Category: Uncategorized

  • Umunyamakuru Umuhire Valentin yitabye Imana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuhire Valentin
    Umuhire Valentin

    Umuhire Valentin yari azwi cyane mu itangazamakuru ryo mu Rwanda nk’umwe mu barimazemo igihe. Yamenyekanye cyane avuga amakuru kuri Radio Rwanda ndetse benshi mu banyamakuru bakamufata nk’icyitegererezo akaba n’umwe mu bahanga mu gusoma amakuru.

    Yagiye akora no mu bindi bitangazamakuru bitandukanye birimo Radio 10, Radio Huguka, Pax Press, Syfia Grands Lacs, akaba n’umuhanga mu kuyobora ibiganiro. Yari umwe mu bayoboraga ikiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru cy’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ).

    Kuri ubu yari atuye mu mujyi wa Musanze akora ibijyanye n’ubuhinzi ariko abifatanya n’itangazamakuru akaba yari afite igitangazamakuru cye gikorera kuri Internet cyitwa ‘Valuenews’.

    Azwiho kuba ari umuntu wasabanaga kandi akicisha bugufi.

    Imana imuhe iruhuko ridashira!


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/umunyamakuru-umuhire-valentin-yitabye-imana

  • Amagambo 4 y’ingenzi akwiye kuranga abashakanye #rwanda #RwOT

    Ibiganiro ni inkingi ya mwamba mu muryango kuko bifasha abashakanye gusangizanya ibitekerezo no gufata imyanzuro y’ibikorwa byabo mu buzima bwa buri munsi. Hari amagambo y’ingenzi akwiye gufasha ababana kunoza imibanire yabo.

    Dore amagambo ane y’igenzi abashakanye bakwiy kubwirana hatabuzemo na rimwe bikabababera umusemburo wo kugira urugo rwiza.

    1.Mwaramutse

    Mubyukuri mwaramutse ni ijambo rigaragaza ko umuntu atari umunyamusozi ko ahubwo afite uburere. N’iyo waba wararanye n’umuntu hari igihe ashobora kubyuka atakivuga yarembye. Iyo umubwiye ngo waramutse! (Bonjour!) uba umubwiye ngo dutangiranye undi munsi, icyo gihe iyo ameze neza aragusubiza yaba yarwaye nabwoukabimenya. Insuhuzo ivanaho umwijima.

    2. Murakoze

    Murakoze ni ijambo rizamura agaciro k’umuntu uribwiwe bikamutera ishema ryo gukora ibyiza ku rwego rwisumbuyeho. Mugihe uwo mwashakanye yatetse neza, yateguye imyenda neza n’izindi nshingano hagati y’abashakanye, birakwiye ko buri wese agira umuco wo gushima mugenzi we kuko bimubera agahimbazamusyi. Murakoze ibwira umuntu ko ibyo yakoze bifite umumaro.

    3. Mumbabarire

    Iri jambo ku bagabo benshi, iyo rigeze mu ijosi rirabaniga yakumva igituza kigiye nko guturika akagenda urugero akagura igitenge akagiha umugore aho kugirango amubwire ngo mumbabarire, akajya yumva ko uko ari ko kwihana kuzima. Birakwiye kwitoza kwihana ibyaha bitaraba byinshi. Ijambo mumbabarire rimara umubabaro mu mutima umuntu akagarura akanyamuneza.

    4. Oya

    Iri jmbo rikunze kugora benshi kandi hari abashakanye benshi bakomeretsanyije batabishaka kuko bananiwe guhakanira bagenzi babo ibyo batazabakorera. Iga kuvuga oya, burya iyo bashaka gupima umuyobozi mwiza (good leader) bamupimira muri oya. Kuvuga oya si ikosa kandi si ubugwari.

    Hari abantu mu rugo bitwa abahemu kandi bakomerekeje bagenzi babo kuko batize kuvuga oya. Urugero:Umuntu akaguhamagara ati:Wokabyara we wandwanyeho ukanguriza ibihumbi 100?' wamara kubyumva ukamwerera warangiza ugakuraho telephone. Icyo gihe ntakubona nk’umugabo kandi mubyukuri kuvuga oya nta cyo byari kugutwara.

