Category: Uncategorized

  • Polisi y’u Rwanda yakiriye imashini isenya intwaro zishaje #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wungirije muri Polisi y’u Rwanda ushinzwe abakozi n’imiyoborere DIGP/AP Juvenal Marizamunda ni we wakiriye iyo mashini, yayishyikirijwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umuryango wa RECSA, Lt. Gen Badreldin Elamin Abdelgadir. Ni umuhango wabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru tariki ya 19 Ugushyingo 2020.

    Iyi nkuru dukesha Polisi y’u Rwanda iravuga ko DIGP Marizamunda ubwo yakiraga iyo mashini yashimiye umuryango wo mu Karere ushinzwe kurwanya ikwirakwira ry’intwaro ntoya n’iziciriritse (RECSA) uburyo uyu muryango ukomeje gufasha u Rwanda mu gushyira mu bikorwa gahunda yo kurwanya ikwirakwira ry’intwaro ntoya n’izindi ntwaro.

    Yagize ati “Kutabasha kugenzura ikwirakwira ry’intwaro ntoya n’izindi ntwaro biracyari imbogamizi ikomeye ibyo bikaba byaganisha ku mutekano mukeya, kuko bitiza umurindi amakimbirane n’ibindi byaha bikorwa n’abantu bitwaje intwaro nk’ubujura, ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’iterabwoba. Ibi byose bituma hari abahatakariza ubuzima ndetse n’imitungo ikahangirikira.”

    DIGP/AP yakomeje avuga ko mu rwego rwo guhangana n’ibyo bibazo byose hakaba amahoro, umutekano n’iterambere birambye ni ngombwa ko habaho guhuriza hamwe imbaraga mu guhangana n’ibibazo. Yavuze ko kuba u Rwanda rwashyikirijwe imashini yangiza intwaro ntoya n’iziciriritse bisobanuye imikoranire myiza hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umuryango wo mu Karere k’Afurika ushinzwe kurwanya ikwirakwira ry’intwaro ntoya n’iziciriritse.

    Ati “Iyi mashini izafasha gukomeza igikorwa cyo kwangiza ziriya ntwaro kandi inafashe mu gukomeza guhagarika ikwirakwira ryazo. Bizafasha gukomeza kugenzura imikoreshereze y’intwaro no gushimangira imikoreshereze myiza y’ibiturika.”

    Lt. Gen. Badreldin Elamin Abdelgadir yashimiye Leta y’u Rwanda uburyo ikomeje gufasha umuryango wa RECSA kugira ngo ukomeze kuzuza inshingano zawo zo kurwanya ibikorwa by’ikwirakwira ry’intwaro nk’uko byemejwe n’amasezerano y’i Nairobi muri Kenya. Ingingo ya 8 y’aya masezerano isaba ibihugu binyamuryango bya RECSA gushyiraho gahunda ihamye yo gukusanya, kubika, no kwangiza intwaro ntoya n’izindi ntwaro.

    Ku bufatanye bw’umuryango RECSA, abapolisi b’u Rwanda bahugurwa ku mikoresherezwe y’imashini yangiza intwaro.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umuryango RECSA yiyemeje gukomeza gufasha ibihugu binyamuryango mu gukomeza kwimakaza umutekano mu bihugu binyamuryango mu rwego rwo gushimangira amahoro n’ituze mu Karere.

    Umuryango wo mu Karere ushinzwe kurwanya ikwirakwira ry’intwaro ntoya n’iziciriritse usanzwe ufasha Polisi y’u Rwanda mu bintu bitandukanye nko mu mutekano, amahugurwa ajyanye no gushyira ibimenyetso ku ntwaro n’amahugurwa ajyanye no kubika intwaro.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/polisi-y-u-rwanda-yakiriye-imashini-isenya-intwaro-zishaje

  • Abongerera agaciro ibikomoka ku ngurube n’inkoko bagiye gufashwa kwagurira isoko mu mahanga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi barabivuga mu gihe NIRDA iherutse gutangiza gahunda y’ipiganwa ya Open Calls aho inganda n’abikorera basabwa gutanga imishinga isaba ubufasha bwo kugura imashini zigezweho zibafasha kongera umusaruro mu bwinshi no mu bwiza.

    Abazatsinda aya marushanwa bitezweho gufasha guhanga imirimo mishya bakagira uruhare muri gahunda ya Leta yo guhanga imirimo 214,000 buri mwaka.

    NIRDA iherutse guhugura abikorera bongerera agaciro ibikomoka ku nkoko, ibikomoka ku ngurube, abakora ibiryo by’amatungo n’abongerera agaciro amabuye avamo ibikoresho by’ubwubatsi bo mu Ntara y’Uburengerazuba mu buryo bwo kubafasha.

    Ni amahugurwa afasha abayitabira gusaba ubu bufasha binyuze ku rubuga rwa NIRDA.

    Abafite imishinga y’inkoko n’ingurube bashaka gusaba ubufasha banyura ku rubuga www.nirda.gov.rw cyangwa http://opencalls.nirda.gov.rw/ aho usaba agomba kuba yariyandikishije muri RDB cyangwa muri RCA cyangwa akaba yiteguye kwiyandikisha.

    Ku bufatanye na Banki y’Igihugu itsura Amajyambere (BRD), abatsinda muri iri piganwa bafashwa kubona imashini zigezweho ku nguzanyo yishyurwa nta nyungu nta n’ingwate isabwe ngo bayihabwe.

    Hakuzimana Boniface, umuyobozi wa Kampani ibaga ingurube ikazigurisha mu Rwanda no muri DR Congo avuga ko iyi gahunda ya Open Calls ari nziza kandi izafasha inganda kubona imashini zigezweho.

    Avuga ko ku giti cye yatangiye gusaba ubu bufasha kandi yizeye ko aramutse atsinze yakongera ubwiza n’ubwinshi bw’ibyo akora.

    Ati “ Nk’ubu mfite imashini ntoya ibaga inyama, nkeneye kubona imashini nini zibaga, nkeneye icyumba gikonjesha inyama kugira ngo zitangirika cyangwa ngo zite agaciro ndetse n’uburyo bunoze bwo gutwara inyama nzigeza ku isoko.”

    Akomeza avuga ko inyama z’ingurube zifite isoko rinini mu Karere ka Rubavu kuko gafite ibagiro rimwe ndetse inyinshi zikoherezwa mu gihugu gituranyi cya DR Congo.

    Ati “ Iyi gahunda rero ni nziza cyane kuko NIRDA ishaka kudufasha kubona izi mashini kandi ku nguzanyo idasaba inyungu ndetse bakayiduha nta ngwate. Ibi bizadufasha kongera ingano n’ubwiza bw’ibyo dukora natwe tugahaza isoko dufite haba hano mu Karere no mu gihugu cy’abaturanyi.”

    Mukarurangwa Languide, umworozi w’ingurube mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu avuga ko yorora ingurube za kijyambere ariko afite inzozi zo kugira ibagiro rigezweho ndetse n’uruganda ruto rutunganya ibikomoka ku nyama.

    Ati “Dufite isoko rinini ku buryo numva korora gusa bidahagije, nari mfite inzozi zo gukora uruganda ariko amikoro akaba macye, akenshi dutinya inguzanyo za banki kuko ziba zifite inyungu yo hejuru ndetse zigasaba n’ingwate, kubona inguzanyo idasaba inyungu n’ingwate ni inkuru nziza kuri njye.”

    Abasaba ubufasha bagomba kubikora bikarangirana n’uku kwezi k’Ugushyingo nk’uko NIRDA ibitangaza.

    Mbonyinshuti Jean d’Amour, umukozi wa NIRDA ushinzwe kumenyekanisha amakuru, avuga ko ari umwanya mwiza ku bantu bafite imishinga muri ibi byiciro ariko bagorwa no kubona ingwate bajyana muri banki kandi ko utsinze aya marushanwa ahabwa ibikoresho akishyura amafaranga y’ibikoresho adasabwe inyungu.

    Mbonyinshuti avuga ko mbere yo gufasha icyiciro babanza gukora ubushakatsi bitaye ku mbogamizi n’icyuho kiri mu nganda, iyi gahunda ya Open Calls ikaba iza ije gusubiza ibyo bibazo.

    Ati “Ni gahunda y’amarushanwa, dufata inganda ziri mu ruhererekane nyongeragaciro (Value chain) runaka tukareba abafite imishinga ya mbere kandi izateza imbere ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda) no guhanga imirimo mishya.”

    Kuva muri 2018 iyi gahunda itangiye, hamaze gufashwa inganda zikora imyenda n’izenga inzoga z’ibitoki zamaze kubona imashini zigezweho.

    Inganda zikora ibikomoka ku mboga n’imbuto, izikora ibikomoka ku biti ndetse n’izikora ibikomoka ku nka na zo gahunda yo kuzifasha iri ku musozo bakaba bazahabwa imashini mu gihe cya vuba.

    Mbonyinshuti avuga ko iyi gahunda itanga umusaruro kuko mu nganda zahawe imashini zidoda imyenda yagize uruhare mu gutuma haboneka udupfukamunwa duhagije Abanyarwanda bakoresha mu guhangana n’ikwirakwira rya COVID-19.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubworozi/article/abongerera-agaciro-ibikomoka-ku-ngurube-n-inkoko-bagiye-gufashwa-kwagurira-isoko-mu-mahanga

  • Nibampa pasiporo nzajya kubana n'umukobwa wo hanze wanyihebeye_ Karasira Aimable #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Karasira Aimable wahoze ari n'umwarimu muri Kaminuza y'u Rwanda mbere y'uko yirukanwa mu mezi make ashize, yavuze ko Urwego rushinzwe abinjira n'abasohoka mu Rwanda rwamwimye pasiporo kugira ngo ajye muri Amerika gusura Umurundikazi wamwihebeye.

    Muri Kanama 2020, Karasira Aimable yirukanywe muri Kaminuza y'u Rwanda, ishami ry'Ikoranabuhanga, aho yari amaze imyaka 14 yigisha ibijyanye na mudasobwa.

    Ibaruwa yanditswe n'Umuyobozi wa Kaminuza y'u Rwanda, Prof Philip Cotton, ku wa Gatanu tariki 14 Kanama 2020, yavugaga ko azize amakosa atandukanye amaze iminsi akora ahabanye n'amategeko agenga abakozi ba Leta.

    Mu byo Karasira yirukaniwe harimo kuba yari amaze iminsi anyuza ku mbuga nkoranyambaga amagambo yateza imyivumbagatanyo muri rubanda kandi atesha agaciro urwego akorera n'inzego za Leta muri rusange.

    Yashinjwaga n'amakosa y'imyitwarire mibi arimo kudakurikiza ingamba Kaminuza iba yarashyizeho mu kunoza imyigishirize, guhabwa amahirwe yo kuzamura impamyabumenyi ye akabyanga n'ibindi.

    Karasira wavukiye mu ntara y'amajyepfo mu yahoze ari Butare mu 1977, mu mwaka wa 1980, umuryango we wimukiye mu mujyi wa Kigali, yiga amashuri ye abanza ku ishuri ribanza rya EPA rihereye ku Gitega.  Yakomereje muri Lycée de Kigali.

    Yize muri Kaminuza Nkuru y'u Rwanda ayivamo mu 1998 afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bumenyi n'Ikoranabuhanga. Icyiciro cya gatatu yagikomereje muri Suède.

    Karasira Aimable watangaje ko atabyarana n'Umunyarwandakazi yabwiye UMURYANGO TV dukesha iyi nkuru ko yishyuye ibihumbi 100 FRW ngo abone pasiporo yo kumufasha kwerekeza muri Amerika ahari umukunzi we bahuriye ku mbuga nkoranyambaga, ariko ngo yarayimwe.

