudugudu wa Bikingi. Aba baturage baratabaza basaba ubufasha bwo gusanirwa inzu zabo, kuko zimwe muzo bubakiwe zagize ikibazo zikabagwaho, bityo bamwe bakaba bamaze imyaka irindwi yose badafite aho kuba.

    Abaganiriye na Kasuku Media bavuga ko barisanzwe ari Abanyarwanda bagarutse mu gihugu cyabo nyuma y'imyaka bamaze mu buhungiro, bakakirwa neza ariko ikibazo cy'amacumbi cyabaye ingorabahizi.

    Hari abavuga ko bari baragiye gukodesha ahandi, abandi bakaba basigaye babana n'abaturanyi, ibintu bavuga ko bibashyira mu buzima bugoye cyane.

    Umwe mu baturage yagize ati: 'Iyo wibutse ko wasubiye mu gihugu cyawe wizeye amahoro, ukabona nta nzu ifite umutekano, birababaza cyane. Twifuza ko ubuyobozi bwadutekerezaho tukubakirwa cyangwa se tugahabwa inkunga yo kwisubiza mu buzima busanzwe.'

    Ubuyobozi bw'Akarere ka Nyabihu bwo buvuga ko iki kibazo kizwi, kandi hari gahunda zo kugishakira umuti binyuze mu bufatanye n'inzego zitandukanye, harimo n'abafatanyabikorwa.

    Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y'abaturage mu Karere ka Nyabihu yavuze ko hari imishinga igamije kubafasha kubona amacumbi arambye, ariko bisaba igihe doreko bigombera igenwa ry'imari ya Leta.

    Aba baturage bo basaba ko igisubizo cyaboneka vuba, kuko imyaka irindwi bamaze ababayeho muri ubwo buzima batagira aho bakinga umusaya bibabangamiye cyane, kandi ari ikibazo gishobora no guteza ibindi bibazo bijyanye n'ubuzima.

    Nyabihu: Abaturage barasaba ubufasha bwo gusanirwa inzu zabaguyeho
    Mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu, hari abaturage bavuye muri Tanzaniya n'abandi bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo batuzwa mu Mudugudu wa Bikingi

    Source : https://kasukumedia.com/nyabihu-bamwe-mu-baturage-babuze-iyo-bakinga-umusaya-barasaba-ubufasha-bwo-gusanirwa-inzu-zabaguyeho/

  • Nyamasheke: Abakobwa bavuga ko kugira ngo umukobwa yubake urugo bimusaba guha umusore ikimasa #rwanda #RwOT

    Abakobwa bo mu Karere ka Nyamasheke, by'umwihariko mu Murenge wa Gitambi, batangaza ko kugira ngo umukobwa abashe kubaka urugo bisigaye bimusaba guha umusore ikimasa cyangwa akakigurisha akamuha amafaranga. Ibi byabaye nk'umuco mushya wihariye muri ako gace, aho usanga urukundo rutagendera ku buryo bwo kumvikana gusa hagati y'abakundana, ahubwo rukajyanwa no gushaka ubushobozi bw'amatungo cyangwa amafaranga.

    Bamwe mu bakobwa bavuga ko iyi ngeso ibashyira mu kaga kuko hari abasore baba babatwaza ko nibaramuka batabashije gutanga ayo matungo cyangwa amafaranga, nta kindi kizaba kibahuza.

    Umwe mu bakobwa utifuje gutangaza amazina ye yagize icyo atangariza Kasuku Media ati: 'Iyo umusore agusabye ikimasa, bituma uhita wibaza niba ari wowe akunda cyangwa ari inyungu z'amafaranga. Abakobwa benshi babuze amahirwe yo gushinga urugo kubera kudashobora kubyubahiriza.'

    Ababyeyi nabo bagaragaza impungenge ko ibi bishobora guteza imbere ingeso mbi no gusenya umuco Nyarwanda w'inkwano wari ugamije guhuza imiryango no kubaka umubano uhamye.

    Umubyeyi umwe yagize ati: 'Inkwano si igiciro cy'umukobwa, ahubwo ni ikimenyetso cy'icyubahiro. Iyo bihindutse isoko ryo gushaka amafaranga cyangwa amatungo, bigira ingaruka mbi ku rubyiruko.'

    Abasore bo bavuga ko ibi babiterwa n'ubukene cyangwa ubushake bwo kwiteza imbere, bakabona ko niba bagiye kubaka urugo bagomba kugira icyo bunguka mbere y'uko bemera kwibanira n'umukobwa.

    Ariko abasesenguzi bemeza ko ibi bishobora kubangamira umusingi w'urukundo nyarwo, kuko rushyirwa mu rwego rw'ubucuruzi aho kuba isezerano ry'ubuzima.

    Mu gihe inzego z'ibanze ziri kuganira n'abaturage ngo harebwe uko uyu muco mushya wakumirwa, abakobwa bo mu Murenge wa Gitambi bakomeje gusaba ko habaho ubukangurambaga bugamije gusobanura neza agaciro k'inkwano nyakuri, kugira ngo urukundo rukomeze kuba ishingiro ry'umuryango Nyarwanda udafite igitutu cy'amafaranga cyangwa amatungo.

    Abakobwa ba Nyamasheke bahangayikishijwe n'umuco mushya udasanzwe wadutse mu gace kabo wo guha inkwano cyangwa ukamuha amafaranga kugira ngo rwubakwe

    Source : https://kasukumedia.com/nyamasheke-abakobwa-bavuga-ko-kugira-ngo-umukobwa-yubake-urugo-bimusaba-guha-umusore-ikimasa/

  • Ingabire Victoire yihannye Inteko y'abacamanza – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye kuri uyu wa 2 Nzeri 2025, ubwo yari agiye gutangira kuburanishwa hamwe n'abandi bareganwa barimo abahoze ari abarwanashyaka b'Ishyaka rya Dalfa-Umurinzi ritemewe gukorera mu Rwanda n'umunyamakuru wa Umubavu TV, Nsengimana Théoneste.