    Hagati y’abashakanye haba utuntu twinshi, ugasanga umugabo wawe arakubwiye ati cheri nanga ibiryo byatetswe n’umukozi, ugasanga umugore arikirije kandi azi neza ko atazahora abona umwanya wo guteka, yakagombye kuvuga ko mugihe bizaba byemeye azajya ategurira umugabo we amafunguro, aho kugira ngo bazabipfe atabikoze. Oya ni yo muntu w’imbere naho ubundi yego irizana.

    Bibiliya iduhamiriza yeruye ko umuntu akwiye kwemera cyangwa agahakana: 'Ahubwo ijambo ryanyu ribe 'Yee, Yee’, 'Oya, Oya’, ibirenze ibyo
    bituruka ku Mubi (Matayo 5:37).

    Muri macye abashakanye bakwiye guhora bakoresha aya magambo kuko ari ingenzi mu kunoza umubano hagati yabo bigatuma bagira urugo rufite indangagaciro za gikristo kandi ruhesha Imana icyubahiro.

    By Pastor Emmanuel Senga

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Amagambo-4-y-ingenzi-akwiye-kuranga-abashakanye.html

  • Amavubi yaguye miswi na Congo (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Mu mukino wa gicuti wo kwitegura igikombe cy’Afurika cy’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo ‘CHAN’ u Rwanda rwanganyije na Congo Brazaville 2-2.

    Mu rwego rwo kwitegura irushanwa rya CHAN 2021, Amavubi yateguye irushanwa rito ryagombaga kwitabirwa na Congo Brazaville na Namibia ariko kubera ko ibikorwa bya ruhago muri Namibia byahagaze kubera icyorezo cya Coranavirus ntabwo yaje.

    Iri rushanwa ryatangiye uyu munsi aho Amavubi agomba gukina na Congo Brazaville imikino 2.

    Umukino watangiye amakipe yombi ashakisha igitego akina imipira miremire.

    Ku munota wa 10 Martin Fabrice yatakaje umupira mu kibuga hagati Manzi Thierry nawe ananirwa kuwukuraho maze ufatwa na rutahizamu Orasssi Bersyl ahita atsinda igitego.

    Ku munota wa 22 u Rwanda rwabonye kufura itewe na Manishimwe Djabel maze Ange Jimmy ashyizeho umutwe umupira ukubita igiti cy’izamu.

    Ku munota wa 27 nyuma yo kunanirwa kumvikana hagati ya Manzi na Ange, Bersyl Obassi atsinze igitego cya kabiri nyuma y’uko Kwizra Olivier ananiwe gukomeza umupira uhinduwe na Prince wari uherejwe neza na Archange

    Ku munota wa 29 Amavubi yabonye igitego cya mbere gitsinzwe Martin Fabrice ku mupira w’umuterekano wari utewe na Manishimwe Djabel.

    Amavubi yashatse uko yishyura ikindi gitego ariko igice cya mbere kirangira ari 2-1.

    Igice cya kabiri Mashami Vincent yagitangiye akora impinduka havamo Manzi Thierry, Niyonzima Olivier Seif na Iyabivuze Ose hinjiramo Usengimana Faustin, Ruboneka Bosco na Byiringiro Lague.

    Amavubi muri iki gice cya kabiri yasatiriye cyane ashaka igitego cya kabiri.

    Ku munota wa 55 Byiringiro Lague yahaye umupira Djabel wahise awuha Omborenga Fitina wasigaye arebana n’izamu ariko ateye umunyezamu awukuramo.

    Ku munota wa 59 Congo yakoze impinduka Langa Bercy yahaye umwanya Prince Obongo, Ossete Harvy aha umwanya Babele Saoede.

    Ku munota wa 72 Amavubi yongeye gukora impinduka Djabel na Savio bavamo hinjiramo Mico Justin na Iradukunda Bertrand.

