Blog

  • Eddy Kenzo yihanije Bobi Wine #rwanda #RwOT

    Umuhanzi wo muri Uganda, Eddy Kenzo yasabye Bobi Wine na bagenzi be bari kwiyamamariza intebe y’umukuru w’igihugu kugabanya amagambo akomeretsa cyangwa ashobora guteza umwuka mubi mu baturage.

    Aganira n’itangazamakuru, Kenzo yagaragaje ko hari abakandida bayabotse politiki iri kugenda ishyira imbaraga mu mvugo zikakaye cyane, zigamije gushyushya rubanda aho kubasobanurira imigabo n’imigambi mu buryo bwubaka.

    Yavuze ko iki kimenyetso kidatanga icyizere ku gihugu, cyane cyane muri ibi bihe by’ubukana bwa politiki.

    Yagize ati 'Abakunzi banjye munshyigikiye, ndabasaba kutajya mu bikorwa bitemewe. Mwihangane kugeza ku wa 15 Mutarama mujye gutora umukuru wanyu mushyigikiye. Ariko gutegeka abantu ngo bitware nk’inyeshyamba, ni ibintu bibi cyane. Ntimukabikore.'

    Kenzo yagarutse ku mvugo aherutse kumva ku muyobozi w’ishyaka National Unity Platform (NUP), Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine.

    Yerekanye ko uburyo Bobi Wine yahamagariraga abarwanashyaka be bwumvikanagamo ugushishikariza abantu kwitwara burwanyi no kwigaragambya, ibintu avuga ko bishobora guteza umutekano muke.

    Uyu muhanzi wahawe igihembo cya BET, yakomeje asaba abashaka kuyobora igihugu bose kugira ubushishozi no kwirinda amagambo akomeretsa cyangwa asenya.

    Yavuze ko politiki y’ubu itagikora ku mbaraga zo gushyushya imitwe y’abaturage, ahubwo ishingiye ku bukangurambaga buganisha ku kubakira hamwe igihugu.

    Ati 'Ndashishikariza abanyapolitiki bose kwirinda amagambo akarishye. Uriya muvuno wo kuvuga ngo 'twese dupfane’ ntacyo watanga. Muri iki gihe, ugomba gusaba, gusobanura, no kwegera abaturage ubabwiza ukuri. Mubaganirize neza, mubasobanurire porogaramu yanyu n’uburyo izashyirwa mu bikorwa.'

    Aya magambo y’uyu muhanzi aje mu gihe umwuka wa politiki urushaho kwiyongera muri iki gihugu gituwe n’abarenga miliyoni 50, aho abakandida Perezida bakomeje kuzenguruka igihugu bashaka amajwi.

    Eddy Kenzo yasabye abiyamamaza kudakoresha imvugo zikanganye, zitera ubwoba

    Bobi Wine yanenzwe na Eddy Kenzo ku mvugo akoresha

    Source : http://isimbi.rw/eddy-kenzo-yihanije-bobi-wine.html

  • Harmonize yasabye Baba Levo kureka gushyigikira Diamond Platnumz buhumyi #rwanda #RwOT

    Harmonize, yongeye kuzamura impaka ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kunenga bikomeye umudepite Baba Levo, amushinja kurengera Diamond Platnumz mu buryo budafite ishingiro no kwirengagiza buhumyi amakosa y’uyu muhanzi.

    Mu butumwa burebure yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 12 Ukuboza 2025, Harmonize yavuze ko Diamond nta kintu gifatika akorera Baba Levo uretse kumureka bakifotozanya, ananenga cyane uburyo uyu mudepite ahora amubwira ibibazo bye iyo bahuriye mu tubari tw’imikino ya casino.

    Ati 'Wowe Baba Levo ntacyo Diamond agufasha uretse kukureka mugafatana amafoto. Kandi wowe Baba Levo, buri gihe iyo duhuriye muri casino ujya kunshinja amakosa, nyamara uri umudepite.'

    Yanaburiye uyu mudepite uhagarariye agace ka Kigoma mu nteko ishinga amategeko ya Tanzania ko hari igihe kizaza, agahatirwa gusobanurira Perezida Samia Suluhu Hassan aho amafaranga yakoresheje mu kwiyamamaza yavuye, cyane ko bizwi ko Diamond atigeze amutera inkunga ku rwego abantu bakeka.

    Ati 'Uzagerwaho n’ukuri igihe uzahatirwa kuvuga uwakwishyuriye amafaranga wakoresheje mu bikorwa byawe byo kwiyamamaza, cyane cyane nibaza icyo uzabwira Mama Rubi [Pereizida Samia] nibimugeraho.'

