Category: Uncategorized

  • Akanyamuneza kuri Murekatete wahembwe mudasobwa abikesha gukoresha ‘Mastercard’ ya Cogebanque – #rwanda #RwOT

    Abantu bahembwe ni abakoresheje cyane amakarita ya Mastercard (Debit, Credit na Prepaid) mu kwishyura serivisi zitandukanye cyangwa bahashye ibikoresho bitandukanye.

    Ni ibihembo ubusanzwe bitangirwa kuri Radio 10 mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 nyuma abanyamahirwe bakabishyikirizwa.

    Usibye Murekatete Immaculée, mu bandi bahembwe barimo Kimenyi Etienne wo mu Mujyi wa Kigali na Bunani Eric Janvier wo mu Karere ka Musanze. Hari n’abandi benshi batombola ako kanya ibihembo iyo baguze ibintu muri Simba Supermarket cyangwa lisansi kuri Station za SP zimwe ziherereye muri Kigali.

    Bashyikirijwe ibihembo bitandukanye birimo mudasobwa, amatike yo guhaha, ibikoresho by’isuku cyane ko biri mu byifashishwa mu kwirinda COVID-19 muri iki gihe.

    Murekatete watsindiye mudasobwa yavuze ko Mastercard imufasha guhaha ibintu byinshi kandi ko yishimiye kuba yatoranyijwe mu banyamahirwe.

    Ati “Ni ukuri ni ibintu bidasanzwe kuri njye, ntabwo nateganyaga kubona iki gihembo kuko gutombora ntibimpira. Ikarita nyikoresha cyane mu guhaha mu maguriro atandukanye ndetse no kuri sitasiyo ya lisansi, ibyo ndabishimira Imana.’’

    Yavuze ko amaze igihe kinini akorana na Cogebanque kuko akoresha ikarita ya Mastercard ahaha ibintu bitandukanye no kubikuza amafaranga.

    Ati “Kuko leta idushishikariza gukoresha ikoranabuhanga ririmo amakarita (Nka Mastercard), internet banking cyangwa telefoni ntabwo nkigendana amafaranga. Urumva tuba twirinda icyorezo cya COVID-19 kuko tugomba kurangwa n’isuku. Iyo ukoresheje Cogebanque Mastercard ukora gahunda zawe neza, utiriwe ukorakora amafaranga.”

    Yavuze ko mudasobwa yahawe izamufasha guteza imbere ubucuruzi bwe. Ati “Murabizi ko turi mu gihe cy’ikoranabuhanga, iyi mashini izamfasha kuri byinshi kuko njye ndi umucuruzi, izamfasha gukora akazi kanjye k’ubucuruzi.’’

    Bunani Eric Janvier w’i Musanze umaze imyaka icumi akorana na Cogebanque, yavuze ko yashimishijwe no kwisanga mu banyamahirwe kandi byamweretse ko banki ibatekerezaho.

    Ati “Ni igikorwa cyantunguye. Nahise numva ko banki itekereza ku bakiliya bayo, mpita mbona muri rusange ko bafata neza abakiliya. Gukoresha Cogebanque Mastercard bimfasha kubona serivisi mu buryo bwihuse. Hari ahantu njya binsaba kwishyura ukoresheje uburyo bw’ikarita nkabikora ntarinze kujya kubikuza amafaranga kuri banki.”

    Ibihembo by’abakoresha neza amakarita ya Mastercard bitangwa buri cyumweru, bigahabwa abakiliya bari mu bice bitandukanye by’u Rwanda bahashye ibicuruzwa, abaguze lisansi n’ibindi birimo no guhara kuri muri murandasi (Online).

    Umuyobozi Cogebanque, Ishami rya CHIC mu Mujyi wa Kigali, Kabeja Faustin washyikirije imashini Murekatete, yavuze ko banki yifuza gukomeza korohereza abakiliya kubona serivisi bifuza.

    Ati “Icyo twifuza ni uko batugana tukabaha serivisi nziza mu bucuruzi bwabo. Tugomba kubaba hafi, tukabagira inama yaba abakeneye nk’inguzanyo, tukabafasha kubona inguzanyo ubucuruzi bwabo bukarushaho kugenda neza no gutera imbere.”

    Gahunda yo guhemba abakoresha amakarita ya Mastercard ikorwa bijyanye n’ubukangurambaga bwa Cogebanque bwiswe “Biroroshye hamwe na Cogebanque Mastercard’’ bugamije gushishikariza abaturarwanda gahunda yo kutagendana ibifurumba by’amafaranga mu ntoki kuko bishobora kubatera igihombo, bikanadindiza ubukungu bw’igihugu n’izindi ngaruka zitandukanye.

    Ubu bukangurambaga bugikomeje mu 2021, bukorwa aho iyi banki isobanurira byimbitse abayigana amahirwe ari mu gukoresha amakarita ya Mastercard mu guhaha cyangwa kwishyura no kubikuza amafaranga bitabasabye kuyagendana mu mufuka.

