Category: Uncategorized

  • Nyanza: Abantu 52 baciwe amande yo kurenga ku mabwiriza yo gukumira COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Iki gikorwa cyabaye ku wa 7 Mutarama 2020, kiri mu bukangurambaga bwakozwe n’inzego z’umutekano n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu Mirenge wa Ntyazo, Mukingo, Muyira, Nyagisozi na Busoro, bugamije gukangurira abaturage kubahiriza ingamba nshya zo kwirinda COVID-19.

    Mu bafashwe batubahirije izi ngamba ni 78 barimo babiri bo muri Ntyazo, Mukingo 10, Busoro 16, Nyagisozi 29 na 21 bo muri Muyira.

    Aba bose barigishijwe, abandi bacibwa amande ateganyijwe. Ubukangurambaga bwihariye bwabereye mu Murenge wa Muyira ku Isoko rya Nyamiyaga, Nyagisozi ku Isoko rya Kirambi no mu Murenge wa Rwabicuma.

    Abantu 52 nibo baciwe amande angana na 64 000 Frw yo kutubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19. Mu Murenge wa Ntyazo (2=10,000Frw), Mukingo (4=4,000Frw), Nyagisozi (15=15,000), Busoro (16=49,000Frw), Muyira (15=15,000Frw).

    Ubuyobozi butangaza kandi ko mu rwego rwo kwirinda icyaba intandaro y’ikwirakwira rya Coronavirus, abagana ibitaro, ibigo nderabuzima n’amavuriro yigenga bose bagenda bakorerwa isuzuma rya COVID-19.

    Inama y’Abaminisitiri yateranye mu ntangiriro za Mutarama yashyizeho ingamba zikomeye zirimo kubuza ingendo hagati y’uturere ndetse no hagati y’uturere tw’intara n’Umujyi wa Kigali.

    Ubwo yasobanuraga zimwe mu ngamba zafashwe, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw’Ibanze, Dr. Mpunga Tharcisse, yavuze ko zashoboraga kugera ku rwego rwo gushyiraho Guma mu Rugo ya burundu, bitewe n’ubukana bwa Coronavirus n’ubwiyongere bw’abayandura n’abo ihitana bari kuboneka muri iyi minsi.

    Coronavirus ni indwara idafite umuti ariko inkingo zayo zatangiye kuboneka, mu kwita ku wayanduye havurwa ibimenyetso byayo birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.

    Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-abantu-52-baciwe-amande-yo-kurenga-ku-mabwiriza-yo-gukumira-covid-19

  • MINEDUC: Nta mwana urwarira ku ishuri ngo ajye mu muryango we adapimwe COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abitangaje mu gihe hari umunyeshuri mu Karere ka Gatsibo wahawe uruhushya rwo kujya kurwarira iwabo nyamara yapimwa agasanganwa COVID-19.

    Ku wa kane w’iki cyumweru tariki ya 07 Mutarama 2021 nibwo mu kigo kimwe cyo mu Karere ka Gatsibo hapimwe abanyeshuri basanga harimo abafite COVID-19.

    Nyamara umwe mu bo bararanaga mu cyumba kimwe we yari yahawe uruhushya rujya kurwarira iwabo kugira ngo arusheho kwitabwaho.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge iki kigo cyagaragayemo abanyeshuri banduye COVID-19 giherereyemo yahise amenyesha mugenzi we w’aho umuryango w’umunyeshuri wari watashye utuye ajyanwa kwa muganga na we apimwe bamusangamo COVID-19 nyamara yari amaze iminsi 2 iwabo mu rugo.

    Kugeza ubu uyu muryango uri mu kato n’ubwo ibisubizo bya mbere byagaragaje ko nta bwandu bafite.

    Uyu munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge tutashatse gutangaza amazina ye ndetse n’ay’uwo murenge kimwe n’ishuri, avuga ko nta kosa ryakozwe ubwo uwo mwana yahabwaga uruhushya kuko yari afite indi ndwara arwaye kandi ko basanze yayikira neza ari kumwe n’umuryango ariko na none ntihabayemo ubushishozi ngo abanze gupimwa COVID-19.

    Ati “Oya ntabwo twavuga ko ari amakosa ntabwo bari bazi ko ari iyo ndwara gusa byamenyekanye ko yagiye kubera ibibazo byamurangaga bijyanye n’uburwayi bwe, biza kugaragara ko ashobora kuba ari yo arwaye bitewe na bagenzi be twaje kumenya ko barwaye nyuma yaragiye.”

    Akomeza agira ati “Twarakurikiranye dusanga na we ari uko duhita tumugarura mu kigo araza asanga abandi kandi mvuye kubareba bose bameze neza.”

    Icyakora avuga ko bakuyemo isomo ku buryo ubu batangiye kuzenguruka mu bigo by’amashuri bashishikariza abanyeshuri kubahiriza ingamba zijyanye no kwirinda ndetse n’abayobozi b’amashuri guhorana amakenga, umwana yarwara akabanza gupimwa ku buryo atajyana uburwayi mu miryango.

    Umukozi wa Minisiteri y’Uburezi ushinzwe itangazamakuru (Media Specialist), Uwihoreye Claude, avuga ko mbere y’uko amashuri atangira, ibigo by’amashuri byose byasabwe kuba bifite ibyumba, uketsweho ibimenyetso bya COVID-19 ashyirwamo akitabwaho ndetse no kuba nta munyeshuri wemerewe kujya kurwarira mu rugo iwabo atabanje gupimwa COVID-19 kugira ngo hirindwe ko yayikwirakwiza.

    Agira ati “Bajya gufungura amashuri, mu bigo hagombaga kuba harimo icyumba cyakira ugaragaje ibimenyetso bya COVID-19 ajyamo akitabwaho, ntabwo kuvuga ngo umunyeshuri urwaye agomba guhita ataha ari byo ahubwo bagomba kubanza kwemeza neza ko atari COVID-19.”

    Uwihanganye Claude avuga ko andi mabwiriza Minisiteri y’Uburezi yatanze ari uko buri shuri rigomba kuba rifite aho abanyeshuri bakarabira, guhana intera no kwambara udupfukamunwa nk’uko n’abandi banyarwanda babyubahiriza ariko abanyeshuri by’umwihariko bakirinda gutizanya ibikoresho.

    Amashuri kandi ngo agomba kuba afite akuma gapima umuriro ndetse n’umukozi ushinzwe gukurikirana ugaragaje ibimenyetso hakabaho ubufatanye n’inzego z’ubuzima.

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/mineduc-nta-mwana-urwarira-ku-ishuri-ngo-ajye-mu-muryango-we-adapimwe-covid-19

  • #rwanda #RwOT

    Amajyepfo: Akomeje kuba indiri y' inzoga zinkorano polisi yongeye kuhafatira litiro zirenga 2,700

    Polisi y'u Rwanda ikorera mu Ntara y'Amajyepfo mu turere twa Gisagara, Nyanza, Huye na Nyaruguru yakomeje ibikorwa byo kurwanya abakora bakanacuruza inzoga zitemewe zizwi ku izina rya Muriture maze ifata litiro zigera ku bihumbi 2,710  zifatanwa abantu bagera kuri 13.

