Category: Uncategorized

  • AFLATOXIN iteye impungenge mu buzima bw’abantu irimo gushakirwa igisubizo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urwo ruhumbu rw’ubumara rwagaragaye cyane cyane mu bigori, imyumbati n’ubunyobwa aho biteye impungenge ku buzima bw’abaturage, kuko ubwo bumara iyo bwageze mu butaka bwangiza ubuzima bw’abantu bariye ku musaruro wavuye mu butaka bwanduye.

    Ikigo RAB cyahuguye abashinzwe ubuhinzi mu turere n’imirenge yo mu turere twa Nyagatare, Gatsibo, Burera, Kayonza, Nyanza na Bugesera bagera ku 100, basobanurirwa uburyo bushya bugiye kwifashishwa mu kurwanya icyo kinyabutabire cy’ubumara cya AFLATOXIN.

    Niyoshema Alexandre, Umukozi wa RAB ushinzwe ibikorwa byo kurwanya AFLATOXIN mu Rwanda yasobanuye ububi bw’icyo kinyabutabire gikomeje kugira ingaruka zikomeye ku buzima.

    Ati “AFLATOXIN ni ikinyabutabire giterwa n’uruhumbu rw’ubumara bwangiza ubuzima bw’abantu bariye ku musaruro wasaruwe mu murima wafashwe n’icyo kinyabutabire”.

    Arongera ati “Umuntu uriye kuri wa musaruro, uretse no ku muntu itungo ririye ku biribwa byafashwe n’iyo AFLATOXIN na ryo rirafatwa”.
    Ububi bw’icyo kinyabutabire ngo ni uko cyanduza mu buryo bw’uruhererekane, urugero inkoko yariye ibiribwa byanduye, ingaruka zigera no ku muntu wariye igi cyangwa inyama z’iyo nkoko.

    Niyoshema yagarutse ku ngaruka ziterwa na AFLATOXIN ati “Nko ku muntu usanga izi ndwara tubona za kanseri y’umwijima, ukugwingira kw’abana, byose biva ku ngaruka za AFLATOXIN ndetse bikagabanya n’ubwirinzi bw’umubiri, twagiye twumva hirya no hino mu bihugu duturanye aho AFLATOXIN ikomeje kwica abantu bagiye barya ku musaruro wafashwe n’icyo kinyabutabire, nibwo natwe twagize impungenge ko AFLATOXIN yaba itwara ubuzima bwa benshi mu Rwanda ntibimenyekane.”

    Avuga ko mu mwaka wa 2012 RAB yakoze ubushakashatsi ijya mu turere tunyuranye mu Rwanda, aho bagiye bapima ibigori n’imyumbati basangamo urwo ruhumbu rurimo ubumara bw’icyo kinyabutabire, hafatwa ingamba zo kwirinda mu buryo bwa gakondo aho barushijeho gukangurira abaturage gufata neza umusaruro mu buryo bwo kuwusarura neza no kuwumisha.

    Mu mwaka wa 2019 hakozwe ubundi bushakashatsi, basanga na none icyo kinyabutabire cyugarije umusaruro, nibwo ngo hafashwe ingamba ku nkunga y’umushinga AGRA n’ibindi bigo binyuranye bifite ubuhinzi n’ubworozi mu nshingano hafatwa umwanzuro wo gukumirira icyo kinyabutabire mu butaka ahavumbuwe urukingo rwitwa AflasafeRW igizwe n’uruhumbu rwiza rurwanya uruhumbu ruterwa na AFLATOXIN.

    AFLATOXIN yibasira n
    AFLATOXIN yibasira n’ibiribwa byarengeje igihe

    Nyirahanganyamunsi Geraldine,umukozi wa RAB ushinzwe agashami ko kubungabunga no gufata neza umusaruro, yavuze ko ubwo bumara bwavumbuwe bwa AflasafeRW buje ari nk’igisubizo mu kwirinda AFLATOXIN.

    Ati “Tumaze kubona ko uruhumbu ruterwa na AFLATOXIN rukomeje wangiza imyaka bikagira ingaruka ku buzima bw’abaturage, twagerageje uruhumbu rwa AFLASAFE aho rwakorewe mu masaka atamera aterwa mu mirima mu gihe ururabo rumaze kugaragara, tubona ko uruhumbu rwa AFLASAFE rugenda rwica urwa AFLATOXIN, uruhumbu rwiza twavuga ko ari nk’urukingo aho umwana iyo avutse abanza gukingirwa kugira ngo indwara izaza izasange urukingo rwarageze mu mubiri”.

