Category: Uncategorized

  • Twongeye twataramye! Alarm Ministries igiye gukorera igitaramo gikomeye muri Kigali Arena kizitabirwa n’abatarenga 1,500 #rwanda #RwOT

    Nyuma y’amezi 8 ibitaramo bihagaritswe mu Rwanda mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, kuri ubu byakomorewe ariko hakaba harimo umwihariko w’uko bizajya biba mu buryo bwubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19. Alarm Ministries yemeje ko igiye gutaramana n’abakunzi b’umuziki wa Gospel mu mpera z’uyu mwaaka.

    Isubukurwa ry’ibitaramo n’ibikorwa by’imyidagaduro ryemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yabaye kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2020 muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame. Ku ngingo y’isubukurwa ry’ibitaramo, iyi nama yanzuye iti “Imyidagaduro n’ibitaramo ndangamuco bizagenda bifungurwa buhoro buhoro hubahirizwa amabwiriza yo kurwanya Covid-19. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa n’inzego zibishinzwe”.

    Alarm Ministries iri mu bagiye gukora ibitaramo bwa mbere nyuma y’uko bisubukuwe. Ni igitaramo bise ‘We are back in live concert’ kizaba tariki 20 Ukuboza 2020 kibere muri Kigali Arena nk’uko tubikesha InyaRwanda.com . Alarm Ministries ni itsinda rifite ibigwi bikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana hano mu Rwanda. Bavuze amakuru menshi bazayatangaza mu minsi iri imbere, gusa bavuze ko igitaramo gihari, aho kizabera hazwi ndetse n’ibiciro.

    Alarm Ministries igiye gukorera igitaramo gikomeye muri Kigali Arena

    David Gakunzi umwe mu bayobozi ba Alarm Ministries, mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda.com, yavuze ko igitaramo cyabo kitazarenza abantu 1,500 bazacyitabira. Ni mu gihe Kigali Arena ifite ubushobozi bwo kwakira abantu bagera ku bihumbi 10. Ibi bisobanuye ko kutarenza abantu 1,500 ari mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza ya Leta yo kwirinda Covid-19, bikaba byumvikanisha ko abantu bazaba bicaye bahanye intera mu buryo bugaragara.

    David Gakunzi yagize ati “Igitaramo kizinjiza abantu 1,500, nibo bazinjira muri salle bonyine. Ibiciro (byo kwinjira) nabyo birahari, buri kintu cyose kirahari, n’uko abantu bazinjira birahari. Ibiciro biri mu byiciro bitatu, hari VVIP, VIP n’ahandi hasanzwe.” Yavuze ko amatike yatangiye kugurishwa akaba ari mu byiciro bitatu; muri VVIP itike ni 20,000 Frw harimo kurya no kunywa, muri VIP itike ni 10,000 Frw harimo kunywa gusa, naho mu myanya isanzwe ni 5,000 Frw. Yavuze ko abaririmbyi bazafatanya nabo bazabatangaza vuba cyane.

    Alarm Ministries ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka 20

    REBA ‘HARIHO IMPAMVU’ YA ALARM MINISTRIES

    Source: Inyarwanda.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Twongeye-twataramye-Alarm-Ministries-igiye-gukorera-igitaramo-gikomeye-muri.html

  • Ibintu bigaragaza ko umugabo azabasha kubaka urugo rugakomera #rwanda #RwOT

    Mu myemerere ya bamwe umugabo afatwa nk’umutwe w’urugo ndetse hari iby’ingenzi bigomba kumuranga mu migendere n’imyitwarire ye haba iwe no mu bandi.

    Abemera Imana bo bahamanya n’imitima yabo ko umugabo mu rugo aba akuriwe na Kirisitu ndetse ibyo amukuraho ni byo asangiza abagize umuryango we.

    Kugira ngo umugabo abe akuze mu mwuka bigaragarira mu myitwarire ye, uko yitwara mu gihe yakize cyangwa yakennye, uko aganira n’umuryango we, uko avugisha ukuri, kumenya agaciro ke, kurinda urugo, kugira iyerekwa n’ibindi.