    Ni ibikorwa byakozwe na Polisi ikorera muri utwo turere ifatanije n'abayobozi b'inzego z'ibanze kuva tariki ya 05 kugeza tariki ya 07 Mutarama 2021.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko igikorwa cyo kurwanya izi nzoga kigikomeza kuko mu cyumweru gishize n'ubundi mu turere 3 tw'iyi Ntara hari hafatiwe inzoga zitemewe zirenga litiro 2,300. Yagize ati

    'Mu cyumweru gishize izi nzoga zizwi ku izina rya Muriture zari zafatiwe mu turere twa Nyanza, Gisagara na Huye; kuri iyi nshuro n'ubundi zongeye gufatirwa muri utwo turere hiyongereyeho Akarere ka Nyaruguru ari naho hafatiwe nyinshi zigera kuri litiro 1, 030 zafatiwe mu Murenge wa Nyagisozi mu Kagari ka Nkakwa mu Midugudu ya Rarire na Bihembe zifatanwa abagera kuri bane.'

    SP Kanamugire avuga ko mu Karere ka Gisagara inzoga za muriture  zigera kuri litiro 600 zafatiwe mu ngo 3 zo mu Mirenge ya Muganza na Gishubi, mu Karere ka Huye hafatiwe litiro 360 za muriture mu ngo 4 zo mu Mirenge ya Huye na Rusatira naho mu Karere ka Nyanza hafatiwe litiro 720 zifatanwa abantu 2 bo mu Murenge wa Mukindo. Yagize ati:

    'Utu turere dukunze kugaragaramo abantu bakora bakanacuruza ndetse bakananywa izi nzoga zitemewe za Muriture, kuko nta gihe gishira zitahafatiwe. Niyo mpamvu ibikorwa byo gufata abazikora n'abazicuruza bizakomeza mu rwego rwo gukomeza gukangurira abaturage ububi n'ingaruka bwazo.'

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo yibukije abaturage ko inzoga zitemewe za muriture usibye kuba zigira ingaruka k'ubuzima bw'abazinywa zinagira n'izindi ngaruka zitandukanye zirimo n'ubukene. Ikindi kandi turi mu bihe byo kurwanya icyorezo cya COVID-19 ntibyymvikana ukuntu bazicuruza. Ati :

    'Murabizi ko ibihe turimo isi yose n'u Rwanda rurimo bihangayikishijwe n'icyorezo cya COVID-19, abanywa izi nzoga usanga begeranye banasangirira ku muheha umwe ibintu bishobora kuba intandaro yo kwandura no gukwirakwiza iki cyorezo. Turgira inama abantu kwirinda kunywa izi nzoga kuko zishobora kubagiraho ingaruka z'uburwayi butandukanye k'ubuzima bwabo, tukanibutsa abazikora n'abazicuruza kubireka cyane ko bibagusha mu gihombo n'ubukene mu gihe bazifatanwe bagacibwa amande, sibyo gusa kandi binadindiza iterambere ry'umuntu ku giti cye n'iry'igihugu muri rusange.'

    SP Kanamugire yashimiye abaturage badahwema gutanga amakuru y'abakora bakanacuruza inzoga za Muriture, inzego z'ibanze ndetse n'izishinzwe umutekano bafatanya mu kurwanya izo nzoga zitemewe, aboneraho gusaba abaturage gukomeza gukurikiza ingamba n'amabwirizwa byashyizweho byo kurwanya COVID-19. Abafashwe bose bajyanwe ku Mirenge yabo bacibwa amande.
    Src: RNP

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/09/14243/

  • Dore bimwe mu byaranze Padiri Ubald Rugirangoga mu buzima bwe #rwanda #RwOT

    Abakrisitu b'idini gatolika n'umuryango NyaRwanda muri rusange bababajwe n'urupfu rwa Padiri Ubald Rugirangoga w'imyaka 65, witabye Imana mu gitondo cyo ku wa gatanu, 8 Mutarama azize uburwayi.

    Muri Werurwe 2020, Rugirangoga yagiye muri Amerika aho yari yatumiwe kuyobora misa no gusengera abarwayi, ariko ntiyashobora kugaruka muri Mata nk'uko byari byateganijwe kubera ingamba zo gukumira Covid-19 zari zashyizweho zibuza ingendo zo mu kirere n'abandi.
    Nk'uko byatangajwe na Celestin Hakizimana, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Gikongoro akaba n'Umuyobozi w'Intumwa wa Diyosezi ya Cyangugu aho Rugirangoga yakoreraga, nyakwigendera yapfuye azize ibibazo by'ubuhumekero.
    Intandaro y'urupfu rwe yabaye ububabare yahuye nabwo ubwo yararwaye Covid-19 padiri yari amaze amezi arwaragurika akongera agakira. Yapfiriye muri Utah, muri Amerika aho yari ari kwivuriza.
    Rugirangoga yavutse ku ya 26 Mata 1955 mu Murenge wa Karengera, mu karere ka Nyamasheke, yarokotse jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, se yapfuye muri 1962 naho nyina umubyara yicwa muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
    Nyuma y'urupfu rwa se igihe yari afite imyaka 7, Rugirangoga yahungiye mu Burundi ubwo we ndetse n'abandi banyeshuri bagenzi be bari hafi kwicwa bazira ubwoko bwabo.
    Igihe yari mu gihugu cy'abaturanyi cy'Uburundi, yakomeje amashuri yisumbuye ,Nyuma yo gusubira mu gihugu cye, Rugirangoga yagiye kwiga filozofiya na tewolojiya muri Saint-Charles Borromée de Nyakibanda, mu karere ka Huye ubu.
    Yize aya masomo hagati ya 1978 na 1984, maze mu mwaka wa nyuma ahabwa ubupadiri ahabwa inshingano yo gukorera kuri Paruwasi ya Nyamasheke.
    Mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, nyina wa Ubald yarishwe,mu buhamya bwe yatangarije kuri televiziyo y'igihugu yagarutse kuri padiri mugenzi bafatanyaga kuyobora paruwasi washakaga kumwica, bituma ahungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo nyuma akajya mu Bufaransa.
    'Jenoside yakorewe abatutsi yari umusaraba munini kuri njye nikoreye igihe kirekire. Gusa Nafajijwe no kubabarira, kandi nagombaga gufasha abandi kubikora. ', ibi yabivuze mu buhamya bwe yatanze ubwo yagiranaga ikiganiro na televiziyo y'igihugu.
    Nyuma yo gukira ibikomere bya jenoside, Rugirangoga yagarutse mu Rwanda akomeza ubupadiri bwe kuri Paruwasi Katedrali ya Cyangugu na Paruwasi ya Mushaka.
    Mbere y'urupfu rwe, yari Umuyobozi w'ikigo cy'ibanga ry'amahoro muri Paruwasi ya Nkanka, mu Karere ka Rusizi.
    Aha hantu, Rugirangoga yafashaga mu bikorwa byo guhugura asaba abakoze genocide gusaba imbabazi abo biciye n'abacitse ku icumu bakabarira ababatoteza mu rwego rwo gukira ibikomere bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
    Uyu musaza w'imyaka 65 yahawe igihembo cyo kurinda amasezerano y'ubucuti 'Umurinzi w'Igihango' na UNITY CLUB-INTWARARUMURI iyobowe kandi yashinzwe na Madamu wa Perezida Jeannette Kagame.
    Uyu muryango ukora ku bufatanye na komisiyo y'igihugu y'ubumwe n'ubwiyunge (NURC) muri gahunda ya Abarinzi b'Igihango.
    Mu ijambo rya Fidèle Ndayisaba, umuyobozi w'umujyi wa Kigali, kuri uyu wa gatanu yagize Ati: 'Urupfu rwe ni igihombo gikomeye ku muryango NyaRwanda. Yagize uruhare runini mu guharanira ubumwe n'ubwiyunge hagati y'abagize uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 n'abayirokotse binyuze mu guhumuriza, kwihana, kubabarirana no kuvugisha ukuri. '. .
    Asoza agira ati: 'Umurage we uzakomeza gusigasirwa kandi uzabera icyitegererezo ibisekuruza n'ibizaza.'