    Perezida w'Inteko Iburanisha urwo rubanza, yatangiye agaragaza ko Ingabire Victoire Umuhoza yari yandikiye Urukiko asaba ko urubanza rwasubikwa kubera impamvu eshatu.

    Impamvu ya mbere ni ijyanye no kuba agikeneye kunganirwa n'Umunyamategeko w'Umunya-Kenya, Emily Kwamboka Osiemo, usanzwe abarizwa mu Rugaga rw'Abavoka muri Kenya.

    Kuri ubu yunganiwe na Me Gatera Gashabana, ari na we wunganira abandi bantu icyenda baregwa muri dosiye imwe, akaba ashaka ko yagira umwunganizi mu mategeko we wihariye, kandi akaba amufite ukorera umwuga muri Kenya, ndetse ngo yasabye ko yahabwa uburenganzira bwo kumwunganira ariko bikaba bitarakorwa. Ubwo burenganzira bugomba gutangwa n'Urugaga rw'Abavoka mu Rwanda.

    Ikibazo cya Emily Kwamboka cyakunze kugaruka cyane mu rubanza rwa Ingabire Victoire guhera mu gihe yaburanaga ku ifunga n'ifungurwa ry'agateganyo.

    Perezida w'Urugaga rw'Abavoka mu Rwanda, Me Nkundabarashi Moise, yigeze kuvuga ko mu mategeko y'imikorere y'abavoka ku Isi, habamo icyo bita ihame rya magirirane [réciprocité].

    Kugira ngo wemererwe gukorera mu kindi gihugu, ni uko icyo gihugu na cyo kiba cyemera ko abanyamategeko bo mu gihugu ushaka gukoreramo, baba bemerewe gukorera mu gihugu cyawe. Urugero, niba abanyamategeko bo muri Kenya bifuza gukorera mu Rwanda, abo mu Rwanda na bo bagomba kugira uburenganzira bwo gukorera muri Kenya. Magingo aya, ibi ntabwo ari ko bimeze hagati y'ibihugu byombi.

    Kuri iyi nshuro, Ingabire Victoire Umuhoza yari yongeyeho undi mwunganizi, Me Gashema Felicien uri mu baburanye kuri iyi dosiye.

    Impamvu ya kabiri ni ikirego yatanze mu Rukiko rw'Ikirenga, agaragaza ko ingingo yashingiweho n'Urukiko Rukuru rugategeka ko akorwaho iperereza ryimbitse, inyuranye n'Itegeko Nshinga bityo agitegereje ko kiburanwa.

    Impamvu ya gatatu yari yatanze ni uko atabonye umwanya uhagije wo gutegura imyiregurire ye kuko yabonye ikirego cy'Ubushinjacyaha yakibonye 20 Kanama 2025.

    Ubwo Perezida w'Inteko Iburanisha uru rubanza yamubazaga ku kibazo cy'umunyamategeko yifuza, Ingabire Victoire Umuhoza yahise yihana Inteko yose.

    Ingabire Victoire Umuhoza yavuze ko impamvu zo kwihana iyo Nteko ishingiye ku kuba ari yo yafashe icyemezo cy'uko akorwaho iperereza bityo ko kuri we, asanga iyo Nteko yarafashe uruhande.

    Ati “Ntabwo nari niteze ko ari mwe mugiye kuburanisha uru rubanza, kuko ari mwe mwafashe icyemezo cy'uko nkurikiranwa. Numva mwarafashe uruhande, nkaba mbona ntahabwa ubutabera uko bikwiye.'

    Kwihana inteko cyangwa umucamanza biba bisobanuye ko wanze ko bakuburanisha.

    Itegeko riteganya ko kwihana umucamanza bikorwa mu nyandiko igihe cyose urubanza rutaracibwa.

    Uwihannye Umucamanza mu iburanisha agomba kwandikira perezida w'urukiko inyandiko isobanura impamvu z'ubwihane mu gihe kitarenze umunsi umwe (1) ukurikira uwo iburanisha ryabereyemo ubwihane.

    Iyo icyo gihe kirenze ataratanga iyo nyandiko, bifatwa nk'aho nta bwihane bwabaye, urubanza rugasubukurwa.

    Iyo umucamanza yihanwe mu iburanisha, umwanditsi yandika ko habaye ubwihane, inteko iburanisha igasubika urubanza nta mpaka.

    Iyo umucamanza yihanwe iburanisha ryarapfundikiwe, inteko iburanisha ihagarika ica ry'urubanza, igategereza icyemezo kuri ubwo bwihane.

    Iyo ubwihane bwemewe, umucamanza wihanwe ava mu rubanza agasimbuzwa undi, urubanza rukongera guhamagazwa mbere yo kuruca.

    Iyo ubwihane butemewe kandi iburanisha ryapfundikiwe, inteko iburanisha ikomeza ica ry'urubanza, byaba ngombwa ikimura isomwa ryarwo, bitabaye ngombwa kongera guhamagaza ababuranyi.

    Ingabire Victoire yihannye Inteko y'abacamanza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ingabire-victoire-yihannye-inteko-y-abacamanza

  • Abiga Amategeko ku butabera bw'abana muri ILPD basuye Igororero ry'Abana rya Nyagatare – #rwanda #RwOT

    Ni gahunda bitabiriye ku wa 29 Kanama 2025, mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare, ahakorera Igororero ry'Abana rya Nyagatare.

    Bamwe mu bitabiriye iri somo bavuze ko bungukiyemo byinshi by'ingirakamaro mu mategeko, byatumye barushaho gukarishya ubwenge bwabo bujyanye n'ubutabera bw'abana.