    Abayakoresha buri munsi bahembwa ibirimo mudasobwa, ama-unité, amafaranga, amatike yo guhahira muri Simba supermarket, ayo kugura lisansi kuri SP n’ibikoresho byo mu rugo birimo frigo n’ibindi bihembo bishimishije.

    Ubu bukangurambaga bwagenewe abakiliya n’abagana iyi banki ariko bakoresheje amakarita ya Cogebanque Mastercard; arimo ‘Debit’, ihuza amakuru ari kuri konti, ‘Prepaid’ ihabwa umukiliya n’utari umukiliya wa banki akaba yashyiraho amafaranga ashaka kuzajya akoresha abishatse ndetse n’iya ‘Credit’ ifasha umukiliya kubona ubushobozi bw’amafaranga yakoresha akayishyura mu minsi 55 nta nyungu aciwe.

    Amakarita ya Cogebanque Mastercard ahesha uyakoresha uburenganzira bwo kwishyura byoroshye igihe cyose ndetse no kubikuza mu kindi gihugu ariko akayahabwa bijyanye n’ivunjisha rigezweho. Ikindi usezera ku ngaruka zigendanye no kwitwaza amafaranga mu ntoki nko kuyibwa, kuyata n’ibindi.

    Cogebanque ifite amashami 28 mu gihugu hose. Ifite ibyuma bya ATM 36, abayihagarariye (agents) barenga 600 bayifasha gutanga serivisi zo gufunguza konti, kubitsa no kubikuza, kohereza amafaranga n’izindi serivisi zirimo n’izifashisha ikoranabuhanga, Internet Banking na Mobile Banking (*505# na Coge mBank).

    Cogebanque inafite ikarita ya Smart cash ifasha kwishyura no kubikuza mu Rwanda n’amakarita ya Mastercard (Debit, Credit na Prepaid) afasha abayakoresha kwishyura no kubikuza ahantu harenga miliyoni 36 ku Isi.

    Murekatete Immaculée yavuze ko mudasobwa yahawe izamufasha guteza imbere ubucuruzi bwe

    Umuyobozi Cogebanque, Ishami rya CHIC mu Mujyi wa Kigali, Kabeja Faustin, yavuze ko yifuza ko abakiliya bakomeza kugana serivisi batanga ziborohereza mu buzima bwabo

    Banki y’Ubucuruzi ya Cogebanque yatangije ubukangurambaga bw’amezi atatu bwo guhemba abakiliya bakoresha amakarita ya Mastercards

    Amafoto: Igirubuntu Darcy


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/akanyamuneza-kuri-murekatete-wahembwe-mudasobwa-abikesha-gukoresha-mastercard

  • Amajonjora yibanze ya Miss Rwanda 2021 yasub… – #rwanda #RwOT

    Irushanwa rya Miss Rwanda 2021 ryagombaga gutangirira mu Karere ka Rubavu mu Ntara y'Uburengerazuba, ku wa 09 Mutarama 2021. Rigakomeza ku wa 16 Mutarama 2021 mu Ntara y'Amajyaruguru mu Karere ka Musanze.

    Inama y'Abaminisitiri yateranye mu ijoro ry'uyu wa Mbere tariki 04 Mutarama 2021, iyobowe na Minisitiri w'Intebe, Dr. Ngirente Edouard yavuze ko 'Ingendo hagati y'Uturere dutandukanye tw'Igihugu no hagati y'Uturere n'Umujyi wa Kigali zirabujijwe.'

    Inama y'Abaminisitiri yavuze ko izi ngamba zitangira gukurikiza guhera kuri uyu wa kabiri tariki 05 Mutarama 2021 'kandi zizongera kuvugururwa nyuma y'iminsi 15 hashingiwe ku isesengura ry'inzego z'ubuzima'.

    Rwanda Inspirationa Back Up (RIB) itegura irushanwa rya Miss Rwanda yasohoye itangazo ahagana saa mbili kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mutarama 2021 imenyesha ko “amajonjora y'ibanze yari ateganyijwe gutangira ku itariki 09 Mutarama 2021 mu Ntara y'Iburengerazuba abaye asubitswe, mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza mashya yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus nk'uko byemejwe n'Inama y'Abaminisitiri yo ku wa 04 Mutarama 2021.'

    RIB yakomeje ivuga ko 'Abategura irushanwa rya Miss Rwanda baha agaciro ubuzima bwiza bw'abitabira irushanwa rya Miss Rwanda ndetse n'Abanyarwanda muri rusange, akaba ariyo mpamvu banashishikariza Abaturarwanda bose gukomeza kubahiriza amabwiriza ashyirwaho n'inzego za Leta mu kwirinda no guhashya icyorezo cya Coronavirus.'

