Category: Uncategorized

  • MINEDUC yatangaje igihe amashuri y’incuke n’icyiciro cya mbere cy’abanza azafungurirwa – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa 7 Mutarama 2021, yatanze icyizere ko amashuri y’incuke n’abanza agiye gufungurwa, asaba ababyeyi gutangira kwitegura.

    Yagize ati “Abana bo mu mashuri y’incuke kuva mu wa mbere itariki yo gutangira ni kuwa 18 Mutarama, ababyeyi n’abanyeshuri bakaba batangira kwitegura kugira ngo iyo tariki bazajye ku ishuri, abo ni abana bo mu mashuri y’incuke ndetse n’icyiciro cya mbere cy’abanza, ni ukuvuga kuva mu wa mbere kugeza mu wa gatatu.’’

    Minisitiri Uwamariya yakomeje avuga ko uyu mwanzuro uzagenda urushaho gusesengurwa bijyanye n’uko icyorezo cya COVID-19 kizaba gihagaza ndetse n’inama bazahabwa na Minisiteri y’Ubuzima.

    Bitandukanye n’ibindi byiciro byatangiye mbere, abiga mu mashuri y’incuke n’abo mu cyiciro cya mbere cy’abanza bo umwaka bazawutangira aho gutangirira ku gihembwe cya kabiri nk’uko byagenze mu yindi myaka.

    Ingengabihe yashyizwe hanze igaragaza ko Igihembwe cya Mbere kizatangira ku wa 18 Mutarama 2021, kigasozwa ku wa ku wa 2 Mata; kizakurikirwa n’ikiruhuko cy’ibyumweru bibiri giteganyijwe ku wa 3-18 Mata 2020.

    Igihembwe cya Kabiri kizatangira ku wa 19 Mata gisozwe ku wa 11 Kamena, mu gihe ikiruhuko cyacyo cy’ibyumweru bitatu, kizatangira ku wa 12 Kamena kikarangira ku wa 4 Nyakanga 2021.

    Igihembwe cya gatatu kizatangira ku wa 5 Nyakanga kirangire ku wa 3 Nzeri 2021, abanyeshuri batangire ikiruhuko kinini ku wa 4 Nzeri.

    Uyu mwanzuro wa Minisiteri y’Uburezi watangajwe mu gihe bamwe mu babyeyi bari baratangiye kugaragaza impungenge z’uko abana babo bari gutinda gusubira ku mashuri mu gihe bagenzi babo batangiye amasomo bayageze kure.

    Nyuma y’amezi asaga arindwi amashuri yari amaze afunze kubera COVID-19, mu Ukwakira 2020 nibwo Minisiteri y’Uburezi yafashe umwanzuro wo kongera gusubukura amasomo.

    Ku ikubitiro, ku wa 2 Ugushyingo 2020, hatangiye abanyeshuri bo mu mashuri abanza biga mu mwaka wa Gatanu n’uwa Gatandatu. Uwo munsi kandi hatangiye abo mu yisumbuye biga mu mwaka wa Gatatu, uwa Gatanu n’uwa Gatandatu.

    Hatangiye kandi abanyeshuri bo mu mashuri y’Ubumenyi ngiro bari mu mwaka wa Gatatu n’uwa Gatanu ndetse n’abo mu y’Inderabarezi bo mu mwaka wa Mbere n’uwa Gatatu.

    Ikindi cyiciro ni icy’abanyeshuri batangiye igihembwe cya kabiri ku wa 23 Ugushyingo 2020. Muri iki cyiciro hatangiye abanyeshuri biga mu mwaka wa Kane w’amashuri abanza, n’abo mu yisumbuye biga mu mwaka wa Mbere, uwa Kabiri n’uwa Kane.

    Ingengabihe ya MINEDUC igaragaza ko abanyeshuri bazatangira igihembwe cya Gatatu ku wa 19 Mata 2021 kikarangira ku wa 9 Nyakanga 2021, nyuma y’uko bagize icyiruhuko cy’igihembwe cya kabiri kizava ku wa 3 Mata 2021 kikageza ku wa 15 Mata 2021.

    Abanyeshuri bari mu myaka ya nyuma isoza, bo biteganyijwe ko bazakora ibizamini mu mpeshyi y’uyu mwaka. Ku basoza amashuri abanza bazakora ibizamini bya Leta guhera ku wa 12 Nyakanga kugera ku wa 14 Nyakanga 2021, mu gihe abo mu yisumbuye bazabitangira ku wa 20 Nyakanga bakabisoza ku wa 30 Nyakanga 2021.

