Category: Uncategorized

  • Bazirunge zange zibe isogo, umwicanyi Ndereyehe azoherezwa mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Abasize bahekuye u Rwanda bakomeje kwihishahisha hirya no hino ku isi , ndetse naho bagaragaye bakarushya iminsi baburana urwandanze kugirango basunike iminsi. Mu bindi bakoresha harimo itangazamakuru. Urugero rwa hafi ni umwicanyi Charles Ndereyehe Ntahobatuye, usigaye ushaka gukoresha itangazamakuru yiyitirira ibyp ataribyo dore ko yavuze ko ari umuntu uharanira uburenganzira bwa Muntu bikandikwa n'ikinyamakuru The Rwanda kibogamiye kuri FDLR.Iki kinyamakuru icyo kigamije ni ugutambamira ko Ndereye yoherezwa mu Rwanda dore ko bigeze kure, akaba atazaba ari Interahamwe yambere yoherejwe n'igihugu cy'Ubohalandi kuko hari izindi nterahamwe zoherejwe harimo Mugimba na Iyamuremye baherutse kuzanwa mu Rwanda vuba aha.

    Ndereyehe ni umuntu wize cyane bityo amashuri ye atuma abasha gucengeza umugambi wa Jenoside. Abamuzi neza akirangiza amashuri ari umukuru w'umushinga OVAPAM bibuka uburyo yari intagondwa yanga Abatutsi. Iyo hari umututsi wabyaraga bavugaga ko inyenzi nshyashya yavutse. Kandi aha byari mbere ya tariki ya 1 Ukwakira 1990 ubwo FPR yatangizaga urugamba rwo kwibohora. Mu Kwakira 1990, Ndereeyehe yafungishije bamwe mubari abakozi be abita ibyitso bamwe baricwa.

    Kubera amashuri nubugome bwo kwanga abatutsi, Ndereyehe yayoboye indi mishanga itandukanye yazamuwe mu ntera ayobora indi mishanga itandukanye harimo umushinga wa Crete Zaire- Nil muri Musebeya mu cyahoze ari Gikongoro.

    Ahantu hose Ndereyehe yanyuze yahasanze abanda bahezanguni b'abahutu nka Alfred Musema wayoboraga uruganda rw'icyayi rwa Gisozi, Denis Kamodoka wayoboraga uruganda rw'icyayi rwa Kitabi na Marcel Sebatware wayoboraga CIMERWA.  Aba bose bakaba bari ku ruhembe rwa Jenoside mu majyepfo n'iburengerazuba.

    Hari ibimenyetso byerekana ko ubwo Ndereyehe Charles yari Umukuru w'ikigo gishinzwe ubushakashatsi k'ubworozi (ISAR Songa) mu gihe cya Jenoside ariwe watangaga amabwiriza, aho yemereraga Interahamwe amafaranga zabaga zishe Abatutsi benshi.

    Yategetse ko ko 20% by'umushahara w'abakozi ba ISAR yakatwa agafasha mu mugambi wa Jenoside. Ibi byarakozwe ndetse bibera urugero ahandi nabo barabikora bityo Ndereyehe ashimwa nk'umuntu watumye GUKORA (kwica abatutsi) byihutishwa.

    Igihe Leta yakoze Jenoside yahungiraga mu cyahoze ari Zaire, Ndereyehe nawe yajyanye nayo. Kubera ibigwi bye muri Jenoside, Ndereyehe ari mu bashinze RDR (Rally for Democracy in Rwanda), ikaba ari guverinoma y'abatabazi yari ihinduye izina ariko tariki ya 25 Werurwe 1995 RDR yahinduye inyito yitwa Return of the Refugees and Democracy in Rwanda mu nama yari iyobowe na Gen Bizimungu.

