Category: Uncategorized

  • Covid_19 : Ingamba zikakaye zafatiwe abaturage b' Ubufaransa #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuwa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Ukwakira 2020 , Perezida Emmanuel Macron w'Ubufaransa yaraye atangaje ingamba za 'guma mu rugo' mu gihugu hose ku nshuro ya kabiri, kugeza nibura mu mpera y'ukwezi kwa cumi na kumwe.

    Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo ejo ku wa gatatu, Bwana Macron yavuze ko Ubufaransa bugomba 'gufata za feri [freins/brakes] n'imbaraga' mu kwirinda ko 'burengerwa n'ukwiyongera kw'icyorezo'.Yagize ati:

    'Virusi irimo kuzenguruka ku muvuduko n'uburyo bw'iteganya ryo hasi cyane butigeze buteganya'.

    Yongeyeho ko kimwe cya kabiri cy'ibitanda bivurirwaho indembe mu bitaro byose byo mu Bufaransa ubu byose biryamyeho abarwaye Covid-19 gusa.

    Perezida Macron yavuze ko bijyanye n'izi ngamba nshya, abantu bazajya basabwa kuzuza inyandiko basobanura impamvu bashaka kuva mu rugo, nkuko byari bimeze mu gihe cya 'guma mu rugo' ya mbere yo mu kwezi kwa gatatu.

    Guteranira hamwe kw'abantu birabujijwe.

    Bwana Macron yagize ati: '…Muzashobora kuva mu rugo ari uko gusa mugiye ku kazi, guhura na muganga, gufasha mwene wanyu, kugura ibicuruzwa by'ingenzi cyane cyangwa kugenda n'amaguru hafi y'urugo'.

    Ariko yasobanuye ko serivisi za rubanda n'inganda bizakomeza gufungura imiryango, yongeraho ko ubukungu 'butagomba guhagarara cyangwa kuzahara'.

    Bwana Macron yongeyeho ko gusura abari mu nzu zita ku bageze mu zabukuru — byari bibujijwe muri 'guma mu rugo' ya mbere yatangiye mu kwezi kwa gatatu ikamara amezi abiri — ubu none byemewe.

    Izi ngamba nshya zizakurikizwa kugeza ku itariki ya mbere y'ukwezi kwa 12 kandi zizajya zongera gusuzumwa buri byumweru bibiri.

    Perezida Macron yavuze ko agifite 'icyizere ko imiryango izashobora kongera guhura kuri Noheli'.

    Imibare y'abicwa na Covid-19 ku munsi mu Bufaransa muri iki gihe ni yo ya mbere iri hejuru cyane muri iki gihugu ibayeho kuva mu kwezi kwa kane.

    Ku wa kabiri, mu Bufaransa hatangajwe abantu bashya 33,000 banduye coronavirus.

    Kugeza ubu mu Bufaransa hamaze gutangazwa abantu barenga miliyoni 1,2 bose hamwe banduye coronavirus, muri bo abarenga 35,000 imaze kubica nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.

    Abaturage bongeye gusubira muri guma mu rugo ya kabiri

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/29/covid_19-ingamba-zikakaye-zafatiwe-abaturage-b-ubufaransa/

  • Abafaransa basubijwe muri 'Guma mu rugo' ku nshuro ya kabiri #rwanda #RwOT

    Perezida Emmanuel Macron w'Ubufaransa kuri uyu wa 28 Ukwakira 2020 yaraye atangaje ingamba za 'guma mu rugo' mu gihugu hose ku nshuro ya kabiri, kugeza nibura mu mpera y'ukwezi kwa cumi na kumwe.

    Perezida Macron yavuze ko bijyanye n'izi ngamba nshya, zitangira ejo ku wa gatanu tariki 30 ukwakira 2020, abantu bazemererwa gusa kuva mu rugo bagiye ku kazi k'ingenzi cyane cyangwa ku mpamvu zijyanye n'ubuvuzi.

    Ubucuruzi butari ubw'ingenzi cyane — nka za 'restaurants' n'utubari — buzafunga, ariko amashuri n'inganda bizakomeza gufungura imiryango.
    Imibare y'abicwa na Covid-19 ku munsi mu Bufaransa muri iki gihe ni yo ya mbere iri hejuru cyane ibayeho kuva mu kwezi kwa kane.

