Blog

  • U Bwongereza mu mayirabiri nyuma yo guhagarika gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Philip yavuze ko ishyaka ry'Abakozi rigihagarika iyi gahunda byatumye umutekano w'igihugu ujya mu kaga.

    Yahamije ko Minisitiri w'Intebe Keir Starmer ashobora kuba 'aryama ntasinzire, akarara abira ibyuya' atekereza kuri gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda yahagaritse.

    Biteganyijwe ko nyuma y'ikiruhuko cy'Inteko Ishinga Amategeko mu Bwongereza, Minisitiri w'Umutekano mu Bwongereza, Yvette Cooper azayigezaho gahunda y'amavugurura ku byerekeye kwakira abimukira.

    Philip yavuze ko kuva Guverinoma iyobowe n'Ishyaka ry'Abakozi yajyaho abimukira muri za hoteli biyongereyeho 8% nyamara guverinoma yari yabanje yari yarabagabanyijeho ku rugero rwa 50% mu gihe kitarenze amezi icyenda.

    Ati 'Iyo iryo gabanyuka rikomeza ubu nta mwimukira tuba dufite muri hoteli.'

    BBC yanditse ko muri hoteli zitandukanye kugeza muri Kamena 2025, abimukira binjiye binyuranye n'amategeko bari bageze kuri 32.059 bavuye kuri 2.474.

    Nubwo imibare idashyirwa hanze buri gihe, abo muri guverinoma bavuga ko hari 212 bagiye muri hoteli muri Nyakanga, na 210 muri Kanama.

    Abanyeshuri b'abanyamahanga bahagurukiwe

    Muri gahunda ya Yvette Cooper harimo ko abanyeshuri bo mu mahanga barangiza amasomo bakaguma muri iki gihugu bazajya bimwa visa zo kugumayo.

    Igaragaza ko hari abarenga ibihumbi 15 bahita basaba ubuhungiro iyo barangije amasomo nubwo mu bihugu byabo nta kibazo kiriyo.

    U Bwongereza buvuga ko bwabaye buhagaritse gahunda yo gusaba no kwemerera abari muri za hoteli kujyana imiryango yabo kuko budashaka ko abazirimo bakomeza kwiyongera.

    Biteganyijwe ko buzashyira imbaraga mu gushaka ibihugu byakwakira abatemerewe ubuhungiro nubwo Cooper yirinze kuvuga ibyo bihugu bari mu biganiro.

    Ni nyuma y'uko bashyize imbaraga mu mutekano ku mipaka ariko bifata ubusa kuko abimukira binjira mu gihugu binyuranye n'amategeko barushijeho kwiyongera.

    Philip yagaragaje ko iyi gahunda itahashya abimukira binjira mu Bwongereza kuko n'ibyo gukaza umutekano wo ku mipaka byananiranye ahubwo bigateza ikibazo gikomeye.

    Ati 'Byateje ikibazo ku mupaka, ni ikibazo cy'umutekano. Twabonye abo bimukira muri za hoteli bakurikiranwaho ibyaha bikomeye harimo no gusambanya abagore n'abakobwa b'imyaka umunani.'

    Yatanze urugero ku munya-Afghanistan wasambanyije umukobwa w'imyaka 15, mu rubanza rwe abamwunganira mu mategeko bavuga ko ari uko atari azi ko ari icyaha kuko mu muco w'ibabo ntacyo bitwaye.

    Ati 'Birarambiranye, bigomba guhagarara. Iyi Guverinoma ifite intege nke ku buryo itabasha gukora ibikenewe. Igikenewe ni ukabanza guhagarika abantu bose 100% binjira ku mupaka banyuze mu bwato buto.'

    'Impamvu badashaka kubikora ni uko batabona ko ari ikibazo gikomeye, kuko bo babyiyemeje, bita cyane ku bijyanye n'ibyitwa uburenganzira bwa muntu ku bimukira binjira binyuranye n'amategeko kurusha uko barinda abaturage b'Abongereza.'