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/09/dore-bimwe-mu-byaranze-padiri-ubald-rugirangoga-mu-buzima-bwe/

  • InyaRwanda Music: Indirimbo 10 zirangije icyu… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 08 Mutarama 2021 ubwo twakoraga urutonde rw'indirimbo zikunzwe cyane, indirimbo 'Ikinyafu' ya Bruce Melodie afatanyije na Kenny Sol ni yo yaje iyoboye urutonde kugeza ubu ikaba imaze kurebwa n’abantu barenga ibihumbi 558 kuri YouTube mu byumweru bibiri imaze hanze. Ikurikirwa na 'This Is Love' ya Rema wo muri Uganda afatanyije na The Ben kugeza ubu imaze kurebwa n’abarenga ibihumbi 453 mu cyumweru kimwe gusa imaze isohotse.

    Nta kiza nko gukora neza abo ukorera bakakwereka urukundo kuko bigutera imbaraga. Iyi ni yo mpamvu ituma mu gikorwa cyose habaho uwakoze neza wo gushimwa ndetse hakabaho n'umukurikiye. Ibi ni byo bituma habaho InyaRwanda Music Top10

    Nyuma yo kureba mu busabe bw’abakunzi ba inyaRwanda binyuze ku mbuga nkoranyambaga, uburyo indirimbo ziri gukinwa ku inyarwanda.com, kuri radiyo, uburyo zigenda zifashishwa n'abakora ibiganiro bitandukanye ku mbuga nkoranyambaga, InyaRwanda.com yabakusanirije indirimbo 10 zakunzwe cyane mu Rwanda mu cyumweru cya mbere cy’umwaka wa 2021.

    InyaRwanda Music Top10

    1. Ikinyafu By Bruce Melodie Ft Kenny Sol

    2. This Is Love By Rema Ft The Ben

    3. Carolina By Meddy

    4. Umunamba By Mico The Best

    5. Seka By Niyo Bosco

    6. Nightmare By Juno Kizigenza

    7. Bon By Davis D

    8. Snack By Andy Bumuntu

    9. Aba People By Calvin Mbanda

    10. Ntabwo Yantegereza By Ariel Wayz

    Bonus Track: ‘Burundu’ By Chris Hat, ‘Hamba Muri Roho’ By Karigombe, ‘Urunyenyeri’ By Nyirinkindi na ‘Boyz’ By Tabz.

    KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 10 ZIKUNZWE CYANE

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102204/inyarwanda-music-indirimbo-10-zirangije-icyumweru-cya-mbere-cyumwaka-wa-2021-zikunzwe-cyan-102204.html

  • Yari impano Imana yahaye u Rwanda! Urwibutso rw’abarimo Cardinal Kambanda kuri Padiri Ubald – #rwanda #RwOT

    Inkuru y’itabaruka rya Padiri Rugirangoga Ubald yavuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika itaha i Rwanda mu rukerera rwo ku wa 8 Mutarama 2021.

    Padiri Ubald witabye Imana ku myaka 66, yamenyekanye cyane mu bikorwa byo gusengera abarwayi, isanamitima n’ubumwe n’ubwiyunge ndetse aza kubishimangira mu gitabo yashyize hanze cyari gifite umutwe ugira uti ‘Imbabazi zirakubohora’.

    Mu ntangiriro za 2020 yavuye mu Rwanda agiye muri Amerika mu bikorwa by’ivugabutumwa no gusengera abarwayi asanzwe akora, yagombaga kugaruka muri Mata, gusa icyorezo cya COVID-19 gituma habaho guhagarika ingendo z’indege.

    COVID-19 itangiye kugenza make ubwo yashakaga kugaruka yahise ayandura, ayimarana igihe kinini cyane kuko yabanje kumubuza guhumeka, ikira imusigiye indwara y’ibihaha, ari nayo bivugwa ko yazize.

    Musenyeri wa Diyosezi ya Gikongoro Hakizimana Célestin, yabwiye IGIHE, ko ku wa Kane tariki 7 Mutarama 2021, Padiri Ubald yari yasomye misa mu bitaro yari arwariyemo ikaba ari nayo ya mbere yari asomye nyuma yo gukira Coronavirus.

    Abari bari hafi ye bahamagaye murumuna wa Ubald witwa Révelien bamubwira ko mukuru we arembye, hashize isaha imwe bahita bamubwira ko yitabye Imana [Ubwo byari saa Tanu z’ijoro zo muri Amerika].

    Padiri Ubald Rugirangoga yitabye Imana aguye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari arwariye

    -  Ababanye nawe bamufiteho urwibutso

    IGIHE yaganiriye na bamwe mu baziranye na Padiri Ubald barimo n’abo babanye; bagaragaje ko yari umuntu witangira kugaburira imitima y’abantu no guharanira kunga ubumwe bwabo.

    Uretse kuba afatwa nk’icyitegererezo muri Kiliziya Gatolika mu Rwanda, Padiri Ubald yari arambye mu ngabire yahawe y’Ubusaseridoti dore ko yari amaze hafi imyaka 35 ari Padiri, byumvikane neza ko nk’uwo yahaye Isakaramentu rya Batisimu ubu nawe ni Padiri.

    Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda avuga ko ku nshuro ya mbere asoma misa nk’umupadiri yari kumwe na Ubald.

    Ku wa 9 Nzeri 1990, nibwo Kambanda yahawe Ubusaseridoti na Papa Yohani Pawulo wa II, mu muhango wabereye i Nyandungu, bukeye bwaho ku wa 10 asomera misa ye ya mbere muri Seminari Nto y’i Ndera [Petit Seminaire Saint Vincent de Paul].

    Antoine Cardinal Kambanda avuga ko afite urwibutso rukomeye kuri Padiri Ubald icyo gihe wari umupadiri muri Diyosezi ya Cyangugu kuko muri iyo misa ya mbere bari kumwe.

    Ati “Bukeye bwaho, tariki 10, misa navuze ari nabwo bwa mbere nyivuze njyenyine nari kumwe na Padiri Ubald wari wadusuye acumbitse mu iseminari cyane ko nabanaga n’umupadiri biganye wari inshuti ye [Nyakwigendera Emmanuel Gasana].”

    Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ari nabwo Padiri Ubald yakunze kuvugwa cyane mu bikorwa byo gusengera abarwayi, iby’isanamitima ndetse n’ubumwe n’ubwiyunge.

