Category: Uncategorized

  • Ibyo umusore atagombye kubaza umukobwa bagihura mu gihe yifuza ko bakundana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku rubuga rwa Internet www.wellandgood.com , umwanditsi w’ibitabo w’Umunyamerika witwa Hannah Orenstein utuye mu Mujyi wa New York City, agira inama abantu bifuza gukundana, akavuga ko atari byiza niba bahuye ubwa mbere gutangira kuganira ku bijyanye na Politiki, imyemerere(religion), ndetse n’amafaranga, ahubwo ngo bakaganira ku bindi bibafasha gutangira kumenyana.

    Kuri urwo rubuga kandi bavuga ibibazo umusore atagombye kubaza inkumi bahuye ku nshuro ya mbere kandi yifuza ko urukundo rwabo rukomeza, kugira ngo uko guhura kwa mbere bitaba ari nabwo bwa nyuma bahuye.

    Mu bibazo umusore atagombye kubaza inkumi yifuza ko bakundana birambye,harimo kutabaza umukobwa ibijyanye n’abo bakundanye mbere, nko kumubaza ngo umusore mwakundanaga mbere yari ameze ate.. ., uwitwa Jonathan Bennett, washinze sositeye yitwa ‘Double Trust Dating’ ifasha abifuza gukundana, ikorera mu Mujyi witwa Ohio, avuga ko iyo ubajije icyo kibazo uba utangiye nabi, kuko ubundi abakundana bahuye bwa mbere bagomba kuganira kuri bo ubwabo, ntibite ku bakundanye mu bihe byahise.

    Ikindi kibazo umusore adakwiriye kubaza, ni ukubaza umukobwa bari kumwe niba yumva yishimiye uwo mwanya bari kumwe. Uwo muhanga mu by’urukundo witwa Bennett avuga ko ubaye utabona ko yishimiye kuba muri kumwe, wirinda kwishyiramo ko ari wowe wabiteye, kuko ntuba uzi niba ari ibindi bibazo bye yisanganiwe byo mu muryango wenda n’ibindi, uretse ko ngo bishoboka byaba binavuze ko mutazahuza, ariko ngo si ngombwa kubaza icyo kibazo.

    Si byiza kandi kubaza umukobwa niba hari undi musore bari kumwe(mu rukundo) mugihura, kuko nk’uko Bennett abivuga byumvikanisha ko ushobora kuba ushaka kumugenzura, cyangwa se ukaba wazajya unamufuhira mu gihe kizaza, ibyiza ngo urabyihorera ukazamenya niba hari undi bari kumwe uko iminsi igenda.

    Ku rubuga www.artdeseduire.com , na ho bavuga ko umusore uhuye n’umukobwa yifuza ko bakundana atagomba kumubaza niba hari undi musore afite bakundana, ngo akomerezeho amubaza aho bahuriye n’uko bameranye n’ibindi, ahubwo kuko ngo bizwi ko abakobwa beza batabura abahungu bakundana, niba aguhaye umwanya wo kuganira muraganira nyuma ukazabyimenyera niba afite undi musore cyangwa se akunze wowe.

    Ikindi ngo si byiza kubaza umukobwa mugihura, umubare w’abasore amaze gukundana na bo,kuko ngo nta gisubizo cy’ukuri wabona kandi anamaze kugusubiza nubwo ngo byaba atari ukuri, na we yahita akurikizaho kukubaza abo mwakundanye, ugasanga bibaye ibyo ntimubone n’umwanya wo kuganira kuri mwe, n’urukundo mugamije rukabura umwanya wo kuruvugaho.

    Ku rubuga www.bestlifeonline.com na bo bavuga ibibazo umusore atagombye kubaza umukobwa yifuza ko bakundana mu gihe bahuye bwa mbere bagiye gusangira kugira ngo baganire.

    Mu bibazo umusore adakwiye kubaza umukobwa nk’uko bigaragara kuri urwo rubuga, harimo kumubaza impamvu adafite umuntu bakundana kandi bigaragara ko ari mwiza. Umwanditsi witwa Rabbi Sholmo Zalman Bregman yavuze ko kubaza icyo kibazo umukobwa mugihura ari bibi kuko biba bisa no kumushinja ko afite ibitagenda kuri we bituma adafite uwo bakundana, kandi ubundi ngo biba bishoboka ko ari uko atarabona uwo bahuza gusa.

    Umusore ntiyagombye kubaza umukobwa bagihura niba akunda gusaragurika(crazy) ,wenda akaba yamubaza ati, nizere ko udakunda gusaragurika cyane kuko maze igihe nkundana n’abantu nyuma ngasanga bakunda gusaragurika.

    Candice A, impuguke mu kwigisha abashaka gukundana, avuga ko umusore adakwiye kubaza umukobwa icyo kibazo, kuko na we yakwibaza impamvu akunda guhura n’abo basaragurika gusa, ibyiza ngo urareka ukazagenda ubona uko ateye buhoro buhoro.

    Nta musore ukwiye kubaza umukobwa bagihura ngo, ubu se urabona urukundo rwacu rugana he? bituma umukobwa amufata nk’uwihebye cyangwa se ufite ubwira bwinshi, ibyiza ngo arategereza akareba aho rugana nyine.