    Asiimwe Norah, yabwiye IGIHE ati 'Uru rugendo rwadufashije kongera guhuza ibyo twabwirwaga mu ishuri. Byatumye nibonera intera u Rwanda rugezeho mu kubaka ibikorwaremezo bifasha mu butabera bw'umwana. Twabonye ari igikorwa cyiza, kibumbatiye ubutabera bw'umwana budasiga uburenganzira bwe, nyuma y'uru ruzinduko; nkaba nanashishikariza abandi bose bafita aho bahurira n'umwana, kumuha agaciro igihe cyose.'

    Izi nyungu azisangiye na Niyitegeka Jean Marie Vianney wari witabiriye uru rugendoshuri. Yavuze ko aya ari amahirwe yo kwibonera ibyo bize mu bitabo, akaba yizeye ko bizamufasha mu kazi ke nyuma y'amasomo.

    Yagize ati 'Twiboneye neza uko abana bakoshereje sosiyete bafatwa, mu buryo bubavura aho kubahana bisanzwe. Ibi si ibihano ahubwo ni ukubanagura. Aha rwose baragororwa, bakiga amashuri kuva kuri yayandi abanza kugeza ku yisumbuye, ndetse n'ay'imyuga.''

    Niyitegeka yanejejwe no kubona abana bitabwaho n'abahanga mu buzima bwo mu mutwe, bakabavura banabategura kuzagaruka mu buzima bwo hanze no mu muryango nyuma yo kugororwa, akabona ko uru ari urugero rwiza umuntu wese ugira aho ahurira n'ubutabera bw'umwana akwiye gukurikiza, akumva umwana mu buryo bwose bumufasha kugororoka aho kumuhana yihanukiriye.

    Umwarimu akaba n'Umuyobozi wa porogaramu y'amasomo arebana n'Ubutabera bw'Abana, Bigirimana Consolate, yavuze ko uburyo bwo kwigisha abanyeshuri babikoreye ahari ingero z'ibyo biga, ari gahunda ishyizwe imbere na ILPD, kuko intego yabo ari ugushyira mu ngiro ibyizwe mu ishuri mu bitabo.

    Ati ''Gahunda nk'iyi iba iri mu murongo wo guha imbaraga z'ubumenyi abanyeshuri bacu bagahuza ibyo bize mu ishuri n'ibyo babona mu bikorwa n'aho bibera. Nk'aha bari kureba uko umwana yitabwaho mu burenganzira bwe iyo yamaze kugera mu igororero, haba mu bijyanye n'uburenganzira bwe nk'uregwa mu rukiko cyangwa uwakatiwe igihano, hazirikanwa imibereho ye, uburezi bwe, n'ubuzima bwe muri rusange. Urumva ko ari isomo ryiza ku banyeshuri bacu kugira ngo bacengere neza ibyo biga by'ubutabera bw'umwana.''

    Iyi gahunda yo kwigisha amategeko ku butabera bw'abana yatangiye mu 2023 ikaba imaze kwitabirwa n'abagera kuri 65.

    Aba banyeshuri banagize umwnya wo gusobanurirwa imikorere y’Igororero ry’Abana rya Nyagatare

    Abitabiriye uru rugendoshuri bishimiye kubona ko Leta y’u Rwanda yitaye ku burenganzira bw’umwana

    Aba banyeshuri bafatanye ifoto y’urwibutso n’abakozi bo mu Igororero ry’Abana rya Nyagatare


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abiga-amategeko-ku-butabera-bw-abana-muri-ilpd-basuye-igororero-ry-abana-rya

  • Rwamagana: Izuba ryumishaga imyaka barikoresha mu bikorwa byo kuyuhira – #rwanda #RwOT

    SAIP ni umushinga ugamije kongera umusaruro w'ubuhinzi, kuwushakira amasoko no kwihaza mu biribwa. Ugenzurwa n'ishami rishinzwe gukurikirana imishinga mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n'Ubworozi (RAB-SPIU).

    Uyu mushinga uterwa inkunga n'ikigega mpuzamahanga cyita ku biribwa no kunoza imirire (Global Agriculture and Food Security Program).

    Ntawiha Valens ushinzwe ubuhinzi muri sosiyete ikora ubuhinzi n'ubworozi yitwa Ferme Umuyenzi ikorera mu Murenge wa Munyiginya, yavuze ko amaze igihe akorera iki kigo ariko umusaruro ufatika batangiye kuwubona nyuma y'uko batangiye gukorana na SAIP ku bigendanye no kuhira ibihingwa hakoreshejwe uburyo bw'imirasire y'izuba.

    Ati 'Twatangiye gukorana na SAIP mu 2023 ariko tutaratangira gukorana nta kintu twasaruraga mu mpeshyi kuko ntabwo twabashaga guhinga kubera nta mvura ariko nyuma yaho dusigaye tubasha guhinga mu mpeshyi ndetse umusaruro umaze kwiyongera ku buryo bugaragara.'

    Yakomeje avuga ko bigeze kugerageza guhinga imiteja badafite uburyo bwo kuhira bikaza kubaviramo igihombo gikomeye, gusa ubu umusaruro usigaye wariyongereye kubera kubasha kuyuhira.

    Ati 'Ubu turi gusarura ku nshuro ya kane, dusigaje kunyuramo inshuro ebyiri kandi tumaze kugera kuri toni zirindwi z'imiteja tumaze gusarura kandi mbere nta kintu twakuragamo uretse igihombo.'

    Muri rusange SAIP I na SAIP II imaze gufasha Ferme Umuyenzi kuhira ubuso bungana na hegitari 20.

