Category: Uncategorized

  • Urubanza rwa Munyagishari rwasubitswe kubera kutaba hamwe n’umwunganira #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Munyagishari yari yicaye mu cyumba cya gereza i Mageragere, kirimo ikoranabuhanga rituma arebana kandi yumvana n’abacamanza, ubushinjacyaha hamwe n’umwunganira, bo bari bicaye mu cyumba cy’iburanisha cy’Urukiko rw’Ubujurire ruri ku Kimihurura i Kigali.

    Umucamanza yabanje kubaza Bernard Munyagishari niba arimo kumva neza ibivugirwa mu cyumba cy’iburanisha, we avuga ko arimo kumva neza ariko ku ruhande rw’urukiko amajwi ntabwo yumvikanaga neza bigatuma bamusubirishamo.

    Umwunganizi wa Munyagishari, Me Shoshi Bizimana Jean Claude yakomeje agaragaza imbogamizi y’uko kutaba hamwe n’umukiriya we bituma kwisobanura bishobora kuzamo imbogamizi.

    Me Bizimana yagize ati “biratugora kumvikana na we, bizasaba ko we aza hano cyangwa jyewe nkamusangayo”.

    Urukiko rwamaze kwihererera rwagarutse rutangaza ko urubanza rwimuriwe ku itariki 17 Ugushyingo 2020 saa tatu za mu gitondo, kandi Munyagishari akazaba ari kumwe n’umwunganira.

    Bernard Munyagishari wayoboye MRND ku Gisenyi, aregwa guha amabwiriza urubyiruko rw’Interahamwe yo kwica Abatutsi, ndetse no kubashakira imihoro n’amagerenade byo gukora ubwo bwicanyi.

    Icyaha cyo guhohotera abagore no kubasambanya yabanje kuregwa urukiko rwakimuhanaguyeho.

    Ubwo Urukiko Rukuru rwari rumaze kumukatira igifungo cya burundu muri 2017, Munyagishari yahise ajuririra mu Rukiko rw’Ikirenga (kuko urw’ubujurire rutari rwagashyizweho), akaba yaravugaga ko yahawe abunganizi atemera kandi ko ibyaha aregwa byari bigikeneye gukorwaho iperereza.

    Nyuma yaho ariko Munyagishari yaje kubwira Ubushinjacyaha ko azaburana yemera icyaha, ubu akaba arimo gusaba kugabanyirizwa igihano.

    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/urubanza-rwa-munyagishari-rwasubitswe-kubera-kutaba-hamwe-n-umwunganira

  • Huye: Abagabo babiri barakekwaho kwambura umuturage bamuha impapuro bazita Amadolari #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nteziryayo na Mugiraneza bakekwaho gushaka guha umuturage impapuro bazise amadolari (Ifoto:RNP)
    Nteziryayo na Mugiraneza bakekwaho gushaka guha umuturage impapuro bazise amadolari (Ifoto:RNP)

    Ku rubuga rwa Polisi bavuga ko Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire, yavuze ko bariya bagabo bari bafite inoti ijana z’amadorali imwe ifite agaciro k’idorali rimwe, bayahereyeho bashaka kwambura umuturage wo mu Karere ka Huye mu Murenge wa Ngoma mu Kagari ka Butare, bamubwira ko bagiye kumuvunjira akabaha amanyarwanda yari avuye kubikuza muri banki.

    SP Kanamugire yagize ati “Bariya bagabo bari biriwe hafi y’imwe muri banki zo mu Mujyi wa Huye, babonye umuturage abikuje amafaranga y’u Rwanda menshi baramukurikira bamwumvisha ko abaha amafaranga avuye kubikuza bakamuha amadorali bafite, ubwo bamwerekaga inoti nzima z’amadorali bari bafite bakamubwira ko ari ibihumbi 20 by’amadolari ya Amerika”.

    SP Kanamugire akomeza avuga ko umuturage yumvise igiciro bashaka kumuvunjiraho yahise agira amakenga ko bashaka kumwambura, yashatse uko atanga amakuru ari na bwo bahise bafatwa.

    Ati “Bamubwiraga ko idolari rimwe barimuvunjira ku mafaranga y’u Rwanda 600 ariko bakaza kugira indi nyungu nkeya bamusigiramo. Umuturage yahise yibuka ko idolari rya Amerika rimwe ririmo kuvunjwa amanyarwanda arenga 900. Yahise agira amakenga ko bashaka kumwambura ababwira ko agiye kwitaba abayobozi be kuri telefoni naho yari agiye guhamagara Polisi”.