    Nta musore kandi wagombye kubaza ibiciro by’ikintu abonanye umukobwa bagitangira gukundana, urugero ari nk’isakoshi afite, bigaragara ko ihenze, si byiza kumubaza igiciro cyayo. Uwitwa Bonnie Winston, icyamamare akaba n’impuguke mu by’urukundo avuga ko bihagije ko wamubwira ko afite isakoshi nziza bitabaye ngombwa kujya mu by’ibiciro.

    Nta musore ukwiye kubaza umukobwa bagihura kandi yifuza ko bakundana, ngo mbese urumva wakunze uko ngaragara, uko nambaye… Icyo ngo ni ikibazo gishobora kuzana ibisubizo bitagushimisha ibyiza ni ukukihorera nk’uko bivugwa n’umutoza mu byo gukundana witwa Rosalind Sedacca.

    Umusore ntiyagombye kubaza umukobwa bagihura niba yifuza kuzabyara cyangwa umubare w’abana yifuza kuzabyara, ibyiza ngo ni ugutegereza bakabanza kumenyana mbere yo kubaza icyo kibazo.

    Umusore ugihura n’umukobwa bwa mbere kandi ngo ntiyagombye kumubaza ibijyanye n’uko abanye n’ababyeyi be, kuko ngo icyo kibazo cyatuma atisanzura mu kiganiro gikurikiraho, cyane cyane abajijwe icyo kibazo abanye nabi n’ababyeyi be cyangwa se atanabafite nk’uko bivugwa n’uwitwa Perry.

    Nta musore ukwiriye kubaza umukobwa bagihura uko yatandukanye n’abo babanje gukundana nubwo byaba bimuteye amatsiko,agomba gutegereza akazaba abimenya,ntagomba no kumubaza icyo yiteze mu rukundo rwabo…,ibyiza ngo ni ugutegereza.

    Ikindi ngo nta musore ugihura n’umukobwa yifuza ko bazakundana wagombye kumubaza umubare w’abantu amaze kuryamana na bo,ibyo ngo ntibiba bikureba nk’umuntu ugitangira gukundana nk’uko bivugwa na Bregman.

    Si byiza kandi ko umusore abaza umukobwa bagihura ko akunda kurya cyane no kunywa nk’uko yabigenje aho bahuriye baganira, ibyo ngo bishobora gutuma urukundo rudakomeza, kuko n’iyo yaba akunda ibyo kurya no kunywa cyangwa atabikunda, ashobora kubona ko uzajya umugerera ibyo afungura akakureka.

    Ikindi umusore ugihura n’umukobwa yifuza ko bakundana atagombye kumubaza, ni ibijyanye n’imyaka ye, kuko abakobwa benshi ngo icyo kibazo kirababangamira kandi ntibakunda no kugisubiza. Ibyiza ngo wamubaza amazina ye cyangwa n’ibyo akora, ibyo ngo biba bihagije ku bantu bagihura ibindi ukazaba ubimenya.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/ibyo-umusore-atagombye-kubaza-umukobwa-bagihura-mu-gihe-yifuza-ko-bakundana

  • Namibia ikeneye miliyoni 1.8 z'amadolari yo kurwanya icyorezo cy'inzige #rwanda #RwOT

    kuwa kane tariki ya 24 Nzeri 2020, Minisitiri w'ubuhinzi, Calle Schlettwein, yatangaje ko Namibia ikeneye amafaranga agera kuri miliyoni 30 z'amadolari ya Namibia (miliyoni 1.8 y'amadolari y'Amerika) kugira ngo bahangane n'icyorezo cy'inzige mu karere k'amajyaruguru y'iburasirazuba bwa Zambezi.

    Schlettwein yavuze ko icyorezo cy'inzige zitukura zo muri Afurika zimuka cyagaragaye ku ya 12 Kanama 2020. Kuva icyo gihe, raporo igaragaza ko buri munsi zinjira mu gihugu.

    Iki ni icyorezo cya kabiri mu karere ka Zambezi muri uyu mwaka gikurikira icya mbere muri Gashyantare 2020. Ubuso bwa kilometero kare 4.002 ni ukuvuga ahangana na hegitari 500 zangijwe n'inzige kugeza ubu.

    Minisitiri yavuze ko Namibia ikeneye amafaranga kugira ngo yongere imbaraga nyinshi mu bijyanye n'abakozi, amato, ibikoresho birinda abakozi, ndetse n'ibindi bikoresho kugira ngo barwanye neza iki cyorezo.

    Schlettwein yongeyeho ati: 'Nyuma ya raporo zerekeye icyorezo cy'inzige, hashyizweho itsinda ryo gutera imiti rigizwe n'abakozi 35 bahuguwe mu buryo bwo kurwanya iki cyorezo mu bigo bitandukanye biteza imbere ubuhinzi mu gihugu hose'.
    Source:Africa.cgtn.com

    Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

    Source : http://www.intyoza.com/namibia-ikeneye-miliyoni-1-8-zamadolari-yo-kurwanya-icyorezo-cyinzige/

  • Urukiko rukuru rwa Kenya rwahagaritse ibyo gusesa inteko ishinga amategeko kubera kubura abagore #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa kane, nibwo urukiko Rukuru rwa Kenya rwahagaritse icyifuzo icyo ari cyo cyose cyo gusesa inteko ishinga amategeko nyuma y'uko umucamanza mukuru w'iki gihugu avugiye ko inteko ishinga amategeko igomba kuba ifite abadepite bahagije b'abagore.