    Izi ni inkingi zifasha umugabo kubaka urugo rutajegajega kandi rwubahisha Imana.

    Mu kwinjira muri izi ngingo ni byiza kwifashisha Bibiliya mu ijambo riboneka mu Gitabo cy’Abefeso 4:13-15 ryerekana ko abizera bakwiye kuvuga ukuri mu rukundo no gukurira muri Yesu Kirisitu.

    Bibiliya itubwira ko dufata icyitegererezo kuri Kirisito uko abanye n’itorero, dukwiye kuba turi abantu bashyitse bageze ku kigero cy’igihagararo cye, kugira ngo tudakomeza kuba abana duteraganwa n’imiraba.

    Mu by’ukuri nta mugabo wakwitwa umwana ariko hari umuntu ubona uko yitwara ukabona bigaragaza ikigero cy’igihagararo cya Kirisito muri we. Ibi rimwe na rimwe ni byo binagena uko yubaka urugo rwe.

    Iyo turebye uko Imana yashyize umuryango kuri gahunda habanza Imana, hagakurikiraho Yesu, hagakurikiraho umugabo, hagakurikiraho umugore, hagakurikiraho abana n’abandi.

    Aha ndagira ngo nkwibutse ko wowe mugabo ari wowe mutwe w’urugo kandi ibyo ukura kuri Kirisito ari byo ukwiye kuba usangiza abo mubana, uhereye ku mugore wawe n’abana. Iyo bitagenda neza akenshi ikibazo kiba kiri ku mutwe kuko iyo ufite ikibazo, amaboko arikubita, amaguru ntamenya iyo ajya, mbese izindi ngingo zose zirahagarara kuko umutwe ari wo utekerereza byose.

    Rimwe na rimwe hari igihe tuvuga ko ibibazo biri mu rugo bishingiye ku bana batunaniye n’ibindi, ariko twareba neza tugasanga umutwe nawo ushobora kuba ufite ikibazo.

    Iyo umutwe umeze neza, utekereza neza, izindi ngingo birazorohera. Nta kigeragezo kitari rusange mu bantu kuko ibyo duhura na byo ni ibya rusange, ahubwo uko tubyitwaramo ni byo bigaragaza ubukure bwo mu mwuka.

    Hari ibintu by’ingenzi bigaragaza umugabo uzubaka neza urugo rwe, rukaba icyitegererezo ndetse muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku ngingo eshanu zishobora kubyerekana.

    Uko witwara imbere y’abagore n’abakobwa

    Uko witwara imbere y’abagore n’abakobwa beza baguca imbere ni byo bigaragaza ubukure bwo mu mwuka ufite. Murabizi ko intege nke z’abagabo twese ari amaso nk’uko intege nke z’abagore ari amatwi.

    Nta bushakashatsi nakoze ariko nkunda kubireba inshuro nyinshi iyo umukobwa cyangwa se mugore wambaye mu buryo burangaza abantu anyuze imbere y’abagabo, kugira ngo ubone uwihanganye ntahindukirire kumureba ni gake cyane. Mu by’ukuri guhindukira ntacyo bitwaye ariko igisigara mu mutima n’icyo ukoresha ibyo warebye ni cyo gishobora kuba icyaha.

    Iyo umugabo arambagiza aba ashaka kugera ku ntego yo kwemeza uwo mukobwa no kumugeza mu rugo akajya yishimira ko yarongoye umukobwa mwiza w’igitangaza ndetse ko yamutsindiye.

    Abagabo benshi niko bateye ariko biratangaje ko iyo amugejeje mu rugo atongera kubona bwa bwiza bwe ahubwo agahorana irari ku buryo umuntu ashobora no kurarikira umukozi wo mu rugo kandi ntaho bahuriye.

