Category: Uncategorized

  • Abapasiteri babiri twasambanye banteye umwaku batuma ngumirwa. #rwanda #RwOT

    Nitwa Nshuti Samantha. Ubwo nari mfite imyaka 21 nakundanye n’umuhungu, urukundo rwacu rwari rwiza kandi ari rwinshi cyane, rwari rwa rukundo ruba rumeze nk’inzozi. Twaje gupanga kubana habura amezi make ngo dutangire imyiteguro y’ubukwe, umusore yaje kunshika ndamubura neza neza aho muboneye arambwira ngo yabivuyemo kandi twembi twarakoraga, ubushobozi bwo gukora ubukwe twari tubufite. Ni gutyo twatandukanye nta kintu na kimwe dupfuye. Byahise bimbera amayobera cyane, nza kuganira n’umubyeyi umwe ambwira ko bene ibyo bintu bijya bibaho ko nawe byamubayeho agatandukana nabasore 3 bendaga kubana, ubukwe bukajya bupfa kandi nta kintu bapfuye, ambwira ko gusenga ari cyo cyabikuyeho noneho akaza kubona umugabo. Ubwo nanjye nahise nyoboka iy’urusengero ntangira gusenga. Nagiye m’urusengero rwari hafi yanjye, rwari rwegereye aho nari ntuye, mpasanga umupasiteri mubwira ikibazo cyanjye anyizeza kunsengera kigakemuka. Ubwo nabaye umuyoboke w’urwo rusengero ndetse ninjira muri choir. Uwo mu pasiteri yakomeje kujya ansengera nyuma aza kumenya aho ntuye akajya aza kunsura tugasenga. Byagezaho dutangira kuba inshuti, yaza kunsura nkamutekera nkamufata neza nk’umukozi w’Imana. Igihe kimwe araza ndateka turarya, tumaze kurya turasenga ntegereza ko ataha ndaheba, iryo joro yararaye, turararana ndetse turanasambana kandi yari afite umugore n’abana ngo yari yabwiye umugore we ko ari burare mu masengesho. Nyuma y’uko dusambanye byahise biba nk’akamenyero buri uko ansuye tukabikora. Naje kubona ibyo bintu nta mugisha nzabikuramo, mpita mfata icyemezo cyo kwimuka ahantu nari ntuye njya gutura ahandi ndetse n’urusengero rw’uwo mupasiteri sinongera kurusubiramo. Nyuma yo kwimuka natangiye gusengera m’urundi rusengero, naho hari umupasiteri abantu bose bavugaga ko afite imbaraga nyinshi. Naho maze igihe gito mpasengera uwo mupasiteri yaje kunsura biba ngombwa ko turyamana kandi nawe yari afite umugore n’abana. Mu byukuri njye mbere ntambaraga zo kwifata nagiraga, iyo umugabo yankoraga ku mabere ubwo byabaga birangiye, kwifata byarananiraga nkumva mpise ngira ubushake bukabije bwo gusambana rero yaba abishaka nkamureka akabikora. Uwo mupasiteri nawe tumaze gusambana yatangiye kubigira akamenyero ndetse hakaba ubwo ambwira ngo musange k’urusengero ariho tubikore nkabyanga. Muri iyo minsi nibwo naje kubona ko ntazakomeza kubaho gutyo, mfata icyemezo ko ntamugabo nzongera kwemerera ko ankoraho, uwo mupasiteri nahise muhakanira ko ntazongera kuryamana nawe ndetse mpindura n’urusengero kuko narimaze kubona ko abo bapasiteri ari abatekamutwe. Kuva icyo gihe ntamugabo nongeye kuryamana nawe, gusa ikibabaje ni uko ntamuhungu wongeye kunsaba urukundo kugeza n’ubu ntamukunzi ndabona kandi hashize imyaka 10 nkaba nkekako abo bapasiteri babiri twasambanye ari bo banteye umwaku. Niyo mpamvu nshaka kugerageza amahirwe kuri uru rubuga nkareba ko nahakura umukunzi ufite gahunda kuburyo twakwibanira.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    *
    *
    http://dlvr.it/Rcjf5B