    Ku wa mbere, umucamanza mukuru, David Maraga, yagiriye inama Perezida Uhuru Kenyatta gusesa inteko ishinga amategeko, avuga ko abadepite bananiwe kubahiriza itegeko nshinga ryo mu 2010 ryemerera kimwe cya gatatu cy'imyanya y'abagore.

    Icyemezo cy'umucamanza mukuru cyababaje abadepite benshi b'abagabo, barimo n'umuvugizi w'iyo nzu, bavuze ko bitemewe, bitagiriwe inama, kandi ko bizashora igihugu mu kibazo cy'itegeko nshinga.

    Mu mategeko ya Kenya, inteko ishinga amategeko iyo imaze guseswa, amatora agomba kuba mu minsi 90.

    Mu gusubiza icyifuzo cyamaganaga abajyanama ba Maraga, Urukiko Rukuru rwahagaritse icyifuzo icyo ari cyo cyose cyo gusesa inteko ishinga amategeko mu gihe hagitegerejwe imanza zirangira kuri iki kibazo.

    Mu rubanza rwe, umucamanza Weldon Korir yanditse ati: 'Nasuzumye nitonze icyo cyifuzo nsanga gitera ibibazo byinshi by'amategeko'.

    Abagore bafite imyanya ingana na 22% yo hejuru, na 31% mu nteko ishinga amategeko. Itegeko nshinga rya Kenya ryo mu 2010 rivuga ko bitarenze bibiri bya gatatu by'urwego urwo ari rwo rwose rwatowe cyangwa rwashyizweho rushobora kuba rufite igitsina kimwe.

    Ibyemezo by'urukiko muri Kenya byategetse inteko ishinga amategeko gushyiraho amategeko kugira ngo iryo tegeko ryubahirizwe cyangwa rishobore guseswa, ariko ibyakozwe byabanje ntibyakunzwe n'abadepite b'abagore bashinja abadepite b'abagabo guhagarika ibikorwa nkana.

    Mu nama ngishwanama ya Kenyatta, Maraga yavuze ko kunanirwa gushyiraho ayo mategeko ari ubuhamya busobanutse bw'abadepite ati: 'imyifatire n'imyitwarire idahwitse' bijyanye na bibiri bya gatatu by'uburinganire. Itsinda ry'abacamanza bashyizweho bazumva icyifuzo ku ya 7 Ukwakira 2020.
    Source: Reuters

    Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

    Source : http://www.intyoza.com/urukiko-rukuru-rwa-kenya-rwahagaritse-ibyo-gusesa-inteko-ishinga-amategeko-kubera-kubura-abagore/

  • RRA Opens Investors Help Desk #rwanda #RwOT

    Rwanda Revenue Authority (RRA) has launched an Investors Help Desk to centralize contact points and services for local and foreign investors and support Doing Business in Rwanda.

    The Investors Help Desk is part of the RRA's One-Stop Service Center under construction and will resolve any tax-related inquiries of existing and potential investors according to RRA Commissioner General, Pascal Bisimana Ruganintwali. 'Improved customer service is the core of our business, and investors have not been left behind. This is why we introduced a desk dedicated strictly to investors. A team of committed staff has been set and logistics are in place. We hope this will create a better business environment for investors.'

    To accommodate investors from all over the world, the newly introduced Help Desk will not only have a physical desk at RRA Headquarters, but also a web-based facility where investors could easily get all information about doing business in Rwanda, facilities in place, Rwandan Taxation information, and contacts of staff who can assist them either by phone or e-mail. The online help desk has also an e-mail dedicated to investors where they can ask any investment-related matter.

    The Commissioner-General says that the implementation of this facility testifies the commitment that the government has initiated to transform the country's economy and make Rwanda a business-friendly environment. This has made Rwanda maintain the 2nd position in Africa in the 2020 World Bank doing business report as a result of many other initiatives put in place to make the country an easy and attractive destination for investment.

    There's no doubt that this step will support Rwanda's initiative of promoting doing business by establishing a more taxpayer-friendly environment and improve service delivery, especially to investors. This will have a positive impact on tax collection in particular and the country's economy in general.

    Rwanda Revenue Authority was established under law N° 15/97 of 8 November 1997 as a quasi-autonomous body charged with the task of assessing, collecting, and accounting for tax, customs, and other specified revenues. This is achieved through effective administration and enforcement of the laws relating to those revenues. In addition, it is mandated to collect non-tax revenues.

    Source : https://taarifa.rw/rra-opens-investors-help-desk/

  • TESTIMONY: You Will Not Run Business In Rwanda Unless You Are Connected #rwanda #RwOT

    As a Rwandan-Canadian citizen who decided to return back to my motherland after living in Canada for more than 10 years. I am here on Taarifa with the hope of releasing my frustration and hopefully get some answers. Long story short, ever since I was a little girl, I loved my motherland, Rwanda. My parents sent me to Canada for education. However, I always knew I would come back to contribute to building my country.

    Three years ago, I had a dream to come live and work for my beautiful Rwanda. During those three years, I have tried many different big projects (because I can't help but to think big and my spirit of entrepreneurship ne me lessera pas être une funcionnelle) and many of them were incredibly innovative which happened to fall in our country's vision, but none of them ever went through for me.