    Harmonize yanagarutse ku bantu bandi avuga ko Diamond yashutse barimo umuhanzi Angela wigeze kuba muri Konde Gang, ngo wasezeranyijwe ubufasha n’imikoranire itigeze ibaho, ndetse na Ibraah, wasezeye muri Konde Gang abifashijwemo na Diamond nyuma yo kumubeshya ko azahabwa ubufasha bwo kumenyekanisha ibihangano bye.

    Yagize ati 'Wowe Baba Levo wari ku isonga mu kuvuga ko ntitwaraga neza kuri Angela. None se Diamond yamujyanye kwa muganga nk’uko yabisezeranyije? Ese indirimbo yagombaga gukorana na Zuchu yarasohotse? Na Ibraah se, kuki mutamurangiriza indirimbo nyuma yo kumushora mu nzira yo kuva iwacu?'

    Konde Boy yavuze ko ibyo byose ari ugushaka kumusenya, ndetse ko ibyo Baba Levo n’abo bafatanyije bigeze kumukorera byamushyize mu gahinda gakomeye kashoboraga no gutuma akoresha ibiyobyabwenge cyangwa akareka umuziki.

    Baba Levo ashinjwa kwihoma kuri Diamond Platnumz

    Harmonize yamubwiye ko hari igihe bizamugaruka

    Source : http://isimbi.rw/harmonize-yasabye-baba-levo-kureka-gushyigikira-diamond-platnumz-buhumyi.html

  • Samuel Eto’o Fils mu barenga ibuhumbi 150 bitabiriye igiterane cy’Umuvugabutumwa w’Umurundi wakoze ibitangaza #rwanda #RwOT

    Samuel Eto’o Fils wakanyujijeho muri ruhago akaba na perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun, ari mu bantu barenga ibihumbi 150 bitabiriye Igiterane cy’Umuvugabutumwa w’Umurundi, Chris Ndikumana yakoreye muri Benin.

    Ndikumana Chris ni umuvugabutumwa wamamaye cyane mu biterane akora yise 'Kanguka’ aho akoreramo ibitangaza agakiza abantu indwara.

    Uyu muvugabutumwa ugenda azenguruka ibihugu bitandukanye bya Afurika yigisha inkuru nziza y’Imana, kuri ubu hari hatahiwe Benin, igiterane cyabereye mu Mujyi wa Cotonou.

    Ni igiterane kitigeze cyamamazwa kuri Radio, Televiziyo, Imbuga Nkoranyambaga cyangwa ahandi hantu aho ari ho hose ariko kikaba cyaritabiriwe n’umubare munini w’abantu nubwo iki gihugu kizwiho kugira umubare munini w’abantu bizerera mu mbaraga z’umwijima.

    Kikaba cyaritabiriwe n’abantu barenga ibihumbi 150 aho na Samuel Eto’o Fils yateze indege imukura muri Cameroun akajya muri Benin kwitabira iki giterane kiberamo ibitangaza.

    Nk’ibisanzwe nk’uko bisanzwe bigenda mu biterane yagiye akora, yahakoreye ibitangaza bamwe mu bantu baje bafite ibibazo birakemuka, hari abari barwaye bakize, hari abaje bagendera mu mbago bataha bigenza nta mbago bariho.

    Ndikumana Chris yavutse tariki ya 15 Kamena 1973 aho ari imfura mu muryango w’abana 6. Muri 2010 yakoze ubukwe aho yashakanye na Nadia Iteka ubu bafitanye abana 4 (Teresa Shima, Joshua Senga, Eliane Irankunda na Witness Baho).

    Kimwe mu bitarane by’amateka yakoze, ni cyabaye tariki 18 Ukwakira 2023, Chris Ndikumana muri Cameroun aho yigishije icyigisho cyitwa “La Puissance de Yeshua” (Ubushobozi bwa Yeshua) aho cyitabiriwe n’abantu bagera ku bihumbi 200 kuri Stade Japoma i Douala muri Cameroun.

    Iki giterane cyamaze amasaha arenga atandatu. Mu bitabiriye iki giterane harimo, harimo Samuel Dieudonné Ivaha Diboua wari uyoboye akarere ka Littoral mu gihugu ca Cameroun.

    Ndikumana akaba yarashyizeho Application yise 'Kanguka’ aho abarenga miliyoni bamaze kuyimanura (download) bayitunze muri telefoni zabo ngendanwa, iboneka kuri Google Play no kuri App Store ya Apple.