    Umuvugizi wa Polisi akomeza avuga ko umuturage akimara guhamagara Polisi, abapolisi bahise bahagera basanga barimo guciririkanya uko bamuvunjira, uwitwa Mugiraneza yari arimo kumuha ibahasha irimo impapuro zikase neza nk ‘amadolari ndetse inyuma y’iyo bahasha bari bometseho inoti imwe y’ijana y’amadorali ya Amarika mu rwego rwo kumwizeza ko n’imbere harimo amadorali mazima kuko bari banabanje kumwereka inoti 100 z’amadorali ya Amerika nzima.

    SP Kanamugire yashimiye uriya muturage kuba yagize impungenge akihutira gutanga amakuru bariya bagabo bagafatwa. Yasabye n’abandi baturage kujya bagira amakenga ku bantu babizeza ibitangaza kandi bakihutira gutanga amakuru mu rwego rwo gukumira icyaha kitaraba.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Ngoma kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 174 ivuga ko umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/Huye-Abagabo-babiri-barakekwaho-kwambura-umuturage-bamuha-impapuro-bazita-Amadolari

  • RRA Commissioner General Visists Businesses In Taxpayer's Appreciation Campaign #rwanda #RwOT

    'It is our mandate to listen to taxpayers and identify anything that can hinder their business growth and tax compliance more especially in this period of Covid 19,' said Rwanda Revenue Authority (RRA) Commissioner General, Bizimana Ruganintwali Pascal during his visit to Shema Power Lake Kivu Ltd on Tuesday, November 10, 2020. 

    As RRA conducts the Taxpayers Appreciation Month launched on 4th November, one of the key activities for this month is the visit to taxpayers at their premises to understand the nature of their business, discuss tax related issues if any, and take note of their recommendation to improve services delivered to them and tax procedures for a business friendly environment. 

    Ruganintwali asserted that this year, the Taxpayers Appreciation Month is celebrated under the theme 'Support Business for economic resilience' and this support starts by listening, to identify areas of weakness and provide guidance. 

    Alex Karera Kabuto, the Chief Executive Officer of Shema Power Lake Kivu welcomed RRA's support and the initiative of reaching out to taxpayers and listening, discussing and advising where necessary. 

    'The tax administration has for instance facilitated this project by exempting all our imported machinery and other raw materials. On our end, we strive to comply with tax laws and procedures and when a misunderstanding arises, they provide a team to help us to solve the issue,' said Karera.

    The execution time for SPLK is estimated to be 36 months. For the last 12 months, the project has paid around Rwf 4 billion in taxes.

    Karera states that when the project becomes operational, it will be generating an estimated Rwf 5 billion monthly income, with 56 megawatts produced regularly. 

    Taxpayers' visits started in Kigali City with BAKHRESA GRAIN MILL (AZAM), VOVA PRODUCTS (Matelas Dodoma), and SPERANZA, then extended in Eastern province when the management visited IMANA Steel.

    These visits are intended to strengthen relations between the revenue body and taxpayers and thereby improve on the level of tax compliance.  

    All activities comprised in the Taxpayers Appreciation Month will be concluded by celebrations at the National level on 20th November, 2020 at Kigali Convection Center. 

    Source : https://taarifa.rw/rra-commissioner-general-visists-businesses-in-taxpayers-appreciation-campaign/

  • Ntibisanzwe! Benshi baguye mu kanu barimo n'ababyeyi be kubona umwana wabo w' imyaka umunani yibarutse umwana #rwanda #RwOT

    Nkuko byatangajwe n'itangazamakuru ryo muri Afurika y'epfo dukesha iyi nkuru, ngo umwana w'umukobwa ufite imyaka umunani y'amavuko witwa Luleka Mzizi ukomoka muri iki gihugu (South Africa), yibarutse umwana ubwo yajyanwaga kwa muganga n'ababyeyi be batungurwa bikomeye cyane n'uku kubyara.

    Uyu mwana w'umukobwa waciye agahigo ko kwibaruka umwana muzima kandi ameze neza ku myaka ye umunani, yari amaze igihe ababyeyi be babona ari kwiyongera mu biro ndetse afite umuvuduko udasanzwe mu kubyibuha ariko ngo bakibwira ko ari uko bari kumugaburira amafunguro meza.

