Category: Uncategorized

  • Abantu 5 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda abandi 107 barayandura #rwanda #RwOT

    Abitabye Imana barimo abagabo bane b'imyaka 65, 64, 57 na 45 bo mu Mujyi wa Kigali n'umwe w'imyaka 69 wo mu Karere ka Nyamasheke.

    Itangazo rya Minisante ryerekana ko kuri uyu wa Kabiri hagaragaye abarwayi 107 bakuwe muri 'Kigali: 44, Bugesera: 20, Musanze: 17, Huye: 7, Rusizi: 5, Nyamasheke: 3, Rubavu: 2, Nyamagabe: 2, Muhanga: 2, Ruhango: 2, Kamonyi: 2, Nyanza: 1.''

    Mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo bya Coronavirus 745 252, hasanzwemo abantu 8955 banduye. Muri bo 6878 basezerewe mu bitaro nyuma yo gupimwa bagasangwa nta bwandu bagifite mu gihe 1967 bakiri kwitabwaho.

    Abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n'amazi n'isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n'amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n'abantu benshi.

    Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko kugeza ubu mu Rwanda hari abarwayi 39 ba Coronavirus barembye, barimo batandatu barembye cyane bakenera umwuka ugera kuri litilo icumi ku munota ngo babashe guhumeka.

    Ubwiyongere bukabije bw'ubwandu bwa Coronavirus buri kugaragara muri iyi minsi, ni ikibazo gihangayikishije cyane, aho buri kujyana no kwiyongera k'umubare w'abahitanwa nayo dore ko abamaze kubura ubuzima kubera iyi virus barenze 100, ndetse 50% muri bo, bapfuye mu kwezi kumwe.

    Umuvugizi wa Minisiteri y'Ubuzima, Julien Mahoro Niyingabira yabwiye IGIHE ko ubu bwiyongere buri guterwa no kudohoka gukabije kw'abantu badakurikiza amabwiriza ya Covid-19 ndetse n'abantu bagaragaweho ibimenyetso bagatinda kujya kwa muganga bakaza kwivuza barembye, bikaba byabaviramo n'urupfu.

    Ati 'Ikibazo gikomeye ni abadohoka n'abumva ko Covid-19 itari hafi yabo ku buryo bandura ntibabimenye, ntibajye kwa muganga bagakomeza kubaho nk'uko bisanzwe, bagakomeza gukwirakwiza ubwandu.'

    Yavuze ko gutinda kwivuza kw'abantu bagaragaweho ibimenyetso bakajya kwa muganga barembye, nabyo biri mu biteza ubu bwiyongere bw'abahitanwa n'iki cyorezo.

    Yagize ati 'Ubwiyongere buri kubonerwa cyane cyane mu kuba abantu bari gutinda kwivuza[…]bakaza barembye rimwe na rimwe ugasanga ni bo bashyize ku mwuka, ubundi ugasanga nibo bagize ibibazo bikaba byabaviramo no gupfa.'

    Niyingabira yavuze ko kugeza ubu hari abarwayi 39 barembye bari kongererwa umwuka, 30 muri bo bari ku rugero rusanzwe rwo kongererwamo umwuka, mu gihe batandatu muri bo bari ku rwego rwo hejuru, aho bakenera umwuka mwinshi urenze litiro icumi ku munota, abandi batatu bo barembye bikabije.

    Ibi biragagaza urugero n'ubukana bukabije iyi ndwara iriho ndetse ko buri wese akwiye kubigira ibye, ntihagire uwirara ngo akerense amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

    Ubu ibigo nderabuzima bya leta ndetse n'amavuriro yigenga byemerewe hirya no hino mu gihugu gupima umuntu ufite ibimenyetso bya Covid-19 ibisubizo bikaboneka mu minota itarenze 15. Abakora ingendo zo mu mahanga nibo bonyine batemerewe gukoresha ubu buryo.

    Niyingabira yavuze ko mu gihe umuntu yibonyeho ibimenyetso nk'ibya Covid-19 birimo ibicurane akwiriye gutekereza ko ari Covid-19 arwaye mbere y'uko atekereza ko ari ibicurane maze akihutira kujya kwipimisha.

