source https://igihe.com/imikino/football/article/apr-fc-yahawe-uruhushya-rwo-kwitabira-amarushanwa-ya-caf
source https://igihe.com/imikino/football/article/apr-fc-yahawe-uruhushya-rwo-kwitabira-amarushanwa-ya-caf
Source : https://igihe.com/imikino/football/article/apr-fc-yahawe-uruhushya-rwo-kwitabira-amarushanwa-ya-caf
Muri Uganda ku kibuga cy'indege cya Entebbe hafungiwe abagenzi 11 bari mu rugendo bashinjwa kuba bafite ibyangombwa bihimbano ko batanduye Covid_19.
Nkuko ikinyamakuru Monitor dukesha iyi nkuru kivuga ko abo ari abagore batatu n'abagabo umunani, benshi muri bo bakomoka muri Ethiopia.
Sibo ba mbere bafashwe baregwa nk'ibi kuva iki kibuga cy'indege cyakongera gufungurwa nk'uko Vianney Luggya umuvugizi w'ikigo gishinzwe indege za gisivirire muri Uganda yabitangaje.
I Entebbe umugenzi asabwa icyangombwa cy'uko atanduye Covid-19 kitarengeje amasaha 72 kugira ngo yemererwe kwinjira, n'ikitarengeje amashaha 120 kugira ngo ahafatire indege.
Aya mabwiriza yubahirizwa kuva tariki 01/10/2020 iki kibuga cy'indege cya Entebbe cyafungurwa nyuma y'amezi atandatu gifunzwe mu kwirinda Covid-19.
Ikinyamakuru Monitor kivuga ko mu cyumweru gishize abakozi kuri iki kibuga cy'indege bavuze ko abantu barenga 50 indege zabasize kubera kwerekana ibyangombwa nk'ibyo bihimbano.
Kugeza ku cyumweru muri Uganda hari hamaze gutangazwa abantu 10,590 banduye coronavirus nk'uko byemezwa na minisiteri y'ubuzima yaho.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Mbarusha Ildephonse aherutse gushyira hanze indirimbo ye yise 'Hossana', ikubiyemo ubutumwa buhumuriza umukobwa w’i Siyoni yibutswa ko Yesu ari umwami w’ineza.
Ildephonse Mbarusha avuka mu Karere ka Karongi,umurenge wa Murambi, ni umukristo mu Itorero Presibiteriyene mu Rwanda (EPR). Mu buzima busanzwe akora inyigo zimbitse z’imishinga y’ubwubatsi (Architect).
Aganira n’agakiza.org, Ildephonse aragira ati:”Kuririmba nabitangiye kera nkiga mu mashuli yisumbuye (2006) nakundaga kwandika indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana nkaziha ama korale naririmbagamo, bigeraho numva ndabikunze cyane, mfata umwanya wo kubisengera, ntangira kwandika izanjye, muri uyu mwaka wa 2020 nibwo iyambere nayishyize hanze yitwa “Bariyo”, ubu nkaba nasohoye indi yitwa “Hossana”
Ildephonse yagize icyo avuga ku ndirimbo “Hossana” ati:”Nayanditse ngize ihishurirwa iturutse ku cyubahiro abantu bahaye Yesu ubwo yari mu rugendo agana i Yerusalemu nk’uko tubisanga muri Matayo 21:1-11″.
Ni indirimbo irimo ihumure “Mubwire umukobwa w’i Siyoni muti dore Umwami wawe aje aho uri ari uw’ineza” Yesu ni umwami w’ineza.
Umuhanzi Ildephonse Mbarusha umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana yawugize intego.
Muri iki gihe turimo Umukobwa w’i Siyoni ni umuntu wese wizeye,wemeye Yesu Kristo by’ukuri ,akamwizeraho icyo Imana yagennye ko tumwizeraho, ngo dukizwe kandi akamwizera wenyine gusa, nta kindi yongeyeho ngo gifatanye na Kristo kumukiza.
Bene uyu muntu (umukobwa w’i Siyoni) ahumurizwa cyane n’Ijambo ry’Imana, kuko n’ubwo ibi bihe turimo bigoye umukobwa w’i Siyoni ntakwiye gukurwa umutima n’ibimenyetso bigaragaza kugaruka k’Umwami wacu Yesu Kristo.
Uyu muhanzi yakomeje avuga ko kugaruka k’Umwami Yesu ari inkuru nziza kuri twe abamwizeye wenyine. Bityo dukwiye kumuhimbaza nk’uko yahimbajwe yerekeje i Yerusalemu, ari naho hatangiriye Mashami.
Ildephonse Mbarushsha yakomeje agira ati: “Naboneyeho n’umwanya wo gushimira Imana nifashishije zaburi ya 150 kubera uburyo yagiye ibana nanjye muri uyu mwaka wa 2020, ni ukuri n’abandi Imana yagiriye neza dufatanyirize hamwe kuyishimira iby’imbaraga yakoze kuko birahari byinshi.
Mbarusha afite n’izindi ndirimbo nyinshi zirimo gutunganywa kugirango zizakoreshwe hagamijwe kwamamaza Ubwami bw’Imana.
Video y’iyi ndirimbo “Hossana” wayisanga hano: