Category: Uncategorized

  • AMAFOTO: Gorilla FC yegukanye igikombe cya shampiyona, Etoile del’Est inyagira Visison itwara umwanya wa 3 #rwanda #RwOT

    Gorilla FC yegukanye igikombe cy’icyiciro cya kabiri mu bagabo nyuma yo gutsinda Rutsiro FC ku mukino wa nyuma 2-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro.

    Umukino wa nyuma w’icyiciro cya kabiri ukaba wabanjirijwe n’uw’umwanya wa Gatatu aho Etoile del’Est yakinnye na Vision.

    Etoile del’Est yaje kwegukana umwanya wa 3 nyuma yo gutsinda Vision ibitego 3-0.

    Igitego cya Amini Muzerwa ku munota wa 26, Habineza Viateur ku munota wa 37 ndetse n’icya Iraguha Hadji mu gice cya kabiri nibyo byahesheje iyi kipe umwanya wa 3.

    Hahise hakurikiraho umukino wa nyuma wahuje Rutsiro FC yasezereye Vision muri 1/2 na Gorilla yasezereye Etoile del’Est.

    Gorilla FC yatangiye umukino ubona ko irusha cyane Rutsiro, ibi byaje kuyiha ibitego hakiri kare ku munota wa 12 na 29 byose byatsinzwe na Sindambiwe Protais.

    Igice cya mbere cyaje kurangira nta zindi mpinduka zibaye.

    Mu gice cya kabiri, Olivier Nshimiyumuremyi yaboneye Rutsiro igitego kimwe umukino urangira urangira ari 2-1.

    Gorilla FC ikaba ari yo yegukanye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya kabiri ku mwaka wayo wa mbere yari igikinnye.

    Perezida wa Gorilla FC, Hadji yari yabukereye

    Igikombe Gorilla yegukanye

    Sindambiwe Protais yahesheje Gorilla igikombe ayitsindira ibitego 2

    Nizeyimana Jean Claude ‘Rutsiro’ wavuye muri Kiyovu Sports ni imwe mu bagoye Rutsiro FC

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/amafoto-gorilla-fc-yegukanye-igikombe-cya-shampiyona-etoile-del-est-inyagira-visison-itwara-umwanya-wa-3

  • Perezida Kagame yitabiriye inama yize ku guhangana na COVID-19 no kongera kuzahura ubukungu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame na we witabiriye iyi nama yifashishije ikoranabuhanga yavuze ko ubufatanye bw’ibihugu bukwiriye gushyirwamo ingufu mu rwego rwo guhangana n’iki cyorezo ndetse no kugitsinda, dore ko cyazahaje ubukungu bw’ibihugu byinshi.

    Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bitabiriye iyi nama y’ibihugu bigize ihuriro rya G20 ry’ibihugu bikize ku isi, Perezida Kagame yavuze ko urukingo rwa Covid-19 rutegerejwe ari igisubizo cy’iki cyorezo.

    Perezida Kagame yavuze ko ibihugu bigize umuryango mpuzamahanga bikwiye gukorera hamwe mu guhangana n’iki cyorezo no kukirandura burundu, hashakishwa urukingo rwacyo.

    Yavuze ko kandi ibihugu bikwiye gushaira hamwe uburyo bwo kongera kugira umurongo uhamye ujyanye no gutera inkunga kuzamuka k’ubukungu bw’isi.

    Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yashimiye ibihugu bigize umuryango wa G20 w’ibihugu bikize ku isi kubera uruhare byagaragaje mu gutanga inkunga yo kurwanya icyorezo cya COVID-19.

    Yavuze ko kandi inking ziri mu igeragezwa zitanga icyizere ko iki cyorezo kizarangira vuba abantu bagasubira mu buzima busanzwe mu mwaka wa 2021.