  • Maze igihe kinini nta mukunzi mfite none ubu ndashaka uwo twahuza tugakundana. #rwanda #RwOT

    Amazina yanjye ni Tumukunde Diana maze imyaka irenga 3 ntakundana. Icyabiteye ahanini si ubushake ahubwo nuko nabuze umuntu unyereka urukundo kuburyo namugirira ikizere nkamuha umutima wanjye wose. Hari umuntu mu minsi ya mbere mugitangira kumenyana biba bisa nk’aho na kera kose mwari muziranye bitewe n’uko usanga ibintu byose aba akora biba bihuye n’ibyo ukunda bigasa nk’aho akuzi agusobanukiwe, uwo nguwo kumukunda biroroha cyane kuko muba muhuje icyo ukoze cyose kiramunezeza. Uwo rero niwe nifuza guhurira nawe kuri uru rubuga nkahura n’umuntu uzabasha kunezeza umutima wanjye ndetse nanjye nkabasha kunezeza uwe. Ndabizi neza ko nkimubona ntahita mumenya ariko uko nzabasha kugenda nganira nawe menya ibyo akunda nibyo yanga nzahita menya uwo twahuza, ubwo rero ubishaka yaza tugatangira kuganira inbox.
    http://dlvr.it/Rcjf4d

  • Polisi igiye gusubukura isuzumwa ry’ubuziranenge bw’ibinyabiziga- Controle Technique #rwanda #RwOT

    Guhera tariki ya 4 Kanama 2020 ikigo cya Polisi y’u Rwanda gisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga( Controle Technique) kizasubukura gahunda yo gusuzuma ibinyabiziga ariko hazaherwa ku binyabiziga bikora imirimo y’ubucuruzi gusa.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko gusuzuma ubuziranenge bizakorerwa imodoka zitwara abagenzi ndetse n’imitwaro/imizigo.

    Yagize ati” Mu rwego rwo gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, ikigo gisuzuma ubuziranenge kizahera ku ma bisi manini atwara abagenzi ndetse n’amatoya ndetse n’amakamyo atwara ibicuruzwa”.

    CP Kabera yakomeje avuga ko abantu batunze ibyo binyabiziga byavuzwe haruguru bari barishyuye mbere y’uko icyorezo cya COVID-19 batazongera kwishyuzwa.

    Muri Werurwe uyu mwaka wa 2020 ikigo gisuzuma ubuziranenge bw ‘ibinyabiziga cyari cyarahagaritse gutanga serivisi mu rwego rwo kwirinda Koronavirusi.

    CP Kabera yagize ati ” Abantu bari barafashe imyanya yo gusuzumisha ibinyabiziga bakanahabwa gahunda bazahabwa amahirwe yo gusuzumirwa imodoka kandi ntibazishyuzwa bundi bushya”.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda aravuga ko ikigo gisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga cyafashe ingamba zo gukumira icyorezo cya COVID-19, ndetse no kurinda abakozi bacyo, n’abazaza kwaka serivisi mu rwego rwo gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta.

    Yakomeje asaba abazagana iki kigo kuzubahiriza amabwiriza y’isuku no kwirinda icyorezo cya COVID-19, basabwe kuzajya bambara agapfukamunwa kandi neza, kwirinda gusuhuzanya bahana ibiganza ndetse no kubahiriza intera hagati y’umuntu n’undi.

    inkuru dukesha urubuga rwa Polisi.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/polisi-igiye-gusubukura-isuzumwa-ryubuziranenge-bwibinyabiziga-controle-technique/

  • Sinzi niba ari ukuducira amarenga ngo tubasubize muri“ Guma murugo”-Min Ngamije Daniel #rwanda #RwOT

    Dr Ngamije Daniel, Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020 yatangaje ko akurikije uko imibare y’abasanganwa Covid-19 ibigaragaza, wagira ngo biraca amarenga y’uko abantu basubizwa muri gahunda ya “Guma murugo”. Avuga ko yaba abakoresha, abakozi, abakuru b’imiryango, ntawitaye ku iyubahirizwa ry’amabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus.

