Category: Uncategorized

  • Ndicuza impamvu naje muri ibi bintu ndaza no kubivamo – Perezida wa Kiyovu Sports ku itabwa muri yombi kwe #rwanda #RwOT

    Nyuma y’inkuru yaraye ikwirakwiye ko perezida wa Kiyovu Sports yatawe muri yombi azira amafaranga yayobeye kuri konti ye ya banki akanga kuyatanga, uyu mugabo avuga ko ari ibihuha bidafite aho bishingiye ndetse ubu akaba yatangiye kwicuza impamvu yaje mu mupira.

    Ku mugoroba w’ejo hashize ku wa Gatatu nibwo haje inkuru y’uko perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvenal yatawe muri yombi n’Urweo rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha 'RIB’ aho yari akurkiranyweho amafaranga miliyoni 19 zayobeye kuri konti ye akanga kuzitanga.

    Amakuru avuga ko uyu mugabo kuri konti hayobeyeho miliyoni 19 za Muhirwa Prosper wahoze ari visi perezida wa Rayon Sports undi akanga kuzimusubiza agahita yitabaza RIB.

    Mu kiganiro n’ikinyamakuru ISIMBI, perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvenal yavuze ko atari byo ndetse ko ibintu by’umupira yishoyemo aza kubivamo kuko yasanze bavuga ibyo bishakiye.

    Ati'ibyo rwose ntabwo mbizi. Ibintu by’umupira naje gusanga bavuga ibintu bishakiye, umupira umaze kungera ahantu urinjira mu buzima bw’umuntu, buri muntu wese arampamagara abimbaza, ndafunze se ndi umujura? Ndicuza impamvu naje muri ibi bintu ndaza no kubivamo.'

    Mu kwifuza kumenya niba koko uyu mugabo yaba yari yatawe muri yombi na RIB, ISIMBI yavuganye n’umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry maze mu magambo make ati'ayo makuru ntayo mfite ningira icyo nyamenyaho ndakubwira.'

    Mu gushaka kumenya ukuri kuri iki kibazo bivugwa ko Juvenal yagiranye na Muhirwa Prosper, ISIMBI yagerageje kuvugana na Muhirwa Prosper ariko ntibyakunda kuko atitabaga telefoni ye ngendanwa.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko ku wa Kabiri w’iki Cyumweru tariki ya 15 Ukuboza 2020 ari bwo aya mafaranga Muhirwa Prosper yayayobereje kuri konti ya Mvukiyehe Juvenal.

    Juvenal akaba yaragoranye kuyatanga aho yavugaga ko ari umuntu wari umurimo amafaranga umwishyuye, nyuma aza kuvuga ko ari Prosper wamwishyuraga amafaranga ye yari amufitiye.

    Muhirwa Prosper akaba yarahise yitabaza RIB kugira ngo imukemurire ikibazo cye. Ku munsi w’ejo RIB ikaba yaratumijeho uyu mugabo kuri iki kibazo cye na Prosper ndetse yemera kwishyura amafaranga ahita ayamwishyura ikibazo kirakemuka ahita yisubirira mu rugo, ni ikibazo cyacyemutse ahagana mu ma saa mbili n’igice z’ijoro.

    Muhirwa Prosper yayobereje amafaranga kuri konti ya Mvukiyehe Juvenal

    Mvukiyehe Juvenal gusubiza amafaranga ya Muhirwa Prosper byabanje kugorana

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ndicuza-impamvu-naje-muri-ibi-bintu-ndaza-no-kubivamo-perezida-wa-kiyovu-sports-ku-itabwa-muri-yombi-kwe

  • Kamonyi: Babiri barakekwaho kwiba mudasobwa eshatu mu kigo cy’ishuri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ndayishimiye William na Bisangwa Roberto (Ifoto:Polisi y
    Ndayishimiye William na Bisangwa Roberto (Ifoto:Polisi y’u Rwanda)

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire, avuga ko aba basore bafashwe nyuma y’aho ubuyobozi bw’ikigo buhaye amakuru Polisi ikorera muri uwo murenge ko bibwe mudasobwa zigera muri eshatu.

    Yagize ati “Aba basore bombi bahoze ari abanyeshuri muri iki kigo nyuma baza kwirukanwa kubera imyitwarire mibi yabo. Nyuma nibwo kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Ukuboza bagarutse mu kigo kwaka icyangombwa cyerekana ko bize muri icyo kigo kugira ngo bazabone uko bajya kwaka ikigo ahandi. Umuyobozi w’ikigo ababwira ko bwije bazagaruka, aba basore barasohotse, ariko baguma hafi y’ikigo, ntibataha. Abanyeshuri bagiye kurya mu masaha ya saa moya, nibwo bahise binjira mu kigo biba za mudasobwa.”

