Blog

  • Abakoresha icyambu gishya cya Rubavu babangamiwe no kutabona abakozi ba gasutamo – #rwanda #RwOT

    Icyambu gishya cya Rubavu cyuzuye mu ntangiriro za 2024 ndetse mu mezi yakurikiyeho gitangira gukorerwaho nk'igerageza mbere y'uko gihabwa rwiyemezamirimo ugomba kugicunga.

    Abacuruzi bohereza ibicuruzwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagatangaje ko icyambu cyatumye batangira kohereza ibicuruzwa byinshi ugereranyije no kubitwara mu modoka.

    Umwe muri bo ucuruza amavuta yo guteka yabwiye RBA ati 'Iyo ubonye umukiliya urabitwara arabinyuza hano bitworohera cyane kuruta uko yajya aza kubifata ku bubiko. Urumva hari ingano y'ibicuruzwa imokoka igomba kuba itwaye ku mupaka ariko iyo turanyuza hano ibintu biratworohera cyane. Bituma tugurisha ibintu byinshi kurusha uko twabitekerezaga.'

    Mbarushimana Edouard ufite ubwato bune bupakira imizigo mu Kiyaga cya Kivu yagaragaje ko abanye-Congo bitabira gukoresha icyambu gishya cyubatswe kuko baba bizeye umutekano w'ibicuruzwa byabo.

    Ati 'Babicisha hano kubera ko bizeye umutekano wabyo no kuba bipakirwa neza hari n'ububiko Aashobora kubibikamo igihe bibaye byinshi kandi natwe byaradufashije cyane kubera ko baduha akazi.'

    Gusa abacuruzi bagaragaza ko hakiri imbogamizi zirimo ububiko bw'icyambu budakora na serivisi za gasutamo zitaboneka ku gihe.

    Undi ati 'Aba bashinzwe ibyinjira n'ibisohoka bashinzwe gusuzuma imizigo iri mu modoka, baratinda cyane ushobora gusanga imodoka igeze hano mu gitondo bakirirwa bamutegereje akagera hano saa Saba cyangwa saa Munani.'

    Muri rusange ibicuruzwa bipakirwa cyane byiganjemo iby'ubwubatsi kuko ku munsi hapakirwa toni zirenga 1000 za sima, na ho ibindi bicuruzwa byiganjemo ibiribwa bikaba toni zirenga 350.

    Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda Prudence Sebahizi ubwo yasuraga iki cyambu yavuze ko izo mbogamizi zizavaho nigifungurwa mu Ukuboza 2024.

    Ati 'Kugitaha ku mugaragaro ni byo bitari byaba, biteganyijwe mu Ukuboza iyo mirimo rero yo kugikoresha ni nk'igerageza kugira ngo na Rwiyemezamirimo uzaza kugicunga habe hari imibare tumwereka, tumubwire tuti iki cyambu gifite ubushobozi bungana gutya.'

    Biteganyijwe ko iki cyambu kizajya kinyuzwaho toni ibihumbi 700 ku mwaka, n'abantu barenga miliyoni eshatu.

    Kuri iki cyambu ntihateganyijwe inzego z'ubuyobozi bw'ikindi gihugu ariko hazaba hakorera serivisi za RTDA, inzego zishinzwe abinjira n'abasohoka, inzego z'umutekano na serivisi ziboneka ku mipaka yo ku butaka, hari Magerwa, Ikigo cy'Igihugu cy'Imisoro n'Amahoro n'ibindi.

    Gifite ahantu hazajya hakirirwa ba mukerarugendo basura ibice nyaburanga by'Intara y'Iburengerazuba n'ububiko by'ibicuruzwa ku buryo umuntu umaze gupakurura ashobora kuba abitsemo ibikoresho.

    Abakoresha icyambu cya rubavu barataka kutabona abashinzwe gasutamo babafasha kwihutisha ubucuruzi bwabo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abakoresha-icyambu-gishya-cya-rubavu-babangamiwe-no-kutabona-abakozi-ba

  • Umujyi wa Kigali mu nzira yo gutera ibiti n'ubusitani ku butaka waguze bwahindutse ibihuru – #rwanda #RwOT

    Mu bice bitandukanye by'umujyi wa Kigali hari ubutaka bwimuwemo abaturage hagamijwe kuzahubaka ibikorwa bijyaye n'iterambere ry'u Rwanda ariko ubu hakaba hakibereye aho, ahubwo harabaye ibihuru.