    Kuva Guverinoma y'Ishyaka ry'abakozi igiye ku butegetsi abimukira binjirira mu muhora wa English Channel bariyongereye cyane barenga ibihumbi 127.

    Abimukira binjira mu Bwongereza bariyongera cyane kuva Ishyaka ry’Abakozi rigiye ku butegetsi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-bwongereza-mu-mayirabiri-kubera-guhagarika-gahunda-yo-kohereza-abimukira-mu

  • Kamonyi-Musambira: Imihigo duhiga ikora k'Ubuzima bw'Abaturage, dusabwa kujyanamo-Gitifu Nyirandayisabye Christine #rwanda #RwOT

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu 02 Nzeri 2025, Ubuyobozi bw'Umurenge wa Musambira bwasinyanye Imihigo n'abakozi bawo kugera ku rwego rw'Akagari. Basabwe kumva agaciro k'Imihigo no gushyira imbaraga mu kuyesa bafatanije n'Abaturage n'abandi bafatanyabikorwa. Bibukijwe ko ibyo bakora byose bishingiye ku gushyira Umuturage ku 'ISONGA', ko kandi nta cyakorwa kitari mu nyungu z'Umuturage. Babwiwe ko ntacyo bageraho hatabaye gushyira hamwe no gukorera hamwe.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Musambira, Christine Nyirandayisabye aganira na intyoza.com nyuma yo gusinyana iyi Mihigo n'abakozi, yavuze ko kuyisinyana nabo ari ikimenyetso kibibutsa ibikorwa bibareba mu kazi ka buri munsi, bibutswa ko bari mu nshingano kandi bagasabwa gutanga raporo y'ibikorwa baba bahigiye gukora.

    Gitifu Christine Nyirandayisabye/Musambira.

    Yagize kandi ati' Gusinyana Imihigo n'abakozi bifasha ko buri wese amenya Umuhigo afite imbere ye, akamenya Urukiramende agiye gusimbuka mu mwaka asinyihemo Imihigo. Nta Muhigo wagombye kunanirana kuko tuwushyiraho tuzi neza ko ibiwukeneweho bishoboka, tuzi ngo niba ari imbaraga zizakoreshwa zirahari kuko baba abaturage bikorerwa barahari kandi nabo bawujyanamo mu bibareba, baba Abafatanyabikorwa nabo barahari ngo bajyanemo, n'ibindi byose biba bihari'.

    Gitifu Nyirandayisabye yasabye abamaze gusinya Imihigo ati' Turabasaba gushyira hamwe, gukorera hamwe nk'Ikipe, baba abo ku rwego rw'Umurenge, abo ku rwego rw'Akagari ndetse n'Abafatanyabikorwa kuko harimo iyo tuzafatanya nabo, ariko kandi tukibukiranya ko umufatanyabikorwa wa mbere ari Umuturage ari nawe dukorera twese'.

    Ifoto y'Abakozi basinye Imihigo kugera ku rwego rw'Akagari.

    Akomeza avuga ko iyi Mihigo ikora ku buzima bw'Umuturage, ko ari Imihigo ikora ku iterambere rye, bityo ko kuyesa itazeswa gusa n'Abayisinye bonyine, ko ahubwo bisaba imbaraga za buri wese mu mwanya w'ibyo akenewemo.

    Turatsinze Emmanuel, Umukozi ushinzwe iterambere n'Imibereho myiza y'abaturage(SEDO) mu Kagari ka Cyambwe afite Imihigo 28. Yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko kuri we gusinya Imihigo bivuze kumva ko afite igipimo( target) cy'ibyo asabwa gukora kandi akageraho, ko afite Urufunguzo rumwicaje mu kazi, ko kandi nta mihigo, nta bikorwa abona imbere ye nta n'akazi yaba afite.