    They were instead taken by those in power that I presented them to (pretty much stole my ideas and never credited me). My question is; is there anybody who can relate to what I am talking about here? Anyone already experienced a similar thing? If yes, how do you all keep courage? Is there a code? Right now, I am very disappointed and frustrated because, apparently from what many said, is that to be able to do big projects here in Rwanda, you have to know someone in a higher position or you have to be a child of 'someone in high powers. Unfortunately, I am a lady of principles and one of my life's principles tells me that everyone deserves what he/she worked hard for, plus I don't know or relate to those people in government's higher position in order to be allowed to own my projects and contribute to my motherland's development.

    My question is; if one can only be allowed to do great things as it is in her/his heart for her/his beautiful country when she/he is only a child of someone powerful in the country, can you then, you powerful people adopt us who are not from powerful families, but yet very intelligent, so we too can get the opportunity to use our talents, strengths, and wisdom in a bigger scale than we are capable of for the contribution to the development of the country we love? I love Rwanda so much and I always have ideas flowing only to do my part in making it the best country. I am not a politician, I am a young entrepreneur with thousands of innovative ideas, all I know and feel as my greatest gift is creating and running big businesses.

    I just wish things were a little straightforward with organizations/institutions, etc here in Rwanda and allow simple but yet capable people like me to also walk towards our dreams of being part of making our country great, economically.

    What frustrates me a lot is that most institutions will invite you to do presentations of a project, and after the presentation, they will all tell you how you have an amazing project that it is exactly one of what our country needs and they will tell you to keep working on it that they will definitely call you for business. A few months later, you hear that they have given that business to someone else who wasn't even ready, who didn't have the project needed ready, but they will get that someone they want to start developing the same project like yours and wait for him/her to finish it and get the offer. This happens a lot within public and private organizations here in Rwanda. As much as I hate to accept it, but it looks like what I used to hear when I was back in Canada that the code to launch a big project here in Rwanda, one has to have a general, a minister, or other 'powerful person' on her/his side. That it is never been based on how wise you can be, talented you can be, or what you are capable of as a Rwandan. It is rather based on who you are? How powerful or influential you are or who do you know. I am not here to confirm that say, and I am not here to dismiss it either, and even if it may sound in my writing as if I am putting all this wrongdoing on Rwanda, I still know that we can not generalize and put all these wrongdoings on Rwanda as a whole, it is rather at a personal level (some employees) yet the outcome is a bad image for the whole country. It is just like that Rwandan proverb that says: 'Abumwe agatukisha bose'…And I wonder how us who don't have parents or family members that are generals, ministers, or who are 'powerful in otherways' etc will get opportunities to give our country what we are capable of in terms of building it not to do what is available or designated to us, but to actually do what we are talented for and give it all we got. I am writing this note frustrated and disappointed, and most importantly sad because I used to encourage my talented young Rwandan friends and acquaintances to come back home and built our motherland, but for the past one year, I've been avoiding such conversations with them because I don't want to tell them my painful experience so far and I don't want to lie to them either that things are good that they should invest their time, knowledge, money in projects to build their country.

    There is already one family that moved back here and they used to ask me how it is like to come back home and I remember saying that it will be the best thing to do (even though I was struggling to own my projects, but I refused to use my bad experience to discourage them; I was like maybe they won't experience the same). They are here now, and still, I haven't made a single complaint to them, I just pray that they will not have an unpleasant experience. I want them to find better than they had in Canada. They are extremely smart people too, I want Rwanda to benefit from their knowledge. September 21, 2020, I received another bad news that after months of working on upgrading my 4th innovative project trying to get it customized for this particular institution,  which had already shown interest and was in need of my service, and after months of back and forth conversations about working together, this private institution decided to choose another company here which in the first place was not in the bidding, which doesn't even have that exact project ready like mine, and that kind of project isn't something that takes a month or two to build, it takes several months if not years.

    I and my engineers spent over two years programming and took what I had as an idea a turned it into an incredible tangible tool. I invested a lot of money to have it completed as it is today, and now by the time I think that finally, all that hard work is going to start paying off, the client decided to follow the code: 'who is this person to give this business? Is he/she from that group of people that are entitled to get big projects here? So, the contract went to another company, and this company is apparently being offered that contract because it is owned by powerful people in Rwanda, and they want and will get the contract regardless of whether they meet all the bidding requirements or not. This was the fourth big project that I presented and dreamed to run in Rwanda, and now it is again taken by others who don't deserve it more than I ( they don't deserve it because I was the first with that kind of technology here in Rwanda, I've been developing it for three years now, I am the first to present it to those that needed it, I invested thousands of dollars and time on it, and now that finally, it was ready to serve my Rwanda, that 'power supremacy group' is taking me and my team out (they will rather make the institutions in need to wait months as they build the similar project as mine than to let us merit our sweat). I find this very unfair. And my question is; how do you keep your mind from giving up on your dream of wanting to participate in the development of your country? This is my first time ever writing a complaint on social media, I have been trying to hang tight for the past three years, but I guess starting today I should look the reality right in the face and act accordingly.

    My best option now is to go back to Canada and give my strength and knowledge to it, at least there nobody stands in the way of what I would like to accomplish (the obstacles are different factors than here) though my desire had always been to work for my lovely motherland. But, I would like to keep hope that maybe one day it will be possible to come back and work for my country and be able to contribute to its growth.