    Ku wa kabiri, mu Bufaransa hatangajwe abantu bashya 33,000 banduye coronavirus.
    Kugeza ubu mu Bufaransa hamaze gutangazwa abantu barenga miliyoni 1,2 bose hamwe banduye coronavirus, muri bo abarenga 35,000 imaze kubica nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.

    Perezida Macron yavuze ko igihugu gifite ibyago byo 'kurengerwa ubushobozi muri iyi nkubiri ya kabiri y'ubwandu mu buryo budashidikanywaho izaba mbi cyane kurusha iya mbere'.

    Hagati aho, Ubudage bugiye gushyiraho 'guma mu rugo' yihutirwa itazaba ikaze cyane nk'iyi yo mu Bufaransa, ariko irimo gufunga za 'restaurants', inzu z'imyitozo ngororangingo ndetse n'inzu za cinema.

    Kuki Ubufaransa bubikoze ubu?

    Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo ejo ku wa gatatu, Perezida Macron yavuze ko Ubufaransa bugomba 'gufata za feri [freins/brakes] n'imbaraga' mu kwirinda ko 'burengerwa n'ukwiyongera kw'icyorezo'.

    Yagize ati: 'Virusi irimo kuzenguruka ku muvuduko n'uburyo bw'iteganya ryo hasi cyane butigeze buteganya'.

    Yongeyeho ko kimwe cya kabiri cy'ibitanda bivurirwaho indembe mu bitaro byose byo mu Bufaransa ubu byose biryamyeho abarwaye Covid-19 gusa.
    Perezida Macron yavuze ko bijyanye n'izi ngamba nshya, abantu bazajya basabwa kuzuza inyandiko basobanura impamvu bashaka kuva mu rugo, nkuko byari bimeze mu gihe cya 'guma mu rugo' ya mbere yo mu kwezi kwa gatatu.

    Guteranira hamwe kw'abantu birabujijwe.

    Perezida Macron yagize ati: '…Muzashobora kuva mu rugo ari uko gusa mugiye ku kazi, guhura na muganga, gufasha mwene wanyu, kugura ibicuruzwa by'ingenzi cyane cyangwa kugenda n'amaguru hafi y'urugo'.

    Ariko yasobanuye ko serivisi za rubanda n'inganda bizakomeza gufungura imiryango, yongeraho ko ubukungu 'butagomba guhagarara cyangwa kuzahara'. Yongeyeho ko gusura abari mu nzu zita ku bageze mu zabukuru — byari bibujijwe muri 'guma mu rugo' ya mbere yatangiye mu kwezi kwa gatatu ikamara amezi abiri — ubu none byemewe.

    Izi ngamba nshya nkuko BBC ibitangaza, zizakurikizwa kugeza ku itariki ya mbere y'ukwezi kwa 12 kandi zizajya zongera gusuzumwa buri byumweru bibiri. Yavuze ko agifite 'icyizere ko imiryango izashobora kongera guhura kuri Noheli'.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/abafaransa-basubijwe-muri-guma-mu-rugo-ku-nshuro-ya-kabiri/

  • Downtown Kigali Rwanda…#rwanda #visitrwanda #rwanda

    Downtown Kigali Rwanda. . . #rwanda #visitrwanda #rwanda🇷🇼 #rwandan #kigalirwanda #rwandanbeauty #rwandaupdates #rwandaful #congo #kinshasa #remarkablerwanda #kenya #nairobi #rwandalicious #rwandagirls #girls #burundi #tanzania #uganda #kampala #rwandabeauty #missrwanda #rwandangirl #rwandalight #africa #kigali #quotes

    Source : https://www.instagram.com/p/CC1dPjHhw_2

  • Cabinet raises number of worshippers, weddings and funeral celebrants #rwanda #RwOT

    The decision was taken on Tuesday, October 27, as the cabinet decided that the measures intended to contain the spread of COVID-19 remain as they were reviewed until October 12 except for few changes.

    The cabinet decided that 'services at places of worship will increase to 50% of venue capacity.'

    Earlier on, in a church of 3000 sitting capacity, some 250 people would be allowed in a single service. There was also a space of 2 hours between services to allow sanitizing.