    SP Kanamugire avuga ko abanyeshuri bavuye kurya bagarutse mu ishuri basanga izo mashini ntazihari niko guhita babimenyesha ubuyobozi bw’ikigo, nabwo bwihutira kubimenyesha Polisi.

    Ati “Bakimara kubitumenyesha twahise tujyayo abo basore bombi tubafatira mu iduka riri hafi y’icyo kigo ariko izo mudasobwa ntazo bafite. Twakomeje gushakisha aho baba bazihishe dufatanyije n’inzego z’ibanze ndetse n’ikigo, maze tuzisanga aho bari bazihishe zitwikirije udushami tw’inturusu nko muri metero 200 uturutse ku ishuri.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yibukije abagendera mu ngeso zo kurarikira gutungwa n’iby’abandi cyane cyane rumwe mu rubyiruko, kuko arirwo rukunze gufatirwa mu byaha, kubicikaho kuko bitazigera. Ahubwo, yabagiriye inama ko bakwiye kuvana amaboko mu mifuka bagatungwa n’ibyo bakoreye.

    Ati “Aba basore bombi bari abanyeshuri biga nk’abandi ariko bitwara nabi barirukanwa. Nyuma yo kwirukanwa nk’aho bagiye hanze ngo bahindure imyitwarire yabo wenda ngo bazaze gusaba imbabazi, ahubwo bagarutse bazanwe no kwiba. Nta kindi gihembo cy’ukora ibyaha uretse guhanwa, aba basore nibahamwa n’icyaha bazabihanirwa n’amategeko.”

    Yashimiye ubuyobozi bw’ikigo bwahise bwihutira gutanga amakuru abo basore bagafatwa bataracika, aboneraho gusaba n’abandi muri rusange ko mu gihe bahuye n’ikibazo bajya bahita bihutira kubimenyesha Polisi.

    Ndayishimiye William na Bisangwa Roberto bahise bashyikirizwa sitasiyo ya Polisi ya Rukoma kugira ngo bakorweho iperereza n’urwego rw’ubugenzacyaha ruhakorera.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 166, ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 167 ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo: uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira; kwiba.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/Kamonyi-Babiri-barakekwaho-kwiba-mudasobwa-eshatu-mu-kigo-cy-ishuri

  • #COVID19: Habonetse abarwayi bashya 78, abakize ni 32 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 78 babonetse mu bipimo 3,054 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 36 (abahuye n’abanduye), Huye: 17, Musanze: 13, Rubavu: 5, Burera: 1, Muhanga: 1, Nyanza: 1, Nyamagabe: 1, Gicumbi: 1, Kayonza: 1, Nyagatare: 1.

    Kugeza kuri uyu wa Kane, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 7,032 muri bo abamaze gukira ni 6,089 naho abakivurwa ni 886.

    Umugabo w’imyaka 70 y’amavuko witabye Imana ku wa Kabiri tariki15 Ukuboza 2020 ari i Rubavu azize Covid-19, yahise yuzuza umubare w’abantu 57 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid19-habonetse-abarwayi-bashya-78-abakize-ni-32

  • Gisa Cy’Inganzo na Ish Kevin muri batandatu bageze mu cyiciro cya nyuma cya The Next Pop Star #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gisa Cy
    Gisa Cy’Inganzo

    Abageze kuri iki cyiciro bose hamwe ni Cyiza Jackson, Gisa Cy’Inganzo, Yannick Gashiramanga, Ish Kevin, Hirwa Irakoze Honorine ndetse na Jasmine Kibatega. Bageze aha batoranyijwe muri 20 mu cyiciro cyabanjirije iki, aho bazamutse hagendewe ku majwi bavanye mu matora y’abantu kuri murandasi (online vote).

    Kuri ubu aba bahanzi uko ari batandatu bazajya mu mwiherero (boot camp) uzamara iminsi itandatu kuva tariki 18 kugera tariki 24 Ukuboza 2020, ukabera muri Hotel Portofino.

    Biteganyijwe ko iri rushanwa rizasozwa tariki ya 26/12/2020 hahembwa abahanzi babiri bazaba bahize abandi. Ni igikorwa kizanitabirwa n’abahagarariye Kompanyi Network Show Biz (NSB) na SM1 Music Group/ Sony Music Group ari na bo bateguye iri rushanwa.

