Category: Uncategorized

  • Ntibisanzwe! Umugore wabyaye hashize iminota 30 amenye ko atwite yaciye ibintu hirya no hino ku isi #rwanda #RwOT

    Umugore w'imyaka 26 witwa Ally Opfer yibarutse umwana w'umuhungu nyuma y'iminota 30 amenye ko atwite. Amezi icyenda yari ashize ataramenya ko yasamye.

    Ally Opfer ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gace ka Claveland ni we wahuye n'igitangaza cyo kubyara nyuma y'igihe gito cyane kingana n'iminota 30 amenye ko atwite.

    Ibi byabaye ubwo yari ari kwitegura kujya mu kazi ke gasanzwe ka buri munsi akora ariko akumva ntabwo ameze neza mu mubiri we, gusa ntiyabyitaho cyane. Nyuma y'amasaha abiri akomeje kumererwa nabi nibwo yafashe agasuzuma ko atwite (pregnancy test) bitewe n'uko yumvaga ibimenyetso ari nk'iby'umugore utwite.

    Nk'uko Ally Opfer yabitangarije ikinyamakuru The Sun, yavuze ko ubwo yari akimara kwisuzuma akabona aratwite yakomeje kugira uburibwe bukomeye abona kujya kwa muganga. Ageze kwa muganga bamusuzumye bamubwira ko ari ibise yagize kandi ko agiye kubyara.

    Ally Opfer yakomeje agira ati: 'Naratunguwe cyane bambwira ko ngiye kubyara kandi hashize iminota 30 menye ko nasamye, nari nsanzwe mpura n'ikibazo cyo kutabonera imihango ku gihe kuko ijya imara amezi menshi ntayo mbona. Sinigeze mbyibuha cyangwa ngo inda yanjye yiyongere kuko nsanganywe inda nini.'

    Uyu mugore yasobanuriye The Sun ko kuba yaragejeje amezi icyenda ataramenya ko atwite ari ikibazo cy'umubiri we kuko ntabmpinduka wagize. Ally Opfer wibarutse umwana w'umuhungu akamwita Oliver David Opfer ahamya ko ari igitangaza Imana yakoze ndetse ko ari impano ya noheli Imana yamuhaye.

    Si ubwa mbere ibintu nk'ibi bibaye aho umugore yibaruka atari azi ko atwite. Ikinyamakuru cyitwa Variety News cyatangaje ko Ally Opfer atari we gusa bibayeho kuko no mu mwaka wa 2016 umugore yabyaye amaze amasaha 2 amenye ko atwite.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/29/ntibisanzwe-umugore-wabyaye-hashize-iminota-30-amenye-ko-atwite-yaciye-ibintu-hirya-no-hino-ku-isi/

  • What can we expect from the use of 5G networks? Jacques Kabandana, CEO of Ericsson Rwanda responds #rwanda #RwOT

    As time goes on, we continue to feel a change in the use of the Internet where the world in general is eyeing the use of 5G Internet which is expected to change a lot in human life.

    TOP AFRICA NEWS interviewed Jacques Kabandana, CEO of Ericsson Rwanda, explaining some of what we would expect as a result of the 5G network.  

     

    We have been hearing about 5G usage around the world for some time now, but in Rwanda we are not hearing about 5G usage. Is 5G already used in Rwanda? Can you explain to us about 5G usage in the context of Rwanda and Africa as well?

    We believe that Information and Communications Technology (ICT) is the catalyst for digital transformation, with mobile networks being the crucial ingredient in increasing Africa's economic competitiveness in the global arena.

    Digital transformation is taking place in almost every industry, disrupting and creating new business models. 5G is an enabler of this transformation. As highlighted in the November 2020 edition of the Ericsson Mobility Report, distinct volumes of 5G subscriptions are expected from 2022, reaching 5 percent in 2026.

    While there are parts of the continent on the cusp of 5G rollout, there remains other parts where 3G and 4G are still in infancy. The development of LTE and 5G digital infrastructure is an integral part of Africa's growing economy and has proved to be an essential driver of an inclusive information society that integrates digitization in all critical aspects of life, such as education, transport, health, energy and even homeland security.

    In Africa, we have already implemented an expanded platform to deliver more efficient network performance and improved network capabilities. This is enabling service providers to capture opportunities from digitization of industries and from emerging use cases while addressing the explosive traffic growth expected in 5G evolution.