    Abategura iri rushanwa bavuze ko abifuza kwitabira iri rushanwa bemerewe gukomeza kwiyandikisha banyuze ku rubuga rwa www.missrwanda.rw. Bavuga ko 'indi gahunda n'amatiriki y'ibikorwa by'iri rushanwa muzabimenyeshwa mu gihe cya vuba'.

    Amajonjora y’ibanze y’irushanwa rya Miss Rwanda 2021 yasubitswe kubera Covid-19

    Hari gushakishwa umukobwa uzasimbura Nishimwe Naomie Miss Rwanda 2020

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102101/amajonjora-yibanze-ya-miss-rwanda-2021-yasubitswe-102101.html

  • Hagiye hanze urutonde rw'abatoza 4 bazakurwamo usimbura Frank Lampard udahagaze neza #rwanda #RwOT

    Amakuru aravuga ko Chelsea yamaze gushyira ku rutonde abatoza 4 bagomba kuvamo usimbura uwo ifite Frank Lampard bigaragara ko akazi kari kumunanira.

    Abatoza 4 bagomba kuvamo usimbura Lampard barimo Thomas Tuchel, Massimiliano Allegri, Brendan Rodgers na Ralph Hasenhuttl.

    Frank Lampard ari mu mazi abira kubera ko mu mpeshyi yahawe akayabo ka miliyoni 200 z'amapawundi agura abakinnyi barimo Timo Werner,Kai Havertz na Hakim Ziyech bafite ubuhanga ariko yananiwe kubabyaza umusaruro.

    Roman Abramovich nyiri ikipe ya Chelsea,ntiyifuza kwirukana Frank Lampard vuba ariko ikipe ya Chelsea nikomeza kujya mu mazi abira ashobora kumwirukana ariyo mpamvu hatangiye gutekerezwa abatoza bashya.

    Ikinyamakuru The Independent cyavuze ko abatoza bari imbere kuri uru rutonde ari uwahoze ari uwa Paris Saint-Germain witwa Tuchel n'uwahoze atoza Juventus witwa Max Allegri.

    Tuchel yirukanwe mu kwezi gushize nyuma yo kunanirwa gutwara UEFA Champions League hanyuma akanatangira nabi shampiyona.

    Allegri nta kazi afite kuva muri 2019 yirukanwa muri Juventus,yagiye avugwa mu Bwongereza ariko bikarangira abuze akazi.

    Abandi batoza 2 bari kuri uru rutonde bari kwitwara neza muri Premier League barimo uwa Leicester witwa Brendan Rodgers na Ralph Hasenhuttl wa Southampton waraye atsinze Liverpool igitego 1-0.

    Amakuru aremeza ko Lampard yahawe imikino itaramenyekana kugira ngo arokore akazi ke aho nibimunanira azirikunwa.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/hagiye-hanze-urutonde-rw-abatoza-4-bazakurwamo-usimbura-frank-lampard-udahagaze

  • Miss Rwanda yasubitswe #rwanda #RwOT

    Ijonjora ryo gutiranya abakobwa bazahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021 ryagombaga gutangira mu mpera z’iki cyumweru ryasubitswe kubera ingamba nshya zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.

    Tariki ya 9 Muturama 2021 nibwo hagombaga gutangira ijonjora rya Miss Rwanda 2021 rigatangirira i Burengerazuba mu karere ka Rubavu.

    Ubuyobozi bwa Miss Rwanda bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo, bwatangaje ko iri jonjora ryabaye risubitswe bitewe n’ingamba nshya zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.

    Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye, yemeje ingamba nshya zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus harimo no guhagarika ingendo zo hagati y’uturere ndetse n’Umujyi wa Kigali.

    Byari biteganyijwe ko iri jonjora rizatangirira mu karere ka Rubavu tariki 09 Mutarama 2021, tariki 16 Mutarama 2021 azakomereza mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Musanze naho tariki 23 Mutarama 2021 berekeze mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye.

    Tariki 30 Mutarama 2021 ijonjora rizabera mu Ntara y’Iburasirazuba mu Karere ka Kayonza naho tariki 06 Gashyantare 2021 hatorwe abo mu Mujyi wa Kigali.

    Tariki 20 Gashyantare 2021 nibwo hazatorwa abakobwa 20 bazajya mu mwiherero uzabera i Nyamata kuva tariki 07 Werurwe kugera tariki 19 Werurwe 2021.

    Tariki 20 Werurwe 2021 nibwo hazaba umuhango wo kwambika ikamba Nyampinga w’u Rwanda 2021 n’ibisonga bye. Ni ibirori bizabera ku Intare Conference Arena.

