Category: Uncategorized

  • Bijoux wo muri Bamenya yahishuye amagambo yongoreye umukunzi we ubwo yamwambikaga impeta(VIDEO) #rwanda #RwOT

    Tariki ya 28 Kanama 2020, ni bwo Abijuru Benjamin yambitse impeta Munezero Aline[Bijoux] amusaba ko yazamubera umugore, undi na we ahita abyemera, gusa yatunguwe n’uko yari yamuzaniye impeta itamukwira.

    Ubwo uyu muhango wabaga, Bijoux yaje kugaragara asa n’aho arimo yongorera umukunzi we, aganira na ISIMBI, yavuze ko yarimo amubaza uburyo yamwambitse impeta itamukwira.

    Yagize ati“yari yanzaniye impeta itankwira, naramubwiye nti imyaka tumaranye ntabwo uzi intoki zanjye, arambwira ngo byancanze nyine, sinzi uwo yajyanye bayimupimaho ariko nyine ntabwo yankwiraga.”

    Bijoux avuga ko Benjamin ari umusore ufite imico myiza ndetse unitonda akaba ari na kimwe mu byo yamukundiye.

    Ngo yari yamuzaniye impeta itamukwira

    Reba ikiganiro na Bijoux

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/bijoux-wo-muri-bamenya-yahishuye-amagambo-yongoreye-umukunzi-we-ubwo-yamwambikaga-impeta-video

  • Igihe FERWAFA izateranira yiga ku bihano izafatira Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Ku wa Gatandatu w’iki cyumweru ni bwo byitezwe ko akanama gashinzwe imyitwarire ka FERWAFA kazicara kagafatira ibihano ikipe ya Rayon Sports nyuma y’uko inaniwe kwishyura umutoza Ivan Minnaert.

    Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo iminsi 60 yinyongera yari yahawe Rayon Sports yo kuba yamaze kwishyura ideni ifitiye uyu mutoza yarangiye.

    Umubiligi Ivan Jacky Minnaert wari umutoza wa Rayon Sports, arishyuza iyi kipe ibihumbi 14.5 by’amadorali kubera kumwirukana binyuranyije n’amategeko, muri aya mafaranga akaba yarishyuwemo ibihumbi 2 by’amadoali gusa.

    Nyuma y’uko iminsi yahawe iyi kipe irangiye itishyuye uyu mutoza, amakuru ISIMBI yamenye ni uko ku wa Gatandatu w’iki cyumweru, tariki ya 5 Nzeri 2020, akanama gashyinzwe imyitwarire ka FERWAFA kazicara kagafatira iyi kipe ibihano.

    Mu bihano iyi kipe ishobora gufatirwa harimo kuba yakurwaho amanota mbere y’uko umwaka w’imikino wa 2020-2021 utangira, kwangirwa kugura cyangwa kugurisha umukinnyi no kwangirwa kwandikisha abakinnyi.

    Rayon Sports ishobora guhanwa kubera Ivan Minnaert

    source http://isimbi.rw/siporo/article/igihe-ferwafa-izateranira-yiga-ku-bihano-izafatira-rayon-sports

  • Kamonyi/Rukoma: Abantu 6 batawe muri yombi bazira ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe #rwanda #RwOT

    Polisi ikorera mu karere ka Kamonyi mu murenge wa Rukoma ikomeje ibikorwa byo kurwanya abacukura bakanagurisha amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Kanama 2020, abantu batandatu barimo uwafatanywe ibiro 280 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa koluta barafashwe.

    Mu bikorwa bya Polisi byabaye kuri uyu wa mbere, Polisi yafashe uwitwa Tuyizere Jean Damascene apakiye imodoka ibiro 280 by’amabuye y’agaciro agiye kuyagurisha mu mujyi wa Kigali. Yari ayatwaye mu modoka ifite ibirango RAC 705 I, Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kamonyi, Chief Inspector of Police (CIP) Aloys Bugingo yavuze ko Tuyizere yakoresheje amayeri yo gushyira ibyangombwa ku mabuye atabikwiye.

    CIP Bugingo yagize ati “Tuyizere ubusanzwe ni umukozi wa sosiyete yitwa COMIKA ifite ibyangombwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu karere ka Kamonyi, ariko Tuyizere akagira ibindi birombe bitazwi yari abereye umuyobozi ku ruhande. Abashinzwe gutanga ibirango by’amabuye y’agaciro (TAGS) baje kubitanga muri sosiyete ya COMIKA,Tuyizere yafashe ibirango byagombaga kujya ku mabuye yujuje ibyangombwa abishyira ku mabuye ye ari nayo yafashwe bwite”.

