Category: Uncategorized

  • Agashya: Umugabo yatawe muri yombi nyuma yo kwihindura igikoko agakanga abantu. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ikinyamakuru Express cyo mu Buhinde cyatangaje ko uyu mugabo wo muri Pakisitani yafunzwe azira kunyura mu mihanda ya Peshawar yambaye mask y'inyanswa yitwa isega kugira ngo atere abantu ubwoba mu ijoro ry'ubunani.

    Nk'uko iki kinyamakuru cyabitangaje ngo Asad Khan, utuye mu gace ka Moti ko muri uyu mujyi, ngo yagenda asakuza nk'isega (werewolf) atwaye moto benshi bakeka ko batewe n'inyamaswa barirukanka. Uyu mugabo akaba yarahise atabwa muri yombi na polisi ashinjwa guteza umutekano muke.

    Amafoto y'uyu mugabo yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ndetse umunyamakuru witwa Omar R Quraishi yashyize hanze ifoto y' uyu mugabo yambaye amapingu ari hagati y'abapolisi 2.

    Source : https://yegob.rw/agashya-umugabo-yatawe-muri-yombi-nyuma-yo-kwihindura-igikoko-agakanga-abantu/

  • Menya ibindi bintu by’ingenzi abakobwa bakunda ku basore ukuyemo amafaranga. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Hari ibintu abakobwa muri rusange bashaka mu basore ku buryo utabifite batagukunda kabone n'ubwo waba ufite amafaranga. Muri ibyo bintu bashaka harimo ibi 4 by'ingenzi buri mukobwa wese yifuza ku musore:

    1.Kwambara Neza:

    Umukobwa wese mbere y'uko yemerera urukundo umusore abanza kumwigaho akanamwitegereza imyambarire ye. Iyo asanze wambara nabi ntaba akikwemereye ko mukundana. Kwambara neza ku musore ni ikintu cy'ingenzi ku bakobwa kandi kibakurura, n'iyo waba ufite amafaranga ariko utazi kwambara neza nta mahirwe uba ufite yo gukundwa n'abakobwa.

    2.Ubwenge:

    Abakobwa burya bose bakunda umusore uzi ubwenge, ntibisaba ko yaba yarize amashuri menshi cyangwa afite impamyabumenyi zihambaye ahubwo bifuza umusore ufite ubwenge bugaragarira buri wese. Ibi bakabibonera mu byo akora cyangwa avuga. Uri umusore ufite amafaranga ariko nta bwenge ufite nta mukobwa wapfa kugukunda.

    3.Kwitwara neza mu gitanda:

    N'ubwo abakobwa badakunze kubyerura ariko bakunda umusore uzi gukora imibonano mpuzabitsina neza. Ushobora kuba uri umusore ufite igihagararo n'amafaranga ariko utazi gushimisha umukobwa mu buriri icyo gihe nta mukobwa uzakwemera kuko utabashije kumukorera ibyo yifuza mu buriri ntaba akigukunze.

    4.Guhumura:

    N'ubwo abasore benshi batabizi cyangwa ngo babyiteho, burya kwitera imibavu (perfume, deodorant) ni ibintu abakobwa bose bifuza ku basore. Umusore uhumura neza nta mukobwa adakurura kandi aba afite amahirwe yo kudaterwa indobo kuko azi kwiyitaho.

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:http://yegob.rw/dating

    Source : https://yegob.rw/menya-ibindi-bintu-byingenzi-abakobwa-bakunda-ku-basore-ukuyemo-amafaranga/

  • Menya ikiribwa wakwifashisha urwaye inkorora kikakugirira akamaro cyane #rwanda #RwOT

      Ese inkorora ni ndwara Ki?

      Inkorora ni imwe mu ndwara ihangayikisha uyirwaye.

      Buri wese ashobora kuba yafatwa n'iyi ndwara cyane kuko yandura bitewe n'imihindagurikire y 'ikirere n'ibindi.

      Mu gihe rero urwaye iyi ndwara hari ikiribwa cyakunganira ugakira vuba.

      Ese icyo kiribwa cyagufasha gukira inkorora ni ikihe?

      Aha hari kimwe mu kiribwa wafata ukabasha gukira inkorora ;

      Tangawizi (ginger ) ;

      Tangawizi ni kimwe mu kiribwa kikiza inkorora neza.