    Uwo muti wa AFLASAFE ugizwe n’uruhumbu rwaturutse mu Rwanda rwomekwa ku ntete z’amasaka adashobora kumera akaba yifashishwa mu gutunga urwo ruhumbu ndetse no kurukwirakwiza mu mirima.

    Ni uruhumbu rw’ibara ry’icyatsi rwororoka hagati y’iminsi 5 na 15, aho ayo masaka amishwa mu mirima mu gihe cy’ubuhehere mu kurwanya rwa ruhumbu rufite ubumara.

    Abitabiriye ayo mahugurwa barasanga uburyo bushya bwa AFLASAFE buje kuba igisubizo ku bahinzi.

    Abashinzwe ubuhinzi n
    Abashinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu turere no mu mirenge inyuranye hirya no hino mu gihugu bahuguwe ku bijyanye no kurwanya AFLATOXIN

    Kanani ushinzwe ubuhinzi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza ati “Aya mahugurwa ni ubwa mbere tuyakoze, ni ingenzi kuko umusaruro inganda zajyaga zanga kubera kutuzuza ubuziranenge wari mwinshi abaturage bagahomba, uburyo twari tuzi ni ubwa gakondo aho twakanguriraga abaturage kwanika neza umusaruro ariko kuba haje n’urukingo rwo mu butaka bigiye gufasha abaturage, twungutse ubumenyi burebana n’ubuzima bwacu, hari abantu benshi bajyaga bapfa bigafatwa nk’uburwayi busanzwe kandi bishwe n’ubwo bumara”.

    Uwo muyobozi avuga ko mu murenge abereye umujyanama w’ubuhinzi bajyaga bahomba toni zitari munsi y’ebyiri muri toni 100 basaruye kubera ubwo bumara bw’ikinyabutabire AFLATOXIN.

    AFLATOXIN ifata n
    AFLATOXIN ifata n’ubunyobwa

    Mugenzi we witwa Nyirangendahimana Solange wo mu Murenge wa Busasamana yagize ati “Ni byiza ko twateguriwe aya mahugurwa kugira ngo twige tekinoloji nshya yo kurwanya ubwo bumara bwa AFLATOXIN bukomeje kwangiza ubuzima bw’abaturage, natwe twiteguye kujya kwigisha abahinzi, hari ibyo twari tuzi ariko ubumenyi buriyongereye, nari nzi ko uruhumbu rwica bitinze ariko batweretse ko hari n’ubwo ruhita rwica byihuse”.

    RAB irasaba abaturage kwirinda kurya cyangwa kugaburira amatungo ibiribwa byanzwe n’inganda no kwirinda kurya ibyarengeje igihe n’ibyafashwe nabi, birimo imigati, imyumbati, ibinyampeke birimo ubunyobya, ibigori, imyumbati, amashaza, soya n’ibindi.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/aflatoxin-iteye-impungenge-mu-buzima-bw-abantu-irimo-gushakirwa-igisubizo

  • Kera kabaye! Umuhanzi Diamond agiye gukorana indirimbo n'umukobwa we Tiffah w'imyaka itanu #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Diamond Platnumz akaba ari na Perezida wa WCB, yerekeje muri studio hamwe n'umukobwa we, Princess Tiffah Dangote bagiye gukora indirimbo izasohoka vuba mu minsi iri imbere.

    Kuri uyu wa gatandatu, Platnumz yashyize ahagaragara amashusho magufi yerekana umukobwa we Tiffah ari kwitoza ku majwi ye muri studio ye iri iwe mu rugo.

    Nk'uko byatangajwe n'umuyobozi mukuru wa WCB, indirimbo ye itegerejwe ishobora kwitwa #SITAKI izinjiza Tiffah ku mugaragaro umuziki ku myaka 5. Diamond Platnumz azangiza amakuru y'indirimbo ye nshya yitezwe, kandi azita  #SITAKI.