    Mu bari kumwe na Ndereyehe harimo abari abasirikari bakuru harimo Lt Col Bahufite, Col Joseph Murasampongo, Major Aloys Ntabakuze ndetse na Gen Bizimungu wari uyiyoboye. Nigute umusivile yari kwitabira iyi nama yo kurwego rwo hejuru? Ni uko bari bari bahuje gahunda yo gutera u Rwanda bakarangiza Jenoside bari baratangiye. Undi musiviri wari muri RDR ni Ingabire Victoire ufite nyina witwa Therese Dusabe wakoze Jenoside mu cyahoze ari Butamwa aho yari umukuru w'ikigo nderabuzima. Kugirango batagaragara muruhando mpuzamahanga, abasirikari bakuru bashyize mu maboko ya RDR uwitwa Ndereye na Ingabire nyuma ihinduka FDLR naho Ingabire na Ndereyehe bayita FDU Inkingi.

    Nkuko byagiye ahagaragara mu minsi yashize mu bitero byakozwe na RUD Urunana byagaragaye ko bafatanyije na FDU Inkingi. Naho uwahoze ari umunyamabanga mukuru wayo akaba n'inshuti ya Ndereyehe ariwe Joseph Mugenzi yafashwe n'inzego z;umutekano mu Buholandi.

    Nguwo Charles Ndereyehe utegerejwe I Kigali ngo aryozwe ibyaha yakoze

    The post Bazirunge zange zibe isogo, umwicanyi Ndereyehe azoherezwa mu Rwanda appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/bazirunge-zange-zibe-isogo-umwicanyi-ndereyehe-azoherezwa-mu-rwanda/

  • National Cycling Championship suspended #rwanda #RwOT

    A statement released by FERWACY today shows that the decisions is meant to adhere to COVID-19 directives.

    'In a bid to adhere to new COVID-19 preventive measures, the National Cycling Championship 2020 scheduled on Saturday 19th and Sunday 20th December has been canceled,' reads the statement.

    On the first day of the championship, racers in the category junior men and women would race for 25km track from Nyamata-Mbyo-Nyamata in Individual Time Trial (ITT) while men Elite and U23 would set off from Ramiro heading to Nyamata covering 41.8km.

    On the second day of the championship, racers were supposed to use one of routes set for Tour du Rwanda 2021 whereby women racers would set off from Kisaro sector to cross the finishing line at Kanyinya (MAGERWA) covering 71 kilometers.

    Men juniors had to set off from Rukomo in Gicumbi district heading to Kanyinya (MAGERWA) covering 90km while Men Elite&U23 had to depart Gatsata to cross the finish at Kanyinya (MAGERWA) following the track from Gatsata-Gicumbi-Base-Nyirangarama-Kanyinya covering 139km.

    Rwanda Cycling federation (FERWACY) has suspended the National Cycling Championship scheduled over the weekend.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/sports/article/national-cycling-championship-suspended

  • Umuraperi Muchoma yahaye abanyarwanda umwaka mushya #rwanda #RwOT

    Indirimbo 'Mucoma’ yagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukuboza 2020, ikoze mu buryo bw’amajwi mu gihe uyu muhanzi atangaza ko amashusho yayo nayo arasohoka mu bihe biri imbere.

    Muchoma uri mu bahanzi bari gukora cyane muri iyi minsi ashyize hanze iyi ndirimbo nyuma gato y’iyo aherutse gushyira hanze ari kumwe na The Ben, ikaba iri mu ndirimbo zikunzwe hano mu Rwanda.

    Umva hano indirimbo 'Mucoma’

    Mu kiganiro na UKWEZI, yavuze ko afite intego yo gukora indirimbo nyinshi kandi nziza kugira ngo nawe arebe ko yaza ku rutonde rw’abahanzi bari imbere hano mu Rwanda.

    Ati 'Urabona mu myaka yashize, wasangaga ari abahanzi bake bari imbere y’abandi, icyo kintu nshaka kugihindura ndagira ngo nkore cyane nanjye nze mub’imbere kandi birashoboka.'

    Muchoma uvuga ko ari gutegura album ye izasohoka mu mwaka utaha yaboneyeho no kwifuriza abanyarwanda umwaka mushya muhire wa 2021.