    Ish Kevin
    Ish Kevin

    The Next Pop Star ni irushanwa rigamije kuzamura abahanzi nyarwanda bakagera ku rwego mpuzamahanga. Ryateguwe na sosiyete mpuzamahanga zinyuranye zihagarariwe mu Rwanda na kompanyi itegura ibitaramo yitwa More Events.

    Uzaryegukana azahabwa ibihembo bifite agaciro ka Miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda (Rwf50M) mu gihe uwa Kabiri na we azasinyana amasezerano y’imikoranire na kompanyi itunganya imiziki SM1 Music Group ya Sony Music Group.


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/gisa-cy-inganzo-na-ish-kevin-muri-batandatu-bageze-mu-cyiciro-cya-nyuma-cya-the-next-pop-star

  • Tanzania ntabwo ikozwa iby'urukingo rwa Covid-19, ishaka umuti gakondo #rwanda #RwOT

    Amakuru avuga ko Leta ya Tanzania yavuze ko idafite gahunda yo gutumiza inkingo za Covid-19, ko ahubwo yizeye ubushakashatsi 'ku byatsi' byo muri icyo gihugu.

    Mu kiganiro n'ikinyamakuru The East African, Gerald Chami, umuvugizi wa minisiteri y'ubuzima, yakomeje avuga ko afite amakenga niba inkingo zitumizwa mu mahanga nta bibazo ziteza ku buzima kandi niba ari ingirakamaro.

    Yavuze ko zakozwe mu buryo bwihuse cyane kuburyo zitaba zarageragejwe neza. Igerageza ry'inkingo za Covid-19 ryubahiriza ibisabwa bikomeye byo ku rwego mpuzamahanga.

    Imyitwarire ya Tanzania kuri Covid-19 nkuko BBC ibitangza, itandukanye cyane n'iy'ibindi bihugu bituranye nayo, mu gihe cya vuba gishize byongeye kugira ubwiyongere bw'ubwandu bushya.

    Mu mpera y'ukwezi kwa kane 2020, Tanzania yahagaritse gutangaza imibare mishya ijyanye na Covid-19, ndetse mu kwezi kwa gatandatu Perezida John Pombe Magufuli avuga ko iyo virusi itakirangwa mu gihugu.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/tanzania-ntabwo-ikozwa-ibyurukingo-rwa-covid-19-ishaka-umuti-gakondo/

  • Facebook Exposes France Russian Battle For Influence In Africa #rwanda #RwOT

    Facebook has exposed a curious battle for influence in Africa, with former colonial power France and former superpower Russia using fake accounts to engage, criticize and even befriend each other online.

    The U.S. tech firm said on Tuesday it had closed down two Russian-linked networks of accounts and a third with 'links to individuals associated with French military' for breaking its policy against foreign or government interference.

    While information warfare is nothing new, Facebook was still surprised to see two countries fighting head-on in a third region.

    France, the former colonial power in large parts of Africa, has thousands of troops deployed in the region to fight jihadists.

    Russia has also stepped up its bid for sway in recent years with observers accusing it of using a notorious mercenary group called Wagner to fight in countries including Libya.

    One of the networks shut down by Facebook was linked indirectly with shadowy Russian businessman Yevgeny Prigozhin, accused by the West of running troll factories and Wagner — allegations he denies.

    'This was the first time our team found two campaigns — from France and Russia — actively engage with one another, including by befriending, commenting and criticizing the opposing side for being fake,' wrote Facebook's Nathaniel Gleicher and David Agranovich in a blog.

    The networks 'used fake accounts as a central part of their operations to mislead people about who they are and what they are doing, and that was the basis for our action,' Facebook said.

    In its first reaction on Wednesday, the French army did not confirm any involvement but noted that such activity had become widespread.

    In the Central African Republic 'for many months now, we have been seeing the rise of disinformation actions aimed at destabilizing the country, actions that we condemn,' the defense ministry said.

    The ministry said it was not surprised by the conclusions published by Facebook, but 'we are not at this stage in a position to attribute any responsibility.'

    However, the French army has already acknowledged that social networks have become theaters of conflict.

    'The real change lies in the systematic use of information warfare, which has a lot of influence in today's conflicts,' ground army chief of staff General Thierry Burkhard said in October.

    In a magazine interview published in November, President Emmanuel Macron accused Russia and Turkey of seeking to promote anti-French sentiment in Africa by funding people who whip up resentment against France in the media.

    Russian Foreign Ministry spokeswoman Maria Zakharova responded at the time by saying Moscow 'aimed to fight such examples of disinformation.'

    Russia has not commented on Facebook's latest findings.