    Luleka yatangiye kwinubira ububabare bwo munda ndetse n'ubwo mu mugongo, bigeze nijoro ububabare butangiye kuba bwinshi, ababyeyi be bafata umwanzuro wo kumujyana kwa muganga gushaka ubufasha.
     
    Bageze mu bitaro, umukobwa yarasuzumwe niko guhabwa igitanda, nyuma ababyeyi be babwirwa uko ameze, kuva uwo munsi bamenya ko umukobwa wabo atwite kandi afite ibimenyetso byo kubyara.

    Nyuma yo kugorana kw'ababyeyi batiyumvisha uburyo umwana wabo yasamye inda, nibwo umuganga yahitaga abasanga hanze abamenyesha ko umukobwa wabo yibarutse umwana muzima kandi wuzuye.

    Nubwo uyu mwana yabyaye umwana muzima we yahise agwa muri koma amaramo igihe kitari gito.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/12/ntibisanzwe-benshi-baguye-mu-kanu-barimo-nababyeyi-be-kubona-umwana-wabo-w-imyaka-umunani-yibarutse-umwana/

  • Rwanda: United States donates more Medical Supplies to fight Covid-19 #rwanda #RwOT

    Kigali—On Thursday, November 12, the United States donated more than 200 million Rwandan francs worth of medical supplies to Rwanda to protect doctors, nurses, other medical workers, and their patients from COVID-19.  U.S. Ambassador Peter H. Vrooman led a handover of a portion of the supplies at Nyamata Hospital, delivering boxes of N95 and surgical masks, surgical and non-surgical gloves, and gumboots.

    The new protective medical supplies were funded by the U.S. Department of Defense and handed over to the USAID Ingobyi Project, which works with the Ministry of Health in Rwandan district hospitals, health centers, and at the community level.  The supplies, known collectively as Personal Protective Equipment — or PPE — are critical for Rwanda's frontline healthcare workers to stop the spread of COVID-19.  The PPE allow healthcare workers to protect themselves and their patients, including those who need routine or emergency medical care during the global COVID-19 pandemic.

    The handover event took place at the Nyamata Hospital in Bugesera district, one of eight hospitals where USAID has funded isolation units designed to treat patients with highly infectious diseases like COVID-19. 

    Ambassador Vrooman was joined at the event by the Ministry of Health's Director General of Clinical and Public Health Services, Dr. Zuberi Muvunyi, as well as Nyamata Hospital officials and representatives from USAID Ingobyi, USAID Rwanda, and the U.S. Department of Defense.

    The donation was supported by the U.S. Department of Defense's Overseas Humanitarian Disaster Assistance and Civic Aid (U.S. OHDACA) funding.  This funding is a unique humanitarian assistance program that builds Rwanda's Ministry of Heath effectiveness to prepare and respond to COVID-19.  U.S. OHDACA funding to Rwanda demonstrates and advances the strong U.S. commitment to health in Rwanda.

    Today's U.S. donation of medical supplies is part of the more than 11 billion Rwandan Francs that the United States has contributed to the COVID-19 response in Rwanda.  This support includes the construction of handwashing stations in districts across Rwanda; support for public communications to fight COVID-19; vehicles to support contact tracing; medical equipment such as 100 state-of-the-art ventilators, patient monitors, hospital beds, and intensive care units; and other medical supplies such as biohazard bags, alcohol, hand washing soap, and personal protective equipment.

    39

    The post Rwanda: United States donates more Medical Supplies to fight Covid-19 appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/11/12/rwanda-united-states-donates-more-medical-supplies-to-fight-covid-19/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rwanda-united-states-donates-more-medical-supplies-to-fight-covid-19

  • Abategetsi bo muri Tigray bategetse abaturage kwambarira urugamba bakarwanya ingabo za Ethiopia #rwanda #RwOT

    Abategetsi bo mu karere ka Tigray mu majyaruguru ya Ethiopia bategetse abaturage baho kwambarira urugamba, bababwira ko bagomba 'kwirwanaho' kubera 'ubushotoranyi bugaragara' bwa leta ya Ethiopia.

    Hakomeje kwiyongera ubwoba ko intambara ishobora gukwira muri iki gihugu cyo mu ihembe ry'Afurika.

