Category: Uncategorized

  • Madame Jeannette Kagame yasobanuye urugendo rwo gushishikariza abakobwa kuba indashyikirwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imbuto Foundation imaze imyaka 15 iteza imbere uburezi bw
    Imbuto Foundation imaze imyaka 15 iteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa

    Madamu Jeannette Kagame, washinze akaba n’Umuyobozi w’Umuryango Imbuto Foundation, yatanze ubutumwa busobanura urugendo rw’imyaka 15 uwo muryango umaze ushishikariza abakobwa kuba indashyikirwa.

    Ni urugendo rurerure, Madame Jeannette Kagame avuga ko agerageje kuruvuga mu ncamake, imyaka 15 ishize uyu muryango ushishikariza abakobwa kuba indashyikirwa no kwirenga, ari bimwe mu bihe binejeje uwo muryango wagize.

    Ati “Sinshidikanya ko ari nako byagendekeye n’abandi bita ku guteza imbere no gushyigikira uburezi bw’abana b’abakobwa”.

    Madame Jeannette Kagame avuga ko imyaka 15 ishize yanabaye iy’umunezero ku bakobwa barenga 5,000 bahembwe nk’Inkubito z’Icyeza, ikaba ishema kandi ku barimu babigisha, imiryango baturukamo, ikaba n’umunezero basangiye n’abafatanyabikorwa batandukanye bagiye babaherekeza mu myigire yabo.

    Uru rugendo rwatangiye mu myaka 15 ishize, rwasembuwe n’uko hari hakenewe igisubizo cyihuta cyafasha mu gukuraho inzitizi zose zatumaga umukobwa atagira uburenganzira ku burezi.

    Agira ati “Twari tugamije kandi ko batajya mu ishuri gusa, ahubwo ko batsinda kandi bakaba indashyikirwa mu myigire yabo no mu buzima bwabo”.

    Madame Jeannette Kagame washinze Umuryango Imbuto Foundation, ukaba umaze imyaka 15 uteza imbere uburezi bw
    Madame Jeannette Kagame washinze Umuryango Imbuto Foundation, ukaba umaze imyaka 15 uteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa

    Akomeza agira ati “Byarihutirwaga cyane ko umwana w’umukobwa afashwa kumva no kwerekana/kwizera ubushobozi bwe. Ibyo byari, kandi biracyari inzozi dufite zo kugira urungano rw’abakobwa n’abagore bisobanukiwe, bifitiye icyizere, batuje kandi biyubahisha, bagendera kuri gahunda kandi bakora umurimo unoze, ndetse biteguye guhagararana na basaza babo, ngo bafatanyirize hamwe kugeza igihugu cyacu, u Rwanda, ku yindi ntera haba mu bijyanye na siyanse, ikoranabuhanga n’iterambere rya muntu muri rusange”.

    Madame Jeannette Kagame avuga ko Umuryango Imbuto Foundation utewe ishema n’ubufatanye wagiranye na Guverinoma y’u Rwanda, abafatanyabikorwa bo mu gihugu no mu mahanga, imiryango itari iya Leta, abikorera n’abantu ku giti cyabo, mu mpande z’isi zitandukanye.

    Za mbuto mwabibye ubu zarakuze, zabaye ibiti by’inganzamarumbo.

    Inkubito z’Icyeza ubu ni abakobwa barangirije amasomo mu mashuri meza kandi akomeye yo mu bice bitandukanye by’isi, bamwe bari mu bagize inzego nkuru za Guverinoma y’u Rwanda, ni abaganga, ni abanyamategeko, ni ba enjeniyeri, ni abanyamakuru, ni ba rwiyemezamirimo, ndetse barimo n’abafite ibikorwa bikomeye by’ikoranabuhanga.

    Abandi babaye abakozi ba Imbuto Foundation, aho batanga umusanzu wabo mu kurera, kwigisha no kubaka urubyiruko abayobozi b’ejo hazaza! Babinyujije mu itsinda rihuriza hamwe abakobwa bose bahembwe nk’Inkubito z’Icyeza ‘BPG Alumni Network’, biyemeje kuba abarinzi ba barumuna babo ndetse n’urungano rwabo, aho bakora ibikorwa by’ubujyanama bashishikariza abandi bakobwa kuba indashyikirwa bakanaberekera uko babigeraho.

    Madame Jeannette Kagame avuga ko uburezi ari kimwe mu burenganzira bw’ibanze buri kiremwamuntu gikeneye, ariko ko nubwo hari byinshi byakozwe ku rwego rw’igihugu n’isi, hakiri abakobwa miliyoni 31 batari mu ishuri nk’uko byatangajwe na UNESCO muri 2019.

    Avuga ko akenshi ingaruka z’ibibazo bitandukanye bituruka ku mibereho y’abantu, imico cyangwa ihungabana ry’ubukungu zagiye zigabanya ya mahirwe abakobwa bafite yo kwiga no gutanga umusanzu wabo mu kubaka sosiyete.

    Ibi kandi bituma baguma mu bukene ntibabashe kwiyubakira ejo habo nk’uko babyifuza, ari yo mpamvu, gushyira imbaraga ku burezi bw’umukobwa atari ngombwa gusa ahubwo ari na kimwe mu bifasha cyane kubaka ubushobozi bw’umuntu, ndetse bigatanga umusanzu ku gihugu mu kugera ku ntego z’iterambere.

