Category: Uncategorized

  • Abakristo bo muri Nigeriya batewe ubwoba n’uko ubuzima bwabo buri mu kaga #rwanda #RwOT

    Umupadiri muri iki gihugu yavuze ko abakirisito bo muri Nigeriya babayeho mu bwoba bwa buri gihe, ngo biteguye ko isaha n’isaha bagabwaho ibitero bakicwa.

    Padiri Sam Ebute, wa Kangoro, yabwiye Aid to the Church in Need (ACN) ko ihohoterwa rikorerwa abakirisito ryabasizemo ubumuga bw’ubwoba , ibintu bituma babayeho nk’abatariho.

    N’ubwo muri iki gihugu bari mu bihe by’ihinga, yavuze ko abahinzi b’Abakristo batinya no gusura imirima yabo kuko bashobora kugabwaho ibitero. Ati: “Mu byumweru birindwi bishize, twashyinguye abayoboke bacu mu maparuwase atandukanye, kandi biragaragara ko tutazi iherezo ry’ibi bintu.” “Ibi bitero bya nyuma byadusize mu bwoba twese. Cyane cyane ubwoba bw’ikitazwi kuko tutazi igihe ibitero bizakurikiraho bizazira n’ikizabitera.” “Ntidushobora gusenga mu mahoro, ikindi ntabwo twizeye umutekano w’ingo zacu.”

    Yavuze ko iterabwoba rihoraho ry’ibitero ryatumye abakristo benshi bagabanya ingendo zabo, mu gihe ingaruka ku muryango w’abahinzi ba gikirisito zabaye mbi cyane kuko “basize imyaka yabo ngo bakiza amagara yabo batarimbuka.

    Padiri Ebute ati: “Ni nk’aho twasigaye mu bwoba dutinya kurimburwa tuzira kwizera kwacu!”

    Nk’uko ACN ibitangaza, umubare w’abantu baguye muri ibyo bitero muri Leta ya Kaduna, mu mezi arindwi ya mbere y’uyu mwaka wa 2020 wageze ku 178. Mu gihe ibyo bitero ahanini byatewe n’intagondwa z’abarwanyi ba Fulani, Fr Ebute ababajwe cyane nuko leta ya Nigeriya yananiwe kurinda imiryango y’abakristo, bisa nk’aho ntacyo biyibwiye.

    Ati: “Igitera ibi byose kurushaho kuba ingorabahizi ni uko guverinoma idafata ingamba zihamye zo gukumira ayo mahano. Iki ni cyo kintu kirimo kudushengura kandi bikatugora kubyumva no kubyakira.”

    Iyicwa ry’abakristo ryigeze kubera hafi y’iwabo wa Fr Ebute, umuyobozi ushinzwe gukurikirana abanyamuhamagaro mu Muryango w’Abamisiyoneri bo muri Afurika, yashyinguye abakrsto bo muri Paruwasi ye bagera kuri 21 nyuma yo guhitanwa n’ibitero by’amasasu mu mudugudu wa Kukum Daji.

    Ati: “Benshi mu bahohotewe ni urubyiruko,” cyane cyane abakobwa “. “Mu myaka ine, kuva naba umupadiri mu 2016, nagiye nshyingura abayoboke b’abakristo bo muri paruwasi yanjye”.

    Abepiskopi bo mu Ntara ya Kaduna mu magambo batangarije CAN bavuze ko Nigeriya “iri mu mutego ukomeye uzayibyarira umusaruro mubi”.

    Bati: “Ibicu byijimye by’urugomo byugarije igihugu cyacu”. “Mu myaka mike ishize, abashinzwe iperereza ku ihohoterwa bigaruriye igihugu maze baba aribo bashyiraho abashinzwe umutekano. Ikindi mu myaka itatu ishize, twabonye ibitero simusiga ndetse no gusahura abaturage . Ibihumbi n’ibihumbi by’abantu bahasize ubuzima bitewe n’udutsiko twayo mabandi duhora duterana ubudacogora.”

    Bongeyeho bati: “Ibikorwa by’ihohotera bya Boko Haram, udutsiko tw’amabandi , abashimusi n’abambuzi byose byahinduye abantu bose ibitambo byabo, bahora bicwa umusubirizo.