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/perezida-kagame-yitabiriye-inama-yize-ku-guhangana-na-covid-19-no-kongera-kuzahura-ubukungu

  • Nshuti Appolinaire yasohoye indirimbo ‘Wewe ni Bwana’ ihumuriza abatewe ubwoba n’ubuzima bwa nyuma ya ‘Guma mu rugo’-VIDEO – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT

    Nyuma y’amezi abiri asohoye indirimbo yise ‘Amashimwe’, kuri ubu umuramyi Nshuti Appolinaire, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise ‘Wewe ni Bwana’ yanditse ahumuriza abantu bihebye bafite ubwoba bw’ubuzima bwa nyuma ya ‘Guma mu rugo’, ababwira ko n’ubwo babona bigoye ariko Imana iri kumwe nabo kandi ko itazabatererana.

    Source : https://rss.app/articles/cb4e791f267872da1d4d595068d7bb8f0a50132e1270bbefc9f7950fcad73796b246f413379b862db7fb772c9f5450cf398b39b88047665dda789a3bde8b1f21cae831bbe7ea2de0e7c33aa03bec67018b794d1f5202fcbea1d16254dcc0bfb8db819885145a8b09c2de7f679f692c28d8944782851ce0c47263ed9f21cb83cd61b9bdd19b9c2b36ceec

  • Rubavu: Agahinda kenshi kuri Nizeyimana wakize uburwayi bwo mutwe agasanga baramutwaye umukunzi we wamutegereje imyaka 11 – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT

    Nizeyimana Pierre Celestin ni umusore wo mu Murenge wa Cyanzarwe ho mu karere ka Rubavu wamaze imyaka igera kuri 11 arwaye uburwayi bwo mu mutwe nyuma aza gukira. Mu gikorwa cyo kumusura cyakozwe n'inshuti n'abavandimwe, Nizeyimana yaratunguranye agaragaza uwo yari yarihebeye mbere yo y'uburwayi ndetse anagaragaza ko akimukunda.

    Source : https://rss.app/articles/cb4e791f267872da1d4d595068d7bb8f0a50132e1270bbefc9f7950fcad73796b247f7132b9d8c39b5e7772c884557ca3e8139fc99472557d362d838c4801321cdef2fb7ecea2de3e68f60b22de2231587795a0a461eeaf2b1d03a5bdeddfbafcfd88e82584f891fd4926462892b2c28879b5f958411e8d07663fa85358d83cd61b9bdd0989c2b36ceec

  • Urukingo rwa COVID-19 rugeze he? (menya uko rukorwa) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kugira ngo urukingo rwa covid-19 bimenyekane ko rufite ubwirinzi buhagajije, abashakashatsi bakora igerageza ku bantu benshi, bamwe bagahabwa umuti urimo urukingo abandi bagahabwa urutarimo umuti, bose bagakurikiranwa kugira ngo batange amakuru ahamye.

    Ni nde uyobora igerageza?

    Uruganda Pfizer rukora imiti rw’Abanyamerika rwavuze ko ruri mu cyiciro cyo gukora igerageza ku bantu benshi bagera ku bihumbi 44 mu bihugu bitandukanye nka Leta zunze ubumwe za Amerika, u Budage, Turukiya, Afurika y’Epfo, Brazil na Argentine.

    Abakorerwaho igeragezwa ku bushake bahabwa inkingo ebyiri mu minsi 21 bakabakurikirana buri munsi. Yaba uhabwa urukingo n’umuganga urumuha ntawe uba azi niba ari urukingo rurimo umuti cyangwa utarimo (placebo).

    Uko hamenywa niba urukingo rufite ubwirinzi buhagije

    Abakorerwaho iryo gerageza ku bushake ntabwo baterwa virus yabatera indwara. Ibi bikorwa iyo hari umuti uzwi kandi wemewe wabavura,naho kugeza ubu uwa covid-19 ukaba utaraboneka.

    Nyuma yo guhabwa urukingo rw’igeragezwa babwirwa gukomeza ubuzima bwabo bwa buri munsi nk’uko bisanzwe ariko bagakomeza kwirinda bambara agapfukamunwa, bagahana intera no gukaraba intoki.