    Ku munota wa 78 Jacques Tuyisenge yahawe umupira mwiza awufunga n’igituza yinjira mu rubuga rw’amahina ateye mu izamu unyura inyuma y’izamu.

    Amavubi yari yasatiriye ashaka igitego, yaje kukibona ku munota wa 86 ku mupira Martin Fabrice yateye uvuye muri koruneri Bertrand ashyiraho umutwe usanga Mico Justin ahagaze neza ahita atsinda igitego. Kuri uyu munota Twizerimana Onesme yari amaze gusimbura Jacques Tuyisenge.

    Umukino warangiye ari 2-2. Amakipe yombi azongera guhurira mu mukino wo kwishyura tariki ya 10 Mutarama 2021.

    Abakinnyi basohoka mu rwambariro

    11 b’u Rwanda babanjemo

    Abakinnyi ba Congo Brazaville babanjemo

    Ba kapiteni mbere y’umukino

    Nshuti Dominique Savio ku mupira

    Imanishimwe Emmanuel Mangwende abuza umukinnyi wa Congo gutambuka

    Bishimira igitego cya Martin Fabrice Twizerimana

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/amavubi-yaguye-miswi-na-congo-amafoto

  • Bugesera: Hari gushakwa igisubizo cy'abaturage bahinze Watermelon ntizere – #rwanda #RwOT

    Ibi biri gukorwa n'Akarere ka Bugesera, Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Iterambere ry'Ubuhinzi n'Ubworozi ndetse na sosiyete yinjije mu gihugu ubwo bwoko bw'imbuto za Watermelon.

    Muri Nzeri 2020 nibwo abaturage basaga 70 bo mu Karere ka Bugesera bahinze Watermelon ku buso bungana na hegitari 40. Icyo gihingwa bari bacyitezeho umusaruro ukomeye dore ko bamwe na bamwe banagiye bafata inguzanyo muri banki kugira ngo babashe kwifashisha ayo mafaranga mu kwita kuri urwo rubuto.

    Aba baturage bavuga ko ubwo rwari rugeze aho gutangira gutanga umusaruro ngo ahubwo rwatangiye kuma, ahaje urubuto aho gukura bikarangira rwumye rukavaho. Hari abavuga ko bakodesheje imirima banaka inguzanyo muri banki bizeye kunguka none ubu ngo barahangayitse bakaba basaba leta kubagoboka ikabavuganira dore ko ari nayo yabahuje na sosiyete yazanye umurama wa watermelon.

    Umuyobozi w'Ishami ry'Ubuhinzi n'Umutungo Kamere mu Karere ka Bugesera, Sijyenibo Jean Damascène, yabwiye IGIHE ko basabye sosiyete yazanye izi mbuto kwegera abaturage muri uku kwezi bakamenya ikibazo cyabayeho ubundi bakarebera hamwe icyo babashumbusha.

    Yagize ati 'Iyo kompanyi nimara kureba uko ikibazo kimeze niyo izagena uburyo ibashumbusha, akarere nako kabakorere ubuvugizi kandi rwose iyi kompanyi iremera ko izo mbuto zaturutse iwabo.'

    Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe Ubushakashatsi n'Ikoranabuhanga mu Buhinzi muri RAB, Dr Bucagu Charles, yavuze ko bohereje intumwa zo gukurikirana uko ikibazo kimeze.

    Ati 'Abantu bagiyeyo ntabwo baraduha raporo noneho tukareba igikwiriye gukorwa, biriho birakurikiranwa hari abahagarariye abatanze imbuto, RAB n'Akarere. Abo bose bagiye guhura n'abaturage kugira ngo bumvikane igikwiriye gukorwa banarebe uko ikibazo giteye, turatekereza kubashumbusha ariko bigakorwa n'uwabagurishije imbuto kugira ngo bazibe icyo cyuho.'

    Dr Bucagu yavuze ko bazafasha aba baturage ku buryo batazahomba ngo n'abafite inguzanyo yavuze ko bazafashwa mu gushumbushwa ku buryo batazahomba burundu.