    Ijonjora rya Miss Rwanda 2021 ryasubitswe

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/miss-rwanda-yasubitswe

  • Iby’ubukwe bwa Kitoko n’umukobwa w'ikizungerezi bavugwaho gukundana bikomeje gutera urujijo abatari bake. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muri Werurwe umwaka ushize ubwo Kitoko Bibarwa yasohoraga indirimbo yise 'Gahoro', yahishuye ko yayikoreye umukunzi we biteguraga kurushinga mu Ukuboza 2020,abari biteze ubukwe bw'uyu muhanzi amaso yaheze mu kirere ndetse bakomeje kwibaza uko byamugendekeye.

    Iby'ubukwe bw'uyu muhanzi n'inkumi yitwa Doreen Mukiza yari yatuye iyo ndirimbo, byongeye kuvugwa cyane ubwo bashyiraga ku mbuga nkoranyambaga ifoto basomana.

    Kitoko n'umukunzi we basomana

    Icyo gihe Kitoko yari yavuze ko atazarenza Ukuboza 2020 adakoze ubukwe, ati 'Ubukwe ndabufite rwose umwaka wa 2020 ndumva utansiga uko gusa.'

    Kuri ubu nta makuru na make y'ikihishe inyuma yo gutinda cyangwa gupfa k'ubu bukwe azwi. Hari abavuga ko Kitoko yatandukanye n'umukunzi we, ibi bakaterwa n'uko yaba Kitoko ndetse Mukiza Doreen bendaga kurushinga nta numwe ugikurikira undi kuri Instagram.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa 31 Ukuboza 2020, abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram Kitoko Bibarwa yatunguranye ashyiraho ifoto y'intoki z'umukobwa zitariho impeta arangije agira ati 'Yavuze oya'.Benshi biganjemo abazwi mu myidagaduro nyarwanda bafashe ibi Kitoko yavuze nko gutebya.Kugeza ubu abakunzi buyu muhanzi bari mu rujijo bibaza igihe ubu bukwe buzabera bikabayobera.

    Ifoto Kitoko aherutse gushyira hanze.

    Source : https://yegob.rw/ibyubukwe-bwa-kitoko-numukobwa-wikizungerezi-bavugwaho-gukundana-bikomeje-gutera-urujijo-abatari-bake/

  • “Gahunda ubu ni Guma mu mugi, Guma mu karere” – CP Kabera #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro yagiranye na RBA,Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda yavuze ko gahunda iharimu mujyi ari 'Guma mu mujyi naho mu turere ni guma mu turere.'

    Yakomeje ati 'Mu ntara y'Amajyaruguru ni Guma Rulindo,Guma Gakenke,Guma Musanze,Guma Burera na Guma Gicumbi.Abaturage batuye muri iyo ntara n'utwo turere bagomba kumva ko aricyo basabwa kandi bakabyubahiriza kugira ngo twirinda kino cyorezo.'

    CP John Bosco yazengurutse intara zose z'igihugu avuga akarere akanasaba abaturage kukagumamo kugeza aturangije twose uko ari 30.

    Inama y'Abaminisitiri yateranye ejo ku wa 4 Mutarama 2021, yemeje ko ingendo zibujijwe hagati y'uturere n'utundi no hagati yatwo n'Umujyi wa Kigali gusa hari bamwe batangiye kwica iri bwiriza gusa CP John Bosco Kabera yabahaye ubutumwa.

    Yagize ati 'Uko abaturage bitwaye ntabwo bitunguranye kuko tubimazemo igihe, igikorwa ni uko inzego zijya hamwe zigakemura ibi bibazo, abantu banyura mu nzira zitemewe ibyo dusanzwe tubibona, ariko bamenye ko nibacika Polisi sinzi ko bazacika COVID-19.

    Ikigamijwe ni uko ibyo abantu bose bakora babikora binyuze mu nzira z'umucyo, bumvira amabwiriza n'inzego zigomba kuyashyira mu bikorwa'.

    Yakomeje avuga ko abo bashaka kuva mu turere bajya mu tundi, hari inzego zibishinzwe zibatega amatwi ufite impamvu yumvikana akoroherezwa kugenda.

    Ati: 'Impamvu mubona abapolisi hirya no hino ndetse harimo n'abapolisi bakuru ni ukugira ngo bumve ibibazo by'abantu ndetse abagomba koroherezwa boroherezwe, ibyo rero birakorwa kandi tugakorana n'inzego zibishinzwe'.

    CP John Bosco Kabera arasaba abaturage kumva ko kuba hari ingamba zafashwe, byatewe no kuba hari icyorezo, atari urwego uru n'uru rwabiteye.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/gahunda-ubu-ni-guma-mu-mugi-guma-mu-karere-cp-kabera

  • Sergio Ramos yananiye Real Madrid kubera isezerano rikomeye yahawe na PSG #rwanda #RwOT

    Ikipe ya PSG yahaye akazi umutoza Mauricio Pochettino kugira ngo ayifashe kwegukana UEFA Champions League ariyo mpamvu ishaka kugura Ramos na Lionel Messi biyongera kuri Kylian Mbappe na Neymar Jr.