    1. We are talking about 5G but there are also those who say that 4G has not helped them properly so it is possible that even 5G may not get customers due to the fact that even 4G has disappointed them. What do you say about that?

    As digital infrastructure and transaction become increasingly impactful to the development of the African societies and economies, affordable broadband access will need to be extended to over a billion individuals to bridge the 'digital divide' and enable them to reap the benefits of the digital economy.

    Mobile broadband subscriptions in Sub-Saharan Africa (SSA) are predicted to increase according to Ericsson Mobility Report, reaching 76 percent of mobile subscriptions. Driving factors behind the growth of mobile broadband subscriptions include a young, growing population with increasing digital skills and more affordable smartphones.

    Mobile broadband connectivity not only offers great potential to transform cities and industries, but it enables connectivity as a basic human right; fostering inclusion and making a positive, sustainable economic impact.

    1. A recent report by Ericsson shows that the number of Mobile data consumers will increase significantly. What opportunities do we have based on the increase in the number of Mobile phone users?

    The November 2020 edition of the Ericsson Mobility Report reveals that mobile data traffic in Sub-Saharan Africa is estimated to grow by almost 6.5 times the current figures, with total traffic increasing from 0.87EB per month in 2020 to 5.6EB by 2026. Meanwhile, average traffic per smartphone is expected to reach 8.9GB over the forecast period.

    As the demand for capacity and coverage of cellular networks continues to grow, service providers must invest in their networks to meet evolving consumer requirements. With our commitment to innovation and long history of engaging in Africa's telecom industry, we at Ericsson are driven to deliver the next-generation technology solutions to Africa. These can enable sweeping changes to industrial production, allow seamless access to societal services and provide people with ways of living harmoniously with their environment.

    1. What do you think is the best way for a person to benefit from a 5G network?

    Africa's Digital agenda is a base for economic opportunities across all industry sectors, with the continent's young population driving enormous opportunities in this digital era. Service providers in Africa are seizing the opportunity to evolve their role in the value chain and build powerful technological capabilities that can dramatically accelerate the digital transformation of companies across industries and geographies.

    With networks of the future, the complexity of operating networks will go far beyond what any human can manage. To leverage the full benefits, investing in additional technologies such as cloud native, orchestration and automation is now business critical. 

    Farmers across the continent are realizing how important digital technology, robotics, image recognition, sensors, precision farming, big data and analytics are to ensuring the future profitability of their industry, addressing sustainability issues, and improving resilience in the face of climate change.

    Introduction of AI cognitive algorithms will enable networks to perceive current conditions — making it easier to plan, decide and act on those conditions to achieve better outcomes. Using our 4G and 5G technology with low latency alongside with the AI and Automation, we can enable farmers to use drones and self-guided tractors powered by GPS navigation systems to monitor crops.

    Robotics can also be utilized various agriculture applications — helping to improve the food production lifecycle, boost efficiency and minimize waste.

    1. What is the role of Ericsson in Rwanda in helping the public to enjoy the benefits of using the Internet?

     Ericsson is well established in East Africa with offices in Rwanda, Uganda, Kenya and Tanzania. We operate in the Information and Communication System (ICT) sector together with our partners being the services providers such as MTN and Airtel. Our comprehensive portfolio ranges across Networks, Digital Services, Managed Services and Emerging Business.

    In addition, Ericsson is committed to developing STEM leaders through digital transformation initiatives and events. We are fully aware of the challenges in Rwanda when it comes to capacity building in various sectors including STEM which is one of the objectives of the Rwanda National Employment Program (NEP) and we are working on addressing its key objectives. Since its establishment in 2009, Ericsson Rwanda has focused on recruiting and empowering local talents, we are proud to have more local than foreign resources in our workforce.

    Developing strong local competence is a key pillar of the Ericsson strategy to realize industry 4.0. within an African context through Digital Transformation as we believe transformation is both driven by talent and technology.  Africa's digital agenda is best built by African talent as they leverage automation to build smarter networks, addressing head-on the complexity to expand digital inclusivity.

    1. What advice would you give to today's youth based on experience in the use of modern communication, especially the Internet?

    Connectivity is a critical enabler of social and economic change. Its dynamism constantly offers us new ways to overcome both global and regional development challenges. If leveraged for good, the introduction of 5G and expansion of LTE networks across Africa can accelerate this process exponentially.