    Abagabo benshi bagira intege nke zo gusambana akenshi baba bafite abagore beza b’ibitangaza ariko ntibongere kubona ubwiza bwabo bakabaca inyuma. Rero umuntu wakijijwe akwiye kwirinda gusambana kuko ari icyaha, ukwiye kumenya uko ubyitwaramo nibyo bizagaragaza ikigero cy’ubukure bwe.

    Imyitwarire mu gihe cy’ubukire no mu bukene

    Amafaranga kuyagira ni byiza, ariko hari abantu bakundana bakennye maze bakira, umugabo agatangira kubona umugore atamukwiriye.

    Urugero Nowa yavuye mu bwato ahinga uruzabibu rurera ahita atangira kwambara ubusa yasinze. Hari igihe umuntu asinda amafaranga, agasinda icyubahiro, agasinda umugisha Imana yamuhaye maze agatangira kubona umugore we atamukwiriye, agatangira kubona umugore we ari umuturage cyane kuko yasinze.

    Mu by’ukuri hari abantu bazi kubana mu bukene bagira amafaranga bikanga. Hari n’abandi babana mu mafaranga ubukene bwaza bukabavangira, uko witwara imbere y’amafaranga bigaragaza ubukure bwo mu mwuka ufite.

    Amafaranga akwiriye kuba igikoresho gusa twebwe tukamenya uko dukwiye kuyakoresha ariko adakwiye gusenya ingo. Amafaranga ni umushyitsi uza ejo akazajya ahandi, kandi n’iyo twayagumana, ntakwiye kuba intandaro yo gusenyuka k’urugo.

    Uko tuganira n’abo twashakanye (uko twubaka umubano)

    Ese ntimuzi ko dufata igihe tukajya gusenga kugira ngo twumve icyo Yesu atubwira? Ese Yesu aramutse akwihoreye ntagire icyo agutangariza ntugire ijambo riguhumuriza wakumva uguwe neza?

    Tekereza ukuntu umugore wawe bimubabaza iyo mutaganira cyangwa muganira nabi mugashwana, mugashihurana n’ibindi. Dukwiye kwihanganira abagore bacu uko baduha amakuru, yego bavuga menshi kuruta ayacu ariko natwe iyo tugiye gusenga Yesu adutega amatwi akaduha akanya tukamubwira ntarambirwa.

    Ntidukwiye kurambirwa kuganira n’abo tubana ahubwo dukwiye kwemera tukamenya uko tuganira n’uko dutanga amakuru.

    Kuvuga ukuri nk’uko kuri mu mutima

    Buriya bibabaza abana n’umugore bitewe n’icyizere bagirira umugabo iyo bumvise ko abeshya mu gihe baba bumva ko yanakwica n’intare.

    Iyo bibayeho bakamenya ko abeshya, ni igikomere batashobora gukira, kandi dufite abantu b’abagabo batavuga ukuri, umunsi abana n’umugore bavumbuye ko ubeshya bizagira ingaruka ku mubano wanyu.

    Iyo umuntu atavuga ukuri aba yagiye mu bundi bwami butari ubwa Yesu, we nzira y’ukuri n’ubugingo, kandi udashyigikira ikintu cyose kitarimo ukuri.

    Niba uvuze uti 'Ndazana umugati”, wibuke uwuzane ikiguzi cyose bigusaba ugitange nushaka uguze amafaranga ariko isezerano watanze urisohoze.

    Ni byiza ko icyo utemeye umenya kuvuga 'Oya’, icyo gihe uzaba ubatoza kubaho bari mu kuri kandi bakuvugisha. Ukwiye kumenya kuvuga ukuri nk’uko kuri mu mutima udakoreye gushimwa.

    Kudakorera gushimwa

    Hari abantu baba baragize ubuzima burimo ibikomere bagahora bashaka gushimwa. Nubwo ari byiza nta muntu utabikunda, ariko se iyo bakunenze ubyifatamo ute?

    Bwa busharire wumva mu mutima, kwa kuntu wumva ubihiwe buriya uriya ni wowe w’ukuri. Gushimwa ni byiza, ariko igihe wakoze inshingano zawe n’ubwo bitahita byakirwa, ukwiye kumenya ko bidakwiye kugutandukanya n’Imana cyangwa se n’umuryango wawe.

