Category: Uncategorized

  • Perezida Trump agiye gutegeka ko zimwe mu ngabo ziri muri Iraq na Afghanistan zicyurwa #rwanda #RwOT

    Igisirikare cy'Amerika cyiteze ko Perezida Donald Trump ategeka ko abandi basirikare bakurwa muri Afghanistan no muri Iraq, nkuko abategetsi bo mu biro bikuru by'ingabo z'Amerika babibwiye ibitangazamakuru byo muri iki gihugu.

    Abo muri Afghanistan bazagabanywa bave kuri hafi 5,000 bagere ku 2,500 bitarenze hagati mu kwezi kwa mbere, nkuko abo bategetsi babivuze. Muri Iraq, bazagabanywa bave ku 3,000 bagere ku 2,500.

    Mbere, Perezida Trump yari yaravuze ko ashaka ko abasirikare 'bose' b'Amerika baba bamaze gusubira iwabo bitarenze kuri Noheli y'uyu mwaka.

    Arimo kwanga kwemera ko yatsinzwe na Joe Biden mu matora ya perezida yo ku itariki ya 3 y'uku kwezi kwa 11 uyu mwaka wa 2020.

    Ibitangazamakuru byo muri Amerika byavuze ko uko gucyura ingabo byagombye kuba byarangiye bitarenze ku itariki ya 15 y'ukwezi kwa mbere, habura iminsi ngo habe umuhango w'irahizwa rya Bwana Biden nka Perezida wa 46 w'Amerika.

    Ariko iyo gahunda yatangajwe ko Bwana Trump afite, mu buryo butamenyerewe irimo kunengwa n'umurepubulikani mugenzi we — senateri Mitch McConnell ukuriye abarepubulikani muri sena.

    Senateri McConnell yaburiye ko intagondwa 'zashimishwa' n'icyo gitekerezo. Avugira muri sena ejo ku wa mbere tariki 16 Ugushyingo 2020, uyu senateri wa leta ya Kentucky yagize ati: 'Turimo kugira uruhare ruto ariko rw'ingenzi mu kurinda umutekano w'Amerika n'inyungu z'Amerika tubirinda abakora iterabwoba bakwifuza ko ingabo zikomeye cyane zigamije ineza ku isi zizinga ibyazo zikajya iwabo. Ibyo [abakora iterabwoba] babyishimira'.

    Trump asanzwe abivugaho iki?

    Perezida Trump amaze igihe asaba ko ingabo z'Amerika zisubira iwabo ndetse yanenze ibikorwa byo kohereza ingabo z'Amerika mu mahanga avuga ko ibyo bitwara amafaranga menshi kandi nta musaruro.

    Mu mpera y'icyumweru gishize, abakuru b'igisirikare cy'Amerika babwiwe iby'uko gucyura ingabo biteganyijwe kuba, nkuko bivugwa n'abategetsi bavuganye n'ibiro ntaramakuru Associated Press.

    Harimo gutegurwa itegeko-teka ariko ntabwo rirohererezwa abakuriye ingabo, nkuko abo bategetsi bakomeje babivuga.

    Mu kwezi kwa cyenda, ibiro bikuru by'ingabo z'Amerika — Pentagon — byatangaje ko bigiye gucyura abarenga kimwe cya gatatu cy'ingabo z'Amerika muri Iraq mu gihe cy'ibyumweru — bakava hafi ku 5,200 bakagera ku 3,000.
    Icyo gihe, Jenerali Kenneth McKenzie ukuriye ingabo z'Amerika mu karere k'uburasirazuba bwo hagati yavuze ko abasigaye bazakomeza kugira inama no gufasha ingabo za Iraq 'guhumbahumba aba nyuma basigaye' bo mu mutwe w'intagondwa wiyita leta ya kisilamu (IS).

    Kuki izi ngabo zagiye muri Afghanistan na Iraq?

    Mu 2003 ni bwo urugaga rw'ingabo z'amahanga ziyobowe n'Amerika zateye Iraq zigamije guhirika uwari Perezida Saddam Hussein, zivuga ko zigiye gushakisha intwaro kirimbuzi muri Iraq, byarangiye bigaragaye ko ntazari zihari. Ingabo z'Amerika ziri muri Afghanistan guhera mu 2001.