    To those who might be going through what I went through, stay strong, and don't you lose trust in yourselves. Keep being innovative, keep educating yourselves, become experts and masters of your area of expertise, keep loving your country and your leaders, fear God, don't lose hope, and eventually one day your hard work will pay off. Thank you for reading and I am sorry to vent on you. Stay blessed all.

    Editor: Betty Niwemugeni has narrated and shared her experiences with us. We are investigating all her claims.  

    Source : https://taarifa.rw/testimony-you-will-not-run-business-in-rwanda-unless-you-are-connected/

  • U Bushinwa bwiyamye Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera kubuhoza mu kanwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Zhang Jun
    Zhang Jun

    Zhang Jun uhagarariye u Bushinwa muri UN, yavuze ko aho bigeze barambiwe guhozwa mu kanwa na USA.

    Nyuma y’iminsi ibiri Perezida Donald Trump agejeje ijambo ngarukamwaka ku Nteko Rusange ya UN akongera kwikoma u Bushinwa imbonankubone, Zhang Jun uhagarariye u Bushinwa na we yafashe umwanya ntiyarya amagambo asubiza Trump ko u Bushinwa burambiwe guhozwa ku nkeke.

    Zhang Jun imbere y’akanama ka UN gashinzwe umutekano, mu ijambo yavugiye mu nama ku miyoborere myiza, yagize ati “Reka nkubwire, turarambiwe rwose! Ibibazo umaze guteza mu isi birahagije! US zimaze kugira abantu hafi miliyoni zirindwi (7) banduye COVID-19 n’abandi basaga ibihumbi 200 bamaze kwicwa n’icyorezo. Ese ko ari mwe mufite ubuvuzi bwakataje mu ikoranabuhanga, kuki Leta zunze Ubumwe za Amerika ari zo zifite abarwayi n’abitabye Imana benshi? Niba hari umuntu ugomba kubiryozwa, ni bamwe mu bayobozi ba Amerika ubwabo.”

    Mu mvugo ikunze gukoreshwa n’abayobozi ba Amerika babwira u Bushinwa, Zhang yarakomeje ati:

    “Leta zunze Ubumwe za Amerika zagombye kumva ko igihugu cy’igihangange kigomba kurangwa n’ubwo butwari nyine.”

    Zhang yakomeje avuga ko Amerika isa n’itazi aho ibintu bigeze, aya magambo ndetse akaba yarashyigikiwe n’uhagarariye u Burusiya mu Muryango w’Abibumbye.

    Amagambo ya Zhang yayavuze nyuma y’ijambo ritangiza inama ryari rimaze kuvugwa na Kelly Craft uhagarariye Leta zunze Ubumwe za Amerika, wavuze mu ijwi rirakaye cyane agatuma abitabiriye inama bakangarana.

    Kelly Craft yagize ati “Muzi n’ibindi, mwari mukwiye kwigaya, ndatangaye kandi ntewe umujinya n’ibiganiro by’iyi nama.”

    “Nanjye ubwanjye ntewe isoni n’iyi nama, aho abanyamuryango bakoresheje umwanya wabo bakibanda ku nzika z’ibibazo bya Politiki aho kuganira ku bibazo bitwugarije twese. Ni akumiro pe!”

    Nyuma y’amagambo ya Ambasaderi Kelly Craft, abahagarariye ibihugu byabo muri UN baguye mu kantu, dore ko yari yaretse mugenzi we w’u Bushinwa akavuga ijambo rye rikarangira.

    Umuvugizi w’Inteko Rusange ya UN Brenden Varma, yavuze ko u Bushinwa bwari bwasabye kugira icyo buvuga ku wa kabiri utaha, umunsi ibihugu byose bibyifuza bizagira icyo bivuga ku magambo yavuzwe n’abayobozi, ku munsi wa mbere w’Inteko Rusange ya 75 y’Umuryango w’Abibumbye.

    Perezida Trump mu ijambo rye yari yasabye ko u Bushinwa bufatirwa ibihano kubera ko ku bwe ngo asanga ari bwo bwakwirakwije Covid-19 ku isi.


    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/u-bushinwa-bwiyamye-leta-zunze-ubumwe-za-amerika-kubera-kubuhoza-mu-kanwa

  • Polisi yafashe abarobaga mu Kivu mu buryo bunyuranyije n’amategeko #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni muri urwo rwego tariki ya 23 Nzeri 2020 abapolisi bo muri iri shami bafashe imitego yo mu bwoko bwa Kaningini ndetse n’amato byifashishwaga n’abaroba amafi binyuranyije n’amategeko. Ni igikorwa cyabereye mu kirwa cya Nkombo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, hakaba hanafashwe abarobyi 4 barobaga binyuranyije n’amategeko.

    Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye yavuze ko hakajijwe ibikorwa byo gukumira ibikorwa bibi byose bibera mu biyaga byo mu Rwanda.

    Yagize ati “Amakuru aturuka mu makoperative y’abarobyi ndetse n’abandi baturage aho baduha amakuru y’ibyaha bibera mu mazi.”

    ACP Mwesigye yakomeje avuga ko iyo mikoranire ari yo yatumye abarobyi bane bafatwa ndetse n’ibikoresho bakoreshaga baroba birafatwa. Igikorwa cyabaye saa tanu z’ijoro hafatwa imitego umunani yo mu bwoko bwa Kaningini n’ amato 5.

