Category: Uncategorized

  • Abapasiteri 2 twasambanye nibo banteye umwaku batuma. #rwanda #RwOT

    Nitwa Nshuti Samantha. Ubwo nari mfite imyaka 21 nakundanye n’umuhungu, urukundo rwacu rwari rwiza kandi ari rwinshi cyane, rwari rwa rukundo ruba rumeze nk’inzozi. Twaje gupanga kubana habura amezi make ngo dutangire imyiteguro y’ubukwe, umusore yaje kunshika ndamubura neza neza aho muboneye arambwira ngo yabivuyemo kandi twembi twarakoraga, ubushobozi bwo gukora ubukwe twari tubufite. Ni gutyo twatandukanye nta kintu na kimwe dupfuye. Byahise bimbera amayobera cyane, nza kuganira n’umubyeyi umwe ambwira ko bene ibyo bintu bijya bibaho ko nawe byamubayeho agatandukana nabasore 3 bendaga kubana, ubukwe bukajya bupfa kandi nta kintu bapfuye, ambwira ko gusenga ari cyo cyabikuyeho noneho akaza kubona umugabo. Ubwo nanjye nahise nyoboka iy’urusengero ntangira gusenga. Nagiye m’urusengero rwari hafi yanjye, rwari rwegereye aho nari ntuye, mpasanga umupasiteri mubwira ikibazo cyanjye anyizeza kunsengera kigakemuka. Ubwo nabaye umuyoboke w’urwo rusengero ndetse ninjira muri choir. Uwo mu pasiteri yakomeje kujya ansengera nyuma aza kumenya aho ntuye akajya aza kunsura tugasenga. Byagezaho dutangira kuba inshuti, yaza kunsura nkamutekera nkamufata neza nk’umukozi w’Imana. Igihe kimwe araza ndateka turarya, tumaze kurya turasenga ntegereza ko ataha ndaheba, iryo joro yararaye, turararana ndetse turanasambana kandi yari afite umugore n’abana ngo yari yabwiye umugore we ko ari burare mu masengesho. Nyuma y’uko dusambanye byahise biba nk’akamenyero buri uko ansuye tukabikora. Naje kubona ibyo bintu nta mugisha nzabikuramo, mpita mfata icyemezo cyo kwimuka ahantu nari ntuye njya gutura ahandi ndetse n’urusengero rw’uwo mupasiteri sinongera kurusubiramo. Nyuma yo kwimuka natangiye gusengera m’urundi rusengero, naho hari umupasiteri abantu bose bavugaga ko afite imbaraga nyinshi. Naho maze igihe gito mpasengera uwo mupasiteri yaje kunsura biba ngombwa ko turyamana kandi nawe yari afite umugore n’abana. Mu byukuri njye mbere ntambaraga zo kwifata nagiraga, iyo umugabo yankoraga ku mabere ubwo byabaga birangiye, kwifata byarananiraga nkumva mpise ngira ubushake bukabije bwo gusambana rero yaba abishaka nkamureka akabikora. Uwo mupasiteri nawe tumaze gusambana yatangiye kubigira akamenyero ndetse hakaba ubwo ambwira ngo musange k’urusengero ariho tubikore nkabyanga. Muri iyo minsi nibwo naje kubona ko ntazakomeza kubaho gutyo, mfata icyemezo ko ntamugabo nzongera kwemerera ko ankoraho, uwo mupasiteri nahise muhakanira ko ntazongera kuryamana nawe ndetse mpindura n’urusengero kuko narimaze kubona ko abo bapasiteri ari abatekamutwe. Kuva icyo gihe ntamugabo nongeye kuryamana nawe, gusa ikibabaje ni uko ntamuhungu wongeye kunsaba urukundo kugeza n’ubu ntamukunzi ndabona kandi hashize imyaka 10 nkaba nkekako abo bapasiteri babiri twasambanye ari bo banteye umwaku. Niyo mpamvu nshaka kugerageza amahirwe kuri uru rubuga nkareba ko nahakura umukunzi ufite gahunda kuburyo twakwibanira.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/abapasiteri-2-twasambanye-nibo-banteye-umwaku-batuma-ngumirwa/

  • Nitwa Marlene mfite imyaka 35 ndashaka umusore twakwikundanira akambera umugabo. #rwanda #RwOT