    CIP Bugingo akomeza avuga ko ubwo hafatwaga ayo mabuye abapolisi bagiye kubaza ubuyobozi bwa sosiyete niba koko ayo mabuye ari aya sosiyete yabo, umuyobozi wa sosiyete arabihakana yemeza ko Tuyizere yafashe ibirango byagombaga kujya ku mabuye ya sosiyete yujuje ibyangombwa ajya kubishyira ku mabuye ye bwite.

    Kuri uwo munsi kandi hafashwe umuturage witwa Njenyeri Gaspard w’imyaka 54, yafatanwe amabuye yo mu bwoko bwa Koluta afite ibiro 2.5, hanafashwe abandi bantu bane nabo bafatiwe mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro binyuranyijwe n’amategeko.

    CIP Bugingo ati “Muri uriya murenge wa Rukoma haba abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko benshi. Natwe turi mu bikorwa byo kubarwanya kandi ntituzahagarara, ubu twafatiye mu cyuho abiyita abahebyi barimo gucukura rwihishwa. Abafashwe ni Ntakirutimana Martin w’imyaka 19, Ndayahoze Emmanuel w’imyaka 30, Ngendeyukuri Edouard w’imyaka 29 na Tugirimana Joseph w’imyaka 43″.

    Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kamonyi yongeye gukangurira abaturage kwirinda kujya mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro batabifitiye ibyangombwa ndetse no kwirinda ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyijwe n’amategeko.

    Yagize ati “Bariya bantu ibyo bakora binyuranyijwe n’amategeko, buriya bucuruzi bw’amabuye y’agaciro bwafatiwemo Tuyizere butesha agaciro isoko ry’amabuye y’agaciro mu Rwanda, byongeye bihombya abashoramari bafite ibyangombwa. Bariya bacukura rwihishwa bafite ibyago byinshi byo kugwirwa n’ibirombe bakahasiga ubuzima cyangwa bakahakura ubumuga”.

    Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kamonyi, akomeza avuga ko Polisi itazahwema gukangurira abaturage kwirinda ibinyuranyijwe n’amategeko ariko abatazabyubahiriza bazajya bafatwa babihanirwe nk’uko birimo gukorwa ubu.

    Abafashwe bose ndetse n’amabuye y’agaciro bafatanwe nkuko urubuga rwa Polisi rubitangaza, bashyikirijwe urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Rukoma.

    Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ingingo ya 54 ivuga ko Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/kamonyi-rukoma-abantu-6-batawe-muri-yombi-bazira-ubucukuzi-bwamabuye-yagaciro-butemewe/

  • Imyirondoro y’inzirakarengane z’ibikorwa bya FLN na Rusesabagina #rwanda #RwOT

    Ifatwa rya Rusesabagina ryomoye ububabare n’uburibwe bw’abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo bagizweho ingaruka n’ibikorwa bye hamwe n’umutwe yabagamo wa FLN we na Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara; nubwo gufatwa kwabo kudashobora kuzatuma bongera kubona ababo bakundaga, cyangwa ngo bakire ubumuga batewe n’ubugizi bwa nabi bakorewe.
  • Akon yatangaje ko umujyi wamwitiriwe uzatangira kubakwa umwaka utaha #rwanda #RwOT

    Kuva muri 2018, Akon, umwe mu bahanzi bakomeye mu njyana ya R&B, yatangaje ko afite gahunda zo kubaka umwe mu mijyi igezweho ku Isi, akawushyira ku butaka bwa Afurika.
  • Urujijo ku ibaruwa ya Rugwiro! Umukinnyi umwe kuri umwe babonanye na Sadate, bamwe amafaranga bayararanye #rwanda #RwOT

    Ku munsi w’ejo ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports, bwakomeje igikorwa cyo kubonana na buri mukinnyi w’iyi kipe baganirizwa ku kibazo cy’ibirarane bafitiwe n’uburyo bazenda bishyurwa.

    Ku biro bya MK Card, ari n’aho Rayon Sports ikorera ibikorwa byayo bya buri munsi, perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate kuva tariki ya 22 Kanama 2020 kugeza ku munsi w’ejo yagiye abonana n’abakinnyi b’iyi kipe, gusa amakuru ISIMBI yamenye ni uko abakinnyi barimo Nshimiyimana Amran na Rugwiro Herve batigeze bahakandagira.

    FERWAFA iheruka gutanga icyiciro cya mbere cy’amafaranga angana na miliyoni 14 yatanzwe na FIFA mu rwego rwo guhangana n’ingaruka za COVID-19, ni amwe mu bafaranga Rayon Sports irimo kwifashisha ikemura ibi bibazo.