    Yagize ati: 'Uko dutangira turangiza umwaka wa 2020 !! .. #STAKI ft Umutima wanjye, Umubiri, Amaraso & Imitsi (Nigute dushobora kugenda GUTANGIRA IBITARAMO Tutabanje guhimba imashini nshya kurugero ??? #STAKI ft My Miss World ')'

    Ntabwo ari ubwa mbere Diamond azagaragaza abagize umuryango we mu ndirimbo ze. Mu Gushyingo umwaka ushize, yerekanye mwishywa we (umukobwa wa Esma Platnumz) muri Baba Lao yakunzwe cyane.

    Uyu mwanya muri studio uje nyuma y'iminsi mike Tiffah na Nillan bageze muri Tanzaniya baje gusura se bari kumwe na nyina Zari Hassan, aho bombi (Nillan na Tiffah) bari bamaze imyaka ibiri batabona se.

    Aganira n'abanyamakuru nyuma yo kugera ku kibuga cy'indege i dar es Alam, Madamu Hassan yakomeje avuga ko yaje muri Tanzaniya gusa kugira ngo ajyane Princess Tiffah na Prince Nillan guhura na se nyuma y'imyaka 2 batabona.

    Yongeyeho ko ari igitekerezo cya cya papa w'abana cyo kuzana abana muri Tanzaniya kuko yari abakumbuye kandi akaba adashobora kujya muri Afurika y'Epfo kubareba kubera gahunda ye ihuze.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/15/kera-kabaye-umuhanzi-diamond-agiye-gukorana-indirimbo-numukobwa-we-tiffah-wimyaka-itanu/

  • Umufotozi Moses Niyonzima yambikanye impeta n’umunyamakuru Rehema Dudu #rwanda #RwOT

    Umufotozi Moses Niyonzima wakoreye ibinyamakuru bitandukanye birimo na InyaRwanda.com yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Rehema Dudu usanzwe ari umunyamakuru wa Life Radio ya ADEPR. Ni mu birori byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 14/11/2020.

    Niyonzima Moise uzwi cyane nka Moses yarushinze n’umukunzi we Muragijimana Rehema Dudu uzwi cyane nka Rehema Dudu, basezerana kubana akaramata ubuzima bwabo bwose. Mu masaha ya mu gitondo, bakoze imihango yo gusaba no gukwa, yabereye Iwacu Heza Garden i Kibagabaga, hanyuma saa saba z’amanywa basezerana imbere y’Imana mu muhango wabereye kuri ADEPR Remera.

    Umukunzi we Rehema Dudu abarizwa muri Korali y’i Gihogwe muri ADEPR. Rehema kandi azwi mu itsinda ry’abafasha umuhanzi Papi Clever uri mu bakunzwe mu muziki uhimbaza Imana. Hejuru y’ibyo ni n’umunyamakuru kuri Life Radio ya ADEPR.

    Niyonzima Moses amaze imyaka myinshi akora umwuga wo gufotora. Agikora ku InyaRwanda.com yaje mu bahanga mu gufata amafoto mu myaka itatu ishize bahembwe na Tecno Mobile kuzenguruka Umujyi wa Kigali bari muri kajugujugu, anahabwa telefoni ya Camon c9 binyuze mu irushanwa ryiswe “Capture the Beauty of Rwanda”.

    Kuri ubu Moses Niyonzima anakora mu Kigo cyitwa StoryKast gikora mu bijyanye no gufata amashusho n’amafoto. Usibye akazi ko gufotora, Niyonzima ni umuririmbyi muri Korali Elayono yo muri ADEPR Remera aho acuranga piano. Yanditse izina kubera gufotora amafoto y’ubuhanga. Yakoze mu bitangazamakuru bitandukanye birimo Isange.com na Inyarwanda.com aho yavuye ajya iku Igihe.com.

    Tariki 08/03/2020 ni bwo Niyonzima Moses na Rehema Dudu berekanywe imbere y’abakirisitu ba ADEPR Remera aho uyu musore asengera, batangira ku mugaragaro umushinga wabo w’ubukwe. Byari ibyishimo ubwo baserukaga imbere y’abakirisitu bo mu itorero ryabibarutse. Kuri ubu rero bamaze gusezerana imbere y’Imana, biyemeza kubana akaramata bakazatandukanywa n’urupfu.