    Ati “Ubusanzwe mu Muryango Imbuto Foundation, tugena ibikorwa cyangwa aho dutanga umusanzu duhereye ku mirongo migari na gahunda zashyizweho ku rwego rw’igihugu, umugabane wacu wa Afurika ndetse no ku isi, mu rwego rw’iterambere. Ibi, ni byo byaduteye gutangira urugendo- mu mwaka wa 2005- rwari rugamije kugera ku ntego 3: (1) Guharanira ko abakobwa bose bagera mu ishuri; (2) Guharanira ko abakobwa bose baguma mu ishuri bagasoza ibyiciro byose; (3) Gushishikariza abakobwa gutsinda neza no kuba indashyikirwa bagerageza kwiga amasomo yose, harimo n’aya siyansi, ikoranabuhanga, ubumenyingiro n’imibare”.

    Avuga ko uko imyaka yagiye ikurikirana, ubu bukangurambaga bwo guteza imbere uburezi bw’umukobwa bwatumye bagera hose mu gihugu, aho bahuye n’abakobwa bashyigikiwe n’ababyeyi babo bikabafasha gutsinda neza bakaba indashyikirwa.

    Umwe muri abo bakobwa ni Inkubito y’Icyeza Florentine. Florentine, Inkubito y’Icyeza yahembwe inshuto eshatu, ni umufashamyumvire akaba n’umuganga utanga umusanzu we ku cyerekezo cy’igihugu mu guharanira kugira Abanyarwanda babayeho ubuzima bwiza kandi bihesha agaciro, aho buri wese agira uburenganzira kuri serivisi z’ubuzima.

    Florentine Hategekimana ni umwe mu baharanira ko haboneka amakuru yizewe ajyanye n’ubuzima bw’imyororokere kandi akagera kuri bose, kugira ngo abantu babashe gukora amahitamo no kwifatira ibyemezo bumva neza ingaruka byagira ku buzima bwabo.

    Florentine ni umwe mu bakobwa b’Inkubito z’Icyeza 5,000, bamaze guhembwa kugeza ubu, kubera gutsinda neza ibizami bisoza amashuri.

    Umuryango na wo wagize uruhare muri ubu bukangurambaga!

    Umubyeyi wa Jackline yabitoje n’abana be ndetse igihe agiye ku ishuri cyangwa avuyeyo agaherekezwa na basaza be kugira ngo bamurindire umutekano. Nk’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama Nkuru y’Igihugu y’Abagore, uyu munsi Jackline Kamanzi azirikana urukundo rw’umubyeyi we n’uko yamushyigikiye, akavuga ko ari bimwe mu byamuteye imbaraga zo gukora cyane maze mu mwaka wa 2000 asoza amashuri yisumbuye ari umukobwa wa mbere mu gihugu, nyuma aza gukomereza mu bijyanye n’amategeko, ubu akaba afite impamayabushobozi y’ikirenga mu bijyanye no kubaka amahoro n’ubwiyunge.

    Madame Jeannette Kagame ati “Mu gihe dukomeza gushimangira iri hame ryo gushishikariza abakobwa kwiga, gukora cyane no guharanira kuba indashyikirwa muri byose, dukeneye no kongera imbaraga mu bukangurambaga bufasha kumva neza ikibazo, haba ku bayobozi mu nzego z’ibanze, ababyeyi n’umuryango muri rusange – nk’uko umubyeyi wa Jackline yabigenje – n’abandi bakumva ko guharanira ko habaho uburinganire hagati y’umuhungu n’umukobwa, by’umwihariko guteza imbere uburezi bw’umukobwa ari imwe mu nzira zizatugeza ku ntego z’iterambere”.

    Ni ikiraro kizatugeza ku ‘Rwanda Twifuza’.

    Madame Jeannette Kagame, avuga ko kugira no gutanga uburenganzira n’amahirwe angana ku burezi n’imirimo, ari imwe mu nkingi zizamura ubukungu, imibereho myiza n’iterambere muri rusange haba ku gihugu no mu miryango.

    Ati “Tugomba kurandurana n’imizi, ikibazo cyose cyasubiza inyuma ibyo tumaze kugeraho mu iterambere ry’uburezi, by’umwihariko ibijyanye n’ uburezi bw’umukobwa”.

    Bimwe muri ibyo bisubiza inyuma uburezi bw’umwana w’umukobwa harimo ubusambanyi bukorerwa abana zitateganyijwe ku bangavu.

    Agira ati “Nk’uko twabigarutseho mu bukangurambaga bwo kurwanya no gukumira abasambanya abana bwatangijwe na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango mu kwezi k’Ukwakira 2020, ikigereranyo cy’abana baterwa inda ku rwego rw’igihugu kiri kuri 7,3% (RDHS 2014-15), mu gihe 20% by’abakobwa ari abahohoterwa batarageza imyaka 18. Ibi bigira ingaruka mbi cyane ku buzima bwo mu mutwe bw’abahohotewe, uko biyumva n’agaciro biha, ndetse bikagira n’ingaruka mbi ku buzima n’iterambere ry’uwahohotewe”.

    Arongera ati “Nk’ababyeyi, abafashamyumvire, abarezi n’umuryango muri rusange, tugomba guhindura imitekererereze ivuga ko umukobwa ari we ugomba kwimenya akirinda, ahubwo tugahugura ndetse tugatoza abagabo n’abahungu bacu imyitwarire iboneye umugabo mwiza”.