    Yagize ati: 'Igitutu cyo gushaka, uwo Murundikazi niwe wari wakinshyizeho, njyewe nta kibazo mfite. Kubaho ntashaka nta kintu bimbwiye na gito igihe cyose nkiri mu Rwanda kuko banyimye pasiporo……Nimbona Pasiporo nibwo nzateganya gushaka. Igihe cyose ngifungiye mu Rwanda nanjye nta mwana nabyariramo.

    Mu kwezi gushize, Karasira Aimable yatangaje ko uyu Murundikazi ariwe wamubwiye ko amukunda ndetse amwoherereza ubutumwa bw'urukundo buri kanya.

    Yagize ati : 'Nibampa pasiporo nzajya kubana n'umukobwa wo hanze. Twarambagizanyije kuri internet, ariko ndamwizeye mbona ari we ubishyiramo ingufu cyane… Amba hafi rwose arakomeje, noneho kubera ko abo mu Rwanda ntawumvugisha, urumva ni ugufatirana uri kwemera.'

    Yakomeje agira ati: Turaganira ariko duhuje byinshi, ibyo numva ntazi ndabimubwira akanyunganira… Antesha umwanya buri gihe aba ambwira utugambo twinshi buri kanya buri kanya, kandi ari muri Amerika, noneho natekereza ko baba bafite ibindi bakora ariko buri gihe nimugoroba, buri gitondo kuburyo telefone ye yirirwa impamagara waramutse ute?  Amakuru yawe ?… Ngahita mvuga nti uyu muntu anshyizeho umutima kabisa.'

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/21/nibampa-pasiporo-nzajya-kubana-numukobwa-wo-hanze-wanyihebeye_-karasira-aimable/

  • Rwandan Fintech Firm, ESICIA LTD, Receives International Certification #rwanda #RwOT

    0Shares
    0

    ESICIA LTD has announced that it has achieved payment card industry data security standard (PCI DSS) compliance certification, the most thorough and stringent global security standards in the payment card industry, for its KPAY platform. 

    This certification is for merchants using Internet-connected payment application systems.

    It's the first Fintech firm in Rwanda to receive the certification.

    It  is one of the most rigorous classifications, even stronger than the classification for merchants with e-commerce payment systems.

    It includes over 150 security requirements, covering configuration and operations of the physical space, networks, data, operating systems, applications, anti-virus, logging, monitoring, auditing, credentials, and management of incidents, changes and patches.

    Additionally it includes robust security awareness training and regular vulnerability scanning.

    ESICIA LTD CEO, Innocent KANEZA told Taarifa that with the evolution of technology, systems have become more vulnerable to external security threats.

    Hence protecting sensitive information becomes crucial to business growth and ensuring customer trust.  

    'Our customers can continue to use ESICIA's KPAY platform and achieve effortless payment services knowing that their sensitive client data is secure,' Kaneza said. 

    ESICIA LTD is a Rwandan company with vast experience in the area of Fintech, Telecom, banking and system integration, developing state of art products.

     

    0Shares
    0

    The post Rwandan Fintech Firm, ESICIA LTD, Receives International Certification appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/rwandan-fintech-firm-esicia-ltd-receives-international-certification/

  • Natwe twese byaranze ! The Ben yaba ageze aharindimuka ? #rwanda #RwOT

    Hari umuhanzi hano uherutse guterura ati 'Natwe twese byaranze, twese twese byaranze ! Inshuti yanjye twarimo tumenaho abiri mu minsi ishize irambwira iti 'ubanza na The Ben bimaze kwanga ahubwo ndabona hakanewe ubukangurambaga bugamije kumurokora kuko arimo kugana aharindimuka’

    Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, umwe mu bazaba bitwa abanyabigwi mu muziki w’u Rwanda mu bihe biri imbere ari kugana aharindimuka kuko hari igikuba cyacitse ahubwo abakunzi b’ibihangano bye bakomeje kumwibazaho byinshi.