    Yakomeje ati “Twagiye rero duhura muri ubwo butumwa bw’ubwiyunge n’amahoro, kongera gusana umuryango Nyarwanda, by’umwihariko tukaba twaranakoranaga muri komisiyo y’ubutabera n’amahoro ishinzwe ubwo butumwa muri Kiliziya mu Rwanda.”

    “Biratubabaje rero ukuntu atuvuyemo twari tukimukeneye by’umwihariko muri ubu butumwa bwo kunga Abanyarwanda. Imana imwakire aruhukire mu mahoro.”

    Umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro [Niyo Padiri Ubald yabarizwagamo], Musenyeri Hakizimana Célestin we avuga ko Kiliziya Gatolika n’Umuryango Nyarwanda babuze umuntu w’ingenzi cyane.

    Avuga ko nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi yabanye na Ubald i Kigali, ngo bitewe n’amahano yari amaze kuba mu Rwanda, yakundaga kuvuga ko Kiliziya itakoze ubutumwa bwayo kuko ‘Umushumba atabashije kuragira ubushyo bwe.’

    Ati “Yavugaga ko ubutumwa bwacu tutabutunganyije. Hanyuma atangira kunga abantu atangiriye muri Paruwasi ya Mushaka atoza abantu ubumwe n’ubwiyunge ku buryo ibyo byakwiriye hose mu Rwanda. Iyo uvuze ubumwe n’ubwiyunge twumva Padiri Ubald n’ikipe ye.”

    Musenyeri Hakizimana avuga kandi ko ibyo byose yabikoranaga n’ingabire yahawe yo gusengera abarwayi bagakira.

    Ati “Tuziko yazengurukaga hirya no hino mu bamushaka, akabasengera bamwe bagakira abandi bakoroherwa. Mbese yari impano Imana yahaye u Rwanda.”

    Ubald wari umupadiri Mukuru wa Paruwasi ya Mushaka, yasabye Musenyeri ko yashyirwa ahantu azajya abona abantu benshi akabasengera, akubaka isanamitima n’ubumwe n’ubwiyunge.

    Musenyeri Hakizimana avuga ko yamushinze Ikigo Ibanga ry’Amahoro kiba muri Paruwasi ya Nkanka muri Rusizi.

    Ati “N’ubu yari yaragiye muri Amerika gusaba amafaranga yo gukomeza kubaka iryo Banga ry’Amahoro, ubu hamaze kugeramo kiliziya, amacumbi y’abapadiri n’ibindi. Yitangiraga Isanamitima, Amahoro n’Ubumwe n’Ubwiyunge.”

    Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Mushaka, Rwabugiri Siméon, we yavuze ko yamenye Ubald akiri muto ariko abaye umufaratiri baza no kubana.

    Yagize ati “Icyo muziho ni uko ari umuntu wicisha bugufi, wakira abantu bose bamugana cyane cyane abababaye bikaziramo n’impano ye yo kumva abantu. Ku buryo nta wamusangaga ababaye ngo ntamutege amatwi.”

    Akomeza avuga ko “Nyuma ya Jenoside yagiye yunga abantu bayirokotse n’ababahemukiye, byarenze n’aho akajya yunga n’abandi mu buzima busanzwe, abashyamiranye n’abaroganye n’abandi bose.”

    Padiri Rwabugiri avuga ko imbuto yabibye zeze cyane ko mu bantu yagiye yunga harimo n’abashyingiranye kandi bari barahemukiranye nk’aho umwe wakoze Jenoside ashyingirana n’abarokotse biturutse ku kuba barunzwe na Padiri Ubald.

    Hari abo yasengeye barakira

    Padiri Ubald yari azwiho ingabire yo gusengera abarwayi bagakira indwara z’ibyorezo nka Kanseri, SIDA, Diyabete n’izindi zidakira cyangwa zikira bigoranye, hari benshi bagiye batanga ubuhamya ko bazikiriye mu masengesho yakoraga.

    Nta na rimwe Ubald yigeze yiyitirira gukiza, ahubwo yagiye avuga ko bikorwa na Yezu wabikoze kera kandi yasubira mu ijuru agasiga avuze ko abazamwemera nabo bazakora nk’ibyo yakoze mu izina rye.

    Mu kiganiro yigeze kugirana na IGIHE mu 2015 yavuze ko “Ubundi Yezu ni umukiza, Yezu biva ku ijambo Yeshuwa mu Gihebureyo (Manirakiza). Yezu rero ni umukiza akiri kuri iyi si yakijije abantu barabibona kandi asiga abwiye abigishwa be ati “abazanyemera, muzakora nk’ibyo nakoze ndetse murenzeho kuko nsubiye kwa Data, muzaramburira ibiganza ku barwayi bakire.”

    Yakomeje agira ati “Yezu ni umukiza, abasenga barasaba Yezu agakiza, we wababwiye ngo nzabana namwe iminsi yose kugeza igihe isi izashirira. Iyo ubyemera rero ukabikora mu kwemera Yezu agombe abikore.”

    Avuga ku ngabire yo gukiza abarwayi yagize ati “Twamaze imyaka ine dusenga, abantu bakira ariko bakaza kubitubwira nyuma. Mugasenga nyuma y’ukwezi, abiri, ibyumweru, umuntu akaza avuga ngo njyewe nari ndwaye sinzi igihe nakiriye ariko nakiriye mu isengesho ryanyu.”

    Yakomeje agira ati “Uyu murimo nawutangiye mu 1987, ndi umupadiri w’umusore, muri Kamena 1991 nibwo ibyo kubona amashusho no kumva amajwi mu mutima byatangiye. Urumva byaje maze imyaka ine, ariko muri iyo myaka ine nsabira abantu barazaga bakambwira ko bakize.”

    Niyibizi Verena wo mu Karere ka Kicukiro mu 2015 yavuze ko yanyuzwe no kuba mu isengesho rya Padiri Ubald, yakize indwara y’umutima yari amaranye imyaka irenga icyenda.

    Ngo yari yarivurije mu bitaro bikomeye byo mu Rwanda, yoherezwa muri Kenya ntiyakira aza koherezwa mu bindi bitaro byo mu Bubiligi no mu Budage. Ubwo yari aziko akize, ngo yahuye n’ikibazo cyo gutangira kuva amashyira n’amaraso aho bamutoboye bamuvura.

    Ibyo ngo byaje kumuviramo ubumuga atangira kujya atwarwa mu igare kuko yari yararwaye rubagimpande (Paralyse).

    Niyibizi yavuze kandi ko yari amaze gutanga miliyoni zirenga 30 z’amafaranga y’u Rwanda yivuza.

    Ariko ngo umunsi umwe, ari mu isengesho ryari yiyobowe na Padiri Ubald i Gikondo ngo nibwo yakize.

    Mu magambo ye yagize ati “ Nagiye kumva Padiri aravuze ngo hari umubyeyi babaze, Yezu aramukijije. Amagufa yanjye arakocagurika, umunwa wari warahengamye uragaruka, akaboko karagaruka, ku cyumweru ku wa mbere ku wa kabiri ngiye kwisuzumisha basanga nakize. Nongeye gutwara imodoka yanjye. Iyo ndwara yari yaranteye diyabete n’amaso byose byarakize.”