    Ubutaka nk'ubu usanga ari ho abasenya inzu bajya kumena ibisigazwa byazo, abandi bakitwikira ijoro bakajya kuhamena imyanda.

    Ngabonziza Maurice utuye mu Mujyi wa Kigali yabwiye RBA ko ubutaka bwa Leta hari aho bwahindutse indiri y'abanywa ibiyobyabwenge nyamara bwari bukwiye kubyazwa umusaruro.

    Ati 'Mbona Leta itabukoresha uko iba yabitanzeho igitekerezo ivuga ngo igiye kuhimura abaturage ihakorere igikorwa runaka ugasanga cya gikorwa ntikihabaye, kimaze umwaka umwe, ibiri, itanu ahubwo hakibera ibihuru ugasanga ni ho habaye indiri y'abanywa itabi, abajura cyangwa se undi muntu wahasigaye ufite inzu nziza birayirengeye.'

    Habimana Antoine we asanga 'Mu gihe bakimara kubukuraho abaturage bakabaye babwubaka nk'uko bavuga bati tugiye kuhubaka cyangwa se niba bidahise bikorwa bakahaha abaturage bakahakora imishinga y'ubuhinzi.'

    Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya yatangaje ko kwimura abaturage mu bice bitandukanye bikorwa ahateganywa imishinga migari ariko hakaba ubwo hashize igihe itaratangira gushyirwa mu bikorwa.

    Yahamije ko iyo ahantu hegenewe imishinga minini, ahenshi bikorwa mu byiciro bitandukanye, hakabaho gutegura no gushaka ingengo y'imari yo kwimura abaturage ahazakorerwa ibyo bikorwa.

    Ati 'Iyo abaturage bamaze kuhava cya kibuga kimaze kuboneka ni na ho hakurikira ibyo byiciro bindi byo gukomeza wa mushinga, ibyo rero bituma bitwara imyaka kandi ikintu kiba gikomeye kurusha ibindi mbere y'uko na wa mushinga ujya mu bikorwa ni uko nibura ba baturage babasha kubona ingurane.'

    Ntirenganya yahamije ko ahantu hose hari ubutaka bw'Umujyi wa Kigali bateganya ko buzamara igihe kinini buzaterwaho ubusitani.

    Ati 'Turi muri gahunda yo gutera ibiti, gahunda twise igiti cyanjye, ikintu cya mbere turi gukora nk'Umujyi wa Kigali ni ukureba bwa butaka twebwe tugifite nk'umujyi wa Kigali tuzakoresha mu bihe biri imbere ariko tukaba tugifitemo imyaka runaka kuba tubuteye ibiti, tukabutera ubusitani tugashyiramo paspalum cyangwa se ibindi byatsi bishoboka hakaba hasa neza nibura mu gihe ya mishinga minini itarageraho.'

    Yagaragaje ko iyo hari umwanda mu Mujyi wa Kigali biba bireba ubuyobozi n'abaturage muri rusange bityo ko n'abaturage bahakora umuganda haba mu minsi yagenewe umuganda cyangwa mu muganda udasanzwe.

    Ati 'N'iyo mwaba muturiye ubutaka bw'Umujyi wa Kigali budakoreshwa hanyuma mukagira umwanda ubundi biba ari ikibazo ku Mujyi wa Kigali ariko biba ari n'ikibazo ku Mudugudu. Ni hahandi tuvuga ngo ese mu mudugudu iyo mutekereje ko mugiye gukora umuganda mujya kuwukora hehe?'

    Umujyi wa Kigali uvuga ko mu myaka itanu iri imbere hazaterwa ibiti miliyoni eshatu zizabarwa harebwe ibyakuze aho kureba ibyatewe gusa.

    Ibi ngo bizafasha gusigasira isuku mu bice bitandukanye ariko hanabungabungwa umwuka abantu bahumeka.