    Samuel Eto’o Fils yitabiriye iki giterane kandi yarafashijwe

    Chris Ndikumana yakoreye igitaramo cy’Amateka muri Benin

    Source : http://isimbi.rw/samuel-eto-o-fils-mu-barenga-ibuhumbi-150-bitabiriye-igiterane-cy.html

  • Girumugisha yahaye ubutumwa Rayon na APR FC, Umukinnyi w’umunyarwanda abona udasanzwe #rwanda #RwOT

    Umurundi ukinira Al Hilal, Girumugisha Jean Claude yavuze ko intego bafite ari ugutwara shampiyona kandi bazabigeraho batsinze Rayon Sports na APR FC.

    Ibi uyu mukinnyi yabitangarije ikinyamakuru ISIMBI nyuma y’umukino baraye batsinzemo Bugesera FC 3-1, ibitego byose bya Al Hilal ni we wabitsinze.

    Girumugisha watowe nk’umukinnyi w’umukino, yavuze ko intego bafite ari ugutwara shampiyona y’u Rwanda.

    Ati “Intego dufite ni ugukina, amakipe yose akina ashaka igikombe, ni ugukora cyane kugira ngo turebe ko twagitwara mbere ya APR FC. Tunafite intego yo kugera kure mu matsinda y’imikino Nyafurika.”

    Yakomeje avuga ko nubwo bagera mu kibuga bigahinduka ariko afite icyizere ko ari Rayon Sports na APR FC bazazitsinda.

    Ati “Njye ndumva tuzazitsinda, njyewe mfite icyizere ko tuzazitsinda ariko hari igihe tugera ku kibuga bigahinduka.”

    Agaruka ku bakinnyi beza y’abanyarwanda beza yabonye muri shampiyona y’u Rwanda barimo myugariro wa APR FC, Niyigena Clement.

    Ati “Barimo benshi. Nk’uriya myugariro wa APR FC ukina mu mutima w’ubwugarizi (Niyigena Clement), ni umuhanga cyane.”

    Avuze ibi mu gihe Niyigena Clement ari we wegukaye igihembo cy’umukinnyi mwiza wahize abandi (MVP) mu mwaka w’imikino wa 2024-25.

    Girumugisha Jean Claude akaba arimo akina shampiyona y’u Rwanda ku nshuro ya mbere, ni nyuma y’uko ikipe ye ya Al Hilal yo muri Sudani yemerewe gukina shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26.

    Girumugisha Jean Claude yavuze ko bifuza gutwara shampiyona y’u Rwanda

    Niyigena Clement yavuze ko ari mu bakinnyi beza bari mu Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/girumugisha-yahaye-ubutumwa-rayon-na-apr-fc-umukinnyi-w-umunyarwanda-abona.html

  • Uko Rose Muhando yafatiwe ubujura bikamusunikira gukora indirimbo 'Nibebe’ #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi w’icyamamare mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ukomoka muri Tanzania, Rose Muhando, yongeye gusangiza abakunzi be inkuru ibabaje y’uruhererekane rw’ibigeragezo byamukomerekeje mu buzima bwe bw’umuziki biturutse ku kagambane yakorewe n’abantu bari bamwegereye.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Mwanaspoti cyo muri Tanzania, Rose Muhando yavuze ko byose byatangiye igihe yari amaze kuzamuka mu muziki akagira izina rikomeye kubera indirimbo ze zakunzwe nka 'Mteule Uwe Macho’.

    Ariko ubwo yari mu munezero w’umusaruro udasanzwe wavubukaga mu bikorwa bye by’umuziki, uyu mugore w’imyaka 47 y’amavuko yaje kugwa mu mutego w’abantu yatekerezaga ko ari inshuti ze za hafi.

    Uwo mwikomo ngo watangiye ubwo uwamurebereraga inyungu akaba n’umujyanama we wa mbere yafungwa, akibona asigaye wenyine ari kumwe n’abo baririmbanaga muri korali.

    Mu gihe yari akiri gushakisha icyamufasha gukomeza ibikorwa bye bya muzika, haje umuntu umwe umubwira ko ashaka kumufasha kandi ko yaba hafi ye nk’umujyanama mushya.

    Yaramwizeye, ariko nyuma y’igihe gito ibintu bitangira guhinduka nabi, ubufasha yari amwitezeho buhinduka isoko y’amakimbirane n’uburiganya bwamugizeho ingaruka zikomeye.

    Rose Muhando avuga ko nubwo yari amaze igihe gito ahisemo gutandukana n’uwo muntu, akanahita abona ubutumire bwo kuririmba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo yari ku kibuga cy’Indege agiye guhaguruka, yatawe muri yombi kubera ibirego by’itoteza, ubujura n’ubwambuzi bwakorwaga n’abantu bakoranaga na wa muntu yigeze kwizera.