    Watemelon ni urubuto ruribwa rukaba rugizwe na 92% by'amazi na 6% by'isukari. Rukunda kuribwa cyane mu gihe cy'impeshyi kuko akenshi ruba rukonje rukabavura inyota, rubamo Vitamine A,C,B6 na B1, habamo kandi imyunyungugu ya potassium, magnesium, carotenoid na lycopene.

    Uru rubuto rufite umumaro kandi ku buzima bw'umuntu kuko rufasha mu kurwanya indwara z'umutima, kurinda umwuma mu mubiri, koroshya igogora, gutuma uruhu n'umusatsi bihorana itoto n'ibindi byinshi.

    Abaturage bavuga ko bahombejwe n’imbuto za Watermelon bahawe bazihinga ntizere


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bugesera-hari-gushakwa-igisubizo-cy-abaturage-bahinze-watermelon-ntizere

  • #COVID19 : Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 167, ntawakize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwishwe na COVID-19 ku wa Kane ni umugore w’imyaka 46 y’amavuko witabye Imana ari i Kigali.

    Yahise yuzuza umubare w’abantu 113 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko ku wa Kane mu Rwanda habonetse abantu bashya 167 banduye COVID-19, mu bari barwaye ntawakize.

    Abo barwayi bashya 167 babonetse mu bipimo 5,970 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 117, Musanze: 18, Nyamasheke: 9, Huye: 8, Kamonyi: 6, Rubavu: 6, Muhanga: 2, Gisagara: 1.

    Kugeza ku wa Kane, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 9,225 muri bo abamaze gukira ni 6,940 naho abakivurwa ni 2172.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid19-mu-rwanda-habonetse-abarwayi-bashya-167-ntawakize

  • Bajyanye umurambo kuri Banki kugira ngo bahabwe amafaranga yo kuwushyingura #rwanda #RwOT

    Mahesh Yadav w'imyaka 55 yapfuye kuwa Kabiri w'iki cyumweru mu gace kitwa Bihar azize uburwayi yari amaranye igihe.

    Nta muntu wo mu muryango we yari afite wo kumwitaho muri ubu burwayi bwe ariyo mpamvu yarinze apfa abaturanyi batinda kumenya ko yashizemo umwuka.

    Bakimara kubimenya,bazengurutse inzu bashaka ikintu cy'agaciro bagurisha kugira ngo bakoreshe amafaranga mu kumushyingura gusa barahebye kugeza ubwo baguye ku gatabo ke ka Banki kagaragazaga ko afite amadolari 1,600 kuri konti ye.

    Aba baturage bahise bafata aka gatabo n'uyu murambo wa Yadav babijyana kuri Banki hanyuma barahicara kugeza ubwo umucangamutungo w'iyi Banki yaziye akabaha aya mafaranga nkuko byemejwe n'umukuru wa Polisi waho Amrendar Kumar.

    Ati 'Abaturage basabye Banki ko ibaha amafaranga ari konti ye kugira ngo babashe kumushyingura [kumutwika] neza cyangwa se yakwanga bakamurekera aho.'

    Umuyobozi w'aka gashami ka Banki yitwa Canara yavuze ko ubu busabe bw'abaturage bwateje akavuyo kenshi.

    Ati 'Nibwo bwa mbere byari bibaye.Nyuma y'isaha irenga n'abahaye amadolari 135 bahita bagenda bajya gushyingura [gutwika].'

    Umugabo witwa Shakuntala Devi wari umuturanyi wa Yadav yavuze ko nta butaka yari afite ndetse nta n'inkunga ya Leta yigeze ahabwa.Yavuze ko aribo bamwitagaho mu burwayi bakamushakira ibyokurya n'imiti.

    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/bajyanye-umurambo-kuri-banki-kugira-ngo-bahabwe-amafaranga-yo-kuwushyingura

  • Agasembuye kenshi katumye umugore ahanuka mu bwato agwa mu Nyanja [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Amashusho y'uyu mugore wari wahembutse yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga aho abayafashe batigeze bavuga amazina ye.