    Uyu The Ben yakoze indirimbo ibinyacumi n’ibinyacumi ndetse zigakundwa ku rwego ruri hejuru y’undi muhanzi uwo ariwe wese hano mu Rwanda kugeza ubwo yari asigaye yarasize bagenzi be bo mu Rwanda.

    Muri iyi nkuru ntabwo turagereranya The Ben n’undi muhanzi uwo ariwe wese gusa aho biba ngombwa ko twifashisha ingero zifatika birakorwa ntawe turaba tugamije gutunga urutoki cyangwa kwibasira.

    The Ben wavukiye i Kampala ku wa 9 Mutarama 1988, kuri ubu afatwa nk’umwe mu bahanzi bahagarariye neza u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga nk’uko bigaragazwa n’ibikorwa amaze gukora.

    Akagurutse ntikamenya iyo bweze….

    Mu 2008, niwo uyu musore yatangiye umuziki mu buryo bw’umwuga ndetse ntiyatinze kwigarurira imitima y’abanyarwanda abikesha indirimbo zirimo Amahirwe ya nyuma’, 'Rahira’, 'Ese nibyo’, 'Amaso ku maso’, 'Uzaba uza n’izindi nyinshi zabyinywe izindi zigacurangwa biratinda.

    Kugira ngo wumve neza urukundo abanyarwanda bari bamufitiye, mu mwaka ukurikiyeho wa 2009, yateguye igitaramo cye cyo kumurika album ya mbere y’indirimbo 12 yise 'Amahirwe ya mbere’ cyabaye ku wa 1 Kanama ariko kubera umuvundo w’abafana benshi bari bakitabiriye cyaje gufungwa n’inzego z’umutekano kitarangiye.

    Uko gukundwa ntabwo byahagarariye aho kuko indirimbo ze zacuranzwe n’abari imbere mu gihugu ndetse zitangira kurenga imipaka zihereye ku Barundi, Abanyarwanda baba mu mahanga ndetse n’abo mu bindi bihugu baba abumva ikinyarwanda n’abatacyumva ariko baryoherwaga n’injyana y’uyu musore yabaga yacuzwe n’abarimo Lick Lick.

    Byaje gushimangirwa n’igitaramo uyu muhanzi yatumiwemo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa 4 Nyakanga 2010, cyari cyiswe 'Urugwiro Conference’ yari yajyanyemo na mugenzi we Meddy, nyuma kirangiye bahitamo kwigumira iyo.

    Icyo gihe The Ben wari umwe nibura mu bahanzi batanu bakunzwe mu Rwanda, yageze muri Amerika akomeza gukora umuziki dore ko yahasanzwe abatunganya umuziki barimo na Lick Lick waje kwerekezayo mu myaka yakurikiyeho.

    Ubwo yari muri Amerika yakomeje gukora indirimbo kandi nziza zakunzwe n’abari I Kigali, muri izo twavuga 'Habibi’, 'Ko nahindutse’, ‘Nzakubona’, 'I’m in love’ n’izindi.

    Nyuma y’imyaka igera kuri irindwi, abanyarwanda bakunda umuziki wa The Ben ndetse ibibazo ku nkoranyambaga ari byinshi bamubaza igihe azazira mu Rwanda, yarashyize arahagera aho ku wa 1 Mutarama 2017, yabataramiye mu gitaramo cya East African Party.

    Nubwo The Ben yari yagitumiwemo nk’umuhanzi mukuru ariko ndagira ngo wumve neza uburemere bw’icyo gitaramo, birasaba kukwibutsa ko mu mwaka wabanjirije uwo cyari cyatumiwemo umunye Jamaica rurangiranwa 'Konshens’.

    Ikindi kirakwereka urwego The Ben yari ariho icyo gihe ni uko yaje mu Rwanda aturutse i Kampala muri Uganda mu bindi bikorwa bya muzika agera i Kigali ku wa 24 Ukuboza 2017 maze yakirwa n’imbaga y’abakunzi be n’itangazamakuru.