    Madame Jeannette Kagame agira ati “Mu gihe twizihiza iyi sabukuru y’imyaka 15 yo guteza imbere uburezi bw’umukobwa, nifuje gukoresha uyu mwanya nsaba abahungu bacu, basaza bacu n’abo twashakanye, kongera imbaraga mu gushyigikira no guharanira uburenganzira n’imibereho myiza bya bashiki banyu.

    Ndabasaba gukoresha umutima n’ububasha bwanyu mu kubafasha kwisobanukirwa. Mube abarinzi ba bashiki banyu, musenye ugushyigikirana tubona gutuma muceceka n’iyo hari uwo muzi wagize nabi, kuko bituma abakobwa bacu bahorana kwicuza, ipfunwe n’ikimwaro, bifite byinshi byangiza ku miryango yacu n’iterambere ry’igihe kirekire”.

    Avuga ko gushyigikira abakobwa bitigeze biba impamvu yadindiza iterambere ry’abahungu kandi ko bitazanigera biba. Avuga ko ari ingamba y’igihe gito ishyira abakobwa ku rwego rumwe na basaza babo mu rugendo rwo kubaka ejo heza. Mu ndangagaciro n’amategeko agenga Abanyarwanda, baharanira guha bose amahirwe ku mibereho myiza n’ubukungu.

    Ati “Rero ndabasaba mwebwe abahungu bacu namwe twashakanye, muhaguruke dukorere igihugu cyacu dukunda, u Rwanda, tuzabigeraho dushyize hamwe twese – abakobwa, abagore, abagabo n’abasore”.

    Yogera gusaba Inkubito z’Icyeza, gushishoza no kugira amakenga mu mibereho yabo, bita ku bigezweho n’ibibazo bashobora guhura na byo.

    Ati “Uyu munsi turarwanya ikwirakwiza ry’indwara ya Koronavirusi. Nk’abakobwa b’indashyikirwa kandi bazi guhanga udushya, ndabasaba guhuza imbaraga mugatanga umusanzu wanyu muri uru rugamba isi yose irwana, mukoresheje intwaro zose mufite. Iyi ndwara ikomeje kutubera urujijo ndetse bizagira n’ingaruka mu ngeri zitandukanye z’ubuzima bwacu, n’ubwo tutazi igihe bizamara tuzi ko atari iby’iteka”.

    Abasaba guhaguruka no gutekereza mu buryo bwagutse, bakazana ibisubizo, kandi bagafatanya na basaza babo ndetse n’ababyeyi babo muri uru rugamba, batanga umusanzu uzatuma na bo bibukwa mu mateka.

    Avuga ko umuhate wabo no guharanira kuba indashyikirwa byagize umusaruro uteye ishema kandi ukwiye kwizihizwa, akavuga ko ubwo bakomeza ibikorwa byo guhemba abakobwa batsinze neza kugeza ubwo intego ya Imbuto Foundation igezweho, na bo bakomeza kuba Indahigwa, baba aba mbere muri byose, bikazabageza ku Rwanda rwiza kandi rwemye, ati “u Rwanda Twifuza”!

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/madame-jeannette-kagame-yasobanuye-urugendo-rwo-gushishikariza-abakobwa-kuba-indashyikirwa

  • Kanye West won 3197 votes in Iowa #Rwanda #RwoT #ElectionNight #Elections2020

    Kanye West won 3197 votes in Iowa and 7770 Votes in Minnesota , #Rwanda #RwoT #ElectionNight #Elections2020

    Source : FoxNews
  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA #rwanda #RwOT

    Turabamenyesha ko uwitwa MUKABUSHAYIJA Christine mwene Rutayisire Stanislas na Mukankanika, utuye mu Mudugudu wa Bweramana, Akagari ka Masangano, Umurenge waBusoro, Akarere ka Nyanza, mu Ntara y’Amajyepfo wanditse asaba uburenganzira bwo guhinduza amazina asanganywe MUKABUSHAYIJA Christine, akitwa UMUBYEYI Christa mu gitabo cy’irangamimerere. Impamvu atanga yo guhinduza izina ni izina niswe n’ababyeyi ariko ntiryandikwa mu gitabo cy’irangamimerere.

    Source : https://www.imirasire.rw/?INGINGO-Z-INGENZI-Z-IMPAMVU-YO-GUSABA-GUHINDUZA-AMAZINA-36963

  • Igihangange muri ruhago ku Isi, Maradona yabazwe ubwonko #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wabiciye muri ruhago mu myaka yashize, umunya-Argentine, Diego Maradona yabazwe ku bwongo nyuma yo kugira ikibazo cy’imitsi itwara amaraso mu bwonko.

    Uyu mugabo w’imyaka 60 yabagiwe mu bitaro bya Olivos Clinic biri i La Plata muri Argentine, aho umuganga we wamubaze Dr Leopoldo Luque yavuze ko byagenze neza kandi ko agiye gukomeza kwitabwaho.

    Diego Armando Maradona akaba yarajyanywe mu bitaro nyuma yo kugira ikibazo cy’imitsi ijyana amaraso mu bwonko aho yagendaga gake, kandi akaba yari yaranagize ikibazo cyo gukabanuka kw’amazi mu mubiri.