    Mbere yaho, Minisitiri w'intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed yari yanze ubusabe bw'abategetsi ba Tigray bw'ibiganiro bigamije amahoro.

    Abantu babarirwa mu magana bamaze kwicwa mu minsi umunani ishize y'imirwano hagati y'ingabo zo muri leta ya Tigray n'iza leta ya Ethiopia.

    Hashize igihe hari ugucikamo ibice gushingiye ku moko muri Ethiopia kubera ko amoko amwe ashaka kugira ubutegetsi bwayo bwihariye akareka kugengwa na leta nkuru ifite icyicaro mu murwa mukuru Addis Abeba.

    Ishyaka Tigray People's Liberation Front (TPLF) ryigeze kumara imyaka ari ryo rikomeye cyane mu gihugu, ni ryo ritegeka akarere ka Tigray.

    Iryo shyaka rifitanye amasinde na Minisitiri w'intebe Abiy wo mu bwoko bwa ba nyamwinshi bwa Oromo kuva yagera ku butegetsi mu 2018 agasezeranya gukora amavugurura atandukanye mu gihugu.

    Mu gihe cya vuba gishize, ishyaka TPLF ryirengagije icyemezo cya leta ya Ethiopia kibuza ko haba amatora mu gihugu mu kwirinda coronavirus.

    Kubera kurenga kuri icyo cyemezo rigakoresha amatora, Bwana Abiy yavuze ko ayo matora yo muri Tigray atemewe n'amategeko.

    Ku wa gatatu w'icyumweru gishize, Bwana Abiy yategetse ko hakorwa igitero cya gisirikare nyuma yuko ikigo cy'ingabo za Ethiopia cyo mu murwa mukuru Mekelle wa Tigray cyigaruriwe n'ingabo za leta y'ako karere.

    Ishyaka Tigray People's Liberation Front (TPLF) ryatangaje ibihe bidasanzwe mu gihugu mu 'kurinda umutekano n'imibereho y'abaturage ba Tigray ndetse n'ubusugire bwabo', nkuko byatangajwe na televiziyo ya leta ya Tigray.

    Televiziyo ya leta ya Tigray yasubiyemo amagambo ya leta yo kuburira ko 'umuntu uwo ari we wese utazabikurikiza azafatirwa ingamba'.

    Abategetsi b'akarere ka Tigray banasubiyemo ibyo bashinja igihugu gituranyi cya Eritrea ko cyivanze muri iyi mirwano, ibyo leta ya Eritrea n'iya Ethiopia byahakanye.

    Abategetsi ba Ethiopia bashimangira ko urugamba rwabo ari urwo kurwanya abategetsi ba Tigray rutagambiriye abaturage ba Tigray.
    BBC

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/12/abategetsi-bo-muri-tigray-bategetse-abaturage-kwambarira-urugamba-bakarwanya-ingabo-za-ethiopia/

  • Camco Clean Energy joins Green Climate Fund's list of accredited entities #rwanda #RwOT

     

    London, 11 November 2020: Camco Clean Energy (Camco) had been approved as an accredited entity by the Green Climate Fund (GCF) at the 27th Board meeting being held this week.

    As an accredited entity, Camco can now put forward proposals to the Fund and then oversee, supervise, manage and monitor these proposals when approved.

    The GCF was set up by the United Nations Framework Convention on Climate Change (UNFCCC) in 2010 and is the world's primary mechanism for helping developing countries reduce their greenhouse gas emissions and enhance their ability to respond to climate change.

    The GCF's second replenishment has recently exceeded US$10 billion of pledges, and the Fund has already committed over US$7 billion for climate action, with accredited entities ranging from the world's largest development banks to micro organisations. According to its accreditation status, Camco will be able to propose private sector projects and programmes based in any developing country that are up to US$250 million in size and are low to medium risk.

    Commenting on the GCF Board's approval, Geoff Sinclair, Managing Director at Camco, said: 'We are delighted and proud to be welcomed as a GCF accredited entity and are committed to supporting its aim of creating a paradigm shift in climate action and driving forward the goals of the Paris Agreement.

    'It's taken two years and a lot of hard work to get to this point and this marks a huge achievement for us and I would like to thank the GCF Secretariat, Accreditation Panel and Miles Austin at Advisory 42 for working with us. Now it's time to begin work on presenting several exciting and innovative concepts notes for the GCF's consideration, all of which will support the kind of active engagement of the private sector that is critical for catalysing wide-scale climate action.'