    Ubusanzwe kuhira bikorwa mu buryo butatu, burimo kuhira mu gishanga, kuhira imusozi, amazi avanwa muri 'dam' akajyanwa imusozi anyuze mu miyoboro yabugenewe, hamwe no gukoresha imashini ikogota amazi iyavana mu mugezi cyangwa ikiyaga ikayageza ahari ibihingwa byuhirwa.

    Umuyobozi w'Umushinga SAIP II, Mutabaruka Ezra, yagaragaje ko abahinzi bahawe uburyo bwo kuhira ku buso buto bakwiriye kububyaza umusaruro kubera ko nta mbogamizi baba bafite zijyanye n'uko hashobora kuza impeshyi bagaharika ibikorwa byo guhinga bategereje imvura yo muri Nzeri.

    Yakomeje avuga ko iyo umuntu afite amazi ntahinge ibihembwe bitatu icyo aba ari ikibazo.

    Ati 'Icyo nasaba abahinzi bacu ni uko abahawe amazi ndetse n'abigishwa ibitandakunye birimo gufata neza umusaruro no guhinga mu buryo bwa kijyambere babikomeza kuko byaba biteye agahinda umuntu abaye afite amazi ntahinge ibihembwe bitatu.'

    Umushinga SAIP I watangiye mu 2018 urangira mu 2024 ukaba wari ufite intego yo kuhira ku buso buto bungana na hegitari 1,200 ariko wasojwe hegitari 1,367 arizo zimaze kuhirwa cyangwa kugezwamo ibikorwa byo kuhira.

    Kugeza ubu SAIP II nayo yatangiranye intego yo kuhira ku buso buto bugera kuri hegitari 1000, gusa ubu hamaze gukorwa hegitari 1,078.5, abafatanyabkorwa b'abahinzi barenga 3360 barimo abagabo 1916 n'abagore 1453 nibo bamaze gufashwa kubona uburyo bwo kuhira ku buso buto mu gihugu hose babifashijwemo n'uyu mushinga.

    Bahawe ibikoresho bibafasha gufata imirasire y’Izuba

    Abahinzi bo mu Karere ka Rwamagana batangiye kuhira imyaka bakoresheje imirasire y'izuba

    Bafite uburyo bwo kubika amazi

    Umusaruro w’imiteja umaze kwiyongera kubera kuhira ibihingwa mu gihe cy’impeshyi

    Umuyobozi w’Umushinga SAIP II, Mutabaruka Ezra, yasabye abaturage gukomeza kwita ku bikorwa bahawe byo kuhira


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwamagana-izuba-ryumishaga-imyaka-barikoresha-mu-bikorwa-byo-kuyuhira

  • Amavugurura akomeye mu miyoborere y'Ingabo z'u Rwanda – #rwanda #RwOT

    RDF (Rwanda Defense Force) yavutse hashingiwe ku Itegeko n°19/2002 ryo kuwa 17/05/2002 rishyiraho Ingabo z'Igihugu, itandukanye cyane n'iriho ubu mu bijyanye n'imiyoborere, ibikoresho birimo intwaro n'impuzamankano, ubumenyi n'ubunyamwuga.

    Iteka rya Perezida n° 015/01 ryo ku wa 25/08/2025 rigenga inama zifata ibyemezo mu Ngabo z'u Rwanda n'Iteka rya Perezida n° 014/01 ryo ku wa 25/08/2025 rigenga ibyiciro by'Ingabo z'u Rwanda yasohotse mu Igazeti ya Leta n° Idasanzwe yo ku wa 27/08/2025, agaragaza impinduka zikomeye zakozwe mu miyoborere y'ingabo z'u Rwanda.

    Izi mpinduka zakozwe mu Nama Nkuru y'ubuyobozi bw'ingabo z'u Rwanda, zigera mu Nama Mpuzabikorwa, Inama y'Ubuyobozi Bukuru, mu Nama y'Abakuru b'ingabo, mu biro by'abajyanama bakuru no mu mashami y'ingabo z'u Rwanda.

    Inama Nkuru y'Ubuyobozi Bukuru yaragutse

    Inama Nkuru y'Ubuyobozi bw'Ingabo z'u Rwanda ni urwego rutanga umurongo mugari ruyoborwa n'Umugaba w'Ikirenga. Iyi nama iterana rimwe mu mwaka n'igihe cyose bibaye ngombwa, igafata ibyemezo ku rwego rwo hejuru birebana n'umutekano w'igihugu n'imiyoborere y'Ingabo z'u Rwanda muri rusange.

    Iteka rya Perezida ryo mu 2012 ryateganyaga ko inama nkuru y'ubuyobozi bw'ingabo z'u Rwanda igizwe n'abantu barimo Umugaba w'Ikirenga, Minisitiri w'Ingabo, Umugaba Mukuru w'ingabo, abagaba b'ingabo n'ababungirije, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ingabo, abayobozi ba Rejima, abayobora Burigade na Diviziyo, abayobozi b'amashuri, Kaminuza n'ibitaro bya Gisirikare, abayobozi bakuru n'abayobozi b'amashami mu Buyobozi Bukuru bw'Ingabo.

    Ryateganyaga ko mu gihe bibaye ngombwa, iyi nama ishobora gutumirwamo abandi bantu, kandi ko Umugaba w'Ikirenga ashobora by'umwihariko gutumira mu Nama Nkuru y'Ubuyobozi bw'Ingabo z'u Rwanda ba Jenerali bakiri mu kazi n'abagiye mu kiruhuko cy'izabukuru, kugira ngo bige ku birebana na politiki, ingamba n'indangagaciro by'Ingabo z'u Rwanda.

    Iteka rishya ryahinduye inyito y'Inama Nkuru y'ubuyobozi bw'ingabo z'u Rwanda, iba 'Inama Nkuru y'Ubuyobozi Bukuru' bw'ingabo. Risobanura ko ifata ibyemezo ku rwego rwo hejuru ku birebana no kurinda Igihugu n'umutekano wacyo, n'imiyoborere rusange y'Ingabo z'u Rwanda.