    Moses na Rehema muri Werurwe 2020 ubwo batangizaga umushinga w’ubukwe bwabo

    Source: Inyarwanda.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Umufotozi-Moses-Niyonzima-yambikanye-impeta-n-umunyamakuru-Rehema-Dudu.html

  • Umugore yishe urupfu rwagashinyaguro abakobwa be babiri b' impinja avuga ko ingingo zabo zifite agaciro gakomeye #rwanda #RwOT

    Umugore w'imyaka 26 witwa Amanda Sharp-Jefferson, ukomoka i Las Vegas muri Amerika ashinjwa ibyaha bibiri by'ubwicanyi mu rupfu rw'abakobwa be babiri b'impinja aho polisi ivuga ko yabishe avuga ko ingingo zabo zifite agaciro k'amafaranga menshi.

    Nk'uko Fox 5 News dukesha iyi nkuru ibitangaza , se w'abo bakobwa uko ari babiri, Jaykwon Singleton, yasanze imirambo ya Rose w'umwaka umwe na Lily w'amezi abiri, ihekeranye mu ibase mu nzu yabo ku ya 6 Ugushyingo. Yari agarutse mu rugo avuye gusura nyirakuru mu ijoro ryakeye.

    Mu guhamagara 911 kugira ngo amenyeshe ibyabaye, Singleton yabwiye abapolisi ko yaketse ko nyina, Amanda Sharp-Jefferson, yarohamishije abo bakobwa bombi.

    Agira ati: 'Yabarohamishije… Ndumva nyina wabo yabarohamishije cyangwa ikindi kintu.' Polisi yavuze kandi ko bumvise Singleton abaza Sharp-Jefferson uko byagenze muri uko guhamagara 911.

    Nyuma yo gusanga abakobwa mu ibase, Singleton yabwiye abapolisi ko yabajije ushinjwa impamvu yarundanyije abo bakobwa, maze 'amusunika'. Ageze hafi y'aho bari bari kubareba, yabonye ko bakonje kandi batanyeganyega. Polisi yavuze kandi ko Sharp-Jefferson yavuze ku kuntu ingingo z'abakobwa zishobora kugira agaciro.

    Raporo yakiriwe na Fox 5 News igira iti: '[Sharp-Jefferson] yakomeje kumusunika kandi igihe kimwe, yagize icyo avuga ko ingingo zabo, ko zifite agaciro k'amafaranga menshi.'

    Abakobwa bemejwe ko bapfiriye ubwo inkeragutabara zahageraga, kandi Sharp-Jefferson yongeye kumvikana nanone ashimangira agaciro k'ifaranga z'ingingo z'abo bana. Yahakanye kuba nyina w'abo bana avuga ko atazi Singleton uwo ari we mu magambo yabwiye polisi nyuma yo gufatwa kwe, yongeraho ko yabaga wenyine muri iyo nzu kandi ko bamuteze umutego.

    Sharp-Jefferson yabwiye kandi abapolisi ko yasanze abahohotewe mu cyumba cye nyuma yo kubyuka muri icyo gitondo, ko umuntu ashobora kuba yarashyize imirambo yabo mu cyumba kugira ngo amugaragaze kugira  uruhare mu rupfu rwabo. Yavuze kandi ko umuntu ashobora kuba yarateze ibintu by'abana mu nzu kugira ngo 'amugerekeho urupfu rw'abo bana bombi, batari abe.'

    Abajijwe icyo yavuze ku bijyanye n'ingingo z'abakobwa zifite agaciro k'amafaranga menshi, Sharp-Jefferson yavuze ko yamenye agaciro kayo nyuma yo kubona filime aho 'abantu binjije amafaranga ku bice by'umubiri w'umuntu amaze gupfa'.

    Singleton yabwiye abapolisi ko yakundanye na Sharp-Jefferson kuva mu mwaka wa 2018 kandi nta kibazo bagiranye kugeza mu byumweru bike bishize ubwo yamushinjaga ko yamuciye inyuma 'hamwe n'umugore we w'umwuka.' Yavuze kandi ko nta kintu na kimwe yabonye giteye inkeke mbere yo kuva mu nzu agiye gusura nyirakuru mu ijoro ryabanjirije ubwo bwicanyi bubiri.