    Urugero, murabizi ko abagabo bategura ibintu binini: kubaka inzu, kugura imodoka n’ibindi. Biragoye kubona umugabo wabashije kumenya ko amarido ashaje, amasafuriya yatobotse, inkweto z’abana zashize n’ibindi.

    Utwo tuntu duto akenshi abagore nibo batumenya kuko usanga batwitaho, uko abashyitsi bari buze kubasura bakababona, uko bakirwa, mu gihe wowe mugabo urimo gutekereza imishinga minini, we aba atekereza utwo tuntu duto aribyo bisaba ko mugira ahantu muhuriza.

    Ashobora kutagushimira kandi urimo kuvunika ukorera urugo bigasa nk’aho agusuzuzuguranye ibyo ukora kandi wavunitse, icyo gihe ubusharire buzamuka mu mutima ukibaza uti “Uyu muntu ateye ate? Ko atekereza iby’uyu munsi gusa? Ariko kugira ngo urugo rube rwuzuye ni uko habaho ibinini hakabaho n’ibyo bito.

    Ni ingenzi kumenya ko no mugihe tutashimwe, tudakwiye kumva twitakarije icyizere kuko ubuzima bugomba gukomeza.

    Ibikubiye muri iyi nyandiko ni ibitekerezo bwite n’impanuro bya Pasiteri Habyarimana Désire

    Pasiteri Habyarimana Désire ari mu bavugabutumwa biyeguriye gutanga inyigisho ziganisha ku kubaka umuryango Nyarwanda

    Wakumva n’iyi nyigisho

    Source: Agakiza.org

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Ibintu-bigaragaza-ko-umugabo-azabasha-kubaka-urugo-rugakomera.html

  • Sudan Forces Seize Large Amounts Of Weapons In astern state #rwanda #RwOT

    0Shares
    0
    Sudan's Rapid Support Forces (RSF) on Saturday announced seizure of large amounts of weapons, ammunition and war equipment in the Kassala State on the eastern border with Ethiopia, official SUNA news agency reported.
    'The weapons were seized as part of the operations carried out by the security forces these days on the border line in anticipation of any security threat,' it added.
    The RSF reiterated readiness to deal with any actions that negatively affect the security and stability of the country.The seized weapons included a number of mortars and various machine guns, said the report.
    0Shares
    0

    The post Sudan Forces Seize Large Amounts Of Weapons In astern state appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/sudan-forces-seize-large-amounts-of-weapons-in-astern-state/

  • Umugore w’imyaka 25 yabaye umuntu wa 48 wishwe na Covid-19 mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uyu yahise aba umuntu wa 48 umaze kwicwa n’iyi ndwara kuva yagera mu Rwanda muri Werurwe uyu mwaka.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko kuri iki Cyumweru, mu Rwanda habonetse abantu 28 bashya banduye COVID-19, hakaba nta muntu mushya wakize.

    Abo barwayi bashya 28 babonetse mu bipimo 2,042, bakaba barimo ababonetse i Kigali: 8, Musanze: 8, Rubavu: 4, Rusizi: 3, Gicumbi: 2, Nyagatare: 1, Ngarama: 1, Burera: 1.

    Kugeza kuri iki Cyumweru, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,919 muri bo abamaze gukira ni 5,480, naho abakivurwa ni 391.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/umugore-w-imyaka-25-yabaye-umuntu-wa-48-wishwe-na-covid-19-mu-rwanda

  • Afrobasket2021: Perezida Kagame yitabiriye umukino w’u Rwanda na Sudani y’Epfo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike ya Afrobasket 2021 iri kubera muri Kigali Arena, yatangiye ku wa Kane w’iki cyumweru ikaba yashojwe kuri iki Cyumweru.