    Imbaga y’abakirisitu ni yo yitabiraga amasengesho ya Padiri Rugirangoga Ubald

    Amateka avunaguye ya Padiri Ubald

    Padiri Ubald yabonye izuba muri Gashyantare 1955, yavukiye mu yahoze ari Segiteri ya Rwabidege muri Paruwasi ya Mwezi, Komini ya Karengera, Perefegitura ya Cyangugu, ubu ni mu Karere ka Rusizi.

    Yagizwe umupadiri mu 1984 ubwo yari afite imyaka 29 y’amavuko. Uyu muvugabutumwa yari afite impano yo gusengera abarwayi bagakira, ndetse yateguraga ibiterane bigari bihuza abantu benshi bamwe bagatanga ubuhamya ko bari bafite indwara zananiranye ariko bakaba bakize.

    Ingabire yo gukiza abarwayi yatangiye kuyibona mu 1987, ubwo yajyaga asengera abantu, nyuma y’iminsi bagatanga ubuhamya ko bakize. Mu 1991, nibwo yatangiye kubona amashusho nk’ureba filime, akerekwa uburwayi akanavuga ko Imana ibukijije.

    Padiri Rugirangoga Ubald yamenyekanye cyane kubera ibikorwa by’isanamitima n’ibindi byiganjemo ibyo gusengera abarwayi bagakira. Yari amaze imyaka irenga 32 yarihaye Imana.

    Mu mwaka wa 2015 Padiri Ubald yagizwe umurinzi w’igihango kubera uruhare yagize mu gutangiza gahunda y’Ubumwe n’Ubwiyunge muri Paruwasi ya Mushaka, ikaba yarabyaye imbuto nyinshi mu baturage ndetse inarenga imbibi igera no mu zindi.

    Padiri Ubald yari azwiho gusengera abarwayi bagakira zimwe mu ndwara zananiranye

    Padiri Ubald (uwa kabiri uturutse ibumoso) ashimwa cyane kubera umusanzu yatanze mu bikorwa by’isanamitima n’ubumwe n’ubwiyunge

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/yari-impano-imana-yahaye-u-rwanda-urwibutso-rw-abarimo-cardinal-kambanda-kuri

  • Yari impano Imana yahaye u Rwanda! Urwibutso rw'abarimo Cardinal Kambanda kuri Padiri Ubald – #rwanda #RwOT

    Inkuru y'itabaruka rya Padiri Rugirangoga Ubald yavuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika itaha i Rwanda mu rukerera rwo ku wa 8 Mutarama 2021.

    Padiri Ubald witabye Imana ku myaka 66, yamenyekanye cyane mu bikorwa byo gusengera abarwayi, isanamitima n'ubumwe n'ubwiyunge ndetse aza kubishimangira mu gitabo yashyize hanze cyari gifite umutwe ugira uti 'Imbabazi zirakubohora'.

    Mu ntangiriro za 2020 yavuye mu Rwanda agiye muri Amerika mu bikorwa by'ivugabutumwa no gusengera abarwayi asanzwe akora, yagombaga kugaruka muri Mata, gusa icyorezo cya COVID-19 gituma habaho guhagarika ingendo z'indege.

    COVID-19 itangiye kugenza make ubwo yashakaga kugaruka yahise ayandura, ayimarana igihe kinini cyane kuko yabanje kumubuza guhumeka, ikira imusigiye indwara y'ibihaha, ari nayo bivugwa ko yazize.

    Musenyeri wa Diyosezi ya Gikongoro Hakizimana Célestin, yabwiye IGIHE, ko ku wa Kane tariki 7 Mutarama 2021, Padiri Ubald yari yasomye misa mu bitaro yari arwariyemo ikaba ari nayo ya mbere yari asomye nyuma yo gukira Coronavirus.

    Abari bari hafi ye bahamagaye murumuna wa Ubald witwa Révelien bamubwira ko mukuru we arembye, hashize isaha imwe bahita bamubwira ko yitabye Imana [Ubwo byari saa Tanu z'ijoro zo muri Amerika].

    Padiri Ubald Rugirangoga yitabye Imana aguye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari arwariye

    -  Ababanye nawe bamufiteho urwibutso

    IGIHE yaganiriye na bamwe mu baziranye na Padiri Ubald barimo n'abo babanye; bagaragaje ko yari umuntu witangira kugaburira imitima y'abantu no guharanira kunga ubumwe bwabo.

    Uretse kuba afatwa nk'icyitegererezo muri Kiliziya Gatolika mu Rwanda, Padiri Ubald yari arambye mu ngabire yahawe y'Ubusaseridoti dore ko yari amaze hafi imyaka 35 ari Padiri, byumvikane neza ko nk'uwo yahaye Isakaramentu rya Batisimu ubu nawe ni Padiri.

    Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda avuga ko ku nshuro ya mbere asoma misa nk'umupadiri yari kumwe na Ubald.

    Ku wa 9 Nzeri 1990, nibwo Kambanda yahawe Ubusaseridoti na Papa Yohani Pawulo wa II, mu muhango wabereye i Nyandungu, bukeye bwaho ku wa 10 asomera misa ye ya mbere muri Seminari Nto y'i Ndera [Petit Seminaire Saint Vincent de Paul].

    Antoine Cardinal Kambanda avuga ko afite urwibutso rukomeye kuri Padiri Ubald icyo gihe wari umupadiri muri Diyosezi ya Cyangugu kuko muri iyo misa ya mbere bari kumwe.

    Ati 'Bukeye bwaho, tariki 10, misa navuze ari nabwo bwa mbere nyivuze njyenyine nari kumwe na Padiri Ubald wari wadusuye acumbitse mu iseminari cyane ko nabanaga n'umupadiri biganye wari inshuti ye [Nyakwigendera Emmanuel Gasana].'

    Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ari nabwo Padiri Ubald yakunze kuvugwa cyane mu bikorwa byo gusengera abarwayi, iby'isanamitima ndetse n'ubumwe n'ubwiyunge.

    Yakomeje ati 'Twagiye rero duhura muri ubwo butumwa bw'ubwiyunge n'amahoro, kongera gusana umuryango Nyarwanda, by'umwihariko tukaba twaranakoranaga muri komisiyo y'ubutabera n'amahoro ishinzwe ubwo butumwa muri Kiliziya mu Rwanda.'

    'Biratubabaje rero ukuntu atuvuyemo twari tukimukeneye by'umwihariko muri ubu butumwa bwo kunga Abanyarwanda. Imana imwakire aruhukire mu mahoro.'

    Umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro [Niyo Padiri Ubald yabarizwagamo], Musenyeri Hakizimana Célestin we avuga ko Kiliziya Gatolika n'Umuryango Nyarwanda babuze umuntu w'ingenzi cyane.

    Avuga ko nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi yabanye na Ubald i Kigali, ngo bitewe n'amahano yari amaze kuba mu Rwanda, yakundaga kuvuga ko Kiliziya itakoze ubutumwa bwayo kuko 'Umushumba atabashije kuragira ubushyo bwe.'