    Umva hano indirimbo 'Mucoma’

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Umuraperi-Muchoma-yahaye-abanyarwanda-umwaka-mushya

  • Sat B uvuga ko yatengushywe na Meddy yashyize hanze amashusho y’indirimbo bakoranye #rwanda #RwOT

    Sat B w’i Burundi yari aherutse gushyira hanze EP ye nshya yise 'Romantic Sounds’ iriho indirimbo zikoze mu buryo bw’amajwi zirimo n’iyitwa 'Beautiful yakoranye na Meddy.

    Ni indirimbo aba bombi bakoranye mu 2018, ariko ibijyanye no gufata amashusho yayo biba ingorabahizi ku mpamvu z’uko Meddy yakomeje kubura umwanya ndetse Sat B akaba avuga ko kugeza ubu ntan’icyizere cyo kuyakora afite.

    Reba hano indirimbo 'Beautiful’

    Kuri ubu uyu muhanzi uri mu bayoboye umuziki w’I Burundi bitewe n’igikundiro afite yiyemeje gushyira hanze iyi ndirimbo ye na Meddy yifashishije amashusho y’abandi bantu babyina iyi ndirimbo aherekejwe n’amagambo ayigize (Video lyrics).

    Mu kiganiro na UKWEZI yavuze ko yagerageje kuvugana na Meddy ngo barebe ko bakora amashusho y’iyi ndirimbo nk’uko yari abifite mu mishinga ariko Meddy akomeza kugenda abura.

    Ati 'Ubu nta cyizere mfite cy’uko tuzakora amashusho y’iriya ndirimbo niyo mpamvu nahisemo kuyikora muri ubu buryo kandi ni ibintu bisanzwe bibaho.'

    Kuba iyi ndirimbo imaze Meddy atarigeze afatanya na Sat B kuyimenyekanisha, avuga ko ari uburenganzira bwe kuba yayamamaza cyangwa nta bikore n’ubwo byari kuba byiza iyo yemera kumufasha.

    Sat-B yahuriye na Meddy muri Wasafi Records mu 2018 ubwo bose bari bagiye gukorera umuziki muri Tanzania. Iyi ndirimbo yabo yagombaga kuba yarasohotse mu mpera za 2018, ariko hazamo imbogamizi zinyuranye.

    Amashusho yayo yagombaga gufatirwa i Burundi mu mpera za 2018 ubwo Meddy yari afiteyo igitaramo bagombaga guhuriramo ariko ntayabashije kujyayo.

    Reba hano indirimbo 'Beautiful’

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Sat-B-uvuga-ko-yatengushywe-na-Meddy-yashyize-hanze-amashusho-y-indirimbo-bakoranye

  • Ubuyobozi bwa APR FC bwagize icyo buvuga ku byayivuzweho mu minsi ishize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    APR FC
    APR FC

    Iyo nkuru iragira iti “Nta na rimwe APR FC yakinnye imikino ya gicuti n’andi makipe itabisabye ababishinzwe kandi ikabiherwa uburenganzira ngo ikine. Inzandiko zose twanditse kandi zikakirwa n’ababishinzwe ziri muri iyi nkuru, nta kuntu rero abari bashinzwe gutanga uburenganzira bahitamo kuvuga ko mu mikino 11 harimo 3 twakinnye tutabisabye kandi inzandiko zibisaba barazihawe bakanazakira. Niba atari ibindi byihishe inyuma, APR FC ibona urujijo ari aho ruhera.”

    Ubuyobozi bw
    Ubuyobozi bw’ikipe y’ingabo z’igihugu bwasabye uburenganzira bwo gukina imikino itatu ya gicuti
    Ubuyobozi bwa APR FC bwasabye uburenganzira bwo gukina imikino ya gicuti ku makipe yapimishijwe COVID-19
    Ubuyobozi bwa APR FC bwasabye uburenganzira bwo gukina imikino ya gicuti ku makipe yapimishijwe COVID-19

    Ubuyobozi bwa APR FC buvuga ko inkuru zatambukijwe nabi ko ngo na APR FC yaba itarubahirije ingamba zo kurwanya no kwirinda ikwirakwiza rya COVID-19 si byo kuko ibimenyetso bihari abifuza ukuri bakubona batarushye. Kuva mu ntangiriro yo kwitegura CAF Champions League kugera tariki ya 16 Ukuboza 2020, abakinnyi n’abakozi ba APR FC ngo bagiye bapimishwa kenshi byongeye ubwo buyobozi bupimisha n’amwe mu makipe yakinnye na APR FC mu mikino ya gicuti.