    Ati 'Nakomeje kumva hirya no hino hari ubujura buvugwamo amazina yanjye, sinari mbizi. Ku munsi wo guhaguruka bambwira ko nibye amafaranga menshi, mpita ngwa mu kantu.'

    Rose yasobanuye ko yahise atabwa muri yombi, ashyirwa mu maboko ya polisi, ndetse asabwa gusiga imodoka ye nk’ingwate kugira ngo dosiye ikomeze gukurikiranwa mu mategeko.

    Yanongeyeho ko icyo gihe agifata nk’igihe gikomeye mu buzima bwe, maze avuga ko ari bwo amarira, agahinda n’umubabaro byaramuremye ari nacyo cyatumye akora indirimbo yise 'Nibebe’,yaje no kuba imwe mu bihangano bye byakomeje kwinjira mu mitima ya benshi.

    Ati 'Nari mpanganye na Shitani mu buryo bw’umwuka n’ubuzima busanzwe. Nibyo byampaye imbaraga zo guhanga 'Nibebe’.'

    Nyuma yo kugera muri Amerika avuye mu bihe bikomeye, Rose Muhando avuga ko ibyo byose byamubereye isomo rinini, n’ubu rikomeza kumutera imbaraga zo gukora indirimbo zihumuriza umutima igihe aba ari kunyura mu bihe bigoye.

    Rose Muhando yavuze ko yigeze gufatwa kubera ubujura

    Source : http://isimbi.rw/uko-rose-muhando-yafatiwe-ubujura-bikamusunikira-gukora-indirimbo-nibebe.html

  • Hari abamenweho inzoga! Inkomoko y’icyo itangazamakuru ryise agasuzuguro ryakorewe na Kevin Kade i Huye #rwanda #RwOT

    Ureberera inyungu z’umuhanzi Kevin Kade yahakanye iby’agasuzuguro ashinjwa kwerekana nyuma y’amasaha make itangazamakuru ry’imyidagaduro rikorera mu Ntara y’Amajyepfo rihagaritse gukina indirimbo z’uyu muhanzi rimushinja kurica amazi akanagira uruhare mu gutuma rimenwaho inzoga.

    Ibi byose byatangiye mu mpera z’icyumweru gishize ubwo uyu muhanzi yataramiraga abakunzi be bari bamutegereje mu gitaramo cyari cyiswe 'Minuza Festival’ cyaberaga mu kibuga cy’umupira cya kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.

    Iki gitaramo cyari cyateguwe na Banki nyarwanda itsura amajyambere [BRD] kigamije gusobanurira no gukemura ibibazo bikibangamiye abanyeshuri by’umwihariko bifitanye isano n’amafaranga yo kubatunga bahabwa n’iyi banki binyuze mu cyizwi nka Minuza.

    Amakuru ISIMBI yabwiwe na bamwe mu banyamakuru bavuga ko beretswe agasuzuguro kadasanzwe barimo uwitwa Muhire Gilbert ushinzwe ishami ry’ibiganiro by’imyidagaduro kuri Radio Salus ndetse na mugenzi we Bibebityo Anicet wa RC Huye avuga ko uyu muhanzi wari wagiye ku rubyiniro ari uwa kabiri yasabwe kuganiriza itangazamakuru akabajijisha ku buryo bemeza byuje agasuzuguro kadanzwe.

    Muhire yagize ati 'Ibyo nshinja Kevin Kade bifite aho bihuriye n’ibikorwa umusore bagendana ntazi neza niba ari manager we watubujije kumuganiriza avuga ko umuhanzi agiye kubanza kuruhuka ndetse ko mu minota mike duhita tuvugana.”

    “Twagumye aho twari tumurindiriye gusa nta kanya kanini gashize, Kade yahise yinjira mu modoka atatuvugishije ibintu twafashe nk’agasuzuguro noneho icyatubabaje cyane ni uko mbere y’uko iyo modoka ihagaruka babanje gusunika abantu bari aho, ibi byavuyemo y’uko abasunitswe bamenaho inzoga banywaga umunyamakuru twari kumwe.”

    Gilbert yakomeje avuga ko mu gihe turi mu gihugu aho umuntu asabwa gutanga amakuru by’umwihariko umuhanzi ukurikirwa n’abantu benshi nka Kevin Kade akirengagiza itangazamakuru rikora nk’ikiraro kimuhuza n’abafana be ari ibintu bikwiye gusabirwa imbabazi mu ruhame.