    Uyu mugabo ufatwa nk’umwe mu bakinnyi beza Isi yagize, yafashije igihugu cye Argentine kwegukana igikombe cy’Isi cyo mu 1986. Ubu ni umutoza wa Gimnasia y Esgrima yo mu cyiciro cya mbere muri Argentine.

    Maradona yabazwe ubwonko

    Yahesheje igikombe cy’Isi Argentine cyo mu 1986

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/igihangange-muri-ruhago-ku-isi-maradona-yabazwe-ubwonko

  • Ibyo wamenya ku nzu ya Perezida Kayibanda yafungiwemo akicishwa inzara na Kinani #rwanda #RwOT

    Iyi nzu twayisuye, tuganira na bamwe mu bahaturiye batubwira byinshi kuri Kayibanda n’urupfu rw’agashinyaguro yishwe we n’umugore we, bikozwe n’uwari umunywanyi wabo w’akadasohoka, General Major Juvenal Habyarimana waje kwamamara nka Kinani. Izina Kinani benshi baziho Juvenal Habyarimana, ni iryo we ubwe yiyise mu myaka y’1991, ubwo ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zamwotsaga igitutu, maze mu kwishongora akavuga ko ari Kinani cyananiye abagome n’abagambanyi, bityo Inkotanyi zitazamuhangara.

    REBA VIDEO IGARAGAZA IBY’URU RUGO RWA PEREZIDA KAYIBANDA YAPFIRIYEMO HANO :

    Uko Kayibanda yagiye ku butegetsi n’uko yabuvuyeho yicicwa inzara

    Kayibanda Grégoire, niwe wabimburiye abandi kwicara mu mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda. Uyu ninawe Minisitiri w’Intebe wa mbere u Rwanda rwagize, wabayeho hakiriho ingoma ya Cyami n’ubwo yari iri mu marembera. Yabaye kandi Perezida wa kabiri w’u Rwanda, ni nawe wayoboraga igihe rwabonaga ubwigenge.

    Grégoire Kayibanda ni mwene Léonidas Rwamanywa na Caroline Nyirambeba. Yavukiye i Tare, hahoze ari muri komine Musambira, Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu karere ka Kamonyi mu majyepfo y’u Rwanda. Kayibanda yavutse tariki 01 Gicurasi 1924. Amashuri abanza yayize i Tare (1932-1934) ayakomereza i Kabgayi (1934-1937). Naho ayisumbuye ayiga mu iseminari nto ya Saint Léon i Kabgayi (1934-1943). Kuwa 28 Ukuboza 1944, Kayibanda yinjiye mu Iseminari nkuru ya Nyakibanda atangira kwigira kuba padiri, kugeza yiyemeje kuyivamo kuwa 15 Ugushyingo 1948, kandi agahagarika n’ibyigipadiri ahubwo akerekeza mu by’ubwarimu.

    Yashakanye na Kayibanda Verdianne. Kuwa 20 Mutarama 1949 yatangiye umwuga w’ubwarimu muri ” Institut Léon Classe ” kugeza mu 1952. Ibyo kandi akabifatanya n’ubuzima busanzwe bwa buri munsi mu gukemura ibibazo binyuranye byari byugarije rubanda rugufi aho yari atuye.

    JPEG - 319.9 ko

    Mu 1953 Kayibanda yoherejwe gukora i Kabgayi mu biro by’ubugenzuzi bw’amashuri, muri serivisi yo gutegura no kunononsora imfashanyigisho zijyanye n’igihe. Guhera muri Kamena muri uwo mwaka kugeza mu Ukuboza1954, Kayibanda yabaye umwanditsi w’ikinyamakuru ” L’AMI “. Kayibanda yifashishije itangazamakuru rero, yakomeje guhindura imitekerereze ya rubanda kandi ahindura n’imwe mu mikorere y’ubutegetsi bwariho muri icyo gihe.

    Urugero ni nk’ibyo yanditse ku itegeko ryabuzaga kwishyira hamwe cyane cyane mu bikorwa bya politiki, Kayibanda we mu nyandiko ze akaba yarasabaga ko uburenganzira bwo kwishyira hamwe muri za Asosiyasiyo na Koperative bwahabwa rubanda kandi mu buryo butagabanuweho na gato.

    Ibyo byagize ingaruka mu mitekerereze n’imikorere ya politiki. Amashyirahamwe menshi yaravutse kugera ku rwego rwo kuba Amashyaka ya Polilitiki. Hagati aho rero guhera mu 1955 nibwo Kayibanda yavuye mu bugenzuzi bw’amashuri maze aba Perezida wa komite ncungamikorere ya TRAFIPRO (Travail, Fidélité, Progrès), anaba umwanditsi mukuru wa Kinyamateka. Yabaye kandi umunyamabanga wihariye wa Musenyeri Perraudin, umusuwisi wayoboraga diyosezi ya Kabgayi, ndetse aba n’umwe mu bagize inama ngishwanama ya Chefferie ya Marangara. Iyo myanya niyo yafashije cyane Grégoire Kayibanda kumenyekanisha ibitecyerezo bye. Kayibanda aha yari amaze kwiyumvamo ubushobozi bwo kuba umucunguzi wa rubanda rugufi nk’uko intego ye yabivugaga : “Libertatem filiorum Dei” : Tubohore Abana b’Imana.