    Inyandiko yashyizwe ahagaragara n’iyi kipe ikomeza igira iti “Tariki ya 14 Ugushyingo twapimishije Etincelles FC umunsi umwe mbere y’uko duhura mu mukino wabaye ku wa Mbere tariki ya 15 ukaza gusubikwa kubera ikibazo cy’imvura nyinshi ugakinwa tariki ya 16 Ugushyingo, APR FC yatahukanyemo intsinzi y’igitego 1-0. Tariki ya 18 Ugushyingo APR FC yapimishije Bugesera FC bahuye mu mukino wa gicuti tariki ya 19 kuri Stade ya Kigali, uyu mukino ikipe y’ingabo z’igihugu yatsinze ku bitego 3-0. Yakurikijeho gupimisha Musanze FC, tariki ya 22 Ugushyingo umukino amakipe yombi yanganyije igitego 1-1 kuri Stade ya Kigali.”

    Mu rwego rw’igenzura ryakozwe na FERWAFA hasurwa amakipe ngo hagenzurwe uko akomeje kwirinda icyorezo cya COVID-19, ku wa Mbere tariki ya 09 Ugushyingo saa yine za mu gitondo Komiseri ushinzwe komisiyo y’ubuzima mu ishyiramwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, Dr Hakizimana Moussa yasuye ikipe ya APR FC mu mwiherero i Shyorongi mu rwego rwo kureba ko yujuje ibisabwa bikubiye mu mabwiriza yo kwirinda COVID-19 yahawe amakipe kugira ngo abe yatangira imyitozo. Dr Moussa nyuma y’urwo ruzinduko rw’akazi, yatangaje ko asanze ikipe y’Ingabo z’Igihugu yujuje ibisabwa ijana ku ijana ndetse asaba n’andi makipe kureba uko APR FC yabigenje ipimisha abakozi bayo bose kandi kenshi kugira ngo bazatangire shampiyona bose bameze neza nta n’umwe urwaye.

    Mbere y’uko ikipe ya APR FC isoza imikino ya gicuti yitegura imikino ya CAF Champions League, ubuyobozi bwa APR FC bwari bumaze gupimisha abakozi n’abakinnyi bayo inshuro esheshatu. Mu gihe yari gukina umukino wa mbere wa CAF Champions League na Gor Mahia, abakozi n’abakinnyi babanje kongera gupimwa COVID-19 ku nshuro ya karindwi basanga bose ari bazima ari na byo byabahesheje uburenganzira bwo gukina uyu umukino. Mbere y’uko APR FC ihaguruka mu Rwanda yerekeza muri Kenya gukina umukino wo kwishyura, abakozi n’abakinnyi babanje gupimwa ku nshuro ya munani, bageze muri Kenya bongera gupimwa COVID-19 ku nshuro ya cyenda.

    Ibaruwa yasabaga uburenganzira bwo gukina imikino ya gicuti na Sunrise FC ndetse na Etincelles FC
    Ibaruwa yasabaga uburenganzira bwo gukina imikino ya gicuti na Sunrise FC ndetse na Etincelles FC
    Ababishinzwe barabimenyeshwaga
    Ababishinzwe barabimenyeshwaga

    Ubwo APR FC yagarukaga mu Rwanda ije gutangira imikino ya shampiyona ya 2020-21, yongeye gupimisha abakozi n’abakinnyi bayo ku nshuro ya cumi nk’uko amabwiriza ya Minisiteri ya Siporo na FERWAFA yahaye amakipe yabiteganyaga. Icyo gihe na bwo ngo byagaragaye ko ari bazima binabahesha uburenganzira bwo gukina umukino wabo wa mbere wa shampiyona yatsinzemo Kiyovu Sport.

