Category: Uncategorized

  • Kenya: Kwigizayo Visi Perezida William Ruto bikomeje gufata indi ntera #rwanda #RwOT

    Guverinoma ya Kenya yerekeje mu mwiherero, gusa uburyo Perezida Uhuru Kenyatta yakiriwemo byarushijeho gushyira igihu ku mwanya Visi Perezida William Ruto asigaranye mu butegetsi.

    Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kenya-kwigizayo-visi-perezida-william-ruto-bikomeje-gufata-indi-ntera

  • Kayonza: Umugabo w'imyaka 61 arakekwaho gusambanya umwana w'imyaka itanu amushukishije bombo #rwanda #RwOT

    Umugabo ufite imyaka 61 y'amavuko utuye mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza yatawe muri yombi akekwaho gusambanya inshuro nyinshi umwana w'imyaka itanu amushukishije bombo.

    Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-umugabo-w-imyaka-61-arakekwaho-gusambanya-umwana-w-imyaka-itanu

  • RDC: Abarobyi 27 bakorewe iyicarubozo n'ingabo za Uganda #rwanda #RwOT

    Abarobyi 27 bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bashinje Ingabo za Uganda kubakorera iyicarubozo ndetse zigafatira ibikoresho byabo, mu gikorwa cyabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 14 Ukwakira, mu Majyepfo y'Ikiyaga cya Edouard.

    Source : https://igihe.com/amakuru/muri-afurika/article/rdc-abarobyi-27-bakorewe-iyicarubozo-n-ingabo-za-uganda

  • Rwanda FDA muri gahunda yo gushyiraho amabwiriza agenga iyamamazwa ry'ibiribwa n'imiti #rwanda #RwOT

    Ikigo gishinzwe kugenzura Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda, Rwanda FDA, cyatangiye gahunda yo gushyiraho amabwiriza n'imirongo ngenderwaho izagenga iyamamazwa ry'ibiribwa n'imiti, hagamijwe ko umuturage ahabwa amakuru y'ukuri atamuyobya hagamijwe kumureshya ngo agure igicuruzwa runaka.

    Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwanda-fda-muri-gahunda-yo-gushyiraho-amabwiriza-agenga-iyamamazwa-ry-ibiribwa

  • WaterAid Rwanda Builds Handwashing Facilities In Major Hotspots Of Nyamagabe #rwanda #RwOT

    WaterAid Rwanda has donated modern permanent handwashing facilities build at four points in Nyamagabe district, one at Nyamagabe Bus Park, and others at Gasaka, Gasarenda, and Kaduha markets.

    The donation was made during the celebration at this year's International Handwashing Day (GHWD), on Thursday, October 15, 2020. This year's Global Hand Washing Day was marked at the district level in Southern Rwanda in collaboration with Nyamagabe District.

    The donation of handwashing infrastructure was made under the theme: 'Handwashing for All'.

    'As WaterAid Rwanda, we are taking this opportunity to remind Rwandans that handwashing is the first line of protection against COVID-19 and other diseases like diarrhea, Ebola, hepatitis, etc,' said Maurice Kwizera- WaterAid Rwanda Country Director.

    According to Kwizera, good hygiene behaviors including handwashing should be an essential part of everyone's lives: be at home, accessing education, accessing health care, other parts of our daily lives -public transportation, market places

    During the handover ceremony, the Mayor of Nyamagabe District, Bonnaventure Uwamahoro, said that his district has taken strict measures against COVID-19 and he is grateful that partners like WaterAid Rwanda are coming on board to support the initiative in his district.

    The COVID-19 pandemic has provided a stark reminder that one of the most effective ways to stop the spread of a disease is also one of the simplest: hand hygiene, especially through handwashing with soap. To beat COVID-19 today and ensure better health outcomes beyond the pandemic, hand hygiene must be a priority now and in the future.

    Only 4.4% of households in Rwanda are equipped with facilities that have soap and water to enable the practice of handwashing with soap at critical moments

    Globally, 3 billion people are living without somewhere to wash their hands with clean water and soap at home and one in four health centres lack these basic facilities on site. Without clean water, good hygiene and sanitation, health centres, the very places which are supposed to make you better and keep you well, are at high risk of becoming breeding grounds for Covid-19.

    Healthcare workers are staring down this disease without the facilities needed to protect themselves and their patients. Despite this, less than 1% of the funding for responding to Covid-19 has been invested in scaling up access to clean water, sanitation and hygiene.

    Source : https://taarifa.rw/wateraid-rwanda-builds-handwashing-facilities-in-major-hotspots-of-nyamagabe/

  • Gisagara: Yakurikiye ingurube mu mwobo wa metero 25 apfiramo #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 15 Ukwakira 2020 nibwo hamenyekanye inkuru y'umugabo wo mu karere ka Gisagara wapfiriye mu mwobo wa metero 25 aho yagiye akurikiye ingurube yari yaguyemo agezemo ahera umwuka.