    Urugaga rw'ingabo z'amahanga ziyobowe n'Amerika zahiritse ku butegetsi Abatalibani hashize ibyumweru habaye ibitero muri Amerika byo ku itariki ya 11 z'ukwa cyenda mu 2001, byakozwe n'umutwe wa al-Qaeda, wari ufite icyicaro muri Afghanistan.

    Abatalibani bongeye kwisuganya baba umutwe w'intagondwa, kuburyo kugeza mu 2018 wakoreraga aharenga bibiri bya gatatu by'igihugu cyose cya Afghanistan.

    Mu ntangiriro y'uyu mwaka ni bwo Amerika yatangiye gutahukana ingabo zayo izikura muri icyo gihugu, bijyanye n'amasezerano y'amahoro n'Abatalibani.

    Gucyura ingabo cyari icyo Abatalibani bari basabye muri ayo masezerano yanditse amateka, yashyizweho umukono n'Amerika n'izo ntagondwa ku itariki ya 29 y'ukwezi kwa kabiri uyu mwaka wa 2020.

    Ariko abakuru b'ingabo, barimo na Jenerali McKenzie, nkuko BBC ibitamgaza, mu gihe cyashize baburiye ko ibiganiro by'amahoro hagati y'Abatalibani n'abategetsi ba Afghanistan bishobora gukomwa mu nkokora no kuhakura ingabo z'Amerika bikozwe mu buryo buhutiweho.

    Munyaneza Theogene intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/perezida-trump-agiye-gutegeka-ko-zimwe-mu-ngabo-ziri-muri-iraq-na-afghanistan-zicyurwa/

  • Prime Minister Ngirente Presents At Concordia Africa Initiative Summit #rwanda #RwOT

    Africa's position on the global stage is becoming of paramount importance, but global efforts must be undertaken to ensure that African leadership is placed at the forefront of this progress.

    It is upon this arrangement that the Concordia Africa Initiative puts Africa in the driver's seat and brings African voices to global discussions.

    The Concordia Africa Initiative was officially launched at the 2018 Annual Summit, with addresses from two major African heads of state: President Nana Akufo-Addo of Ghana and President Paul Kagame of Rwanda. That same year, Concordia appointed two remarkable African leaders as the recipients of the 2018 Leadership Award: Her Excellency Monica Geingos, First Lady of Namibia, and Strive Masiyiwa, Founder & Executive Chairman of Econet Wireless.

    Organically cultivating a community-led initiative underscored by African stakeholders, Concordia's focus is on enhancing the scope for partnership development and exploring opportunities for innovation on the continent, while ultimately showing that African perspectives are integral to an international dialogue about the continent's future.

    On Tuesday, Rwanda's Prime Minister, the Rt. Hon. Prime Minister Dr. Edouard Ngirente delivered keynote remarks at the virtual 2020 Concordia Summit 's Africa Initiative.

    Below is an excerpt of his presentation.

    Thank you Mr. Nicholas, Co-founder and Chairman of the Board of Concordia,

    Concordia's Leadership Council,

    Concordia Members,

    Distinguished participants,

    It is a pleasure to welcome you to this second day of the 2020 Concordia Africa Initiative. I would like to extend my appreciation to the Concordia team, for partnering with Rwanda, through the Rwanda Development Board, in organising this important event.

    The impact of the COVID-19 pandemic on the global economy has been deep. No region or sector has been spared the effects of the pandemic. Rwanda, like the rest of the world, was negatively impacted by this global crisis.

    COVID-19 came at a time when Rwanda was sustaining a high economic growth rate. Rwanda's GDP increased by 9.4% in 2019. This is one of the highest growth rates not just on the continent but also globally. Despite the setback, we expect with confidence that Rwanda's economy will bounce back. Distinguished guests,

    What we have learned from the crisis is that it is important for countries like Rwanda to structure our recovery agenda around three key pillars of resilience, partnerships and innovation.

    In terms of promoting economic resilience, our primary objective was to attract more investments in the manufacturing sector. These investments not only aimed at producing products that are most needed in our domestic market, but also for export in order to reduce our existing trade deficit.

    With the pandemic, most national borders have been closed and critical global supply chains disrupted. However, this presented an unseen opportunity for Rwanda.

    We realized that many of the imported products such as Personal Protective Equipment (PPE), could actually be made in Rwanda. This was done by repurposing existing manufacturing facilities towards COVID-related products.