    Ubutumwa bwa APR FC busoza bugira buti “Tuributsa ibyo benshi bazi APR FC ni Ikipe y’ Ingabo z’Igihugu, iteka itozwa kubaha no kumvira. Bityo abirengagiza gukora kinyamwuga bifuza kuyivuga uko itari ngira ngo ibimenyetso n’ amateka birabanyomoza.”


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/ubuyobozi-bwa-apr-fc-bwagize-icyo-buvuga-ku-byayivuzweho-mu-minsi-ishize

  • Oda Paccy ushinjwa ubwambuzi bwa miliyoni 27Frw yajuririye urukiko #rwanda #RwOT

    Umunyemari Denis Loi wo mu gihugu cya Canada yatsinze Oda Paccy uhagarariye Ladies Empire mu rubanza yamuregagamo kumutwarira ibikoresho bya Studio, Urukiko rutegeka Oda Paccy kumwishyura 27,935,000 Frw.

    Kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukuboza 2020, nibwo Urukiko rw’Ubucuruzi rwa Nyarugenge rwaburanishije ubujurire bwa Oda Paccy wari wuganiwe n’umunyamategeko we.

    Iburanisha ryo kuri uyu wa Kane ryatangiye Perezida w’Urukiko agaruka mu ncamake y’urubanza, yahaye ijambo umwunganizi mu mategeko w’abatanze ubujurire maze avuga ku ngingo zikwiye gusuzumwa neza abakiriya be yunganira bifuza ko urukiko rwabarenganuraho.

    Ingingo ya mbere yagarutseho ni iy’uko urukiko rwategetse Uzamberumwana (Oda Paccy) na Umutoni Nadia gusubiza Denis ibikoresho, agahabwa n’amafaranga y’u Rwanda Miliyoni makumyabiri na zirindwi n’ibihumbi magana acyenda na mirongo itatu na bitanu ndetse agasubizwa n’ibihumbi birindwi by’amadorari.

    Mu kugaragaza ko kwishyuzwa aya mafaranga ari akarengane uyu mwunganizi yasabye urukiko kwitegereza neza ubutumwa buri muri dosiye bwo kuwa 29 na 20 Ugushyingo 2019, na tariki 1 Ukuboza 2019 Uzamberumwana (Oda Paccy) yohererezanyaga na Denis.

    Ubu butumwa ngo bwerekana ko Denis ari inkunga yabahaga atari inguzanyo cyangwa ubufatanye bwari bugamijwe mu kubaka Ladies Empire.

    Naho gusubiza ibirebana n’amafaranga ibihumbi birindwa by’amadorari abakiriya be bemera ko bari bagurijwe na Denis, yavuze ko igihe cyo kuyishyura cyari kitaragera kuko bari bemeranyijwe kuyamwishyura mu myaka ibiri agasanga ari akarengane kuba urukiko rwarategetse kuyasubiza igihe kitaragera. Oda Paccy aherutse gutekekwa kwishyura miliyoni 27Frw

    Ku ngingo irebana n’amafaranga miliyoni makumyabiri n’ebyiri n’ibihumbi magana acyenda na mirongo itatu na bitanu y’amanyarwanda urukiko rwageneye Denis y’ikurikirana rubanza ndetse na n’indishyi z’akababaro za miliyoni 5, yavuze ko atari akwiye kuko abakiriya be bari bagenewe inkunga nk’uko yabisobanuye.

    Aha niho yahise ahera asaba urukiko ko aya mafaranga yakurwaho. Yashimangiye ko abakiriya be bemera ibihumbi birindwi by’amadorari bahawe nk’inguzanyo na Denis. Andi yose ngo yari nk’impano. Ikindi abakiriya be batumvaho rumwe n’urukiko ni ‘camera’ Denis yabahaye bagombaga kwishyura yaje gupfa ariko bo kugeza ubu bakaba bavuga ko nayo yari impano.

    Uyu mushinga wa Ladies Empire watangiranye n’abantu batatu, Umutoni Nadia, Oda Paccy (Uzamberumwana Pacifique) na Helena gusa uyu we yaje kuwuvamo umugabane we awugurisha Denis umunyemari utuye muri Canada bavuga ko ariwe wabahaye impano.