    Minisitiri Ngamije, avuga ko ihererekanywa ry’iki cyorezo rituruka ku muntu uba wagize intege nke mu ipfundo ryo kuyihagarika. Zimwe mu ngero atanga n’inkaho usanga abakoresha baradohoye gukurikirana uko abakozi babo birinda iki cyorezo.

    Bamwe mubagaragaweho iki cyorezo mu mujyi wa Kigali barimo abakarani. Aha ngo ugira utya ugasanga umukarani aje avuye gukora imirimo itandukanye, aje mu mangazine gutwara imizigo, nta gapfukamunwa, nta mazi bamuhaye yo gukaraba, nta wa muti baha umuntu ngo akarabe.

    Icyo uyu akorera aho yinjiye ni uko ahasiga uburwayi, nyiri amangazini akandura, nawe agataha akanduza abo murugo, umwana uhavuye agiye mukazi akagenda akanduza abakozi bose bo ku kazi cyangwa se abenshi bo ku kazi aho akora, noneho ugasanga indwara yabaye guhererekanya kwayo hagati y’abantu batandukanye kubera ko hari uwagize intege nke mu ipfundo ryo kuyihagarika cyangwa se abatubahirije inshingano zabo mu kwirinda iki cyorezo  bubahiriza amabwiriza yashyizweho.

    Dr Ngamije, Minisitiri w’Ubuzima avuga ko uku kudohoka gutuma imibare irushaho kwiyongera guca amarenga yo kuba abantu basubizwa muri “Guma murugo” habaye nta gihindutse. Ati “Imibare ukuntu imeze n’ukuntu abantu bari kwitwara, sinzi niba ari ukuducira amarenga ngo tubasubize muri“ Guma murugo” ariko wagira ngo nibwo butumwa bashaka kuduha”.

    Akomeza avuga ko kwirinda iki cyorezo bishoboka, ko ari ukumenya ko iyo wambaye agapfukamunwa, ukarabye amazi meza n’isabune cyangwa se ugakoresha umuti, iyo uhanye intera n’undi muntu, ibi ngo biguha kutagira ibyago byo kwandura iki cyorezo. Buri wese arasabwa kumenya uruhare rwe mu guhagarika iki cyorezo, akabanza gutekereza icyo ari butahukane mu rugo cyangwa se ari buhure nacyo iyo agiye.

    Minisitiri Ngamije yatangarije RBA ko iyi ndwara, iyi Virusi yihinduranya, ko ntawe uzi imiterere ya Virusi yakwanduza cyangwa se yakwanduzwa na mugenzi we, ko hashobora kuza ifite ubukana uyifashe akaba aragiye, ko kubaho kw’iyi Virusi ari uko igenda yihinduranya.

    Akomeza avuga ko mu gihe imibare ikomeza kuzamuka, abantu bagakomeza gukerensa amabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa ry’iki cyorezo bigoye ko n’amashuri ashobora gufungurwa. Asaba buri wese gufata ingamba zikomeye no kubahiriza amabwiriza asabwa bityo hakirindwa ingaruka zo mu buryo butandukanye.

    Kugeza kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020, kuva umuntu wa mbere wagaragaweho Covid-19 yatangazwa mu Rwanda ubwo hari tariki 14 Werurwe uyu mwaka wa 2020, hamaze gupimwa abantu 260,025 aho abo basanze bayirwaye ari 1,994, Abakize bakaba 1,085, Abapfuye bakaba 5 naho abakirwaye bakaba ari 904.

    Ihutire kwisuzuma ukoresheje Terefone ngendanwa aho ukanda akanyenyeri 114 urwego (*114#) ugakurikiza amabwiriza, cyangwa se niba wikekaho iki cyorezo, hari se uwo ugihekaho uhamagare 114 umurongo utishyuzwa usabe ubufasha. Bimwe mu bimenyetso biranga ukekwaho cyangwa se urwaye iki cyorezo ni; Inkorora, Guhumeka bigoranye n’umuriro.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/sinzi-niba-ari-ukuducira-amarenga-ngo-tubasubize-muri-guma-murugo-min-ngamije-daniel/

  • Abafite imyaka hagati ya 20-49 nibo bakomeje gutumbagiza imibare y’abandura Covid-19 #rwanda #RwOT

    Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel, avuga ko abantu bari mu kigero cy’imyaka hagati ya 20-49 bimaze kugaragara ko batubahiriza amabwiriza uko bagiye bayagezwaho. Ibi bikaba biri kugira ingaruka mu gukwirakwiza iki cyorezo.