    We were able to produce different types of masks, face-shields as well as hand sanitizers. This clearly revealed the huge untapped opportunity in our domestic manufacturing.

    It has also paved the way to develop targeted strategic interventions. These have been key in producing quality Made in Rwanda products for both the domestic and export markets. This will no doubt lay the foundations for a stronger and more resilient development model.

    On partnerships, during COVID-19 crisis, the Government of Rwanda was able to quickly mobilise the population for a decisive and effective public health response. Citizens adhered to the health and safety measures. This was mostly due to an existing strong social trust between the Government and the citizens.

    This trust has been built over time, with a governance model under the leadership of H.E Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda, that put emphasis on accountability, inclusiveness and results-based performance.

    In the fight against the pandemic, we have also greatly benefitted from strong global partnerships such as from multilateral organisations and also from different friends of Rwanda. Through these partnerships, much needed resources were provided to fight the pandemic, support the private sector and fund much needed growth to lift the country out of the economic recession.

    The private sector has been a key partner in the response to the pandemic as well as in charting the path towards recovery. We have indeed experienced the critical importance of building a conducive business environment.

    This was evident especially with business-friendly and efficient regulations and institutions. In this regard, Rwanda was able to rapidly adapt to the new normal and continue to serve the needs of business.

    To give an example, the investments made in automating most Government services resulted in minimal disruptions for businesses seeking government services during the pandemic.

    The Government also mobilised resources towards an economic recovery plan. This plan includes a recovery fund which will lessen the negative impact on businesses, enabling them to preserve jobs and drive economic recovery.

    Building strong institutions, maintaining strong partnerships between Government and the Private Sector, as well as continuously enhancing the business environment, will remain a key priority for the Government. This will be done as we focus on attracting private investment to drive growth and economic resilience. Distinguished guests,

    There are several opportunities to invest in Rwanda, across all sectors from infrastructure, Agriculture, ICT to Finance, just to name a few. In this regard, conducive conditions were set to facilitate those who are interested to invest in Rwanda.

    As far as innovation is concerned, prior to the pandemic, Rwanda was already positioning itself as the leading innovation and technology hub in the region. Therefore, the pandemic has further pushed us to rapidly adapt and fast-track our plans to become a leading innovation hub in the region.

    We have been able to leverage on several existing technologies and rapidly scaled them up. As a result, we have seen a rapid increase in innovative technologies such as in e-commerce, cashless payment solutions, digital health, drone technology and robotics. Distinguished guests,

    As I conclude, allow me to thank the organising team of this year's Concordia Africa Initiative. As you are aware, it was supposed to take place in Rwanda but due to the pandemic, it went virtual.

    However, I strongly believe that this is the time for African countries to come together to lead discussions and initiatives such as these that boost economic transformation and development.

    It is my hope that we make the most out of these discussions in order to continue advancing partnership-driven solutions to the continent's challenges.

    Once again, I thank you for having chosen Rwanda to co-host this year's summit. I look forward to welcoming you when you visit Rwanda soon.

    Thank you so much.

    Source : https://taarifa.rw/prime-minister-ngirente-presents-at-concordia-africa-initiative-summit/

  • Rwanda For Lonely Planet Best in Travel 2021 'Wildlife Program' Award #rwanda #RwOT

    Rwanda has been given the Lonely Planet Best in Travel 2021 'Wildlife Program' Award as announced Tuesday by Global travel authority Lonely Planet.

    'Travel is a much more considerate exercise in 2021 than it has been ever before,' Lonely Planet CEO Luis Cabrera said.

    Cabrera said, 'Best in Travel 2021 reflects how travel contributes to sustainability, community and inclusivity and showcases how we can best explore the world responsibly.'

    'Best in Travel 2021 champions people, places and organizations that are making travel a force for good, all the more essential in a year when COVID-19 has disrupted and deprioritized travel, added Cabrera.

    Meanwhile, reacting to this award, Belise Kariza, Chief Tourism Officer of the Rwanda Development Board said, 'we appreciate Lonely Planet's acknowledgement of the hard work that's been done across Rwanda's tourism industry to make meaningful strides in sustainability. We know the tourism sector is resilient, and we will overcome these times as well — and will emerge even better and stronger than before.'

    She explained that towards the end of what has been a very difficult year, 'being granted with this prestigious award is truly exciting for us,' Kariza said, adding that the past few months have been trying for everyone, and the tourism industry in Rwanda and around the world has suffered greatly.