    Muri uru rubanza Helena wagurishije imigabane ye yabajije Perezida w’urukiko impamvu agaruka mu manza kandi nyamara we yaragurishije umugabane we n’umunyemari Denis, bavuga ko yabateye inkunga mu gushyira mu bikorwa umushinga wabo. Cyakora hari indi ngingo umuntu yavuga ko ari yo iri gutuma agaruka mu rubanza ijyanye n’uko uyu Helene yasinye ku masezerano y’ibihumbi birindwi by’amadorari.

    Abunganizi ba Denis na Helene babwiye Perezida w’urukiko ko uyu mugore akwiye kwishyura indishyi z’akababaro kuko nta mpamvu n’imwe yagatumye aza muri uru rubanza. Bavuze ko amaze guta umwanya mwinshi no gukoresha tike y’indege ya miliyoni eshatu kuko adasanzwe atuye mu Rwanda.

    Ku rundi ruhande Perezida w’urukiko yabajije abunganira Denis Loi bari babiri muri uru rubanza, impamvu ibyo yatakaje muri uyu mushinga byaryozwa abajurira kandi bose bari bawuhuriyeho.

    Kuri iki kibazo umwunganizi umwe yagize ati 'Ibyo bavuganye byose bavuganaga ku mafaranga akenewe kandi nta na hamwe Denis yigeze ababwira ko ari impano ari kubaha'. Yakomeje avuguruza ibyo bavuganye byose bifite inyandiko kandi bo ubwabo bishyiriyeho umukono.

    Ku gisububizo yahaye perezida w’urukiko yongeyeho ikindi kintu gikomeye ati'Bamaze gukorana ibiganiro cya nyuma tariki 30 y’uburyo bazakorana muri sosiyete, barebye uko imigabane ya buri muntu ingana basanga Denis Loi afite 60% by’imigabane ya sosiyete ba bagore babiri bato babibonye gutyo barabyanga'.

    Yakomeje avuga ko bari bafite ibikoresho byose Denis Loi yazanye ndetse n’amafaranga bahita bamwima uburenganzira bwose muri sosiyete. Akomeza avuga ko iyi ariyo mpamvu bagakwiye kwishyuza ibi byose kubera ko bamwimye ubwo burenganzira kandi nawe yari yarinjiye muri iyi kompanyi mu buryo bwemewe.

    Perezida w’urukiko nanone yabajije undi mwunganizi wa Denis ikigaragaza ko koko uyu mushoramari agomba gusubizwa miliyoni makumyabiri na zirindwi n’ibihumbi magana acyenda na mirongo itatu na bitanu. Muvgusubiza iki kibazo yavuze ko uhagarariye abajuriye ndetse nabo bameze nk’aho bise aya mafaranga indishyi urukiko rwageneye Denis Loi nyamara atari ko bimeze maze asobanura impamvu.

    Yavuze ko ari amafaranga Denis Loi yashoye yabazwe akagera kuri miriyoni makumyabiri n’ebyiri, yavuze ko ibikoresho yatanze byonyine byari bifite agaciro ka milioni cumi n’enye n’imisago bagaragaje mu rubanza rwa mbere.

    Yakomeje asobanura amatariki atandukanye yagiye atangiraho andi mafaranga agaragaza ko indishyi zashyizwe muri ya mafaranga twagarutseho haruguru ari miliyoni eshanu gusa. Yongeyeho ko ikibazo kiri muri uru rubanza ari ukumenya neza niba ibi byose Denis loi yatanze ari impano, avuga ko atari yo kuko na nyiri ubwite yateze indege akava muri Canada aje gukurikirana imitungo yashoye.

    Yavuze kandi ko ariyo mpamvu urubana rwa mbere rwabaye urukiko rwategetse ko amafaranga ya Denis Loi agaruka ndetse n’ibikoresho bye. Perezida w’urukiko yavuze ko uru rubanza ruzasomwa tariki 30 Ukuboza 2020 saa 2:00 z’amanywa

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Oda-Paccy-ushinjwa-ubwambuzi-bwa-miliyoni-27Frw-yajuririye-urukiko

  • Nyamasheke teacher protests COVID-19 preventive measures, resigns #rwanda #RwOT

    The letter dated 16th December 2020 was written to the mayor of Nyamasheke district.