    JPEG - 170.2 ko

    Ibyari bimurimo bigaragazwa n’amagambo basanze mu ikaye ye (carnet de notes), agira ati : “Mu gihugu aho rubanda bakorerwa ivangura rigaragara kandi ryizweho neza, nsanga kwibanda ku kintu kimwe gusa ntacyo byaba bimaze, ahubwo bidatinze nazasanga nanjye ntacyo ndicyo. Mpisemo rero gukangura igihugu cyanjye kikabasha kumenya ubushobozi kifitemo, maze nkabafasha kuvumbura ibyo ababakikije bakeneye, nkabasunikira kandi nkabingingira gutanga umusanzu wabo. Ntekereza ko ariwo muhamagaro wanjye mu gihugu kikishakisha, kandi kikireba aho gikwiye guhagurukira hakwiye kandi vuba”.

    Kayibanda arongera ati : “Chefu (président du Conseil de chefferie) amfata nk’umuntu warwanya ubutegetsi kandi bigaragara ko hari ukuntu antinya. Yamenyereye kwigirizaho nkana aba sushefu (sous chefs) be, ariko njye sinemera amahame ye yose ! Intekerezo zanjye zuzuyemo akarengane abantu banjye bagirirwa, kandi sinakwihanganira na gato ubutegetsi butakijyanye n’igihe kandi budashoboye.”

    Kayibanda hagati aho, abifashijwemo na Musenyeri Perraudin, kuwa 09 Nzeri 1957 yoherejwe mu mahugurwa ajyanye n’iby’itangazamakuru mu bwanditsi bw’ ikinyamakuru ” Journal Vers l’avenir ” cyandikirwaga mu Bubiligi. Kayibanda yagarutse kuwa 08 Ugushyingo 1958, maze ahita akomereza imirimo ye muri Kinyamateka guhera tariki ya 25 Ugushyingo 1958.

    JPEG - 335 ko

    Kayibanda wari ukubutse i Burayi, yagarutse ashaka bwangu impinduka mu Rwanda, maze kuwa 19 Ukwakira 1959 ashinga Ishyaka PARMEHUTU (Le Parti du Mouvement de l’Emancipation Hutu). PARMEHUTU yaje guhindura izina, yitwa MDR (Mouvement Démocratique Républicain) kandi yiyemeza kwigobotora ingoma ya cyami n’iya gikoroni maze hakajyaho ubuyobozi bushingiye kuri Demokarasi na Repubulika. Icyo gihe, bamwe mu batutsi baratotejwe barameneshwa, bahungira mu bihugu by’abaturanyi. Iri shyaka rya Kayibanda ryavugaga ko abo mu bwoko bw’abahutu batsikamiwe, maze ritangira kwibasira abo mu bwoko bw’abatutsi.

    Nyuma yaho gato, Kayibanda yatangije impinduramatwara yari igamije gukuraho bidasubirwaho ingoma ya cyami. Kuwa 26 ukwakira 1960 habayeho amatora yarangiye hashyizweho inteko na Leta by’agateganyo. Gregoire Kayibanda yabaye Minisitiri w’intebe naho Habyarimana Joseph Gitera ayobora Inteko.

    Kuwa 28 Mutarama 1961 i Gitarama habaye Kongere idasanzwe, ikuraho ingoma ya cyami, itangiza ubutegetsi bushingiye kuri Repubulika. Uwo munsi Dominiko Mbonyumutwa yatorewe kuba Perezida wa mbere.

    Kuwa 25 Nzeri 1961 habayeho amatora rusange yiswe Kamarampaka, rubanda bahamya bidasubirwaho ko banze ubutegetsi bwa cyami. Nyuma yo kwegura kwa Mbonyumutwa, Kayibanda yatorewe kuba Perezida wa Repubulika, ashyiraho Leta yagejeje u Rwanda ku bwigenge tariki ya 1 Nyakanga 1962.

    Kayibanda Grégoire, niwe wabaye Perezida wa kabiri w’u Rwanda, akaba ari nawe wa mbere waruyoboye kuva rwabona ubwigenge ndetse ninawe wa mbere wabaye Perezida habayeho amatora n’ubwo yiyamazaga ari wenyine. Kayibanda yagiye ku butegetsi tariki 26 Ukwakira 1961, ayobora manda ye ya mbere kugeza mu 1965 ubwo yongeraga kwiyamamaza ari we mukandida rukumbi ndetse anongera kwiyamamaza ari wenyine mu 1969.

    JPEG - 122.7 ko

    Kayibanda yayoboye u Rwanda mu gihe cy’imyaka 12 kugeza tariki 4 Nyakanga 1973 ubwo yahirikwaga ku butegetsi na Juvénal Habyarimana wari inshuti ye magara akaba yari na Minisitiri w’ingabo icyo gihe. Habyarimana yamuhiritse nawe amushinja gutonesha abo mu gace k’Amajyepfo y’u Rwanda, n’ibindi bikorwa by’ivangura rishingiye ku moko n’akarere.

    Yahise afungwa hamwe n’umugore we, babagenera igihano cy’urupfu kuwa 26 Kamena 1974. Icyo gihano cyaje guhindurwamo gufungwa burundu maze bavanwa muri Rwerere aho bari bafungiwe, bafungirwa kwa Kayibanda mu rugo i Kavumu ho muri Gitarama hafi y’i Kabgayi, hari kuwa 11 Nzeri 1974, aha bakaba ari naho baje gupfira. Bivugwa ko Habyarimana yabicishije inzara kugeza bashizemo umwuka. Kayibanda Grégoire yapfuye afite imyaka 52 kuko yari yaravutse tariki 01 Gicurasi 1924.