    Ati 'Si twebwe baba basuzuguye ahubwo ni ugusuzugura abafana babo baba badutumye kumenya amakuru abavugwaho ndetse ni no gusuzugura uruhare itangazamakuru by’umwihariko Radiyo Salus mu guteza imbere muzika nyarwanda, agomba kubisabira imbabazi.'

    Mu gushaka kumenya icyo uruhande rwa Kevin Kade rubivugaho, ISIMBI yahamagaye Ghislain Nise Jabo usanzwe ureberera inyungu z’uyu muhanzi ayihamiriza ko ibi koko byabaye ariko avuga ku cyo yagereranije no gushyuha mu mutwe ahanini kwari kwatewe n’ukubanza gupfa kw’ibyuma by’amajwi ubwo Kade yari agiye ku rubyiniro bikamusaba kubanza gusubirayo.

    Nise Jabo yashimangiye ko nta bundi bugome cyangwa umutima mubi waba warakoranywe ibyo aba banyamakuru bafashe nko gusuzugurwa ahubwo ko byafatwa nk’ikosa ryabaye mu bwumvane hagati yabo nyuma y’uko bari basabwe gutegereza umuhanzi akabanza akaruhuka.

    Ati ' Yego byabayeho, gusa abo banyamakuru baraje tubabwira ko umuhanzi akirushye noneho hahita haza akavuyo noneho duhita twimuka aho twari duhagaze bitewe no gucanganyukirwa no gushyuha mu mutwe twari twagize twisanga tugiye tutabavugishije, ariko nta bundi bugome cyangwa kubasuzugura kwabayeho.'

    Jabo yakomeje agaragaza ko nta mpamvu bari bafite yo gusuzugura itangazamakuru kandi we abona ko cyari igihe cyo kurikenera bitewe n’uko bari mu myiteguro yo kumenyekanisha indirimbo ya Kevin Kade nshya yitwa 'Nyiragongo’ kandi ko usibye n’iyi nshuro itangazamakuru ari abafatanyabikorwa babo ba buri munsi.

    Ibi bije nyuma yuko mu mwaka ushize nabwo Chris Eazy yasabye imbabazi itangazamakuru cyane cyane irikorera mu Karere ka Huye kubwo gushinjwa kubaca amazi akabasuzugura bakiyemeza guhagarika ibihangano bye.

    Ku italiki ya 17 Gashyantare 2024 ubwo uyu musore yataramiraga mu karere ka Huye muri Kaminuza y’u Rwanda yahavuye ahasize isura itari nziza mu itangazamakuru rikorera i Huye ubwo yashinjwaga agasuzuguro no kugaraguza agati itangazamakuru rihakorera.

    Mbere y’uko Chriss Eazy ajya ku rubyiniro bivugwa ko abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye bamwegereye bakamusaba ko baganira akababwira ko ako kanya bitakunda ahubwo ko baza kuganira nyuma yo kuva ku rubyiniro.

    Igihe cyo kuva ku rubyiniro nabwo ntiyigeze abikoza kuko bamwe mu banyamakuru bavuga ko yahise yinjira mu modoka ahita agenda ntacyo ababwiye, gusa ageze imbere ahamagara umwe muri bo ngo bamusange kuri Hotel gusa nabyo ntibyakunda kuko bahageze basanga yagiye.

    Uku kubazungurutsa cyane bikarangira anababeshye byarabarakaje ndetse bamwe biyemeza kutongera gukina indirimbo n’imwe y’uyu muhanzi cyereka igihe azaba yaciye bugufi akemera ikosa akanarisabira imbabazi ndetse ibi ni na ko byaje kugenda.

    Kevin Kade itangazamakuru ryo mu Magepfo ryamushinje agasuzuguro

    Source : http://isimbi.rw/hari-abamenweho-inzoga-inkomoko-y-icyo-itangazamakuru-ryise-agasuzuguro.html

  • FERWAFA yihaye imyaka ibiri u Rwanda rukajya mu Gikombe cy’Isi #rwanda #RwOT

    Ibi ni ibyatangajwe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice, mu kiganiro n’itangazamakuru cyagarukaga kuri gahunda yo kuzamura impano bahereye mu bakiri bato.

    Uyu mushinga w’imyaka 2 ufite intego y’uko u Rwanda ruzakina Igikombe cy’Isi cy’Abatarengeje imyaka 17 mu 2028.