    Abanyeshuri bo mu mashuri y’incuke n’abo mu cyiciro cya mbere cy’abanza bazatangira amasomo ku wa 18 Mutarama 2021

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mineduc-yatangaje-igihe-amashuri-y-incuke-n-icyiciro-cya-mbere-cy-abanza

  • Minisitiri Dr Uwamariya yasobanuye iby’ikibazo cy’abize muri Kaminuza za Cavendish na PIASS bimwe ‘Equivalence’ – #rwanda #RwOT

    Ikibazo cy’abize muri Kaminuza ya Cavendish yo muri Uganda bavugaga ko bambuwe uburenganzira bwo kugira imirimo ya Leta bakora, kuko nta byangombwa byuzuye bafite cyakuruye impaka ndetse aba banyeshuri baza no kwandikira Umukuru w’Igihugu.

    Ubusanzwe uko bigenda ku munyeshuri usoje amashuri mu bindi bihugu ari Umunyarwanda, kugira ngo yemererwe gukorera mu Rwanda ahabwa icyemezo ko yasoje icyiciro runaka afitiye icyo cyemezo kizwi nka “Equivalence” hanyuma akemererwa gukorera mu gihugu ku myanya afitiye impamyabumenyi cyangwa impamyabushobozi.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane, Minisitiri Dr Uwamariya, yavuze ko aba banyeshuri bahawe ibyangombwa bigaragaza ko bize [Recognition of Academic Qualification], ariko mu by’ukuri kaminuza bizemo ikaba itari ifite ibyangombwa bya burundu biyemerera gukora.

    Ati “Byumvikane ko nabo tudashobora kubaha ‘Equivalence’ mu gihe bize muri kaminuza idafite ibyangombwa. Ahubwo twabasabye ko begera kaminuza zigisha uburezi zikabafasha kuzuza ibisabwa.”

    Avuga ko bahawe igihe kingana n’umwaka, ku buryo abazaba bakiri mu kazi bazaba bamaze kuzuza ibisabwa abatarakabona nabo bakaba bamaze kubibona kugira ngo bashake ako kazi ka leta.

    Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na za Kaminuza, HEC ivuga ko ibyangombwa Kaminuza ya Cavendish iherutse kugaragaza bivuga ko yemerewe gukorera muri Uganda byatumye bandikira Ikigo Gishinzwe Amashuri Makuru na kaminuza muri icyo gihugu cyemeza ko itarabihabwa.

    Ikibazo kijya gusa n’iki cyabaye ku barangije kwiga Icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) mu bijyanye n’Uburezi muri kaminuza ya PIASS [Protestant Institute of Arts and Social Sciences], babujijwe kwigisha kandi baratsinze ibizamini by’akazi kubera ko batakoze imenyerezamwuga mu gihe bigaga, bagasabwa kubanza kurikora.

    Minisitiri Dr Uwamariya yavuze ko aba banyeshuri biyandikishaga nk’abagiye kwiga icyiciro cya mbere cya kaminuza ariko ngo bagera hagati bagahagarika amasomo bagahabwa icyangombwa cyitwa ‘Intermediate Award’ ariko bitavuze ko babaga barangije icyiciro runaka.

    Yakomeje agira ati “Bahitaga bagenda bakinjira mu kazi. Bageramo bakabarwa nk’abatujuje ibyangombwa kubera ko ntibagaragazaga ko barangije icyiciro.”

    Avuga kandi ko bigeze muri gahunda yo gushaka abarimu bashya binjira mu kazi, abo muri PIASS babwiwe ko uturere turi guhura n’ibibazo byo kubahemba cyane ko na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yari yamaze kubabwira ko batujuje ibyangombwa.

    Ati “Ni byiza rero ko twagombaga kubahagarika, abo banyeshuri basabwe kubanza kurangiza icyiciro, bamara kukirangiza bakabona kujya mu kazi kugira ngo babashe guhemberwa ibyo bize.”

    Mineduc ivuga kandi ko abarimu bari barageze mu kazi bakirukanwa bagasabwa kujya kubanza kwiga muri kaminuza zemewe, nibarangiza bizabasaba gukurikiza inzira zisanzwe zo gusaba akazi aho guhita basubizwa mu myanya yabo.

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yavuze ko abize muri Kaminuza za Cavendish na PIASS basabwe kujya kwiga mu zemewe kugira ngo babone ibyangombwa

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-w-uburezi-yasobanuye-iby-ikibazo-cy-abize-muri-kaminuza-za-cavendish

  • Rubavu: Yafashwe yiyita umukozi wa REG ari gutanga umuriro mu baturage – #rwanda #RwOT

    Uyu musore yafashwe yatangiye kumanika insinga z'amashanyarazi.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Cyanzarwe, Kazendebe Héritier, yemeje aya makuru, ashimira abaturage bayatanze ngo ukekwa afatwe.