      Iyo ufite icyayi cya tangawizi cyangwa ukaba wahekenya uduce duto twa tangawizi byagufasha cyane kuba wakira inkorora kandi ukabasha gukira vuba,

      kuko iyi tangawizi ibamo ( anti -inflammatory ) bimwe mu bintu birwanya microbe zimwe nazimwe cyangwa se udukoko dutera inkorora byagufasha gukira inkorora n'ibindi bimenyetso biyitera .

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/02/menya-ikiribwa-wakwifashisha-urwaye-inkorora-kikakugirira-akamaro-cyane/

  • Batangiye bitwa Orchestre ‘Madebe’ birangira babaye aba Stars #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Orchestre Les 8 Anges
    Orchestre Les 8 Anges

    Iyo Orchestre mu gihe cyayo yaramamaye cyane, ku buryo bakiri n’abana bajyaga gucuranga mu tubari abantu bakaza kubareba bishimye cyane kubera ukuntu bacurangishaga ibikoresho babaga barikoreye.

    Hari ibyabaga bikoze mu mbaho, mu madebe, ibikombe by’amata ya Nido n’ibindi, hanyuma bamaze kwigira hejuru baza guhura n’umuterankunga abagurira ibikoresho bigezweho.

    Kurikira ikiganiro cyose kuri KT TV:

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/batangiye-bitwa-orchestre-madebe-birangira-babaye-aba-stars

  • Rwamagana: Umugore ufite abana barindwi yaciye inyuma umugabo we ashaka gufatwa ngo abone gatanya – #rwanda #RwOT

    Ibi bamwe bashobora gufata nk’ibidasanzwe mu matwi y’abumva cyangwa amaso y’abasoma, byabaye inkuru isanzwe muri Rwamagana aho umugore w’imyaka 47 yafatiwe mu bikorwa by’ubusambanyi mu kwiregura akavuga ko yabikoze agamije kugira ngo abone gatanya yimwe n’umugabo we.

    Ni amahano yabaye mu ntangiriro z’iki cyumweru ubwo uyu mugore usengera muri ADEPR, utuye mu Kagari ka Bwinsanga yafatirwaga mu nzu y’umumotari bararanye nyamara asanzwe afite urugo rwe rurimo imbyaro zirindwi. Bafatiwe mu Kagari ka Ruhimbi.

    Umugabo w’uyu mugore yabwiye IGIHE ko yari yamubeshye ko agiye kwirirwa mu masengesho ngo yari afite ibyo ari gusengera. Ngo byageze ku mugoroba aramuhamagara ntiyitaba telefoni atangira gukeka ko yagiye kumuca inyuma kuko ngo hari ibimenyetso bimwe na bimwe yagendaga abona ko ashobora kuba agirana ibihe byiza byo mu gitanda n’umusore utwara moto.

    Ati “Umutima wakomeje kumpata kumuhagamagara ku mugoroba akambwira ngo ntibarasoza gusenga, njya ku muhanda aho yacururizaga yari yahasize umwana, nyuma ampamagara mu ijoro arambwira ngo baraye mu masengesho, umutima ukomeza kundya mpamagara abamotari mbabaza ko wa mumotari njya nkeka ko basambana yakoze bambwira ko atakoze umunsi wose ntangira gukeka ko ariho ari.”

    Uyu mugabo akomeza avuga ko byarangiye agiye ku rugo uwo mu motari akodeshaho ahageze abaza umuzamu waho amubwira ko uwo mumotari yararanye n’umugore usa n’ukuzemo ahita amenya ko ari uwe, ngo yahise yitabaza abakora irondo ry’umwuga anamenyesha inzego z’umutekano n’iz’ibanze zirahagera maze mu gitondo barabafata.

    -  Umugore yaciye inyuma y’umugabo we ku bushake

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishari, Rushimisha Mark, yabwiye IGIHE ko uwo mugore yiyemereye ko yaciye inyuma umugabo we ku bushake kugira ngo abone gatanya yashakaga.

    Yagize ati “Mu nyandiko mvugo y’uriya mudamu agaragaza ko yabikoze abigambiriye ngo ashaka imbarutso yo gutandukana n’umugabo kuko yamusabye gatanya arayimwima. Yavuze ko adashaka kongera kubana na we, umugabo arabyanga ngo rero yabikoze yabigambiriye kugira ngo afatwe haboneke imbarutso yo gutandukana.”

    Rushimisha yavuze ko uyu mubyeyi atari yaregereye ubuyobozi ngo agaragaze ikibazo afitanye n’umugabo cyanatuma afata umwanzuro wo kumuca inyuma abishaka ngo abone gatanya.