    Munyakazi Sadate yabonanye na buri mukinnyi w’iyi kipe bakabanza bakumvikana ideni ikipe imufitiye, bitewe n’amafarana ahari umukinnyi akerekwa amafaranga ari bwishyurwe ndetse n’ayo ikipe imusigayemo agasinyirwa igihe azayishyurwa, benshi bahawe mu ntangiriro z’umwaka utaha.

    Amakuru ISIMBI yamenye kandi ni uko abakinnyi barimo Sugira Ernest na Kayumba Soter baraye babonye amafaranga yabo, abandi bakaba bayategereje uyu munsi.

    Urujijo ku ibaruwa ya Rugwiro Herve

    Ku munsi w’ejo ni bwo kandi hasohotse ibaruwa kapiteni w’iyi kipe, Rugwiro Herve yandikiye ubuyobozi bw’ikipe abumemenyesha ibibazo abakinnyi bafite ndetse anabushinja uburangare mu kubikemura.

    Ubwo ISIMBI yageragezaga kuvugana na bamwe mu bakinnyi, bavuze ko batunguwe n’ibaruwa kapiteni wa bo yanditse kuko bo bari mu biganiro n’iyi kipe ibereka uburyo igiye kugenda ibishyura ibirarane byabo.

    Mu kiganiro n’umuvugizi w’iyi kipe, Nkurunziza Jean Paul, yavuze ko n’ubuyobozi nabwo bwatunguwe n’iyi baruwa kuko bazi ko kugeza ubu nta mukinnyi wabo ufite ikibazo.

    Yagize ati“twari twabemereye ko ikirarane cy’ukwezi kwa 3 tugomba kukibahemba bitarenze ibyumweru 2 kandi ejo barayahawe, ibyo kwishyurwa ukwezi 4 kugeza mu kwa 8 twumvikanye ko abakinnyi batazabona umushahara kuko na bo ntabwo bakoreye ikipe bitewe na COVID-19. Natwe iyo baruwa yaradutunguye cyane kuko kugeza ubu uburyo abakinnyi bacu babayeho tubuzi, twebwe abakinnyi bacu tuzi uko babayeho, biriya bibazo kapiteni wa bo yagarageje ntabyo bafite.”

    Jean Paul kandi akaba yasobanuye ko kugeza ubu mu bakinnyi ba Rayon Sports nta n’umwe bafitanye ikibazo kuko bamaze kwishyurwa ndetse n’abo basigayemo igice bamaze kubwirwa igihe bazishyurirwa asigaye.

    Abakinnyi batunguwe n’ibaruwa ya Rugwiro Herve

    source http://isimbi.rw/siporo/article/urujijo-ku-ibaruwa-ya-rugwiro-umukinnyi-umwe-kuri-umwe-babonanye-na-sadate-bamwe-amafaranga-bayararanye

  • Hagati yanjye na mama hagombaga gupfa umwe, aba ari we ugenda – Ibitaramenyekanye ku buzima bwa Fireman #rwanda #RwOT

    Uwimana Francis uzwi nka Fireman ni umusore w’imyaka 29 uherutse gufata icyemezo cyo gutera ivi asaba umukobwa bakundana ko yazamubera umugore. Iyo muganiriye umwanya munini akubwira inkuru ndende y’ubuzima bwe bwiganjemo inzira z’inzitane.
  • Hatashywe ubukarabiro bushya bwitezweho kugabanya indwara ziterwa n’umwanda mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Minisiteri y’Ubuzima ifatanyije n’Umuryango utegamiye kuri Leta w’Abanyamerika World Vision yatashye ubukarabiro bugezweho 49 bwashyizwe mu bitaro bitandukanye mu gihugu bwitezweho gutanga umusanzu mu guhangana na COVID-19 n’izindi ndwara ziterwa n’isuku nke.
  • Rwanda’s New US$40M Cement Plant To Address Shortages #rwanda #RwOT

    Cement scarcity in Rwanda might be an issue of the past after a new cement manufacturer, Prime Cement Limited commissioned its new state-of-the-art plant in Musanze, Northern Province.

    The plant’s maiden 500 tonnes were immediately whisked by distributors who were eagerly waiting for the cement to market. The factory received certification by Rwanda Standards Bureau and its cement is already available in most of the hardware stores across the country and is ready for delivery to construction sites.

    The US$40 million plants are part of the Milbridge Holding, a group of companies involved in manufacturing and distribution of construction materials in Angola, the United Arab Emirates, Rwanda and South Africa.

    The plant has come at a time when a number of construction projects were stalling due to shortage of supply on the local market. Rolf Anttila, the General Manager of Prime Cement, said that the plant will significantly reduce imported cement “with our own Made in Rwanda brand.”