    Uyu mu mushinga wa “FIFA Talent Development Scheme-TDS ” ugamije kuzamura impano z’abakiri bato, washyizweho n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) mu 2022, ukaba ukuriwe na Arsène Wenger, umaze amezi umunani utangiye mu Rwanda.

    Shema Fabrice, yagaragaje uyu mushinga nk’igisubizo cy’intsinzwi u Rwanda rumaze rubona.

    Ati “Uyu munsi dufite agahigo ko gutsindwa buri kanya, abandi bahiga gutsinda, ariko hari gahunda zigomba guhindura uwo musaruro.”

    Yashimangiye ko intego bihaye ari ukuzakina Igikombe cy’Isi cya 2028 mu batarengeje imyaka 17 u Rwanda rwakinnye rimwe rukumbi muri 2011.

    Mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika gitaha, ikipe yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya CECAFA U17 yabereye muri Ethiopia mu Ugushyingo, yaserewe itsinzwe imikino yose yakinnye na Ethiopia, Kenya, Somalia na Sudani y’Epfo.

    Guhera umwaka utaha muri Werurwe, hazatangira amarushanwa y’abatarengeje imyaka 14 na 16 mu bahungu n’abakobwa ku buryo bazajya bakina hagati y’imikino 28 na 30 nk’uko byemejwe na DTN wa FERWAFA, Gérard Buscher.

    FERWAFA yamaze kwakira Frédéric Crebiller nk’Umutoza ushinzwe gushaka no kuzamura impano z’umupira w’amaguru wavuye muri FIFA. Uyu mutoza azakora muri uyu mushinga wa FIFA TDS urimo umunyabigwi Anthony Baffoe.

    FERWAFA yihaye imyaka ibiri ikajya mu Gikombe cy’Isi cya U17

    Source : http://isimbi.rw/ferwafa-yihaye-imyaka-ibiri-u-rwanda-rukajya-mu-gikombe-cy-isi.html

  • Brussels Airlines yananiwe kugwa ku kibuga cy'indege cy'i Bujumbura incuro 5 zikurikirana #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu rishyira kuwa Kane, tariki ya 10 Ukuboza 2025, indege ya kompanyi Brussels Airlines yagombaga kugwa ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Melchior Ndadaye i Bujumbura mu Burundi, yahushije kugwa inshuro eshanu zikurikirana.

    Amakuru aturuka mu nzego z'igenzura ry'indege mu Burundi avuga ko imvura nyinshi n'ikirere kibi cyane cyari cyiganje mu gace ka Rwegura aribyo byatumye iyo ndege idashobora gushyikira neza inzira yo kugwa.

    Nyuma yo kugerageza inshuro 5 zose byanga,  indege yahisemo gufata umwanzuro wo kugatira Entebbe muri Uganda, kugira ngo harindwe ubuzima bw'abari bayirimo bose.

    Umuyobozi Mukuru w'urwego rucunga iby'ingendo z'indege mu Burundi yemeje aya makuru, ashimangira ko iki kibazo cyerekana ko hakenewe kongera ubushobozi mu ikoranabuhanga no mu bumenyi bwifashishwa mu kugenzura ikirere kugira ngo imikorere irusheho kuba myiza kandi irushaho kubungabunga umutekano.

    Indege ya Brussels Airlines yananiwe kugwa i Bujumbura incuro 5 zikurikirana

    Source : https://kasukumedia.com/indege-ya-brussels-airlines-yaniwe-kugwa-i-bujumbura-incuro-5-zikurikirana/

  • Yanditse amateka akomeye! Ibintu 5 Chairman wa APR FC yazibukirwaho mu gihe yahindurwa (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Bamwe barabyemeza abandi bakabihakana. Gusa nta tangazo yaba APR FC cyangwa Ingabo z’u Rwanda barasohora bavuga ko Brig Gen Deo Rusanganwa atakiri umuyobozi w’iyi kipe ifite ibikombe byinshi mu gihugu.

    Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru ni bwo inkuru yabaye kimomo ku mbuga nkoranyambaga ko nyuma y’amezi 13 ari umuyobozi wa APR FC, Brig Gen Deo Rusangwa yakuwe kuri izi nshingano kubera kuburira umwanya ikipe bitewe n’inshingano zindi za Gisirikare afite.

    Kugeza ubu nta rwego na rumwe ruyobora iyi kipe ruragira icyo rutangaza kuri aya makuru niba ari yo cyangwa ari ibihuha. Gusa na none nta nkuru ipfa kuzira ubusa idafite aho ikomotse.