    Ahari ubutaka bw’Umjyi wa Kigali butagiye guhita bukoreshwa imishinga yahagenewe hazaterwa ubusitani


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umujyi-wa-kigali-mu-nzira-yo-gutera-ibiti-n-ubusitani-ku-butaka-waguze

  • Abakinnyi 12 bagize imvune zamaze igihe kinin… – #rwanda #RwOT

    Abakinnyi 12 bagize imvune ndende mu mupira w’amamguru

    12 Neymar Jr

    Umunya-Brazil, Neymar Jr aza ku mwanya wa 12 mu bakinnyi bagize imvune zamaze igihe kinini. Mu makipe Neymar Jr yanyuzemo nka Santos, FC Barcelona Paris Saint-Germain na Al-Hilal yagize imvune 38 zitandukanye. Izo mvune zatumye amara iminsi 1294 hanze y’ikibuga, zituma adakima imikino 233.

    11. Thomas Risicky

    Umunya-Czech Republic Thomas Risicky aza ku mwanya wa 11 mu bakinnyi bagize imvune igihe kirekire mu rugendo rwo gukina umupira w’amaguru. Uyu mukinyi yanyuze mu Makipe nka Sparta Prague, Brussia Dortmund na Arsenal yagize imvune 16 zitandukanye. Izo mvune zatumye amara iminsi 1301 hanze y’ikibuga bituma asiba imikino 195.

    10. Holger Badstuber

    Umudage Holger Badstuber aza ku mwanya wa 10 mu bakinnyi bagize imvune zamaze igihe kinini. Mu makipe atandukanye yakiniye ariyo Bayern Munich, Shalke 04, Vfb Stuttgart, na FC Luzen yagize imvune 22 zitandukanye zatumye amara iminsi 1305 hanze y’ikibuga. Izo mvune zatumye adakina imikino 212.

    9. Marco Reus

    Umudage Marco Reus wamamaye muri Brussia Dortmund Los Angeles Galaxy, Brussia Monchengladbach yagize imvune 69 zitandukanye. Izo mvune zatumye asiba imikino 158 kandi zatumye amara iminsi 1313 hanze y’ikibuga.

    8. Ronaldo Nazario

    Umunya-Brazil Ronaldo Nazario wamenyekanye mu makipe nka PSV Eindhoven, FC Barcelona, Inter Milan, Real Madrid, AC Milan ndetse n’ayandi nawe ari mu bakinnyi babangamiwe n’imvune igihe kirekire. Uyu munya-Brazil yagize imvune umunani zitandukanye. Izo mvune zatumye amara iminsi 1324 hane y’ikibuga, ibyatumye ananirwa gufasha amakipe ye imikino 159.

    7. Frank Ribery

    Umudage Frank Ribery afata umwanya wa Karindwi mu bakinnyi bamaze hanze y’ikibuga igihe kirekire kubera imvune. Frank yakiniye amakipe nka Boulogne, Ales, Brest, Metz, Galatasaray, Marseille, Bayern Munich, Fiolentina na Salernitana. Mu makipe yanyuzemo yagize imvune 72 zitandukanye zatumye amara iminsi 1363 hanze y’ikibuga bituma asiba imikino 227.

    6. Thomas Vermaelen

    Thomas Vermaelen ukomoka mu Bubiligi ni umwe mu bakinnyi beza ariko bibasiriwe n’imvune. Thomas yakiniye amakipe nka Ajax, Arsenal, FC Barcelona, AS Roma ndetse n’ayandi. Uyu mukinnyi yagize imvune 35 zitandukanye zatumye amara iminsi 1366 hanze y’ikibuga, bituma asiba ikimino 267.

    5. Vincent Kompany

    Umubiligi utoza Bayern Munich Vincent Kompany nawe akiri umukinnyi yagiye abangamirwa n’imvune cyane muri Manchester City yamaze igihe kinini. Kompany yavunitse inshuro 35 zatumye amara iminsi 1419 hanze y’ikibuga, bituma asiba imikino 267.