    ACP Mwesigye yavuze ko imitego yatwitswe naho abarobyi bajyanwa gufungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Nkombo bakazarekurwa bamaze gutanga amande.

    Iyi nkuru Polisi yanditse ku rubuga rwayo rwa Internet iravuga ko muri iki cyumweru iri shami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi ryafashe abarobyi 6 ndetse n’ibikoresho bakoreshaga. Muri iki gikorwa hanafashwe abarobyi 4 bamaze kuroha mu mazi bagenzi babo babiri mu kiyaga barohorwa na Polisi.

    ACP Mwesigye yavuze ko ibikorwa birimo gukorwa biri no mu murongo wo kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiza ya Leta yo guhagarika uburobyi mu kiyaga cya Kivu.

    Ati “Ibikorwa turimo gukorera mu kiyaga cya Kivu birajyana no kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza aherutse gutangwa na Leta muri Kanama, amabwiriza ahagarika uburobyi mu kiyaga cya Kivu by’igihe gito mu rwego rwo kubungabunga amafi muri kiriya kiyaga.”

    Itegeko n° 58/2008 ryo kuwa 10/09/2008 rigena imitunganyirize n’imicungire y’ubworozi bwo mu mazi n’uburobyi mu Rwanda, ingingo ya 30 ivuga ko umuntu wese ukora ibikorwa by’uburobyi atabifitiye uruhushya ruvugwa mu ngingo ya 16 y’iri tegeko, ahanishwa ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi mirongo itanu (50.000) kugeza ku bihumbi magana abiri (200.000) n’igifungo kuva ku mezi atatu (3) kugeza ku mezi atandatu (6) cyangwa se kimwe muri ibyo bihano no kwamburwa ibikoresho byakoreshejwe.

    Ingingo ya 11 muri iri tegeko igaragaza ibibujijwe mu burobyi ari byo gukoresha ibintu bihumanya bigamije kuyobya ubwenge amafi, kuyananiza cyangwa kuyica, gukoresha ibintu biturika, gukoresha uburyo bwa rukuruzi cyangwa amashanyarazi, gukubita amazi ugamije guhinda amafi, kuroba aho ibinyabuzima byo mu mazi byororokera.

    Ingingo ya 29 ivuga ko ku bw’iri tegeko, aba akoze icyaha umuntu wese ukoresha uburyo, imiti cyangwa ibikoresho by’uburobyi bibujijwe, urobera ahantu habujijwe cyangwa mu bihe bibujijwe, udahita asubiza mu mazi ubwoko bw’ibinyabuzima byo mu mazi bitemewe kurobwa, ibifite uburemere cyangwa ingero biri munsi y’ibiteganyijwe muri iri tegeko, ubuza mu buryo ubwo ari bwo bwose abakozi bashinzwe kugenza ibyaha gukora imirimo basabwa n’iri tegeko, ukora igikorwa cyose cyatuma igice ibinyabuzima byo mu mazi byororokeramo gisenyuka cyangwa cyakwangiza ahantu cyimeza ho gutuburira no kongerera umutungo w’ibinyabuzima byo mu mazi, usenya cyangwa uhisha ibimenyetso by’icyaha bivugwa muri iyi ngingo.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/Polisi-yafashe-abarobaga-mu-Kivu-mu-buryo-bunyuranyije-n-amategeko

  • Paul Rusesabagina comparaît en appel pour une improbable liberté provisoire #rwanda #RwOT

    Les questions procédurales continuent de faire débat en appel. La séance d’aujourd’hui examine l’appel du détenu contre le fait que le tribunal de base de Kicukiro l’ait condamné à la peine de trente jours de prison préventive. Le Tribunal a donné raison au Ministère public pourla gravité des treize crimes supposés commis par l’auteur. Le Procureur les cite.

    Dans la série terrorisme, il lui est reproché d’avoir formé un groupe armé illégal et en avoirr fait partie, avoir appuyé financièrement le terrorisme, le terrorisme pour des fins politiques, avoir entrepris des activités terroristes en superviseur, avoir formé un groupe terroriste, avoir comploté et sensibilisé les autres à commettre des actes terroristes.
    Dans la deuxième série, il est question complicité dans les meurtres : Complicité délibérée pour meurtres, pour prise d’otages, pour vol à main armée, pour incendie d’habitations, pour coups et blessures, amener les enfants-soldats sur le front ou pour autres travaux militaires.

    Prié d’argumenter sa demande d’être relâché et de comparaître en étant libre de ses mouvements, Rusesabagina dit laisser ses avocats le défendre, que pour sa part, il brandit la raison de sa maladie.

    L’avocat du détenu trouve que les tribunaux rwandais n’ont pas la compétence de juger son client qui est de nationalité belge, que cette procédure a été viciée en première instance où le tribunal de Kicukiro a jugé Rusesabagina qui a pourtant une résidence dans Gasabo.
    A la question de la nationalité belge, Rusesabagina intervient montrant qu’il est parti en 1996 en Belgique où les autorités ont saisi ses pièces d’identité, qu’il y est resté apatride comme orphelin onusien, que cinq ans après, il a acquis la nationalité belge jusqu’à ce jour.

    A la question de crime de terrorisme, Rusesabagina a toujours la parole. Pour lui, le Ministère Public interprète mal les chose.