    Nyuma y’iminsi bamwe bararwara kuko bakurikiranwa buri munsi, bigahita bimenyekana bagakurikiranwa. Iyo urukingo rufite ubwirinzi buhagije abarwara baba ari bake muri ba bandi bahawe urukingo rurimo umuti kurusha abahawe urukingo rutarimo umuti.

    Abashakashatsi kugira ngo bamenye neza ko amakuru babona aba ari ay’ukuri, nyuma yo guha inkingo abantu bagakurikiranwa haba hari itsinda ritandukanye rigizwe n’abahanga mu kugenzura ibyavuye muri ubwo bushakashatsi (Data and safety monitoring) kandi amazina yabo akagirwa ibanga kugira ngo hatagira uwaba yakwivanga muri ubu bushakashatsi.

    Nyuma y’igihe iryo tsinda rikurikirana amakuru kuri abo bemeye gukorerwaho ubushakashatsi, amakuru arakusanywa akohererezwa abashakashatsi bakora urukingo. Aya ni yo makuru ashingirwaho kugira ngo uruganda runaka ruhabwe isoko cyangwa ruryangirwe.

    Ubwirinzi bugera kuri 95%

    Iyi nkuru dukesha France 24 ivuga ko mu bantu ibihumbi 44 bagaragaje ubushake bwo gukorerwaho ubwo bushakashatsi bakoranye n’uruganda rwa Pfizer, 170 ni bo barwaye covid-19 mu minsi 7 nyuma y’uko bahawe urukingo rwa kabiri. Ibi bitanga icyizere kiri hejuru ugendeye kuri iyo mibare, kuko 162 mu barwaye bari mu bahawe urukingo rutarimo umuti (placebo) 8 nibo bari bahawe urukingo rurimo umuti. Ubwirinzi bwa 95% bisobanura ko ibyago byo kurwara covid-19 warahawe uru rukingo biri kuri 5%.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/urukingo-rwa-covid-19-rugeze-he-menya-uko-rukorwa

  • AS Kigali yatsinze AS Arta Solar7 ya Alexander Song wakiniye Barcelona na Arsenal (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    AS Kigali itsinze 2-1 AS Arta Solar7 yo muri Djibouti ikinamo Alexander Song wakiniye Arsenal na Barcelona, ni mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Regional i Nyamirambo ufasha amakipe yombi kwitegura imikino nyafufika azakina mu cyumweru gitaha.

    AS Kigali yari igiye gukina umukino wa gishuti wa mbere mpuzamahanga mbere yo kwerekeza muri Botswana gukina Orapa muri CAF Confederation Cup.

    Uyu mukino wa AS Arta Solar7 ikinamo igihangange Alexander Song wanyuze muri Arsenal na FC Barcelona wagombaga kuba ku isaha ya saa 15h ariko kubera imvura watangiye saa 15h56′.

    AS Kigali yatangiye ishaka igitego ndetse ibona amahirwe ku munota wa 5 ariko Soudi Abdallah awuteye uca inyuma y’izamu.

    Kuri uyu munota kandi AS Kigali yakoze impinduka itateguye aho Mukonya yavuyemo kubera imvune hinjiramo Christian.

    Ku munota wa 17 umunyezamu wa AS Kigali, Bate Shamiru yakuyemo umupira ukomeye wa Donale Mohammed yari ahinduye imbere y’izamu.

    Ku munota wa 20 Bate yongeye gukuramo umupira ukomeye yari atewe na Gabriel ku mupira yari ahawe na Alexander Song.

    Ku munota wa 23 umunyezamu wa As Arta Solar7 yakuyemo ishoti rikomeye rya Tchabalala.

    N’ubwo AS Kigali yarushaga Arta Solar7 ariko ku burangare bwa ba myugariro ba AS Kigali, Samuel yatsindiye Arta Solar7 igitego cya mbere ku mupira yari ahawe na Gabriel.

    Ku munota wa 44 AS Kigali yahushije ubundi buryo ku mupira wari uhinduwe na Rugirayabo Hassan ariko Soudi Abdallah ateye ashyizeho umutwe, umupira ukubita igiti cy’izamu. Igice cya mbere cyarangiye ari 1-0.