    4. Jack Wilshere

    Umwongereza Jack Wilshere wamamaye muri Arsenal, Bolton Wanderers, Bournemouth, West Ham United ndetse n’andi makipe yagize imvune 18 zitandukanye. Izo mvune zatumye amara iminsi 1470 hanze y’ikibuga arata gukina imikino 214 kubera imvune.

    3. Arjen Robben

    Umuholandi Arjen Robben wamamaye mu makipe nka Groningen, PSV Eindhoven, Chelsea, Real Madrid na Bayern Munich yagize imvune 58 zitandukanye. Izo mvune zatumye amara iminsi 1507 hanze y’ikibuga zituma asiba imikino 243.

    2. Steven Jovetic

    Umunya-Serbia Steven Jovetic wanyuze mu makipe atandukanye nka Fiolentina, Manchester City, Inter Milan n’ayandi, ari mu bakinnyi urugendo rwabo rwaranzwe n’imvune nyinshi cyane. Jovetic yagize imvune 35 zitandukanye zatumye amara iminsi 1510 hanze y’ikibuga. Izi mvune zatumye adakina imikino 211.

    1. Abou Diably

    Umufaransa, Abou Diably ni umukinnyi wari umuhanga mu kibuga ariko kubera imvune zitandukanye yagiye agira byamukomye mu nkokora bituma atagera aho yifuzaga. Diably yakiniye amakipe nka Arsenal, Auxerre na Marseille. Yagize imvune 21 zatumye amara iminsi 1747 hanze y'ikibuga, zikaba zaratumye adakina imikino 314.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/147866/abakinnyi-12-bagize-imvune-zamaze-igihe-kinini-mu-mupira-wamaguru-amafoto-147866.html

  • Misiri(Egypt) yazamuye ibiciro bya lisansi kuva 10% kugeza kuri 17% #rwanda #RwOT

    Guverinoma ya Misiri(Egypt) mu itangazo yashyize ku rubuga rwa Facebook yavuze ko iki cyemezo cyafashwe hagamijwe 'kugabanya itandukaniro riri hagati y'ibiciro byo kugurisha ibicuruzwa bikomoka kuri peteroli n'umusaruro mbumbe w'iki gihugu ndetse n'ibiciro bitumizwa mu mahanga.'

    Abanyamisiri bahanganye n'ifaranga ryabo ryazamuye agaciro ku bwikube bwo hejuru ni mu gihe bagendana n'izamuka ry'ibiciro bya buri munsi, mu gihe cyizuba harimo n'izamuka ry'ibiciro bya peteroli 10%, izamuka ry'agaciro k'ifaranga ryaho mu mafaranga y'amahanga.

    Nk'uko ibiciro bishya bitangira gukurikizwa kuri uyu wa Gatanu, igiciro cya litiro ya mazutu ishingiye cyane ku gutwara abantu cyiyongereye nacyo kiva ku biro 11.5 ($ 0.23) kigera ku biro 13.50 ($ 0.25), ni mu gihe igiciro cya lisansi 92-octane nacyo cyazamutse agera kuri 15.25 ($ 0.31) kuva ku biro 13.75 ($ 0.28).

    Izamuka ry'ibiciro bya peteroli rya nyuma ryatangiye gukurikizwa kuwa 25 Nyakanga. cyongera kwiyongera muri Werurwe ubwo guverinoma yavugaga ko izamuka ry'ibiciro ryatewe n'ibiciro byiyongera by'ingufu zitumizwa mu mahanga kubera guta agaciro kw'ifaranga ryaho ndetse no kuzamuka kw'ibiciro bya peteroli ku Isi hagati y'uko ibintu bimeze mu nyanja Itukura.

    Igihugu cya Misiri(Egypt) cyagiranye amasezerano n'ikigega mpuzamahanga cy'imari muri iyi mpeshyi kugira ngo kikube inshuro zirenga ebyiri inkunga igera kuri miliyari 8. Kuzamuka kw'ibiciro byagaragaye ko ari ngombwa kugira ngo byuzuze ibisabwa na IMF kugira ngo bifashe igihugu kurushaho mu iterambere.