    “Le MRCD est une coalition de cinq partis politiques. Parmi les documents envoyés par la justice belge à la Rwandaise, il y a des accords signés concernant le MRCD. RIB/Rwanda Investigation Bureau ou le Parquet Général de la République devraient avoir ce document. Dans ces Accords, il y a une collaboration dans le fonctionnement de FLN/Forces de Libération Nationale.

    Auparavant les militaires appartenaient au MRCD/Mouvement Rwandais pour les Changements Démocratiques. D’autre part, il y a le PDR/Parti Démocratique Rwandais dont je suis le dirigeant. Il y a beaucoup de témoignages de ceux qui étaient des militaires de CNRD/Conseil National pour le Ralliement à la Démocratie qui montrent bien que les militaires appartenaient à ce mouvement indépendant.
    En ce moment-là, moi et le parti PDR-Ihumure avions pris le volet diplomatie au sein de la coalition. Le jour où le RRM/Rwandese Revolutionnary Movement du Maj. Nsabimana Sankara a rejoint la coalition, il a pris le volet Communication du FLN. C’est pourquoi Sankara a été le porte-parole du FLN. Ce n’est pas moi qui parlait au nom du FLN car ce n’était pas nécessaire”, a dit Rusesabagina.

    “Je n’avais rien à voir avec ce FLN qui n’était pas dans mes attributions. Plus tard d’autres partis ont rejoint le MRCD dont Faustin Twagiramungu et son parti RDI Rwanda Rwiza/Rwanda Dream Initiative. Celui-ci a été nommé Porte parole politique.

    Rusesabagina évoque un autre écueil : la date de son arrestation

    “J’ai été arrêté le 28 août dernier. C’était vendredi à dix-sept heures. J’ai été interrogé deux jours après, le 30 août. Pourtant le PV de RIB met la date du 31 août”.
    Pour M. Emeline Nyambo, une certaine procédure a été violée par le Tribunal de base de Kicukiro qui n’y a pas accordé son attention.

    Qu’en est-il de la formation d’un groupe armé illégal ?
    M. Rugaza de la défense trouve que son client est injustement accusé de ce crime que le Ministère public a mis sur son dos.
    “Le Tribunal de Base a reconnu Rusesabagina de ce crime sur base du témoignage de Callixte Nsabimana Sankara au moment où Rusesabagina n’a jamais vu le document de ce témoignage”, a dit Rugaza qui trouve que le tribunal a décidé de lui faire porter le crime de financement du terrorisme sur base de la déposition de Rusesabagina qui a admis devant les enquêteurs qu’il a donné une contribution financière.

    Sur le crime de complot et d’appel à commettre le terrorisme,

    “le tribunal s’est basé sur le contenu diffusé par une radio en ligne Radio Ubumwe. Ce n’est pas à Rusesabagina de répondre des prestations d’une radio, c’est la présentatrice Espérance qui doit en répondre si elle a commis un quelconque crime. Il est connu qu’elle réside en Hollande”.

    - Connaissiez-vous cette présentatrice, M. Rusesabagina ?, demande le juge.
    - Oui, votre honneur. Dans le temps, elle travaillait à Gitarama (actuel District Muhanga), répond Rusesabagina qui avoue au juge que dans les débuts de la Radio, c’était Rusesabagina qui payait le salaire de la Présentatrice. “Je ne me souviens pas de combien de temps j’ai continué à payer son salaire”, a-t-il dit.

    Reconnaissance des crimes de meurtres du FLN
    Rusesabagina reconnait le caractère ignoble des massacres commis par le FLN à Nyabimata et Kitabi en province du Sud. A la question de la caution qu’il entendait verser pour sa libération provisoire, le montant n’a pas été proposé pour la simple raison que le Parquet Général de la République n’avait pas évalué l’étendue des dégâts.

    “Je ne nie pas que le FLN a commis ces crimes. C’est du reste l’une des raisons qui a fait que nous le MRCD, nous sommes séparés de CNRD-FLN. Le MRCD est resté avec trois partis coalisés RRM, PDR-Ihumure, RDI Rwanda Rwiza”, a déclaré Rusesabagina.

    - M. Rusesabagina, pouvez-vous nous dire comment FLN a été créé ?
    - Oui, votre honneur ! Comme je l’ai dit précédemment, nous ne l’avons pas créé comme un mouvement terroriste. C’avait pour but de montrer à la communauté internationale et au Rwanda comment les réfugiés rwandais ont été oubliés, désabusés, dévalorisés dans leurs camps de Zambie, Malawi… Jamais l’objectif du FLN n’était terroriste, juste attirer l’attention des organisations internationales sur la cause de ces déshérités”, a-t-il dit.

    La Parole à l’accusation
    Le Ministère public réagit et situe entre 2018 et 2019 les crimes dont est accusé Rusesabagina. “Il sera difficile à Rusesabagina de se disculper. Il lui sera difficile de montrer comment il s’est désolidarisé de ce FLN”.

    Et de charger : “Au cours des attaques de juin 2019 au Rwanda, Rusesabagina était le haut dirigeant très actif du MRCD. C’est en ces moments-là que beaucoup de crimes ont été commis”.

    De deux, le ministère public montre encore une fois que le Tribunal de base de Kicukiro est compétent pour connaître le cas.

    “Rusesabagina a été arrêté à la sortie de l’avion, à l’aéroport international de Kanombe en District Kicukiro qui est la circonscription judiciaire du tribunal de base de Kicukiro. Et même, s’il faut y aller, même la parcelle en question de Rusesabagina situé dans le Secteur Remera fait partie de cette circoscription judiciaire”, a dit le procureur.