    REBA VIDEO IGARAGAZA IBY’URU RUGO RWA PEREZIDA KAYIBANDA YAPFIRIYEMO HANO :

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Ibyo-wamenya-ku-nzu-ya-Perezida-Kayibanda-yafungiwemo-akicishwa-inzara-na-Kinani

  • Mashami yavuze ku mvune yavanye Sugira mu Mavubi ariko akitoreza muri Rayon Sports #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ikomeje gukora imyitozo yo gutegura imikino ibiri bafitanye na Cap-Vert, aho kugeza ubu hagenda hiyongeramo abakinnyi bakina hanze, bamwe mu bakina imbere mu gihugu nabo bakagenda basezererwa gahoro gahoro.

    Mu minsi ishize ni bwo rutahizamu Sugira Ernest yavuye mu mwiherero aho byavuzwe ko yagize imvune itazamwemerera gukina imikino iri imbere, gusa abenshi batungurwa no kumubona akora imyitozo muri Rayon Sports yatangiye ku wa Mbere.

    Sugira kuva ku wa Mbere ariko gukora imyitozo muri Rayon Sports
    Sugira kuva ku wa Mbere ariko gukora imyitozo muri Rayon Sports

    Mu kiganiro umutoza Mashami Vincent yahaye itangazamakuru, yavuze ko Sugira yari yagize imvune yo mu kibero, ku buryo bitari gutuma agendana n’umuvuduko w’imyitozo, bamuha amabwriza agomba gukurikiza ubundi akazifashishwa mu mikino itaha

    Yagize ati “Sugira ntitwamusezereye, yari afaite ikibazo cya harmstring,ntabwo ishobora gukira mu cyumweru kimwe urebye n’imyitozo twari dufite yasabaga imbaraga, twasabga ko umukinnyi aba ameze 100% kugira ngo abe yakora neza imyitozo.”

    “Iyo dukomeza kumukoresha byari kumwangiriza byinshi, Sugira ni umukinnyi wacu kandi tuzi agaciro afitiye ikipe y’igihugu kandi twarabiganiriye yarabyumvise, niba ameze neza urumva ko yakurikije inama twamugiriye, nta rirarenga, turacyafite indi mikino myinshi imbere, isaha n’isaha azagaruka.”

    Yavuye mu myitozo y
    Yavuye mu myitozo y’Amavubi kubera imvune yo mu kibero

    Ku ruhande rwa Sugira Ernest, we avuga ko yumva ameze neza ariko yakurikirije amabwiriza yahawe n’abaganga ndetse n’umutoza w’ikipe y’igihugu, aho avuga ko iminsi bari bamuhaye yarangiye ubu ari gukora neza.

    “Tumeze neza turi ku rwego rwiza n’ubwo twatangiye gukora nyuma y’andi makipe, aha ndi gukora no mu ikipe y’igihugu, naje kugira ikibazo cy’imvune mu kibero bampa iminsi yo kruhuka, ubu yararangiye nagombaga kwitabira iya Rayon Sports, kandi twabyumvikanye na muganga w’Amavubi.”


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/mashami-yavuze-ku-mvune-yavanye-sugira-mu-mavubi-ariko-akitoreza-muri-rayon-sports

  • Ibidasanzwe kuri Katabarwa washatse abagore 8, akabyara abana barenga 100 n’abuzukuru 700 #rwanda #RwOT

    Abana afite mu buryo bwemewe n’amategeko ni 48, ariko avuga ko ntaho utasanga amaraso ye kuko ngo nyuma yo kugira abo bagore umunani bemewe n’amategeko y’Umwami yajyaga gusambana mu nshoreke ku buryo ubaze abana yabyaye bose hamwe basaga 60.

    Katabarwa ntabwo azi neza imyaka afite gusa avuga ko agendeye ku gihe yiyandikishirije ari 98, kuko kwandikwa byabayeho Umwami Rudahigwa amaze kwima ingoma ari nabwo ibyo kwandika abantu byatangiye.

    Icyo gihe ngo Abazungu barazaga bakabaza ababyeyi igihe bakeka abana babo baba baravukiye bakaba ariho bahera bandika imyaka bagereranyije.

    Uyu musaza usobanura ko aba bagore yagiye abashaka umwe kuri umwe, akabanza akazana umwe, hashira igihe yabona ubushobozi bwiyongereye akongera akazana undi kugeza ubwo yagejeje ku bagore umunani. Kuri ubu barindwi nibo bakiriho naho umwe yarapfuye.

    Ubwo yabashakaga ngo barubahanaga bahereye ku mukuru kugeza ku muto ugasanga umuto yubaha umukuru kandi bakabana neza nta mwiryane wigeze ubaranga.

    Katabarwa kuri ubu utuye mu Kagari ka Gatenga Umurenge wa Mukarange mu Karere ka Gicumbi, yaganiriye na UKWEZI, agaruka ku buryo yagiye arongora aba bagore ndetse n’icyo yabatungishije kugeza uyu munsi basigaye batungwa n’ababakomokaho.

    Avuga ko afite abuzukuru n’abuzukuruza benshi nawe atazi umubare barimo abari hirya no hino mu Rwanda ndetse no mu bice bitandukanye by’Isi.