    AS Kigali yatangiye igice cya kabiri ikora impinduka havamo Ntamuhanga Tumaini Tity hinjiramo Lawal Aboubakar, Bate Shamiru aha umwanya Bakame. Ku munota wa 52 Biramahire Abeddy yinjiyemo havamo Soudi Abdallah.

    Lawal Aboubakar ku munota wa 54 yateye ishoti rikomeye mu izamu rya AS Arta Solar7 maze umunyezamu uwukuramo.

    Ku munota wa 55 Eric Nshimiyimana yakoze izindi mpinduka 2, havamo Kalisa Rashid na Orotomal Alex hinjiramo Hakizimana Muhadjiri na Kwizera Pierrot.

    AS Kigali yakomeje gusatira ishaka kwishyura iki gitego maze biza kubahira ku munota wa 73, Biramahire Abeddy arayishyurira n’umutwe ku mupira yari ahawe na Hakizimana Muhadjiri.

    Ku munota wa 85, umusore Abdoukada yinjiranye ubwugarizi bwa AS Kigali ndetse acenga n’umunyezamu Bakame ariko ateye mu izamu unyura inyuma.

    AS Kigali yakoze impinduka za nyuma havamo Tchabalala na Zidane hinjiramo Kayitaba Jean Bosco na Benedata Janvier.

    Abasore ba AS Kigali bakomeje gushaka igitego cy’intsinzi maze ku munota wa 88, Ishimwe Christian abonera ikipe ye igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Pierrot akawutera asa nuhinduye imbere y’izamu ariko usanga umunyezamu Sulait yaje imbere umupira uyoboka mu rushundura. Umukino warangiye ari 2-1.

    Nyuma yo gustinda uyu mukino biteganyijwe ko AS Kigali izahaguruka mu Rwanda yerekeza muri Botswana gukina na Orapa muri Confederation Cup, umukino uzaba mu mpera z’icyumweru gitaha.

    Soudi Abdallah yabonye amahirwe menshi ariko ntiyayabyaza umusaruro

    Myugariro Rugirayabo Hassan yatwaye neza ku ruhande rw’iburyo

    Emery Bayisenge ntabwo yahuye n’akazi kenshi

    Nsabimana Eric Zidane wa AS Kigali

    Shabani Hussein Tchabalala umwe mu basore batanze akazi kuri Arta Solar7

    Orotomal Alex ahanganiye umupira na Alexander Song

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/as-kigali-yatsinze-as-arta-solar7-ya-alexander-song-wakiniye-barcelona-na-arsenal-amafoto

  • Umukobwa wo muri Nigeria wiga mu Rwanda wavuze ko yahasanze abagabo bari 'Boring’ yateje impaka #rwanda #RwOT

    Tomiwa wiga ibijyanye n’ubucuruzi mpuzamahanga muri Kaminuza ya African Leadership University yateje impaka nyuma y’ikiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyo muri Nigeria cyitwa Zikiko.

    Uyu mukobwa umaze imyaka ine i Kigali yavuze ku buzima abayemo mu Rwanda nk’umunyamahanga, uko yahaje, amasomo yiga ndetse n’uburyo abona igihugu yaje kuvomamo ubumenyi muri rusange.

    Muri iki kiganiro Tomiwa avuga ko ubwo yari yasabye kwiga muri iyi Kaminuza yagombaga kujya kwiga mu ishami ryayo riri muri Mauritius, gusa ngo byaje kwanga birangira afashe umwanzuro wo kuza kwiga mu ishami ry’I Kigali.

    Ati 'Byari byoroshye. Nabikoze mu ijoro rimwe gusa, u Rwanda rufite uburyo bwo kwishyura viza uhageze niko byagenze kandi ikindi nahawe uburyo bwo kwishyura amafaranga y’ishuri mpageze.'