    Ati 'Yavugaga ko ubutumwa bwacu tutabutunganyije. Hanyuma atangira kunga abantu atangiriye muri Paruwasi ya Mushaka atoza abantu ubumwe n'ubwiyunge ku buryo ibyo byakwiriye hose mu Rwanda. Iyo uvuze ubumwe n'ubwiyunge twumva Padiri Ubald n'ikipe ye.'

    Musenyeri Hakizimana avuga kandi ko ibyo byose yabikoranaga n'ingabire yahawe yo gusengera abarwayi bagakira.

    Ati 'Tuziko yazengurukaga hirya no hino mu bamushaka, akabasengera bamwe bagakira abandi bakoroherwa. Mbese yari impano Imana yahaye u Rwanda.'

    Ubald wari umupadiri Mukuru wa Paruwasi ya Mushaka, yasabye Musenyeri ko yashyirwa ahantu azajya abona abantu benshi akabasengera, akubaka isanamitima n'ubumwe n'ubwiyunge.

    Musenyeri Hakizimana avuga ko yamushinze Ikigo Ibanga ry'Amahoro kiba muri Paruwasi ya Nkanka muri Rusizi.

    Ati 'N'ubu yari yaragiye muri Amerika gusaba amafaranga yo gukomeza kubaka iryo Banga ry'Amahoro, ubu hamaze kugeramo kiliziya, amacumbi y'abapadiri n'ibindi. Yitangiraga Isanamitima, Amahoro n'Ubumwe n'Ubwiyunge.'

    Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Mushaka, Rwabugiri Siméon, we yavuze ko yamenye Ubald akiri muto ariko abaye umufaratiri baza no kubana.

    Yagize ati 'Icyo muziho ni uko ari umuntu wicisha bugufi, wakira abantu bose bamugana cyane cyane abababaye bikaziramo n'impano ye yo kumva abantu. Ku buryo nta wamusangaga ababaye ngo ntamutege amatwi.'

    Akomeza avuga ko 'Nyuma ya Jenoside yagiye yunga abantu bayirokotse n'ababahemukiye, byarenze n'aho akajya yunga n'abandi mu buzima busanzwe, abashyamiranye n'abaroganye n'abandi bose.'

    Padiri Rwabugiri avuga ko imbuto yabibye zeze cyane ko mu bantu yagiye yunga harimo n'abashyingiranye kandi bari barahemukiranye nk'aho umwe wakoze Jenoside ashyingirana n'abarokotse biturutse ku kuba barunzwe na Padiri Ubald.

    Hari abo yasengeye barakira

    Padiri Ubald yari azwiho ingabire yo gusengera abarwayi bagakira indwara z'ibyorezo nka Kanseri, SIDA, Diyabete n'izindi zidakira cyangwa zikira bigoranye, hari benshi bagiye batanga ubuhamya ko bazikiriye mu masengesho yakoraga.

    Nta na rimwe Ubald yigeze yiyitirira gukiza, ahubwo yagiye avuga ko bikorwa na Yezu wabikoze kera kandi yasubira mu ijuru agasiga avuze ko abazamwemera nabo bazakora nk'ibyo yakoze mu izina rye.

    Mu kiganiro yigeze kugirana na IGIHE mu 2015 yavuze ko 'Ubundi Yezu ni umukiza, Yezu biva ku ijambo Yeshuwa mu Gihebureyo (Manirakiza). Yezu rero ni umukiza akiri kuri iyi si yakijije abantu barabibona kandi asiga abwiye abigishwa be ati “abazanyemera, muzakora nk'ibyo nakoze ndetse murenzeho kuko nsubiye kwa Data, muzaramburira ibiganza ku barwayi bakire.'

    Yakomeje agira ati 'Yezu ni umukiza, abasenga barasaba Yezu agakiza, we wababwiye ngo nzabana namwe iminsi yose kugeza igihe isi izashirira. Iyo ubyemera rero ukabikora mu kwemera Yezu agombe abikore.'

    Avuga ku ngabire yo gukiza abarwayi yagize ati 'Twamaze imyaka ine dusenga, abantu bakira ariko bakaza kubitubwira nyuma. Mugasenga nyuma y'ukwezi, abiri, ibyumweru, umuntu akaza avuga ngo njyewe nari ndwaye sinzi igihe nakiriye ariko nakiriye mu isengesho ryanyu.'

    Yakomeje agira ati 'Uyu murimo nawutangiye mu 1987, ndi umupadiri w'umusore, muri Kamena 1991 nibwo ibyo kubona amashusho no kumva amajwi mu mutima byatangiye. Urumva byaje maze imyaka ine, ariko muri iyo myaka ine nsabira abantu barazaga bakambwira ko bakize.'

    Niyibizi Verena wo mu Karere ka Kicukiro mu 2015 yavuze ko yanyuzwe no kuba mu isengesho rya Padiri Ubald, yakize indwara y'umutima yari amaranye imyaka irenga icyenda.

    Ngo yari yarivurije mu bitaro bikomeye byo mu Rwanda, yoherezwa muri Kenya ntiyakira aza koherezwa mu bindi bitaro byo mu Bubiligi no mu Budage. Ubwo yari aziko akize, ngo yahuye n'ikibazo cyo gutangira kuva amashyira n'amaraso aho bamutoboye bamuvura.

    Ibyo ngo byaje kumuviramo ubumuga atangira kujya atwarwa mu igare kuko yari yararwaye rubagimpande (Paralyse).

    Niyibizi yavuze kandi ko yari amaze gutanga miliyoni zirenga 30 z'amafaranga y'u Rwanda yivuza.

    Ariko ngo umunsi umwe, ari mu isengesho ryari yiyobowe na Padiri Ubald i Gikondo ngo nibwo yakize.

    Mu magambo ye yagize ati ' Nagiye kumva Padiri aravuze ngo hari umubyeyi babaze, Yezu aramukijije. Amagufa yanjye arakocagurika, umunwa wari warahengamye uragaruka, akaboko karagaruka, ku cyumweru ku wa mbere ku wa kabiri ngiye kwisuzumisha basanga nakize. Nongeye gutwara imodoka yanjye. Iyo ndwara yari yaranteye diyabete n'amaso byose byarakize.'

    Imbaga y’abakirisitu ni yo yitabiraga amasengesho ya Padiri Rugirangoga Ubald

    Amateka avunaguye ya Padiri Ubald

    Padiri Ubald yabonye izuba muri Gashyantare 1955, yavukiye mu yahoze ari Segiteri ya Rwabidege muri Paruwasi ya Mwezi, Komini ya Karengera, Perefegitura ya Cyangugu, ubu ni mu Karere ka Rusizi.

    Yagizwe umupadiri mu 1984 ubwo yari afite imyaka 29 y'amavuko. Uyu muvugabutumwa yari afite impano yo gusengera abarwayi bagakira, ndetse yateguraga ibiterane bigari bihuza abantu benshi bamwe bagatanga ubuhamya ko bari bafite indwara zananiranye ariko bakaba bakize.

    Ingabire yo gukiza abarwayi yatangiye kuyibona mu 1987, ubwo yajyaga asengera abantu, nyuma y'iminsi bagatanga ubuhamya ko bakize. Mu 1991, nibwo yatangiye kubona amashusho nk'ureba filime, akerekwa uburwayi akanavuga ko Imana ibukijije.