    The cabinet increased the number of those to participate in wedding ceremonies to 75 people up from 30 people. The cabinet further said that COVID-19 tests will not be required with wedding receptions including fewer than 75 guests.

    Meanwhile, funeral services 'should not exceed 75 people', which is also another improvement compared to a maximum of 30 people initially.

    The cabinet increased the number of civil services in offices from the initial 30% of offices capacity to 50% meaning that they will continue to work on rotational basis; these are joining the private sector offices who have been allowed to operate to this capacity for a couple of months now.

    It was also decided that gaming operators will resume gradually upon fulfilling COVID-19 prevention requirements and inspection to be conducted by the Ministry of Trade and Industry.

    On these measures that are expected to be reviewed after 15 days, the cabinet made a reminder to the general public to continue to observe COVID-19 measures including wearing a face mask, keeping social distance, and washing hands regularly.

    In other decisions that are not related to COVID-19, three advisors were appointed and they include; Uwonkunda Claudette, advisor to the Speaker of Parliament, Bideri Ntagozera Rina-advisor to the Minister of Trade and Industry and Wanyana Denise-Advisor to the Minister of State in charge of Primary Health Care in the Ministry of Health.

    The cabinet meeting approved the Presidential order establishing the Rwanda Atomic Energy Board and Prime Minister order determining responsibilities of the national civil aviation security committee, its members, and functioning.

    Also approved was a Prime Minister order determining responsibilities of the airport security committee, its members and functioning.

    A ministerial order relating to the appeal committee in Civil Aviation was also approved, together with Ministerial order on court fees in civil, commercial, labor administrative and criminal matters.

    The cabinet has allowed places of worship to increase the number of people to attend worship places, weddings and funerals.

    Nicole Kamanzi M.

    Source : https://en.igihe.com/news/article/cabinet-raises-number-of-worshippers-weddings-and-funeral-celebrants

  • Mutangana, former Prosecutor General arrested over forgery #rwanda #RwOT

    RIB spokesman Dr Murangira B. Thierry, confirmed the arrest of the man who was still working as a lawyer.

    In an interview with IGIHE, he said: 'On October 26, 2020, RIB arrested Mutangana Jean Bosco on suspicion of using forged documents. He is being held at RIB Remera Station. '

    He said that the investigation is ongoing while the case is being processed for submission to the Prosecution.

    Mutangana’s criminal offense is provided for in Article 276 of the General Criminal Code; provides that if convicted by a court, he shall be sentenced to imprisonment not less than five years but not exceeding seven years and a fine of not less than three million but not more than five million.

    In July this year, Mutangana joined the Bar Association and launched a law firm called Mutangana & Partners.

    Mutangana has experience of more than 20 years, served as the Prosecutor General for four years, beginning in 2016, and was replaced in November 2019.

    He was also the President of the East African Prosecutors’ Association between 2016 and 2018.

    Before that, he served as Prosecutor in the former prefecture of Cyangugu and Kigali City. He holds a Masters Degree in Criminal Law and Criminology from the University of Groningen in the Netherlands between 2010 and 2011.

    Between 2015 and 2019 he continued his studies at the University of Tilburg in the Netherlands seeking a bachelor’s degree in law.

    He has also served as Spokesperson for the Prosecution and has been appointed to head the Department in charge of tracking suspects of the genocide against the Tutsi hiding in foreign countries.

    In 2004 Mutangana was appointed National Prosecutor, where he represented the Prosecution in various cases both in the High Court and in the Supreme Court.

    RIB has arrested Mutangana Jean Bosco on charges of using forged documents.

    Nicole Kamanzi M.

    Source : https://en.igihe.com/news/article/mutangana-former-prosecutor-general-arrested-over-forgery

  • Polisi irakangurira abaturarwanda kwitwararika ibiza muri ibi bihe by’imvura nyinshi #rwanda #RwOT

    Yagize ati 'Abaturwarwanda bakangurirwa kwirinda kugama munsi y’ibiraro by’umuhanda igihe imvura irimo kugwa kuko imivu ishobora kubatembana, bakangurirwa kwirinda kugenda mu mivu y’amazi igihe imvura irimo kugwa cyangwa ihise. Tubasaba gukurikiza amabwiriza yose atangwa n’ikigo gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) ndetse n’atangwa na Polisi y’u Rwanda.'