    French Military during an operation in North Africa

    'Coordinated inauthentic behavior'

    The French network targeted the Central African Republic and Mali and to a lesser extent Niger, Burkina Faso, Algeria, Ivory Coast and Chad, Facebook said.

    It involved 84 Facebook accounts, six pages, nine groups and 14 Instagram accounts that violated policy against 'coordinated inauthentic behavior.'

    In disrupting the two Russian networks, the social network removed 274 Facebook accounts and 18 Instagram accounts, along with an array of groups and pages.

    The EU slapped sanctions on Prigozhin in October over Wagner's alleged activities in north Africa, though he denied any knowledge of the group and has filed a lawsuit asking to be removed from the sanctions list.

    He was also sanctioned by Washington, which accused him of meddling in the 2016 presidential election, in particular through his troll factory.

    Prigozhin denied any involvement and in March asked for $50 billion in compensation from the United States.

    The post Facebook Exposes France Russian Battle For Influence In Africa appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/facebook-exposes-france-russian-battle-for-influence-in-africa/

  • Rwanda, Spain sign MoU to consolidate bilateral cooperation #rwanda #RwOT

    The MoU was signed yesterday between Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Dr Vincent Biruta and his counterpart of Spain, Arancha González Laya.

    Dr Biruta signed the MoU on his visit to Spain where he was received by Arancha González Laya at the Viana Palace to address current bilateral, regional and international issues.

    He explained that the MoU is meant to build a shared future whereby it can be leveraged to establish strong climate resilience and health systems.

    'The visit is aimed at signing various agreements that pave the way for future cooperation in different areas including justice and trade,' he said.

    Dr Biruta explained that the COVID-19 pandemic should not be a barrier highlighting that it is time to strengthen cooperation to mitigate its effects.

    He said that signed agreements will also boost tourism whereby Spain tourists will visit Rwanda to explore the attractive beauty of the country and wild species.

    Among others, Rwanda has provided conducive business environment that Spain’s companies can leverage to invest in Rwanda.

    Dr Biruta invited his counterpart to visit Rwanda next year to further strengthen bilateral relations.

    Rwanda and Spain enjoy diplomatic relations since 1967. Figures released in 2018 show that Rwanda ranked 184th among countries with largest imports from Spain and 171st for exports to the country.

    Both countries have no joint investment even though there are some Spain companies operating in Rwanda including INDRA and ISOLUX contracted to build electricity substations.

    The MoU was signed yesterday between Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Dr Vincent Biruta and his counterpart of Spain, Arancha González Laya.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/rwanda-spain-sign-mou-to-consolidate-bilateral-cooperation

  • Umunyamakuru w’Umufaransakazi Natacha Polony agiye kuburanishwa ku byaha byo guhakana Jenoside #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Natacha Polony (Ifoto: Gilles ROLLE/REA)
    Natacha Polony (Ifoto: Gilles ROLLE/REA)

    Nk’uko bigaragazwa ku nyandiko yasohowe n’urwo rukiko ku itariki 11 Ukuboza 2020, Natacha Polony azaburanishwa ku cyaha cyo kuba yarahakanye ko “habayeho ibyaha byibasiye inyoko muntu, akabihakana mu mvugo, mu nyandiko, mu mashusho cyangwa se uburyo bw’itumanaho hifashishijwe ikoranabuhanga”.

    Ibyaha Polony akurikiranyweho, byaturutse ku magambo yavuze muri Werurwe 2018, kuri Radio yitwa ‘France Inter’, aho yari umwe mu bayobozi b’ibiganiro n’ubundi.

    Aganira na Raphael Glucksman, umwanditsi akaba yari n’umukandida mu matora yo mu Burayi icyo gihe, Natacha Polony yavuze uko we afata Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda hagati y’ukwezi kwa Mata na Nyakanga 1994.

    Yavuze ko ‘abicwaga n’ababishe bose ari bamwe nta tandukaniro’

    Polony yagize ati, “Ni ngombwa kureba ku byabaye muri icyo gihe, usanga nta tandukaniro hagati y’abagome n’abantu beza. Ikibabaje ni ukuntu twisanze mu kibazo cy’abantu b’ingegera zihanganye n’izindi ngegera[…] Ni ukuvuga, njyewe ntekereza ko, nta ruhande rw’abantu beza, n’urundi rw’abagome zari muri ayo mateka.”

    Uko gushyira abakorewe Jenoside n’abayikoze mu gatebo kamwe bikozwe na Natacha Polony, byatumye imiryango itandukanye ihaguruka harimo, ‘Ibuka France’, ihuriro mpuzamahanga rirwanya ivangura n’irondaruhu. Nk’uko iyo miryango yabitangaje, amagambo uwo munyamakuru yavugiye kuri ‘Radio France Inter ‘, yumvikanagamo “guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.”