    The post Misiri(Egypt) yazamuye ibiciro bya lisansi kuva 10% kugeza kuri 17% appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/misiriegypt-yazamuye-ibiciro-bya-lisansi-kuva-10-kugeza-kuri-17/

  • Israel Mbonyi yateguje ikindi gitaramo gikomeye – #rwanda #RwOT

    Uyu muhanzi yashyize ubutumwa ku rubuga rwa X, aho yanditse agira ati 'Ni nde witeguye 'Icyambu 3?' Umunsi wizihizwaho Noheli wagarutse nanone.'

    Kuva mu 2022 Mbonyi yatangiye gukorera ibitaramo muri BK Arena kuri Noheli. Ni ibitaramo byitabirwa cyane dore ko izo nshuro zose amatike yagurishijwe agashira.

    Ntibizwi neza niba n'iki gitaramo kizabera muri BK Arena uyu muhanzi amaze kuzuza kabiri.

    Uyu muhanzi agiye gukora iki gitaramo mu gihe amaze iminsi akora ibizenguruka ibihugu bitandukanye bikitabirwa ku rwego ruhambaye. Kuri ubu ni umwe mu bafite indirimbo zikunzwe cyane mu bihugu byiganjemo abumva Igiswayile.

    Igikundiro cye unakibonera mu bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, kuko nko kuri Youtube akurikirwa n'abarenga miliyoni.

    Reba 'Kaa Nami'; indirimbo Israel Mbonyi aheruka gushyira hanze


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/israel-mbonyi-yateguje-ikindi-gitaramo-gikomeye

  • Ntimugatware ubuzima nkuburimo Speed Gover… – #rwanda #RwOT

    Yifashishije urugero rw'utwuma tuzwi nka 'Speed Governors' dufasha imodoka kutarenza umuvuduko wa 60, Andy Bumuntu yumvikanishije ko ubuzima busaba guhora ugerageza buri kimwe cyose ubonye, kandi ntubwire ubwonko bwawe ko hari aho utarenga.

    Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo 'Mukadata', 'Fire' n'izindi yabigarutseho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira 2024, ubwo yatangaga ikiganiro binyuze mu gace kazwi nka 'Meet me Tonight' k'igitaramo Gen-Z Comedy cyabereye muri Camp Kigali.

    Ni ikiganiro yatanze yahuje no kugaruka ku myiteguro y'iserukiramuco ryitiriwe Album 'Twaje' ya Buravan rizaba ku wa 26 Ukwakira 2024 muri BK Arena.

    Yagaragaje ko iri serukiramuco ryateguwe mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyari nzozi za Buravan, agamije guhuriza hamwe abantu no guteza imbere umuziki gakondo.

    Andy Bumuntu yavuze ko mu buzima gutera imbere bisaba ko umuntu ahora agerageza ibintu bishya kandi akumva ko nta murongo utukura yaciriwe.

    Yabwiye urubyiruko kubaho butarimo 'Speed Governor' kuko ari bwo bazafasha kugera ku nzozi zabo. Ati 'Hari ikintu cyitwa 'Speed Governor' murakizi? Kimwe kiba mu modoka ntishobora (imodoka) kurenza umuvuduko wa 60 iyo harimo 'Speed Governor'.

    Akomeza ati 'Hari igihe rero dutwara ubuzima nk'abantu bafite(mo) 'Speed Governor' mu buzima bwacu, ugasanga uragenda ariko uritinya (uti) rimwe na rimwe ukavuga ko bitakunda, wenda se ufite inshuti zawe bakakubuza, kuraho 'Speed Govenor' hari impamvu ubuzima bwawe cyangwa se imodoka yawe iba igera ku muvuduko wa 240.'

    Andy Bumuntu yabwiye urubyiruko 'gutwara ubuzima nk'aho ejo bushobora kuba bwahagarara'. Ati 'Reka tubeho ubuzima bwiza.'

    Muri muzika, uyu muhanzi ari kwitegura gusohora Album ye nshya, ndetse ni umwe mu bazaririmba mu iserukiramuco 'Twaje Fest' rizabera muri BK Arena.

    Afatwa nk'umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bafite ibihangano bikundwa cyane mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika cyane cyane muri Kenya.