    Ati “Ubundi ubuyobozi iyo bwinjiye mu kibazo cy’abashakanye bakabona nta mpamvu yo gukomeza kubana kubera impamvu runaka zishobora no kuzatera urupfu, tubagira inama yo gutandukana ku neza. Icyo gihe na raporo tubakoreye ibafasha kujya mu rukiko kuba iyo gatanya bayihabwa kabone nubwo umwe yakwanga guha gatanya undi ubuyobozi buba bwabonye impungenge ku buryo raporo ishingirwaho.”

    Yakomeje asaba abaturage kujya begera ubuyobozi ngo kuko bubereyeho gukemura ibibazo byabo aho gukora amakosa batabwegereye.

    Amakuru IGIHE yakuye mu baturanyi b’uyu muryango ni uko uyu mugabo ngo na we ashobora kuba aca inyuma umugore we.

    Bamwe mu baturage bavuga ko amaze kubyara hanze abana babiri, abandi bakavuga ko yabyaye bane, bose bahuriza ko ngo umugabo na we yitwaza ibikorwa by’ijambo ry’Imana agaca umugore we inyuma.

    Hari uwagize ati “Uriya mugore n’ubundi yari yaramuhunze yararaga mu iduka yacururizagamo urebye ntabwo bari bakibana kuko umugore yari yarananiwe kwihanganira ingeso z’umugabo. Wibaze abantu bafite abana barindwi ariko babanaga bacengana cyane nyamara bose ngo ni abarokore bo mu b’imbere.”
    Undi muturage ubazi neza yavuze ko ibikorwa by’ubusambanyi ngo bose basanzwe babikora ku buryo ngo nubwo hafashwe umugore gusa ngo bihaye igihe gito ngo banafata n’umugabo.

    Ati “Nako umugabo we birigaragaza cyane kuko amaze kubyara hanze abana barenze babiri kandi ku bagore batandukanye, ubuyobozi bubigenzuye abo bana bwababona rwose.”

    Ibibazo by’amakimbirane yo mu miryango bikomeje kwiyongera ndetse bigira ingaruka ku gusenyuka kw’ingo. Raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) yatangaje ko imiryango 8941 mu Rwanda yemerewe n’inkiko gutandukana mu 2019. Ni imibare yazamutse cyane kuko mu 2018 hari hatanzwe gatanya 1311, ni ukuvuga ko zikubye inshuro 6.8.

    Kuri ubu uyu mugore w’imyaka 57 afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gishari mu gihe ategerejwe gushyikirizwa Ubushinjacyaha we n’umumotari bafatanywe.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwamagana-umugore-ufite-abana-barindwi-yaciye-inyuma-umugabo-we-ashaka-gufatwa

  • Kigali: Abana 25 bavukiye mu bitaro bitandatu ku Bunani bwa 2021 – #rwanda #RwOT

    Abana 25 bavukiye mu bitaro bitandatu byo mu Mujyi wa Kigali ku Bunani, nyuma y’uko kuri Noheli ya 2020 havutse abana 42.

    Mu bitaro byavukiyemo abana ku munsi utangira umwaka harimo ibya Gisirikare bya Kanombe [havukiye umwe], ibya La Croix du Sud [havukiye batatu]. Umubare munini wagaragaye mu Bitaro bya Muhima n’ibya Polisi ku Kacyiru n’ibindi.

    Uwamahoro Joselyn w’imyaka 36 y’amavuko ni umwe mu babyeyi bibarukiye mu Bitaro bya Gisirikare biri i Kanombe yatangaje ko ari ibyishimo bikomeye kuri we kubyara ku munsi udasanzwe.

    Mu ijwi ryoroheje yabwiye The New Times ati “Sinatekerezaga ko ndi burokoke, ariko ndashima Imana ko byabaye, bikanaba ku munsi nk’uyu udasanzwe.”

    Uwimbabazi Mathilde umwe mu baganga bakora akazi k’ububyaza mu Bitaro bya Muhima, yatangaje ko yashimishijwe n’umubare w’abana bavutse ku munsi wa mbere w’umwaka.

    Yavuze ko imirimo y’ububyaza kuri we awufata nk’inshingano cyane cyane ko yumva ari umuhamagaro we.