    Ati 'Mu myaka ishize nari mfite 761 harimo abuzukuru n’abuzukuruza, cyera narandikaga, barazaga bakamenyesha ko babyaye n’abari mu mahanga ngahita mbyandika nkabibara ariko ubu ntabwo mperuka kubara, ntabwo nzi umubare bamaze kugeraho.'

    Yakomeje agira ati 'Bariya bantu wabonye ku muhanda abenshi ni abuzukuru banjye, abakazana n’abandi bankomokaho.'

    Mu bana be 48, harimo batandatu bagiye bashaka abagore barenze umwe, gusa ngo abana be bose babashije kwiga kuko ubwo yari amaze kugira abana 31 yahise abubakira ishuri ndetse anashyiraho umwarimu wo kubigisha.

    Ati 'Naje kubona abana babaye benshi, inaha nta muntu wari uzi kwandika bituma nshyiraho ishuri nza gushaka umwarimu uzajya abigisha noneho leta ibibonye iranyunganira none ubu ryabaye ishuri rinini ryigamo abantu bose.'

    Reba hano ikiganiro twagiranye na Katabarwa..

    Katabarwa avuga kandi ko imibanire gakondo yahindutse kuko kuri ubu atacyunze ubumwe n’abana be, abagore be ndetse n’abaturanyi be usanga batakibanye neza nka cyera.

    Ati 'Impamvu ibintu byarahindutse, imibanire gakondo ntabwo igihari niyo mpamvu bamfata nabi, usanga n’abana banjye batamfata neza, abagore twaratandukanye mbese usanga ntabwo bagifite kirazira yo kubaha umubyeyi, mbese nta cyubahiro bagitanga.'

    Yakomeje agira ati 'Abanyumva nicyo nanababwira, mugende mugabanye urubyaro kuko nanjye bamaze no kumbuza amahoro mbese urubyaro muri iki gihe ntabwo byoroshye.'

    Avuga ko kuri ubu muri uyu muryango batangiye kugirana ibibazo by’amakimbirane ahanini ishingiye no ku mitungo cyane ko ari benshi cyane, mu gihe cyera bagiranaga ibibazo bigakemurirwa mu miryango ariko kuri ubu basigaye bitabaza inzego zirimo Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB.

    Ati 'Mu minsi ishize hari abana banjye bashyamiranye bapfuye ubwatsi hanyuma RIB iraza irabafunga nanjye baramfunga ndaramo iminsi mike ariko barandekura. Ari nka cyera abantu bacyubaha umutware w’umuryango nagombaga guhita ntanga itegeko, kuko icyo gihe ikibazo cyose cyakemurwaga n’umutware w’umuryango.'

    Katabarwa avuga ko mu bana yabyaye ndetse n’abuzukuru be by’umwihariko abakobwa be bamufata neza, bakagerageza kumufasha ariko usanga abahungu birirwa baryana bashwana bapfa imitungo.

    Uyu musaza avuga ko ku butegetsi bwa Cyami yari umu Sous-Chef, akaba yari umutunzi kuko yabaga afite inka zirenga 30 ndetse n’amasambu menshi ari nayo mpamvu yashakaga abagore benshi.

    Katabarwa avuga ko gushaka abagore benshi ni ibintu byari bisanzwe ku muryango we kuko ari Se na Sekuru bose bari baragiye bashaka abagore benshi, ndetse ngo Papa we yari afite abagore bane, kuri we ngo bari bake cyane ko Sekuru yari afite abarenga batanu.

    Reba hano ikiganiro twagiranye na Katabarwa..

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/Ibidasanzwe-kuri-Katabarwa-washatse-abagore-8-akabyara-abana-barenga-100-n-abuzukuru-700

  • Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k'umuryango we #rwanda #RwOT

    Ku munsi w'ejo nibwo abahatanira umwanya wa Perezida wa Uganda bagejeje kuri Komisiyo z'amatora impapuro zisaba kuba abakandida kuri uwo mwanya. Ni umunsi waranzwe n'ubugizi bwa nabi ndetse n'iterabwoba rikorwa n'inzego z'umutekano za Uganda. Mu nkuru yavuzwe cyane ni uburyo abahatanira uwo mwanya batari Perezida Museveni bahutajwe ku buryo bw'indengakamere cyane cyane Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi cyane nka 'Bobi Wine' akaba ari n'umudepite mu inteko ishinga amategeko ya Uganda.

    Ubwoba bwabaye bwinshi ku ruhande rwa Perezida Museveni na NRM ubwo Depite Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine na Col Dr Kizza Besigye umaze kwiyamamariza kuyobora Uganda inshuro enye atsindwa, bemeranyije guhuza imbaraga n'ibitekerezo bigamije gukura ku butegetsi ishyaka rya Perezida Museveni.

    Ku rubuga rwe rwa Twitter, Umuhungu wa Perezida Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yanditse amagambo asa n'utera ubwoba Bobi Wine ariko akaba yarabaye nkukojeje agati mu ntozi. Yanditse ngo 'Muvandimwe nakubwiye kenshi ko udashobora kudutera ubwoba. Dufite imbaraga zirenze izo ukeka. Niba ushaka kurwana tuzagutsinda bitagoranye. Turashaka amahoro. Gusa niba ushaka kuturwanya, uzabikore'

    Aya magambo ya Muhoozi Kainerugaba, uvanga igisirikari na politiki yari mu murongo w'inzego z'umutekano za Uganda zashakaga gukumira Bobi Wine kuba yahura n'abamushyigikiye babyita kubangamira umutekano.