    Camco has been providing innovative financial solutions and management services to enable renewable energy development and deploy climate finance for more than 30 years. The company is based in offices in Accra, Helsinki, Johannesburg, London and Nairobi, and has on-the-ground experience and world-leading financial expertise in originating, developing, financing and implementing renewable energy and electrification projects in developing and established markets across the world.

    Since 2015, Camco has been the investment manager of the UK Government-funded Renewable Energy Performance Platform, a £148 million fund to support the growth of small scale, distributed renewable energy in countries across Africa.

    'Being a relatively small company gives us the freedom to be fast-acting and nimble, which are important qualities for developing the small and distributed renewable energy markets in developing countries, which often falls outside the scope of many of the larger GCF-accredited entities,' added Sinclair.

    'Combined with our diverse team's experience in finance and investment, risk management, development, engineering, policy, and sustainability, we have every confidence that we will prove to be a very useful new tool in the GCF toolbox.'

    78

    The post Camco Clean Energy joins Green Climate Fund's list of accredited entities appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/11/12/camco-clean-energy-joins-green-climate-funds-list-of-accredited-entities/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=camco-clean-energy-joins-green-climate-funds-list-of-accredited-entities

  • Muhanga : Une jeunesse pour diverses carrières professionnelles : macons, electriciens, tailleurs, tanneurs #rwanda #RwOT

    Ces jeunes gens sont des jeunes hommes qui allaient nuitamment et illégalement dans les mines avec de nombreuses occasions d’accidents mortels et de jeunes filles qui étaient occupées dans les travaux d’intérieur de maison (boyesses).

    ” J’ai suivi la formation de tannerie et de cordonnerie dans un établissement professionnel conçu à notre intention pour des jeunes déscolarisés. Je suis fier d’en être finaliste et de gagner honnêtement ma vie avec ma nouvelle profession de tanneur’, a confié Emmanuel Uwimpuhwe au journal en ligne Umuseke.rw.

    Meme son de cloche pour les filles lauréates de ce Centre de formation. Elles ont de lointains souvenirs du temps où elles étaient des travailleuses de maisons, qui s’occupaient de la cuisine et des enfants de familles avec un volume horaire de plus de dix huit heures de travail pour un salaire ingrat avec, en plus, de fréquentes grossesses non désirées.

    Marie Jeanne Mutuyimana est de cette première promotion de ce centre d’information qui fabrique des souliers, des sacoches et ceinturons en cuir.
    ” J’ai eu la chance de suivre la formation de cette école. J’ai des revenus confortables à mon niveau car je suis capable de faire une épargne “, a-t-elle confié sachant gré au Syndicat des Travailleurs au Service des Droits Humains, le promoteur de ce programme de formation qui a commencé avec les carrières Electricité, Maçonnerie, Tailleur, Tannerie.

    Depuis 2013, ce Centre de Formation Professionnelle vient d’installer dans leurs carrières quelques 280 jeunes gens.

    IGIHE

    Source : https://fr.igihe.com/Muhanga-Une-jeunesse-pour-diverses-carrieres-professionnelles-macons.html

  • Shaddyboo uko abantu bamuvuga si ko ari – Platini P #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Platini P na Shaddyboo
    Platini P na Shaddyboo

    Mu minsi ishize hagaragaye amafoto ya Platini P, ari kumwe na Shaddyboo bituma abantu benshi bibaza niba nta kindi kiri hagati yabo. Platini yavuze ko ari akazi kabahuza n’umubano usanzwe.

    Ati “Shaddyboo ikiduhuza ni akazi n’izindi gahunda zitandukanye ariko nta z’urukundo zirimo nk’uko abantu babiketse kubera amafoto”.

    Platini avuga ko Shaddyboo ari umuntu mwiza, bitandukanye n
    Platini avuga ko Shaddyboo ari umuntu mwiza, bitandukanye n’abamufata ukundi

    Abajijwe ku bivugwa kuri Shaddyboo, Platini yavuze ko ibyo bavuga ntaho bihurira n’uwo ari we. Ati “Shaddyboo ni umuntu mwiza ugira ikinyabupfura, ucisha make ndetse ukunda gusabana. Abamuvuga ukundi ni uko baba batamuzi, na we ubwe ibyinshi bamuvuga ntaba abizi, yewe n’ingero bamutangaho ntazo aba azi”.