    Abaturage batabaye ubwo byamenyekanaga, bavuga ko aba bagabo ari Sindikubwabo Maquez na Hitimana Jean Damascene wamanutsemo agiye gutanga ubwunganizi. Gusa nyuma yo kugera muri uyu mwobo baje guhura n'icyibazo cyo kubura umwuka haza kwitabazwa inzego z'umutekano aho bahageze Sindikubwabo Maquez yashizemo umwuka.

    Umwe mu baturage bageze ahabereye uru rupfu yavuze ko bafataga ibiziriko bashaka kureba uburyo babazamuramo aho bamuhereje ikiziriko ngo yishumike babashe kumuzamura ariko kubera intege nke yari afite ntiyashobora gufata uwo mugozi. Hitimana, we yakuwe mu mwobo agihumeka ariko atabasha kuvuga ahita ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kibirizi kugirango yitabweho n'abaganga.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'umusigire w'umurenge wa Ndora Manirakiza Thierry yemeza iby'urupfu rw'uyu mugabo Maquez, aho yatangaje ko yari afite imyaka 50, akaba ariwe wabanje kujyamo mbere akaza kuba ariwe witaba Imana. Uyu Gitifu, yasabye abaturage gutangira amakuru ku gihe kuko iyo bikorwa kare inzego z'umutekano ziba zashoboye gukiza ubuzima bw'uriya mugabo. Akaba yabasabye gukunda ubuzima bwabo aho kwishora mu bintu byabashyira mu kaga.

    Iki cyobo kikaba cyari gipfundikije beto ifite imyenge ibiri, ubwo urwego rwa Polisi y'u Rwanda rwakuragamo aba bagabo babiri, ngo rwasanze uwitwa Sindikubwabo Maquez yahitanwe na gaze yariri muri uyu mwobo(ubwiherero).

    Venuste Habineza/Intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/gisagara-yakurikiye-ingurube-mu-mwobo-wa-metero-25-apfiramo/

  • Perezida Kagame, yashyizeho abasenateri 4 barimo Me Evode Uwizeyimana na Prof Dusingizemungu Jean Pierre #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatanu tariki 16 Ukwaakira 2020, ashingiye ku biteganwa n'itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015 cyane cyane mu ngingo yaryo ya 80, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho Abasenateri 4 basimbura abasoje manda yabo.

    Aba basenateri bashyizweho ni; Prof Dusingizemungu Jean Pierre wayoboraga Umuryango Uharanira Inyungu z'Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), hari Uwizeyimana Evode wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutabera, aho yaje gutakaza uyu mwanya azira guhohotera umukobwa w'umusekirite. Abandi basenateri bashyizweho ni Kanziza Epiphanie na Twahirwa Andre.

    Uko byatangajwe n'ibiro bya Minisitiri w'Intebe:

    Venuste Habineza/Intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/perezida-kagame-yashyizeho-abasenateri-4-barimo-me-evode-uwizeyimana-na-prof-dusingizemungu-jean-pierre/

  • Mu nkiko ni nko ku Nkiko, kuhagenda ni ukwigengesera-Barore Cleophas #rwanda #RwOT

    Mu ijambo rye nk'umuyobozi w'urwego rw'Abanyamakuru bigenzura-RMC, Barore Cleophas ubwo kuri uyu wa 16 Ukwakira 2020 hasozwaga amahugurwa y'iminsi itatu yagenewe Abanyamakuru ku Burenganzira bwa Muntu no gukora inkuru ku butabera, yibukije buri wese mu bayitabiriye by'umwihariko abanyamakuru ko mu rukiko ari ahantu ho kwigengesera kimwe no ku nkiko z'Igihugu.

    Barore, avuga ko mbere y'aya mahugurwa benshi mu banyamakuru batumwaga inkuru n'ibitangazamakuru bakorera ku bijyanye n'ubutabera cyangwa se mu nkiko muri rusange ariko ugasanga bose atariko babikora kinyamwuga, ariko guhera kuri aya mahugurwa ngo hagiye kugaragara impinduka.

    Avuga ko iyo abanyamakuru bemeye kwicara bakigishwa bumva, ko batajya bumvirana. Yizeza ubufatanye hagati y'abanyamakuru ndetse na Minisiteri y'ubutabera hamwe na LAF ( Legal Aid Forum), bose bagize uruhare mu gutegura aya mahugurwa.

    Barore, asaba by'umwihariko Minisiteri y'Ubutabera kimwe n'abandi bafite aho bahurira n'itangazamakuru mu gihe abanyamakuru bakora inkuru zabo ko bajya bihutira gutanga ubufasha bukenewe kandi ku gihe ku munyamakuru ubitabaje.

    Barore Cleophas/RMC

    Mu kazi ka buri munsi k'umunyamakuru, Barore avuga ko gutsitara ku nyuguti byoroshye, ko kunyerera ku ijambo nabyo byoroshye, bityo ko ni hagira uwo bishyikira akagira uwo yitabaza akwiye kugira umwumva. Yasabye kandi ko ingingo yo mu itegeko ivuga ko umunyamakuru asaba uburenganzira bwo gutara inkuru mu rukiko mbere ho amasaha 48 ko rutangira bikwiye guhinduka, ko igihe hazazamuka ibitekerezo bisaba ihinduka ry'iyi ngingo bazabyumva, bakabishyigikira.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/mu-nkiko-ni-nko-ku-nkiko-kuhagenda-ni-ukwigengesera-barore-cleophas/

  • MTN Rwanda Launches Promotion For ayoba Users #rwanda #RwOT

    Launched in Rwanda in April 2020, ayoba is an easy to use instant messaging platform that includes informative channels as well as gaming available to all networks in Rwanda. The unique proposition for MTN customers is to be able to communicate at no data cost with all their contacts.