    Source: Christian Today

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Abakristo-bo-muri-Nijeria-batewe-ubwoba-n-uko-ubuzima-bwabo-buri-mu-kaga.html

  • Abanyamuryango 70 ba Kiyovu Sports banditse basaba ko hahinduka itegeko rijyanye no kwiyamamaza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku Cyumweru tariki 27/09/2020, ni bwo hateganyijwe inteko rusange ya Kiyovu Sports, ikaba ku murongo w’ibyigwa iteganyijwemo gusa amatora ya Komite nyobozi y’umuryango wa Kiyovu Sports.

    Nyuma yo gushyira komisiyo y’amatora, iyi nayo yaje guhita itangaza ibisabwa ku muntu wese wifuza kwiyamamariza kujya muri Komite, aho ingingo yateje impaka ari uko uwiyamamaza byibura agomba kuba amaze amezi atandatu ari umunyamuryango.

    Mu nteko rusange iheruka ni bwo abanyamuryango babwiwe ko amatora yimuriwe muri Nzeli
    Mu nteko rusange iheruka ni bwo abanyamuryango babwiwe ko amatora yimuriwe muri Nzeli

    Ibi biri mu byatumye abanyamuryango 70 muri 130 bemewe n’amategeko, bandikira Perezida wa Kiyovu bamubwirako bifuza ko mu bizasuzumwa muri iyi nama bakongeramo ingingo yo kuvugura amategeko, bityo buri wese wifuza kwiyamamaza ntabangamirwe.

    Ibaruwa iragira iti “Turasaba ko inama y’Inteko Rusange idasanzwe mwatumije tariki 27/09/2020, ku murongo w’ibyigwa hakwiyongeramo kuvugurura amwe mu mategeko agenga Umuryango Kiyovu Sports mu rwego rwo kutazabangamira kwiyamamaza ku munyamuryango uwo ari we wese wa Kiyovu Sports ufite ubushake bwo kuzamura no gukorera abanyamuryango cyane cyane ko byagiye bikorwa mu bihe bitandukanye hagamijwe guteza imbere Kiyovu S.A.”

    Inteko rusange ya Kiyovu Sports iteganyijwe kuba kuri iki Cyumweru, izaba hifashishijwe ikoranabuhanga (rya Webex), aho mu mataora azaba kugeza ubu uwamaze gutangaza ko aziyamamaza ari Mvuyekure Francois usanzwe anayiyobora, mu gihe Mvukiyehe Juvenal wavuzwe cyane we agongwa n’ingingo yo kuba ataramara amezi atandatu ari umunyamuryango

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/abanyamuryango-70-ba-kiyovu-sports-banditse-basaba-ko-hahinduka-itegeko-rijyanye-no-kwiyamamaza

  • USA na Sudani mu biganiro bigamije gukura Sudani mu bihugu bitera inkunga iterabwoba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    General Abdel Fattah al-Burhan, Umuyobozi w
    General Abdel Fattah al-Burhan, Umuyobozi w’inzibacyuho ukomeje guharanira ubumwe na Amerika

    Muri ibi biganiro by’iminsi ibiri, intumwa za Sudani ziyobowe n’umuyobozi w’igihugu, General Abdel Fattah al-Burhan.

    Amerika yashyize Sudani kuri uru rutonde rw’ibihugu bitera inkunga iterabwoba mu 1993, kubera gushyigikira abarwanyi b’abahezanguni bagendera ku mahame ya kiyisilamu, barimo Osama Bin Laden; wari umuyobozi mukuru wa Al-qaeda, aho ngo we n’abarwanyi be babaga muri iki gihugu cya Sudani imyaka itanu mbere yo kugaba ibitero byo ku itariki ya 11 Nzeri mu mwaka 2001.

    Ibyo bitero byibasiye umuturirwa w’ubucuruzi wa World Trade Center, na Minisiteri y’Ingabo ya USA Pentegone bigahitana Abanyamerika barenga ibihumbi 3000.