    According to Kariza, the Rwanda Development Board hopes that its efforts to keep sustainability top-of-mind might create a ripple effect in wildlife, community and environmental tourism efforts around the world.

    Reflecting the fast-changing nature of travel and tourism, Lonely Planet will release its companion features on travel themes for 2021 in January. 'We expect the pace of change to continue through 2020,' said Cabrera.

    'So, we're taking responsibility to be up-to-date with our guidance. We know travellers rely on Lonely Planet. In the new year, we'll return with more essential suggestions for travel in 2021,' Cabrera added.

    Lonely Planet boasting of a social community of over 14 million travellers is a leading travel media company and the world's number one travel guidebook brand, providing both inspiring and trustworthy information for every kind of traveller since 1973.

     

    Source : https://taarifa.rw/rwanda-for-lonely-planet-best-in-travel-2021-wildlife-program-award/

  • Uganda's Airbus Rolls Off Assembly Line, Begins Test Flights #rwanda #RwOT

    Airbus has rolled off the assembly Uganda's A330-800neo which has already taken to the skies for multiple testing before it can be handed to the East African country soon in December.

    With this as another addition to Uganda's young national carrier revived recently after three decades is expected to trigger competition among the regional airline industry.

    The aircraft will be one of the first A330-800neo aircraft to enter service, Airbus' latest A330 variant to date. Uganda has made orders for two airbuses.

    Uganda's nation carrier which launched operations in August of 2019 has been relying only on a fleet of just four Bombardier CRJ900 aircraft flying to nearby destinations including flights to Tanzania, Burundi and Kenya.

    The A330-800neo aircraft could be lined up for long haul destinations especially to Dubai, Mumbai, Guangzhou and London. The first route to launch will be Entebbe (EBB) to London Heathrow (LHR), which will begin in early 2021. Mumbai will be added as the second neo arrives in Uganda.

    According to the Uganda government, the carrier is scheduled to configure its new planes with three classes, including 20 business class, 28 premium economy and 213 economy class seats, for a total of 261.

    Last month, Airbus delivered two aircrafts with similar specifications to Kuwait. The two planes with space for 235 passengers each were flown from Airbus' production site in Toulouse, France, to Kuwait City.

    Airbus has only 10 orders of the A330-800neo variant- two orders from Uganda and Kuwait Airways holds orders for the remaining eight aircraft, and hopes to enter them into service in the near future.

    This the A330-800neo variant joins a fleet of Airbus A320, A320neo, A330-200 and Boeing 777-300ER.

    However, this A330-800 is the smaller of the two A330neo versions on offer. It performed its first flight back in November 2018 and was certified by the EASA and FAA in February this year.

    Airbus has struggled to find a decent amount of orders for it, as most airlines have so far opted for the slightly larger A330-900, which has gained a total of 318 orders as of September, compared to just 14 for the -800.

    Source : https://taarifa.rw/ugandas-airbus-rolls-off-assembly-line-begins-test-flights/

  • Joe Biden yavuze ko abandi bantu bashobora gupfa mu gihe Trump atinda kuva ku butegetsi #rwanda #RwOT

    Perezida mushya wa Amerika Joe Biden yaburiye ko 'abantu bashobora gupfa' niba ubutegetsi bwe bwiteguraga kujyaho bukomeje kubangamirwa na Donald Trump.

    Avugira muri leta ya Delaware, uyu perezida watowe yavuze ko hacyenewe guhuza ibikorwa mu rwego rwo guhangana n'iki cyorezo cya coronavirus.

    Yavuze ko 'nta gushyira mu gaciro na busa' biri mu kuba Perezida Trump yaranze kwemera ko yatsinzwe amatora, nubwo ku mpande zombi z'abarepubulikani n'abademokarate harimo abamusabye kubikora.

    Ku mbuga nkoranyambaga, Michelle Obama, umugore wa Barack Obama wahoze ari Perezida w'Amerika, yagize ati: 'Ibi si umukino'.

    Biden yabonye amajwi 306 y'intumwa zitora (electoral college) — uburyo Amerika itoramo perezida — arenza ikigero cy'amajwi 270 ubundi aba acyenewe ngo umukandida atorerwe kuba perezida.

    Nyamara ariko Bwana Trump, umurepubulikani, ku wa mbere mu gitondo yanditse kuri Twitter ati: 'Natsinze Amatora!'