    Nitwa Uzamushaka Marlene mfite imyaka 35 ntuye i Kigali mfite abana 2 b’abakobwa ndashaka umusore twakundana tukabana. Umugabo wanjye yitabye Imana ubu hashize imyaka 6, bitewe n’ukuntu namukundaga numvaga ntawundi mugabo nzashaka. Ariko bitewe n’uko ndi umuntu kandi umubiri wanjye ukaba ari muzima bijya bimbaho ko nakumva nshatse kuryamana n’umugabo, rero aho kugira ngo nishore m’ubusambanyi nashaka bikagira inzira. Niyo mpamvu nshaka umusore cyangwa umugabo twakundana tugapanga kwibanira, sinzamurushya cyangwa se ngo abana banjye bamurushye kuko papa wabo yansigiye ibizabatunga. Uwumva twashobokana yanyandikira inbox.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam

    source https://www.imbere.com/nitwa-marlene-mfite-imyaka-35-ndashaka-umusore-twakwikundanira-akambera-umugabo/

  • Kenya:Umugabo yatwitse umukobwa we imyanya y’ibanga amuhora gucudika n’umusore #rwanda #RwOT

    Polisi ya Kenya yatangiye gushakisha umugabo ukurikiranyweho gukubita no gutwikisha umukobwa we ipasi ku matako n’ibindi bice bigize imyanya y’ibanga amuhora gukundana n’umusore.
  • U Buyapani bwahaye u Rwanda ibikoresho by’ubuvuzi bya miliyoni $2.8 mu kurwanya Coronavirus #rwanda #RwOT

    U Buyapani bwahaye u Rwanda inkunga y’ibikoresho by’ubuvuzi bya miliyoni $2.8 ni ukuvuga miliyari zirenga 2.5Frw mu gushyigikira urwego rw’ubuzima mu kwirinda icyorezo cya Coronavirus.
  • Irushanwa rya Miss Supranational 2020 ryagombaga kwitabirwa n’u Rwanda ryasubitswe #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’irushanwa rya Miss Supranational ryari kuzitabirwa n’ibihugu birimo n’u Rwanda bwatangaje ko iri rushanwa hamwe n’irya Mister Supranational yose yasubitswe kubera ibihe bidasanzwe Isi irimo by’icyorezo cya Covid19.
  • Minaloc yatangaje amabwiriza avuguruye y’imikoresheze y’insengero mu kwirinda COVID-19 #rwanda #RwOT

    Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje amabwiriza mashya agomba kubahirizwa n’insengero bijyanye no kwirinda icyorezo cya Coronavirus, aho buri rusengero rwasabwe kujya rugaragaza umubare w’abantu ntarengwa bakwiriye kurusengeramo kandi ukamanikwa ahantu hagaragara mu gihe amateraniro yo agomba kuba rimwe mu cyumweru.
  • RDC : Umusirikare yarashe abaturage 12 barapfa, icyenda barakomereka #rwanda #RwOT

    Umusirikare wa FARDC bikekwa ko yari yasinze, yarashe abaturage 12 barapfa naho abandi icyenda barakomereka, mu gace ka Sange, mu mujyi wa Uvira uherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
  • Hakenewe izindi mbaraga twifitemo mu guhangana n’icyorezo cya Coronavirus #rwanda #RwOT

    Kuva kera ibibazo bitandukanye byarabaga, ndetse bikaba ingorabahizi. Nk’uko bisanzwe hari ubwo byasabaga amaboko aturutse hirya no hino. Duhereye no mu ngo iyo hadukaga ikibazo, byabaga byiza iyo abagize umuryango biyambaje ingufu z’abaturanyi. Ibi ariko ntabwo byavugaga ko ikibazo cyugarije bene cyo cyakemukaga burundu, ahubwo hari iturufu nziza yiyambazwaga.
  • Abakozi babiri bahamijwe kunyereza umutungo muri Kaminuza ya Gitwe bakatirwa igifungo cy’imyaka irindwi #rwanda #RwOT

    Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga, kuri uyu wa Kane rwakatiye igifungo cy’imyaka irindwi abari abakozi ba Kaminuza ya Gitwe barimo uwari ushinzwe icungamutungo n’uwari ushinzwe kwishyuza amafaranga y’ishuri nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kuyanyereza.
  • Rwamagana: Uwiyitaga umupolisi yafashwe arimo kwambura umuturage #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Rwamagana hafatiwe Nzabihimana Jean Pierre w’imyaka 33 wiyitaga umupolisi akagenda yambura abaturage amafaranga. Yafashwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga, afatirwa mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Rubona.