    Ramos azasoza amasezerano ye mu mpeshyi ariyo mpamvu Real Madrid yifuza kumwongerera amasezerano mashya nubwo yayanze.

    Ramos w'imyaka 34 ari mu nkingi zikomeye Real Madrid igenderaho ariyo mpamvu Zidane yifuza kumwongerera amasezerano mashya vuba na bwangu.

    Umunyamakuru witwa Josep Pedrerol wa El Larguero yatangaje ko Ramos yagiranye ikiganiro na Florentino Perez mbere y'umukino wa Elche mu rwego rwo kumusaba ko yongera amasezerano gusa uyu myugariro ngo yarabyanze.

    Amakuru avuga ko Ramos yabwiye Perez ati 'Ntabwo ndemera ibyo uri kumpa …kugeza ubu ndi kwitegura kwakira ubusabe.Umuntu wo muri PSG yabwiye ko bagiye kubaka ikipe ikomeye yanjye na Lionel Messi.'

    Real Madrid yahaye Ramos amasezerano y'imyaka 2 kandi yamwemereye kumuhemba akayabo ka miliyoni zirenga 12 z'amayero.

    Ikinyamakuru Mundo Deportivo cyatangaje ko muri Real Madrid bahangayitse kubera ko bategereje igisubizo cya Ramos wababwiye ko atiteguye gusinya aya masezerano vuba.

    Hari andi makuru avuga ko Ramos na Real Madrid bari gupfa amafaranga kuko ngo iyi kipe yamubwiye ko agomba kwemera kugabanya amafaranga kugira ngo bamuhe amasezerano y'imyaka 2.

    Hari amakuru avuga ko Real Madrid yamaze kugira ubwoba bwo gutakaza kapiteni wayo ariyo mpamvu yatangiye gushaka abarimo Pau Torres na David Alaba kugira ngo bamusimbura.


    Ramos arashaka gukinana na Messi muri PSG

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/sergio-ramos-yananiye-real-madrid-kubera-isezerano-rikomeye-yahawe-na-psg

  • Hari abari baraguze amatike bahawe amahirwe yo kugenda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni umwanzuro wafashwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 4 Mutarama 2021 yashyizeho amabwiriza yo gukumira icyorezo cya COVID-19 gikomeje kwiyongera mu Rwanda.

    Ku mirongo aho abaturage bari bategereje ko baza guhabwa imodoka zibasubiza aho bavuye, benshi bari mu kivunge abandi babyigana kugira ngo baze kubona amahirwe yo gutambutswa mu gihe imodoka zemerewe kugenda.

    Bamwe mu baturage baganiriye na Kigali Today bavuga ko batunguwe, bakavuga ko bakoroherezwa gusubira mu miryango, abandi bakavuga ko basize akazi kandi bagomba kugasubiraho.

    Habimana ni umunyeshuri muri Kaminuza mu mujyi wa Musanze. Avuga ko yari yagiye gusangira iminsi mikuru n’umuryango we ariko yashaka gusubira ku ishuri agasanga ingendo zahagaritswe.

    Agira ati “Naje gusangira iminsi mikuru n’umuryango, mu gitondo ubwo nazindukaga nshaka gusubira ku ishuri twasanze gare ifunze, tutemerewe kuyinjiramo, twakomeje gutegereza, abapolisi batubwira kujya ku mirongo twirinda kwegerana, ntituzi niba tubona amahirwe yo kubona imodoka.”

    Habimana avuga ko adasubiye ku ishuri ashobora gucikanwa n’amasomo mu gihe abari ku ishuri bari buyakomeze.

    Umwe mu bakozi b’Intara y’Iburengerazuba wari mu bagenzi batega imodoka yagize ati “Ejo nibwo naje gushaka imodoka nsanga zashize, biba ngombwa ko dusubira ku icumbi, uyu munsi rero twasanze ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri byahagaritse ingendo zihuza uturere, turizera ko bizajya mu buryo n’ubwo akazi k’uyu munsi kapfuye.”

    Bamwe mu bagenzi baganiriye na Kigali Today bavuga ko Leta igomba kubafasha bagashobora gusubira mu miryango kuko hari abasize inzu zifunze, abandi bagasiga abarwayi n’imirimo kandi bakeneye kubisubiraho.

    Ibi bakabishingiraho bavuga ko iyo bateguzwa ko ingendo zizahagarara bari kubimenya bakitegura kuva mu nzira kare.

    Hari abagize bati “Leta nifashe abantu basubire mu miryango kuko ibi bije bitunguranye kandi bakeneye gusubira mu miryango no ku mirimo.”