    Itsinda ryari rishinzwe kwamamaza Trump ryatanze ibirego mu nkiko ryamagana uko amajwi yabazwe mu matora yo ku itariki ya 3 y'uku kwezi.

    Ikigo cya leta 'General Services Administration' (GSA) gishinzwe gutangiza ubutegetsi bwa perezida mushya, ntabwo kiremera intsinzi ya Bwana Biden na Kamala Harris watorewe kuba visi perezida.

    Ibyo bituma hari amakuru y'ingenzi ya leta badahabwa ubusanzwe ahabwa abagize ubutegetsi bwitegura kujyaho.

    Abajyanama b'uyu perezida watowe bavuze ko kuba Trump yaranze guhererekanya ubutegetsi bivuze ko itsinda rya Biden ryahejwe mu bikorwa bijyanye no guteganya uko gahunda yo gutanga urukingo rwa Covid-19 izagenda.

    Mu ijambo rye ejo ku wa mbere, avuga ku kuba ihererekanya ry'ubutegetsi ryaradindiye, Bwana Biden yagize ati: 'Hari uwaba yiyumvisha ibi? Bijyanye no kurokora ubuzima bw'abantu, mu by'ukuri, ibi ntabwo ari ugukabya'.

    Yongeyeho ati: 'Abantu benshi bashobora gupfa niba tudahuje ibikorwa'.Bwana Biden yavuze ko gutanga urukingo ari 'igikorwa cy'ingenzi cyane'.

    Yavuze ko niba itsinda rye rigombye gutegereza kugeza ku itariki ya 20 y'ukwezi kwa mbere — ubwo azaba arahizwa — ngo ribone gutangira gahunda yo gutanga urukingo, rizaba ryacyererewe 'igihe kirenga ukwezi, ukwezi n'igice'.

    Abajijwe niba azashishikariza ba guverineri ba za leta gusubizaho amategeko ya guma mu rugo, uyu perezida watowe yabererekeye icyo kibazo, ahubwo asaba abategetsi gushishikariza abaturage kwambara agapfukamunwa.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/17/joe-biden-yavuze-ko-abandi-bantu-bashobora-gupfa-mu-gihe-trump-atinda-kuva-ku-butegetsi/

  • Polisi yerekanye abakekwaho ubujura mu maduka, hamwe n’umucuruzi wa magendu (Amafoto+Video) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abagize iri tsinda bose ni urubyiruko, bakaba ari bo Kalisa Ally w’imyaka 24, Ndeze Vital w’imyaka 27, Bizimana Charles w’imyaka 28, Manzi Chritian Darius w’imyaka 28 na Rukundo Patrick w’imyaka 32.

    Aba basore bibaga kenshi mu maduka akomeye, cyane cyane ay’abantu babona ko bashobora kuba bafite amafaranga menshi. Bafashwe na Polisi mu mpera z’icyumweru gishize bafatirwa ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali, mu Murenge wa Gatenga wo mu Karere ka Kicukiro ndetse no mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo ndetse n’imodoka bakoreshaga muri ubwo bujura na yo yarafashwe.

    Umwe muri aba bakekwa, Manzi Chritian Darius, yavuze ko batangiye ubu bujura muri Gicurasi uyu mwaka, avuga ko aho yajyanye na bagenzi be kwiba ari habiri honyine i Gisenyi mu Karere ka Rubavu no mu Karere ka Huye.

    Barakekwaho gukoresha imodoka, bakazenguruka ibice binyuranye biba mu maduka
    Barakekwaho gukoresha imodoka, bakazenguruka ibice binyuranye biba mu maduka

    Ati “Iri tsinda naryinjijwemo n’uwitwa Patrick nyuma yo kuva mu bihe bya guma mu rugo. Nkigeramo nasanzemo mugenzi wanjye twari tuziranye kuko twize ku kigo kimwe cya Remera Catholique witwa Ndeze Vital. Twibye amafaranga ibihumbi 700 mu iduka ryo ku Gisenyi, twiba no mu rindi duka ryo mu Mujyi wa Huye ibihumbi 340. Aha hose twahibaga twabanje kuhagenzura tukiga n’uburyo tuzahiba”.