    Uyu mugore yari mu bwato bunini bwarimo kumutembereza muri California ariko yahuye n'akaga ubwo yanyereraga kubera kunanirwa kugenda,yikubita hasi aratemba yikubita mu mazi.

    Ikibabaje kurusha ibindi nuko uyu muntu wafataga aya mashusho yashishikajwe no kuyafata aho kugerageza kumutabara.

    Abari kumwe nawe nibo babonye ibimubayeho bakora uko bashoboye bamukura muri aya mazi nyuma y'amasegonda make ayaguyemo ataratangira kumira nkeri.

    Uwashyize aya mafoto ku mbuga nkoranyambaga yanditseho ati 'Uyu mugore yanyoye inzoga nyinshi cyane bituma ananirwa kugira guhagarara.

    Yagerageje kugenda ahagaze mu bwato arahanuka yikubita mu mazi.Yatangiye kurohama mu mazi ariko abagenzi bari kumwe baramurohora.'

    Aya mashusho yagaragaje ko uyu mugore ntacyo yabaye gusa akwiriye kubera urugero benshi bakunda kunywa agasembuye bakarenza urugero.Tunywe mu rugero.





    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/agasembuye-kenshi-katumye-umugore-ahanuka-mu-bwato-agwa-mu-nyanja-amafoto

  • Arsene Wenger yahishuye umukinnyi yaguze muri Arsenal abakinnyi be bakamuvugiriza induru #rwanda #RwOT

    Arsene Wenger yavuze ko Sol Campbell yageze muri Arsenal bagenzi be bamuvugiriza induru mu rwego rwo kumutegurira kuzahangana n'induru z'abafana ba Tottenham batangiye kumwita Yuda.

    Campbell wahoze ari kapiteni wa Spurs,yatunguye abafana b'iyi kipe ajya muri mukeba Arsenal,byatumye benshi batangira kumwibazaho.

    Wenger yavuze ko kuvugiriza induru Campbell kw'abakinnyi yari asanze muri Arsenal byari bigamije kumutegura mu mutwe kugira ngo nibahura na Tottenham atazarakazwa n'ibitutsi byabo akananirwa umupira.

    Yagize ati 'Abakinnyi banjye bamuvugirije induru ndetse bakajya bamuserereza.Icyo gihe Sol ntiyari yorohewe ndetse yaje kumbwira nyuma uko yakomerewe.

    Yambwiye ko atashoboraga kujya muri resitora uko ashatse cyangwa se gutembera wenyine I London,kubera umujinya w'abafana ba Tottenham.

    Mu mutwe niyumvishemo ko ntazongera gusinyisha umukinnyi wa Spurs kubera ibihe bibi Sol yanyuzemo.

    Wenger yavuze ko kugura Sol byabaye ibanga rikomeye kuko ngo byari bizi we ubwe,David Dein n'uhagarariye Sol Campbell gusa.

    Ati 'Mbere y'uko nerekana Sol Campbell nta muntu n'umwe wigeze atekereza ko yakwambara umupira wa Arsenal.

    Ibanga ryagumye hagati yacu uko twari 4.Ubu ntabwo byashoboka kuko abantu benshi basigaye bivanga mu kugurisha umukinnyi.Kuri njye numvaga ko nta kibazo nguze umukinnyi ukomeye ariko we byari ibihe bikomeye.'

    Sol Campbell yahuye n'uruva gusenya ubwo yakinaga umukino we wa mbere na Tottenham yavuyemo,kuko abafana benshi bayo bazanye ibyapa byanditseho 'Judas' ndetse bamuteye amacupa ari mu kibuga.



    Sol Campbell yibasiwe na bagenzi be bamutegurira guhangana n'induru y'abafana ba Spurs

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/arsene-wenger-yahishuye-umukinnyi-yaguze-muri-arsenal-abakinnyi-be

  • Imbuga nkoranyambaga za Donald Trump zahagaritswe kugeza igihe azavira ku buyobozi bwa leta zunze ubumwe za Amerika – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mark Zuckerberg, umuyobozi  wa Facebook yatangaje ko imbuga za Facebook ndetse na instagram zikoreshwa na Donald Trump zahagaritswe mu gihe cy'ibyumweru bibiri kugeza igihe azaba aviriye ku buyobozi bwa leta zunze ubumwe za Amerika.