    In his letter that circulated on social media, Nshimiye said that he could not continue his work due to Covid-19 preventive measures implemented at his school noting 'they are against the commandments of God and his Word that I respect.’

    Nshimiye who was a teacher in Primary 5 and 6 has confirmed to IGIHE that he wrote the letter himself.

    'I am the one who wrote the resignation letter. That is the way it is [Preventing covid-19] is against my faith and the Bible,' he said.

    Nshimiye said he resigned because his faith beliefs do not allow him to wear a face mask and being forced to wash hands.

    'I often wash hands but willingly without someone else’s pressure. I don’t belong to any faith based organization. I respect Biblical verses,' he explained.

    The Director of Education in Nyamasheke district, Alphonse Sinabajije said that he asked the teacher to report himself to the district to discuss the matter face to face but the latter was not able to reach district offices because he can’t wear a face mask.

    'We had summoned him to report himself to the district yesterday but couldn’t find a way because he doesn’t wear a face mask. He cannot be allowed to enter a bus without wearing a face mask. I finally talked to him over the head teacher’s phone. He told me that his biblical faith doesn’t allow him to do so,' he explained.

    'I told him that I am also a Christian and referred him to some verses in the bible. He declined to accept my advises saying these measure preventives being implemented are Satanic symbols. He told me, he would rather resign than adhering. I latter saw the letter circulating on social media,' added Sinabajije.

    He revealed that seven students in Mahembe and Karambi sectors have also abandoned school over refusal to wear face masks.

    'There are children who abandoned school because they don’t want to wear face masks in the sector. We have the responsibility to engage in discussions with pupils at the school where he taught and parents to change mindsets and let them know that adhering to COVID-19 preventive measures is not against the word of God. I have seen seven children at Nyarusiza school in Mahembe along with others in Karambi with similar problem,' said Sinabajije.

    Rwanda confirmed the first COVID-19 patient on 14th March 2020. As of today, 7032 people have been tested positive out of 679,132 sample tests of whom 6089 have recovered, 886 are active cases while 57 have succumbed to the virus.

    Figures from the Ministry of Health indicate that the prevalence of recoveries, deaths and new cases respectively stands at 86.5%, deaths at 0.8% and 2.5%.

    Coronavirus symptoms include coughing, flu, and difficulty in breathing. The virus is said to be transmitted through the mucous membranes of the respiratory tract.

    Rwandans are urged to adhere to COVID-19 health guidelines, washing hands frequently using soaps and safe water, wearing face masks and respecting social distancing.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/nyamasheke-teacher-protests-covid-19-preventive-measures-resigns

  • Burundi’s ex-President Pierre Buyoya dies aged 71 #rwanda #RwOT

    “The death of former president Pierre Buyoya is confirmed. There is no more doubt,” head of information and communications division at the office of Burundi’s President Willy Nyamitwe said in a tweet.

    A relative of Buyoya, who spoke on condition of anonymity, told Reuters Buyoya had died on Thursday en route to Paris for medical treatment. She did not give any further details.

    Buyoya served as president for 13 years in total during two stints, from 1987-1993 and from 1996-2003.

    In October, he was convicted in absentia by the Supreme Court for the killing of Melchior Ndadaye, the country’s first democratically elected president, whose death in 1993 after just three months in office triggered a 10-year civil war which claimed at least 300,000 lives.

    From 2012, Buyoya served as the African Union’s envoy for Mali and the Sahel region but he resigned in November.

    Buyoya first took power in 1987, ousting president Jean-Baptiste Bagaza in a coup, but lost an election in June, 1993 to Ndadaye.

    Three years later, he mounted another military coup to regain power.

    Buyoya served as president for 13 years in total during two stints, from 1987-1993 and from 1996-2003.