    Mu kiganiro na KT Radio yagiranye na Platini P, yari arimo asobanura indirimbo ye aherutse gushyira hanze yitwa ‘Atansiyo’. Avuga ko atari indirimbo y’ubutumwa bwihariye ahubwo ari iyo kwishimisha kurusha ibindi.

    Platini P yavuze ku ndirimbo ye
    Platini P yavuze ku ndirimbo ye ‘Antansiyo’

    Ati “Uyumvise irimo injyana ibyinitse kurusha uko wakumva ikindi, ariko mvugamo n’umusore ukunda agakabya”.

    Iyi ndirimbo yakorewe amashusho n’umusore Cedric Dric, ikorerwa i Dubai mu butayu. Mu mashusho yayo hagaragaramo umukobwa witwa Cycy.


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/shaddyboo-uko-abantu-bamuvuga-si-ko-ari-platini-p

  • AKWOS yahagurukiye gukemura amakimbirane mu miryango #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abiganjemo urubyiruko bitabira ibikorwa by
    Abiganjemo urubyiruko bitabira ibikorwa by’imikino bitegurwa na AKWOS

    Ni ibikorwa watangije kuva tariki ya 10 Ugushyingo 2020, bihuza club z’amahoro zigasangizanya uburyo zikoresha mu gukemura amakimbirane abera mu miryango ndetse n’aho batuye binyujijwe mu bihangano bitandukanye birimo indirimbo, imivugo, imbyino, amakinamico, inkuru zishushanyije, ubuhamya ndetse n’izindi mpano zitandukanye.

    Baragahoranye Alex ni umunyonzi mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu. Avuga ko yari asanzwe agirana amakimbirane n’umugore we bitewe n’ubusinzi, ariko nyuma yo gukurikirana ibiganiro bya AKWOS yiyemeje gushyira hamwe n’umugore we.

    Baragahoranye yagize ati “Biterwa n’inzoga n’ibitabi tuba twanyoye, nkanjye iyo nabisomye ndataha twaserera nkamushyiramo rumwe, gusa nkurikije ibiganiro numvise aha nsanze nihombya. Ngiye kubihagarika nite ku mugore wanjye.”

    Mu Murenge wa Nyamyumba abaturage bavuga ko ibikorwa by’amakimbirane byiyongereye kubera icyorezo cya COVID-19, aho abagabo n’abagore bagumye mu ngo badafite imirimo.

    Rwemarika Félicité, umuyobozi wa AKWOS aganira n
    Rwemarika Félicité, umuyobozi wa AKWOS aganira n’abitabira ibiganiro

    Kayiganwa Janvière uhagarariye Inama y’Igihugu y’Abagore mu Murenge wa Nyamyumba, avuga ko amakimbirane yiyongereye ashingiye ku mutungo hamwe n’andi yashinze imizi kubera ko abagore bari bamenyereye gutunga imiryango babikesheje kwambuka imipaka none bikaba byarahagaze, bagatangira gusaba abagabo.

    Ni amakimbirane agira ingaruka ku bana, mu miryango ndetse no mu rubyiruko kuko ababibona bituma batinya gushinga ingo batinya kuzahura na yo.

    Undi musore witwa Habanishaka utuye mu Murenge wa Nyamyumba ukomoka mu Karere ka Karongi avuga ko iyo abonye abafitanye amakimbirane bimutera amakenga.

    Yagize ati “Amakimbirane mu miryango agira ingaruka zitandukanye zirimo kudindiza iterambere, ariko nkatwe urubyiruko amakimbirane atuma dutinya gushaka kuko iyo ubonye umuryango ufitanye ibibazo wibaza niba nawe bitazakubaho.”

    Bamwe mu bana baganiriye na Kigali Today bavuga ko amakimbirane mu miryango agira ingaruka ku bana cyane cyane abakobwa.