    While there are parts of the continent trialing 5G services, majority of countries remain focusing on 3G and 4G as smartphone affordability improves year on year. The development of advanced wireless digital infrastructure is an integral part of Africa's growing economy. Mobile broadband access has proved to be an essential driver of an inclusive information society that integrates digitization in all critical aspects of life, such as education, transport, health, energy and even homeland security. Never has this been more evident than during the current COVID 19 pandemic.

    70

    The post What can we expect from the use of 5G networks? Jacques Kabandana, CEO of Ericsson Rwanda responds appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/29/what-can-we-expect-from-the-use-of-5g-network-jacques-kabandana-ceo-of-ericsson-rwanda-responds/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=what-can-we-expect-from-the-use-of-5g-network-jacques-kabandana-ceo-of-ericsson-rwanda-responds

  • Huye: Abahinzi b'imboga bashengurwa no kuzirira kuzimara kubera kubura aho bazihunika – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Abo bahinzi bavuga ko nyuma yo kwigishwa guhinga imboga, umusaruro wabaye mwinshi ku buryo babona izo kurya n'izo kugurisha, gusa ngo hari nyinshi zipfa ubusa kubera kutagira aho kuzihunika habugenewe.

    Hategekimana Sylvestre ukorera muri Koperative KOAGMPA ihinga mu gishanga cya Mpaza giherereye mu Murenge wa Mukura yavuze ko bahinga amashu, karoti na dodo, kandi babyeza ku bwinshi ku buryo bakeneye aho kubihunika.

    Ati 'Imboga turazeza ku bwinshi, cyane cyane amashu ku buryo tugera aho tukagurisha kuri make. Iyo zereye rimwe ari nyinshi tuzigurisha make kugira ngo zidapfa kuko iyo zimaze iminsi zirapfa. Niyo haboneka inzu y'ubuhunikiro ku buryo umuntu ashobora kuzibika igihe kirekire kirenze nk'ibyumweru bibiri.'

    Abahinzi baganiriye na IGIHE bavuze ko bababazwa n'uko iyo imboga zeze zipfa ubusa mu gihe gito hashira ukwezi kumwe ugasanga abantu barabuze izo kurya. Basanga haramutse hubatswe inzu yo kuzihunikamo byakemura icyo kibazo.

    Imibare itangwa n'ubuyobozi bw'Akarere ka Huye yerekana buri mwaka abahinzi baho beza imboga zisaga toni 8,550 ku buso bwa hegitari 474.

    Umuyobozi w'Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko icyifuzo cy'abo bahinzi gifite ishingiro yizeza ko ku bufatanye n'inzego zibishinzwe bagiye kureba uko babubakira ubuhunikiro.

    Ati 'Iki gikorwa remezo kirakenewe cyo kuba bagira ahantu bahunika imboga ku buryo zitakwangirika kandi bakazigurisha neza. Ni ikibazo tuzakomeza kuganiraho n'inzego zibishinzwe, by'umwihariko Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi tukareba uko iki gikorwa remezo cyazaboneka mu Karere.'

    Yavuze ko ubwo abaturage bari muri gahunda ya Guma mu Rugo kubera icyorezo cya COVID-19 ari bwo ikibazo cyo kubura isoko ry'imboga cyagaragaye cyane kuko amasoko manini zagurishirizwagaho atakoraga.

    Sebutege na we yemeza ko kuba abahinzi badafite aho bahunika imboga biri mu bituma iyo zeze bazigurisha basa nk'abazitangira ubusa bikabashyira mu gihombo.

    Beza amashu ku bwinshi ariko bakabura aho bayahunika

    Inyanya nazo zisigaye zera ari nyinshi ariko zigapfa ubusa

    [email protected]


    Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/huye-abahinzi-b-imboga-bashengurwa-no-kuzirira-kuzimara-kubera-kubura-aho

  • Coronavirus ikomeje guca ibintu muri Amerika – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Nko mu minsi 26 ya mbere y'uku kwezi, Abanyamerika ibihumbi 63 bahitanywe na Coronavirus, mu gihe mu kwezi gushize bari ibihumbi 32.

    Dr. Antoine Fauci uyobora Ikigo cy'Abanyamerika gishinzwe kurwanya Indwara zandura, yavuze ko urugamba rwo kurwanya icyorezo cya Coronavirus rugeze mu mahina.

