Category: Uncategorized
-
Yatangiye ari umuraperi! Ibitaramenyekanye kuri Rafiki n'uko ubushobozi buke bwazitiye inzozi ze #rwanda #RwOT
Benshi bakunze kumenya umuhanzi ari uko yamaze kwamamara nyamara si bose bazirikana inzira zigoranye aba yaranyuzemo mbere yuko atera intambwe imuganisha kuri urwo rwego bamubonaho. -
Hari abacuruzi bakigowe no kubona ibisimbura ibikoresho bya pulasitiki n'amashashi byaciwe #rwanda #RwOT
Bamwe mu bacuruzi bavuga ko bakigowe no kubona ibikoresho bifashisha mu mwanya w'amashashi amaze imyaka myinshi aciwe n'ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa rimwe nabyo hemejwe umushinga w'itegeko rikumira ikoreshwa ryabyo cyangwa byanaboneka igiciro kikaba kiri hejuru. -
Abantu 18 basanganywe Coronavirus, 14 ni bo bayikize mu Rwanda #rwanda #RwOT
Abantu 18 basanzwemo COVID-19 mu bipimo 1373 byafashwe mu gihe 14 ari bo bakize iki cyorezo kuri uyu wa Mbere. -
Ubutaliyani bwongeye gukaza ingamba mu bwirinzi bwa COVID-19 #rwanda #RwOT
U Butaliyani bufashe iki cyemezo nyuma y’uko mu gihe cy’iminsi ibiri hagaragaye abantu barenga ibihumbi 20 banduye Covid-19. Muri aba harimo 10925 banduye ku wa Gatandatu n’abandi 11705 banduye ku Cyumweru.
Muri izi ngamba zakajijwe harimo ko abayobozi b’Imijyi itandukanye bahawe ububasha bwo kuzajya bafunga ahantu hahurira abantu benshi bitarenze saa 21:00, kuba imikino y’abatarabigize umwuga igomba guhagarara ndetse no kuba inama n’ibirori byahagaritswe.
Mu bindi bikorwa byahagaritswe harimo utubari na Restaurant bigomba gufunga saa sita z’ijoro ariko guhera saa 22:00 bikakira abicaye gusa, kandi nabo bari mu matsinda y’abantu batarenze batandatu.
Minsitiri w’Intebe w’iki gihugu, Giuseppe Conte, yabwiye abaturage ko ibiri gukorwa byose ari ukwirinda ko habaho gahunda guma mu rugo ku gihugu cyose.
Ati 'Ntidushobora gutakaza umwanya, tugomba gushyiraho ingamba zo kwirinda Guma mu rugo ya rusange ishobora kugira ingaruka zikomeye ku bukungu.'
Yakomeje yibutsa abaturage ko aribo bakwiye kugira uruhare mu kwirinda. Ati 'Guverinoma iri hano ariko buri wese akwiye gutanga umusanzu we, amabwiriza niyo akiri uburyo bw’ibanze bwo kwirinda: agapfukamunwa, guhana intera n’isuku yo mu ntoki.'
Kugeza ubu u Butaliyani ni kimwe mu bihugu byo ku mugabane w’u Burayi byazahajwe cyane n’iki cyorezo aho bufite abamaze kucyandura babarirwa mu bihumbi 414 ndetse n’abapfuye barenga ibihumbi 36.
Source : https://www.imirasire.rw/?Ubutaliyani-bwongeye-gukaza-ingamba-mu-bwirinzi-bwa-COVID-19
-
Uko Dr Sherti wafungiwe kuba icyitso yavuye mu gipadiri cyari cyuzuyemo ivangura #rwanda #RwOT
Dr Epimaque Sherti yamaze imyaka 12 irenga ari Umusaserodoti, yahawe Ubupadiri ku wa 2 Kanama 1987 aza gufata icyemezo cyo kubuvamo tariki 30 Ugushyingo 1999, bitewe n'ivangura yahuraga naryo no gutereranwa n'abari abayobozi be. -
CAF yatangaje igihugu kizakira umukino wa nyuma wa Champions League – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT
Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Ukwakira 2020, mu gikorwa cya tombola cyabereye muri Morocco, hatangajwe igihugu kizakira umukino wa nyuma wa CAF Champions League muri uyu mwaka w’imikino. -
Ibikorwa bibabaza benshi mu rukundo kurusha no gucibwa inyuma #rwanda #RwOT
Iyo abantu bari mu rukundo baba baryohewe cyane ariko ikosa rito rishobora gutuma wa munezero uhinduka amarira. Hari ibikorwa byinshi ushobora gukora bikangiza wa munyenga w'urukundo wari urimo. -
Bugesera: Impungenge Ni zose ko hari abashobora kwivanga mu kibazo cy'umwana wasambanyijwe #rwanda #RwOT
Ku mugoroba w'uyu wa 18 Ukwaira 2020, mu nzu zicumbikwamo zizwi nka Loji-Lodge, ziherereye ahazwi nko mu irango mu murenge wa Mareba, kurugabano n'uwa Ruhuha ho mu karere ka Bugesera, hafashwe umugabo bivugwa ko afite imyaka iri hejuru ya 40, asanzwe akora mu by'ubuvuzi, arimo gusambanya umwana w'imyaka 17. Hari impungenge ku baturage z'uko ngo hari ababyitambikamo.