    SEDO Turatsinze wa Cyambwe yicaye asinya Imihigo imbere ya Gitifu Christine.

    Agira kandi ati' Iyo uzi igipimo ukoreraho, ibyo usabwa gukora no kugeraho umenya aho uvuye n'aho ugeze kuko uba washyizeho uko ugomba kubikora ndetse wanagennye igihe uzabikoramo bityo bikagufasha gukorera ku murongo utajarajara. N'iyo baje gusuzuma uko ushyira mu bikorwa Imihigo babona n'aho bahera bakugira inama kandi nawe bikagufasha umunsi ku munsi kumenya uko ubikora, aho bigenda n'aho bitagenda'.

    Sezariya Mukangamije, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Buhoro yasinye Imihigo 42 kandi ahamya ko azayesa nk'uko umwaka ushize ariwe waje ku isonga ku rwego rw'Umurenge. Avuga ko gusinya Imihigo bisobanuye kumenya gukorera ku Ntego kuko udafite Imihigo atabasha kumenya iyo ava, aho ageze ndetse n'aho ashaka kugera.

    Gitifu Sezariya Mukangamije wa Buhoro iburyo, asinya Imihigo.

    Avuga kandi ati' Igihe ufite Imihigo washyizeho, Imihigo ureba imbere yawe bigufasha kugenda ureba icyo wagezeho ukakivivura, icyo utarageraho ugashyiramo imbaraga ari nako uzirikana ko Umwaka cyangwa se Igihembwe runaka wahigiyeho Umuhigo bigomba kubahirizwa'.

    Mukangamije, ahamya ko Kwesa Imihigo bishoboka kuko nubwo ayisinya nk'ugiye kuyishyira mu bikorwa ngo ni Imihigo ajyanamo n'Abaturage kuko imyinshi usanga ari Ubukangurambaga busaba ko buri muturage abigiramo uruhare, ko kandi iyo yegerewe agasobanurirwa neza abyumva ndetse mukajyanamo abyishimiye.

    Sezariya, avuga ko muri iyi Mihigo hari n'isaba kujyanamo n'abandi bafatanyabikorwa, abo nabo bakaba baba bahari hasabwa gusa kubegera bakabyumva, bakagufasha kuko byose bikorwa mu nyungu z'umuturage.

    Ba Gitifu b'Utugari twa Musambira, haraburamo uwa Karengera.

    Nyuma yo gusinya iyi Mihigo, by'umwihariko abakozi bakorera ku rwego rw'Akagari barakurikizaho ubwabo kugenda bagasinyana Imihigo n'Abakuru b'Imidugudu mu tugari twabo, aho ba Midugudu nabo bagomba kwegera abaturage bakagira Imihigo basinyana hagamijwe kunoza iterambere ndetse n'Imibereho myiza y'Umuturage kandi nawe agizemo uruhare.

    Ba SEDO b'Utugari twose twa Musambira uko ari 6, Gitifu Christine Nyirandayisabye hagati yabo.

     

    Munyaneza Théogène

    Source : https://www.intyoza.com/2025/09/02/kamonyi-musambira-imihigo-duhiga-ikora-kubuzima-bwabaturage-dusabwa-kujyanamo-gitifu-nyirandayisabye-christine/

  • APR FC nta mikino ifite! Ibya Richmond Lamptey n’ikipe yo muri Libya yahereye he? #rwanda #RwOT

    APR FC ntabwo ikozwa ibyo kurekura umukinnyi wa yo, Richmond Lamptey mu gihe ikipe yo muri Libya imwifuza itarishyura.

    Tariki ya 29 Kanama 2025 nibwo haje inkuru y’uko Umunya-Ghana ukinira APR FC, Richmond Lamptey atakijyanye n’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu muri CECAFA irimo ibera muri Tanzania kuko yamaze kumvikana na El Etihad Almesrati yo muri Libya.

    Mu buryo butunguranye Lamptey yajyanye na APR FC muri Tanzania benshi bavuga ko bishobora kuba byari ibihuha.

    ISIMBI yamenye amakuru ko ibiganiro hagati ya APR FC na El Etihad Almesrati byabayeho ndetse bumvikana ibihumbi 50 by’amadorali.

    Impamvu yajyanye na APR FC muri Tanzania ni uko iyi kipe yanze kumurekura El Etihad Almesrati itarishyura, yategereje ko bishyura ubundi bakabona kumurekura.

    Lamptey nubwo yajyanye na APR muri Tanzania ariko ashobora kudakina CECAFA Kagame Cup ahubwo azaba ategereje ko ibye birangira cyane ko isoko ryo muri Libya rizafungwa tariki ya 24 Ukwakira 2024.

    Richmond Lamptey ari mu muryango usohoka muri APR FC

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11759

  • Naramukurikiye kugeza mu isoko – Shakib yavuze uko bwa mbere yahuye Zari Hassan #rwanda #RwOT

    Umugabo wa Zari Hassan, Shakib Lutaaya Cham ukomoka muri Uganda, yavuze uko bwa mbere yahuye n’umugore we n’uko byaje kubageza mu rukundo.

    Yabivugiye mu kiganiro 3 Truths No Lies, yavuze ko umunsi wa mbere amubona hari mu Mujyi Kampala.

    Ati 'Yari icyamamare kuva kera. Naramukurikiranaga nkiri muto. No muri Uganda hari igihe nabonye imodoka ye inyura mu mujyi, ndamureba ndamupepera gusa.'

    Yavuze ko nyuma y’imyaka yongeye kumubona muri Afurika y’Epfo kuko ari ho yari yarimukiye, noneho yaramukurikiye kugeza amusuhuje. Ati 'Nabonye imodoka ye ndamukurikira kugeza ku isoko, ari kumwe n’umwe mu bahungu be. Naramwegereye ndamubwira nti: 'nari nje kukuramutsa gusa’.'

    Yavuze ko icyo gihe Zari yari umugore wa Diamond, nyuma y’uko atandukanye na Diamond baje kongera guhura, baba inshuti kugeza ubushuti bwa bo buvuyemo urukundo kugeza banabanye.

    Shakib Lutaaya yavuze uko yahuye n’umugore we Zari Hassan

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11760

  • Rayon Sports ni nka ‘Slay Queen’, ibitego bya Asman ni ibigurano – KNC #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa Gasogi United akaba na nyiri Radio&TV1, Kakooza Nkuriza Charles [KNC] yavuze ko ikipe ya Rayon Sports ikunda ifoto imeze nka ‘Slay Queen’ kandi akantu gato kabaye igakabiriza cyane.

    Ni nyuma y’umukino wa gicuti baraye batsinzemo Vipers FC ibitego 4-1.

    Mu kiganiro Rirarashe cyo kuri uyu wa Kabiri, KNC yavuze ko iyi kipe ikunda ifoto ayigereranya n’umukobwa wa ‘Slay Queen’.

    Ati “Erega Rayon Sports imeze nka Slay Queen ikunda amafoto kubi, ni yo bakina n’umurenge wenda wa Kimineta bahita bavuga ngo iyi kipe irajya mu gikombe cy’Isi.”

    Mutabaruka bakorana yamubwiye ko ikipe imeze neza ifite rutahizamu w’umurundi (Asman Ndimumana) uzi gutsinda cyane ko yaraye atsinze ibitego bibiri, KNC yamubwiye ko na we ari nka Bing Bello iyi kipe yarekuye.

    Ati “Ibitego by’uriya murundi ni nk’ibya Bing Bello, uzi indirimbo zaririmbiwe Bing Bello? Uyu murundi ashobora kuzongera kubona igitego, icyitwa igitego Yezu agarutse.”