    Andy Bumuntu yabwiye urubyiruko kubaho ubuzima butarimo 'Speed Governor' 

    Andy yavuze ko nta kigero gihari utagomba kurenza iyo ushaka gusingira inzozi zawe

    Bumuntu yabwiye buri wese kubaho uyu munsi nk'aho ejo uzaba utakiriho
    Andy Bumuntu [Ubanza ibumoso] yagaragaje ko kubaho ubuzima bwiza kandi buharanira kujya ku iterambere ari byo buri wese akwiye 


    Uhereye ibumoso: Umuraperi Ish Kevin, Andy Bumuntu ndetse na Aimable Twahirwa 

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘WOMAN OF MY DREAMS’ YA ANDY BUMUNTU

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/147862/ntimugatware-ubuzima-nkuburimo-speed-governor-impanuro-za-andy-bumuntu-ku-rubyiruko-147862.html

  • ELEMENT NA ALIKIBA MURI STUDIO. #rwanda #RwOT

    kurukuta rwa Instagram Element akoresha yagaragaje amashusho ye numuhanzi womuri
    Tanzania Alikiba bari gukora umuziki, bishobokako bashobora kuba barigukorana indirimbo.

    Umunyamuziki akaba nutunganya imiziki uzwi kwizina rya Element hano mugihugu cy'Urwanda,
    abinyujije kurukutarwe rwa Instagram yagaragaje amashusho arikumwe numuhanzi ukomoka muri
    Tanzaniya uzwi kwizina rya Alikiba hari gukorana umuziki,
    bishobokako aba bombi bashobora kuba barikwitegura gusohora indirimbo yabo bombi bari kumwe.

    Element na Alikiba muri studio.

    The post ELEMENT NA ALIKIBA MURI STUDIO. appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/element-na-alikiba-muri-studio/

  • Minisante yatanze icyizere cyo kurandura Marburg – #rwanda #RwOT

    Mu Nama yateguwe n'Ikigo cya Afurika gishinzwe kurwanya Ibyorezo, Africa CDC, Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, yavuze ko hari byinshi byagezweho mu rwego rwo guhangana n'iki cyorezo.

    Yagize ati “Twizera ko ibikorwa by'ikingira byagize uruhare runini [mu kugabanya ubwandu] bwa Marburg. Twizera kandi ko imirimo iri gukorwa iri gufasha mu kubona abanduye iyi ndwara bose ndetse n'abo bahuye.”

    Yahereye kuri ibi, avuga ko ibimenyetso byerekana ko ibintu biri kugaba aheza, ari “Mu gihe gito, tuzaba tutagifite abantu bashya bandura iyi ndwara cyangwa abicwa nayo mu minsi myinshi.”

    Uyu muyobozi yongeyeho ko muri rusange, ibimenyetso byose bitanga icyizere, ati “Muri rusange, ibimenyetso biratanga icyizere [cyo guhashya iyi ndwara, ni ibimenyetso byiza yaba ku bandura bashya bagabanutse bigaragara, ndetse n'abicwa n'iyi ndwara nabo bagabanutse bifatika.”

    Yongeye gutanga icyizere ku rukingo rwagize uruhare mu kugabanya ubukana bw'iyi ndwara.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, yavuze ko hari byinshi byagezweho mu rwego rwo guhangana n’iki cyorezo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisante-yatanze-icyizere-cyo-kurandura-marburg

  • Meteo Rwanda yateguje imvura nyinshi mu bice by'Iburengerazuba n'Amajyaruguru – #rwanda #RwOT

    Hashize iminsi hagwa imvura nke mu bice bitandukanye by'igihugu ndetse hari n'abahinze imyaka imaze hafi ibyumweru bibiri yaranze kumera kubera kubura imvura.

    Itangazo Meteo Rwanda yashyize hanze kuri uyu wa 17 Ukwakira 2024 rigaragaza ko kuva ku mugoroba w'iyi tariki kugeza ku wa 21 Ukwakira 2024 'imvura iziyongera ikaba nyinshi mu bice bitandukanye.'