    Reuters

    Source : https://en.igihe.com/news/article/burundi-s-ex-president-pierre-buyoya-dies-aged-71

  • Konti ya Polisi y’u Rwanda kuri Twitter yagize ikibazo #rwanda #RwOT

    Iki kibazo cyabayeho mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukuboza 2020, ubwo abashakisha amakuru kuri uru rukuta rwa Polisi [@Rwandapolice], bageragezaga kurufungura bakabwirwa ko rutabaho.

    Mwaramutse,

    Konti ya Polisi ku rubuga rwa Twitter (@Rwandapolice) kuri ubu ntirimo gukora, abafite ibibazo cyangwa bashaka kuduha amakuru babinyuza kuri iyi konti @RNPSpokesperson. Murakoze.

    — CP JB KABERA (@RNPSpokesperson) December 18, 2020

    Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera yatangaje ku rukuta rwe rwa Twitter ko abakeneye amakuru bazajya babariza ku rukuta rwe ndetse n’ibindi birebana na Polisi y’u Rwanda byose niho biraba bitangarizwa.

    Ati 'Konti ya Polisi ku rubuga rwa Twitter (@Rwandapolice) kuri ubu ntirimo gukora, abafite ibibazo cyangwa bashaka kuduha amakuru babinyuza kuri iyi konti @RNPSpokesperson. Murakoze.'

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Konti-ya-Polisi-y-u-Rwanda-kuri-Twitter-yagize-ikibazo

  • Cardinal Kambanda yahawe inshingano nshya na Papa Francis i Roma #rwanda #RwOT

    Cardinal Kambanda Antoine yahawe inshingano nshya na Papa Francis, ashyirwa mu cyo umuntu yagereranya na Minisiteri ishinzwe Iyogezabutumwa ku Isi.

    Umuntu wese ubaye Cardinal agira aho ashyirwa muri Guverinoma ya Papa ni yo mpamvu ku wa 16 Ukuboza Papa Francis yashyize mu myanya aba-Cardinal bashya aherutse kwimika. Cardinal Kambanda yashyizwe muri Congregation ishinzwe Iyogezabutumwa ku Isi.

    'congrégation' y'iyogezabutumwa muri Kiliziya Gatolika, yashyizweho na Papa Gregory XV muri Kamena 1622, ifatwa nk'ihuriro rishinzwe kwamamaza amahame n'ukwemera kwa Kiliziya, ibizwi nka 'Propaganda Fide'.

    Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Régina Pacis, Ntagungira Jean Bosco, yabwiye IGIHE ko ubusanzwe umuntu wese ugizwe Cardinal ahabwa n'izindi nshingano.

    Ati 'Iyo bataba muri Roma baba muri diyosezi zabo, burya baba bagomba kugira na Dicastère babarizwamo bakaba basa n'abari mu Nama y'Ubutegetsi yayo kugira ngo bajye bamenya ibikorerwamo, batange ibitekerezo, buri wese kugira ngo atange umusanzu kuri serivisi z'imirimo ya Papa.'

    Dicastère muri Kiliziya Gatolika wayigereranya na Minisiteri isanzwe. Uyirimo si ngombwa ko ajya kuba i Roma, bivuze ko Cardinal Kambanda azajya ajya gukora imirimo ye aturutse i Kigali aho asanzwe aba.

    Inshingano Dicastère Cardinal Kambanda yashyizwemo ni ukwamamaza ukwemera ku Isi hose, ndetse ni yo iba ifite inshingano zo guha umurongo kiliziya mu bikorwa bijyanye n'iyogezabutumwa birimo nko gushyiraho inzego z'abapadiri, guharanira ko havuka inzego nshya zishinzwe iyogezabutumwa ndetse n'inyandiko zaba zikenewe muri Kiliziya zijyanye nabyo.

    Iyi congrégation ni yo yashyizeho itegeko ryo mu 1659 rizwi nka Magna Charta ribuza imigenzo imwe n'imwe y'igihugu ko yasanishwa n'ukwemera gatolika.

  • Ku wa 28 Ugushyingo 2020 nibwo Papa Francis yimitse Cardinal Kambanda
  • Source : https://impanuro.rw/2020/12/18/cardinal-kambanda-yahawe-inshingano-nshya-na-papa-francis-i-roma/