    Yagize ati 'Iyo uhanganye n'abantu 200 000 bandura buri munsi, kandi abagera kuri 2000 bagapfa buri munsi mu gihe abandi 120 000 bazanwa mu bitaro buri munsi, uba uri mu bibazo bikomeye. Mu byumweru bicye biri imbere, ibintu bishobora kuzarushaho kugenda nabi.'

    Abantu miliyoni ni bo 19.1 bamaze kwandura Coronavirus muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe abarenga ibihumbi 333 bamaze kwitaba Imana, bigakekwa ko bashobora kuziyongeraho abantu 193 000 mu mezi abiri ari imbere.

    Dr. Fauci yaburiye Abanyamerika ko Coronavirus izakomeza guca ibintu mu mezi ari imbere, abasaba gukomeza kwirinda


    Source : https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/coronavirus-ikomeje-guca-ibintu-muri-amerika

  • Rusheshangoga yasezeweho mu gahinda: Abo bakinanye bamwifurije ishya mu buzima bushya (Amafoto & Video) – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Rusheshangoga yasezeye kuri bagenzi be bakinana muri AS Kigali ku Cyumweru, ababwira ko agiye 'gutangira ubundi buzima' muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hamwe n'umufasha we Nakazungu Aimée 'Njungu' bashyingiranywe mu 2019.

    Nshimiyimana Eric wamutoje mu Isonga FC, APR FC ndetse akaba yamutozaga muri AS Kigali, yavuze ko byabagoye kwakira ko batazakomezanya na we kuko ari umukinnyi bari bagikeneye.

    Ati 'Tubyakiriye neza, icya ngombwa ni ukumusabira umugisha, navuga ko ari impamvu zitumye agenda, ntabwo yari ageze mu gihe cyo kurangiza umupira, ariko byari ngombwa ko agenda kuko ni ubundi buzima agiye gutangira.'

    'Ni ukumwifuriza umugisha, azabe amahoro, ntabwo biba byoroshye, wabonye ko kubyakira na we yagaragaje imbamutima ze kuko kuba mu mupira yari amazemo imyaka igera ku 10 akina, biragoye guhita abyakira.'

    Yakomeje agira ati 'Twari tukimukeneye nk'ikipe, yadufashaga, ariko tugomba kubyakira natwe tukamufasha gutangira ubwo buzima. Natwe byatugoye, ku myaka afite n'akazi dufite imbere, ariko ni ukubyakira.'

    Ntamuhanga Tumaine 'Tity' usanzwe ari Kapiteni wa AS Kigali ndetse bakaba barakinanye muri APR FC, yavuze ko ari agahinda gutandukana na Rusheshangoga bari bamaranye hafi imyaka icyenda bakinana.

    Ati 'Iyo mutandukanye na mugenzi wanyu mwari mumaze igihe kinini mukorana, biba ari agahinda kenshi. Dufite umutima ushavuye kuko dutandukanye na mugenzi wacu ariko ubuzima ni kuriya, agiye gutangira ubundi buzima, icyo twamwifuriza ni amahirwe mu byo azakora aho agiye.'

    'Ni umukinnyi twabanye igihe kinini cyane, tumaze hafi imyaka umunani cyangwa icyenda dukinana, ni umwana mwiza, yari afite inshuti nyinshi, yabanaga neza, nanjye yari inshuti yanjye.'

    Mu bandi bakinnyi bagize icyo bavuga ku gusezera k'uyu myugariro barimo Hakizimana Muhadjiri, Ndayishimiye Eric 'Bakame', Bayisenge Emery bakinanye kuva mu Isonga FC ndetse na Nkinzingabo Fiston.

    Hakizimana Muhadjiri yagize ati 'Twakinanye ahantu henshi hatandukanye, ntabwo nabyakira neza kuko yari agifite ubushobozi bwo kuba turi kumwe hano mu ikipe, tuzamukumbura, ni umukinnyi wagira ishyaka mu kibuga, ni umukinnyi wabaga uri mu kibuga ukumva ko hari ikintu araza kugufasha.'

    Ndayishimiye Eric 'Bakame' yavuze ko baganiriye mbere y'uko abasezeraho ndetse yamubwiye ibyo azitaho mu buzima agiye gutangira.

    Ati 'Umupira navuga ko ugiye ku ruhande, twakunze kubiganira na we kenshi, twararanaga, arabizi. Namubwiye ko nagera hanze azashaka imirimo myiza hanze imunogeye.'