    The Ben akibona ubwinshi bw’abafana be n’abo mu muryango we baje kumwakira, kwihangana byaramunaniye asuka amarira. Bamwe mu bagize umuryango we bari baje kumwakira bafashwe n’ikiniga ku bw’ibyishimo byari byabarenze.

    Uyu muhanzi kandi niwe muhanzi uheruka gutumirwa nk’umuhanzi mukuru muri East African Party yabaye ku wa 1 Mutarama 2020 n’ubwo kuri iyi nshuro yasanze zarahinduye imirishyo dore ko abarimo Bruce Melodie na Bushali bamukomye mu nkokora ku buryo bugaragara.

    Uburyo yishimiwe muri iki gitaramo bitandukanye cyane n’uko byagenze mu cyabanje mu myaka ibiri yari ishize cyane ko iki yasanze abanyarwanda bafite abahanzi bakunze cyane barimo Bruce Melodie ndetse na Bushali wari ugezweho icyo gihe mu njyana ya 'Kinyatrap’.

    Igihe cyo kwaka no kuzima ?

    Muri iyi minsi ubwo nariho ndeba ku mbuga nkoranyambaga nahuye n’uwanditse kuri Twitter asa n’utabariza The Ben avuga ko ibintu bimaze kudogera.

    Yari abihereye ku ndirimbo yitwa 'Umutoso’ uyu muhanzi yakoranye n’umuraperi Muchoma, indirimbo itarakiriwe neza n’abazi urwego rwa The Ben. Si iyi gusa hari n’iyitwa 'For real’ yakoranye na Igor Mabano.

    Uretse iyi ndirimbo kandi The Ben yaherukaga kugaragara mu ndirimbo ya Zizou Alpacino yitwa 'Ngufite ku mutima’ ari kumwe na Bushali, iyi yageze kuri YouTube ku wa 15 Nyakanga 2020, kuri ubu imaze kurebwa n’abagera ku bihumbi 246.

    Nyuma y’iyo ndirimbo yagaragaye mu yitwa 'Can’t get enough’ ari kumwe n’umuhanzi uri mu bagezweho muri Kenya, Otile Brown. Yo imaze kurebwa n’abagera kuri miliyoni 2.5 kuva ku wa 29 Ugushyingo 2019.

    Indirimbo eshatu The Ben aheruka gukora wenyine harimo iyitwa 'Kola’ yagiye ku rukuta rwe rwa YouTube ku wa 23 Kanama 2020, ikaba imaze kurebwa n’abagera ku bihumbi 230, yabanjirijwe n’iyitwa Suko yagiye hanze ku wa 30 Ukuboza 2019, imaze kurebwa n’abagera ku bihumbi 446.

    Yaherukaga gukora indi kandi yagiye kuri YouTube ye ku wa 15 Kanama 2019, yarebwe n’abagera kuri miliyoni 3.2. iyi niyo yonyine ikoze mu buryo bw’amajwi n’amashusho.

    Abakurikiranira hafi ibya muzika bakomeje kugaragaza ko urwego The Ben yari agezeho ndetse n’urwo abanyarwanda bamwifuzagaho atari urwo gukora indirimbo ishobora kumara amasaha 24 kuri YouTube imaze kurebwa n’abantu ibihumbi 20 mu gihe hari ingero za hafi nk’indirimbo iheruka ya Bruce Melodie yarebwe n’abantu ibihumbi 128 muri icyo gihe.

    Kuba The Ben muri iyi minsi ari gukora indirimbo ntizigere ku mitima ya benshi nk’uko byahoze, bamwe babifata nko kuba uyu muhanzi ari gusubira inyuma mu gihe abahanzi bari bari inyuma ye bakomeje kubona urubuga rwo kuzamuka bagera ku gasongero.

    Uyu muhanzi kuri ubu ubarizwa I Kigali kuva mu mwaka ushize, asigaye agaragara ku mbuga nkoranyambaga ashyiraho amafoto ya bimwe mu bigo ari kwamamariza ndetse n’ayo ari kumwe n’umukobwa witwa Uwicyeza Pamella bivugwa ko bari mu rukundo rw’ibanga.