    Kugeza ubu 31% by'abamaze kwandura coronavirus bose, bayanduye mu kwezi gushize.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-5-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-107-barayandura

  • Breaking news: Habaye impinduka zitunguranye muri Miss Rwanda 2021. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Amajonjora y'ibanze y'irushanwa rya Miss Rwanda 2021 yagombaga gutangirira mu Karere ka Rubavu yasubitswe kubera ingamba zakajijwe zo kwirinda icyorezo cya Covid-19 cyakajije umurego mu Rwanda n'ahandi mu bice bitandukanye byo ku Isi.

    Irushanwa rya Miss Rwanda 2021 ryagombaga gutangirira
    mu Karere ka Rubavu mu Ntara y'Uburengerazuba, ku wa 09 Mutarama 2021. Rigakomezaku wa 16 Mutarama 2021 mu Ntara y'Amajyaruguru mu Karere ka Musanze.

    Rwanda Inspirationa Back Up (RIB) itegura irushanwa rya Miss
    Rwanda yasohoye itangazo ahagana saa mbili kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mutarama 2021 imenyesha ko 'amajonjora y'ibanze yari ateganyijwe gutangira ku itariki 09 Mutarama 2021 mu Ntara y'Iburengerazuba abaye asubitswe, mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza mashya yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus nk'uko
    byemejwe n'Inama y'Abaminisitiri yo ku wa 04 Mutarama 2021.'

    Abategura iri rushanwa bavuze ko abifuza kwitabira iri
    rushanwa bemerewe gukomeza kwiyandikisha banyuze ku rubuga rwa www.missrwanda.rw. Bavuga ko 'indi gahunda
    n'amatiriki y'ibikorwa by'iri rushanwa muzabimenyeshwa mu gihe cya vuba'.

    Amajonjora y'ibanze y'irushanwa rya Miss Rwanda 2021 yasubitswe kubera Covid-19

     

     

     

    Source : https://yegob.rw/breaking-news-habaye-impinduka-zitunguranye-muri-miss-rwanda-2021/

  • Menya abakinnyi 10 bakurikirwa cyane kuri Instagram bayobowe na C.Ronaldo #rwanda #RwOT

    Imbuga nkoranyambaga ni kimwe mu bihatse isi muri iyi minsi dore ko abenshi bazikoresha bamenyekanisha ibikorwa byabo. Youtube, Instagram, Twitter, WhatsApp, Facebook, Telegram nizindi nyinshi nizimwe mu zikunzwe gukoreshwa na benshi hano kw'isi, ibi bigatuma hari n'abinjiza agatubutse kubera zo.

    Abakinnyi nabo ni bamwe mu bayobotse izi mbuga nkoranyambaga dore ko baba bakurikirwa cyane kubera urukundo baba bakunzwe na benshi, byumwihariko Instagram ni urubuga rukoreshwa na benshi. Niyo mpamvu twabateguriye abakinnyi 10 bakina umupira w'amaguru bakurikirwa na benshi kuri Instagram, bayobowe na Cristiano Ronaldo ufite abagera kuri miliyoni 250 bamukurikira kuri Instagram, bivuze ko ari 3.2% by'abatuye isi muri rusange.

    Urutonde rw'abakinnyi 10 bakurikirwa cyane kuri Instagram:

    Cristiano Ronaldo: 250M
    Lionel Messi: 174M
    Neymar: 144M
    James Lodriguez: 46.6M
    Marcelo: 46.1M
    Zlatan Ibramovich: 46.0M
    Kylian Mbappe: 45.8M
    Gareth Bale: 43.7M
    Paul Pogba: 42.6M
    Sergio Ramos: 42.5M

    Abakinnyi 10 bakurikirwa cyane kuri Instagram

    The post Menya abakinnyi 10 bakurikirwa cyane kuri Instagram bayobowe na C.Ronaldo appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2021/01/05/menya-abakinnyi-10-bakurikirwa-cyane-kuri-instagram-bayobowe-na-c-ronaldo/

  • Bikomeje kuba amayobera uyu munsi abandi bantu bishwe na Coronavirus #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 05 Mutarama 2021, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje abandi bantu batanu bishwe n' icyorezo cya Coronavirus

    Abishwe na Coronavirus kuri uyu wa Kabiri ni abagabo batanu b'imyaka 65, 64, 57 na 45 i Kigali n'undi w'imyaka 69 i Nyamasheke. Batuma umubare w'abamaze kwicwa n'icyo cyorezo mu Rwanda ugera ku 110 .