    Aganira na RBA kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020, Minisitiri Ngamije yasobanuye ko isesengura rishingiye ku barware iki cyorezo muri ibi byumweru bibiri bishize, rigaragaza ko benshi mu bari kurwara iki cyorezo ari abafite imyaka iri hagati ya 20-49.

    Kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo nibyo biri ku isonga mu guteza ikibazo. Ati“ Iyo dusesenguye, ukanareba abakunze kurwara bari mu kihe cyiciro cy’imyaka, urasanga bari hagati y’imyaka 20-49, abenshi muri bo. Bigaragara yuko icyo cyiciro cy’abafite iyo myaka, ntabwo bari kubahiriza amabwiriza nkuko twagiye tuyabagezaho”.

    Minisitiri Ngamije, avuga ko benshi muri aba bavugwa usanga batajya bambara agapfukamunwa kandi bari mu bantu benshi, usanga bajya mu mahuriro atemewe nko kujya mu minsi mikuru mu ngo mu buryo bihishe n’ahandi hatandukanye hahurirwa n’abantu benshi ariko ugasanga hatubahirijwe amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

    Zimwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwizwa ry’iki cyorezo cya Coronavirus ni; Ugukaraba amazi meza ukoresheje isabune, Guhana intera hagati y’umuntu n’undi nibura ya Metero, kwambara agapfukamunwa kandi neza n’ibindi.

    Bimwe mu bimenyetso biranga uwanduye iki cyorezo cyangwa se ugikekwaho birimo; Inkorora, Guhumeka bigoranye n’umuriro. Biroroshye kandi ko buri wese yipima akoresheje terefone ngendanwa aho ukanda akanyenyeri 114 urwego (*114#) ugakurikiza amabwiriza. Ushobora kandi no guhamagara ku 114 ukaka ubufasha uramutse wiketseho iki cyorezo cyangwa se hari uwo ugiketseho.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/abafite-imyaka-hagati-ya-20-49-nibo-bakomeje-gutumbagiza-imibare-yabandura-covid-19/

  • Perezida Donald Trump Yasabye ko amatora yo muri Amerika asubikwa akazaba Corona Irangiye #RwOT #Rwanda

    Perezida Donald Trump Yasabye ko amatora yo muri Amerika asubikwa akazaba Corona Irangiye #RwOT #Rwanda

    Have You Ever Seen Donald Trump Laugh? | The Nation

  • Donald Trump plans to reduce US military troops in Germany #RwOT #Rwanda

    Trump slams NATO, Merkel in latest interview before ...




    The United States will slash its military presence in Germany by 11,900 troops, relocating some to Italy and Belgium in a major shift of Washington’s NATO assets, Defense Secretary Mark Esper announced on July 29, 2020. Of the 34,500 U.S. military personnel in Germany, some 6,400 will be sent home while nearly 5,600 others will be moved to other NATO countries. In this file photo US soldiers patrol prior to an artillery live fire event by the US Army Europe’s 41st Field Artillery Brigade at the military training area in Grafenwoehr, Germany, on March 4, 2020.

  • Umukobwa bivugwa ko ari mu rukundo na Diamond yavuze ukuri #rwanda #RwOT

    Jihan Dimack byavugwaga ko ari mu rukundo n’umuhanzi Diamond Platnumz, yabihakanye gusa avuga ko nta mukunzi afite kandi ko we n’uyu muhanzi ari inshuti zisanzwe ariko nta by’urukundo birimo.

    Ibi byaje nyuma y’uko Diamond Platnumz atangaje ko afite umukunzi mushya nyuma yo gutandukana na Tanasha ndetse akaba yifuza gushinga urugo.

    Uyu mukobwa wabaye Miss Universe Tanzania 2016/2017, yatangarije itangazamakuru ryo muri Tanzania ko atari mu rukundo na Diamond uretse ko ari inshuti zisanzwe.