    Aba basore bakoreshaga iyi modoka kugira ngo ibafashe kugenda no kugera aho bashatse hose mu gihe gito. Bafashwe bamaze kwiba ahantu hatandukanye harimo mu Karere ka Kirehe ku Murindi wa Nasho bahibye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 600, muri Nzeri uyu mwaka, mu Karere ka Rubavu bahibye ibihumbi 700 mu kwezi k’Ukwakira, mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyamirambo mu Ukwakira bahibye amafaranga ibihumbi 440.

    Bibye kandi mu Karere ka Huye mu kwezi k’Ugushyingo, bahibye ibihumbi 460, mu Karere ka Nyagatare bahibye ku itariki ya 08 Ugushyingo bahiba amafaranga ibihumbi 300, kuri izi tariki kandi bibye umugore witwa Nyirangirimana Eline ucururiza mu Murenge wa Gitega, ucuruza ibikoresho byo mu rugo akaba n’umucuruzi wa serivisi za banki.

    Bamwibye amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi ijana, kuri uwo munsi banibye uwitwa Muhineza Jules ucururiza muri quartier commercial mu Karere ka Nyarugenge mu mujyi rwagati, bamwibye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 415.

    Nyirangirimana Eline wibwe n’iri tsinda, yavuze ko ku Cyumweru tariki ya 8 Ugushyingo ahagana saa saba z’amanywa, imodoka y’umukara yo mu bwoko bwa Hyundai yaje igahagarara imbere y’iduka ry’aho acururiza i Nyamirambo maze ahamagarwa n’abantu bari muri iyo modoka ngo ni aze bamubwire.

    Nyirangirimana Eline umwe mu bibwe
    Nyirangirimana Eline umwe mu bibwe

    Ati “Bampamagaye kuza ku modoka nk’aho hari ikintu bashaka kugura. Nuko bakomeza kumbaza ibibazo byinshi bijyanye n’akazi nkora ariko umwe muri bo ava mu modoka yinjira mu iduka ryanjye abandi bakomeza kumbaza, nyuma naje kumva umuntu arimo amenagura ibintu mu iduka mpita nsubirayo”.

    Yakomeje avuga ko agisubirayo yahuye na wa wundi wavuye muri iyo modoka asohoka mu iduka rye nyuma yo kumwiba amafaranga, bahuye ayafite mu ntoki.

    Ati “Nagerageje kumufata ariko andusha imbaraga ariruka arayajyana. Ndibuka imodoka bakoreshaga n’umuntu winjiye mu iduka ryanjye, nubwo atari mu bafashwe berekanwe hano”.

    Iri tsinda kuri uwo munsi kandi ni na yo mayeri bakoresheje biba Muhineza Jules, ubwo bamusangaga aho acururiza mu iduka imbere y’isoko rya Nyarugenge ibikoresho bitandukanye na serivisi za banki, ni na ko kandi ngo bagendaga bakoresha ayo mayeri aho bibye hose mu gihugu.

    Muhineza Jules umwe mu bibwe
    Muhineza Jules umwe mu bibwe

    Nsengayire Schadrack nyir’imodoka yifashishwaga n’iri tsinda mu bikorwa by’ubujura, yavuze ko imodoka ye yayikodeshaga umuntu utwara ba mukerarugendo, ngo yatunguwe no kumva ahamagawe bamubwira ko imodoka ye yafatiwe mu bikorwa by’ubujura.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko ibikorwa bigikomeje byo gufata n’abandi bagize iri tsinda.

    Yagize ati “Kuba twerekanye aba bakekwaho kuba abajura, turizera ko n’abandi bibwe muri ubwo buryo tutazi bazaza gutanga ikirego. Ariko nanone tugatanga ubutumwa bw’uko abantu nk’aba bakora ibikorwa nk’ibi bibi ntaho bafite ho kwihisha Polisi n’abaturage muri rusange”.

    Nsengayire Schadrack nyir
    Nsengayire Schadrack nyir’imodoka yifashishwaga n’iri tsinda mu bikorwa by’ubujura

    CP Kabera yongeyeho ati “Mu kwezi gushize twari hano twerekana itsinda ry’abajura ryibasiraga sitasiyo zicuruza ibikomoka kuri peteroli, uyu munsi twerekanye irindi tsinda ryibaga abacuruza serivisi zijyanye na banki n’amaduka. Ikigaragara ni uko ushobora gutegura imigambi yawe mibi ukayikora ariko amaherezo ugafatwa ugashyikirizwa ubutabera”.