    Uyu mukobwa avuga ko mbere yo kuza mu Rwanda, igihugu byegeranye yari azi ari Kenya ari nako yumvaga u Rwanda azasanga rumeze gusa ngo yasanze bitandukanye kuko ari igihugu kidakora ku Nyanja ndetse ngo nta biryo byinshi bihari nk’iwabo Lagos.

    Imagine coming to get an education in a country & you just outright downplay everything about that country you are getting an education. She came for a degree or a man ? The stereotypes about Rwandans & the country in general in this article are disgusting to say the least. https://t.co/pxroB5FA0K

    — Edmund Kagire (@kagire) November 21, 2020

    Abajijwe uko yabonye abanyarwanda yagize ati 'Abantu ba hano bararandaga, ugereranyije bishobora kugufata amasaha abiri kugira ngo ubone ibiryo wasabye muri resitora, iyo bibangutse bifata isaha.'

    'Niba ibiryo bishobora kumara amasaha atatu wagaragaza ikibazo cyawe muri resitora bagufata nk’umusazi kuko nta muntu utekereza ko amasaha abiri ari menshi utegereje ibiryo.'

    Uyu munyeshuri avuga kandi ko hano mu Rwanda hari amaresitora make mu gihe Nigeria bitandukanye ndetse n’imyitwarire yaho imeze nk’iy’abasazi cyangwa abantu bisanzuye.

    Yabonye inenge ikomeye ku bagabo bo mu Rwanda….

    Uyu mukobwa yabajijwe niba agira inshuti z’abanyarwanda avuga ko ntazo ndetse ntan’inshuti y’umuhungu agira ngo dore ko abahungu b’abanyarwanda batajya bikoza abanyamahanga.

    Tomiwa yavuze ko mu Rwanda nta bagabo bahari kubera ko abenshi bihugiraho kandi akaba atabasha guteretana n’umuntu bataziraye.

    Ati 'Reka tuvuye iyo utangiye kuvugana n’umugabo wa hano, urarambirwa cyane. Abagabo bo mu Rwanda bateye kurambirwa 'boring’.'

    Avuga ko kugira ngo ube uturutse nko muri Nigeria, ahari abagabo bashabutse bazi uko batereta umugore ukajya mu Rwanda ahari abagabo batagira imikino bameze nk’ikuzimu. Tomiwa yavuze inenge ikomeye yabonye ku bagabo bo mu Rwanda avuga ko bari ‘Boring’

    Tomiwa avuga ko we n’inshuti ye y’umukobwa bagiye basohokera mu tubari kenshi bagafata icyo kunywa ariko ntihagire umugabo n’umwe ubavugisha.

    Ati 'Ntabwo bashobora kukwegera kandi ntabwo bakuganiriza, ntabwo wakorana nabo imibonano mpuzabitsina kuko burya intambwe igeze kugukorana imibonano mpuzabitsina n’umuntu ni uko muba mwatangiriye ku kuganira.'

    Uyu mukobwa avuga ko uretse ibyo bibazo byo kuba nta bagabo abona kuba mu Rwanda ari ahantu heza hari umutekano ndetse na viza ubwayo igura $30, mbese n’ibindi ngo ni byiza.

    Abajijwe muri rusange icyiza cyo kuba mu Rwanda yavuze ko ari umutekano n’amahoro.

    Tomiwa yavuze kandi ko mu Rwanda hari bamwe mu bahanzi b’iwabo muri Nigeria bacurangwa ariko by’umwihariko za ndirimbo ziba zigezweho cyane.

    Mu bahanzi yavuze harimo Runtown, Davido, Johnny Drille, Burna Boy, Joeboy na Mr Eazi baje mu Rwanda kuhakorera ibitaramo ndetse akaba yaragiye yitabira ibyo bitaramo.

    Towima avuga ko igitaramo cya Burna Boy aricyo cyari cyiza dore ko abandi bahanzi bo muri Nigeria bagiye bataramira mu Rwanda ahibereye ngo ntabwo byagenze neza ko indirimbo zabo zitabaga zizwi n’Abanyakigali.