    Mu kumusubiza, Bobi Wine mu butumwa bwe bwasakajwe n'abantu benshi inshuro zirenga ebyiri ukurikije abasakaje ubwa Muhoozi, yagize ati 'Ibigwari n'abanyantege nke nibo bonyine bifuza amahane. Mukwiye kugira isoni, kuko twebwe nta hohotera dukoresha. Kandi urabizi neza ko mu matora anyuze mu mucyo, So ukubyara, umunyagitugu ushaje ataba akiri Perezida. Iki gihugu nicya bagande bose, ntabwo aricya so nawe, vuba aha uraza kubyemera'

    Perezida Museveni yitwaza icyorezo cya Covid19, aho ashinja abatavuga rumwe nawe kubangamira amabwiriza arwanya icyo cyorezo bahuye ari babiri, ariko abo muri NRM bakemererwa kwiyamamaza. Ibi byagaragaye mu matora y'inzego z'ibanze za NRM mu minsi ishize.

    Ishyaka NRM [National Resistance Movement] riyobowe na Perezida Museveni, ryafashe ubutegetsi kuva mu 1986.

    Itangazo Bobi Wine na Dr. Besigye bashyize ahagaragara nyuma y'ibiganiro bagiranye ku wa 6 Gicurasi 2019, risobanura ko bashyize akadomo ku biganiro bikubiyemo ingingo z'ingenzi zizabafasha guhangana na Perezida Museveni.

    Rigira riti 'Twemeranyije ko duhuje umugambi wo gukiza Uganda ingoma y'igitugu n'ikandamiza.'

    Umuvugizi w'ihuriro 'People Power', Joel Ssenyonyi na Depite Betty Nambooze, uvugira iryitwa 'People's Government' riyobowe na Dr. Besigye baheruka kubwira abanyamakuru ko bagiye gushyira hamwe ngo bakure Museveni ku butegetsi.

    Ssenyonyi yavuze ko amatsinda yabo afite ibikorwa bitandukanye azakomeza gukora ariko nyuma akazabihuza. Depite Nambooze we yavuze ko bashaka kugarura ukwishyira ukizana muri Uganda kwakuweho na Perezida Museveni.

    Ku wa kabiri Bobi Wine yatangaje ko arimo gukorana inama n'abanyapolitiki bo mu mashyaka atandukanye barimo n'abo mu rya Museveni.

    Dr. Besigye na Depite Bobi Wine ni abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta ya Museveni, bagiye bafungwa bya hato na hato ku mpamvu zirimo n'iza politiki. Kwishyira hamwe kwabo kwakuye umutima NRM na Perezida Museveni.

    The post Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k'umuryango we appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/bobi-wine-yibukije-muhoozi-kainerugaba-ko-uganda-atari-akarima-kumuryango-we/

  • Kirazira guha umwana amata y'inka ataruzuza nibura umwaka, sigaho! #rwanda #RwOT

    Inzobere mu mirire, zitangaza ko guha umwana amata y'inka utaruzuza umwaka bimugiraho ingaruka harimo no kumwangiriza inyama y'impyiko n'iy'umwijima. Izi nzobere zigira inama ababyeyi kwitwararika guha umwana aya mata.

    Benshi mu babyeyi bavuga ko kimwe mu byo baha umwana nk'imfashabere harimo amata y'inka akenshi bakagaragaza ko impamvu ituma babaha ayo mata y'inka ari uko rimwe na rimwe usanga abahendukiye.

    Ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima ku Isi OMS, rivuga ko umwana umaze amezi atandatu avutse atangira guhabwa imfashabere kugira ngo abone intungamubiri n'imyunyungugu bihagije bimufasha gukura neza.

    Usibye kuba ababyeyi bavuga ko kwa muganga bababwira ko atari byiza ko abana bari munsi y'umwaka babaha amata y'inka, bashinja abaganga kutababwira impamvu atari byiza n'ingaruka bishobora kugira ku mwana mu gihe ahawe aya mata.

    Mfiteyesu Leah, inzobere mu mirire avuga ko ku mwana kumuha amata y'inka atari byiza mu gihe ataragira umwaka kuko igifu cye n'igogora biba biremereye kuburyo umubiri utabasha kuzicagagura uko bikwiye.

    Avuga ko imyunyungugu iri mumata ari myinshi bikaba bishobora kwangiza impyiko ndetse n'umwijima we, akavuga ko ibyiza ari ukumuha amata yo mubikombe mu gihe umubyeyi adashoboye gukomeza kumwonsa uko bikwiriye.

    Mu bindi, Mfiteyesu Leah avuga ko bibujijwe ku mwana utarageza ku mwaka kuko bishobora kumutera ibibazo ni ubuki n'amagi mabisi kubera za bacterie zibamo, umutobe w'imbuto kuko uba wongewemo amazi n'amasukari ndetse n'ikawa na za chocolate (shokora) kuko zibamo ikinyabutabire cya caffeine gishobora kumwongerera umuvuduko w'amaraso no kubura ibitotsi.

    Venuste Habineza/Intyoza

    Source : http://www.intyoza.com/kirazira-guha-umwana-amata-yinka-ataruzuza-nibura-umwaka-sigaho/