    Bagaragaje uburyo amakimbirane ateza umutekano muke mu muryango
    Bagaragaje uburyo amakimbirane ateza umutekano muke mu muryango

    Hari abagize bati “Amakimbirane agira ingaruka ku bana bose, ariko umwana w’umukobwa bikarusha kuko iyo iwabo bakimbirana bimuviramo kuva mu ishuri agakora imirimo yo mu rugo harimo kurera barumuna be, kandi iyo avuye mu ishuri ahura n’ibishuko bituma aterwa inda itateganyijwe. Naho ku wiga iyo ageze mu ishuri atangira gutekereza ku bibera iwabo ntakurikire. “

    Mudoge Ezechiel ni umusaza w’imyaka 70 utuye mu mujyi wa Gisenyi. Ubwo yaganirizaga abo mu Murenge wa Nyamyumba, yavuze ko yagiranye amakimbirane n’umwana we ndetse ashaka kumwirukana mu rugo ariko ahuye n’umuryango wa AKWOS urabunga.

    Ati “Njye ndashima uyu muryango kuko washoboye kunyunga n’umwana wanjye twari dufite amakimbirane ndetse nifuza guhamagara ubuyobozi kuko yatahaga yasinze iminsi yose ndetse agateza umutekano muke mu rugo. Nageze ku Kagari numva ibiganiro bya AKWOS mbagezaho ikibazo cyanjye bemeye kuza mu rugo baratuganiriza none tubanye neza. “

    Gukemura amakimbirane no kubaka ubumwe bw’umuryango binyuze muri siporo ni bimwe mu bikorwa bya AKWOS byishimirwa n’abaturage.

    AKWOS ni umuryango nyarwanda wita guteza imbere umugore binyuze muri siporo
    AKWOS ni umuryango nyarwanda wita guteza imbere umugore binyuze muri siporo

    Kayiganwa uhagarariye Inama y’Igihugu y’Abagore mu Murenge wa Nyamyumba, avuga ko bakora siporo bafite ishyaka ryo gutsinda ku buryo n’abafite amakimbirane iyo bahuriye mu itsinda batanga gukina ngo ni uko bafitanye amakimbirane.

    Ati “Siporo iradufasha kuko iyo abantu bafitanye amakimbirane bayihuriyemo bitababuza gukomeza, niba ari ugukina umupira w’amaguru umuntu aguhaye umupira ntiwawanga ngo ni uko uwuhawe n’uwo mutumvikana ahubwo muba mufite ishyaka ryo gutsinda, ikindi iyo murangije gukina mwishimye muraganira mugashobora no kurenga ibibatanya. “

    Ubuyobozi bwa AKWOS buvuga ko butateza imbere umugore agihura n’amakimbirane mu muryango ikaba ari yo mpamvu bashyize imbere kuyakemura ndetse banakoresheje ba bagore kugira ngo barusheho kwigirira icyizere kandi banatinyuke barengere uburenganzira bwabo bakoresheje amatsinda y’amahoro mu midugudu.

    Uwitwa BANA SINZI Aurore we avuga ko uretse no kuba siporo yifashishwa nk’umuyoboro mwiza mu kubaka amahoro no gukemura amakimbirane, bifasha abagore n’abakobwa gutinyuka no kwigirira icyizere, bikabakura mu bwigunge ndetse kandi bikabarinda indwara za hato na hato bigatuma bagira ubuzima bwiza.

    Bana Sinzi Aurore umukozi wa AKWOS aganira n
    Bana Sinzi Aurore umukozi wa AKWOS aganira n’abatuye mu Murenge wa Nyamyumba

    Umuyobozi wa AKWOS, Rwemarika Félicité, avuga ko kwigisha abantu uburyo bwo gukemura amakimbirane bidahagije ahubwo bisaba ko abigishijwe bajya no mu baturage bagatanga ubutumwa bukagera kuri benshi.

    Avuga ko aho banyuze bigisha abaturage bagaragaje ko bafite ikibazo cy’ibiribwa kandi bagira ibyo babagezaho, avuga ko ikigiye gukurikiraho ari ugushakira abaturage igishoro kugira ngo bagire icyo bakora mu gihe umupaka benshi bakuragaho ibibatunga utarafungurwa.

    Umuryango AKWOS ukorera mu turere twa Kirehe, Rulindo, Musanze na Rubavu mu bikorwa byo guteza imbere abagore binyuze muri siporo hamwe no gufasha abakobwa batewe inda zitateganyijwe bagashobora gusubira mu ishuri no kubaka ubuzima aho gutereranwa n’imiryango yabo.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/akwos-yahagurukiye-gukemura-amakimbirane-mu-miryango