    Risobanura ko igizwe n'Umugaba w'Ikirenga, Minisitiri Mukuru, Umugaba Mukuru wungirije, abagaba b'ingabo, Umugenzuzi Mukuru, abagaba b'ingabo bungirije, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ingabo, ba komanda ba diviziyo, ab'imitwe, ab'Inkeragutabara ku rwego rw'Intara, ab'amatsinda y'ingabo zirwanira mu kirere na burigade.

    Inama Nkuru y'Ubuyobozi Bukuru igizwe kandi n'Umuyobozi wa Kaminuza y'Ingabo, abayobozi b'Akademi ya Gisirikare, abayobozi b'amashuri na koleji bya gisirikare, Umuyobozi w'Ibitaro bya gisirikare by'u Rwanda byigisha n'abayobozi b'ibigo by'ubuvuzi bya gisirikare, abayobozi bakuru n'abayobozi b'amashami mu Buyobozi Bukuru bw'Ingabo.

    Inama Nkuru y’Ubuyobozi Bukuru bw’ingabo z’u Rwanda iyoborwa n’Umugaba w’Ikirenga

    Izindi nama zifata ibyemezo mu ngabo z'u Rwanda

    Iteka ryo mu 2012 ryateganyaga ko 'Komite Mpuzabikorwa ya Minisiteri y'Ingabo' ishinzwe gusuzuma iby'ingenzi muri politiki, igenamigambi, gahunda n'imiyoborere muri Minisiteri y'Ingabo, igaterana buri kwezi n'igihe cyose bibaye ngombwa ikayoborwa na Minisitiri ufite ingabo z'igihugu mu nshingano ze.

    Abari bagize iyi Komite ni Minisitiri w'Ingabo, Umugaba Mukuru w'ingabo, abagaba b'ingabo n'ababungirije n'Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ingabo, icyakoze mu gihe byabaga biri ngombwa, yashoboraga gutumirwamo abandi bantu.

    Iteka rishya riteganya ko 'Inama Mpuzabikorwa' igizwe na Minisitiri w'Ingabo, Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda Wungirije, abagaba b'Ingabo, Umugenzuzi Mukuru, abagaba b'Ingabo bungirije n'Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ingabo.

    Iteka ryo mu 2012 risobanura ko 'Inama y'Ubuyobozi Bukuru' ari urwego rufata ibyemezo rushinzwe ibintu byose bijyanye n'imiyoborere y'Ingabo z'u Rwanda, iterana buri kwezi n'igihe cyose bibaye ngombwa, ikayoborwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo. Ryasobanuraga ko abayigize ari Umugaba Mukuru w'Ingabo, Abagaba b'Ingabo n'ababungirije.

    Iteka rishya risobanura ko 'Inama y'Ubuyobozi Bukuru' igizwe n'Umugaba Mukuru w'Ingabo, Umugaba Mukuru w'Ingabo Wungirije, abagaba b'Ingabo, Umugenzuzi Mukuru, abagaba b'Ingabo bungirije, Komanda w'Umutwe ushinzwe kurinda inzego nkuru z'Igihugu, Komanda w'Umutwe w'Ingabo ushinzwe ibikorwa byihariye n'Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ishami ry'ubutasi mu Ngabo z'u Rwanda.

    Risobanura kandi ko Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda ashobora gushyiraho undi ugize Inama y'Ubuyobozi Bukuru.

    Iteka ryo mu 2012 ryateganyaga ko 'Inama y'Abakuru b'Ingabo z'u Rwanda' yiga ku bikorwa n'ubuyobozi by'ingabo muri rusange, igaterana igihe cyose bibaye ngombwa kandi ikayoborwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z' u Rwanda.

    Abari bagize Inama y'Abakuru b'ingabo z'u Rwanda' ni Umugaba Mukuru w'Ingabo, abagaba b'Ingabo n'ababungirije, abayobozi ba Rejima, abayobozi ba Burigade na Diviziyo, abayobozi b'Amashuli, Kaminuza n'ibitaro bya Gisirikare, abayobozi Bakuru n'Abayobozi b'Ibiro mu Buyobozi Bukuru bw'Ingabo, abayobozi ba za Batayo, ariko iri teka ryateganyaga ko mu gihe bibaye ngombwa iyo ishobora gutumirwamo abandi bantu.

    Iteka rishya riteganya ko iyi nama ishinzwe imiyoborere n'imyitwarire mu Ngabo z'u Rwanda kandi ko iterana rimwe mu mezi atatu n'igihe cyose bibaye ngombwa, ikayoborwa n'Umugaba Mukuru w'ingabo z'u Rwanda kandi iyo bibaye ngombwa, ashobora gutumiramo undi muntu.

    Iri teka ryasohotse tariki ya 27 Kanama risobanura ko Inama y'Abakuru b'ingabo z'u Rwanda igizwe n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Umugaba Mukuru w'Ingabo Wungirije w'Ingabo z'u Rwanda, abagaba b'Ingabo, Umugenzuzi Mukuru, abagaba b'Ingabo bungirije, abayobozi b'imitwe y'Ingabo n'abayobozi b'Inkeragutabara ku rwego rw'Intara, Umuyobozi w'Ibitaro bya gisirikare by'u Rwanda byigisha n'abayobozi b'ibigo by'ubuvuzi bya gisirikare.

    Iyi nama kandi igizwe n'abayobozi ba Akademi ya Gisirikare y'u Rwanda, abayobozi b'amashuri na koleji bya gisirikare, abayobozi bakuru n'abayobozi b'ibiro mu Buyobozi Bukuru bw'Ingabo n'abayobozi ba batayo n'ab'Inkeragutabara ku rwego rw'Akarere.