    Ati 'Twamufashe uyu munsi biturutse ku makuru abaturage batanze bavuga ko yaje yiyita umukozi wa REG akabatuma insinga akabaha umuriro. Twamufashe yazanye n'ibikoresho, tubaza umuyobozi wa REG atubwira ko atamuzi.'

    'Bari barangije kumuha ibihumbi 20 Frw muri 60 Frw yari yabatse andi bakazayamuha nyuma babonye Cash power.'

    Nyuma yo gutabwa muri yombi, uyu musore yashyikirijwe Sitasiyo y'Urwego rw'Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, ya Busasamana.

    Uyu musore aramutse ahamijwe icyaha cyo kwiyitirira umurimo adakora yahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi y'ibihumbi magana atatu ariko atarenze ibihumbi magana atanu.

    Uwafashwe yari yatangiye kumanika insinga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rubavu-yafashwe-yiyita-umukozi-wa-reg-ari-gutanga-umuriro-mu-baturage

  • Umunyamakuru wakunzwe na benshi kuri Afrimax TV yamaze gusezera – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru Bac T wakunzwe cyane na benshi kuri Afrimax Tv ikorera kuri YouTube yatangaje ko yamaze gusezera. Ibi Bac T yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Yago TV.

    Bac T wakunzwe cyane ubwo yazanaga imvuga igira iti 'uyu mwaka dufite akazi kenshi kandi ni akazi gakomeye' yavuze ko afite imigabane ku bikorwa byose yakoze ubwo yari agikora kuri Afrimax TV.

    Bac T

    Nkuko byagaragaye mu kiganiro Bac T yagiranye na Yago TV show yerekanye studio ye nshya yuzuye yitwa Bigtown records ndetse anateguza ko hari na Televiziyo yitwa Big Town TV azamurika mu gihe cya vuba. Bac T kandi yakomeje atangariza byinshi YAGO TV mu kiganiro kirambuye bagiranye.

    IKIGANIRO CYOSE KIRI HANO HASI:

    Source : https://yegob.rw/umunyamakuru-wakunzwe-na-benshi-kuri-afrimax-tv-yamaze-gusezera/

  • Nguyu umuherwe ugiye kuba uwa mbere ku isi ukize cyane kurusha abandi. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugabo witwa Elon Musk ufite Sosiyete ikora imodoka zikoresha amashanyarazi, Tesla ari kurya isataburenge Jeff Bezos ku mwanya wa mbere mu baherwe ku Isi nyuma y'uko umutungo we ubariwe agaciro ka miliyari 181 z'amadolari.

    Ikinyamakuru Bloomberg gikora urutonde rw'abaherwe ku Isi, cyatangaje ko kugeza ubu Jeff Bezos washinze Sosiyete ya Amazon arusha Musk miliyari eshatu gusa z'amadolari kuko afite miliyari 184 z'amadolari.
    Aba baherwe uko ari babiri bakurikirwa na Bill Gates washinze Microsoft ufite miliyari 132 z'amadolari.

    Forbes yatangaje ko imigabane ya Bezos muri Amazon yataye agaciro cyane kuri uyu wa Gatatu, nyuma y'impungenge ko abo mu Ishyaka ry'Aba-Démocrates nibaramuka batsindiye imyanya myinshi muri sena hazashyirwaho amategeko agamije kugenzura cyane sosiyete nini z'ikoranabuhanga.

    Imigabane ya Musk muri Tesla nayo yariyongereye ndetse cyane muri uwo mwaka kuko agaciro kayo kageze kuri miliyari 106 z'amadolari, bivuze ko muri uwo mwaka agaciro k'imigabane ye kiyongereye ku kigero cya 743 %.Musk asanganywe indi sosiyete ya SpaceX ifite umushinga wo gukora ibikoresho byo kugeza abantu kuri Mars.

    Source : https://yegob.rw/nguyu-umuherwe-ugiye-kuba-uwa-mbere-ku-isi-ukize-cyane-kurusha-abandi/

  • Minisitiri Dr Uwamariya yasobanuye iby'ikibazo cy'abize muri Kaminuza za Cavendish na PIASS bimwe 'Equivalence' – #rwanda #RwOT

    Ikibazo cy'abize muri Kaminuza ya Cavendish yo muri Uganda bavugaga ko bambuwe uburenganzira bwo kugira imirimo ya Leta bakora, kuko nta byangombwa byuzuye bafite cyakuruye impaka ndetse aba banyeshuri baza no kwandikira Umukuru w'Igihugu.