    Osam Bin Laden n’intagondwa z’ibyihebe ngo bakoresheje ubutaka bwa Sudani mu bikorwa by’imyiteguro ubwo bari mu mugambi wo gukora iterabwoba kuri Leta zunze ubumwe za Amerika.

    Mu rwego rw’imishyikirano, Amerika yasabye Sudani kwishyura amadolari arenga miliyoni 300 nk’indishyi z’akababaro ku miryango y’abazize ibitero by’iterabwoba.

    Guverinoma ya Amerika kandi iragerageza kumvisha Sudani gushyira mu buryo umubano n’ubuhahirane hagati ya Sudani na Leta ya Isiraheli.

    Sudani yaciye umubano na Isiraheli ahagana mu mu mwaka wa 1990; ubwo Isiraheli yajyanaga impunzi z’Abayahudi babanya-Ethiopia barenga ibihumbi 200 bo mu bwoko bw’Abafarasha, ibanyujije rwihishwa ku butaka bwa Sudani.

    Leta ya Sudani yavuze ko Isiraheli yakoresheje igihugu gifite ubusugire mu gukora ibikorwa yasanishije no gushimutira abantu ku butaka bwayo.

    Ibikorwa byo gutwara abo mu Bafarasha b’Abayahudi byatwaye ibyumweru bibiri, byose byakozwe mu rwego rudasanzwe rw’ubutasi n’igisirikare, ku buryo nta muntu n’umwe yaba umuyobozi cyangwa mu nzego z’umutekano muri Sudani wigeze umenya ko ibyo bikorwa birigukorerwa ku butaka bwabo.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/usa-na-sudani-mu-biganiro-bigamije-gukura-sudani-mu-bihugu-bitera-inkunga-iterabwoba

  • Gicumbi: Ntibisanzwe umugabo yatawe muri yombi , azira guhambira umwana muto kuri Moto akoresheje umugozi #rwanda #RwOT

    Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Rutare, kuri iki Cyumweru tariki ya 20 Nzeri 2020, yataye muri yombi Umugabo witwa Ngendonziza Gilbert, nyuma yo kugaragara yashyize umwana ku ngoyi.

    Polisi yafashe uyu mugabo, nyuma y'uko hari umwe mu babonye ibyo biba, yarangiza akabishyira k'urubuga rwe rwa Twitter asaba Polisi kubikurikirana.

    Ifoto uwo muntu yashyize ahagaragara  yerekanaga umwana w'Umuhungu, Aboshye Amaguru n'Amaboko Aboheye inyuma, azirikishijwe umukoba yahambiriwe kuri moto.

    Iyi foto kandi yagaragazaga Abantu b'ingeri zitandukanye bashungereye ibiri gukorerwa uwo mwana uri mu kigero cy'imyaka irindwi n'icumi, Abandi bari gufotora barimo n'uyu wihutiye gutanga Amakuru.

    Polisi imaze kubona ibi  ntabwo yicaye ngo irebere  kuko mu gihe gito yahise yandika k'urukuta rwayo rwa Twitter, aho yagize iti' mwiriwe neza? Mucyo tugushimiye ku makuru watanze, ubu Gilbert Ngendoziza yatawe muri yombi nyuma y'ihohotera yakoreye uyu mwana.'

    Kugeza ubu uyu mugabo, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rutare, naho umwana yajyanywe kwa Muganga. Icyakora ntabwo icyatumye uyu mugabo akora ibi kiramenyekana.

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/21/gicumbi-ntibisanzwe-umugabo-yatawe-muri-yombi-azira-guhambira-umwana-muto-kuri-moto-akoresheje-umugozi/

  • Dancehall Maestro Spragga Benz Bounces Back After 10 Years #rwanda #RwOT

    Jamaican dancehall deejay Carlton Errington Grant, 51, better known as Spragga Benz is set to release his latest album this week, local Jamaican newspapers reported over the weekend.

    Titled the Journey Chosen, the album is expected to re-launch the veteran artist.

    It has been exactly one year since the Franklin Town-born megastar set an almost stratospherically high bar for veteran artistes looking for an entrance into the fast-paced decade of dancehall music, with the Chiliagon which debuted at No. 1 on the Billboard Reggae Album charts.