    Yagize ati“turaziranye kuko twebwi turi mu ruganda rumwe, ni umuntu nubaha cyane, ni umuntu mwiza kandi ukora cyane, ndamwubaha kandi ndamwishimira ariko ntabwo turi mu rukundo nk’uko abantu babitekereza, reka mbisobanure neza.”

    Yakomeje agira ati“ni nk’ubusazi, nanakiriye telefoni ivuye mu Burusiya, bambwira ko bumvishe ko ngiye gukora ubukwe n’umuhanzi ukomeye. Buri umwe arimo kubivugaho ariko siko biri. Reka dutegereze turebe ariko ntabwo biri uko abantu babikeka.”

    Iyi nkuru yatijwe umurindi cyane nyuma y’uko nyina wa Diamond [Mama Dangote] na mushiki we Esma Khan bose yashyize ku nkuuta zabo za Instagram ifoto ya Jihan Dimack ari na byo byahise bikwirakwiza inkuru y’uko Diamond ari mu rukundo n’uyu mukobwa.

    Ngo ntabwo ari mu rukundo na Diamond

    Yavuze ko ari inshuti zisanzwe

    Diamond aherutse kuvuga ko yifuza gushinga urugo

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/umukobwa-bivugwa-ko-ari-mu-rukundo-na-diamond-yavuze-ukuri

  • Ubuhamya : Uko umuramyi Aimé Uwimana yabuze amahirwe yo kwiga, akihebera umuziki wo kuramya Imana #rwanda #RwOT

    Iyo wumvise indirimbo ‘Iminsi yose’, ‘Inkovu z’urukundo’, ‘Tu es mon refuge’, ‘‘Thank You’, ‘Muririmbire Uwiteka’, abatari bake bahita bakubita agatima byihuse kuri Uwimana Aimé kubera ubutumwa bwe bwigaruriye imitima y’abakunda kuramya no guhimbaza Imana.

    Uyu muhanzi afatwa nk’icyitegererezo ku bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana , dore ko abatari bake batazuyaza kubyatuza akanwa kabo bamushimira nk’imwe mu nkingi za muzika ya gospel mu Rwanda. Uyu mugabo w’imyaka 43 y’amavuko yavukiye mu Burundi. Avuka mu muryango w’abana batatu. Afite umugore n’abana batatu.

    Kuva ku myaka 16 yari umuririmbyi aho yatangiye aririmba muri korali yo muri Eglise Vivante i Bujumbura, kugeza ubu ntarava mu murongo w’indirimbo zo kuramya Imana. Aime yageze mu Rwanda mu 1994 avuye mu Burundi. Muri icyo gihe, icy’ibanze kuri we yumvaga ari ukwiga akazakomeza umuziki nyuma.

    Ati ‘‘Iby’Imana ni bigari. Ikintu nashoboraga gukora ni ukureba umuntu acuranga gitari. Nisanze kwiga bidashoboka kubera uburwayi, icyo nashyiraga imbere cyaranze mpita mfata inzira y’umuziki. Iyo ikintu kikurimo hari igihe utaba uzi imbaraga zikirimo. Hari igihe nabaga nicaye nkandika imivugo, iyo ufite umwanya, ibikurimo nibyo biza.”

    Umuramyi Uwimana avuga ko yatekerezaga amashuri kubera ubuzima ariko kuririmba no kuramya byari bimurimo imbere gusa atazi neza agaciro kabyo.Mu buhamya bwe, Uwimana Aimé, avuga ko yagerageje kujya mu ishuri ariko ntibyamuhira nkuko yabyifuzaga ndetse bimuviramo kumera nk’uwahungabanye, byanatumye batekereza kumujyana i Ndera ngo barebe niba adafite ikibazo cyo mu mutwe.

    Ati ‘‘Byatumye mpora nikingiranye mu nzu ntashaka gusohoka hanze kugira ngo ntabona abandi bana baca imbere y’iwacu bava ku ishuri bikanyibutsa ko njye kwiga byanze.”Yakomeje agira ati ‘‘Nibuka ko iki kiri mu bigeragezo bikomeye nagize kuko iby’ishuri bihagaze nabaye nk’uguye mu mutima. Ndibuka ko navuze nti iyi Mana ntacyo imariye…”

    Uwimana Aimé avuga ko amaze kubona ko kwiga byanze yiyeguriye muzika kugeza ubu ndetse ni urugendo rwamuhiriye dore ko na yo yari impano ye.Guhungabana kwa Uwimana byatumye umubyeyi we yibaza byinshi ariko akomeza kumuba hafi ndetse ibyo byatumye ashimangira ko ari intwari ikomeye mu buzima bwe.