    Polisi kandi yerekanuye imodoka yafatiwemo amabalo 6 ya magendu y’imyenda ya caguwa

    Nanone ku wa Mbere, Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali i Remera, yeretse itangazamakuru umugore witwa Mbabazi Esther wafatanwe imodoka ifite icyapa kiyiranga cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, CGO 7079 A/19, yafashwe ipakiye amabalo atandatu y’imyenda ya caguwa ya magendu.

    Mbabazi Esther, wafatanywe amabalo 6 y
    Mbabazi Esther, wafatanywe amabalo 6 y’imyenda ya caguwa ya magendu

    Uyu Mbabazi avuga ko iyi modoka yifashishaga mu gutwara iyi myenda ye yakuraga mu Karere ka Rubavu, yayikodeshaga amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 600 ku kwezi.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko uyu mugore yafatiwe ku Giti cy’Inyoni yinjira mu Mujyi wa Kigali mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 15 Ugushyingo, yari avuye mu Karere ka Rubavu biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    Yagize ati “Mbabazi wari utwaye iyi modoka ari na we nyir’imyenda, imodoka akoresha yari ifite ibirahuri byijimye mu rwego rwo guhisha Polisi kugira ngo batamenya ibyo ayipakiyemo, yafashwe ageze ku Giti cy’Inyoni avuye mu Karere ka Rubavu aho yari akuye iyo myenda bivugwa ko hari abandi bantu bayihageza akajya kuyihakura. Ariko uko wagerageza kubihisha kose Polisi iragenzura, upfa kuba hari ibyo ukora bitemewe, biramenyekana”.

    CP Kabera yibukije abakora ubucuruzi bwa magendu ko bakwiye kubicikaho kuko nta cyiza bibagezaho na kimwe uretse igihombo.

    Umuvugizi wa Polisi y
    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera

    Ati “Urabukora rimwe kabiri ariko ubwa gatatu uzafatwa ushyikirizwe ubutabera. Nk’uko amategeko abiteganya iyi modoka irafatirwa, imyenda na yo irafatirwa bizatezwe cyamunara kandi n’umushoferi wari uyitwaye azishyura ibihumbi bitanu by’Amadorali (5000$). Urumva ko nta nyungu yo gukora ibyaha, kuko uyu imodoka yayikodeshaga ibihumbi 600 ntabigaruje n’imyenda arayibuze, agiye no gutanga amande kandi n’uwamukodesheje imodoka na we arayibuze kuko izatezwa cyamunara”.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yashimiye abaturage batanga amakuru y’abakora ibikorwa bitemewe n’amategeko bagafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

    Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda, ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

    Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu na yo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadolari ya Amerika (US$5000).

    Amafoto: RNP

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/Polisi-yerekanye-abakekwaho-ubujura-mu-maduka-hamwe-n-umucuruzi-wa-magendu-Amafoto-Video

  • Ibikorerwa mu mazi adasanzwe y'Amashyuza ahora ashyushye biratangaje – AMAFOTO #rwanda #RwOT

    Amashyuza yo mu Murenge wa Nyakabuye ni yo azwi nk'amashyuza ya Bugarama, ahuje Imirenge ya Gitambi na Nyakabuye, ahantu hasanzwe hasurwa cyane n'abashaka kuyakoresha mu kwivura.

    Mu Karere ka Rusizi amazi y'amashyuza afatwa nk'ubukungu kubera ubukerarugendo busanzwe buhakorerwa, ariko ngo aya mazi ashobora kubyazwamo amashanyarazi.

    Abantu bava hirya no hino baje muri aya mazi, benshi bizeye ko bazayakiriramo indwara zitandukanye abandi bakazanwa n'amasengesho bizeye ko Imana yaremye amazi adasanzwe yanabakorera ibidasanzwe byananiranye. Twasuye aya mazi ahora ashyushye tuganira n'abantu batandukanye batubwira byinshi bitangaje kuri aya mazi.

    POSTED BY EMMY  KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     2 total views,  2 views today

    The post Ibikorerwa mu mazi adasanzwe y'Amashyuza ahora ashyushye biratangaje — AMAFOTO appeared first on Rwanda Paparazzi.