    Ni mu gihe uyu munsi kandi hatangajwe abarwayi bashya 107 barimo abo mu Mujyi wa Kigali 44, Bugesera 20, Musanze 17, Huye 7, Rusizi 5, Nyamasheke 3, Rubavu 2, Nyamagabe 2, Muhanga 2, Ruhango 2, Kamonyi 2 n'umwe wo mu Karere ka Nyanza.

    Muri rusange, abamaze gutahurwaho icyo cyorezo kuva muri Werurwe ubwo umurwayi wa mbere yabonekaga mu Rwanda ni 8,955 barimo 1,967 bakirimo kwitabwaho n'abaganga.

    Hakize abantu bashya 62 bituma umubare w'abamaze gukira ugera ku 6,878 bangana na 76.78 % by'abamaze gutahurwaho icyo cyorezo mu Rwanda, babonetse mu bipimo 745,252 birimo 4,216  byafashwe uyu munsi.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/05/bikomeje-kuba-amayobera-uyu-munsi-abandi-bantu-bishwe-na-coronavirus/

  • Mauricio Pochettino yaciye amarenga ku bivugwa ko Lionel Messi ashobora kwerekeza muri PSG #rwanda #RwOT

    Mauricio Pochettino wahawe akazi ko kuba umutoza mushya wa PSG mu gihe cy'umwaka umwe n'igice ushobora kongerwa mu gihe yakwitwara neza yabwiye abanyamakuru ko Lionel Messi ari mu bakinnyi beza PSG yaha ikaze.

    Nubwo Poch afite Neymar na Kylian Mbappe ndetse na Angel Di Maria,biravugwa ko PSG ishaka kumwongereraho na Lionel Messi ubundi akegukana UEFA Champions League nta kabuza.

    Yabwiye abanyamakuru ati 'Dushyire ku ruhande ibihuha.Abakinnyi beza bahawe ikaze muri PSG.Pap Noheli yangiriye Ubuntu.Mfashe uyu mwanya kugira ngo nshimire Nasser [Al-Khelaifi] n'umuyobozi w'imikino Leonardo bangiriye icyizere bakangarura muri iyi kipe nkuru.

    Iyi n'imwe mu makipe akomeye cyane ku isi,niba atari n'iya mbere.Kubamo ibihuha n'ibintu byumvikana.Twahageze tugomba kubishyira ku ruhande.'

    Ubwo yabazwaga nib anta gitutu yumva afite, Pochettino yagize ati: 'PSG n'ikipe ikomeye ku isi,biragoye ko wayigereranya na Tottenham kuko n'amakipe atandukanye.Nagize ibihe byiza cyane I London.Ndajwe ishinga no gutsinda umukino w'ejo.

    Aha mpafite abakinnyi bakomeye ku rwego rw'isi kandi niteguye guha ikaze abandi.'

    Messi uvugwa muri PSG,azarangiza amasezerano muri Kamena uyu mwaka ariyo mpamvu ari kwifuzwa n'amakipe menshi.

    Pochettino wakiniye iyi kipe yamuhaye akazi kuva 2001-2003,arasabwa kurenga ku gahigo ka Thomas Tuchel wagejeje PSG ku mukino wa nyuma wa Champions League we akayihesha iki gikombe cy'akataraboneka.

    Pochettino yasimbuye Thomas Tuchel wirukanwe ku munsi ubanziriza Noheli ya 2020,aho yari amaze gutsinda 4-0 Strasbourg ariko yaratakarijwe icyizere.

    Umukino wa mbere wa Pochettino azasura Sainte Etienne muri Ligue 1 kuri uyu wa Gatatu saa yine z'ijoro.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/mauricio-pochettino-yaciye-amarenga-ku-bivugwa-ko-lionel-messi-ashobora

  • Abantu batanu bishwe na Coronavirus #rwanda #RwOT

    Abitabye Imana barimo abagabo bane b’imyaka 65, 64, 57 na 45 bo mu Mujyi wa Kigali n’umwe w’imyaka 69 wo mu Karere ka Nyamasheke.

    Itangazo rya Minisante ryerekana ko kuri uyu wa Kabiri hagaragaye abarwayi 107 bakuwe muri 'Kigali : 44, Bugesera : 20, Musanze : 17, Huye : 7, Rusizi : 5, Nyamasheke : 3, Rubavu : 2, Nyamagabe : 2, Muhanga : 2, Ruhango : 2, Kamonyi : 2, Nyanza : 1.”

    Mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo bya Coronavirus 745 252, hasanzwemo abantu 8955 banduye. Muri bo 6878 basezerewe mu bitaro nyuma yo gupimwa bagasangwa nta bwandu bagifite mu gihe 1967 bakiri kwitabwaho.

    Abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/Abantu-batanu-bishwe-na-Coronavirus

  • Mu Rwanda COVID-19 yishe abantu batanu, haboneka abarwayi bashya 107 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abishwe na COVID-19 ku wa Kabiri ni abagabo batanu b’imyaka 65, 64, 57 na 45 i Kigali n’undi w’imyaka 69 i Nyamasheke.

    Abo bantu batanu bahise buzuza umubare w’abantu 110 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko ku wa Kabiri mu Rwanda habonetse abantu bashya 107 banduye COVID-19, naho abandi 62 mu bari barwaye bakize.

    Abo barwayi bashya 107 babonetse mu bipimo 4,216 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 44, Bugesera: 20, Musanze: 17, Huye: 7, Rusizi: 5, Nyamasheke: 3, Rubavu: 2, Nyamagabe: 2, Muhanga: 2, Ruhango: 2, Kamonyi: 2, Nyanza: 1.

    Kugeza ku wa Kabiri, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 8,995 muri bo abamaze gukira ni 6,878 naho abakivurwa ni 1967.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-covid-19-yishe-abantu-batanu-haboneka-abarwayi-bashya-107

  • Amajonjora y’Irushanwa rya Miss Rwanda 2021 yasubitswe #rwanda #RwOT

    Iri tangazo ryasohotse kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Mutarama 2021, nyuma y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere yanzuye ko ingendo zihuza Umujyi wa Kigali n’uturere zihagaritswe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus

    Iyi nama yateraniye muri Village Urugwiro ku Kacyiru yayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard. Yanzuye ko ingendo hagati y’uturere zibujijwe.

    Itangazo ryashyizwe hanze na Rwanda Inspiration rivuga ko ijonjora rya Miss Rwanda 2021, ryari riteganyijwe ku wa Gatandatu ryasubitswe kubera ingamba zo kwirinda Coronavirus.

    Rigira riti 'Abategura irushanwa rya Miss Rwanda baramenyesha abantu bose ko amajonjora yari ateganyijwe tariki 9 Mutarama 2020, abaye asubitswe.'

    Ryakomeje rivuga ko abategura irushanwa baha agaciro ubuzima bw’abantu baryitabira n’Abanyarwanda muri rusange, bityo bakaba bakwiriye gukurikiza amabwiriza ya Leta ajyanye no kwirinda icyorezo cya COVID-19.

    Abakobwa bashaka kwitabira iri rushanwa bagiye gukomeza kwiyandikisha mu gihe ibindi bikorwa by’irushanwa bizatangazwa mu gihe cya vuba.

    Byari biteganyijwe ko tariki 9 Mutarama 2021 mu Karere ka Rubavu hagombaga gutoranywa abazahagararira Intara y’Uburengerazuba bw’u Rwanda, tariki 16 Mutarama 2021, igikorwa cyakombaga gukomereza mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Musanze n’aho tariki 23 Mutarama 2021, abahatana bagatoranywa mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo.

    Tariki 30 Mutarama 2021 ijonjora ryari gukomereza mu Ntara y’Iburasirazuba mu Karere ka Kayonza naho tariki 6 Gashyantare 2021 hagombaga gutoranywa abo mu Mujyi wa Kigali.

    Byari biteganyijwe ko tariki 20 Gashyantare 2021 hagombaga gutoranya abakobwa 20 bagombaga kuzajya mu mwiherero i Nyamata kuva tariki 7 Werurwe kugera ku wa 19 Werurwe 2021.

    Tariki 20 Werurwe 2021 nibwo byari biteganyijwe ko hazaba umuhango wo kwambika ikamba Nyampinga w’u Rwanda wa 2021 n’ibisonga bye. Ni ibirori bizabera ku Intare Conference Arena.