    Mu mikino ibiri ibanza u Rwanda rwakinnye rwaratsinzwe, kuko umukino wa mbere rwatsinzwe na Mali amanota 70 kuri 64., naho uwa kabiri rugatsindwa na Nigeria amanota 83 kuri 62.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/afrobasket2021-perezida-kagame-yitabiriye-umukino-w-u-rwanda-na-sudani-y-epfo

  • Umunyarwandakazi Miss Sonia Rolland yashyizwe mu bakemurampaka ba Miss France #rwanda #RwOT

    Umunyarwandakazi wabaye Miss France 2000, Miss Sonia Rolland yashyizwe mu kanama nkemurampaka ka Miss France 2021.

    Miss Sonia umaze imyaka irenga 20 yambaye ikamba rya Miss France, abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yavuze ko kugirirwa iki cyizere ari umwanya mwiza wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 amaranye iri kamba.

    Ati“nishimiye kuba mu bakemurampaka ba Miss France 2021. Ni igihe cyiza cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 maranye ikamba rya Miss France.”

    Muri aka kanama nkemurampaka bazaba bari kumwe na Iris Mittenaere wegukanye rya Miss France 2016.

    Iri rushanwa rizaba ku wa Gatandatu tariki ya 19 Ukuboza 2020.

    Miss Sonia Rolland yashyizwe mu kanama nkemurampaka ka Miss France 2021

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/umunyarwandakazi-miss-sonia-rolland-yashyizwe-mu-bakemurampaka-ba-miss-france

  • Uko u Rwanda rwirwanyeho mu kubona ibikoresho byo guhangana na Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Udupfukamunwa dukoreshwa inshuro imwe twatangiye gukorerwa mu Rwanda
    Udupfukamunwa dukoreshwa inshuro imwe twatangiye gukorerwa mu Rwanda

    Icyo cyorezo cyaje nta gihugu gisimbuka, bituma kimwe cyose gishaka uko cyirwanaho ngo kivure abantu bacyo bari banduye. Ibikoresho by’ubuvuzi ntibyari bihagije, kabone no mu bihugu bisanzwe bibikora bikabicuruza.

    Ibihugu byari bikeneye ibikoresho byinshi, cyane cyane ibirinda umuntu umwe umwe (PPE) kandi akenshi bikoreshwa rimwe. Byari bikomeye kandi nta n’uwagenekerezaga ngo avuge igihe icyorezo kizarangirira, ndetse n’ibigo by’ubushakashatsi bikavuga ko urukingo rutaboneka mbere y’umwaka.

    Ibintu byari bikomeye ndetse batangiye kuvuga ko Covid-19 nigera mu bihugu bikennye bizaba bibi kurushaho, gusa byagaragaye ko yo idatoranya kuko ibihugu bikize yabyigirijeho nkana.

    U Rwanda rwashyize ingufu mu kurwanya icyo cyorezo kuva umuntu wa mbere wanduye yagaragara, ku buryo hari n’umuyobozi watakaje akazi kubera ko atabyitayeho cyane.

    Kuva icyo gihe hashyizweho ubushobozi bwo kugura ibikoresho ndetse n’inshuti z’u Rwanda zibiruteramo inkunga, cyane ko rwerekanye uko ruhagaze mu gihe hari ibindi bihugu byavugaga ko Covid-19 ari umukino wa politiki.

    Igihugu kigiye muri Guma mu rugo, abari mu buvuzi bo bakomeje gukora, hanyuma abikorera basabwa gushora imari mu gukora ibikoresho byakenerwaga kugira ngo hagabanywe ibiva hanze, na bo bahita babyitabira.

    Ubwo kandagira ukarabe zatangiye gukorwa ku bwinshi, imiti isukura intoki n’amasabune, ndetse nyuma zimwe mu nganda zitangira gukora udupfukamunwa, ari bwo abantu babonye ukuntu igitenge cyahawe agaciro.

    Ku ikubitiro inganda z’imyenda zasohoye udupfukamunwa dukoze mu bitenge no mu yandi matisi, icyari kigamijwe kwari ukugira ngo haboneke agapfukamunwa gahendutse kuko kameswa kakongera kwambarwa, ugereranyije n’agakoreshwa rimwe kagenewe abaganga.