    Uturere duteganyijwemo imvura nyinshi mu turere twa twa Rubavu, Rutsiro, Karongi, Nyamasheke, Nyamagabe, Rusizi, Gicumbi, Rwamagana, Kirehe, Umujyi wa Kigali no mu bice bike by'Uturere twa Musanze, Nyabihu, Ngororero, Kamonyi, Bugesera na Ngoma.

    Imvura iteganyijwe iri hagati ya milimetero 10 na milimetero 50 ku munsi.

    Meteo Rwanda kandi igaragaza ko hateganyijwe umuyaga uringaniye ariko wenda kuba mwinshi, ufite umuvuduko uri hagati ya metero enye mu isegonda na metero umunani mu isegonda.

    Iri tangazo rinagaragaza ko hateganyijwe 'ingaruka zirimo n'imyuzure, urubura, kuguruka kw'ibisenge bitaziritse neza no kugwa kw'amashami y'ibiti.'

    Isaba abaturage bose gukurikiza amabwiriza yo kwirinda ibiza ku hateganyijwe imvura nyinshi.

    Kugeza muri Gicurasi 2024, Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by'Ubutabazi, MINEMA, yatangaje ko kuva umwaka wa 2024 watangira u Rwanda rwibasiriwe n'ibiza inshuro 288 bitandukanye, bigahitana abantu 49, naho abagera kuri 79 babikomerekeyemo.

    Imvura iteganyijwe kugwa ishobora guteza ibiza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/meteo-rwanda-yateguje-imvura-nyinshi-mu-bice-by-iburengerazuba-n-amajyaruguru

  • MAMA WA P.DIDDY NIWE,WAMUTOJE IBYO AKORA BYOSE. #rwanda #RwOT

    Icyamamare mumuzicyi Sean Combs wamenyekanye nka P.diddy mubijyanye nubuhanzi nogutunganya umuzicyi,bivugwako

    Sean Combs na mamawe Janice Combs

    imwitwarire agaragaza yose yayikomora kuri mamawe witwa Janice Combs wamureze guhera acyiri muto, akarinda akura.

    P.diddy amaze kugira imyaka itatu papawe witwa Melvin Earl Combs nibwo yaje gupfa , bivugwako intandaro yurupfurwase arabanyabiyobya bakoranaga na we bitewe nokutumvikana hagati yabo.
    byatumye P.diddy asigarana na mamawe aba ariwe umurera.
    byatumwe mamawe yimuka ahababaga Harlem iba muri New York bajya Mount Vernon naho nimuri New York.
    ibyo byagoye mamawe kuko aho bari bimicyi hari haheze kugirango abeho anarere umwana byamusabaga gukora utuzidutatu, byari bigoye kuriwe ibyo byatumaga atabonera umwanya umwanawe cgangwa ngo amukurucyirane.

    P.diddy ubwe yijyeze kwivugirako umunsi umwe ko mamawe yamutumye itabi ryo kunywa amuha amafaranga ngo ajyende arigure, munzira ajyenda ahura nabandi bana bamwaka amafaranga baranamukubita , asubiye murugo abwira mamawe uko
    byajyenze mamawe amubwirako amusohocyera murugo akamuzanira itabi yamutumwe cyangwa agashaka ahandi ajya kuba.
    icyo P.diddy yakoze yasubiye gushaka babana bamukubise arabinginga ngo bamusubize amafaranga gusa biba ibyubusa ahubwo barongera baramukubita,
    nuko asubira murugo nanone mamawe aramubwira ko akomeje ari bihagazeho azamugarucyira murugo amuzaniye itabi yamutumwe.
    P.diddy yaragiye arara kumuhanga amara iminsi mwinshi arumwana muto cyane, agarutse murugo mamawe aramubwira ati 'impamvu
    naguhaye icyogihano nukugirango umenye ubugome buri mwisi',
    ati 'ubutaha umuntu najya agukubita ujye ukora uku ushoboye umukubite cyane cyangwa unamumugaze kuburyo atazongera kugira
    ubushobozi bwokuba yakurwanya'. ubwo nibwo burere P.diddy yakuriyeho guhera mubwanabwe.

    The post MAMA WA P.DIDDY NIWE,WAMUTOJE IBYO AKORA BYOSE. appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/mama-wa-p-diddy-niwewamutoje-ibyo-akora-byose/