    Umukobwa w’ubwiza n’ubwenge uzatoranywa nka Nyampinga w’u Rwanda azasimbura Miss Nishimwe Naomie ufite ikamba rya 2020.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Amajonjora-y-Irushanwa-rya-Miss-Rwanda-2021-yasubitswe

  • Wasafi TV ya Diamond Platnumz yahagaritswe amezi 6 kubera amashusho y’urukozasoni. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ikigo gishinzwe kugenzura itumanaho muri Tanzaniya (TCRA) cyahagaritse televiziyo y'imyidagaduro ya Wasafi TV y'umuhanzi Diamond Platnumz mu gihe cy'amezi atandatu kubera ko bivugwa ko yarenze ku mabwiriza  agenga itangazamakuru muri kiriya gihugu maze bakanyuzaho abaririmbyi bambaye ubusa mu gitaramo cyiswe 'Tumewasha'.

    Gigy Money watumye Wasafi TV ihagarikwa.

    Umuyobozi w'agateganyo wa TCRA, Johannes Kalungule, mu kiganiro n'abanyamakuru i Dar es Salaam, yavuze ko icyaha cyatumye iyi televiziyo ifungwa cyabaye ku ya 1 Mutarama 2021, aho iyi televiziyo yanyuzeho amashusho y'umuririmbyi wariho Live ndetse n'umunyamideli ukaba n'umunyamuziki,  Gigy Money babyina bambaye mu buryo bushotora(mbese amashusho y'urukozasoni) mu gitaramo cyiswe Tumewasha

    Kalungule yavuze ko ibyo binyuranyije n'amategeko agenga itumanaho n'itangazamakuru muri icyo gihugu bityo akaba asabwa guhagarika iyi televiziyo byihuse mu gihe cy'amezi 6 kandi nyirayo agasaba imbabazi rusange.Yavuze ko kandi Wasafi TV nitubahiriza aya mabwiriza, hazafatwa izindi ngamba z'amategeko agengaitangazamakuru.

    Src:The Citizen

    Source : https://yegob.rw/wasafi-tv-ya-diamond-platnumz-yahagaritswe-amezi-6-kubera-amashusho-yurukozasoni/

  • Impamvu usanga abagabo batunze ibya Mirenge ku Ntenyo batarambana n'abagore babo – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ni henshi usanga abagabo batunze imitungo ingana nk'iya Mirenge ku Ntenyo batarambana n'abagore babo. Abantu benshi bibaza ese biterwa niki? Impamvu ni iyihe? Nyamara buri wese atekereje bitari kure ahita yiyumvisha impamvu abagabo batunze ibya mirenge batarambana n'abagore babo. Hano twabakusanyirije impamvu nyamukuru kandi zumvikana zituma abagabo batunze imitungo myinshi batarambana n'abagore babo.

    1. Abagabo batunze imitungo myinshi bakururwa n'abakobwa/abagore benshi: usanga abagabo batunze imitungo myinshi baba bashakishwa n'abakobwa benshi kuko muri iki gihe usanga abakobwa benshi baba bishakira abagabo bafite imitungo myinshi ibi bikaba ari bimwe mu bituma ingo zabo zitaramba.

    2. Abagabo batunze imitungo myinshi usanga abenshi nabo bakunda abagore/abakobwa: usanga abagabo benshi batunze imitungo myinshi nabo bakururwa n'abakobwa cyane cyane kubera imitungo baba bafite ituma abakobwa bahora babirukaho bityo nabo ntibabarebere izuba bakaba bacudika nabo bityo ingo zabo zikaba zasenyuka.

    3. Abagabo benshi bafite imitungo myinshi bakunze kugereranya abagore babo n'abandi bahura n'abo kuko usanga bahura n'ingeri zitandukanye z'abagore bitewe n'akazi bakora: abagabo benshi batunze imitungo myinshi bakunze guhura n'abantu benshi bityo bakaba bagwa mu mutego wo kuba bagereranya abagore babo n'abandi bakobwa/abagore bahura n'abo bitewe n'akazi bakora ka buri munsi.

    Muri make izi nizo mpamvu z'ingenzi zituma abagabo bafite imitungo ingana nk'iya Mirenge ku Ntenyo ingo zabo zitaramba kuko usanga abagabo bagwa mu gishuko cyo kuba bakururwa n'abandi bagore/bakobwa kuko nabo baba bishakira amafaranga y'abo bagabo.

    Source : https://yegob.rw/impamvu-usanga-abagabo-batunze-ibya-mirenge-ku-ntenyo-batarambana-nabagore-babo/