    Utwo tw’abaganga twari duhenze kuko twari tukiva hanze, ariko bidatinze hari uruganda rwo mu Rwanda rwatangiye kudukora bituma igiciro cyatwo kigabanuka.

    Igihugu cyakomeje gushaka uko kiziba icyuho ahantu hatandukanye, cyane ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA) cyakomezaga kugenzura ibikorwa n’inganda, gikumira izikora ibidakwiye, ndetse hakaba hari n’inganda zahagaritswe kubera gukora imiti isukura intoki itujuje ubuziranenge.

    Icyakora kugeza ubu haracyakenewe guhuza neza ibikorwa mu nganda n’ibikenewe ku isoko, kuko urugero nk’udupfukamunwa twakomeje gukorwa kandi isoko risa n’iryuzuye.

    Gusa ibyo na byo ni ukubireba neza kuko Covid-19 ishobora kongera ikihinduranya umwanya uwo ari wo wose ikibasira isi, icy’ingenzi ni uko abantu bahora bari maso.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/uko-u-rwanda-rwirwanyeho-mu-kubona-ibikoresho-byo-guhangana-na-covid-19

  • AS Kigali yatsindiwe muri Botswana mu mukino ubanza wa CAF Confederation Cup #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT


    Ni umukino utoroheye AS Kigali mu minota ya mbere, aho mu minota 25 gusa yari imaze gutsindwa ibitego bibiri, byatsinzwe na Gofaone Mabaya ndetse na Mbatshi Elias.

    AS Kigali mu gice cya kabiri yaje gukora ibishoboka byose ngo yishyure, iza kubona igitego kimwe cyatsinzwe na Aboubakar Lawar, umukino ari ibitego bibiri bya Orapa United kuri kimwe cya AS Kigali.

    Abakinnyi babanje mu kibuga:

    Orapa United: Lesenya Malapela, Mpho Kgaswane, Oabile Makopo, Thato Seagateng, Mooketsi Hlabano, Gape Gagoangwe, Gofaone Mabaya, Allen Ndodole Wabuya Aebe, Onkabetse Makgantai, Mbatshi Elias

    Umutoza: Mogomotsi Mpote

    AS Kigali: Eric Ndayishime, Emery Bayisenge, Mossi Rurangwa, Christian Ishimwe, Michel Rusheshangoga, Rachidi Kalisa, Eric Nsabimana, Muhadjri Hakizimana, Shabani Hussen, Abeddy Biramahire, Abubakar Lawal

    Umutoza: Eric Nshimiyimana

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/as-kigali-yatsindiwe-muri-botswana-mu-mukino-ubanza-wa-caf-confederation-cup

  • Akagera National Park sets new discounts for prolonged stay #rwanda #RwOT

    As for ordinary trade principles, the more customers increase the faster progress is attained. This is however contrary to environment protection principle whereby increased numbers might lead to losses. This requires strong measures to promote tourism and protect biodiversity in the ecosystem as well.

    Figures show that Akagera National Park recorded 15,000 visits annually from 2010 until 2019 when numbers increased significantly to 50,000.

    The management of the park recently informed partners that the park sometimes would record higher visits beyond its capacity in the last four months of the year which posed risks to the park and visitors.

    'One of strategies to reduce the high rate of visits and related consequences to the park without affecting revenues to preserve the park is the revision of prices. The new policy intends to mobilize visitors to spend long time. We have witnessed this especially during this period of recovering domestic tourism and needs reinforcement,' reads in part the park’s statement.

    Doubled prices

    New reforms include increasing prices to visit Akagera National Park and offering discount when a visitor spends the second and the third night. There will be no extra payments from the 4th until the 7th night.

    As per new entry fees to be effected on 15th January 2021, a Rwandan or member of East African Community (EAC) will pay US$16 (Rwf 15,000) up from US$7.50 (Rwf 6,500) per day or night.

    A person spending two nights in the park will pay US$24 (Rwf 22,500) and Rwf 30,000 entry fees for three nights.