    The internationally renowned dancehall artiste waited 10 years to release that compilation, but says he's, 'not wasting any time, not on the next one either,'. Understandably it only took so long because some of that time was for personal healing.

    'Time waits on no man; so, I'm putting in the work for another project as we speak. My generation of musicians, as well as the fans, we nah really get so much of that. The '90s gone from the '90s, but we can recapture aspects of the atmosphere, be it through the writing, the topics, delivery and style, tempo of the beats, and still maintain /ill that gap for my era,' Spragga Benz said on Sunday.

    The dancehall artiste emerges with one of his most powerful albums yet, an endless expression of gratitude and complex meditation on the goings-on of the world. Spragga Benz, born Carlton Errington Grant, also opened up about coping with loss, not only the loss of his son Carlton 'Carlyle' Grant Jr who suffered an untimely death in 2008, but also losing touch with the world.

    He isn't trapped in sorrow or consumed by it. As a father of 10 children, he has discovered solace after despair, he shared, 'Family is the essence of the production, from working with Lamar [Reynolds] who we were connected to through my son, not in no big studio, most of the work was at his home. So from there it had a whole family feel to it. They are influential in the lyrics in some way, shape or form.'

    Lamar Reynolds, producer and owner of LMR Pro, expressed wanting to put out a tribute rhythm for his friend. It took them approximately one year and six months to complete the memorial track titled Never Leave, but other ideas were born which matured into the 11-track album fusing talents of the likes of Ky-Mani Marley and Wayne Wonder, longtime friends of Spragga Benz.

    Minus the tear-jerking Never Leave, which intros with the sounds of Carlyle speaking and laughing and also features popular musician and producer Salaam Remi playing bass guitar, the album has a song, a style and emotions that represent for a wide scope of music lovers, but to its core targets the foundation reggae and dancehall fans.

    'The process of creating this album was natural. While working on Never Leave, I got to hear other rhythms. So it was like, let me hear this and that, until we start create ideas together which turn into nine tracks from him and two tracks from Red Square Productions. The increase in tempo of the music nowadays, like life, is natural. People want to move with the new age but I nah leave out the roots, I am trying to introduce them to consistency,' he said.

    'LMR Pro understood that and I am proud of him, the work he is doing as a young producer and his approach to the business.'

    Speaking of the current state of the entertainment business, which for the most part is dependent on the virtual marketplace, Spragga Benz had this to say. 'We just trying to adjust to the new changes, be more independent. Still there are restrictions but we must start look into what an artiste doing for themselves without a big label behind them. It weighs totally on the digital platform.'

    Virtual Connection 

    Spragga Benz's exploration of the film industry, first with his 1999 debut in Brooklyn Babylon, where he played himself ,then again in the 2002-Jamerican crime movie Shottas, connected him to a whole other side of entertainment and propelled his career. He said, 'I learned that acting is an extended music video which you do it one time this way, then do it again from another angle and then another angle.' He hasn't played any roles recently, but says he's received scripts and is just waiting on one to strike that feeling to make him want to be part of the production.

    As for the music, he admitted it to being more challenging to connect with the audience from a virtual space.

    'We just can't connect [with the people], they're not there. While I can stand on my own foot, with a live audience it's much better because of the energy we feed off each other. Some songs don't come across with the right emotion on a TV or phone screen. Me and the band was just having this conversation. So who knows? We might do a live stream, invite all the artistes and perform the album.'

    Hinting a possible Grammy submission, Spragga Benz said, 'Why not? I want the people them to know I am thankful for their continuing support and I am consistently trying to satisfy them. It all comes down to the committee … it's out in the atmosphere.'

    The Gleaner

    Source : https://taarifa.rw/dancehall-maestro-spragga-benz-bounces-back-after-10-years/

  • Kagere na Ally Niyonzima mu banyarwanda bakina hanze bitwaye neza mu mpera z’icyumweru #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu mpera z’iki cyumweru shampiyona z’umupira w’amaguru mu bihugu bikomeye zari zakomeje, aho abakinnyi babiri b’abanyarwanda ari bo babashije gutsindira ibitego amakipe yabo.