    Amakuru ya Fox 5 avuga ko inyandiko z'urukiko zerekana ko Sharp-Jefferson yangiwe irekurwa ry'agateganyo ku ngwate ku ya 7 Ugushyingo mu iburanisha ry'urukiko. Itariki ye y'urukiko yari iteganijwe ku ya 10 Ugushyingo.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/15/umugore-yishe-urupfu-rwagashinyaguro-abakobwa-be-babiri-b-impinja-avuga-ko-ingingo-zabo-zifite-agaciro-gakomeye/

  • Kaminuza zifuza ko Leta yazunganira ku giciro cya Internet #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kaminuza ziravuga ko ubu Internet irimo kuzihenda cyane
    Kaminuza ziravuga ko ubu Internet irimo kuzihenda cyane

    Ibyo biravugwa mu gihe ibyo bigo bihamya ko byakoresheje Internet nyinshi mu gihe cya Covid-19 kugira ngo abanyeshuri bakomereze amasomo yabo mu ngo hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse ko n’ubu ari ko bimeze kuko biteganya ko abanyeshuri bose batazajya bahurira ku ishuri nk’uko byari bisanzwe, mu rwego rwo kwirinda Covid-19.

    Hashize igihe gito zimwe muri kaminuza n’amashuri makuru byemerewe kongera gufungura imiryango, hakaba haratangiye kwiga abanyeshuri bari mu myaka ya nyuma, ariko n’abandi bakomeje kwigira mu rugo hifashishijwe ikoranabuhanga rya Internet.

    Ibyo ngo ni byo bituma abakuriye ayo mashuri basaba ko Internet yashyirirwaho Nkunganire kugira ngo ihenduke, nk’uko bisobanurwa na Padiri Dr Hagenimana Fabien, umuyobozi wa Kaminuza ya INES Ruhengeri.

    Agira ati “Ikibazo cya Internet kirakomeye cyane ndetse kiraturemereye haba ku ishuri ubwaryo no ku banyeshuri kuko ihenda cyane. Umunyeshuri iyo yiga mu buryo bw’ikoranabuhanga akenera Internet ariko n’ikigo kirayikenera, nkatwe muri INES Ruhengeri dutanga miliyoni enye buri kwezi twishyura Internet, ni ukuvuga hafi miliyoni 50 z’Amafaranga y’u Rwanda ku mwaka”.

    Ati “Iradufasha mu kazi kuko iba igera mu nguni zose z’ikigo ku buryo uyikeneye ahita ayibona ikamufasha ariko urumva ko ihenze cyane. Abanyeshuri bari ku ishuri basaga ibihumbi bitatu ni yo bakoresha ariko kandi n’abari iwabo bigurira iyo bakoresha kugira ngo bakurikire amasomo na bo ikabahenda, gusa turimo kugerageza ku buryo Internet dukoresha ku ishuri tuyongere abe ari yo banakoresha mu kwiga bari iwabo”.

    Kubera uko kuntu Internet ihenda, Padiri Dr Hagenimana avuga ko bibaye byiza Leta yayishyiraho Nkunganire nk’uko ibikora mu buhinzi.

    Ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyize imbaraga mu ikoranabuhanga, ni ngombwa rero ko ritugeraho tukarikoresha kandi riri ku bushobozi bwacu. Nk’uko rero Leta ishyira Nkunganire mu buhinzi, ishobora no kongera amafaranga mu ikoranabuhanga na ryo rigashyirwaho Nkunganire, bityo Internet ikatugeraho twishyuye make”.

    Umuyobozi mukuru w’Inama nkuru ishinzwe uburezi (HEC), Dr Rose Mukankomeje, na we yemeza ko igiciro cya Internet kiri hejuru, ariko kandi ko gishobora kugabanuka kuko ikoreshwa n’abantu benshi.

    Ati “Internet irahenda koko, ariko ubwo abantu benshi barimo kuyikoresha kuko nk’amashuri niba yayikoreshaga mu kazi gasanzwe akaba anayikoresha mu kwigisha azakenera nyinshi. Mu minsi ishize Minisiteri y’Uburezi yagiranye inama n’ibigo bitanga Internet, iyo nkunganire na yo iboneka kubera ko abantu bize, kongera amafaranga mu ikoranabuhanga ntekereza ko bizaba”.