    Abakoresha inkoranyambaga ntibamuvuzeho rumwe…

    Iyi nkuru bigaragara ko yagiye ku rubuga rwa Zikoko ku wa 20 Ugushyingo 2020, abayibonye by’umwihariko abanyarwanda bayivuzeho ibitandukanye bifashishije Twitter.

    Uwitwa Kagire Edmond ari nawe usa n’uwatangije ikiganiro yavuze ko ibyo uyu mukobwa yavuze ku Rwanda harimo ibinyoma nko kuba yaravuze ngo 'Ibaze kuba waraje mu gihugu guhaha ubumenyi warangiza ukagaragaza ko ibintu byaho byose ari bibi. Yazanywe n’impamyabumenyi cyangwa umugabo ?'

    Kagire yakomeje yibutsa uyu mukobwa ko iyo agiye gusura igihugu aba agomba gufata umwanya akiga umuco wacyo, ikindi kandi ngo 'u Rwanda ntabwo ruzigera ruba Nigeria kimwe n’uko Nigeria itazaba u Rwanda’.

    Uwitwa Robert Cyubahiro we yavuze ko ibyavuzwe n’uyu mukobwa byose ari ukuri kuko ku bijyanye n’imitangire ya serivisi n’ubwo atari hose ariko usanga zirandaga cyangwa zigenda gake naho abagabo bo ngo bararakaye.

    Uwitwa Stella Tush bigaragara ko yize muri iyi kaminuza ya ALU yavuze ko ibyavuzwe na mugenzi we byose ari ukuri nta kinyoma kirimo. Tomiwa yavuze ko abagabo bo mu Rwanda nta kigenda, yabuze n’umwe umubaza izina Ngo we n’inshuti ye bagiye basohokera kenshi mu tubari ariko ntihagire umugabo n’umwe ubegera ngo abavugishe

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Umukobwa-wo-muri-Nigeria-wiga-mu-Rwanda-wavuze-ko-yahasanze-abagabo-bari-Boring-yateje-impaka

  • Ibyo wamenya ku munyempano Peace Jolis urataramira abanyarwanda muri 'My Talent Live Concert’ #rwanda #RwOT

    Ibitaramo bya 'My Talent Live Concert’ bitambuka kuri Televiziyo Rwanda ndetse n’urukuta rwa YouTube rwa East African Promoters buri wa Gatandatu guhera saa yine n’igice [10:30pm].

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Ugushyingo, Peace Jolis niwe ugezweho mu gihe mu cyumweru gishize abakunzi b’umuziki bari bataramiwe na Marina wabashimishije ku rwego rwo hejuru.

    Peace urataramira abanyarwanda kuri uyu mugoroba avuga ko umuziki ariwo wamukunze kuko muri we atari aziko azaba umuhanzi gusa ngo kuva cyera yakundaga kuririmba akiri umwana muto.

    Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI yavuze ko kuva mu 2013, ubwo yatangiraga umuziki mu buryo bw’umwuga amaze kungukiramo byinshi birimo umuryango n’inshuti ndetse n’ubushobozi.

    Ati 'Ibyo navuga ko maze kuvana mu muziki ni abafana, umuryango wundi nagize mu rugendo rw’umuziki no kuba umuziki wagira icyo umarira n’abandi bantu.'

    Uyu muhanzi avuga ko nyuma y’umuziki akora ibijyanye no gutunganya umuziki mu kiganiro kitwa Itetero kimenyerewe ku bitangazamakuru bya RBA.

    Ibyo wamenya kuri Peace Jolis..

    Yavutse tariki ya 01 Ukwakira 1990. Avuka kuri Se witwa Faustin Murigo na Nyina Kandide Kazarwa. Peace niwe bucura mu muryango w’abana babiri gusa. Ni ubuheta akaba na bucura.

    Amashuri abanza yayigiye muri SOS ku Kacyiru, ayisumbuye ayigira Don Bosco Kabarondo mu Ntara y’Iburasirazuba.

    Ubu Peace ni umunyeshuri mu mwaka wa kane muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’imari n’amabanki,(CBE) mu ishami rya 'Office Administration and management’.