    Padiri Rugirangoga Ubald yamenyekanye cyane kubera ibikorwa by'isanamitima n'ibindi byiganjemo ibyo gusengera abarwayi bagakira. Yari amaze imyaka irenga 32 yarihaye Imana.

    Mu mwaka wa 2015 Padiri Ubald yagizwe umurinzi w'igihango kubera uruhare yagize mu gutangiza gahunda y'Ubumwe n'Ubwiyunge muri Paruwasi ya Mushaka, ikaba yarabyaye imbuto nyinshi mu baturage ndetse inarenga imbibi igera no mu zindi.

    Padiri Ubald yari azwiho gusengera abarwayi bagakira zimwe mu ndwara zananiranye

    Padiri Ubald (uwa kabiri uturutse ibumoso) ashimwa cyane kubera umusanzu yatanze mu bikorwa by’isanamitima n’ubumwe n’ubwiyunge


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/yari-impano-imana-yahaye-u-rwanda-urwibutso-rw-abarimo-cardinal-kambanda-kuri

  • Dr Vincent Biruta yitabiriye irahira rya Perezida Nana Akufo Addo – #rwanda #RwOT

    Nana Akufo-Addo w'imyaka 76 yatorewe kuyobora Ghana muri manda ya kabiri mu matora yabaye ku wa 7 Ukuboza 2020. Yagize amajwi 51.30% mu gihe John Mahama yasimbuye akaba n'umwe mu bo bari bahanganye yagize amajwi 47.36%.

    Ubwo byatangazwaga ko Nana Akufo-Addo ari we watsinze amatora y'umukuru w'igihugu,mu bamwifurije amahirwe mu kazi ke harimo na Perezida Kagame wavuze ko ari ' umuvandimwe n'inshuti' ndetse amwizeza gukomeza imikoranire myiza nawe.

    Mu muhango w'irahira rya Nana wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Mutarama 2021 mu murwa mukuru Accra, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri Biruta.

    Minisitiri Biruta yaboneyeho kugirana ibiganiro na Perezida wa Senegal, Macky Sall bahahuriye, amuha ubutumwa bwa Perezida Kagame bugamije gukomeza ndetse no gushimangira imibanire myiza hagati y'ibihugu byombi.

    Ghana n'u Rwanda bifitanye umubano wihariye ugamije kunoza imibereho myiza y'abaturage babyo.

    Ibihugu byombi byasinyanye amasezerano y'ubufatanye mu by'ikirere, yatumye kuva ku wa 2 Kamena 2013, Sosiyete Nyarwanda y'Ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir itangira ingendo zigana mu Mujyi wa Accra.

    Mu Ugushyingo 2020, Minisitiri Biruta yari aherutse kugirira uruzinduko rw'iminsi ibiri muri Ghana, aho yanabonanye na Perezida w'iki gihugu. Muri uru ruzinduko kandi yatashye ambasade y'u Rwanda muri iki gihugu.

    Aha hari mu ruzinduko Minisitiri Dr. Vincent Biruta yagiriye muri Ghana mu Ugushyingo 2020 abonana na Perezida w’iki gihugu

    Perezida wa Ghana Nana Akufo-Addo yarahiriye kuyobora iki gihugu muri manda ya kabiri


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/dr-vincent-biruta-yitabiriye-irahira-rya-perezida-nana-akufo-addo

  • The Weeknd arashinjwa kwibasira bikomeye uwahoze ari umukunzi we (VIDEO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi The Weeknd ufite inkomoko muri Canada akomèje kugarukwaho n'abatari bake mu bafana be bamushinja kwibasira uwahoze ari umukunzi we abicishije mu ndirimbo ye nshya aherutse gusohora yise 'Save your tears '.

    Abel Tesfaye wamamaye ku izina akoresha mu buhanzi ari ryo The Weeknd nyuma y'iminsi micye asohoye indirimbo yise Save Your Tears yahise ahinduka ikiganiro ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu itangazamakuru ry'imyidagaduro muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahanini akaba yaragarutsweho cyane nyuma yo gusohora amashusho y'iyi ndirimbo aho bivigwa ko yibasiye uwari umukunzi we,Bella Hadid.

    Uyu musore umenyereweho gukora amashusho y'indirimbo meza kandi afite ubusobanuro bwimbitse kuri iyi nshuro akora Save Your Tears yatangaje benshi bitewe n'uburyo yahinduye isura ye akayongera ku buryo agaragara nk'umuntu wakoresheje kubaga isura (plastic surgery) gusa ntibigende neza.

    Kuba uyu musore yarakoresheje aya mashusho ndetse agahindura isura ye by'umwihariko iminwa ye biravugwa n'abatari bacye ko yabwiraga Bella Hadid wakunzwe kurangwaho no kwibagisha isura hamwe no kongeresha ubunini bw'iminwa ye.

    Mu mwaka wa 2018 ubwo The Weeknd yaragikundana na Bella Hadid nibwo uyu mukobwa yibagishije (plastic surgery) bakamunanura isura bakanamuha iminwa minini, icyo gihe byaravuzwe ko Bella yihinduje isura gusa arabihakana.

    Nyuma y'uko Bella Hadid abyihakanye The Weeknd yakoze indirimbo yise Escape From L.A abivugamo agira ati 'Ni gute uhinduza isura uzi ko bifite ingaruka kandi mu maso yanjye wari usanzwe uri mwiza?''. Iyi ndirimbo ni nayo yabaye intandaro zo kuzamo agatotsi mu rukundo rwabo bituma batandukana.

    Kuri iyi nshuro abafana be bakoresha imbuga nkoranyambaga baravuga ko kuba uyu muhanzi yarakoresheje amashusho yibagishije isura bisa nko gucyurira Belle Hadid cyane ko no mu ndirimbo uyu musore hari aho aririmba ati: 'Gumana ayo marira yawe kuko niyo warira amarira menshi ntacyatuma nkubabarira, wowe wakunze iby'isi cyane wibagirwa nuwo wahoze uri we kuko n'isura warayihinduje ntugisa nk'uko wavutse'.

    Kanda hano hasi urebe indirimbo ya The Weeknd yise' Save Your Tears '

    Source : https://yegob.rw/the-weeknd-arashinjwa-kwibasira-bikomeye-uwahoze-ari-umukunzi-we-video/

  • Ruhango: Bakuye abana babo mu ishuri kuko batemera ingamba zo kwirinda Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Mu gihe igihugu cyose gishishikajwe no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yugarije igihugu ndetse n'isi yose muri iyi minsi, hari abaturage bo mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango bahisemo gukura abana babo mu ishuri, kuko imyemerere yabo itabemerera kubahiriza amabwiriza yose yo kwirinda COVID-19.

    Aba baturage bafite iyi myemerere, bavuga ko bayishingira ku bitabo bitandukanye basoma bibemeza ko kubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda COVID-19 ari ukunyuranya n'amategeko y'Imana, bityo ngo ari bo ndetse n'abana babo bahisemo kutazakurikiza ayo mabwiriza, ndetse abana babo ngo ntibazasubira ku ishuri kuko basabwa kubahiriza ayo mabwiriza.