    Bayisenge Emery wakinanye na Rusheshangoga kuva mu Gikombe cy'Isi cy'Abatarengeje imyaka 17, yagize ati 'Ku giti cyanjye birambabaje kuko ni umukinnyi twabanye kugeza ubu, kuva tukiri bato ndetse by'umwihariko yakinaga iruhande rwanjye. Gutandukana na we mu by'ukuri birambabaje. Ni umukinnyi wangiriye akamaro. Ndamushimira kuko yaramfashije, ndamwifuriza ishya n'ihirwe.'

    Nkinzingabo Fiston na we yavuze ko 'Michel [Rusheshangoga] yari umukinnyi w'icyitegererezo kandi yari umukinnyi wubaha akazi ke, mbese yari umukinnyi w'intangarugero kuri bagenzi be.'

    Rusheshangoga yari amaze umwaka umwe n'igice mu Ikipe y'Umujyi wa Kigali nyuma yo kuyigeramo mu mpeshyi y'umwaka ushize wa 2019. Muri Gicurasi uyu mwaka, yari yongereye amasezerano y'umwaka umwe.

    Rusheshangoga w'imyaka 26 nk'uko bigaragara ku byangombwa akiniraho, ni umwe mu bari bagize Amavubi U-17 yakinnye Igikombe cy'Isi cyabereye muri Mexique mu 2011.

    Yatangiye gukinira APR FC mu 2012 ubwo yayigeragamo avuye mu Isonga FC, ayifasha kwegukana ibikombe bitandukanye bikinirwa mu Rwanda.

    Muri Nyakanga 2017, yerekeje muri Singida United yo muri Tanzania ahawe ibihumbi 50$, aho byavugwaga ko azajya ahabwa umushahara wa 3000$ ku kwezi, akanagenerwa andi 500$ mu gihe ashoboye gutanga umupira uvamo igitego.

    Rusheshangoga yamaze umwaka umwe muri Tanzania, ahita agaruka mu Ikipe ya APR FC yasinyiye imyaka ibiri muri Kanama 2018, ariko nyuma y'umwaka umwe atandukana na yo, yerekeza muri AS Kigali.

    Muri Nyakanga 2019 ni bwo yakoze ubukwe na Nakazungu Aimée 'Njungu'.

    Rusheshangoga waherukaga guhamagarwa mu Amavubi yitegura irushanwa rya CHAN rizabera muri Cameroun, yasezeye kuri AS Kigali mu gihe ikomeje imyitozo yo kwitegura umukino wo kwishyura w'ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup izahuramo na KCCA FC yo muri Uganda.

    Rusheshangoga Michel yasezeye bagenzi be ku Cyumweru

    Umunyezamu Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ na Nkinzingabo Fiston bateze amatwi ibyo Rusheshangoga yavugaga

    Ikipe yose ya AS Kigali yafashe ifoto y’urwibutso na Rusheshangoga Michel

    Hakizimana Muhadjiri yifotozanya na Rusheshangoga Michel

    Team Manager wa AS Kigali, Bayingana Innocent yifotozanya na Rusheshangoga

    Rusheshangoga arerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Mbere

    Kalisa Rachid na Rusheshangoga Michel

    Nkinzingabo Fiston na Rusheshangoga Fiston bifotozanya nyuma y’uko uyu myugariro yari amaze kubasezeraho

    ‘Staff’ ya AS Kigali yifotozanya na Rusheshangoga Michel wari umaze umwaka umwe n’igice muri iyi kipe

    Amafoto: Umurerwa Delphin


    Source : https://igihe.com/imikino/football/article/rusheshangoga-yasezeweho-mu-gahinda-abo-bakinanye-bamwifurije-ishya-mu-buzima

  • Umukino wa Manchester City na Everton wasubitswe habura amasaha ane ngo utangire – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Byari biteganyijwe ko uyu mukino wari kubera kuri Goodison Park utangira saa Yine z’i Kigali (22:00) kuri uyu wa Mbere.

    Ibipimo biheruka gufatwa abakinnyi n’abakozi ba Manchester City, ibisubizo byabyo byagaragaje ko ubwandu bukomeje kwiyongera muri iyi kipe, aho Gabriel Jesus, Kyle Walker n’abandi bakozi babiri b’ikipe basanganywe COVID-19 ku wa 25 Ukuboza 2020.

    Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Manchester City, yatangaje ko “ikibuga cy’imyitozo gifunzwe mu gihe kitazwi mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19 ndetse abakinnyi bashyizwe hamwe.”

    Uyu mukino wa Premier League wasubitswe mu gihe mu Cyiciro cya Gatatu mu Bwongereza, League One, hasubitswe imikino itandukanye kubera COVID-19.

    Ikipe ya Rochdale yatangaje ko imikino yayo ibiri iri imbere izasubikwa mu gihe Doncaster yatangaje ko imikino yayo yasubitswe ari itatu.

    Mu Cyiciro cya Kane, League Two, ikipe ya Morecombe na yo yatangaje ko imikino yayo ibiri yasubitswe.

    Umukino Manchester City yari gusuramo Everton wabaye uwa kabiri wa Premier League usubitswe muri Premier League kubera COVID-19 kuva imikino isubukuwe muri Kamena. Undi wasubitswe n’uwari guhuza Newcastle United na Aston Villa mu ntangiriro z’Ukuboza.

    Premier League yatangaje ko “Inama y’Ubutegetsi yafashe icyemezo cyo gusubika umukino mu rwego rwo kwirinda hagendewe ku nama zatanzwe na komisiyo y’ubuvuzi ndetse hazakorwa ibindi bipimo ku wa Kabiri.”

    Biteganyijwe ko Manchester City izasubira mu kibuga ikina na Chelsea ku Cyumweru tariki ya 3 Mutarama 2020, umukino uzakurikirwa n’uwa ½ uzayihuza na Manchester United muri Carabao Cup ku wa 6 Mutarama 2021.

    Mu yindi mikino ya Premier League yabaye kuri uyu wa Mbere, Chelsea yanganyije na Aston Villa igitego 1-1 mu gihe Crystal Palace yahagamye Leicester City zikanganya igitego 1-1.

    Umukino wari guhuza Manchester City na Everton wasubitswe habura amasaha ane ngo utangire

    source https://igihe.com/imikino/football/article/umukino-wa-manchester-city-na-everton-wasubitswe-habura-amasaha-ane-ngo

  • Ubwiza bw'abakobwa bahatanye na Uwihirwe Yasipi muri Miss Africa Calabar (Amafoto) – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Carnival Calabar ni umutambagiro aba bakobwa bakoze, bahabwa ikaze n'Umunyakenya Irene Ng'endo Mukii wegukanye iri kamba mu 2019.

    Uwihirwe Yasipi Casmir yahagurutse mu Rwanda ku wa 23 Ukuboza 2020, yitabiriye iri rushanwa ndetse abaritegura baherutse kumushyira mu bakobwa 10 bahabwa amahirwe yo kwegukana iri kamba.

    Uyu mukobwa yabonye itike yo guhagararira u Rwanda nyuma y'urugendo rwabaye rwo gushakisha uzaserukira igihugu muri Nigeria, aho ari guhatana n'abakobwa batandukanye bo mu bihugu bya Afurika.

    Uru rugendo rwatangiye ku wa 25 Ukwakira 2020; abakobwa batanu bo mu Rwanda bagatoranywa mu bandi umunani bageze ahabereye igikorwa mu Mujyi wa Kigali ahazwi nka Villa Porto Fino.

    Muri aba bakobwa batanu niho haje kuvamo Uwihirwe Yasipi Casmir ndetse na Murebwayire Irène witabiriye Miss Rwanda 2019, aba aribo bajya mu cyiciro cya nyuma cyasabaga gutora hifashishijwe urubuga rwa Miss Africa Calabar.

    Mu gutora, ijwi rimwe ryanganaga na $1 akabakaba 1000 Frw. Uwihirwe yagize amajwi 442 mu gihe mugenzi we yari afite 400.

    Uyu mwaka iri rushanwa rizaba ku wa 30 Ukuboza 2020, ariko aho rizabera nta bantu bazaba barimo ahubwo abashaka kurikukirana bazishyura amafaranga kugira ngo barirebe binyuze ku rubuga rwaryo.

    Si ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kwitabira iri rushanwa ry'ubwiza kuko Muvunyi Tania yerekeje muri Nigeria kuruhagararira muri Miss Africa Calabar 2019 ubwo ryabaga ku nshuro yaryo ya gatanu.