    Pour le procureur qui accable l’accusé cherchant à suivre les débats de son procès à l’air libre, l’argument de “maladie” est faible.
    “Oui en effet, le monsieur est malade. Nous ne le contestons pas. Mais dans la prison (de Mageragere où il est détenu), il y a une clinique surtout que la maladie dont il est atteint est une maladie normale”.

    Le juge demande au procureur si en cas de nécessité, il sera facile au détenu de se soigner à un niveau élevé, hors de la prison. “Tous les hôpitaux qu’il voudra, il bénéficiera d’une assistance nécessaire”, a dit le procureur.

    Le Procureur déjoue le mensonge du détenu sur les liens étroits avec la présentatrice Espérance Mukashema de la Radio en ligne Ubumwe.
    Cette séquence devra être notée avec toute sa signification, dit le procureur qui trouve que l’accusé dit qu’il ne sait pas quand il a cessé de payer les prestations de la présentatrice qui l’aidait dans sa propagande d’activités politico-terroristes.
    “Mukashema percevait 300 dollars des mains de Rusesabagina”, a-t-il dévoilé sans que ce dernier le contredise.

    A propos de la nationalité rwandaise perdue…
    - Non !!! Pas du tout. “L’accusé a-t-il un acte juridique montrant qu’il avait renoncé à la nationalité rwandaise ? Pourtant dans sa déposition, il a écrit qu’il a une double nationalité belgo rwandaise”, ainsi le procureur accable-t-il l’accusé.

    Aucune procédure n’est violée quant à la période de l’arrestation au transfert de son dossier au Parquet de la République, dit le procureur. Arrêté le 28 août, il a été remis au Parquet de la République le 9 septembre pour comparaître devant le juhge le 11 septembre. Aucun vice de procédure n’est observé, a-t-il ajouté trouvant que quinze jours de ce processus sont respectés.

    Financement des activités terroristes ?
    “Lui en personne a déclaré à la cour qu’il a donné une contribution de 20.000 Euro au FLN et qu’il a participé au fundraising au profit de ce mouvement armé”, a dit le Ministère public tentant de montrer que l’accusé est gravement coupable des faits lui reprochés.

    Igihe

    Source : https://fr.igihe.com/Paul-Rusesabagina-comparait-en-appel-pour-une-improbable-liberte-provisoire.html

  • Karongi: Umugabo yakubise amasuka atatu umugore we yanga gupfa, yahise amuha uburozi nawe arabwiha #rwanda #RwOT

    Byabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri ni mu muryango utuye mu Mudugudu wa Nyarubuye, Akagali ka Gacaca mu Murenge wa Rubengera Akarere ka Karongi m . Amakuru avuga ko umugore yapfuye kuri uyu wa Gatanu naho umugabo we ubu ni intere

    Ni umuryango ufite abana batatu bakiri bato nk'uko ubuyobozi bwasobanuriye ikinyamakuru Umuseke ducyesha iyi nkuru.

    Umugabo yahoraga abuza umugore we kumusanga mu kabari, umugore na we ngo akavuga ko azareka kumusangayo nareka inzoga.

    Umukuru w'Umudugudu wa Nyarubuye, Bikorimana Manasseh avuga ko umuryango wari ubanye nabi, ariko amakimbirane yabo bakanga ko hari undi uyinjiramo ku buryo uwajyaga kuyahosha bamuviragaho inda imwe.

    Ati:'Ejo bundi biriwe basangira, umugabo abwiye umugore ngo batahe aranga, umugabo arataha umugore ataha saa sita z'ijoro. Umugabo mukumufungurira amukubita amasuka atatu, umwana we mukuru yatubwiye ko yanze gupfa yafashe agafuniko ka fanta amusuka Kiyoda na we afata icupa aragotomera'.

    Umuyobozi w'Akagali ka Gacaca witwa Uwase Jose yavuze ko bariya bantu, (Ndabazi Evariste na  Mukandayisenga Charlote) batashye umugabo agakubita amafuni atatu umugore we, ariko yanga gupfa nyuma amuha ku ngufu uburozi bwa 'Kiyoda' nyuma na we arabunywa.

    Uwase ati:'Bose twasanze ari intere tubajyana ku Kigo Nderabuzima cya Rubengera nyuma babajyana ku Bitaro bya Kibuye. Umugore yitabye Imana uyu munsi, umugabo we aracyarwaye'.

    Rukesha Emille Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rubengera yavuze ko ayo makuru ari impamo.

    Ati:'Ndibaza ko umugabo nakira azakurikiranwa n'Ubugenzacyaha ari ku Bitaro bya Kibuye'.

    Yakomeje asaba abaturage ko bajya batanga amakuru ku gihe, bakayaha Inshuti z'umuryango, cyangwa Mutwarasibo.

    Yagize ati:'Bakwiye kujya babiyambaza, umuti w'amakimbirane si ukwica umufasha wawe. Aya ni amahano kandi turizera ko tuzakomeza kuganiriza abaturage tunyuze muri izo nzego navuze'.

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/25/karongi-umugabo-yakubise-amasuka-atatu-umugore-we-yanga-gupfa-yahise-amuha-uburozi-nawe-arabwiha/