    Source : https://rwandapaparazzi.rw/2020/11/17/ibikorerwa-mu-mazi-adasanzwe-yamashyuza-ahora-ashyushye-biratangaje-amafoto/

  • Ingingo z’ingenzi z’impamvu yo gusaba guhinduza amazina #rwanda #RwOT

    Uwitwa IMANIRAGUHA Pacifique mwene Bayisenge Emmanuel na Mukabutare Marie Telespor, utuye mu mudugudu wa Kamonyi, Akagari ka Gahungeri umurenge wa Gitambi, Akarere ka Rusizi, intara y’Iburengerazuba wanditse asaba uburenganzira bwo guhinduza amazina asanganywe ariyo IMANIRAGUHA Pacifique akitwa IMANIRAGUHA Pascasie mu gitabo cy’irangamimerere.

    Impamvu atanga ni izina nabatijwe

    Ingingo z’ingenzi z’impamvu yo gusaba guhinduza amazina ya Imaniraguha Pascasie

    Source : https://www.imirasire.rw/?Ingingo-z-ingenzi-z-impamvu-yo-gusaba-guhinduza-amazina-36976

  • USA: Trump akomeje kwanga kurekura ubutegetsi, Biden ati “abantu bashobora gupfa” #rwanda #RwOT

    Avugira muri leta ya Delaware, uyu perezida watowe yavuze ko hacyenewe guhuza ibikorwa mu rwego rwo guhangana n’iki cyorezo cya coronavirus.

    Yavuze ko “nta gushyira mu gaciro na busa” biri mu kuba Perezida Trump yaranze kwemera ko yatsinzwe amatora, nubwo ku mpande zombi z’abarepubulikani n’abademokarate harimo abamusabye kubikora.

    Ku mbuga nkoranyambaga, Michelle Obama, umugore wa Barack Obama wahoze ari Perezida w’Amerika, yagize ati: “Ibi si umukino”.

    Biden yabonye amajwi 306 y’intumwa zitora (electoral college) – uburyo Amerika itoramo perezida – arenza ikigero cy’amajwi 270 ubundi aba acyenewe ngo umukandida atorerwe kuba perezida.

    Nyamara ariko Bwana Trump, umurepubulikani, ku wa mbere mu gitondo yanditse kuri Twitter ati: “Natsinze Amatora!”

    Itsinda ryari rishinzwe kwamamaza Trump ryatanze ibirego mu nkiko ryamagana uko amajwi yabazwe mu matora yo ku itariki ya 3 y’uku kwezi.

    Ikigo cya leta ‘General Services Administration’ (GSA) gishinzwe gutangiza ubutegetsi bwa perezida mushya, ntabwo kiremera intsinzi ya Bwana Biden na Kamala Harris watorewe kuba visi perezida.

    Ibyo bituma hari amakuru y’ingenzi ya leta badahabwa ubusanzwe ahabwa abagize ubutegetsi bwitegura kujyaho.

    Abajyanama b’uyu perezida watowe bavuze ko kuba Trump yaranze guhererekanya ubutegetsi bivuze ko itsinda rya Biden ryahejwe mu bikorwa bijyanye no guteganya uko gahunda yo gutanga urukingo rwa Covid-19 izagenda.

    Mu ijambo rye ejo ku wa mbere, avuga ku kuba ihererekanya ry’ubutegetsi ryaradindiye, Bwana Biden yagize ati: “Hari uwaba yiyumvisha ibi? Bijyanye no kurokora ubuzima bw’abantu, mu by’ukuri, ibi ntabwo ari ugukabya”.

    Yongeyeho ati: “Abantu benshi bashobora gupfa niba tudahuje ibikorwa”.

    Bwana Biden yavuze ko gutanga urukingo ari “igikorwa cy’ingenzi cyane”.

    Yavuze ko niba itsinda rye rigombye gutegereza kugeza ku itariki ya 20 y’ukwezi kwa mbere – ubwo azaba arahizwa – ngo ribone gutangira gahunda yo gutanga urukingo, rizaba ryacyererewe “igihe kirenga ukwezi, ukwezi n’igice”.

    Abajijwe niba azashishikariza ba guverineri ba za leta gusubizaho amategeko ya guma mu rugo, uyu perezida watowe yabererekeye icyo kibazo, ahubwo asaba abategetsi gushishikariza abaturage kwambara agapfukamunwa.

    Source : https://www.imirasire.rw/?USA-Trump-akomeje-kwanga-kurekura-ubutegetsi-Biden-ati-abantu-bashobora-gupfa