    Muri gare ya Gisenyi ahategerwa imodoka hari abagenzi babarirwa mu Magana mu masaha ya saa yine ariko bamwe bakongera bagasubira aho bavuye ariko abandi baza, gusa abapolisi bari babacungiye umutekano babasabaga gusiga intera no kwihangana bagategereza igisubizo kiza gutangwa n’inzego nkuru.

    Umwe mu baturage waganiriye na Kigali Today ukomoka mu Karere ka Ngororero avuga ko n’ubwo tike zaboneka hari ikibazo cyo kongera igiciro.

    Agira ati “Nkatwe kugera i Gatumba ubusanzwe twakoreshaga abarirwa mu bihumbi bibiri na magana abiri, none ubu nsabwe kwishyura ibihumbi bibiri na magana inani, urumva ko ibiciro byiyongereye n’ubwo ikiduhangayikishije ari ukubona imodoka zidusubiza mu miryango yacu.”

    Ku isaha ya saa sita zirengaho iminota mike nibwo umunyamakuru wa Kigali Today yabonye imodoka zikuye abagenzi muri gare ya Gisenyi zibajyanye, bamwe bavuga ko bahawe amahirwe yo gutaha.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Lt Col Dr Mpunga Tharcisse yatanze ibisobanuro ku myanzuro y’inama y’abaminisitiri yagaragaje ko bigamije guhagarika ikwirakwira ry’icyorezo, akabivuga ahereye ku bwiyongere bw’abanduye cyane cyane mu mpera z’umwaka ushize.

    Avuga ko icyorezo cya Covid-19 mu Rwanda gihagaze nabi cyane, mu kwezi gushize imibare y’abandura ikaba yarazamutse cyane kugeza n’aho tugira abandura hafi 200 ku munsi ari ko n’abapfa biyongera, kuko 50% by’abapfuye mu gihugu bagaragaye mu Kuboza 2020.

    Akomeza avuga ko u Rwanda rugeze mu bihe rutigeze rugeramo, abarwayi barimo kuremba hakiri kare bakitaba Imana harimo n’abato.

    Ati “Muri iyi minsi abantu bakomeje kugira ingendo kubera iminsi mikuru bava mu turere bajya mu tundi ari yo mpamvu tubona ubwandu buri mu turere twose tw’igihugu, cyane cyane mu mijyi. Kugabanya ubwandu rero ni uko tugabanya ingendo hagati y’uturere, kuko nka Musanze, Rusizi, Umujyi wa Kigali, Huye, Rubavu n’ahandi hari abarwayi benshi, bakomeje gukwirakwira igihugu ni ko gukwirakwiza indwara, babe bakorera aho bari turebe uko bizaba bimeze mu minsi 14”.

    Ingendo za ngombwa zirimo ahanini kwivuza mu gihe umuntu yahawe ‘transfer’ ziremewe, n’umuntu ku giti cye yakwitwarira umurwayi ariko bagasabwa ko baba baripimishije Covid-19.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/hari-abari-baraguze-amatike-bahawe-amahirwe-yo-kugenda

  • Mu batangiye ingendo kuri uyu wa Kabiri hari abasubizwa inyuma, abandi bakomeze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) hamwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) mu kiganiro bahaye Televiziyo y’Igihugu.

    Aba bayobozi bahaye ibisubizo abaturage bibazaga ku ngamba zo kwirinda Covid-19 zaraye zitangajwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 04 Mutarama 2021.

    Iyi nama yabujije abaturage ba buri karere kurenga imbibi zako, bikaba byatumye ingendo hirya no hino mu gihugu zihagarara, usibye imodoka zitwaye ibicuruzwa ziba zigomba na zo kugendamo abantu batarenze babiri.

    Abanyamakuru ba RBA hirya no hino mu Ntara berekanye kuri Televiziyo abaturage batabonye uko bakomeza ingendo bari batangiye basanga imiryango yabo cyangwa bava mu minsi mikuru basubira mu mirimo.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yavuze ko mu bantu bari batangiye ingendo, hari abasubizwa inyuma kubera ko ingendo bakoraga zitari ngombwa.

    CP Kabera yagize ati “Ufite imodoka aravuga ko nta bantu atwara, abantu bakavuga ko imodoka zitabatwara, ariko impamvu hari abapolisi hirya no hino ni ukugira ngo bumve ibibazo by’abantu, abagomba koroherezwa boroherezwe,…abakora ingendo zitari ngombwa barasubizwayo (iyo bavuye)”.

    Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE, Lt Col Dr. Tharcisse Mpunga avuga ko n’ubwo hari abantu batunguwe n’ibyemezo byafashwe, ngo bagomba kubyihanganira kugira ngo icyorezo cyari kimaze kwiyongera mu gihugu kigabanuke.

    Col Mpunga akomeza avuga ko abafatirwa mu nzira baza kubanza gupimwa nibiba ngombwa, kandi abenshi barara bakemuriwe ibibazo bafite kuri uyu wa Kabiri.

    Yagize ati “Hose urasanga hari aho abantu bahurira n’utundi turere kubera imiterere yaho ndetse n’abana bajya kwiga biragaragara, ariko nibiba ngombwa turabapima kugira ngo bamenye ko nta bwandu bafite, inzego zirabakurikirana ku buryo ibibazo byinshi birara bikemutse”.

    Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Soraya Hakuziyaremye na we yavuze ko MINICOM ikomeje igenzura ku masoko n’amaduka atandukanye ku bijyanye n’abazamura ibiciro uko bishakiye, ku buryo uri bufatwe aza kubihanirwa.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/mu-batangiye-ingendo-kuri-uyu-wa-kabiri-hari-abasubizwa-inyuma-abandi-bakomeze

  • Ishusho y’ingendo hagati ya Kigali n’intara nyuma y’amasaha make hafashwe ingamba nshya – #rwanda #RwOT

    Mu byemezo byafashwe harimo ko ingendo zibujijwe hagati y’uturere, cyangwa hagati y’uturere n’Umujyi wa Kigali keretse imodoka zitwaye ibicuruzwa kandi nazo ntizirenze abantu babiri n’abafite serivisi z’ubuzima cyangwa impamvu z’ingenzi.

    Muri iri tangazo kandi bigaragara ko ingamba zafatiwe mu Nama y’Abaminisitiri zitangira kubahirizwa guhera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Mutarama 2021.

    Ku masaha y’ingendo nta cyahindutse kuko ingendo zibujwe hagati ya saa Mbili z’umugoroba kugeza saa Kumi z’igitondo.

    Nyuma yo guhagarika ingendo hagati y’uturere dutandukanye tw’igihugu no hagati y’uturere n’umujyi wa Kigali, twifuje kumenya uko amabwiriza yatangiye kubahirizwa.

    Abanyamakuru ba IGIHE bazengurutse hirya no hino mu Mujyi wa Kigali n’aho ugabanira n’utundi turere, ngo turebe uko byifashe.

    Ku modoka zinjira muri Kigali ziva mu Ntara y’Amajyepfo n’Iburengerazuba zihagarara mu karere ka Kamonyi, Umurenge wa Rugalika, ahazwi nka Bishenyi. Niho hashyizwe abashinzwe umutekano babaza abantu impamvu z’urugendo rwabo.

    Umugenzi avuga impamvu y’urugendo rwe, abashinzwe umutekano basanga yumvikana bakamureka agakomeza.

    Bamwe mu baganiriye na IGIHE babashije gutambuka bavuze ko nubwo bigoye, iyo usobanuye impamvu yawe bagasanga yumvikana bakureka ugatambuka.

    Hakizimana Fulgence utuye ku Ruyenzi, wajyaga mu mirima ye mu Nkoto yagize ati “Biragoye, gusa nanone iyo vuze impamvu yawe uratambuka. Ngiye mu mirima. Inama natanga n’uko abantu baguma aho bari kugira ngo batahava bakajya kwanduza abo basanze.”

    “Ikindi navuga n’uko bakubahiriza amabwiriza duhabwa na Leta kuko ari ayo kubungabunga ubuzima bwacu.”

    Mukankuranga Velena wari ufite igitiyo agiye gukora muri VUP ku Kigese, yavuze ko nubwo bitoroshye ariko ingamba nk’izi zari zikwiye kuko Coronavirus ikomeje gukaza umurego.

    Yagize ati “Ikibazo cy’indwara ya Coronavirus kiratwugarije cyane, abayobozi bari guhagarika abantu badafite impamvu yumvikana. Coronavirus tugomba kuyirinda dukaraba amazi n’isabune, twambara neza agapfukamunwa, ibi nibyo tugomba kumenya kugira ngo tubashe gutsinda iki cyorezo.”

    Nubwo babashije gutambuka hari n’abandi batabashije kubona uko batambuka kuko impamvu batanze ababishinzwe basuzumaga bagasanga zitaboneye.

    Etienne usanzwe agemura ibijumba muri Kigali yifashishije igare yari avuye mu isoko rya Gacurabwenge ku Kamonyi. Yavuze ko kuba asubijwe inyuma bimuhombeje.

    Ati “Ngeze hariya bambwira ko bitemewe gukora ingendo. Mu by’ukuri amakuru nari nayamenye ariko nari nzi ko nk’uko mu gihe gishize twari dufite uburyo bwo kuva mu Karere ka Kamonyi tujya i Kigali tugemuye ibiribwa tugatambuka, nari nzi ko n’ubundi ari ko biri bugende.”

    “Nta kundi nyine ndabisubiza mu rugo abana barabirya ariko harimo igihombo.”