    Donald Trump

    Amakuru dukesha BBC avuga ko Mark Zuckerberg yategetse ko hakurwaho ibyo Donald Trump yari amaze gushyira ku rubuga rwa Facebook kuko byashoboraga kongera guteza imvururu nk'izabaye ku munsi w'ejo ubwo abashyigikiye Donald Trump bigaragambyaga ndetse bakanigabiza inteko ishinga amategeko. Mark Zuckerbeg kandi yavuzeko impamvu imbuga za Facebook na Instagram za Trump zabaye zikuweho kubw'umutekano wa Joe Biden kuko Trump akomeje gutangaza amagambo ajyanye no kutemera ko yatsinzwe amatora ndetse bishobora no guteza imyigaragambyo.

     

     

    Source : https://yegob.rw/imbuga-nkoranyambaga-za-donald-trump-zahagaritswe-kugeza-igihe-azavira-ku-buyobozi-bwa-leta-zunze-ubumwe-za-amerika/

  • Murarye muri menge! Ingoyi iziritse abahanzi… – #rwanda #RwOT

    Umuhanzi akenshi yumva yishimira kwisunga Label izamufasha byose, imvune ze zikagabanuka, ibi ni byiza cyane kuko uhita utangira kumenyekana kurusha uko wari kubyigezaho, gusa usanga hari byinshi bubahiriza cyangwa bakora byazababyarira ingaruka mbi igihe bamaze gutandukana n’inzu zibafasha (Labels).

    Aha reka twirinde gutunga urutoki umuhanzi uyu n’uyu, Oya, ababa muri Label ni benshi cyan barimo ababarizwa muri ‘Kina Music’, ‘The Mane’, ‘Incredible’, ‘Boss Papa’ ya Alain Mukurarinda,’1K Entertainment’ n’izindi. Aba bahanzi bose usanga abenshi baba baboshywe n’ingoyi batazi ko izababera imbogamizi mu gihe batangiye kwiyitaho ubwabo mu bijyanye na muzika.

    VIDEO: Intumbero y'umunyempano Amalon, umunyacya - Inyarwanda.com

    Amalon umwe mu babarizwa muri 1K Entertainment

    Mu Kinyarwanda cyiza iyo bavuze ‘Ingoyi” bisobanura umugozi, wajya mu kinyarwanda cya giseseka uganira n’abantu, ushobora kuvuga uti ‘ingoyi iziritse umuntu” aha biba bivuze ko ari nk’inzitizi, imbogamizi biba biri ku muntu, ashobora kuba abizi cyangwa atabizi. Abahanzi baba muri Label rero baba bafite ingoyi ibaziritse bakabimenya neza batakibarizwamo ibyuya bitangiye kubira, yewe buriya ntihabura n’ugira ati “iyo mbimenya”

    Davis D mu ndirimbo yatanzeho hafi Miliyoni 30 Frw - Inyarwanda.com

    Davis D umuhanzi ubarizwa muri ‘Incredible’

    Zimwe mu nzitizi abahanzi baba muri Label bahura nazo bakagombye gukemura.

    1.Kwisanzura n’itangazamakuru, akamenyana nabo

    Umuhanzi uba muri Label akenshi ntajya yivugira uko yiyumva n’ubo abona ahazaza he ha muzika, biragorana cyane ngo atange amakuru y’ibitagenda neza kuri we, niba abona ibyo agombwa kugira ngo atere imbere aba ‘aruca akarumira’. Nyamara niba uba muri Label uba ugomba kuvugana cyane n’abateza muzika yawe imbere ntusinzire ngo ukureberera inyungu azakuvugira byose kuko ntiyakuvugira nabi cyangwa avuge imbogamizi ufite.