    Ubusanzwe uko bigenda ku munyeshuri usoje amashuri mu bindi bihugu ari Umunyarwanda, kugira ngo yemererwe gukorera mu Rwanda ahabwa icyemezo ko yasoje icyiciro runaka afitiye icyo cyemezo kizwi nka 'Equivalence' hanyuma akemererwa gukorera mu gihugu ku myanya afitiye impamyabumenyi cyangwa impamyabushobozi.

    Mu kiganiro n'abanyamakuru kuri uyu wa Kane, Minisitiri Dr Uwamariya, yavuze ko aba banyeshuri bahawe ibyangombwa bigaragaza ko bize [Recognition of Academic Qualification], ariko mu by'ukuri kaminuza bizemo ikaba itari ifite ibyangombwa bya burundu biyemerera gukora.

    Ati 'Byumvikane ko nabo tudashobora kubaha 'Equivalence' mu gihe bize muri kaminuza idafite ibyangombwa. Ahubwo twabasabye ko begera kaminuza zigisha uburezi zikabafasha kuzuza ibisabwa.'

    Avuga ko bahawe igihe kingana n'umwaka, ku buryo abazaba bakiri mu kazi bazaba bamaze kuzuza ibisabwa abatarakabona nabo bakaba bamaze kubibona kugira ngo bashake ako kazi ka leta.

    Inama Nkuru y'Amashuri Makuru na za Kaminuza, HEC ivuga ko ibyangombwa Kaminuza ya Cavendish iherutse kugaragaza bivuga ko yemerewe gukorera muri Uganda byatumye bandikira Ikigo Gishinzwe Amashuri Makuru na kaminuza muri icyo gihugu cyemeza ko itarabihabwa.

    Ikibazo kijya gusa n'iki cyabaye ku barangije kwiga Icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) mu bijyanye n'Uburezi muri kaminuza ya PIASS [Protestant Institute of Arts and Social Sciences], babujijwe kwigisha kandi baratsinze ibizamini by'akazi kubera ko batakoze imenyerezamwuga mu gihe bigaga, bagasabwa kubanza kurikora.

    Minisitiri Dr Uwamariya yavuze ko aba banyeshuri biyandikishaga nk'abagiye kwiga icyiciro cya mbere cya kaminuza ariko ngo bagera hagati bagahagarika amasomo bagahabwa icyangombwa cyitwa 'Intermediate Award' ariko bitavuze ko babaga barangije icyiciro runaka.

    Yakomeje agira ati 'Bahitaga bagenda bakinjira mu kazi. Bageramo bakabarwa nk'abatujuje ibyangombwa kubera ko ntibagaragazaga ko barangije icyiciro.'

    Avuga kandi ko bigeze muri gahunda yo gushaka abarimu bashya binjira mu kazi, abo muri PIASS babwiwe ko uturere turi guhura n'ibibazo byo kubahemba cyane ko na Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo yari yamaze kubabwira ko batujuje ibyangombwa.

    Ati 'Ni byiza rero ko twagombaga kubahagarika, abo banyeshuri basabwe kubanza kurangiza icyiciro, bamara kukirangiza bakabona kujya mu kazi kugira ngo babashe guhemberwa ibyo bize.'

    Mineduc ivuga kandi ko abarimu bari barageze mu kazi bakirukanwa bagasabwa kujya kubanza kwiga muri kaminuza zemewe, nibarangiza bizabasaba gukurikiza inzira zisanzwe zo gusaba akazi aho guhita basubizwa mu myanya yabo.

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yavuze ko abize muri Kaminuza za Cavendish na PIASS basabwe kujya kwiga mu zemewe kugira ngo babone ibyangombwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-w-uburezi-yasobanuye-iby-ikibazo-cy-abize-muri-kaminuza-za-cavendish

  • Umuntu umwe yahitanwe na Covid-19 mu Rwanda,abandi 167 banduye #rwanda #RwOT

    Uwitabye Imana n'umugore w'imyaka 46 wo mu Mujyi wa Kigali.

    Itangazo rya Minisante ryerekana ko abarwayi 103 bakuwe I Kigali: 117, Musanze: 18, Nyamasheke: 9, Huye: 8, Kamonyi: 6, Rubavu: 6, Muhanga: 2, Gisagara: 1.

    Kubera ko nta muntu n'umwe wakize,umubare w'abamaze gukira bose bagasezerwa mu bitaro bakomeje kuba 6,940 nyuma yo gupimwa bagasangwa nta bwandu bagifite mu gihe 2,172 barwaye bakiri kwitabwaho.

    Abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n'amazi n'isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n'amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n'abantu benshi.

    Ikigo Gishinzwe iby'Imiti cy'i Burayi cyamaze kwemeza urukingo rwa Moderna rwakorewe muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, kivuga ko rwujuje ubuziranenge ndetse rufite ubushobozi bwo guhangana na Covid-19.

    Urwo rukingo ruje kunganira urwa Pfizer BioNTech mu guterwa abaturage bo mu bihugu 27 bigize Umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi (EU).

    Uru rukingo rwemejwe na komite ishinzwe iby'imiti muri iki kigo, ruje mu gihe ibihugu by'i Burayi biri mu bihe bitoroshye, aho iki cyorezo cyongeye kikazahaza uyu mugabane ndetse ibihugu bimwe na bimwe bikaba byarasubiye muri Guma mu rugo.

    Moderna kandi ije kunganira urukingo rwa Pfizer BioNTech, nyuma y'uko i Burayi bari batangiye kuzamura ibibazo by'uko izi nkingo zabaye nke muri gahunda yari yatangijwe na EU yo gukwirakwiza inkingo mu bihugu byose biyigize bituwe n'abaturage babarirwa muri miliyoni 450.

    Umuyobozi Mukuru w'Ikigo Gishinzwe iby'Imiti cy'i Burayi (EMA), Emer Cooke, yavuze ko urukingo rushya rugiye kubabera indi ntwaro yo guhashya icyorezo.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/umuntu-umwe-yahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-167-banduye

  • Beyonce na Jay-Z bizihije isabukuru y'amavuko y’umukobwa wabo w’icyamamare. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuryango w'Abahanzi bakomeye muri Amerika, Beyonce na Jay-Z bizihije isabukuru y'amavuko y'umukobwa wabo umaze kuba icyamamare, Blue Ivy.

    Jay-Z ,Beyonce na Blue Ivy

    Beyoncé na Jay-Z ubu ni ababyeyi bishimye cyane b'umwana w'imyaka icyenda! Blue Ivy yijihije isabukuru ye kuri uyu wa 7 Mutarama 2021, umuryango wabo ukaba wagiye usangiza ubutumwa bumwifuriza isabukuru nziza ku mbuga nkoranyambaga.

    Blue Ivy

    Uyu mwana w'umukobwa w'imyaka 9 gusa amaze kuba icyamamare ndetse yageze kuri byinshi mu myaka ye icyenda, aheruka gukora amateka nk'umwe mu bakiri bato bahatanira Grammy nyuma yo kugaragara mu ndirimbo yitwa Brown Skin Girl, ya mama we Beyonce na Wizkid.

    Source : https://yegob.rw/beyonce-na-jay-z-bizihije-isabukuru-yamavuko-yumukobwa-wabo-wicyamamare/

  • Harmonize yatangaje ko akeneye umukunzi nyuma yo gutandukana n’uwahoze ari umugore we. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Harmonize wo muri Tanzania yahishuye ko kuri ubu ari wenyine mu rukundo ndetse ko ategereje uwo batangirana urugendo rw'ubuzima nyuma yaho atandukaniye n'uwahoze ari umugore we,Sarah Michelotti.

    Harmonize wifashishije imbuga nkoranyambaga yagize ati 'Natangiye ubuzima bwa ngenyine uyu munsi! Ku mugaragaro na @zuuh_konde, ka ndebe'. Ibi bije nyuma yo gutandukana n'umugore we w'umutariyanikazi Sarah Michelotti wamushinje kumuca inyuma kenshi no kutamwitaho nk'umugore we wamuhaye urukundo kandi akamwubaha. Nyuma y'ibi Harmonize ngo yageretseho kumubeshya ko hari umwana w'umukobwa yabyaye hanze ndetse ko afite n'impapuro z'ibizamini bya DNA byerekana ko ari uwe.

    Hari mu Ukuboza 2020, ubwo uyu muhanzi yasabaga imbabazi uyu mugore we akavuga ko yatinye kumubwira ko afite umwana yabyaye hanze kugira ngo bitazana umwuka mubi mu muryango. Nyuma yaho uyu mutariyanikazi yavuze ko uyu mwana w'umukobwa Harmonize yita uwe ntaho bahuriye ari ikinyoma cyambaye ubusa ndetse yerekana ibyangombwa bya DNA bigaragaza ko ibyo avuga ari ibinyoma.

    Source : https://yegob.rw/harmonize-yatangaje-ko-akeneye-umukunzi-nyuma-yo-gutandukana-nuwahoze-ari-umugore-we/