    Minisitiri w’Ingabo ni we uyobora Inama Mpuzabikorwa; Umugaba Mukuru akayobora Inama y’Ubuyobozi Bukuru n’Inama y’Abakuru b’ingabo

    Ibiro by'abajyanama bakuru byariyongereye

    Iteka rya Perezida N° 34/01 ryo kuwa 03/09/2012 rigena inshingano z'inama z'Ingabo z'u Rwanda zifata ibyemezo, abazigize n'imikorere yazo, ryagaragazaga ko abajyanama bakuru mu ngabo z'u Rwanda batanu.

    Abo barimo uwo mu biro bikuru bya mbere ushinzwe abakozi (J1), ubutegetsi n'imari, uwo mu bya kabiri ushinzwe ibijyanye n'iperereza rya gisirikare n'umutekano, uwo mu biro bikuru bya gatatu ushinzwe ibikorwa bya gisirikare, igenamigambi n'inyigisho, uwo mu biro bikuru bya gatanu ushinzwe n'ibikoresho n'uwo mu biro bikuru bya gatanu ushinzwe ibijyanye n'imikoranire y'igisirikare n'inzego za gisivili, uburere mboneragihugu, umuco na siporo (J5).

    Iteka rya Perezida n° 014/01 ryo ku wa 25/08/2025 rigenga ibyiciro by'Ingabo z'u Rwanda rigaragaza ko inyito 'Umujyanama Mukuru' mu ngabo z'u Rwanda yagenwaga n'iteka ryo mu 2012 yavuyeho, isimburwa 'ibiro by'abajyanama bakuru'.

    Ubu hari ibiro by'abajyanama bakuru b'ingabo z'u Rwanda icyenda, birimo ibya mbere bishinzwe kunganira Umugaba Mukuru w'ingabo, abagaba n'ababungirije mu bijyanye no gushaka abajya mu ngabo, imicungire n'imiyoborere y'abasirikare b'ingabo z'u Rwanda (J1), ibya kabiri bikaba ishami rishinzwe iperereza rya gisirikare rifasha mu bijyanye n'iperereza rya gisirikare no kurinda igihugu (J2).

    Ishami rishinzwe iperereza rya gisirikare kandi rishinzwe gukorana n'inzego z'umutekano hagamijwe gutanga amakuru y'iperereza anoze afasha mu ifatwa ry'ibyemezo mu bijyanye no kurinda Igihugu.

    Hari kandi ibiro by'abajyanama bakuru bya gatatu (J3) bifasha mu bijyanye n'igenamigambi n'ibikorwa bya gisirikare, gutegura ingabo zijya mu kazi ka gisirikare, guhuza ibikorwa byerekeye ingendo z'ingabo n'imikorere yazo n'ibya kane (J4) bifasha mu bijyanye no gushakira Ingabo ibikoresho no kuzongerera ubushobozi.

    Iri teka ryashyizeho ibiro by'abajyanama bakuru bya gatanu (J5) bifasha mu bijyanye n'ibikorwa birebana n'igenamigambi ry'ibikorwa, ingengo y'imari, politiki n'ingamba, n'ibindi byabaho bitateganyijwe n'ibya gatandatu (J6) rifasha mu bijyanye na politiki zo guteza imbere itumanaho rya gisirikare n'ishyirwa mu bikorwa ryaryo ku buryo burambye.

    Ingabo z'u Rwanda ubu zifite ibiro by'abajyanama bakuru bya karindwi (J7) bifasha mu bijyanye n'amahugurwa, amahame ya gisirikare, inyigisho zisanzwe n'izihariye kugira ngo hagerwe ku rwego rwiza rwa gisirikare kandi rubungabungwe n'ibya munani (J9) bifasha mu bijyanye n'imikoranire y'igisirikare n'inzego za gisivile, uburinganire n'ubwuzuzanye bw'abagore n'abagabo, uburere mboneragihugu, umuco, siporo n'imyidagaduro.

    Buri biro bikuru by'abajyanama bakuru mu ngabo z'u Rwanda bigira umuyobozi waryo nk'uko iteka rya Perezida ribiteganya.

    Ibiro by’abajyanama bakuru mu ngabo z’u Rwanda byageze ku icyenda bivuye kuri bitanu

    Amashami y'ingabo z'u Rwanda

    Iteka rya Perezida n° 014/01 ryo ku wa 25/08/2025 rigenga ibyiciro by'Ingabo z'u Rwanda ryashyizeho amashami ane y'ingabo z'u Rwanda, ashinzwe gutanga serivisi mu byiciro bitandukanye. Ayo arimo ibiro bishinzwe ingengo y'imari n'imari bishinzwe gucunga no guhuza ibyerekeranye n'ingengo y'imari n'imari mu ngabo z'u Rwanda.

    Harimo ishami rishinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro rishinzwe guhuza ibikorwa byo kubungabunga amahoro bikorwa n'Ingabo z'u Rwanda ku rwego mpuzamahanga no ku rwego rw'akarere ndetse n'imikoranire hagati y'u Rwanda n'ikindi gihugu.

    Ishami rishinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro rihuza kandi ibikorwa byose bijyanye no gusimburanya ingabo ziri mu butumwa, ibikoresho byazo no kohereza Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kubungabunga amahoro.

    Hari ishami rishinzwe ubuvugizi mu Ngabo z'u Rwanda rishinzwe kumenyesha abaturage politiki, ibikorwa n'ibyagezweho n'Ingabo z'u Rwanda. Rinashinzwe ubuvugizi mu ngabo z'u Rwanda riharanira ubwumvikane hagati y'Ingabo z'u Rwanda na rubanda ku bibazo by'imibanire rusange no guha rubanda amakuru.

    Ishami rya kane rishinzwe iby'amategeko rishinzwe gutanga serivisi zirebana n'amategeko mu Ngabo z'u Rwanda.