    Bamwe muri bo baganiriye na TV1, bavuze ko babona uretse abana babo gusa, ngo n'abandi bose nta wari ukwiriye kujya ku ishuri no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

    Uwitwa Nsengiyumva Jean Claude yagize ati 'Ntabwo azajya kwiga kuko ibigendanye n'amashuri byamaze gusoza, ntabwo tubishyigikiye kuko dufite ibihamya mu [gitabo kitwa] 'Ibyaduka byo mu minsi y'Imperuka', paji 40 ku gihamya cya 97.'

    Turamyemuremyi Mariya, yavuze ko muri ibi bihe byo kubahiriza amabwiriza atakwemerera umwana we gusubira ku ishuri ngo n'iyo yashaka kujyayo yabaga akifasha.

    Yagize ati 'Igihe tugezemo, amabwiriza ariho, ntabwo mpamanya n'ibyanditswe byera ko umwana wanjye yasubira ku ishuri, kubera agapfukamunwa, n'ibyo gukaraba ntabwo mbyemera, amabwiriza yose ariho araribata amategeko y'Imana.'

    Yongeyeho ati '[umwana wanjye] niyumva yemeranwa y'uko agomba kujya kwiga nzamureke agende, ariko nta cyangombwa cy'ishuri nzamuha.'

    Uretse kuba aba baturage ubwabo bahamya ko batakubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 kuko binyuranyije n'imyemerere yabo bakomora mu bitabo basoma, bavuga ko nta n'undi wagakwiye kuyubahiriza n'umwe, kuko ngo ari ukuramya satani.

    Umukecuru witwa Kakuze Chantal yagize ati 'Namwe rero kuba mupfutse umunwa, ndagira ngo mbakurire inzira ku murima, mupfutse umunwa ku bwo kuramya satani.'

    Uwitwa Niyonizera Eric na we ati 'Ahubwo nababwira nti kwirinda Coronavirus ndetse no kwirinda igishushanyo cy'inyamaswa, ni ugukuramo udupfukamunwa, ni ugusenga, ni ukudakaraba, kuko ibyo ntabwo ari byo birinda Coronavirus.'

    Ubuyobozi bwegereye abaturage muri uyu murenge wa Bweramana buvuga ko ari ikibazo gihangayikishije kuko hari umubare munini w'abafite iyo myemerere ndetse bikanagera ku bana babo aho bakurwa mu ishuri ngo batazambikwa agapfukamunwa.

    Umukozi Ushinzwe Imibereho n'Iterambere ry'Abaturage mu kagari ka Buhanda ko muri uyu murenge wa Bweramana, yavuze ko muri ako kagari ubwaho habarirwa abagera kuri 60 bafite imyemerere, bahisemo kutambara udupfukamunwa kandi banze kuva ku izima.

    Ati 'Mu kagari ka Buhanda ubwaby byonyine hari kubarurwamo abashyika kuri 60 bafite iyo myemerere nyine. [naho abanyeshuri bakuwe mu ishuri] ntabwo twari twakora icyegeranyo neza, ariko njyewe ubwanjye abo nigereyeho bagera nko kuri 15, hari abigaga mu wa gatanu w'ayisumbuye, hari abigaga mu wa gatatu w'ayisumbuye, hari n'abigaga mu wa gatandatu w'amashuri abanza.'

    Meya w'akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yabwiye IGIHE ko icyo kibazo gisanzwe kizwi cy'abaturage bo mu kagari ka Buhanda ko mu murenge wa Bweramana, basanzwe bagorana mu kubahiriza gahunda za leta zimwe na zimwe, zirimo gutanga mituweli, gukora umuganda n'izindi, ari ko ngo nk'ubuyobozi barabihagurukiye.

    Ati 'Uyu munsi rero ubwo bazanyemo no gukinisha Covid, icyorezo kirimo cyononera abaturage kikabatera indwara kikanabica, ubu ngubu twabahagurukiye ntabwo dushobora kongera kubemerera, hari ikindi bakora kitaberanye n'ibyo dukeneye.'

    Yongeyeho ati 'Buriya iyo ukangurira abaturage kunyuranya n'amabwiriza cyangwa se n'amategeko, uba wakoze icyaha. Ubu noneho ntabwo bikiri imyumvire igendanye n'aho basengera, hari icyaha cyabaye.'

    Yavuze ko kugeza ubu Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB), rwamaze guta muri yombi batatu muri abo baturage, bakurikiranyweho icyaha cyo kugumura abaturage no kunyuranya na gahunda z'igihugu, ngo bazanakomeza kwigisha abandi muri bo.

    Habarurema yakomeje avuga ko n'ubwo abo babyeyi batemerera abana babo kujya ku ishuri, ubuyobozi ngo bukoresha kwigisha n'igitsure cya kiyobozi, abana bakajya ku ishuri n'iyo ababyeyi batabishaka, kuko ngo batabemerera ari bo ubwabo cyangwa abana babo, kwivutsa kwitabira gahunda za Leta zibafitiye akamaro.

    Itorero ry'Abadivantisiti bavuga ko basengeramo ntiribemera

    Ubuyobozi bw'itorero ry'Abadivantisiti b'Umunsi wa Karindwi aba baturage bavuga ko babereye abayoboke, buvuga ko iyo myemerere ntaho ihuriye n'iyigishwa mu itorero ry'Abadivantisiti.

    Umuyobozi w'itorero ry'Abadivantisti mu turere twa Muhanga, Kamonyi, Ruhango na Nyanza, Umuremye Jolay Paul, yabwiye IGIHE ati 'Uretse no muri iki gihe, no mu gihe cy'ubwoko bw'Isirayeli Imana yahaga abantu uburyo babasha kwirinda indwara z'ibyorezo harimo no kugira isuku. Ibyo rero ni imyumvire yabo ku giti cyabo, ntabwo ari imyumvire y'Abadivantisiti b'Umunsi wa Karindwi, n'ibyo bitabo bavuga babisoma nabi, ntabwo uko babisobanura ari ko byakagombye kuba bisobanuka.'

    Yongeyeho ko ibyo abo bakora ari ku giti cyabo bidakwiye kwitirirwa itorero, ahubwo bo ngo bashishikariza abantu kubahiriza amabwiriza.

    Ati 'Ni imyumvire y'umuntu ku giti cye, kuko twebwe amabwiriza turayemera kandi turayakurikiza, ndetse n'aho dushobora guhura n'abantu, nta na rimwe twari twahura ngo twe kuhava tutabyigishije.'

    Umuremye yavuze ko abona icyaba igisubizo cyiza ari ukwegera abo bantu bafite iyo myumvire, bakabereka ukuri, ndetse n'ibyo bitabo bavuga ko bagenderaho bakabisobanurirwa neza bagahindura imyumvire, kuko ngo n'ubundi bisanzwe bikorwa n'abapasiteri babegereye bamwe bakemera abandi bakanga kuva ku izima, ngo hari n'abashyikirizwa polisi.

    Aba baturage bavuga ko ibitabo basoma bitabemerera kwirinda Coronavirus

    Bakuye abana mu mashuri kuko ngo ku mashuri hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-bakuye-abana-babo-mu-ishuri-kuko-batemera-ingamba-zo-kwirinda-covid-19