    CP Kabera yakomeje agira inama abamotari kwirinda kujya bakoresha imihanda idashoboka kunyurwamo bitewe n’impanuka bishobora guteza kubera imyuzure cyangwa iyo mihanda yafunzwe n’ibiti byahanutse bikagwamo.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yongeye kuburira bamwe mu bantu babona imvura iguye bari ku rugendo bagahitamo kujya kuyugama munsi y’ibiraro. Yabibukije ko inshuro nyinshi abantu bagiye batembanwa n’imivu y’amazi ibasanze muri ibyo biraro.

    Yagize ati 'Abantu bajye bashaka aho bugama ariko hari umutekano batagiye kugama munsi y’ibiraro cyangwa munsi y’ibiti. Hari abantu cyane cyane abamotari bajya bugama mu biraro imvura yagwa ikabatembana ndetse na moto zabo, nicyo kimwe n’abantu bakunda kugama munsi y’ibiti by’inganzamarumbu, aba bashobora gukubitwa n’inkuba cyangwa umuyaga ugahuha cya giti kikabagwira.'

    CP Kabera yakomeje akangurira abaturarwanda kujya bihutira gutanga amakuru hakiri kare igihe cyose hari ahagaragaye ibiza nk’imyuzure, inkangu, ibiti byaguye bigafunga umuhanda cyangwa se ahandi hashobora kubangamira urujya n’uruza.

    Abantu bakangurirwa kujya bitabaza imirongo ya Telefoni ikurikira ya Polisi y’u Rwanda kugira ngo batabarwe.112(ubutabazi bwihuse), 111(inkongi y’umuriro),113(impanuka zo mu muhanda),110(umutekano wo mu mazi) ndetse bakaba bahamagara kuri: 0788380953, 0788311224 na 0788311155.

    Ubutumwa bugenewe abatwara ibinyabiziga

    Turi mu bihe by’imvura, ku bahinzi ni ibihe byiza ariko bishobora kuba ibihe bibi ku bakoresha umuhanda cyane cyane abatwara ibinyabiziga. Niyo mpamvu bo by’umwihariko bagomba kwitwararika cyane.

    Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kwitwararika cyane igihe imvura irimo kugwa cyangwa ihise. Baributswa ko muri ibi bihe by’imvura hakunze kugaragara imvura irimo umuyaga mwinshi, niyo mpamvu bakangurirwa kwitwararika cyane igihe batwaye muri ibyo bihe by’imvura nyinshi.

    Abatwara ibinyabiziga bagirwa inama y’uko bakwitwara igihe hari imvura nyinshi ituma batabasha kureba imbere mu muhanda bitewe n’imvura nyinshi. Bagirwa inama yo kubanza kugenzura ko ikinyabiziga batwaye kimeze neza, bakareba ko amatara yaka neza, amaferi akora neza, utwuma duhanagura mu kirahure cy’imbere ya shoferi dukora neza ndetse bakamenya niba amapine y’ikinyabiziga atanyerera.

    Abashoferi bagirwa inama yo kugendera mu gisate cy’iburyo bw’umuhanda kandi bakagenda bitonze bahana umwanya. Bakangurirwa na none kutajyana ikinyabiziga ahantu hari imyuzure kandi bakitonda cyane igihe bagiye kunyuranaho kuko mu bihe by’imvura nyinshi mu muhanda ntihaba hagaragara neza.

    Abashoferi bagirwa inama yo kutagendera ku umuvuduko wa kilometero 40 cyangwa 60 mu isaha gusa kuko aribyo biri kucyapa, ahubwo bakaba banagendera ku wo hasi bitewe n’ikirere uko giteye muri uwo mwanya, mu rwego rwo kwirinda impanuka. Buri muntu aragirwa inama yo gufata ubu butumwa nk’ubwe ku giti cye ndetse buri muntu agasabwa kwifatira ingamba z’umutekano wo mu muhanda igihe arimo kuwukoresha.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Polisi-irakangurira-abaturarwanda-kwitwararika-ibiza-muri-ibi-bihe-by-imvura

  • Perezida w’Afrika y’Epfo Ramaphosa yishyize mu kato kubera COVID-19 #rwanda #RwOT

    Itangazo ryavuye mu biro bya Perezida, rivuga ko Ramaphosa yishyize mu kato kubera umuntu bahuriye mu musangiro ku wa Gatandatu ushize, nyuma uwo muntu bakamusangamo coronavirus.