    HEC itangaza ko kugeza uyu munsi kaminuza n’amashuri makuru byatangiye kwigisha biri ku kigero cya 90%, ayasigaye 10% ngo akaba ari ayataruzuza ibisabwa, ahanini bishamikiye ku mikoro kuko ngo hari ibitarabasha kugaragaza ingengo y’imari bizakoresha kuko ngo harimo n’ibifite imyenda myinshi itagomba kwisyurwa ari uko abanyeshuri bishyuye amafaranga y’ishuri.


    source https://www.kigalitoday.com/ikoranabuhanga/internet/article/kaminuza-zifuza-ko-leta-yazunganira-ku-giciro-cya-internet

  • Ikihebe gikomeye muri Al Qaeda cyishwe #rwanda #RwOT

    Abu Muhammad al-Masri, ikihebe cyari gikomeye muri Al Qaeda cyategetse ubugizi bwa nabi bujyanye no gutera ibisasu biturika kuri za Ambasade zitandukanye za Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Afurika, biravugwa ko cyarashwe n'abanya Israeli bari intumwa za US.

    Abu Muhammad al-Masr yari ku mwanya wa kabiri mu gutanga amategeko mu mutwe w'iterabwoba wa Al Qaeda ushingiye ku matwara ya gisilamu, bivugwa ko yarasiwe mu mujyi wa Tehran kiri kumwe n'umukobwa we.

    Ibinyamakuru bitandukanye bivuga ko Abdullah Ahmed Abdullah wari uzwi nka Abu Muhammad al-Masri yarashwe na ba mudahusha bari kuri moto muri Iran muri Kanama.

    Iki kihebe cyari kizwi kubera kugira uruhare mu guturitsa ambasade ya Amerika muri Kenya no muri Tanzania aho abantu barenga 224 baguye muri ibi bitero byabaye muri 1998.

    Ikinyamakuru The New York Times kivuga ko izi ntumwa z'abanya Israeli zatumwe na Amerika aribo bamishije urufaya rw'amasasu kuri iki kihebe kigahita gipfa.

    Abu Muhammad al-Masr yafatwaga nk'umusimbura wa Ayman al-Zawahiri uyoboye Al Qaeda ubu wasimbuye uwahoze ari kizigenza w'uyu mutwe w'iterabwoba, Osama Bin Laden.

    Amerika itajya iva ku izima yari imaze imyaka itari micye ihiga iki kihebe, kimwe na bigenzi bacyo, gusa byarangiye Abu Muhammad al-Masr ariwe uhasize ubuzima.

    Iki cyihebe ngo cyiciwe hamwe n'umukobwa wacyo w'imyaka 27 witwa Miriam wari umupfakazi wasizwe n'umuhungu wa Osama Bin Laden witwa Hamza Bin Laden.

    Al-Masri ngo niwe wari umutoza wa Hamza wishwe muri Nzeri umwaka ushize na US.

    Byavugwaga ko iki cyihebe cyari mu bwihisho muri Iran guhera muri 2003 ndetse ngo cyagiye kigaragara mu mihanda ya Tehran guhera 2015.

    Abu Muhammad al-Masr yishwe ubwo yari atwaye imodoka ye yo mu bwoko bwa Renault L90 mu ma saa tatu z'ijoro ryo kuwa 07 Kanama 2020, aho aba bagabo bari kuri moto bamurashe amasasu 5 bakoresheje imbunda yo mu bwoko bwa masotera 4, nuko amasasu arinjira aramwica we n'umugore we.

    Ikihebe Al-Masri cyahoze gikina umupira w'amaguru by'umwuga mu Misiri,cyari mu bantu bahigwa cyane na FBI ndetse yari yarashyizeho igihembo cya miliyoni 10 z'amadolari ku zagifata.Yaba Israel cyangwa US ntawe uremeza ko iki cyihebe cyishwe.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/15/ikihebe-gikomeye-muri-al-qaeda-cyishwe/

  • Mu mafoto : Marina yagaragaje ubuhanga buhebuje mu gitaramo cya kabiri cya 'My Talent Live Concert’ #rwanda #RwOT

    Ni ibitaramo bitegurwa na East African Promoters [EAP] ya Mushyoma Joseph wamamaye mu myidagaduro nka Boubou.

    Uyu muhanzi Marina mbere yo gutaramira Abanyarwanda, yabanje kubaganiriza ku buzima bwe muri rusange yaba ubw’umuziki cyangwa se ubundi buri hanze yawo.