    Buri gihe baba bavuga ko uhagaze neza byose ubibona mbese wasubijwe. Ese koko biba ari byo? Iyo Label ikurekuye ubibona ute?. Ikigaragara kenshi ni uko urekuwe na Label asubira inyuma kuko abakora itangazamakuru bisa nk’aho nabo bakubuze dore ko muba mutaranavuganaga byose byari bifitwe mu nshingano n’ababishinzwe.

    2.Mu gushaka amasoko 

    Iyi ngingo muyumve neza, umuhanzi kwishakira amasoko biragorana cyane, nibyo ni ngombwa ko ukureberera inyuma ayagushakira, ariko byakabaye byiza umuhanzi ajyana n’umufasha mu bya muzika kuganira ibyerekeye amasoko azaririmbamo, icyo gihe hanabaho kumenyana neza hagati y’utanga isoko n’umuhanzi nyir’ubwite, ibi bikugirira akamaro iyo umaze gutandukana na Label nawe uba ufite ubushobozi bwo kuvugana nabo.

    3.Gukorana indirimbo n’abandi bahanzi

    Umuhanzi wundi ushaka gukorana indirimbo n’uba muri Label, bisaba ko abanza kuvugana n’abamukuriye, aha kandi habaho ubwumvikane bashobora guhenda umuhanzi ugushaka kandi nawe hari urwego yakugeza, iyo umaze gutandukana na Label rero ugana ba bandi bakwatse ubufasha bwo gukorana indirimbo, ugasanga nabo barakwangiye kuko bagufata nk’aho wacitse intege. Byakabaye byiza nawe nk’umuhanzi uba muri Label ufite uburenganzira bwo gukorana n’umuhanzi ubona ufite impano ukamufasha.

    4.Kwitabira amarushanwa

    Hari nka Label ushobora kujyamo ikakubuza amahirwe yose wazabona hanze, mu buryo bwo gukorera amafaranga mu kuririmba cyangwa kwitabira amarushanwa y’impano runaka batabiguhereye uburenganzira, aha uba ufite inzitizi, kuko nk’umuhanzi ushobora kubona amahirwe runaka ukaba wahita wiyandikisha mu irushanwa runaka ryakuzamura vuba. Aya mahirwe kandi ashobora kubaho ku muhanzi ubarizwa muri Label ariko akayabura kandi yari kuzatsindira akayabo, mu gihe inzu igufasha yakurekuye ayo mahirwe ashobora kutongera kukwirukaho.

    Marina | eachamps Rwanda

    Marina umwe mu bahanzi baba muri ‘The Mane’

    Twavuga ko abahanzi baba muri Label cyangwa mu maboko y’ababareberera inyungu bakwiye gukanguka nabo kuko ejo n’ejo bundi mwatandukana utarubatse inguni zose zagufasha gushikama muri muzika, iryo soko, utabasha kuryishakira kuko utazi uburyo byakorwaga, amakuru utabasha kuyitangira utazi n’inzira bicamo n’ibindi, bityo rubanda bati ‘umuhanzi arazimye kuko yarekuwe na Label’. Abahanzi baba baramenye ubwenge mbere usanga ai bo bakomeza kugira ingufu iyo batandukanye na za Label. Abatarabumenye bo ubu bari aharindimuka muri muzika.

    MU MAFOTO:Nsengiyumva François (Igisupusupu)yagaragaje  impinduka zatunguye  benshi | celebz Magazine

    Nsengiyumva Francois ubarizwa muri ‘Boss Papa’

    Umugani ‘Murarye muri menge” bawuca iyo bashaka kuburira umutu ko ibyo arimo agomba kubyitwaramo neza atazicuza mu gihe ibyo yarimo abivuyemo.

    Nel Ngabo Music - Free MP3 Download or Listen | Mdundo.com

    Nel Ngabo ubarizwa muri ‘Kina Music’

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102147/murarye-muri-menge-ingoyi-iziritse-abahanzi-baba-muri-label-ibituma-babira-ibyuya-iyo-bata-102147.html