    Mutabaruka yahise amuvugiramo ati “Muri Rayon se harimo umuntu uzamuroga ibirenge”

    KNC yahise avuga ati ” Erega biriya bitego nabyo ni ibigurano.”

    Yavuze ko iyi kipe itari ikwiriye kwikomanga ku gatuza ngo yumve ko ari ikipe ikomeye kuko yatsinze Vipers FC, yabahaye ubutumwa ko azabatsinda mu mukino bazahura wa shampiyona.

    KNC yavuze ko Rayon Sports ari nka Slay Queen

    Ngo ibitego bya Asman Ndimumana ni ibigurano

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11755

  • Alpha Rwirangira mu gahinda gakomeye #rwanda #RwOT

    Umuhanzi nyarwanda Alpha Rwirangira na AY bari mu gahinda gakomeye ko kubura sekuru witabye Imana afite imyaka 103.

    Yitabye Imana mu ijoro ryakeye rishyira ku wa 2 Nzeri 2025. Akaba ari umubyeyi wa papa wa Alpha Rwirangira ni mu gihe kandi yari mubyeyi wa nyina wa AY.

    'Kugeza igihe tuzongera kubonanira mu bundi buzima Babu.' Alpha Rwirangira mu butuma yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze.

    AY we yagize ati 'Ruhukirira mu Mahoro, dawe nkunda… Imana yaguhaye imyaka 103 yo kubaho… Ni umugisha ukomeye kuri wowe no kuri twe… Nzagutekereza kugeza igihe tuzongera guhura.”

    Sekuru wa AY na Alpha Rwirangira yitabye Imana

    Alpha Rwirangira yabuze sekuru

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11756

  • Abaturage ba Twishorezo baratabaza kubera ruhurura itenguka umunsi ku wundi #rwanda #RwOT

    Abaturage bo mu Murenge wa Kigarama, Akagari ka Nyarurama, Umudugudu wa Twishorezo mu Karere ka Kicukiro, baratabaza bavuga ko ruhurura iri hafi y'ingo zabo ikomeje kubatera impungenge zikomeye. Bavuga ko iyo ruhurura ikomeje gutenguka umunsi ku wundi, kandi bikaba bishobora kubagiraho ingaruka zikomeye zirimo kwangiraka kw'amazu yabo ndetse no guteza impanuka zishobora gutwara ubuzima bw'abantu.

    Bamwe muri mu baturage bavuga ko bamaze imyaka myinshi basaba inzego zibishinzwe kubafasha gukumira icyo kibazo, ariko kugeza ubu ntihari hagaragara igisubizo kirambye.

    Uwitwa Mugenzi Theophile utuye hafi ya ruhurura yagize yagize icyo aganiriza Kasuku Media ati: 'Iyo imvura iguye turarara dufite impungenge, kuko amazi amanuka afite imbaraga nyinshi, agasatura imikingo ya ruhurura. Ubu twumva ko igihe icyo ari cyo cyose amazu yacu ashobora kugwa.'

    Undi muturage witwa Mukandayisenga Esperance na we yunzemo ati: 'Ubu dufite abana bato, kandi iyo imvura yaguye tugira ubwoba ko bashobora kugwa muri ruhurura. Twasabye ubuyobozi bw'inzego z'ibanze kudutabara, ariko turacyategereje igisubizo.'

    Ubuyobozi bw'Akarere ka Kicukiro buvuga ko bwamenye icyo kibazo, kandi ko bateganya kugikoraho mu buryo burambye.

    Umukozi ushinzwe ibikorwa remezo muri ako karere yagize ati: 'Ni ikibazo twari twarabonye, kandi turi mu mishinga yo kugikoraho doreko bimwe mu bikora tumo gukora nabyo birimo. Ubu turi gushaka uburyo bwo kubona ingengo y'imari izatuma ruhurura yubakwa neza, kandi tugakuraho impungenge z'abaturage.'