    Marina ni umwana w’imfura mu bana babiri, akaba avuka mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Uburasirazuba. Ku myaka 23 irimo itatu amaze mu muziki amaze kwigarurira imitima ya benshi abinyujije mu ndirimbo nyinshi amaze gukora ziganjemo iz’urukundo.

    Mu kiganiro kigufi yagiranye n’umunyamakuru Nizeyimana Lucky wayoboye iki gitaramo yavuze ko ibikorwa bye bitera imbere ndetse bikabasha kugenda neza abifashijwemo na The Mane imufasha umunsi ku munsi.

    Yavuze ko n’ubwo abantu benshi bavuga ko bamwumvise mu ndirimbo 'Too much’ yahuriyemo n’abandi bahanzi batandukanye ariko we iyo yita ko ari nk’indirimbo ye y’ibihe byose ari iyitwa 'Marina’.

    Uyu muhanzikazi avuga ko nyuma y’umuziki aba ari mu rugo aryamye, areba film, yumva umuziki cyangwa akora indi mirimo yo mu rugo. Gusa ngo yanga gukoropa ariko agakunda guteka nabwo gake cyane.

    Muri iki gitaramo cya My Talent, yaririmbye indirimbo ze zitandukanye zirimo 'Kora, Logout, Like that, Marina, Madede n’izindi zitandukanye zafashije abantu gususurukira mu rugo.

    Mbere yo kuririmba iyitwa 'Madede’ yabanje gufata umwanya muto asuhuza abakurikiye igitaramo avuga ko yizeye ko ari benshi kandi yishimiye kubataramira. Yababwiye ko iyi ndirimbo imwibutsa ibihe bye byo hambere akiba mu cyaro ndetse n’uburyo urukundo rwaho rwabaga rumeze.

    Ni indirimbo ivuga ku musore wo mu cyaro uba yarakunze umukobwa batuye mu gace kamwe ariko agatinya kubimubwira kubera kugira ubwoba cyangwa se isoni. Umukobwa nawe aba amubwira ko yabinyuza ku nshuti ze ariko akavuga ko amukunda.

    Uyu muhanzikazi wanyuzagamo akabyina nk’uko bisanzwe bimenyerewe iyo ari ku rubyiniro, muri iki gitaramo yafashijwemo n’itsinda rya Symphony Band ryamucurangiraga rikanamufasha kuririmba.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Mu-mafoto-Marina-yagaragaje-ubuhanga-buhebuje-mu-gitaramo-cya-kabiri-cya-My-Talent-Live-Concert

  • Rúben Semedo wifuzwa na Liverpool yugarijwe n'imvune #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Liverpool n'imwe mu makipe mu bwongereza yugarijwe nimvune z' abakinnyi cyane cyane abakina nkaba myugariro, ninayo mpamvu iyi kipe iri gushaka abasimbura babo dore ko abenshi bazamara igihe kirekire hanze y' ikibuga.

    Kw'ikubitiro Liverpool nkuko tubikesha Football365, iyi kipe irifuza myugariro wa Olympiacos witwa Rúben Semedo, uyu myugariro ngo Klopp abona ari umwe mubasimbura beza ba Van Dijk na Gomez bari mu mvune.

    Ruben Semedo umwe muri ba myugariro beza Olympiacos ifite

    Rúben Afonso Borges Semedo ukinira Olympiacos yo mu gihugu cy' ubugereki ni umwe mu bayoboye ubwugarizi bw'iyi kipe, uyu musore w'imyaka 26 yageze muri iyi kipe mu mwaka wa 2019 akaba amaze kuyitsindira ibitego 5 mu mikino 51.

    Jurgen Klopp yiteguye gutanga agera kuri miliyoni 18 z'ama Pound kuri uyu musore w'umunya Portugal.

    Bamwe mu bakinnyi ba Liverpool bugarijwe n'imvune babanzamo

    Kuri ubu Liverpool ifite imvune zirenga enye z'abakinnyi basanzwe babanza mu kibuga harimo: Joe Gomez wagize imvune yo mw'ivi, Virgil Van Dijk, Fabinho, Trent Alexander Arnold, Thiago nabandi.