    “This is the perfect time to go to market as projects have been experiencing delays because of lack of cement in the country, ” he told Taarifa on Tuesday afternoon. “We will continue to innovate as we also plan expansion to move from the current 600,000 tons per year to 1,200,000 tons per year in the next two years. This will not only allow us to satisfy the growing demand for cement in the country but also allow us to export to regional markets, ” the Swedish cement veteran said.

    Rwanda’s current cement demand stands at around 800,000 tons per year, while the country produces around 480,000 tons hence relying on imports to cover the production shortfall. Currently, importation has been made difficult due to the coronavirus pandemic. This has affected the progress of a number of construction projects.

    The company’s Commercial Manager, John Jovith Maridadi said, “Rwanda is in a construction boom. The need for quick and readily available cement has never been efficient, coupled with impeccable customer service and innovation. There is strength in each bag of Prime Cement – a strength that brings people together in varying forms. It could be family, friends, workmates – businesses- When we come together, we are stronger together.” Thus Prime Cement slogan- Stronger Together.

    Rwanda’s unique natural volcanic pozzolana is known all over the world to be among the best, coupled with world-class machinery and technology from Germany.

    “You are guaranteed a world-class cement for infrastructure projects that will last for generations. We are happy and ready to be part of Rwanda’s transformational journey. We are Better Together, with this we promise that together we will build better and stronger communities, ” Maridadi said.
    http://dlvr.it/RfpNtH

  • Wari uzi ko nta muntu n’umwe wihagije mu buzima? #rwanda #RwOT

    Umuntu wese muri mwe areke kwizirikana ubwe gusa, ahubwo azirikane n’abandi (Abafilipi 2:4).

    Mu buzima bwa buri munsi, twese dukenera abandi ko batuba iruhande bakadukorera igikorwa cyo kuturwanirira, kuturinda, no kudufasha kuguma kumurongo mwiza. Mu rwandiko Pawulo yandikiye Abafilipi, adusaba gutekereza ku nyungu z’abandi, atari izacu gusa. Uyu murongo urwanya rwose umuco wacu wo kwizirikana ubwacu. Uyu munsi mu bihugu by’i Burengerazuba ibintu byose bikorwa umuntu yizengurukaho: ibyo akeneye, inyungu ze, ibyo yifuza n’ibyifuzo bye. Ariko Pawulo atwigisha guhangayikishwa n’abandi.

    Ufite umuntu ukwitayeho? Umuntu uguhangayikira akita ku mibereho yawe yo mu mwuka?

    Uzi ko ufite umwanzi ukomeye kurusha umutwe w’iterabwoba? Ufite umwanzi wihariye ushaka kugutsinda. Yitwa Satani. Ahora ashaka guteza ibibazo mu buzima bwawe, gusenya umubano wawe, no kukugirira nabi cyane ku buryo bwose bushoboka.

    Kuki ashaka kukugirira nabi? Kubera ko ashaka kugirira nabi Imana kandi kubera ko atabishoboye, yibasiye abana bayo. Ku bw’imbaraga zawe ntuzigera ugera ku ntsinzi ngo uneshe Satani. Ariko niba hari abandi bari mu ruhande rwawe bakagufasha, uzashobora gutsinda.

    Dore inama nziza ziboneka mu gitabo cy’Umubwiriza: “Umuntu naho yanesha umwe, ababiri bo bamunanira, kandi umugozi w’inyabutatu ntucika vuba” (Umubwiriza 4:12).

    Ese ufite umuntu ukwitayeho? Umuntu uguhagurukira akita kumibereho yawe y’umwuka? Ukeneye abantu bakuba hafi bakubwira bati: “Tuzabana nawe mugihe unyuze mubihe bitoroshye, Ntabwo tuzakwemerera gucika intege cyangwa kwiheba.”

    Kugira abantu bakuba hafi ni igisubizo cy’Imana kigufasha kwamagana gutsindwa. Ibi bivugwa mu gitabo cy’Umubwiriza 4:10: “Kuko iyo baguye umwe abyutsa mugenzi we, ariko uguye ari wenyine atagira umubyutsa, aba abonye ishyano”. Ku rundi ruhande, uri wenyine ni we ugomba kugirirwa impuhwe, kuko aramutse aguye nta muntu wo kumwegura”.

    Mubyukuri dukeneye abandi bagendana natwe, bakorana natwe, bakatureberera ndetse bakadufasha kurwanya umwanzi Satani uhiga ubugingo bwacu ngo abujyane muri gehenomu.

    Ushobora kugerageza, ariko ntuzashobora kubaho ubuzima bwawe wenyine. Teza imbere umubano wawe n’abandi kandi wige gutekereza ku nyungu z’abahagaze i ruhande rwawe, aho kwita ku byawe gusa.

    Source: topchretien.com

    [email protected]
    http://dlvr.it/RfpNsd