    Abaturage barasaba ko icyo gikorwa cyakorwa vuba na bwangu kuko imvura y'itumba irimo kwegera, kandi ibyo byaba byongera ibyago byo gusenywa n'amazi. Bavuga ko Leta ikwiye gutabara hakiri kare kuko 'uwitaye ku ngorane mu ntangiriro ayirinda kuba ikirundo.'

    Iyo ruhurura iramutse yubakiwe ku gihe, abaturage bavuga ko byabarinda guhura n'ingaruka zituruka ku biza, ndetse bigatuma n'ingo zabo zitekana.

    Abaturage ba Twishorezo baratabaza kubera ruhurura itenguka umunsi ku wundi

    Source : https://kasukumedia.com/abaturage-ba-twishorezo-baratabaza-kubera-ruhurura-itenguka-umunsi-ku-wundi/

  • Musanze: Abaturage barataka igihombo batewe nuko ubuhunikiro bw'ibirayi bwafashwe n'inkongi #rwanda #RwOT

    Abatuye mu kagari ka Kamanga, mu Murenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze, barataka igihombo gikomeye batewe n'inkongi y'umuriro yibasiye ubuhunikiro bw'ibirayi bari bafite, bugashya ndetse bugakongoka toni zisaga enye z'ibirayi byari biri hafi ku isoko.

    Iyi nkongi yabaye  ahagana ku saha y'isaa munani z'umugoroba ku munsi wejo hashize taliki ya 1 Nzeri 2025 doreko kandi yangije ibikoresho bitandukanye byakoreshwaga mu kubika no gucunga ubwo buhunikiro, bituma abaturage basigara mu gahinda n'amarira menshi.

    Ababonye ibyabaye bavuga ko umuriro watangiye mu masaha y'ijoro, ukwira hose vuba cyane ku buryo bitakunze gushoboka ko wakumirwa vuba vuba.

    Nubwo abaturage bagerageje kugerageza kuwuzimya mu buryo bwabo, ntibyabahiriye, ibintu byose birashya. Umwe mu baturage yagize ati: 'Ibi biratubabaje cyane kuko ibyo twari twateganyirije gusagurira isoko byarahiye byose, cyari igihombo gikomeye ku miryango yacu.'

    Ubuyobozi bw'inzego z'ibanze bwihutiye kugera aho inkongi yabereye kugira ngo burebe icyateye ayo makuba. Bamwe mu bayobozi bavuze ko hagikorwa iperereza ku mpamvu zateye uwo muriro, hakaba hari abakeka ko ushobora kuba waturutse ku bikoresho by'amashanyarazi cyangwa umuriro watse nabi mu nkengero z'ubuhunikiro.

    Kuri ubu, abaturage barasaba inzego bireba kubafasha kubona ubufasha bw'ibanze kugira ngo bongere bige gukomeza imirimo yabo, kuko bavuga ko bari bategereje amafaranga ava mu birayi byabo ngo bishyurire abana amashuri ndetse banite ku bindi bikorwa by'iterambere.

    Ubuyobozi bw'Akarere ka Musanze bwatangaje ko bugiye gukora ibishoboka byose ngo bufashe abo baturage kongera kugira icyizere no kubashakira ubufasha bw'igihe gito mu gihe hagitegerejwe ibisubizo by'iperereza.

    Iyi nkongi y'umuriro yongeye kugaragaza akamaro ko kugira uburyo buhamye bwo gucunga no kurinda ubuhunikiro, haba mu buryo bw'umutekano ndetse no mu gukoresha ikoranabuhanga rijyanye n'igihe, kugira ngo ibyiza abaturage baba baruhiye bitazajya bihinduka umuyonga mu kanya gato.