    Mu mukino wa shampiyona ya Tanzania wahuje ikipe ya Simba Sports Club ndetse na Biashara Mara United, warangiye Simba iyinyagiye ibitego 4-0, harimo igitego cya Meddie Kagere yatsinze ku munota wa 52 w’umukino, akaba yari yongeye kugirirwa icyizere cyo kubanza mu kibuga.

    Meddie Kagere yari amaze imikino myinshi atabanza mu kibuga, yabanjemo ahita anatsinda
    Meddie Kagere yari amaze imikino myinshi atabanza mu kibuga, yabanjemo ahita anatsinda

    Muri Tanzania kandi umukinnyi Ally Niyonzima ukinira ikipe ya Azam Fc, nawe yaje gufasha iyi kipe kwegukana amanota atatu, nyuma yo gutsinda igitego kimwe rukumbi batsinze ikipe ya Mbeya City Fc.

    Ally Niyonzima yatsinze igitego cye cya mbere muri AZAM FC
    Ally Niyonzima yatsinze igitego cye cya mbere muri AZAM FC

    Ku bandi bakinnyi, ku wa Gatandatu Waasland Beveren ya Djihad Bizimana yanyagiwe na Anderlecht ibitego 4-2, umukino Djihad yakinnye iminota wa 48 ubundi arasimburwa.

    Muhire Kevin ukinira ikipe ya El Geish mu Misiri, ntiyabashije gukina kuko yamaze iminota 90 ku ntebe y’abasimbura, mu gihe Yannick Mukunzi ukinira Sandvikens IF ndetse na Kevin Monnet-Paquet ntibari mu bakinnyi 18 biyambajwe n’amakipe yabo.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/kagere-na-ally-niyonzima-mu-banyarwanda-bakina-hanze-bitwaye-neza-mu-mpera-z-icyumweru

  • Ntabwo azi amazina ye y’ukuri! Intimba ya Akayezu umaze imyaka 28 ataraca iryera abo mu muryango we (Video) #rwanda #RwOT

    Ukwibyara gutera ababyeyi ineza! Iyi ni imvugo ikoreshwa kenshi abantu bashaka kwerekana ko kubyara umwana ukamurera, ukamubona atangiye kugera ikirenge mu cyawe cyangwa se yarengeje ku byo wamutekerezagaho biba ari ishema ku muryango.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ntabwo-azi-amazina-ye-y-ukuri-intimba-ya-akayezu-umaze-imyaka-28-ataraca-iryera

  • Menya ibyuho umutungo wa Leta ucamo unyerezwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umugenzuzi Mukuru w
    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta Obadia Biraro, avuga ko ibyuyho byo kunyereza umutungo wa Leta bigaragara mu mitangire y’amasoko

    Umuyobozi w’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane (Transparency Internetional Rwanda), Ingabire Marie Immaculée, avuga ko inkiko zikigaragaza intege nke mu gukurikirana abanyereje umutungo wa Leta, kimwe no kuba abahamwe n’ibyaha byo kunyereza umutungo badakurikiranwa ngo ugaruzwe uko bikwiye.

    Umwaka ushize w’ingengo y’imari ukaba warasojwe nibura miliyali zisaga umunani z’amafaranga y’u Rwanda zigaragazwa na raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ko zanyerejwe cyangwa zigakoreshwa nabi.

    Ingabire kandi avuga ko hari amafaranga ava mu baterankunga kandi Leta iba izayishyura atagenzurwa, no kuba hari ibigo bitarajya ku rutonde ruzagenzurwa kuko kugeza ubu Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta agera mu bigo 86% kugeza ubu.

    Umuyobozi wa TIR Ingabire Marie Immaculée, avuga ko kuba ibyo bigo bitagenzurwa byatuma umutungo bikoresha unyerezwa cyangwa ugakoreshwa nabi, kuko utagenzurwa agatanga urugero ku Kigo cya Iwawa cyashyiriweho kugorora inzererezi n’abakoresha ibiyobyabwenge.