     

    SRC: Football365

     

    The post Rúben Semedo wifuzwa na Liverpool yugarijwe n'imvune appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2020/11/14/ruben-semedo-wifuzwa-na-liverpool-yugarijwe-nimvune/

  • Abaturarwanda barasabwa kutadohoka mu kwirinda icyorezo cya COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuva tariki ya 8 Ugushyingo 2020 mu Rwanda hongeye kuboneka abarwayi benshi, bitandukanye n’iminsi yari ishize, aho tariki ya munani habonetse abantu 9 naho tariki 9 haboneka abarwayi 20. Umubare wakomeje kwiyongera tariki ya 10 haboneka abarwayi 20 naho tariki ya 11 haboneka abarwayi 50 mu gihe tariki ya 12 habonetse abarwayi 6, naho tariki ya 13 haboneka abarwayi bashya 43 barimo 36 babonetse muri gereza ya Muhanga.

    Ni imibare y’abarwayi yagiye iboneka mu bihe bitunguranye harimo iyavuye muri gereza y’i Rwamagana na Mageragere na Muhanga, iyindi iva mu turere harimo n’Akarere ka Rubavu ahakunze kuboneka abarwayi bava mu bucuruzi bwambukiranya imipaka.

    Kigali Today ivugana na Julien Mahoro Niyingabira, umukozi ushinzwe itumanaho muri RBC, yavuze ko abantu batagomba kwirara kuri COVID-19 kuko ntaho yagiye.

    Yagize ati « Uyu munsi twari tumaze kugera ahantu heza aho imibare igabanuka ku barwayi n’abandura, ariko biratubwira ko tutagomba kwirara, haba bakeya bakirwaye bashobora kwanduza abandi nk’uko umuntu wa mbere yageze mu Rwanda tariki 14 Werurwe 2020 akanduza abandi imibare igakomeza kwiyongera kugera ku mibare myinshi twabonye. »

    Niyingabira avuga ko Abanyarwanda bagomba gukomeza kwirinda kuko baramutse batitwaye neza COVID-19 ishobora kongera ikaba icyorezo abantu bakarwara ari benshi bigasaba imbaraga mu kukirwanya.

    Avuga ko icy’ingenzi atari ukureba abarwayi basigaye ahubwo abantu bamenya uko bayirinda kuko ari indwara yandura cyane.

    Mu gihe ibikorwa byongeye gufungurwa abantu bakagenda kandi bagahura ari benshi, Niyingabira avuga ko ubushakashatsi bugaragaza neza ko kwambara neza agapfukamunwa, gukaraba kenshi intoki no gushyira intera hagati y’umuntu n’undi bishobora kurinda icyorezo.

    Ati « Kuba ibikorwa byarafunguye si byo bituma imibare yiyongera, ahubwo icyo abantu basabwa kumenya ni uko kwambara neza agapfukamunwa neza birinda, gukaraba intoki neza byica virus, kandi abantu bagasiga intera hagati yabo ndetse igihe abantu bari mu nzu bagafungura amadirishya kimwe no gukorera hanze aho gukorera mu nzu. »

    Akomeza avuga ko abantu batagomba kwirara kubera imibare yagabanutse, kuko n’iyo hasigara umuntu umwe bakomeza ingamba zo kwirinda kugira ngo icyorezo gishyirweho iherezo.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/abaturarwanda-barasabwa-kutadohoka-mu-kwirinda-icyorezo-cya-covid-19

  • COVID-19: Muri Gereza ya Muhanga habonetse abandi barwayi 30 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 32 babonetse mu bipimo 3,128 bakaba barimo uwabonetse i Kigali:1, Muhanga:30 (abapimwe muri Gereza ya Muhanga), Nyanza:1.

    Muri Gereza ya Muhanga habonetsemo abarwayi 30, mu gihe mbere yaho nabwo hari habonetsemo abandi barwayi 36.

    Kugeza kuri uyu wa Gatandatu mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,394 muri bo abamaze gukira ni 4,994 naho abakivurwa ni 358.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 42. Umuntu wa 42 wishwe na COVID-19 ku wa Gatanu tariki 13 Uguhyingo 2020 ni umugabo w’imyaka 72 y’amavuko witabye Imana ari i Rwamagana.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-muri-gereza-ya-muhanga-habonetse-abandi-barwayi-30