    Abana 25 baboneye izuba mu bitaro bitandatu byo mu Mujyi wa Kigali ku wa 1 Mutarama 2021

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-abana-25-bavukiye-mu-bitaro-bitandatu-ku-bunani-bwa-2021

  • Byinshi utari uzi kuri orchestre Ingeli: Aho bavanye izina, amateka y’indirimbo ‘Umulisa’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umucuranzi Issa Heri aganira na KT TV
    Umucuranzi Issa Heri aganira na KT TV

    Iyi orchestre yabonye izuba mu 1986 ahahoze ari muri perefegitura ya Gisenyi itangijwe n’abahanzi batandukanye baturutse mu zindi orchestre.

    Umwe muri abo bahanzi ni uwitwa Issa Heri wamamaye cyane kubera indirimbo “Umulisa” yahimbiye umwana wigaga mu mwaka wa gatanu (5) w’amashuri abanza mu gihe Heri we yarafite imyaka 20.

    Mu kiganiro kirambuye kuri KT TV kurikira amateka arambuye ya orchestre Ingeli umenye n’imvano y’indirimbo “Umulisa” ya Issa Heri, n’aho izina Ingeri ryaturutse.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Byinshi-utari-uzi-kuri-orchestre-Ingeli-Aho-bavanye-izina-amateka-y-indirimbo-Umulisa

  • Rwamagana: Umugore ufite abana barindwi yaciye inyuma umugabo we ashaka gufatwa ngo abone gatanya – #rwanda #RwOT

    Ibi bamwe bashobora gufata nk'ibidasanzwe mu matwi y'abumva cyangwa amaso y'abasoma, byabaye inkuru isanzwe muri Rwamagana aho umugore w'imyaka 47 yafatiwe mu bikorwa by'ubusambanyi mu kwiregura akavuga ko yabikoze agamije kugira ngo abone gatanya yimwe n'umugabo we.

    Ni amahano yabaye mu ntangiriro z'iki cyumweru ubwo uyu mugore usengera muri ADEPR, utuye mu Kagari ka Bwinsanga yafatirwaga mu nzu y'umumotari bararanye nyamara asanzwe afite urugo rwe rurimo imbyaro zirindwi. Bafatiwe mu Kagari ka Ruhimbi.

    Umugabo w'uyu mugore yabwiye IGIHE ko yari yamubeshye ko agiye kwirirwa mu masengesho ngo yari afite ibyo ari gusengera. Ngo byageze ku mugoroba aramuhamagara ntiyitaba telefoni atangira gukeka ko yagiye kumuca inyuma kuko ngo hari ibimenyetso bimwe na bimwe yagendaga abona ko ashobora kuba agirana ibihe byiza byo mu gitanda n'umusore utwara moto.

    Ati 'Umutima wakomeje kumpata kumuhagamagara ku mugoroba akambwira ngo ntibarasoza gusenga, njya ku muhanda aho yacururizaga yari yahasize umwana, nyuma ampamagara mu ijoro arambwira ngo baraye mu masengesho, umutima ukomeza kundya mpamagara abamotari mbabaza ko wa mumotari njya nkeka ko basambana yakoze bambwira ko atakoze umunsi wose ntangira gukeka ko ariho ari.'

    Uyu mugabo akomeza avuga ko byarangiye agiye ku rugo uwo mu motari akodeshaho ahageze abaza umuzamu waho amubwira ko uwo mumotari yararanye n'umugore usa n'ukuzemo ahita amenya ko ari uwe, ngo yahise yitabaza abakora irondo ry'umwuga anamenyesha inzego z'umutekano n'iz'ibanze zirahagera maze mu gitondo barabafata.

    -  Umugore yaciye inyuma y'umugabo we ku bushake

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gishari, Rushimisha Mark, yabwiye IGIHE ko uwo mugore yiyemereye ko yaciye inyuma umugabo we ku bushake kugira ngo abone gatanya yashakaga.

    Yagize ati 'Mu nyandiko mvugo y'uriya mudamu agaragaza ko yabikoze abigambiriye ngo ashaka imbarutso yo gutandukana n'umugabo kuko yamusabye gatanya arayimwima. Yavuze ko adashaka kongera kubana na we, umugabo arabyanga ngo rero yabikoze yabigambiriye kugira ngo afatwe haboneke imbarutso yo gutandukana.'

    Rushimisha yavuze ko uyu mubyeyi atari yaregereye ubuyobozi ngo agaragaze ikibazo afitanye n'umugabo cyanatuma afata umwanzuro wo kumuca inyuma abishaka ngo abone gatanya.