    Amakuru yizewe agera ku UKWEZI avuga ko uyu The Ben aho atuye abana mu nzu na Pamella ndetse aba bombi baherutse kwerekanwa mu miryango nk’uko byagiye bigaragazwa n’amafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga.

    Uyu musore wari umaze iminsi yiyita Tiger B, kuri ubu hari abakoresha imbuga nkoranyambaga basanga ari kugana aharindimuka bagendeye ku rwego asigaye ariho rutandukanye n’umwe bazi wo muri za 'Binkolera’, wari watangiye imishinga n’abahanzi barimo Souti Sol, Diamond Platnumz n’abandi.

    The Ben aherutse kwandika ku mbuga nkoranyambaga ze ngo 'Buri igihe hari igihe cyo gukora igikwiye’, ibi wabiheraho uvuga ko buri gihe kigira icyacyo nk’uko habaho igihe cyo kwaka no kuzima. The Ben yagize ibihe byiza mu muzika w’u Rwanda n’ubwo bisa nk’aho biri guhinduka

    The Ben asigaye avugwa mu rukundo rw’ibanga na Miss Pamella The Ben wari usigaye yiyita TigerB

    Indirimbo ‘Umutoso’ The Ben aheruka kugaragaramo

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Natwe-twese-byaranze-The-Ben-yaba-ageze-aharindimuka

  • Museveni yaburiye abashaka kuzana umwuka mubi bateza umutekano muke #rwanda #RwOT

    Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni yaburiye abashaka guteza umutekano muke mu gihugu, ababwira ko Uganda ari igihugu gitekanye bityo ushaka gukurura amahane ku barwanashyaka ba NRM bari kwinjira mu kibuga aho abo ari inararibonye.

    Ubwo yiyamamazaga kuwa 20 Ugushyingo muri Moroto, Museveni yavuze ko adashobora kwemerera abashaka guhungabanya Uganda.

    Ati ' Uganda iratekanye ntabwo NRM izemerera abashaka kuzana akaduruvayo ngo bakore ibyo bashaka. Ku bari kwibasira abashyigikiye NRM, muraza gutakaza umurava. Murikwinjira mu kibuga turimo kandi turi inararibonye.'

    Kuva ukwiyamamaza kw'abashaka kuyobora Uganda kwatangira, abarenga 20 bamaze kugwa mu gukozanyaho na polisi.

    Ibi perezida Museveni avuga ko hari abari hanze ya Uganda babyihishe inyuma harimo n'abadashaka ko amatora aba. Avuga ko barushywa n'ubusa kandi ko azaba nta kabuza.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/21/museveni-yaburiye-abashaka-kuzana-umwuka-mubi-bateza-umutekano-muke/

  • Rwanda encourages more U.S, EU Investments as Private sector strives to recover from COVID 19 impacts #rwanda #RwOT

    By Ange de la Victoire DUSABEMUNGU

    The European Union and the US Embassy in Rwanda have pledged to sustain cooperation with the Government of Rwanda in continuing to promote investment while the country continues to deal with the impact of COVID 19 on economic growth as well as the investment and trade sectors.

    The talks on cooperation between the two partners and the Government of Rwanda were held at the European Business Chamber (EBCR) and American Chamber in Rwanda (AmCham) Webinar with the Chief Executive Officer of  Rwanda Development Board Clare Akamanzi who highlighted how the Government of Rwanda managed the complicated times of COVID 19 and how the recovery programs will need joint effort as the country's economic growth has hardly hit by the pandemic despite positive hopes in the recovery.

    The webinar was attended by Board members for the EU and the American Chambers of Commerce, the EU Ambassador to Rwanda, the US Ambassador to the Rwanda as well as Claire Akamanzi, the CEO of the RDB and 'others.

    In the course of the webinar, the EU Ambassador Nicola Bellomo commends the Government of Rwanda's efforts to combat COVID 19 and the Establishment of the Economic Recovery Fund, which was created to address the impact of the epidemic on the economy and especially on the Private sector.