    Commenting on the launch of the promo, MTN’s Marketing Operations Senior Manager, Desire Ruhinguka said, 'Our mission is to lead digital for a brighter Rwanda. As part of our Digital Celebration named Twizamukire, we are rewarding MTN customers for joining us on this digital journey by simply using ayoba for communication and entertainment.'

    Ayoba users will win cash prizes of up to Rwf50,000 weekly and airtime. New users simply have to download ayoba via Google Play Store or www.ayoba.me. Upon successfully downloading the app, the customer is required to register and use the ayoba existing features such as messaging and subscribing to channels.

    Olivier Prentout, ayoba’s Head of Consumer Marketing said: 'We are delighted once again to partner with MTN in Rwanda and we believe this promotion will provide new users on a great chance to join the ayoba family and enjoy the benefit of not using your data to play, share, listen and chat'

    Ayoba is more than just a messaging app as it offers free games and music as well as lots of channels of information on sports, fashion, current news to name a few. MTN customers can stay connected to one another regardless of their network, access updated local content from channels like Igihe, listen to music and play games all at no data cost.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/mtn-rwanda-launches-promotion-for-ayoba-users

  • U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n'ikimwaro!! #rwanda #RwOT

    Ikigo cyita ku buzima, ICAP, cyo muri Kaminuza ya Columbia, muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, cyatangaje ko cyishimiye bikomeye uburyo u Rwanda rwitwaye mu guhangana n'icyorezo cya COVID-19, bituma iyo ndwara yayogoje isi idahitana abantu benshi mu Rwanda, nk'uko byagenze mu bihugu birimo n'iby'ibihangange mu buvuzi. Byatumye rero uRwanda , binyuze mu Kigo cy'Igihugu cy'Ubuzima(RBC), rugenerwa igihembo gihambaye cyitwa'Courage to care', ubundi gihabwa indashyikirwa mu kwita ku buzima bw'abantu.

    Ibi rero biteye ikimwaro inyangabirama ziganjemo ibigarasha, interahamwe n'imiryango ibashyigikiye, yirirwaga iririmba ko ingamba uRwanda rwafashe ngo zibangamiye uburenganzira bwa muntu da!Mu nkuru Rushyashya yabagejejeho tariki 17 Kanama uyu mwaka, ubwo abo bagome bari barimbanyije mu kunenga cyane amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi, twibazaga niba ari icyaha kubuza abantu ingendo zitari ngombwa ngo batandura. Twibazaga niba gupima abantu benshi bashoboka, kandi ugatangaza imibare nyayo bikwiye kuba icyaha. Ese uburenganzira bw'ikiremwamuntu, ni ukumureka akicwa n'indwara, cyangwa ni ukumushakira umuti, n'iyo waba usharira, ariko ukamuvura?Ibyo twibazaga rero birashubijwe, kuko imyitwarire irimo ubushishozi, kwishakamo ibisubizo, gushyira hamwe no kwanga gutsindwa, ariyo ihesheje Abanyarwanda ishema mu ruhando rw'amahanga.

    Ngaho rero ibigarasha na ba mpatsibihugu babari inyuma nimwongere mutuke inka ngo 'dore igicebe cyayo', kuko mwabuze icyo muyinenga! Muzakorwa n'isoni igihe cyose muzaba murwanya iterambere ry'uRwanda, nk'aho hari uwaribahejeho. URwanda n'Abanyarwanda ntibakora ibyiza ngo bashimishe undi uwo ariwe wese, babikora kandi bazabikomeza ku neza yabo. Gusa ntako bisa niba n' amahanga yiboneye ko abanzi b'uRwanda baruhata ibicumuro, kandi mu by'ukuri rukora ibikwiye.Iki ni ikindi gitego cyiyongera ku bindi byinshi, uRwanda rwongeye gutega abarwigimba, kandi biracyaza.

    Imbaraga z'Abaturarwanda muri rusange, n'ubu bakigaragaza imyumvire myiza no kubaha ibyemezo by'Ubuyobozi mu kurwanya COVID-19, ziratanga umusaruro ugaragarira isi yose, kandi bikomeje bitya Koronavirusi tuzayitsinda. Abavuga nibakomeze bakoronge, twe dukore cyane, amateka azaca urubanza.

    The post U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n'ikimwaro!! appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/u-rwanda-rwahawe-igihembo-kubera-ingamba-zihamye-zo-kurwanya-covid-19-abirirwaga-bakoronga-ngo-amabwiriza-yo-kwirinda-icyo-cyorezo-abangamiye-uburenganzira-bwa-muntu-bakorwa-nikimwaro/