    Yitabiriye iri rushanwa asimbuye Irebe Natacha wari wahagarariye u Rwanda mu 2018 agataha nta gihembo ahawe.

    Mu 2017 bwo, Muthoni Fiona Naringwa waserukiye u Rwanda mu irushanwa rya Nyampinga wa Afurika yatahanye umwanya wa kabiri mu gihe ikamba ryahawe umukobwa wo muri Botswana witwa Gaseangwe Balopi.

    Iri rushanwa ribera muri 'Cross River State' imwe muri Leta zigize Nigeria, mu Mujyi wa Calabar.

    Mu mwaka ushize ryegukanywe na Irene Ng'endo Mukii wari uhagarariye Kenya. Umukobwa wegukana iri rushanwa ahabwa 35000$ (agera kuri miliyoni 34 Frw) ndetse n'imodoka nshya yo mu bwoko bwa Ford.

    Reba abakobwa bitabiriye iri rushanwa

    Uwihirwe wa gatatu uturutse iburyo na bagenzi be bahawe ikaze mu irushanwa rya Miss Africa Calabar 2020

    Carnival Calabar ni umutambagiro aba bakobwa bakoze, bahabwa ikaze n'Umunya-Kenya Irene Ng'endo Mukii wegukanye iri kamba mu 2019

    Akanyamuneza kari kose kuri aba bakobwa


    Source : https://igihe.com/imyidagaduro/article/reba-abakobwa-bahatanye-na-uwihirwe-yasipi-muri-miss-africa-calabar-amafoto

  • Mugunga Christian, umuhanzi mushya wihebeye injyana gakondo – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Mugunga avuga ko akiri umwana yiyumvagamo impano yo kuririmba ariko ngo ntiyahise abyinjiramo, kuko yabanje gukora ibindi bimuteza imbere anashakisha ubushobozi bwo gukora umuziki.

    Yavuze ko yinjiye mu muziki kubera urukundo akunda u Rwanda no kugira ngo yifashishije ibihangano bye ashimire Inkotanyi zatumye Umunyarwanda yongera gutuza no kugira agaciro.

    Ati 'Nkunda igihugu cyane ndetse niyemeje kwifashisha umuziki ndubwira abataruzi. Nshaka gukomeza kururatira Abanyarwanda baba hanze bataruherukamo ndetse n'abanyamahanga.'

    Mugunga yavuze ko yiyemeje gusangiza Abanyarwanda n'amahanga ibyiza u Rwanda rwagezeho abinyujije mu ndirimbo ze no guha agaciro Intwari zabohoye u Rwanda kugira ngo ibyo barwaniye bikomeze gusigasirwa.

    Yavuze ko yinjiye mu muziki atagamije ubucuruzi, ahubwo ngo agamije guha ubutumwa Abanyarwanda no gushimira Inkotanyi na Perezida Paul Kagame 'Watugize abo turi bo. Ubu dufite agaciro mu Rwanda no mu mahanga. Numvaga nta kindi nakora uretse gushima mu ndirimbo.'

    Avuga ko afite indirimbo nyinshi yamaze kwandika ariko ko yifuje gutangirira urugendo rwe ku ndirimbo ikumbuza Abanyarwanda baba mu mahanga, u Rwanda bavukamo.

    Mugunga avuga ko afite abahanzi benshi afata nk'icyitegererezo barimo Masamba Intore, Muyango, Kamariza Annonciata, Mariya Yohani, Kayirebwa n'abandi.

    Ati 'Nibo bahanzi bampa inganzo, bankundishije u Rwanda. Ndi umwana aho navukiye mu mahanga batanze umusanzu ukomeye mu rugamba rwo kubohora igihugu.'

    Mugunga asaba Abanyarwanda gukunda igihugu cyabo, bakirinda amacakubiri ahubwo bakubaka igihugu cyabo.

    Mugunga Christian yabonye izuba ku wa 18 Kanama 1983, avukira i Burundi mu nkambi y'impunzi yarimo bamwe mu Banyarwanda bari barahejejwe ishyanga kubera imiyoborere mibi yari mu Rwanda.

    -  Reba indirimbo z'uyu muhanzi

    Mugunga Christian yihebeye umuziki gakondo


    Source : https://igihe.com/imyidagaduro/article/mugunga-christian-umuhanzi-mushya-wihebeye-injyana-gakondo