    Effective January 2021, entry fees for international visitors has been fixed at US$100 from US$50 per night. If the visitor is to spend two nights, the entry price is fixed at US$150 and US$200 for three nights.

    Children aged 5 and under are free of charge, no entry fee or activities fees apply. Activity fees rates for children are applicable for 6 — 12 year olds. 13 year olds and above pay adult rates for entry fees and activities.

    Children between 6 and 12 from Rwanda and EAC will pay US$11 (Rwf10,000) up from US$4 (Rwf3,500). The price for two and three nights is respectively fixed at US$16 (Rwf15,000) and US$21 (Rwf20,000).

    Prices for cars have also been reduced. A small car registered in Rwanda or EAC will be charged US$10 down from US$12 (Rwf10,000) while large vehicles carrying tourists will be charged US$20 down from US$24 (Rwf20.000).

    Prices for small and large cars out of EAC remained the same at US$40 and US$100.

    Group fees and annual passes

    Usually, a group of over 20 Rwandans would get Rwf 1500 discount per individual, thus paying Rwf5000 entry fees each.

    The new pricing has extended the discount for adults and children. Groups of Rwandan Nationals of more than 20 people automatically receive a group discount of 2,000 Rwf and will be charged at Rwf 12,000 per adult and 8,000 Rwf per child.

    As for annual passes, the price for an individual from Rwanda or EAC remained the same at Rwf 95,000. The price has however been increased from Rwf 115,000 to Rwf 150,000 for two persons and Rwf150,000 to Rwf205,000 for a family.

    Annual passes for foreigners living in Rwanda or EAC has increased to US$300 from US$250. The price has been fixed at US$500 from US$400 for two people and US$700 from US$600 for a family.

    There will be no further charges for already booked passes.

    The revised prices do not concern accommodation fees at Ruzizi Tented Lodge and Karenge Bush Camp which remained at US$25 and US$40 respectively for half and whole day.

    Akagera National Park is home to the big five on the continent including Lions, Rhinos, Elephant, Buffalo and Leopard.

    Apart from the presence of over 482 bird species, the park is also home to various wild and aquatic animals.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/akagera-national-park-sets-new-discounts-for-prolonged-stay

  • Ministry of Health issues instructions governing dual clinical practice #rwanda #RwOT

    Dual Clinical Practice refers to clinical work, which may be undertaken physically within or outside public health facilities and within or outside providers’ contracted hours of public sector employment. Furthermore, a worker is able to receive remuneration on a contractual basis within their same respective public health facility.

    'The Ministry of Health recognizes that dual clinical practice is beneficial in the health sector, conversely with the capacity to enforce regulations that allow patients to get health care services in public health facilities,' said Dr Daniel Ngamije, the Minister of Health.

    A set of modalities have already been set in the Dual Clinical Practice to ensure that health practitioners have reasonable workloads and clients still get quality services.

    According to the Ministry’s statement, Medical doctors and dental surgeons will do dual clinical practice in their appointed public health facility on a contractual basis after allocated working hours.

    They, however, are allowed to provide services in one private health facility during their days off and weekends. Under specific circumstances and after assessment, the Minister of Health may authorize a Medical Doctor or a Dental Surgeon to practice in an additional public hospital.

    Also, to ensure that services provided do not compromise the quality of care and patient safety, the number of patients managed and procedures performed in dual clinical practice shall not exceed fifty percent (50%) of those performed during the normal working hours.

    The Ministry of Health, after assessing requests from health facilities, shall allow them to start operating dual clinical practice. Health facilities will also be required to set up an electronic system to monitor visits, acts, procedures, and generated incomes.

    The Ministry of Health shall commission an independent assessment of the Dual Clinical Practice implementation after the first six (6) months to inform policy review and decision making.

    Under specific circumstances and after assessment, the Minister of Health may authorize a Medical Doctor or a Dental Surgeon to practice in an additional public hospital.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/ministry-of-health-issues-instructions-governing-dual-clinical-practice