    Iteka rya Perezida riteganya ko buri shami ry'ingabo z'u Rwanda rivugwa haruguru rigira umuyobozi waryo.

    Iteka rishya ryashyizweho amashami ane y’ingabo z’u Rwanda

    Amavugurura akorwa mu ngabo z’u Rwanda agamije guteza imbere ubushobozi bwazo n’ubunyamwuga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amavugurura-akomeye-mu-miyoborere-y-ingabo-z-u-rwanda

  • U Rwanda ruzatangira kwaka umusoro kuri Netflix na Amazon mu 2026 – #rwanda #RwOT

    Itegeko rishyiraho umusoro kuri serivisi z'ikoranabuhanga ryatangajwe muri Gashyantare 2025. Ni serivisi zirimo izikomoka hanze y'igihugu, nk'abishyura Netflix, Amazon n'izindi ziri muri icyo cyiciro.

    Komiseri Wungirije Ushinzwe Serivisi z'Abasora n'Itumanaho, Uwitonze Jean Paulin, yavuze ko 'Amakuru meza ni uko ubwo tuzaba dutangiye umwaka w'ingengo y'imari wa 2026, umusoro kuri serivisi z'ikoranabuhanga uzatangira gukusanywa. Hazaba harimo ubucuruzi bukorerwa ku ikoranabuhanga (e-commerce) nka 'Airbnb', Netflix, Amazon n'ibindi. Bazaba bishyura umusoro kuri serivisi z'ikoranabuhanga zo mu gihugu bakuyemo amafaranga.'

    Uwitonze yavuze ko bari gukora ibishoboka byose ngo ibisabwa kugira ngo uyu musoro utangire gukusanywa bijye mu buryo, nk'uko byatangajwe na The New Times.

    Muri Gashyantare 2025 kandi hashyizweho itegeko rishyiraho umusoro w'ubukerarugendo ku icumbi ryatangiye gukurikizwa ku wa 1 Nyakanga 2025.

    Riteganya ko igipimo cy'uwo musoro ari 3% by'amafaranga yishyuwe cyangwa azishyurwa ku icumbi hatabariwemo umusoro ku nyongeragaciro.

    Riteganya kandi ko inshingano z'ikigo gitanga icumbi ku bijyanye n'umusoro w'ubukerarugendo ku icumbi ari ukwiyandikisha ku musoro w'ubukerarugendo ku icumbi mu buyobozi bw'imisoro hakurikijwe uburyo bugenwa n'ubwo buyobozi.

    Harimo kandi kwishyuza umusoro w'ubukerarugendo ku icumbi no gushyikiriza ubuyobozi bw'imisoro umusoro w'ubukerarugendo ku icumbi mu gihe giteganywa n'iri tegeko.

    Uyu musoro w'ubukerarugendo ku icumbi, iri tegeko riteganya ko utangira kubarwa ku munsi ubwishyu bw'icumbi bwakiriweho.

    Ni umusoro utangwa n'ibigo bicumbikira abantu harimo amahoteli, inzu z'amacumbi (lodges), appartements, motels, n'izizwi nka 'Airbnb'

    RRA yatangaje ko nyuma y'uko uwo musoro utangiye gukusanywa abasora bitwaye neza bakurikiza ibyo basabwa na cyane ko kuwukusanya byatangiye ku wa 15 Kanama 2025.

    Agaruka kuri uyu musoro Uwitonze yavuze ko, bishimishije kubona abasora baratangiye kuzuza inshingano zabo bakubahiriza ibiteganywa n'amategeko.

    Ati 'Umusoro ukusanywa buri kwezi. Ikigo cy'ubucuruzi gikusanya umusoro muri uko kwezi, nk'urugero kuva ku wa 1 kugeza ku wa 30 kikawohereza kuri RRA bitarenze ku wa 15 ku kwezi gukurikiyeho.'

    Ku batubahiriza amategeko bagashaka kutishyura imisoro, uyu muyobozi yavuze ko bari gukorana n'abafatanyabikorwa batandukanye kugira ngo abakerensa uwo musoro batahurwe.

    Ati 'Abo baba badashaka gusora tuzabafata vuba, ndetse dushobora gutahura imisoro yose itarishyuwe. RRA iri gukorana n'abagura ibicuruza ndetse na EBM mu gutahura iyo misoro.'

    Umusoro kuri serivisi z'ikoranabuhanga uzatangira gukusanywa mu 2026


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umusoro-kuri-serivisi-z-ikoranabuhanga-uzatangira-gukusanywa-mu-2026

  • Nyaruguru: Ubuke bw'ibikorwaremezo buracyari igihato mu iterambere – #rwanda #RwOT

    Ibi ni bimwe mu byagarutsweho mu nama nyunguranabitekerezo ku iterambere ry'Akarere ka Nyaruguru, yahuje ubuyobozi bw'Akarere ndetse n'abahakomoka ariko batuye mu bindi bice by'igihugu.

    Ni inama yize ku ngingo zitandukanye zirebana n'iterambere rya Nyaruguru, ndetse n'uruhare rwa buri wese mu bahavuka mu kumenyekanisha akarere no kukabera ambasaderi mwiza atungira agatoki abashoramari ahakwiye gushorwa imari.

    Mu byagiye biganirwaho, abaturage bakomoje ku bibazo bikwiye gukubitwaho umwotso n'abashoramari, birimo ibigo by'uburezi n'ubuvuzi byigenga bikwiye kongerwamo imbaraga ngo byunganire Leta.