    Reba hano indirimbo 'Un million c’est quoi’ ya Peace Jolis

    Mu mwaka wa 2004 nibwo Peace yatangiye kumva yakora ibijyanye n’ubuhanzi. Nta muntu wigeze amwandikira indirimbo cyangwa se abe yamwereka uko bikorwa. Dore ko nta n’ishuri rya muzika yigeze anyuramo.

    Ubuhanga afite mu miririmbire ye, nta hantu na hamwe abukomora. Kuko nta n’umubyeyi we wigeze akinisha ibijyanye no kuririmba.

    Mu 2016, yagiranye ikiganiro na UMUSEKE, avuga ko uretse ko kwa Nyina bajya bamubwira ko ashobora kuba afitanye isano n’umuhanzikazi Mariya Yohani Gacinya waririmbye indirimbo 'Intsinzi’.

    Mu mwaka wa 2009 nibwo yagerageje gupima amahirwe ye akora indirimbo ya mbere yise 'Nakoze Iki’. Icyo gihe Producer Nicolas niwe wari ugezweho cyane muri Bridge Records.

    Iyo ndirimbo ngo yaje kumukorera akazi we ku bwe atiyumvishaga ko byabaho ko yakora indirimbo igakinwa ndetse akabona abantu benshi bamubwira ko bayishimiye.

    Nyuma y’imyaka ibiri gusa, muri 2011 nibwo yahise akora indi yitwa 'Mpamagara’ nayo ayikorewe na Nicolas. Yaje ica ibintu kuko icyo gihe wasangaga mu ma telephones y’abantu ariyo bumva.

    Icyo gihe Peace yabonye ko ibyo akora bishobora kugira aho bimugeza. Nibwo yafashe umwanzuro wo gukora umuziki nk’umunyamwuga.

    Yakurikije izindi zirimo 'Iherezo, Mbwira, Nguhisemo’ yakorewe na Lick Lick ubu ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

    Mu myaka ine gusa, muri 2013 Peace yahise yitabira irushanwa ryari rikomeye mu Karere rya 'Tusker Project Fame’ rimwe mu marushanwa yitabirwaga n’ibihugu birimo, Kenya, Uganda, Tanzania, Sudan n’u Burundi bwaje kujyamo nyuma.

    Avuyeyo yakomeje gukora umuziki we. Kuba yaragaragaye ku ma television mpuzamahanga, byamuhaye indi sura y’ubuhanzi.

    Ni nabwo yatangiye kwita k’umuziki we nyuma y’amasomo yari amaze gukura muri iryo rushanwa yahabwaga n’abahanga mu muziki.

    Peace yakomeje gukora umuziki akajya ashyiramo ikiruhuko nyuma akongera akagaruka aho kuri ubu yari aheruka gushyira hanze indirimbo zirimo Uko nagukunze, Un million ce qoui, Ntibyavamo, Icyo n’izindi.

    Umva hano indirimbo 'Icyo’ ya Peace Jolis

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Ibyo-wamenya-ku-munyempano-Peace-Jolis-urataramira-abanyarwanda-muri-My-Talent-Live-Concert

  • President Kagame At G20 Leaders' Summit #rwanda #RwOT

    0Shares
    0

    Rwanda's President Paul Kagame on Saturday joined other global leaders for the 2020 G20 Leaders' Summit.

    Saudi Arabia is hosting  this virtual summit for Saturday and Sunday of the G-20 group of industrial and emerging-market countries.

    Kagame is scheduled to present his remarks during the first session on behalf of NEPAD agency in the dialogue on overcoming covid-19 pandemic and restoring economic growth.

    The summit is being held online for the first time this year because of the Covid-19 pandemic.

    Participants are expected to discuss the impact of the covid-19 on the world economy and review ways of stimulating economic recovery and growth.

    More details to follow

    0Shares
    0

    The post President Kagame At G20 Leaders' Summit appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/president-kagame-at-g20-leaders-summit/