    Gusa amakuru ISIMBI yamenye ni uko Col (Rtd) Vincent Mugisha usanzwe ari umunyamabanga wa APR FC ari we urimo gukora nk’umuyobozi mu gihe Brig Gen Deo Rusanganwa ahugiye mu kandi kazi gasanzwe gatuma ataboneka.

    Brig Gen Deo Rusanganwa usanzwe ari Umuyobozi wa Diviziyo ya Kabiri mu Ngabo z’u Rwanda, yari ku buyobozi bwa APR FC kuva mu Ugushyingo 2024, asimbuye Col (Rtd) Richard Karasira.

    Nubwo aya makuru ataremezwa n’ubuyobozi, munyemerere muri iyi nkuru turebere hamwe bimwe mu bintu yazibukirwaho mu gihe yaba asimbujwe.

    Yanditse amateka yari yarananiranye mu myaka 10

    Ku mwaka umwe yamaze ku buyobozi bwa APR FC yegukanye ibikombe butatu, icya Shampiyona, Igikombe cy’Amahoro ndetse n’Igikombe cy’Intwari.

    Brig Gen Deo Rusanganwa akaba yarabashije gutwara ‘Double’ (Shampiyona n’Igikombe cy’Amahoro) mu mwaka umwe, ibi bikaba ari byo bikombe bikomeye mu Rwanda cyane ko ari nabyo bitanga itike yo guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika ya CAF Champions League na Confederation Cup.

    Aya ni amateka yanditse cyane ko hari hashize imyaka 11 iyi kipe itabikora aho yaherukaga kubikora mu mwaka w’imikino wa 2013-14.

    Asigiye APR FC Bisi (Bus)

    Bizavugwa bizanandikwa mu mateka ko ku ngoma ye nk’umuyobozi wa APR FC ari bwo iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yabonye imodoka yayo bwite.

    Ubundi APR FC isanzwe igenda mu modoka za gisirikare (zifite ibirango bya gisirikare), benshi bibazaga impamvu itagira imodoka yayo, rero ari Umuyobozi wa APR FC iyi kipe yabashije kugura imodoka.

    Nubwo itaratangira kuyigendamo ariko iyi modoka yamaze kugera mu Rwanda, irimo gushyirwago ibirango by’ikipe, vuba cyane izatangira kuyikoresha.

    Ntiyigeze atsindwa na mukeba Rayon Sports

    Kuva yagirwa umuyobozi wa APR FC mu Gushyingo 2025 kugeza uyu munsi amaze guhura na Rayon Sports inshuro 4, zose nta n’imwe yatsinzwe, banganyije kabiri, ayitsinda kabiri.

    Mu mwaka w’imikino ushize wa 2024-25, muri shampiyona banganyije imikino yombi ubusa ku busa.

    Yaje gutsinda Rayon Sports 2-0 ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro wabaye tariki 5 Gicurasi 2025.

    Yaje kuyisubira ayinyagira 3-0 mu mukino w’umunsi wa 7 wa shampiyona ya 2025-26 wabaye tariki 8 Ugushyingo 2025.

    Kogosha abakinnyi

    Nyuma y’imyaka myinshi, Brig Gen Deo Rusanganwa azibukirwa ku kuba ari we wagaruye umuco wo kogosha abakinnyi.

    Mu busanzwe APR FC nk’ikipe y’Ingabo z’Igihugu hari imico cyangwa imyitwarire abakinnyi n’abakozi bayo baba bagomba kuba bafite bitandukanye n’andi makipe.

    Mu muco wa APR FC gutunga umusatsi mwinshi ukawukaraga, gusuka, gushyiraho ‘dreadlocks’ ntabwo byabaga byemewe.

    Gusa mu myaka itambutse, nyuma yo kuva kuri gahunda yo gukinisha Abanyamahanga, yagiye iteshuka kugeza aho byari byarabaye nk’ibisanzwe.

    Brig Gen Deo Rusanganwa akaba ejobundi yarabahinzemo ubudehe abafite imisatsi imeze ityo arabogosha.

    Yashimangiye ko ari umuco ugomba kugaruka ku buryo no mu masezerano bizajya bijyamo utabyishimiye akumva akomeye ku musatsi we, ntibazamusinyisha bazamureka.

    Inshuti y’Itangazamakuru

    Muri aya mezi 13 ashize ari Chairman wa APR FC, ni Umuyobozi wageregeje kubana neza n’abanyamakuru mu ngeri zitandukanye.

    Brig Gen Deo Rusanganwa mu mwanya muke yabaga afite ariko n’itangazamakuru yariboneraga umwanya.

    Byari bigoye kuba wahura na we ukamubwira ko wifuza kuganira na we ngo akwangire, no kuri telefoni yaritabaga kandi akaguha amakuru y’ikipe wifuza kumenya.