    Aba baturage bagaragaza ko nko mu rwego rw'uburezi, hakenewe amashuri yigenga yaba ay'inshuke n'abanza, kuko hagaragara ababyeyi bacyohereza abana babo mu Karere ka Huye kuhashaka uburezi bufite ireme kuko babubuze iwabo, ibituma abana basaga 60 ku munsi bakora urugendo rurerure bajya kwigira i Huye kubera kubura amashuri yigenga, ariko hakaba n'abandi babura uko babigenza ariko babyifuzaga.

    Nyirabahinyuza Béatrice uri mu batuye i Nyaruguru, yagize ati ''Ikituvuna ni ukubona umubyeyi atuye hano i Nyaruguru za Kibeho na Ndago, ariko akarenga agategera abana bato ngo bajye kwiga ahandi! Babaye biga hafi aha iwacu, byabafasha kuruhuka bihagije noneho n'imitsindire ikiyongera natwe ababyeyi bikadukiza imihangiko yo kumva umwana ahora mu nzira.'

    Iyi ngingo y'ibikorwaremezo bidahagije ayihuje n'Umushumba w' Itorero Seira Community Church, Bishop Mutabaruka Aphrodis, nawe wagaragaje ko aha hantu hatari amashuri menshi yigenga.

    Yagize ati 'Hakenewe ubuvugizi kugira ngo na hano hashobore kuboneka amashuri yigenga, bifasha mu mutuzo w'abahatuye n'abahakorera babe bazana n'imiryango hano bifashe no mu iterambere ry'akarere ko nibo bahindukira bagahahira abacuririza bikazamura amajyambere y'abaturage bose'.

    Umuyobozi w'Akarere ka Nyaruguru Dr. Murwanashyaka Emmanuel yemera iki cyuho kiri mu rwego rw'uburezi, gusa akanatanga icyizere ko hari ibiri gukorwa ngo haboneke amashuri yigenga ahagije.

    Ati 'Hari ikibazo koko cy'abana bajya kwiga i Huye cyangwa ababyeyi bakora muri Nyaruguru babona umwana ageze igihe cyo kwiga bakimuka ahandi kubera kujya gushaka uburezi bunoze, ariko turimo turavugana n'abafatanyabikorwa ngo tugishakire umuti.'

    Yagaragaje ko ku bufatanye n'Abihayimana bakorera i Kibeho hari umushinga mugari w'ishuri ryigenga uzaba urimo amashuri y'inshuke, abanza, ayisumbuye ndetse na Kaminuza y'ubumenyingiro, ibi byose bikaba byitezweho guhashya ikibazo kijyanye n'amashuri atanga uburezi buhamye yifuzwa na bamwe mu babyeyi.

    Hari amakuru IGIHE yamenye avuga ko hejuru ya 90% by'abakozi bakorera ku Karere ka Nyaruguru bakora bataha i Huye.

    Iyi nama nyunguranabitekerezo yari yitabiriwe n’abakomoka i Nyaruguru batuye ahandi

    Meya wa Nyaruguru, Dr. Murwanashyaka Emmanuel, yemera ko hari icyuho kigihari mu rwego rw’amashuri muri Nyaruguru, ariko bakomeje guharanira kukiziba


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyaruguru-ubuke-bw-ibikorwaremezo-buracyari-igihato-mu-iterambere

  • Rutahizamu wa Rayon Asman Ndimumana yasabye abafana ikintu gikomeye #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gutsinda ibitego bibiri mu mukino we wa mbere, rutahizamu mushya wa Rayon Sports, Asman Ndimumana yasabye abakunzi b’iyi kipe kumusengera kugira ngo azakore ibirenze ibyo yaraye akoze.

    Ibi bitego yabitsinze mu mukino wa gicuti baraye batsinzemo Vipers FC 4-1 kuri Kigali Pele Stadium.

    Yavuze ko yashimishijwe cyane no gutsinda ibitego bibiri mu mukino we wa mbere.

    Ati “Ndishimye cyane gutsinda ibitego bibiri mu mukino wanjye wa mbere, ndabizi ko ngomba gukora cyane gukira ngo nkore ibirenze.”

    Yemeje ko ari umukinnyi wa Rayon Sports ayifitiye amasezerano y’imyaka 2. Ati “nasinye amasezerano y’imyaka 2.”

    Ni umukinnyi weretswe urukundo n’abafana aho bamuhaye amafaranga, ibintu yavuze ko bidasanzwe abasaba inkunga y’amasengesho.

    Ati “Numvise nkunzwe, nashatse kugerageza kuvugana na bo ngo bankunde buri munsi, amasengesho ya bo yose bayashyireho, banshyigikire birenze.”

    Kuba nta gitutu bigiye kumushyiraho, yavuze ko ku ikipe nkuru yose igitutu kitabura kigomba kuba gihari.

    Ati “Ku ikipe nkuru ntabwo igitutu kibura, yaba ari umukino wa gicuti haba hari igitutu, yaba umukino ukomeye igitutu kiba gihari, haba mu myitozo uba ugomba gutsinda urumva rero ntabwo biba byoroshye. “

    Yavuze ko intego ari ukugeza Rayon Sports mu cyiciro gikurikiyeho cy’imikino Nyafurika.

    Ati “intego ni ukugeza Rayon Sports mu cyiciro gikurikiyeho cy’Imikino Nyafurika no gutwara ibikombe byinshi.”

    Yasabye abafana kubihanganira ko icyo bifuza ari ukwandika amateka akomeye.

    Ati “Icyo nasaba abafana batwihanganire, umusaruro nuboneka nta kibazo ariko icyo dushaka ni ukugeza iyi kipe ku rundi rwego no kwandika amateka akomeye.”

    Yemeje ko ubuyobozi bwamuhaye buri kimwe yari akeneye, ubu igisigaye ari we gukora cyane kugira ngo agaragaze icyo ashoboye.

    Yatsinze ibitego bibiri mu mukino we wa mbere

    Ni umukinnyi wagaragaje ko azatanga akazi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11754