    Uwo munyamakuru ntiyemera ko yahakanye Jenoside

    Mu bugenzacyaha, Natacha Polony “yemeye ko yavuze amagambo ashobora kuba yarateje ikibazo, ariko ahakana igisobanuro cyatanzwe n’uruhande rumurega (partie civile), ashimangira ko ikiganiro yavugiyemo ayo magambo cyatambukaga ku buryo bw’ako kanya (en direct), ko we ibyo yavugaga yaganishaga ku bayobozi, ariko ko “Jenoside yo yabayeho”.

    Tariki 11 Ukuboza 2020, nibwo Umucamanza w’i Paris, Milca Michel-Gabriel yafashe umwanzuro wo kohereza ikirego ku rukiko mpanabyaha.


    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/umunyamakuru-w-umufaransakazi-natacha-polony-agiye-kuburanishwa-ku-byaha-byo-guhakana-jenoside

  • France journalist accused of genocide revisionism to be taken to court #rwanda #RwOT

    Judge Milca Michel-Gabriel ruled the transfer of her case to the court On 11th December 2020.

    At the time, Natacha Polony explained that there was no side of kind people that between perpetrators and genocide victims.

    The aired talks how also talked about Colonel Guillaume Ancel, one of France soldiers who were in Rwanda during the 1994 Genocide against the Tutsi in 'Opération Turquoise’ who published a book dubbed ''Rwanda, la Fin du Silence” translated as (Rwanda, The End of Silence). The book sheds light on the role of France during the genocide which took lives of over 1 million Tutsis.

    Natacha Polony explained that all writings about the genocide should depict the reality of what happened and came up with a conclusion that they will end up establishing no difference between genocide perpetrators and victims.

    'It is necessary to consider the context of what happened that time which has nothing to do with bad and kind people. Unfortunately, the case deeply involves cruel against cruel people. This means, there was no side of kind and cruel people in that history,' she said.

    Polony also declined to comment on RPF soldiers that stopped genocide but rather said the current Government is a dictatorial regime intimidating journalists and other opponents.

    On behalf of Rwandans living in France, Lawyer Gisagara Richard immediately submitted an appeal to Superior Audiovisual Council (CSA) (France’s institution regulating broadcasted audio content) and requested the radio to provide explanations.

    At the time, Gisagara told IGIHE that he had written to CSA and the Director of France Inter seeking explanations on the way forward following the destructive comments.

    During a preliminary investigation, Natacha Polony admitted to have pronounced the disputed words but denied the meaning given to her speech. She however agreed that the genocide existed.

    Natacha Polony, France journalist and the editorial director at Marianne Magazine.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/france-journalist-accused-of-genocide-revisionism-to-be-taken-to-court

  • Bamwe mu mudoka zabo, abakinnyi ba APR FC babimburiye andi makipe gusubira mu ngo zabo(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Nyuma y’umwanzuro wa Minisiteri ya Siporo wo guhahagarika shampiyona kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, isaba FERWAFA gupimisha abakinnyi bakabona gusubira mu ngo zabo, APR FC iri mu makipe yabimburiye andi gutaha.

    Ni icyemezo cyasohotse ku wa 11 Ukuboza 2020, MINISPORTS ikaba yaravuze ko shampiyona ihagaze kubera kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo ku makipe ndetse isaba ko badasohoka mu mwiherero badapimwe.

    APR FC iri mu makipe yapimwe mbere ku wa Kabiri w’iki cyumweru kimwe na Mukura VS.

    Nyuma y’ibisubizo, ku mugoroba w’ejo hashize nibwo abakinnyi ba APR FC n’abakozi bayo bavuye mu mwiherero i Shyorongi aho babaga basubira mu ngo zabo.

    Jacques Tuyisenge ava Shyorongi ataha Kicukiro

    Blaise Itangishaka yatahanye na Bukuru Christophe

    Mutsinzi Ange Jimmy yasohokanye na Nshuti Innocent

    Myugariro Buregeya Prince asohoka mu modoka ye

    Ishimwe Anicet ari mu bakinnyi bagendeye mu modoka y’ikipe

    Nsanzimfura Keddy nawe yagendeye muri bisi y’ikipe

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/bamwe-mu-mudoka-zabo-abakinnyi-ba-apr-fc-babimburiye-andi-makipe-gusubira-mu-ngo-zabo-amafoto