Aha hantu bafatiwe ngo hahoze ubunywero-Bar, aho Covid-19 iziye ngo hahindurwa inzu zicumbikwamo. Abaturage ngo nibo bahuruje, rubanda baratabara, barimo n'ababyeyi b'uyu mwana aho bamuzindukanye kwa muganga I Nyamata ku mupimisha.
Umubyeyi w'uyu mwana( Papa) avugana n'intyoza.com ubwo yari I Nyamata yajyanye umwana we kwa muganga, avuga ko amakuru y'aho umwana we ari bayabwiwe n'umuturage wahamagaye ababaza niba umwana ari mu rugo, kuko bari bageze ku irembo bamubwira ko bagiye kureba, ariko baza gusaga adahari.
Nyuma yo kubura umwana mu rugo, bahamagaye uyu muturage, bamubwira ko umwana ntawe, nyuma aza kubarangira aho ari. Ababwira ko ari mu irango ahitwa ku Nyenyeri( hahoze Bar), mu cyumba cya gatatu, ari naho bagiye bakabafatira.
Uyu mu Papa, avuga ko ubuyobozi butandukanye bwahageze bukabyibonera, kuva kuri Mudugudu, Akagari, Gitifu w'Umurenge, RIB ndetse na Polisi. Yaje guhabwa icyangombwa ajyana kwa muganga I Nyamata ngo umwana asuzumwe.
Yamuzindukanye arasuzumwa nubwo yatashye abwiwe ko abamuhaye urupapuro rumujyana kwa muganga ari bo bazaza kwifatira ibisubizo. Avuga ko kuri we uretse impungenge z'abaturage ngo we yizeye guhabwa ubutabera kuko ngo n'uzagerageza guca hasi aziyambaza izindi nzego.
Umulisa Marie Claire, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mareba yabwiye intyoza.com ko aya makuru ari impamo, ko uyu mugabo yafashwe akekwaho gusambanya umwana w'imyaka 17 y'amavuko, aho yashyikirijwe urwego rw'ubugenzacyaha-RIB.
Ku rundi ruhande, ubwo ngo bafatwaga, hanamenyekaye ko bombi atari ubwa mbere babonanye mu buryo nk'ubu, ngo ni inshuro zirenga cumi na, ko ndetse mu cyumweru gishize hari inda bakuyemo bombi( uyu mubyeyi arabyemeza, ko umwana ariwe wabyivugiye, ko kandi no kwa muganga iby'inda babibonye).
Munyaneza Theogene / intyoza.com
-
Gatsibo: Imiryango yiganjemo iyirukanwe muri Tanzania yasezeranye mu buryo bw'amategeko #rwanda #RwOT
Imiryango 20 yiganjemo iy'abaturage birukanwe muri Tanzania mu myaka ishize batujwe mu Mudugudu w'Icyitegererezo wa Nyabikiri yasezeranye mu buryo bw'amategeko, inahabwa matera zo kuryamaho. -
Uko Dr Sherti wafungiwe kuba icyitso yavuye mu gipadiri cyari cyuzuyemo ivangura #rwanda #RwOT
Dr Epimaque Sherti yamaze imyaka 12 irenga ari Umusaserodoti, yahawe Ubupadiri ku wa 2 Kanama 1987 aza gufata icyemezo cyo kubuvamo tariki 30 Ugushyingo 1999, bitewe n'ivangura yahuraga naryo no gutereranwa n'abari abayobozi be.