    Uwo musangiro wari wateguwe n’umuryango Adopt-a-School Foundation ugamije gushakisha inkunga. Witabiriwe n’abantu 35, ubera muri hoteli mu mujyi wa Johannesburg nk’uko BBC yabitangaje.

    Ibiro bya Perezida byatangaje ko nta kimenyetso na kimwe cya coronavirus Ramaphosa agaragaza, icyakora ko agomba kwipimisha kugira ngo amenye uko ahagaze nk’uko amabwiriza y’ubuzima abiteganya.

    Iryo tangazo rikomeza rivuga ko mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda no kurinda abandi, Perezida Rampahosa agomba kujya mu kato ariko agakomeza inshingano ze nk’umukuru w’igihugu.

    Uwanduye coronavirus wahuye na Ramaphosa yagaragaje ibimenyetso ku cyumweru, apimwa kuwa mbere basanga ararwaye.

    Muri uwo musangiro, Perezidansi itangaza ko hari hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda ndetse Ramaphosa ngo yakuyemo agapfukamunwa agiye kurya, agiye no kuvuga ijambo.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Perezida-w-Afrika-y-Epfo-Ramaphosa-yishyize-mu-kato-kubera-COVID-19

  • Every story has an end, but in life every ending is just a new beginning….#rwanda #visitrwanda #rwanda

    Every story has an end, but in life every ending is just a new beginning. . . . #rwanda #visitrwanda #rwanda🇷🇼 #rwandan #kigalirwanda #rwandanbeauty #rwandaupdates #rwandaful #congo #kinshasa #remarkablerwanda #kenya #nairobi #rwandalicious #rwandagirls #girls #burundi #tanzania #uganda #kampala #rwandabeauty #missrwanda #rwandangirl #rwandalight #africa #kigali #quotes

    Source : https://www.instagram.com/p/CC1dhnvhL_C

  • Amakipe y’Igihugu y’ingimbi yamenye amatsinda aherereyemo. #rwanda #RwOT

    Amakipe y’Igihugu y’ingimbi mu batarengeje imyaka 17 na 20 yamenye amatsinda azaba aherereyemo mu mikino ya CECAFA.

    Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 20 iri mu itsinda A Hamwe na Tanzania izaba yakiriye amarushanwa, Somalia ndetse na Djibouti.

    Uko amatsinda muri iyi mikino y'abatarengeje imyaka 20 ahagaze,

    Itsinda A: Tanzania, Rwanda, Somalia, Djibouti
    Itsinda B: Burundi, Eritrea, South Sudan, Uganda
    Itsinda C: Ethiopia, Kenya, Sudan

    Iyi mikino ya CECAFA y’abatarengeje imyaka 20 izaba guhera ku itariki 22 Ugushyingo kugeza ku itariki 05 Ukuboza 2020 muri Tanzania.

    Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 izaba ikinira mu rugo iri mu itsinda A hamwe na Eritrea ndetse na South Sudan.

    Amatsinda mu mikino ya CECAFA y’abatarengeje imyaka 17 ahagaze mu buryo bukurikira:

    Itsinda A: Rwanda, Eritrea, South Sudan
    Itsinda B: Uganda, Ethiopia, Kenya
    Itsinda C: Sudan, Djibouti, Tanzania

    Imikino ya CECAFA y’abatarengeje imyaka 17 izabera mu Rwanda biteganijwe ko izabera mu turere twa Rubavu na Huye guhera itariki 13 Ukuboza kugeza ku itariki 23 Ukuboza 2020.

    Iyi mikino ya CECAFA mu batarengeje imyaka 17 na 20 niyo izagena ibihugu bizahagararira akarere ka Afurika y’Iburasirazuba mu mikino y’igikombe cya Afurika muri ibyo byiciro.

    Source : http://ferwafa.rw/spip.php?article2748