    Ambassador Bellomo also commends the government and the people of Rwanda for the effective and timely response to COVID 19 adding that 'We as European Union, we are strongly supporting thanks to what we call the team Europe approach the government of Rwanda in the response to this crisis.'

    He added that 'On the social economic response, we also particularly welcome the establishment of the economic recovery fund' while at the same time both partners might also identify through the crises some unseen opportunities with a shared interest in supporting the government of Rwanda in laying the foundation for a stronger and more resilient economic development model.

    On the U.S support, Ambassador Peter Vrooman said that since the beginning of COVID, the United States has been helping Rwanda cope with the epidemic through a variety of recovery support, including in health, the private sector and also contribution to the Recovery Fund.

    Claire Akamanzi comment on the existing measures to promote investment in Rwanda in the face of the global economic crisis, says that the Rwandan government has revised its investment code including facilitating investors through various incentives and this gives hope that the Rwanda's economy will return to normal.

    Madam Akamanzi explains that the new investment code is going to be very catalytic in attracting more investments in Rwanda and the reason for that is that 'we've created an investment code that is very pragmatic and also very much aligned with our performance.'

    She says 'We have new sectors that we are giving incentives like financial services because of the international financial Centre that we're putting in place.'

    Recently, the cabinet meeting led by President Paul Kagame has approved the composition of IFC (International financial Corporation) which is tasked to provide a wide range of investment and advisory services that help businesses and entrepreneurs meet the challenges they face in the marketplace.

    Claire Akamanzi added that this is part of supporting innovation by coming up with seed capital fund in the investments sector.

    'We are also incentivizing industrial park development because it has been a very good source of manufacturing I think if you read the investment code at the draft investment code you see exactly where what to expect to be in terms of economic priorities, because those have been very specifically located incentives.' She noted

    'I am also really excited that we're increasingly seeing companies coming to set up their headquarters in Rwanda, or their regional offices and we've catered for their needs.' Akamanzi told the Webinar

    She commends philanthropic organizations that are looking at Africa and looking for regional offices in Africa.

    Clare Akamanzi also expressed gratitudes to all the chambers (EU and American) and assuring them that RDB is ready to continue to help all investors through various departments including one that has access to information on Investment in Rwanda.

    She says that the US and the European region geographies remained very important sources for investment in Rwanda.

    'So, we're very happy to see that this platform is an added platform for engagement, but on the recovery fund, obviously, first of all, and the whole recovery of our economy.' She noted

    'This year is going to be something that we are learning about as we go on and many of you have followed the economy performance over the last year's 2019 for me was probably the best year you know in our achievements, the economy grew at 9.4% one of the highest in a while our investments reached a record $2.4 billion of investment deals that we registered in Rwanda development Board.

    'We had the biggest growth of tourism at $ 490 million dollars in 2019 and so 2020 for us we started very excited thinking it's going to be a sustained high performance on the economy on tourism and investment and then of course COVID 19 happened and the picture is not as we had expected in January of this year, we expect the economy to contract by point 2% that's the latest projection from IMF' Akamanzi explains.

    The contractions on the economy will happen because of the tough decisions that the government had to take in order to contain COVID 19 which was important.

    'And so, we've seen that the tough decisions that slowed down the economy helped manage better COVID 19 and we're very encouraged when we see how Rwanda is being viewed by the rest of the world in terms of the pandemic control.

    COVID 19 has had a detrimental effect on the country's economy where it has slowed down the existing economy and hit most the private sector and tourism while they are the cornerstone of Rwanda's economy.

    Such discussions are hopefully to play a role in reminding investors that Rwanda is still the best place to bring investment as a fresh and growing market destination.

    175

    The post Rwanda encourages more U.S, EU Investments as Private sector strives to recover from COVID 19 impacts appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/11/21/rwanda-encourages-more-u-s-eu-investments-as-private-sector-strives-to-recover-from-covid-19-impacts/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rwanda-encourages-more-u-s-eu-investments-as-private-sector-strives-to-recover-from-covid-19-impacts