    Ku rundi ruhande hari benshi bari bayiraye ku ibaba ngo bafate ingendo zerekeza mu ntara zitandukanye. Bamwe ntibari bamenye amakuru y’uko amabwiriza mashya yanzuye ko ingendo zihagarara abandi bari babizi bahitamo kuva muri Kigali.

    Muri Gare ya Nyabugogo ahasanzwe hategerwa imodoka zerekeza mu ntara hari abagenzi berekezaga mu bice bitandukanye by’igihugu.

    Nyuma yo kubona ko iki kibazo kigaragaye, n’ubwo imodoka zitari zemerewe gutwara abagenzi, Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwahisemo gufasha abaturage kugera mu bice bashakaga kwerekezamo nk’igisubizo cyiza cyo gufasha abantu kugera mu turere tw’iwabo.

    Haragirimana Jean Claude werekezaga mu Karere ka Rwamagana, yavuze ko atari yamenye iby’amabwiriza mashya gusa ashimira Leta kuba boroherejwe.

    Ati “Ubundi wari umurongo munini ariko imodoka zaje zikajya zibatwara rero dusigaye turi bake. Hano hari abapolisi batubwiye ko tuguma ku murongo bari budushakire imodoka iducyura.”

    Mutoniwase Pamela wari uturutse ku Kamonyi atashye iwabo Kabarondo muri Kayonza, yaraye muri gare yabuze imodoka, bucya bamubwira ko ingendo zahagaze.

    Uyu mukobwa kandi yavuze ko babangamiwe n’uko ibiciro byurijwe nubwo bagobotswe imodoka zo kubacyura zikaboneka.

    Ati “Njye naje ejo ingamba zitarafatwa, naraye hano muri gare nabuze imodoka. Nari mfite icyizere ko ndibugende ariko burije ibiciro, icyizere cyatakaye. Twishyuraga 2000 Frw none bashyize kuri 3550 Frw. Hari abandi bagiye mbere yanjye kuko bari bayafite. Niyo nari nsigaranye yonyine.”

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence, yavuze ko gufata icyemezo cyo guhagarika ingendo zihuza Kigali n’intara byakozwe ku neza y’abaturage.

    Ati “Guhagarika ingendo mu gihe cy’ibyumweru bibiri ni ukugira ngo duhagarike urujya n’uruza rw’abantu kugira ngo n’uwanduye atanduza bagenzi be.”

    Kuri bamwe bahitamo kunyura mu nzira zitemewe bagamije kwihisha ijisho ry’abashinzwe umutekano bakunze kugaragara mu bihe nk’ibi, Rubingisa yabibukije ko bitemewe kandi anasaba ko byaba byiza mu gihe nta mpamvu ifatika ihari ingendo bazireka kuko kunyura muri izi nzira bitera ikibazo cy’umutekano rusange.

    Abashinzwe umutekano bari bari mu bice bitandukanye bakurikirana uko amabwiriza ashyirwa mu bikorwa

    Abagenda n’amaguru nabo babanzaga gusobanura aho berekeza

    Aba bageze Bishenyi muri Kamonyi babangira gutambuka, banyura mu bigunda ngo bagere i Kigali

    Bamwe bahitagamo kunyura mu bihuru kugira ngo bihishe inzego z’umutekano

    Uwatangaga impamvu yumvikana bamurekaga agakomeza urugendo

    Bishenyi imodoka zivuye i Kigali zabanzaga guhagarikwa

    Aba bakwepye abashinzwe umutekano, banyura iy’ibinani kuko impamvu zabo zitumvikanaga

    Meya w’Umujyi wa Kigali Rubingisa Pudence yavuze ko abanyura mu bihuru baba bihemukira

    Abari babuze imodoka muri gare ya Nyabugogo babwiwe ko bari bufashwe kugera iwabo

    Abagenzi batandukanye bari babukereye n’imizigo bashaka kuva muri Kigali

    Kugeza kuri uyu wa Kabiri abantu bari bakiri urujya n’uruza muri Gare ya Nyabugogo cyane cyane abatari bamenye ko amabwiriza yahindutse

    Ubucuruzi mu gace ka Nyabugogo bwo bwakomeje

    Uyu mugenzi uri ku igare yabazwaga ikimujyanye muri Kigali

    Hari abahisemo guca inzira z’ubusamo ngo batabazwa aho bagiye

    Abamotari bagezaga abagenzi mu nzira, bagasubira aho basanzwe bakorera

    Gutwara abantu ku magare byakomeje ariko bakirinda kugeza abagenzi mu tundi turere

    Urujya n’uruza hagati ya Kigali n’Amajyepfo rwagabanutse cyane

    Muri gare ya Nyabugogo sosiyete zimwe zitwara abagenzi bagana mu ntara zafunzwe

    Amafoto: Uwumukiza Naniy


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ishusho-y-ingendo-hagati-ya-kigali-n-intara-nyuma-y-amasaha-make-hafashwe