    Hari n’abifuza ibiganiro by’umwihariko (Exclusive interviews), yarabikoze kandi byinshi, ibi ni bimwe mu byamwongereraga igikundiro mu itangazamakuru, bakamwibonamo aho kumutinya nk’umusirikare ufite ipeti rya ‘Brig Gen’.

    Yabashije gutwara Shampiyona n’igikombe cy’Amahoro mu mwaka umwe, ibintu APR FC yahherukaga mu myaka 11

    Yari inshuti y’itangazamakuru

    Kuva yajya ku buyobozi ntabwo Rayon Sports yigeze imutsinda

    Bus y’ikipe yageze mu Rwanda

    Abakinnyi yarabogoshe

    Source : http://isimbi.rw/yanditse-amateka-akomeye-ibintu-5-chairman-wa-apr-fc-yazibukirwaho-mu-gihe.html

  • Silvizo yarahiriye kurutsa Element Eleéeh ibye yamuriganyije #rwanda #RwOT

    Silvizo uzwi mu gusubiramo indirimbo z’abahanzi, yatangaje ko ahaye Element Eleéeh nyirantarengwa y’ibyumweru bitatu byo kuba yamaze kumusubiza amafaranga yamuriganyije amubeshya ko azamukorera indirimbo mu myaka itatu ishize ariko amaso agahera mu kirere.

    Kuri uyu wa gatatu tariki ya 10 Ukuboza ni bwo umuhanzi wamamaye mu gusubiramo indirimbo z’abandi bahanzi Silivizo yongeye kwigarurira imbuga nkoranyambaga nyuma yo gutungurana agashyira hanze amashusho aherekejwe n’ibizibiti, atanga intumwa ya nyuma yo kurega Element, producer akaba n’umuhanzi.

    Muri aya mashusho arimo n’amafoto ya message za Mobile Money amwohereza aya mafaranga, Silivizo agaragara avuga ko agiye kwitabaza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) nk’uburyo bwa nyuma bwo kubona ubutabera bwo kwisubiza amafaranga ibihumbi magana atatu yahaye Element ngo amukorere indirimbo ariko bikarangira ntayo amukoreye ahubwo agahitamo kumwihisha no kwanga kumwitaba kuri telephone ubwo yabaga amuhamagaye.

    Yagize ati 'Element aho bigeze ngiye kukujyana muri RIB kugira ngo unyishyure amafaranga yanjye ibihumbi 300 naguhaye ngo unkorere indirimbo ukanga kuyikora hanyuma n’amafaranga wanga kuyansubiza.'

    Silvizo yakomeje avuga ko nyuma y’uko mu myaka itatu ishize ibi bibaye yagiye agerageza kwandikira no guhamagara Element ngo bakemure iki kibazo hatitabajwe inzira z’amategeko bikananirana, kuri ubu yamaze gutanga nyirantarengwa y’ibyumweru bitatu byo kuba yasubijwe ibye cyangwa akajyana iki kirego muri RIB.

    Uyu muhanzi yashimangiye ko bijyanye n’igihombo gikomeye yahuye nacyo nyuma y’uko indirimbo yagombaga kuba yarasohotse mu muri iki gihe itasohotsemo, ubu yifuza ko Element yamusubiza amafaranga kurusha kumushumbusha kumukorera indi ndirimbo mu buryo bw’amajwi nk’uko avuga ko byagombaga kuba byarakozwe.

    Ati 'Nakwishyuye amafaranga kugira ngo unkorere indirimbo ingirire umumaro, nyicuruze ubu imyaka ibaye itatu. Urumva iyo ndirimbo itamaze guhomba ndetse nyuma yaho nakoze indirimbo nyinshi. Rero nkeneye ko unsubiza amafaranga yanjye.'

    ISIMBI mu gushaka gucukumbura mu mizi iby’iki kibazo, Silvizo we ubwe yayihamirije ko ubundi yatanze hamwe amafaranga agera ku bihumbi Magana atanu imbumbe harimo ibihumbi magana atatu yahaye Element ubwo yari akibarizwa mu nzu itunganya umuziki ya 'Country Records’ ndetse n’ibihumbi 200 frw yahaye umuvandimwe wa nyiri iyi nzu Noopja wanitabye Imana.

    Silvizo yavuze ko Element natamwishyura azamujyana muri RIB

    Element nta kintu arabivugaho

    Source : http://isimbi.rw/silvizo-yarahiriye-kurutsa-element-eleeeh-ibye-yamuriganyije.html