    Uwimana avuga ko gutanga ubuhamya ari byiza kuko bifasha undi muntu ukiri mu bihe bisa n’ibyo wanyuzemo gukomera no kwizera Imana ko ibasha guhindura amateka y’umuntu akaba mashya.

    Aimé Uwimana benshi bafatiraho ikitegererezo mu buzima bwo kuramya Imana

    Ni umugabo uzi kuganira atebya cyane, muri ubu buhamya bwe yahishuye impamvu yatumye ajya kwiga umukino wa Karate n’uko yabanje gukora injyana ya Rap mbere yo gutangira umuziki abantu bamuziho umunsi wa none.Uwimana Aimé, izina rye ryazamuwe n’indirimbo nyinshi zirimo ‘‘Muririmbire Uwiteka”, ‘‘Une Lettre d’Amour”, ‘‘Ngwino mukiza twibanire”, ‘‘Iminsi yose”, ‘‘Urwibutso”, ‘‘Inkovu z’urukundo” n’izindi.

    Uyu muhanzi bagenzi be bita ‘Bishop w’abahanzi’ aherutse no gushyira hanze album ya gatatu y’indirimbo zo mu gitabo kizwi nk’igitabo cy’indirimbo zo gushimisha Imana n’iz’agakiza, kandi iboneka kuri YouTube channel ya Aimé Uwimana.

    Izi ndirimbo yazikoranye n’abahanzi baririmbira Imana barimo Simon Kabera, Alex Dusabe, Gaby Irene Kamanzi, Liliane Kabaganza, Patrick Nyamitari, Tonzi, Guy Badibanga, Dominic Ashimwe, Israel Mbonyi, Patient Bizimana n’abandi.

    Uwimana yatangiye gukora umuziki mu 1994 amaze kwakira Kirisitu nk’Umwami n’Umukiza we, aho yakundaga kuririmba ariko akabura aho abihera n’ubwo ngo kugeza magingo aya ataragera aho yifuza kugera.Uwimana Aimé afatanya ubuhanzi n’akazi ko gutunganya indirimbo (Producer).

    Reba ubuhamya burambuye bwa Uwimana Aimé bugaruka ku buzima bwe

    Sogokuru ni indirimbo Uwimana Aimé aheruka gusohora

    Uwimana Aimé yatangije gahunda yise “Ibihe byo kuramya” igamije gususurutsa abakunzi ba gospel

    Daniel@Agakiza

    Source:Igihe

    source https://agakiza.org/Ubuhamya-Uko-umuramyi-Aime-Uwimana-yabuze-amahirwe-yo-kwiga-akihebera-umuziki.html

  • Nitwa Marlene mfite imyaka 35 ndashaka umusore dukundana tukabana. #rwanda #RwOT

    Nitwa Uzamushaka Marlene mfite imyaka 35 ntuye i Kigali mfite abana 2 b’abakobwa ndashaka umusore twakundana tukabana. Umugabo wanjye yitabye Imana ubu hashize imyaka 6, bitewe n’ukuntu namukundaga numvaga ntawundi mugabo nzashaka. Ariko bitewe n’uko ndi umuntu kandi umubiri wanjye ukaba ari muzima bijya bimbaho ko nakumva nshatse kuryamana n’umugabo, rero aho kugira ngo nishore m’ubusambanyi nashaka bikagira inzira. Niyo mpamvu nshaka umusore cyangwa umugabo twakundana tugapanga kwibanira, sinzamurushya cyangwa se ngo abana banjye bamurushye kuko papa wabo yansigiye ibizabatunga. Uwumva twashobokana yanyandikira inbox.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam

    source https://www.imbere.com/nitwa-marlene-mfite-imyaka-35-ndashaka-umusore-dukundana-tukabana/