    Agaragaza kandi ko amafaranga ava mu baterankunga usanga atagenzurwa hitwajwe ko hari ukuntu abayatanze bafite ibyo bakurikije bidakorwaho n’izindi nzego, nyamara ayo mafaranga aba yarageze mu mutungo wa Leta kandi azishyurwa na Leta.

    Umuyobozi wa TIR Ingabire Marie Immaculée, avuga ko ibyuho bikigaragara mu butabera butagaruza ku gihe ibyanyerejwe no gukurikirana abakekwaho kunyereza ibya Leta
    Umuyobozi wa TIR Ingabire Marie Immaculée, avuga ko ibyuho bikigaragara mu butabera butagaruza ku gihe ibyanyerejwe no gukurikirana abakekwaho kunyereza ibya Leta

    Agira ati “Nk’amafaranga atangwa na Banki Nyafurika Istura Amajyambere ugasanga abayakoresha baravuga ko hari uburyo azakoreshwa, ese aba atazishyurwa na Leta, ese umuntu iyo umuhaye ishuka unamwigisha uko ayisasa cyangwa”?

    Umugeznuzi Mukuru w’Imari ya Leta Obadia Biraro, avuga ko ibyuho byo kunyereza umutungo wa Leta bikigaragara mu mitangire y’amasoko, uburangare no kutanoza inshingano kuri bamwe mu bayobozi b’ibigo bya Leta, kabone nubwo hashyizweho uburyo bwo gutanga amasoko mu ikoranabuhanga.

    Agira ati “Ibyuho biracyagaragara mu mitangire y’amasoko ya Leta, nubwo bikorwa mu ikoranabuhanga ariko ntibikuraho ko wa muntu usanzwe abikora nabi ukirimo azakomeza gutuma amasoko atangwa mu buryo bunyuranyije amategeko, buri wese yari akwiye guhagarara yemye mu izamu rye aho kwiryamira”.

    Avuga ko ibyo bituma za miliyali z’amafaranga zisubizwa mu kigega cya Leta adakoreshejwe kubera ko abashinzwe kuyakoresha batubahirije inshingano zabo, hakaba hakinagaragara inzego zitinda kwishyuriza abaturage bikigaragara muri Minsiteri y’Imari n’iy’Ubutegetsi bw’Igihugu n’inzego z’ibanze bitanoze neza.

    Senateri Nkusi Juvenal, wigeze no kuyobora Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko, ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo wa Leta, avuga ko ibyuho mu kunyereza umutungo wa Leta bikigaragara mu kutishyurira igihe abakoze imirimo no kwishyura amafaranga y’umurengera ku bikorwa runaka.

    Avuga ko Leta idashobora guteganya ibikorwa runaka nta ngengo y’imari ibiteganyirijwe ihari, ariko ugasanga habayeho uburangare no gusuzugura abakoze imirimo runaka ku bashinzwe kubishyura.

    Senateri Nkusi asanga abanyereza umutungo wa Ltea baciye icyuho mu kwishyura amafaranga y
    Senateri Nkusi asanga abanyereza umutungo wa Ltea baciye icyuho mu kwishyura amafaranga y’umurengera

    Agira ati “Ni uburangare no gusuzugura abakoreshejwe, buriya ni uko bitashoboka, iyaba na bo babahagarikira umushahara n’ukwezi kumwe ngo urebe ko batumva ukuntu babaza abo bakoresheje, buriya ni uburangare kandi bubabaje”.

    Nkusi avuga ko abatanga amasoko usanga bafite uburyo bakorana na ba rwiyemezamirimo bagamije ruswa, aho usanga hari n’abategurana ibitabo by’amasoko kuba inshuti na ba rwiyemezamirimo hagamijwe kubaha amasoko mu buryo butemewe, n’andi makosa akigaragara mu mitangire y’amasoko.

    Mu rwego rwo kugenzura imikorshereze y’imari n’umutungo wa Leta, Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe kugenzura imikoreshereze n’imicungire by’imari ya Leta (PAC), yatangiye guhamagaza ibigo bya Leta ngo byisobanure kuri raporo y’Umugenzuzi Mukru w’Imari ya Leta.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/menya-ibyuho-umutungo-wa-leta-ucamo-unyerezwa