    Musanze: Abaturage barataka igihombo batewe nuko ubuhunikiro bw'ibirayi bari bafite bwafashwe n'inkongi
    Kuri ubu, abaturage barasaba inzego bireba kubafasha kubona ubufasha bw'ibanze

    Source : https://kasukumedia.com/musanze-abaturage-barataka-igihombo-batewe-nuko-ubuhunikiro-bwibirayi-bari-bafite-bwafashwe-ninkongi/

  • Amavubi yakoreye umwitozo umwe mu Rwanda, yerekeje muri Nigeria #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 2 Nzeri 2025 nibwo ikipe y'igihugu Amavubi yahagurutse i Kigali yerekeza muri Nigeria aho igiye gukina umukino wo gushaka itike y'igikombe cy'Isi 2026.

    Amavubi yahagurutse ku isaha ya Saa Tatu zo mu Gitondo yerekeje muri Nigeria aho izakinira umukino w'umunsi wa  Karindwi n'uwa Munani ikazakina na Zimbabwe.

    Biteganyijwe ko umukino wa mbere uzakinirwa kuri UYO stadium tariki ya 6 Nzeri, naho uwa Zimbabwe ukazakinwa kuya 9 ukazabera muri Afurika y'Epfo.

    Ni imikino ibiri ikipe y'u Rwanda igiye gukina ikoze umwitozo umwe wabereye i Kigali kuri uyu wa mbere kuko Abakinnyi binjiye mu mwiherero ku cyumweru.

    Mu bakinnyi 27 bari bahamagawe mbere, abakinnyi 24 nibo bajyanye n'ikipe kuko batatu bakiwe kuri uri rutonde.

    Abakinnyi bavuyeho ni Niyo David wa  Kiyovu SC ma Ishimwe Djabilu ukinira ikipe ya Etincelles na Claude Smith wagize ikipe cy'imvune.

    Iyi kipe iri kumwe na Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mushya, Bwana Shema Ngoga Fabrice uheruka gutorerwa kuyobora FERWAFA mu gihe cy'Imyaka ine iri imbere.

    The post Amavubi yakoreye umwitozo umwe mu Rwanda, yerekeje muri Nigeria appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/amavubi-yakoreye-umwitozo-umwe-mu-rwanda-yerekeje-muri-nigeria/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=amavubi-yakoreye-umwitozo-umwe-mu-rwanda-yerekeje-muri-nigeria

  • Kazungu Claver yasabye ubuyobozi bukuru bwa APR FC ibintu bikomeye #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru w’imikino ukunzwe na benshi, Kazungu Claver yasabye ubuyobozi bukuru bw’iyi kipe ko bakwiye kugira iyi kipe iy’abafana ikareka kuba iya gisirikare.

    Mu kiganiro cy’imikino Urukiko rw’Ubujurire cya SK FM ari n’aho akorera, yavuze ko nyuma y’imyaka 32 iyi kipe ishinzwe, abona igihe kigeze ngo bayegurire abafana kuko ari bwo yakomera ku ruhando mpuzamahanga.

    Ati “Hari umuntu witwa Kazungu wabaye umuvugizi wa APR FC imyaka 5, uyizi, ntayivuga nka rubanda arayivuga nk’umuntu wayibayemo, kugira ngo iyi kipe ikomere ibe ari iy’ikigugu muri Afurika, igihe kirageza cyo kuvuga ngo iyi kipe ikwiriye kuba ari iy’abafana, harigwa uburyo izabaho kandi ikabaho neza.”

    Ku giti cye abona ikirango cy’imbunda kiri kuri CND cyajya mu kirango cya APR FC maze Intare ikavamo maze ubundi ikipe bakayegurira abafana.

    Kazungu Claver abona imyaka 32 ihagije kuri APR FC, kugira ngo ibe ikipe ikomeye birasaba kuyishyira mu biganza by’abafana

    Kazungu ngo igihe kirageze APR FC ibe iy’abafana

    Intare iri mu kirango cya APR FC ngo abona ikwiye kuvamo

    Iki kirango abona ari cyo gikwiye kujya mu kirango cya APR FC

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11757