    Ati 'Ubundi ubuyobozi iyo bwinjiye mu kibazo cy'abashakanye bakabona nta mpamvu yo gukomeza kubana kubera impamvu runaka zishobora no kuzatera urupfu, tubagira inama yo gutandukana ku neza. Icyo gihe na raporo tubakoreye ibafasha kujya mu rukiko kuba iyo gatanya bayihabwa kabone nubwo umwe yakwanga guha gatanya undi ubuyobozi buba bwabonye impungenge ku buryo raporo ishingirwaho.'

    Yakomeje asaba abaturage kujya begera ubuyobozi ngo kuko bubereyeho gukemura ibibazo byabo aho gukora amakosa batabwegereye.

    Amakuru IGIHE yakuye mu baturanyi b'uyu muryango ni uko uyu mugabo ngo na we ashobora kuba aca inyuma umugore we.

    Bamwe mu baturage bavuga ko amaze kubyara hanze abana babiri, abandi bakavuga ko yabyaye bane, bose bahuriza ko ngo umugabo na we yitwaza ibikorwa by'ijambo ry'Imana agaca umugore we inyuma.

    Hari uwagize ati 'Uriya mugore n'ubundi yari yaramuhunze yararaga mu iduka yacururizagamo urebye ntabwo bari bakibana kuko umugore yari yarananiwe kwihanganira ingeso z'umugabo. Wibaze abantu bafite abana barindwi ariko babanaga bacengana cyane nyamara bose ngo ni abarokore bo mu b'imbere.'
    Undi muturage ubazi neza yavuze ko ibikorwa by'ubusambanyi ngo bose basanzwe babikora ku buryo ngo nubwo hafashwe umugore gusa ngo bihaye igihe gito ngo banafata n'umugabo.

    Ati 'Nako umugabo we birigaragaza cyane kuko amaze kubyara hanze abana barenze babiri kandi ku bagore batandukanye, ubuyobozi bubigenzuye abo bana bwababona rwose.'

    Ibibazo by'amakimbirane yo mu miryango bikomeje kwiyongera ndetse bigira ingaruka ku gusenyuka kw'ingo. Raporo y'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) yatangaje ko imiryango 8941 mu Rwanda yemerewe n'inkiko gutandukana mu 2019. Ni imibare yazamutse cyane kuko mu 2018 hari hatanzwe gatanya 1311, ni ukuvuga ko zikubye inshuro 6.8.

    Kuri ubu uyu mugore w'imyaka 57 afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gishari mu gihe ategerejwe gushyikirizwa Ubushinjacyaha we n'umumotari bafatanywe.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwamagana-umugore-ufite-abana-barindwi-yaciye-inyuma-umugabo-we-ashaka-gufatwa

  • Birangiye Neymar avuze ukuri ku birori byendaga kumushyira mu mazi abira. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu minsi ishize nibwo Rutahizamu wa Paris Saint-Germain, Neymar yavuzweho gutegura ibirori mu buryo butemewe n'amategeko ndetse ubushinjacyaha bwo muri Brezil bumutumaho ngo yitabe asobanure uburyo yarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya koronavirusi, kuri ubu uyu mukinnyi akaba yatangaje ko ntabirori byabantu 500 yateguye uretse ko ngo yari kumwe n'umuryango we n'abandi bantu bake bizihiza iminsi mikuru.

    Neymar Jr w'imyaka 28 yahakanye iby'iki kirori bivugwa ko yakoze ku bunani kikitabirwa n'abanyamideli bo muri Amerika no muri Brazil.
    Byavugwaga ko mu bacyitabiriye harimo abakobwa bazwi nka Kiki Passo, Michelle Nevius na Jessica Bartlett bavuye i Miami batumiwe na Neymar n'inshuti ze binyuze ku butumwa bohererezanyije kuri Instagram.

    Neymar ntiyigeze ashyira hanze amafoto y'ibi birori kuri Instagram,nkuko asanzwe abigenza,ari nayo mpamvu yamaganye abamushinje kugitegura.Neymar Jr abinyujije kuri Instagram aho akurikirwa n'abantu miliyoni 144 yamaganye abavuze ko yakoze iki kirori aho yagaragaje ko we n'umuhungu we Davi Lucca bipimishije ku bunani.

    Neymar yatangaje ko ibirori yari afitemo abantu bake banahana intera

    Yanashyize hanze ifoto igaragaza aho abashyitsi be bagombaga kwicara aho buri ntebe n'indi harimo intera nkuko bigaragara ku mafoto yashyize hanze.

    Neymar ngo yari yapimwe koronavirusi.

    Source : https://yegob.rw/birangiye-neymar-avuze-ukuri-ku-birori-byendaga-kumushyira-mu-mazi-abira/